Mpaga Etincilles FC yatewe na Musanze FC yakoze kuri SG wayo
Umunyamabanga Mukuru w’Ikipe ya Etincilles FC, Kabanda Innocent, yeguye ku nshingano ze nyuma y’imunsi ibiri iyi kipe itewe mpaga na Musanze FC. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo iriya kipe y’i Rubavu yatewe mpaga y’ibitego 3-0 na Musanze FC yari yayisuye, nyuma yo kubura imbangukuragutabara ku kibuga cya Stade Umuganda. Kabanda yeguye nyuma y’uburangare […]
Mason Greenwood ashobora guhorezwa amarira muri Jamaica
Mason Greenwood umusore w’Umwongereza wakiniye ikipe ya Manchester United igihe gito , ashobora kwisanga yakiniye ikipe y’Igihugu ya Jamaica nyuma yo kuba asa n’uwatakarijwe icyizere mu Bwongereza. Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Jamaica (Reggae Boys), ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, yatangaje ko yifuza kubona Mason Greenwood mu mwambaro w’ikipe atoza kuko uyu musore yanyuze mu bizazane bitatuma asubizwa […]
Uwahoze ari umugore wa Twahirwa ucyekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya
Uwahoze ari umugore wa Seraphin Twahirwa yatanze ubuhamya ku ruhare uyu mugabo yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyane cyane i Kigali. Ubushinjacyaha bwagaragaje ubuhamya bw’uwahoze ari umugore wa Twahirwa mu rubanza rukomeje kubera mu rukiko rw’Ububiligi. Ni urubanza rwatangiye ku ya 9 Ukwakira bikaba biteganijwe ko ruzarangira ku ya 8 Ukuboza. Ubushinjacyaha buvuga […]
Icyo M23 ivuga ku makuru y’uko hari abarwanyi 200 bayo baba baherutse kwicirwa muri Masisi
Umutwe wa M23 watangaje ko hari abarwanyi bawo baheruka kugwa mu mirwano n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; gusa uvuga ko batagera muri 200 nk’uko bibugwa. Ni nyuma y’imirwano ikomeye kuva mu cyumweru gishize yasakiranyije impande zombi muri Teritwari ya Masisi. Imirwano ikomeye yabereye mu duce twa Kilorirwe na Kitshanga; ndetse bivugwa ko yaba […]
Burundi:Umunyamakuru n’uwahoze ari umujyanama wa P.Nkurunziza barafunzwe
Mu gihugu cy’Uburundi haravugwa amakuru y’itabwa muri yombi ry’umunyapolitiki wahoze ari ambasaderi n’umunyamakuru umwe mu bazwi muri iki gihugu aho bakurikirayweho ibyaha bitandukanye. Ni amakuru yemejwe n’igipolisi aho ngo aba bafashwe bashinjwa ibyaha birimo kwangisha ubutegetsi abaturage ndetse no gukwirakwiza ubutumwa bw’amacakubiri muri rubanda. Ikinyamakuru SOSMédiasBurundi dukesha iyi nkuru, kivuga ko abatawe muri yombi ari […]
Mvuyekure wa Rayon Sports yasabye imbabazi Cucuri yakubise umupira
Umurundi Mvuyekure Emmanuel ‘Manu’ ukinira Rayon Sports, yasabye imbabazi abarimo umusifuzi Ishimwe Claude ‘Cucuri’ nyuma yo kumukubita umupira mu gatuza. Kuri uyu wa Gatatu Rayon Sports yari yakiriye Etoile de l’Est kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona warangiye iyitsinze ibitego 2-1. Ni ibitego byombi byatsinzwe n’Umugande Musa Esenu. Rayon Sports […]
Hagaragajwe uruhuri rw’ibibazo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative ‘RCA’
Ikigo gishinzwe amakoperative ‘RCA, cyongeye kugaragazwamo uruhuri rw’ibibazo nyuma y’uko hakozwe isesengura y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko iki kigo cyugarijwe n’ibibazo. Komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu Mutwe w’Abadepite yagaragaje raporo y’isesengura ryimbitse yakoze kuri raporo yakozwe, yasanze muri RCA harimo ibibazo bikomeye birimo kutagira koperative zuzuye muri buri karere.Ibi bigaragazwa nk’inzitizi mu micungire ndetse no […]
RDC:Abasirikare 8 ba Loni bakurikiranyweho gusambanya abagore ku ngufu
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 11 Ukwakira,Ubuyobozi bw’ Umuryango w’Abibumbye (UN) ishami rishinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO), bwatangaje ko bwafashe ingamba zikomeye zo guta muri yombi bamwe mu basirikare bayo babungabunga amahoro bakekwaho imyitwarire igayitse. Nk’uko bigaragara mu nyandiko za MONUSCO ,Abasirikare umunani boherejwe i Beni, mu burasirazuba bwa […]
Umutoza wa Messi yavuze ku makuru amusubiza muri FC Barcelona
Tata Martino utoza umunya-Argentine Lionel Messi yatangaje ko nta yindi kipe ateganya kwerekezamo, bishyira umucyo ku makuru yavugaga ko ashobora gusubira muri FC Barcelona muri Mutarama. Mu cyumweru gishize ni bwo ibinyamakuru byiganjemo ibyo muri Espagne byanditse ko Messi ashobora gusubira muri FC Barcelona nk’intizanyo, nyuma y’uko Inter Miami akinira yari imaze gutsindwa na Cincinnati […]
M23 yivuganye Général wa Nyatura waherukaga kwigamba ‘kuzarimbura Abatutsi’
Umutwe wa M23 ku wa Gatatu wivuganye Général Ignace w’umutwe witwaje intwaro wa Nyatura, nyuma y’iminsi mike yigambye ko nta mututsi uzongera kurangwa muri RDC mu gihe cyose azaba ariho. Général Ignace yiciwe mu mirwano ikomeye yasakiranyije M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya RDC kuri uyu wa Gatatu. Ni imirwano yabereye mu gace ka Bwiza […]
Niger: UN yahawe amasaha 72 yo kuba yazinze utwayo
Abategetsi b’igisirikare cya Niger bategetse ko umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Niger n’abadipulomate bawo guhambira bakava muri icyo gihugu mu gihe kitarenze bw’umuryango w’abibumbye masaha 72. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku ya 10 Ukwakira, minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Niger irashinja Loni gukoresha ububasha bwayo bwite mu guhungabanya umudendezo w’ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba by’umwihariko muri iki gihugu. […]
Musa Esenu yafashije Rayon Sports kwikuraho inyatsi yari imaranye imikino 5
Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu yatsinze Etoile de l’Est ibitego 2-1, yikuraho igisebo cy’imikino itanu yikurikiranya yari imaze idatsinda. Iyi kipe yari yakiriye Etoile de l’Est kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona. Ni umukino iyi kipe yakinnye yari imaze indi itanu yikurikiranya idatsinda, ibyanatumye itandukana na Yamen Zelfani wari […]
Umunyamakuru Manirakiza Theogene arafunzwe
Umunyamakuru Manirakiza Theogene, nyiri ikinyamakuru Ukwezi.com na ukwezi TV, yatawe muri yombi akurikiranyweho kwakira ruswa y’ibihumbi 500 FRW. Urwego Rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwirinze kugira byinshi rutangaza kuri iyi dosiye, gusa ikizwi cyo n’uko yafatiwe mu karere ka Kicukiro.Amakuru avuga ko ngo aya mafaranga yayahawe kugirango adatambutsa inkuru itaramenyekana kugeza ubu. Uyu Manirakiza yanyuze mu bitangazamakuru […]
Bite by’Abanyarwanda bari muri Israel, mu masasu ya IDF na Hamas?
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko kugeza ubu nta munyarwanda uragirira ikibazo muri Israel, mu gihe iki gihugu kiri mu ntambara n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo intambara yadutse hagati y’Igisirikare cya Israel na Hamas, nyuma y’uko uyu mutwe wo muri Palestine ugabye ibitero muri Israel. Kugeza mu gitondo […]
Rwanda:Urubyiruko rwibasiwe n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe kurusha abandi
Raporo y’inzobere ku buzima bwo mu mutwe igaragaza ko mu Rwanda urubyiruko rwibasiwe n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe,aho usanga bubibasiye ku kigero cya 70% ugereranyije n’abandi. Muri urwo rubyiruko rwibasiwe , abenshi muri rwo bibatangira bakiri munsi y’imyaka 25. Ni imibare yagaragajwe ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe kuri uyu […]
Rwigema Yves wakiniye amakipe arimo APR FC yasezeye Ruhago
Rwigema Yves umwe muri ba myugariro bigeze kugerwaho mu mupira w’amaguru mu Rwanda , yasezeye kuri Ruhago.Uyu musore wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda arimo APR FC na Rayon Sports, yatangaje ko asezeye burundu gukina ruhago. Kuri uyu wa Kabiri Taliki 10 Ukwakira 2023, nibwo uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko yasezeye nyuma y’imyaka 12 akina […]
Nigeria:Habuze ibimenyetso byemeza ko impamyabushobozi za P.Tinubu ari impimbano
Nta kimenyetso cyerekana ko impamyabumenyi ya Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yashyikirije komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu ari impimbano. Ibirego bivuga ko impamyabumenyi ya Perezida Tinubu ari impimbano byagaragaye ku mbuga nkoranyambaga. Bwana Abubakar umwe mu bari bahanganye na Tinubu yari yizeye ko yatsinze amatora, gusa siko byagenze bituma amushinja ko yabeshye impamyabumenyi […]
Musanze: Umugore n’umuhungu we basanganwe umurambo w’umwana w’umuturanyi wabo
Umugore witwa Nyiraruvugo n’umuhungu we Ndayishimiye, batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Ukwakira bakekwaho kwica umwana w’umuturanyi wabo. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 10 Ukwakira (ahagana saa 18:30) ni bwo ababyeyi ba Iradukunda Aliane wari ufite imyaka ibiri n’igice bamubuze. Nyuma y’amasaha menshi ba nyirumwana bamushakisha, umurambo we […]
Juliana Kanyomozi yaruciye ararumira ubwo yabazwaga ku bivugwa ko atwite
Umuhanzikazi akaba n’umunyabigwi mu gihugu cya Uganda, Juliana Kanyomozi, biravugwa ko atwite inda y’umwana wa gatatu nyuma y’abandi babiri ariko umwe w’imfura akaba yaritabye Imana mu myaka yashize. Ikinyamakuru cyo muri Uganda ‘MBU’ gikunda kugaruka ku myidagaduro muri kiriya gihugu, gitangaza ko ubwo uyu muhanzikazi yagaragaraga mu mashusho yasaga nk’utwite, ariko abibajijweho ntiyagira icyo ashaka […]
Huye:Polisi yishe irashe umujura wibaga insinga z’amashanyarazi
Mu ijoro ryacyeye mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, Polisi yarashe uwitwa Nzarubara Emmanuel wari ukurikiranweho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi, ahita apfa.Polisi ivuga ko yarashwe agiye gucika ubwo yari agiye kwerekana aho yahishe insinga. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo ,SP Emmanuel Habiyaremye , yavuze ko uyu muturage witwa Nzarubara Emmanuel yarashwe ubwo yageragezaga […]
Ubuhanuzi Davido yahanuriwe umwaka ushize bwasohoye
Kuri uyu wa Kabiri nibwo byatangiye kuvugwa ko umuhanzi Davido n’umugore we Chioma Rowland bibarutse impanga muri Amerika. Ni nyuma y’uko umwaka ushize bari babuze umuhungu wabo Ifeanyi mu mpanuka y’amazi mu rwogero(Piscine). Aya makuru rero yashyizwe hanze n’umuvugabutumwa Agochukwu abinyujije ku rubuga rwa Facebook rw’Itorero rye ashimangira ibyo ngo Imana yamubwiye ko mu gushyingo […]
Ukwitana ba mwana hagati ya M23 na FARDC ku waba yishe abaturage
Umutwe wa M23 washinje ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushimuta abaturage barindwi, nyuma zikaza kubica. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Ukwakira, wavuze ko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira (ahagana saa 21:00) ari bwo “Guverinoma ya RDC n’incuti zayo […]
Israel yatangaje umubare w’abasirikare bayo Hamas imaze kwica
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko abasirikare b’iki gihugu 169 ari bo bamaze kwicwa na Hamas, kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo intambara yatangiraga hagati y’impande zombi. IDF yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto abiri akubiyemo isura ya buri musirikare waguye muri iriya ntambara kuri […]
Niger:Ingabo z’Abafaransa zatangiye kuzinga utwangushye
Kuri uyu wa kabiri, igisirikare cya Niger cyatangaje ko Ubufaransa bwatangiye gukura ingabo zabwo muri Niger, nyuma yo gutegekwa kuva muri iki gihugu giherereye muri Afurika y’Iburengerazuba. Umugaba mukuru w’Ingabo z’’Ubufaransa yavuze ko Ingabo za mbere zamaze kugenda, bikaba byashimangiraga itangazo ryari ryasohotse ku wa mbere rivuga ko abasirikare bose uko 1400 bagomba kuzinga utwangushye. […]
Uganda: Urukiko rwategetse ko umunyarwanda Nzeyimana yirukanwa
Urukiko rw’i Kabale muri Uganda, rwategetse ko Umunyarwanda Nzeyimana Francis yirukanwa ku butaka bwa kiriya gihugu, nyuma yo gusanga yarahinjiye nta byangombwa. Nzeyimana w’imyaka 58 y’amavuko yari yaratawe muri yombi muri Kamena uyu mwaka akekwaho kwiba Telefoni ebyiri z’uwitwa Emmy Mutabazi. Ubushinjacyaha usibye kumurega icyaha cy’ubujura, bwanahise bumurega icyaha cyo kwinjira muri Uganda mu buryo […]
Imvo n’imvano yo guca imyeyo ikunda kuvugisha abagabo amangambure! Ese byaturutse he?
Gukuna cyangwa Guca imyeyo mu yindi mvugo ni umwe mu mihango yo mu muco nyarwanda yo hambere ndetse ikorwa n’umubare muto w’abakobwa b’iki gihe tugezemo. N’ubwo abanyarwanda bazi ko ari umwihariko wabo ,hari ibindi bihugu bigira uyu muhango,aha twavuga: Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo,Zimbabwe,Sudani,Afurika y’Epfo n’ibindi bihugu biherereye muri iki gice cy’Afurika,Benin. Impamvu gukuna byiswe […]
Musanze FC yatoraguye amanota 3 kwa Etincelles FC
Ikipe ya Musanze FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, nyuma yo gutera Etincelles FC mpaga y’ibitego 3-0. Iyi kipe yo mu majyaruguru yari yasuye Etincelles FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona. Etincelles yatewe mpaga kuri uyu mukino, nyuma yo kunanirwa kuzana ku kibuga imbangukiragutabara. Ibi bivuze ko […]
Umugore wa Chameleone yashyize hanze ukuri kwambaye ubusa ku cyabatandukanyije
Kuva kera hagiye havugwa byinshi bijyanye no gutandukana kwa Chameleone n’umugore we Daniella ariko bikagibwaho impaka,gusa kuri ubu uyu mugore yabishyize hanze ukuri kose aho bivuga ko ihohoterwa rikorerwa mu ngo ariryo nyirabayazana. Uyu mugore wa Chameleone amaze imyaka isaga itatu yaravuye muri Uganda yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.Uyu mugore ngo yahunze ihohoterwa […]
Eden Hazard yasezeye ruhago
Umubiligi Eden Hazard wamenyekanye mu makipe arimo Chelsea na Real Madrid, yasezeye ku mupira w’amaguru. Hazard w’imyaka 33 y’amavuko, yatwaranye na Chelsea ibikombe bibiri bya shampiyona y’Abongereza mbere yo kwerekeza muri Real Madrid mu 2019. Uyu mukinnyi wafatwaga nk’umwe mu bazavamo ibihangange yagowe cyane n’ubuzima bwo muri Real Madrid yakiniye imikino 76 mu gihe cy’imyaka […]
Rubavu: ‘Abakene’ baravuga ko ibirayi bihenda kuko bihingwa n’abifite gusa
Mu minsi ishize mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda batunguwe n’itumbagira ry’ibiciro by’ibirayi byagaragaye hirya no hino ku masoko bituma abantu batandukanye bavuga ko batakibyikoza bitewe n’ubushobozi bucye. By’umwihariko rero mu Karere ka Rubavu hari bamwe mu baturage bavuga ko batibuka igihe baherukira kurya ibirayi kandi ubundi ariwo wari umwihariko wabo mu bijyanye n’amafunguro […]
Haburaga gato ngo dosiye y’ucyekwaho kwiba Telefoni ya The Ben ikore kuri Bahati Makaca
Mu myidagaduro yo mu Rwanda , nta kindi gikomeje kuvugwa usibye ibyagiye biba mu gitaramo The Ben aherutse gukorera i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi. Mu byagiye bivugwa harimo abagiye bakubita abandi, aha twavuga nka Alex Muyoboke bivugwa ko yakubise umushabitsi wacuruzaga amatike mu buryo butemewe, ariko ikindi nyamukuru cyagarutsweho cyane, ni Telefoni y’umuhanzi The […]
RURA yagize icyo ivuga ku biciro bihanitse by’ingendo byayitiriwe
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwanyomoje amakuru yavugaga ko rwaba rwazamuye ibiciro by’ingendo. Kuva ku wa Mbere ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amakuru avuga ko RURA yaba yazamuye ibiciro by’ingendo mu modoka. Ni ibiciro bigaragara mu itangazo ryari ryitiriwe uru rwego. RURA ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yise “ibihuha” [fake news] amakuru y’uko yaba yurije ibiciro by’ingendo. […]
Ubutabera bw’u Rwanda bugejeje he imanza zicyemurwa binyuze mu bwumvikane ku kwemera icyaha?
Mu rwego rwo kurushaho kwimakaza imikoranire myiza mu migendekere y’imanza,Inzego z’Ubutabera mu Rwanda zagiye zivuga kenshi ko hakomeje inzira zose zishoboka mu kurushaho gutanga Ubutabera bwuzuye. Izi nzego rero zagaragaje ko uburyo bwo gukemura ibibazo mu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, burimo gutanga umusaruro kuko abashinjwaga ibyaha bafashije ubutabera kubona amakuru. Ni ubu buryo bwabanje […]
Netanyahu yateguje Hamas ko igiye gukubitwa ahababaza
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yateguje umutwe wa Hamas ko Israel igiye gukoresha “ingufu karahabutaka” mu rwego rwo kuwutsinsura burundu. Netanyahu yabitangarije mu ijambo yaraye agejeje ku banya-Israel ryatambutse kuri Televiziyo y’iki gihugu. Kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Israel iri mu ntambara n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine, nyuma yo kuyigabaho ibitero karahabutaka. […]
Urujijo ku ndaya y’umunyarwandakazi yasanzwe muri Hoteli y’i Kabale yapfuye
Umunyarwandakazi wakoreraga umwuga w’uburaya muri Uganda, ku wa Mbere yasanzwe muri Hoteli yo mu mujyi wa Kabale yapfuye. Amakuru y’urupfu rwa Nyirabizimana Claudine w’imyaka 34 y’amavuko, yemejwe na Elly Maate usanzwe ari umuvugizi wa Polisi ya Uganda muri Kigezi. Yabwiye abanyamakuru ko “ku wa 9 Ukwakira ahagana saa mbili z’ijoro, muri New California Bar and […]
Pasiteri akurikiranyweho kwica umugore washakishaga umwana we waburiye mu rusengero rwe
Umupasitori wa Bungoma muri Kenya yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi bayoboke benshi b’itorero rye bakekwaho kwica umugore wari wagiye mu rusengero gushaka umwana we wabuze. Uyu mukozi w’Imana yafashwe ari kumwe n’umuzamu ndetse n’aba babiri basenganaga, bikavugwa ko baciye igico uwo mugore bakamwivugana. Imiryango itari iya Leta muri Kenya, ivuga ko umuryango w’uwahohotewe usaba […]
Intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas yahombeje umuhanzi Bruno Mars
Umuhanzi Peter Gene Hernandez uzwi cyane nka Bruno Mars, yahuye n’igihombo gikomeye nyuma y’uko ibitaramo yagombaga gukorera muri Israel bihagaritswe kubera intambara ishyamiranyije iki gihugu n’umutwe w’iterabwoba wa Palestine. Bruno Mars n’itsinda rye bari bageze muri iki gihugu taliki 05 Ukwakira 2023 biteguye gutaramira ahitwa Yarkon Park mu mujyi wa Tel Aviv ariko nyuma y’uko […]
Abagabo b’i Nyaruguru ngo ntibanyurwa
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Nyaruguru, ntibanyurwa no gushaka umugore umwe aho usanga batunga abarenze umwe, ahanini biyumvisha ko bafite imirima babatungisha bityo bigateza ibibazo mu miryango harimo n’amakimbirane. Abagore baganiriye na isango tv, bavuga ko guharika muri aka karere by’umwihariko imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe ngo byabaye ingeso, bityo bakaba basaba […]
Lt Gen Mubarakh Muganga yaba aherutse guterana amagambo na Ychaligonza wa FARDC
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, biravugwa ko yaba aheruka guterana amagambo na mugenzi we wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo bari muri Ethiopia. Ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira ni bwo i Addis Ababa habereye inama y’inyabune y’abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu by’akarere, ikaba yarigaga ku bibazo bya […]
Musanze:Ikamyo yari itwaye inzoga za BRALIRWA yahiye hafi gukongoka
Ikamyo yari itwaye inzoga za Bralirwa, yahiriye hafi y’isoko rya GOICO i Musanze mu Murenge wa Muhoza ariko ku bw’amahirwe Polisi yahise itabara iyizimya itarakongoka. SP Jean Bosco Mwiseneza, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yavuze ko iyi modoka yari ipakiye inzoga yavaga i Rubavu yerekeza i Kigali, hanyuma ifatwa n’inkongi ku igice cy’inyuma ariko […]
Dosiye ya apôtre Yongwe yoherejwe mu bushinjacyaha
Dosiye ya Apotre Halelimana Joseph uzwi nka Yongwe yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha aho akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. Ibi byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ko uyu mugabo yamaze gushyikirizwa urwo rwego.Ni mu gihe yari yatawe muri yombi taliki 1 Ukwakira 2023 akajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ku Kimihurura. Amakuru agenda avugwa […]
Mutoni Fille washinje MC Kats kumwanduza SIDA yamwikomye kubera ibihuha akomeje gusakaza
Umuhanzi Mutoni Fille yahakanye yivuye inyuma gahunda zose zo gukora ibirori by’ubukwe na MC Kats.Ni nyuma y’uko uyu munyamakuru Kats aherutse gutangaza ko aba bombi barimo kwitegura ubukwe mu mezi ari imbere. Yasobanuye ko atiteguye gushyingirwa na MC Kats muri iki gihe anasaba abantu gutekereza ko ibyo yavuze ari poropaganda gusa.Yavuze ko ategereje ko Imana […]
IDF yatangaje ibimaze kononekara mu ntambara yayo na Hamas
Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko abanya-Israel barenga 700 bamaze kugwa mu bitero umutwe wa Hamas ukomeje kugaba muri kiriya gihugu kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere imirwano ikomeye yari ikomeje hagati y’impande zombi. IDF ku mbuga nkoranyambaga zayo yavuze ko ahantu harindwi mu majyepfo y’igihugu irimo […]
Israel yasabye ubufasha u Rwanda ku bibazo by’intambara ikomeje guhura nayo

Mu gihe igihugu cya Israel gikomeje kunyura mu ntambara yagabweho n’umutwe wa Hamas, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss yasabye ko Abanyarwanda bakomeza kubaba hafi kuko ibi bihe bitoroshye. Yamenyesheje Abanyarwanda ko Igihugu cye kiri kunyura mu bihe bikomeye kinjijwemo n’ibikorwa by’iterabwoba, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanya-Israel, asaba u Rwanda gukomeza kukiba hafi. Ibi […]
FARDC na M23 mu mirwano ikaze i Tongo
Amakuru yemezwa n’abayobozi bakuru ba M23, aravuga ko kuri uyu wa Mbere uyu mutwe waramukiye mu mirwano ikomeye iri kuwusakiranya n’Ingabo za Congo n’abo bakorana, barimo imitwe yitwaje intwaro n’abacancuro. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, aravuga ko imirwano y’impande zombi iri kubera i Tongo ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma y’uko uruhande rw’Ingabo za Leta […]
Umuyobozi wa kane muri FERWACY yeguye
Ingabire Peace Assia wari umubitsi w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY), yeguye ku nshingano ze; aba umuyobozi wa kane muri iri shyirahamwe ufashe icyo cyemezo. Ingabire wari waratorewe kuba umubitsi wa FERWACY muri Kamena 2022, mu ibaruwa yanditse yavuze ko yafashe kiriya cyemezo “ku mpamvu ze bwite.” Izi mpamvu ni na zo […]
Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Yamen Zelfani
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gutandukana n’umunya-Tunisia Yamen Zelfani wari umutoza wayo mukuru. Iyi kipe ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko “ku bwumvikane bw’impande zombi, umutoza Yamen ZELFANI ntabwo akiri umutoza mukuru wa Rayon Sports.” Zelfani yari umutoza w’iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda kuva muri Nyakanga uyu mwaka. Rayon Sports […]
Nyaruguru: Umuryango uherutse kwibaruka impanga eshatu urasaba ubufasha
Umuryango wa Uwimana Josiane na Komezusenge Jean Baptiste, utuye mu mudugudu wa Rasaniro, akagari ka Maliba, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, uherutse kubyara abana batatu b’impanga, urasaba ubufasha ngo ushobora gukuza abo bana no kubarinda igwingira kuko uvuga ko ubwawo utishoboye. Nk’uko BWIZA yabitangaje, uyu mubyeyi Uwimana Josiane, w’imyaka 32, yibarutse impanga eshatu (abahungu […]
Tshisekedi uko twamuhaye ubutegetsi ni ko dushobora kubumwambura: Gen John Numbi
Gen John Numbi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, yaburiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi ko uko yahawe ubutegetsi ari na ko ashobora kubwamburwa. Numbi usanzwe ari umwizerwa wa Joseph Kabila wahoze ayobora RDC, kuva muri 2021 aba mu buhungiro. Amakuru avuga ko yaba […]
Rayon Sports yanizwe na Marines FC, yuzuza umukino wa 5 wikurikiranya idatsinda
Ikipe ya Rayon Sports yatsikiye i Rubavu ihatakariza amanota abiri, nyuma yo kugwa miswi na Marines ibitego 2-2. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yari yasuye Marines FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa kane wa shampiyona. Ni Marines yaherukaga guhagama APR FC, banganyiriza i Rubavu ibitego 2-2. Umunota wa gatatu w’umukino […]
M23 yirukanye FARDC na FDLR mu mujyi wa Kitshanga
Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wigaruriye umujyi wa Kitshanga, nyuma yo kuwirukanamo abarimo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro bakorana. Amakuru BWIZA yamenye ni uko imirwano yo gufata uyu mujyi yatangiye mu ma saa tanu yo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Ukwakira 2023. Kitshanga yari imaze iminsi […]
Rutsiro-Kivumu :Abakobwa badafite amafaranga yo guhonga abasore ngo babarongore baratabarizwa
Mu Karere ka Rutsiro umurenge wa Kivumu abakobwa bageze mu gihe cyo gushaka abagabo barahangayitse nyuma y’uko bamwe mu abasore bemera kubashaka aruko bisabye ikiguzi. Bamwe mu bakobwa baganiriye n’umunyamakuru, bavuga ko uyu muco ukomeje gukura aho ngo usanga umukobwa udafite amafaranga nibura hagati ya 200000frw na 300 000frw adashobora kubona umusore umujyana. Ikindi kandi […]
Umuriro watse hagati ya Israel n’inyeshyamba za Hamas zayiteye
Guverinoma ya Israel yatangaje ko “iri mu ntambara” nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa Hamas zibarirwa muri za mirongo zinjiye rwihishwa ku butaka bwa kiriya gihugu zikahagaba igitero. Amakuru avuga ko ziriya nyeshyamba zo muri Palestine zambutse uruzitiro rutandukanya iki gihugu na Israel mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Hamas yinjiye muri Israel […]
Abakobwa b’impanga bagiye kwiyongeresha amabere ku mupfumu bahasiga ubuzima
Impanga z’abakobwa bo mu gace ka Nkororo mu gace ka Simiyu muri Tanzania, bitabye Imana nyuma yo guhabwa imiti n’umuvuzi gakondo yo kubongerera amabere ngo bazabone abagabo, ikaza kubahitana. Ni abana batari bakagejeje kumyaka 18 kuko nibwo bari bacyuzuza 17.Ni abakobwa abo mu gace ka Bubale mu Kagari ka Nkololo mu Murenge wa Bariadi mu […]
Kwa Neymar babyaye umukobwa
Rurangiranwa Neymar Jr n’umukunzi we w’igihe kirekire, Bruna Biancardi, batangaje ko bibarutse umwana w’umukobwa. Neymar yemeje aya makuru abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Ifoto uyu munya-Brésil yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram yerekana we n’umukunzi we basoma uriya mwana w’umukobwa. Umwana Neymar yibarutse ni uwa kabiri kuri we, kuko asanzwe afite undi w’umuhungu yabyaranye n’undi […]
Umugore washatse abagabo babiri yavuze uko byamugendekeye
Umugore wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya congo washakanye n’abagabo babiri yatunguye abantu benshi bitewe n’uko yashakanye n’abagabo babiri ibintu bidasanzwe bimenyerewe by’umwihariko muri Afurika. Francine Jisele ni we mugore ubana n’abagabo babiri aho yemeye kubana n’umugabo we wa mbere Albert Jarlace ndetse Remi Murula wa kabiri mu nzu imwe hamwe n’abana babo. Jisele yashakanye […]
Haramutse makuru ki ku irasaniro rya M23 na FARDC?
Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko haramutse agahenge, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati ya FARDC na M23. Ku Cyumweru gishize ni bwo impande zombi zubuye imirwano, mu minsi ibiri yakurikiyeho zitanga agahenge mbere yo kongera kwesurana kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Kugeza ku mugoroba wo kuri uyu […]
Umusore Muyoboke yakubitiye i Burundi biravugwa ko RIB yamutaye muri yombi
Umusore biherutse kuvugwa ko yakubiswe urushyi na Muyoboke Alex mu gitaramo cy’umuhanzi The Ben biravugwa ko yatawe muri yombi acyekwaho kugira uruhare mu ibura rya Telephone y’uyu muhanzi. Taliki ya 30 Ukwakira 2023 ubwo The Ben yari yahuraga n’abakunzi be mu cyiswe meet and greet nibwo hamenyekanye amakuru ko telephone ye yibwe ariko ntihahita hamenyekana […]
Umukuru wa Loni yahaye Amb. Gatete Claver imirimo mishya
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko yagize Amb. Gatete Claver Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo ya Loni ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA). Gatete yari asanzwe ari ambasaderi uhoraho w’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye, nyuma yo guhabwa izo nshingano mu 2022 asimbuye Amb. Valentine Rugwabiza. Komisiyo yahawe kuyobora ifite icyicaro gikuru i Addis Ababa […]
APR FC yatsinze Musanze FC, iyambura umwanya wa mbere
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo, nyuma yo gutsinda Musanze FC ibitego 2-1. Ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye iy’i Musanze muri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa kane wa shampiyona. Ibitego byo mu gice cya mbere cy’umukino bya rutahizamu Victor Mbaoma na Ruboneka Jean Bosco ni byo byafashije Nyamukandagira kurema agatima abayihebeye, […]