AMAKURU MASHYA: Rubavu,Gitifu wasezeye avuga ko agiye kwiga habonetse andi makuru ye

whatsapp_image_2024-10-10_at_20.55_50.jpg

Mu nkuru twabagejejeho kuri uyu wa 10 Ukwakira 2024,yavugaga ko mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Nyakiliba,Gitifu yanditse ibaruwa isaba guhagarika akazi ku mpamvu zo kujya kwiga,ndetse BWIZA yari yanavuganye n’uyu Gitifu Uwimana Vedaste avuga ko rwose impamvu yagaragaje mu ibaruwa ariyo nyakuri. BWIZA yahise ibona indi baruwa yanditswe n’Akarere ka Rubavu ku wa […]

Goma: Abaguye mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe

Imibiri y’abahitanywe n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu Kane,tariki ya 10 Ukwakira 2024, mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo. Ni umuhango witabiriwe n’imiryango yabuze ababo n’abanyacyubahiro batandukanye b’intara za Kivu zombi. Imibiri 10 y’abakomoka muri Kivu ya ruguru yose yashyinguwe ku irimbi rya Makao muri teritware […]

RD Congo: Abarimu bo muri Uvira bigaragambije basaba ko bakongezwa imishahara

Ku wa Gatatu tariki ya 9 Ukwakira 2024, abarimu bigisha mu mashuri ya leta yo mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo bakoze imyigaragambyo yo gusaba leta kubaha umushahara ungana n’amadolari y’Amerika 500 mbere y’uko batangira imirimo yo kwigisha abanyeshuri bamaze amezi agera kuri abiri batiga. Abarimu […]

Kirehe: Padiri Diregiteri yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umunyeshuri

Mu Karere ka Kirehe haravugwa inkuru y’Umupadiri akaba n’Umuyobozi w’ikigo witwa Phocas Katabogama watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,uyobora LycĂ©e de Rusumo, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15. Uyu mupadiri uyobora iri shuri , yatawe muri yombi ku wa 9 Ukwakira 2024. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry yagize ati: “ Arakekwaho […]

Muri Burkina Faso ijwi ry’Amerika ryahagaritswe

Ubutegetsi bwa gisirikari muri Burkina Faso bwatangaje ko bwahagaritse igihe cy’amezi atatu Ijwi ry’Amerika kubera ibitekerezo by’umwe mu banyamakuru bakorera iyo radiyo mpuzamahanga. Bwategetse kandi ibintangazamakuru byo mu gihugu guhagarika guhitisha amakuru y’ibinyamakuru mpuzamahanga byose. Ni icyemezo cyatangajwe n’inama nkuru y’itangazamakuru muri icyo gihugu, CSC. Urwo rwego rwashinje Ijwi ry’Amerika guca intege ingabo muri Burkina […]

Rubavu: Gitifu w’Umurenge wa Nyakiliba yasezeye

Uwimana Vedaste usanzwe ari Gitifu w’Umurenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu ku wa 8 Ukwakira 2024 yandandikiye umuyobozi w’Akarere ka Rubavu amusaba guhagarika akazi mu gihe kitazwi. Ibaruwa BWIZA ifitiye kopi yanditswe na Uwimana Vedaste, Igira iti:”Nshingiye ku biteganywa n’itegeko no 08/2020 ryo ku wa 07/10/2020 rishyiraho Sitati Rusange igenga abakozi ba Leta, mu […]

Ingabo za Isirayeli na Hezbollah barwaniye ku mupaka wa Libani

Hezbollah uyu munsi ku wa Gatatu,tariki ya 9 Ukwakira 2024, yavuze ko abarwanyi bayo basubije inyuma ingabo za Isiraheli zari zakataje mu mirwano yabereye hafi y’umupaka. Ni umunsi umwe nyuma y’uko Isiraheli ivuze ko yishe babiri basimburanye ku buyobozi bw’uyu mutwe w’abarwanyi bo muri Libani, ushyigikiwe na Irani. Hezbollah imaze umwaka irasa ibisasu bya roketi […]

MonkeyPox yageze muri Uganda

Umuvugizi wa gereza muri Uganda ku wa Kabiri,tariki ya 8 Ukwakira 2024, yavuze ko habonetse umurwayi umwe w’ubushita bw’inkende muri gereza ya Nakasongola iherereye mu gihugu rwagati. Yanavuze ko uwo murwayi yashyizwe mu kato kandi ko arimo kwitabwaho n’abaganga. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, mu kwezi kwa munani ryatangaje ko ubushita bw’inkende ari […]

Umuhango wari uteganyijwe wo “Kwita Izina” wasubitswe

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango wo kwita izina abana b’ingagi wari uteganyijwe ku wa 18 Ukwakira 2024, wasubitswe. Ni icyemezo gikubiye mu itangazo RDB yashyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Ukwakira 2024. Ntihigeze hatangazwa impamvu yacyo.RDB yakomeje ivuga ko itariki ibi birori bizimurirwaho izamenyekanishwa mu bihe biri […]

Nyamagabe: Abayobozi 10 Ukwakira ntikubahiriye

Mu Karere ka Nyamagabe,Umurenge wa Musebeya haravugwa inkuru y’abakozi 10 b’umurenge wa Musebeya basezereye ingunga imwe mu kazi aho bakekwaho gushora umuheha mu mafaranga abaturage batanga ya mutuel. Aba bakozi basezeye ni ba Gitifu b’Utugari 6 n’abakozi 4 bashinzwe ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage (SEDOs) bandikiye rimwe basezera. Hari amakuru yizewe avuga ko aba basezereye rimwe […]

Nyarugenge: Mu Miduha moto zakozwemo umukwabu

img_20241008_113732726_burst0001_cover-2048x922.jpg

Nyuma y’uko Polisi imaze iminsi yihanangiriza abatwara moto zitujuje ibyangombwa n’andi makosa yo mu muhanda, mu gitondo cyo kuri uyu Kabiri,tariki ya 8 Ukwakira 2024,abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bazindukiye Nyamirambo ahazwi nko mu Miduha hafatwa moto nyinshi ziregwa ibyaha bitandukanye. Mu kwezi gushize Polisi y’u Rwanda yibukije abamotari ko bitemewe gutwara umugenzi ufite […]

Nyagatare: Polisi iri gushakisha abishe umunyerondo bamukase ijosi

Mu Karere ka Nyagatare haravugwa inkuru y’abantu bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’udufuni bari bambaye imyenda ibahishe amasura, bibasiye abaturage bari ku irondo mu Murenge wa Karama, umwe ahasiga ubuzima abandi 11 barakomereka. Ibi byabaye ahagana saa yine z’ijoro ryo ku Cyumweru taliki 06 Ukwakira 2024, bibera mu Murenge wa Karama. Indi mirenge yo muri […]

Amerika yahaye u Rwanda Miliyoni 11 z’amadorali yo guhashya Marburg

Umuvugizi w’ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden wa Amerika yatangaje ko iki gihugu cyatanze hafi miliyoni 11 z’amadorari agenewe gufasha u Rwanda n’ibihugu birukikije kurwanya icyorezo cya Marburg kugeza ubu cyabonetse mu Rwanda. Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa mbere nijoro tariki ya 7 Ukwakira 2024, Karine Jean-Pierre yavuze ko “ubutegetsi bwa Biden na Harris burimo gukorana […]

Umunyamerika yakatiwe gufungwa azira kurwana muri Ukraine

Mu Burusiya, urukiko rwakatiye Umunyamerika w’imyaka 72 y’amavuko igifungo cy’imyaka hafi irindwi ashinjwa “kurwana muri Ukraine.” Ubushinjacyaha buvuga ko Stephen Hubbard yasinyanye kontaro n’igisirikare gato Uburusiya bumaze gutera Ukraine muri Gashyantare 2022, ajya kukirwanirira. Bwemeza ko yahembwaga amadolari igihumbi ku kwezi kandi ko yafatiwe ku rugamba kw’itariki ya 2 muri Mata 2022, mu mujyi wa […]

Etiyopiya bashyizeho Perezida w’igihugu mushya

Kuri uyu wa Mbere,tariki ya 7 Ukwakira 2024,muri Etiyopiya, inteko ishinga amategeko yashyizeho umukuru w’igihugu mushya. Yatoye Taye Atske Selassie, wari usanzwe ari minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Taye SĂ©lassiĂ© afite imyeka 68 y’amavuko. Abaye perezida wa gatanu kuva mu 1995 Etiyopiya ishyizeho itegeko nshinga rishya igenderaho kugeza ubu. Riteganya ko umukuru w’igihugu ashobora gutorerwa manda ebyiri […]

DR Congo: Ubwato buherutse kurohama mu Kivu bwabonetse

Ubwato bwo muri DRC bumaze iminsi ine burohamye mu Kiyaga cya Kivu bwabonetse muri metero 200 z’ubujyakuzimu. Ubu bwato bwitwa ‘MV Merdi’ bwarohamye tariki ya 3 Ukwakira 2024, hasigaye urugendo rwa metero 700 kugira ngo bugere ku cyambu cya Kituku giherereye mu mujyi wa Goma. Bukirohama, itsinda ry’abatabazi ririmo ingabo z’iki gihugu n’iziri mu butumwa […]

Gatsibo: Abahinzi b’umuceri baraterwa igihombo n’urugomero rwuzuyemo umucanga

umuceri

Mu Karere ka Gatsibo,Umurenge wa Rwimbogo hari abahinzi b’umuceri bavuga ko bafite ikibazo cy’uko urugomero rw’amazi rwa Kiliba rwabafashaga kugaburira umuceri amazi,rwuzuyemo umucanga,bakaba bavuga ko ibi birimo kubateza igihombo. Aba bahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative ya Coproriz Ntende iherereye muri zone ya Humure na Kabeza,bakaba basaba ko rwasiburwa bagakomeza ubuhinzi bwabo. Ugeze muri iki gishanga […]

Urukingo rwa Marburg ruratangira gutangwa,abaganga ku ikubitiro

whatsapp-image-2024-10-06-at-12.31_33_ddc42243.jpg

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko guhera kuri iki Cyumweru itangira gukingira abantu icyorezo cya Marburg, haherewe ku bafite ibyago byinshi byo kucyandura. Byagarutsweho na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Ukwakira 2024, cyagaruka ku buryo icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda. Yavuze ko inkingo z’icyorezo cya […]

Leta igiye gusubiza ubusabe kuri Kiliziya zafunzwe -Minisitiri Musabyimana

Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Jean Claude Musabyimana yatangaje ko Leta y’u Rwanda igiye gusubiza bidatinze icyifuzo cy’Abakristu ko Kiliziya zamaze kuzuza ibyo zasabwe zafungurwa. Yabigarutseho mu Ijambo yagezaga ku bitabiriye ibirori by’Itangwa ry’Ubwepiskopi, kuri Myr Jean Bosco Ntagungira wabaye umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare, kuri uyu wa 5 Ukwakira 2024. Asubiza icyifuzo yari yagejejweho na Myr […]

Sobanukirwa indwara ya “Necrophilia” yo gusambanya imirambo

Ubushakashatsi bwakozwe na Wayne Petherick afatanyije na Natasha Petherick mu 2019 bugatangazwa mu Kinyamakuru Science Direct cyo mu Budage cyandika inkuru z’ubushakashatsi, bwagaragaje ko mu bantu bagiye batahurwaho iyi ndwara abenshi ari abakora mu nzu zishyirwamo imirambo (Morgues). Abandi ni abakora akazi ko gushyingura abantu. Bwanagaragaje ko mu bafite ubu burwayi hari abajya gucukura imva […]

Ruhango:Misa yari iteganyijwe kwa Yezu Nyirimpuhwe ntabwo ikibaye

yesu-1.jpg

Mu karere ka Ruhango hasubitswe isengesho ngarukakwezi ryaberaga ahazwi nko ku Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe,aho basabira abarwayi. Kugeza magingo aya ntiharamenyekana impamvu yatumye basubika. Iryo tangazo ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye rimenyesha abantu bose bari kuzaza mu Misa yo kwa Yezu Nyirimpuhwe kuri iki Cyumweru taliki ya 06 Ukwakira 2024, ko itakibaye. Iryo tangazo rikomeza […]

DRC: Hakomeje ibikorwa byo gushakisha abaguye mu mpanuka y’ubwato mu Kivu

Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abaguye mu mpanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu mu ntara ya Kivu ya ruguru byakomeje ku wa Gatanu, tariki ya 4 Ukwakira 2024, mu masaha y’igitondo. Habonetse indi mirambo umunani. Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukumira ibiza no kugoboka abari mu kaga ku rwego rw’intara kivuga ko imirambo 34 ari yo imaze kuboneka, […]

Gatsibo: Ikirombe kishe umwe undi arakomereka bikabije

Mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, Akagari ka Nyabikire mu Mudugudu wa Kabeza haravugwa inkuru y’umuntu wishwe n’ikirombe undi agakomereka. Ibi bikaba byarabaye mu gitondo cyo ku wa Kane taliki 03 Ukwakira 2024. Abaturage bari aho ibyo byabereye bavuze ko hari umuntu wahaye abantu babiri ikiraka cyo gutunda amabuye bayakura imbere mu kirombe, […]

Rulindo: Ibitavuzwe ku rupfu rw’Abishwe n’umuceri – VIDEO

Mu karere ka Rulindo,Umurenge wa Masoro,mu Kagari ka Cyivugiza, umudugudu wa Musega ,hamaze iminsi havugwa inkuru y’abaturage 26 bivugwa ko bariye umuceri bari bahashye kuri butiki bikabaviramo kurwara ndetse bikanavugwa ko abantu 2 bapfuye bazira uwo muceri bariye. Ku rundi ruhande, amakuru mashya bamwe mu baturage bo muri uyu murenge wa Masoro mu Kagari ka […]

Diamond Platinumz arashinjwa kwaka ruswa y’igitsina Spice Diana

spice-diana-ngo-yiteguye-gushaka-amafaranga-akenewe-mu-gukora-amashusho-yindirimbo-ye-diamond-platinumz-1.jpg

Umuhanzi wo muri Uganda Namukwaya Hajara Diana uzwi cyane nka Spice Diana yavuze ko gutinda gushyira ahagaragara kw’amashusho y’indirimbo yafatanyijemo n’umuhanzi ukomoka muri Tanzania Diamond Platinumz, byatewe n’uko amashusho uyu muhanzi aba yifuza ko ajya mu ndirimbo ze asaba amikoro ahambaye, kandi no kutemera kuryamana na we bituma irushaho gutinda. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu […]

Ntibumva kimwe itegeko rigenga ibimina

Hashize iminsi Leta y’u Rwanda itangaje itegeko rigenga ibimina, bamwe mu babirimo baryakiriye mu buryo butandukanye. Hari ababona ko ari uburyo bwiza bwo guhashya imikorere mibi hamwe na hamwe, mu gihe abandi baribona nk’uburyo bwo kwinjirira ubwisanzure bwabo. Leta y’u Rwanda isobanura ko ikimina ari “uburyo abantu bagize itsinda batanga amafaranga bagamije kwizigamira no kugurizanya […]

Cyuzuzo nawe yasezeye kuri KISS FM

Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne d’Arc yasezeye Radio yari amaze imyaka isaga itanu ayikorera, nyuma y’igihe kitageze ku kwezi iki gitangazamakuru gisezeweho n’umunyamakuru Andy Bumuntu usanzwe ari n’umuhanzi. Cyuzuzo Jeanne d’Arc yatangaje isezera rye kuri Kiss FM, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024. Yagize ati: “Nyuma y’imyaka […]

Rutsiro: Guheka ababyeyi mu ngobyi bituma bacibwa amande yo kutabyarira kwa muganga

Mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Kivumu mu kagari ka Kabere abahatuye bavuga ko babangamiwe no kutagira aho ababyeyi babyarira, bakavuga ko aho bagira ari kure cyane yaho batuye ku buryo n’ubyariye mu nzira acibwa amafaranga, ku ruhande rw’ Akarere bo bakavuga ko iki kibazo ntacyo bazi. Aba baturage bavuga ko kuva aho batuye ugera […]

Abantu 10 nibo bamaze kwicwa na Marburg

img-20241001-wa0081.webp

Umubare w’abantu bamaze kwandura virus ya Marburg wiyongereyeho abantu 2 bose hamwe baba 29 hapfa n’undi 1 nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Ukwakira 2024. Amakuru mashya yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, agaragaza ko abantu bamaze kwandura indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, […]

Kicukiro: Abantu babiri bafatanywe amasashe ibihumbi 80

Mu Karere ka Kicukiro, ku mugoroba wo Cyumweru tariki ya 29 Nzeri 2024,Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafashe abantu babiri bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amasashe. Abafashwe ni umugore w’imyaka 24 y’amavuko n’umusore w’imyaka 19, bafatiwe mu mudugudu w’Amahoro, akagari ka Karembure mu murenge wa Gahanga, bafite amasashe ibihumbi […]

Amadorari 5 yicishije umuyobozi wa Radio Maria i Goma

Amahuriro y’abanyamakuru muri DR Congo no hanze ari kwamagana iyicwa ry’umunyamakuru ukuriye ishami rya Radio Maria i Goma warashwe n’abitwaje intwaro bishyuwe amadorari atanu ya Amerika, nk’uko umukuru w’umujyi wa Goma yabitangaje. Edmond Bahati Monja yarasiwe ku muhanda ku wa Gatanu nijoro tariki ya 27 Nzeri 2024,mu gace ka Ndosho muri Goma, ahita apfira aho, […]

Gatsibo: Umugabo yasanzwe mu muferege yapfuye

Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, rishyira ku wa Kabiri tariki ya 01 Ukwakira 2024, umugabo yasanzwe mu muferege yapfuye afite telefoni yaka itoroshi mu ntoki,bikaba bikekwa ko yari yasinze. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kinunga, Akagari ka Teme mu Murenge wa Gasange w’Akarere ka Gatsibo, aho umugabo witwa Rurarangabo Anastase […]

Itariki ya 1 Ukwakira ibumbatiye byinshi mu buzima bw’u Rwanda

arton4088-fe188.jpg

Ku wa Mbere tariki ya 1 Ukwakira, umupaka wa Kagitumba wagabweho igitero. Cyabaye ikimenyetso cy’itangira ry’urugamba rwamaze imyaka ine nyuma y’uko abari bagize umuryango FPR Inkotanyi biyemeje kubohora igihugu hifashishijwe inzira y’intambara kuko izindi zose Leta yariho yari yarazanze. Urwo rugamba rwari umusaruro w’imyaka itatu y’imyiteguro, ubwo mu Ukuboza 1987 hashingwaga FPR Inkotanyi imyiteguro y’intambara […]

Ibibazo bya Kampani SDU Ltd bikomeje kuba agatereranzamba,imyanzuro y’urukiko yarasuzuguwe

98c03b4f-5a5c-4d6b-bd37-0bcfb41ec76b.jpg

Mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Gasabo, ku wa Gatanu tariki ya 27 Nzei 2024 hateraniye inteko rusange y’abanyamigabane b’ikigo SDU Ltd (Special Drivers United Ltd), gitanga serivisi z’ubwikorezi,iyi nteko bakaba bavuga ko yari igamije kumurikira abanyamigabane ibyavuye mu bugenzuzi bw’umutungo(Audit),ndetse hakanakosorwa imigabane ku bagiye bayitanga ariko ntibishimire uko bikorwa. Ni inteko rusange yari yatumiwemo RDB […]

Marburg imaze kwica abantu icyenda

gyv-6vbxkaabrwd.jpg

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko umuntu umwe mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, yishwe n’icyorezo cya Marburg, yuzuza umubare w’abantu icyenda bamaze gupfa bazize icyo cyorezo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko abamaze kumenyekana banduye ari 27 harimo n’abapfuye, abari kuvurwa ni 18. Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abanyarwanda kudakurwa umutima […]

Rutsiro: Diregiteri yatawe muri yombi azira kunyereza umutungo

Mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Mukura haravugwa inkuru y’umuyobozi w’ishuri watawe muri yombi azira gucunga nabi umutungo w’ishuri. Uyu muyobozi ni uwo kuri GS Gihara ,ishuri riherereye mu Murenge wa Mukura,Akagari ka Kagano,Akarere ka Rutsiro. Amakuru avuga ko uyu muyobozi akurikiranyweho gukoresha nabi umutungo w’ishuri ayobora n’ubwo igihe amaze mu bugenzacyaha kitavugwa. Kayitesi […]

Minisante yatanze ihumure ku cyorezo cya Marburg

minisannte_11-928db.jpg

Ku Gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru,tariki ya 29 Nzeri 2024,Minisiteri y’Ubuzima yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru aho Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yagarutse ku cyorezo cya Marburg agaragaza uburyo butandukanye cyanduriramo n’uko cyakwirindwa. Iki cyorezo giterwa n’agakoko ka Marburg aho kigaragazwa n’ibimenyetso birimo kuruka, kuzana umuriro, kuribwa imikaya ariko uko iminsi itambuka niko bikomera bikaba byahitana n’umuntu,cyagaragaye […]

Nyarugenge: Batandatu bakekwaho kwiba imodoka,dosiye yageze mu bushinjacyaha

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bwakiriye dosiye iregwamo abantu 6 bishyize hamwe bakora agatsiko ko kwiba imodoka z’abantu batandukanye bo mu Mujyi wa Kigali. Ako gatsiko kagiye gakodesha imodoka z’abantu batandukanye nyuma bagahimba indangamuntu na Carte Jaune z’imodoka, bakazigurisha biyitiriye umwirondoro n’isura byo ku ndangamuntu za ba nyir’imodoka. Ako gatsiko gakurikiranyweho ibyaha bikurikira bitatu […]

Papa Francis yasabye Kiliziya Kwicuza

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko Kiliziya ikwiye kwicuza igaterwa isoni ndetse igasaba imbabazi ku byaha bishingiye ku gitsina, bamwe mu bashumba bayo bagiye bakorera abana bato. Papa Francis yabivuze ubwo yari mu rugendo arimo gukorera mu Bubiligi, aho yagaragaje ko ikindi cyaha gikomeye Kiliziya Gatolika ikwiye kwicuza, ari imiryango yatatanyije, biturutse ku […]

Karongi:Umugabo wemera ko yishe umwana we yakatiwe burundu

Ku wa 24 Nzeri 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwahamije umugabo witwa Baraturwango Nathan icyaha cy’ubwicanyi, n’ icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Iki cyaha cyabereye mu Mudugudu wa Kivomo, Akagali ka Gitarama, Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, ku wa 29/06/2024. Kuri uwo munsi, uregwa yafashe umuhoro atema […]

Gatsibo: Umugore arakekwaho kwica nyina akamutaba mu nzu

Mu Karere ka Gatsibo,mu Murenge wa Ngarama, Akagari ka Kigasha,mu Mudugudu wa Byimana, haravugwa inkuru y’umukobwa witwa Scovia ukekwaho kwica umubyeyi we umubyara witwa Nyirabagande Xavelina wari mu kigero cy’imyaka 65 y’amavuko. Bivugwa ko yaba yarakoze aya mahano kugira ngo yigarurire imitungo yari asanzwe atuyemo. Ibi byamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 27 […]

Rulindo: Umugeni ari mugahinda nyuma yo gutegereza umusore agaheba

Mu Karere ka Rulindo,Umurenge wa Kisaro, mu mudugudu wa Gitete haravugwa inkuru y’umukobwa wategereje umusore wari kuza gusaba no gukwa bagaheba. Ubu bukwe bwapfuye ku wa Kabiri,tariki ya 24 Nzeri 2024, nibwo iwabo w’umukobwa imyiteguro yari yose bategereje umusore ko aza gusaba akanakwa uyu mukobwa witwa Uwayezu Angelique,kuko byari biteganyijwe ko basaba bakanakwa,nyuma bakazakorera umurenge […]

Perezida Kagame yasabye abasenateri kwegera abaturage ntibarindire interineti

Ku gicamunsi cyo ku wa 26 Nzeri 2024, mu muhango wo kwakira indahiro z’abasenateri bashya muri Sena y’u Rwanda Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko harambiranye imvugo zumvikana ku mbuga nkusanyamakuru z’abaturage bavuga ko batabaza. Umukuru w’igihugu yagaragaje ko igituma abaturage bumvikana basaba gutabarwa ari uko abayobozi baba batabegereye ngo babakemurire ibibazo mu maguru […]

Perezida wa Sena “Dr Kalinda François Xavier” ni muntu ki?

Dr Kalinda François Xavier,yavukiye mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, afite impamyabushobozi y’ikirenga, Phd, mu by’amategeko y’ubucuruzi, yavanye mu gihugu cya Canada, muri Kaminuza ya Ottawa. Icyiciro cya mbere n’icya kabiri, yabyize muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda. Mu mirimo ye, yakunze kwigisha aho yavuze ko yamaze imyaka 19 ari umurezi muri Kaminuza y’u […]

Musanze: Umugabo ukurikiranyweho kwica umugore we akoresheje ishoka dosiye iri mu bushinjacyaha

Ubushinjacyaha ku Rwego rwisumbuye rwa Musanze bukurikiranye umugabo w’imyaka 61 ukekekwaho kwica umugore we amutemesheje ishoka. Ubu bwicanyi bwabaye ku italiki ya 22/09/2024 ahagana saa tatu n’igice (21h30’) z’ijoro mu Mudugudu wa Cyave, Akagari ka Rushara, Umurenge wa Nemba, mu Karere ka Burera. Kuri iyo taliki, Uyu mugabo n’umugore we bagiye mu bukwe bw’ umuturanyi […]

Abamotari bafite moto zafashwe Polisi yongeye kubahanura

Abatwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’Abamotari, basabwe kwisubiraho birinda amakosa bakunze gukora akabangamira urujya n’uruza ndetse agateza n’impanuka. Ni ubutumwa bwagarutsweho n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda; Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nzeri 2024, ubwo yaganirizaga abakora uyu mwuga ku cyicaro cy’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano […]

Ihindagurika ry’ikirere ryagize ingaruka ku musaruro mbumbe-BNR

Banki Nkuru y’Igihugu, BNR yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka. Ivuga ko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu, GDP wazamutse ku 9.8%, mu gihe mu mwaka ushize mu mezi atandatu yabanje uyu musaruro wari wazamutse kuri 7.7%. Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko icyatumye […]

Kwita izina abana 22 b’ingagi bizitabirwa n’abantu ibihumbi 32

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), cyatangaje ko abana b’Ingagi 22 ari bo bazitwa amazina ku nshuro ya 20 mu muhango uteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024. Uyu muhango uzabera aho usanzwe ubera mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Kinigi, ukaba uzitabirirwa n’abantu bagera ku bihumbi 32. Abana b’ingagi 395 nibo bamaze guhabwa amazina,bazaba bakurikirwa n’abandi 22 bazahabwa […]

Rwamagana: Iby’Akagari gakorera mu kandi bikomeje kwibazwaho

Abaturage bo mu Murenge wa Gishari, mu Kagari ka Ruhimbi binubira ko bajya gushaka serivisi zo mu kagari kabo, bakaziherwa mu kandi Kagari ka Bwinsanga nyamara ngo ntacyo babuze ngo biyubakire ibiro by’akagari mu kagari kabo. Mu mudugudu wa Nyakabungo mu Kagari ka Bwinsanga niho hakorera ibiro by’Akagari ka Ruhimbi. Ni ibintu bamwe mu baturage […]

Gatsibo: Abakekwaho kwiba ibiribwa by’abanyeshuri batawe muri yombi

Mu Karere ka Gatsibo,Umurenge wa Muhura ku ishuri ribanza rya EP Rumuli haravugwa inkuru y’ubujura bw’ibiryo by’abanyeshuri byibwe abakekwaho kugira uruhare muri ubu bujura babiri muri bo bakaba bamaze gutabwa muri byombi. Abatawe muri yombi ni uwitwa Mpabuka Abudal wari umuzamu akaba n’umutetsi kuri iki kigo, hamwe na mugenzi we witwa Maniragaba Samuel watekeraga abanyeshuri. […]

Trump natsindwa amatora ntabwo azongera kwiyamamaza

Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka 2024, atazongera kwiyamamaza mu ya 2028. Trump w’imyaka 78, uri kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu ishyaka ry’Abarepubulikani, amaze kuba umukandida mu matora inshuro eshatu (3). Trump ubwo yari mu kiganiro n’ikinyamakuru […]

Nyarugenge: Abantu 43 bari mu mutwe witwa “Abameni” baragezwa imbere y’urukiko

Ku itariki ya 24/09/2024 saa tatu (9H00), Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ruzaburanisha urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo abantu 43 bakurikiranyweho ibyaha 4. Gushyiraho no kujya mu mutwe w’abagizi ba nabi, icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 224 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 nk’uko ryahinduwe. Igihano giteganyijwe kuri iki cyaha ntikijya munsi y’imyaka irindwi […]

RDF yungutse abasirikare bashya

2834be79-386d-4314-b0a0-8d8c6c7eaa66.jpg

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyinjije mu ngabo abasirikare bashya barimo abasore n’inkumi bari bamaze amezi atandatu mu myitozo mu ishuri ry’imyitozo ya gisirikare rya Nasho mu Karere ka Kirehe. Umuhango wo kwakira ku mugaragaro aba basirikare bashya wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, witabirwa n’abandi basirikare bakuru, barimo aba Jenerali, aba Ofisiye […]

Gasabo:Diregiteri yakubiswe na Mwalimu bapfa ibyangombwa

Mu Karere ka Gasabo,Umurenge wa Jali ku kigo cy’amashuri cya GS Agateko haravugwa inkuru y’umwarimu wakubise Diregiteri ubwo yamusabaga icyangombwa,ibi bikaba byarabaye ku wa Gatanu tariki ya 20 Nzeri 2024. Amakuru avuga ko uyu mwarimu yasanze Diregiteri mu biro agiye kumwaka icyemezo cy’akazi,bikarangira Diregiteri akubiswe kuko mgo yari akimwimye. Ubusanzwe ariko hirya no hino mu […]

Nyamasheke: Abanyeshuri 2 baguye mu mpanuka bashyinguwe

whatsapp_image_2024-09-22_at_11.05_18.jpg

Abanyeshuri 2 baherutse gupfira mu mpanuka y’imodoka ku wa 19 Nzeri 2024, yari itwaye abanyeshuri yabereye mu Karere ka Nyamasheke bigaga ku ishuri rya St Matthews ishami rya Ntendezi bashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Nzeri 2024. Aba bana baguye mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yatwaraga abanyeshuri b’ishuri ribanza […]

Abakosoye ibizamini bya Leta MINEDUC yabagarutseho

Mu kiganiro ‘Dusangire Ijambo’ cya RBA cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Nzeri 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yagarutse ku insimburamubyizi y’abarimu bakosoye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza ay’icyiciro rusange n’ay’isumbuye mu mwaka w’amashuri 2023/2024, aho yavuze ko hose itaratangwa ariko biri mu nzira zo kugira ngo […]

Kigali ubukarabiro bwo kuri gare ya Nyabugogo bwahindutse uburiri n’intebe

whatsapp_image_2024-09-21_at_14.35_43.jpg

Iyo utembereye mu bice bimwe na bimwe mu Mujyi wa Kigali usanga umuco wo gukaraba intoki by’umwihariko ahantu hahurira abantu benshi warabaye amateka mu gihe uyu Mujyi wo uri mu bukangurambaga bwo gukaraba intoki. Bamwe mu batuye n’abagenda mu Mujyi wa Kigali bavuga ko umuco wo gukaraba intoki usa nk’uwasinziriye mu bice binyuranye bihuriramo abantu […]

Gicumbi:Babangamiwe n’umunuko w’ikimoteri cy’isoko rya Byumba

Mu karere ka Gicumbi haravugwa ikibazo cy’ikimoteri kiri hafi y’isoko kijugunywamo imyanda kibateye ikibazo cy’umunuko ukabije,kuko igihe kiba kividurwa baba babangamiwe bikabije. Ibi abarema n’abacururiza mu isoko rya Byumba bavuga ko uretse kubatera umunuko bishobora no kubaviramo indwara z’ubuhumekero. Umwe mu bacuruzi bo mu isoko rya Byumba avuga ko iki kimoteri bibaza impamvu baza kukividura […]

Rubavu:Umugabo yiyemerera ko yasambanyije umwana we

Ku itariki ya 18/09/2024, Ubushinjacyaha ku Urwego Rwisumubuye rwa Rubavu, bwaregeye Urukiko Rwibanze rwa Gisenyi umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana we w’imfura ufite imyaka cumi n’itatu (13) bumusabira gufungwa by’agateganyo. Ibyo byabaye ku wa 11/09/2024 ubwo umugabo witwa Mvuyekure ufite imyaka 39 y’amavuko yagiranaga ikibazo n’umugore we akamukubita, umugore akahukanira mu baturanyi akararayo. Uyu […]