Guha abana amata ku mashuri, bishobora kuba umuzigo uremereye

Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hatangijwe umushinga wo guha abana amata ku mashuri mu rwego rwo kunganira amafunguro bahafatira, ariko iki gikorwa kiracyatambamiwe na byinshi ku mpamvu zinyuranye. Mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2015 hatangijwe iyiswe inkongoro y’umwana, igenera abana biga mu mashuri abanza n’ay’inshuke amata ku ishuri nibura kabiri mu cyumweru, mu […]

Min. Mutimura yagaragarije Abadepite icyuho cya za Miliyari ku mafaranga agenerwa Minisiteri y’Uburezi

Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugene ubwo yaragaragarizaga Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Inteko Nshingamategeko,  uko ingengo y’imari y’imyaka ibiri ishize yakoreshejwe n’ibikorwa biteganyijwe mu ngengo y’imari ya 2019/2020, yavuze ko hakirimo icyuho cya za Miliyari. Minisitiri Mutimura avuga ko ingengo y’imari ya Minisiteri y’Uburezi yazamutse iva kuri Miliyari 15.5Frw muri 2018/2019 igera kuri Miliyari […]

Uganda: CMI irashinjwa gushimuta abandi Banyarwanda babiri b’abayobozi muri ADEPR

Amakuru aturuka mu gihugu cy’abaturanyi aravuga ishimutwa ry’Abanyarwanda babiri, Hakizimana Bright na Nsabimana Moses, bombi bakaba ari abayobozi b’itorero rya ADEPR muri Uganda, bivugwa ko bashimuswe ku Cyumweru n’abakozi b’urwego rw’ubutasi mu gisirikare, CMI. Aho baherereye n’uko bamerewe ntabwo bizwi nubwo abo basengana bakeka ko baba barimo gukorerwa iyicarubozo mu Kigo cya gisirikare cya Mbuya, […]

Leta y’u Rwanda irateganya kugeza amazi meza ku baturage ku cyigero cya 89 ku ijana mu mwaka utaha w’ingengo y’imari

  Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’uko mu mwaka w’ingengo y’imari ugiye gutangira wa 2019/2020 amazi meza azagera kuri 89% by’Abanyarwanda bose. Uyu munsi abafite amazi meza ni 87.6%. Kugira ngo ibi bigerweho, minisiteri y’ibikorwa remezo igiye kongera inganda zitunganya amazi nibura buri munsi hakajya hatunganywa metero kibe ibihumbi 317. Kugeza ubu, buri munsi hatunganywa […]

Imirwano hagati y’Abanyamulenge n’inyeshyamba ikomeje gusiga benshi mu kaga

Inzu zaratwitswe, ibihumbi by’abaturage birahunga kubera imirwano imaze icyumweru hagati y’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’inyeshyamba za Mai Mai, bityo abaturage bakaba bavuga ko bugarijwe n’ibibazo batewe n’iyi ntambara. Umuyobozi wa Komini Minembwe, Gadi Mukiza Nzabinesha avuga ko Abarwanyi ba Mai Mai bazindutse ku wa Mbere tariki ya 13 Gicurasi, batera mu duce dutuwemo n’Abanyamulenge […]

Suede: Hasubukuwe iperereza ku byaha bishinjwa Julian Assange washinze Wikileaks

Abashinjacyaha mu gihugu cya Suede kuri uyu wa Mbere basubukuye iperereza ry’ibanze ku birego byo gufata ku ngufu bishinjwa uwashinze urubuga menamabanga rwa WikiLeaks, Julian Assange. Kongera gutangiza iri perereza biraha u Bwongereza, buherutse guta muri yombi Assange mu kwezi gushize, nyuma yo kutitaba urukiko yari yararekuwe by’agateganyo, gufata icyemezo cyo kumwohereza muri Suede cyangwa […]

Ntabwo bari kungwa gitumo ngo bandeke ngende- Ingabire Victoire

Umunyapolitiki akaba na Perezida w’Ishyaka FDU-Inkingi ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, Ingabire Victoire, yateye utwatsi ibyari bimaze umunsi bivugwa ko yaguwe gitumo arimo gukoresha inama igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ku yumweru tariki ya 12 Gicurasi 2019, nibwo bimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda byatangaje ko Ingabire Victoire yaguwe gitumo ngo arimo gushaka abayoboke […]

Video: Ubwiza bwa ya mazu wagura uhereye ku 150.000 bikagufasha kubona inzu ya Miliyoni 27

Sosiyete ya United property group ikora ibijyanye n’ubwubatsi , yubatse kandi ikomeje kubaka amazu yo guturamo ajyanye n’ikerekezo, akomeye yubatse muri concrete, aherereye Kanzenze ho mu karere ka Bugesera, iyi Kompanyi aho bagamije gufasha buri munyarwanda wese gutura heza kandi bijyanye nuko yifite kandi bihereye kubushobozi bw’abazifuza kuko ushobora kwishyura 150.000 kugeza uyegukanye. Didier umuyobozi […]

Sudani: Abigaragambya n’abasirikare bageze ku bwumvikane

Abayoboye imyigaragambyo yo muri Sudani kuri uyu wa Mbere batangaje ko bageze ku bwumvikane hagati yabo n’abasirikare bayoboye igihugu muri iki gihe ku kijyanye n’inzego n’abategetsi bazaba bayoboye igihugu mu nzibacyuho. Ibi byatangajwe nyuma y’umwanya muto umushinjacyaha mukuru wa Sudani atangaje ko Omar al Bashar wayoboraga iki gihugu akurikiranweho ibyaha byo kwica abari mu myigaragambyo […]

Kagame ni urugero rwiza abayobozi b’Afurika bakurikiza

“Hari igihe tugeramo tukabura andi mahitamo, atari ugushimira Perezida Paul Kagame. Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda ni umuntu wo gushimira ku mpamvu nyinshi.” Iyi nkuru ya nation yanditswe na David Kigo kuri uyu wa 12 Gicurasi (ku cyumweru) ishyirwa mu Kinyarwanda na bwiza.com. Iyi nkuru ivuga ko Perezida Kagame afite kamere itangaje, ivuga ko mu gihe […]

Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR basabiwe gufungwa indi minsi 30

Nkaka Ignace uzwi ku izina rya La Forge Fils Bazeye wari umuvugizi w’inyeshyamba za FDLR na Lt.Col Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Abega Camara, wakoraga mu rwego rw’ubutasi muri uyu mutwe, basabiwe n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda gufungwa indi minsi 30 y’agateganyo. Niwo munsi wa mbere aba bayobozi bombi bagaragaye mu rukiko bambaye impuzankano z’iroza. Umucamanza akaba […]

Ibintu 5 abagabo baca inyuma abagore babo batinya

Bitewe n’agahugu n’umuco wako, hari aho usanga guca inyuma umugore/umugabo wawe ari icyaha gikomeye, kimwe n’uko hari aho usanga bifatwa nk’ibisanzwe, ariko mu by’ukuri uwaciye undi inyuma uko byagenda kose aba afite impungenge ko uwo bashakanye yamufata. Tuvuze ku mugabo waciye umugore we inyuma, hari ibintu byinshi aba afitiye impungenge, bimwe muri byo twavuga: 1.Kuba […]

Minisiteri y'Ubuzima yagejeje kuri Komisiyo y'Ingengo y'Imari gahunda ya 2018/2019 na 2019/2020

Mu nyubako y’inteko ishinga amategeko, uyu munsi, tariki ya 13 Gicurasi, Minisitiri  w’Ubuzima,  Dr. Diane Gashumba yagejeje kuri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’igihugu aho ingengo y’imari ya 2018/2019 igeze ishyirwa mu bikorwa n’ibikubiye mu ngengo y’imari ya 2019/2020. Imbere y’abadepite, Minisitiri Gashumba yavuze ko icyo bagomba kwibandaho kikiri imbogamizi ari ibitaro bya Nyagatare na Ruhengeri […]

Burkina Faso: 6 barimo n'umupadiri biciwe mu kiliziya

Kuri wa 12 Gicurasi ahitwa Dablo muri Burkina Faso, abantu bitwaje intwaro bateye abakirisitu bari mu misa mu kiliziya, 6 barimo na padiri wabo bahasiga ubuzima. Iyi nkuru dukesha BBC, iravuga ko abantu bagabye iki gitero bari hagati ya 20 na 30, bahise banatwika iyo kiliziya. Umuyobozi w’aka gace ka Dablo, Ousmane Zongo, yavuze ko […]

  Kugera ku nzozi zawe  ni urugendo

Intambwe ya mbere kugira ngo ugere ku nzozi zawe  ni ugufata icyemezo ku cyo ushaka kugeraho mu buzima. Iyo umaze kumenya icyo ushaka rero, uko uzakigeraho bikurikiraho. Umutima wawe ushatse kugira aho ugera, ubwenge bwawe buguha ikarita izakugezayo. Yezu yari azi aho agana Yezu yari azi aho yerekeza. Yari azi abantu bamukeneye, icyo bakeneye n’uburyo […]

Polisi y’igihugu yatangije ubukangurambaga bw ‘ibyumweru 52 ku mutekano wo mu muhanda

  Kuri uyu wa 13 Gicurasi 2019, Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abafatanyabikorwa bayo batangije ubukangurambaga bw’ibyumweru 52 byo kwirinda impanuka zo mu muhanda. Bukaba ari ubukangurambaga bahaye insanganyamatsiko yiswe ‘Gerayo Amahoro’ Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangarije RBA ko ubu bukangurambaga buteguwe nyuma yuko bigaragaye ko 80 % by’impanuka zo mu […]

Murakagira Imana y’i Rwanda- Louise Mushikiwabo abwira ababyeyi

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), Mushikiwabo Louise yifurije ababyeyi bose kugira Imana y’i Rwanda ku munsi mukuru wabo wizihijwe ku Cyumweru tariki ya 12 Gicurasi 2019. Ku itariki ya 12 Gicurasi, nibwo Isi yose yizihiza umunsi Mukuru w’Ababyeyi, abantu batandukanye bakaba bagiye babifuriza uyu munsi bifashishije uburyo butandukanye burimo n’imbuga nkoranyambaga. Mme […]

Nyamasheke/ Cyato: Bavuga ko iterambere ryabo ridindizwa no kutagira umuhanda mwiza

Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke bavuga ko  bakomeje kubabazwa cyane no kudakorerwa umuhanda Tyazo- Cyato bijejwe n’akarere igihe kirekire,bakaba bagikora ibilometero bigera kuri 25 bikoreye umusaruro ku mutwe ngo babashe kugera ku muhanda  munini wa kaburimbo (kivu belt) bahawe na perezida Kagame kuko ari ho hari amasoko ya Tyazo na Kirambo n’ubundi […]

Ese Gen.Niyombare yaba aherereye he muri iyi myaka ine ishize?

Itariki ya 13 Gicurasi 2015, ntabwo izibagirana mu mitwe y’Abarundi by’umwihariko Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi na Perezida Nkurunziza wari ugiye gukurwa ku ntebe ku ngufu, bikarangira umugambi upfubye. Ikipe y’abasirikare n’abapolisi bari bayobowe na Gen Niyombare Godefroid, kuri iyi tariki nibwo bagerageje guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza wari mu nama muri Tanzania, birangira umugambi […]

RDC: Abahoze mu mitwe y’inyeshyamba bishyize mu maboko ya Leta barataka inzara

Abahoze ari abarwanyi mu mitwe y’inyeshyamba zitandukanye nyuma bakaza gushyira intwaro hasi, bavuga ko babayeho mu buzima busharira mu Nkambi ya gisirikare ya Nyamunyunyi babaye bacumbikiwemo, muri Teritwari ya Kabare. Iyi nkambi niyo bashyizwemo kuva umunsi bashyiraga intwaro hasi, abenshi muri bo ngo bakaba bari mu mitwe y’inyeshyamba yarwaniraga muri Teritwari ya Kalehe. Nk’uko Radiyo […]

Hamisa Mobetto yateye utwatsi Zari uvuga ko Diamond ari umubyeyi gito

Mu gihe Zari Hassan yari amaze iminsi ashinja Diamond Platnumz kutuzuza inshingano nk’umubyeyi, mukeba we Hamisa Mobetto, yamunyomoje avuga ko ari umugabo udasanzwe uzi guhagarara neza mu nshingano za kibyeyi. Ubwo yaganiraga na Wasafi Tv, Mobetto yagize ati “Ahagarara [Diamond] mu nshingano neza nk’umubyeyi, mbese ni umugabo ushamaje”. Uyu munyamideli Hamisa akomeza ashima Diamond ku […]

Ni iki Shampiyona y'Ubwongereza isize muri uyu mwaka wa 2018/2019?

Shampiyona y’Ubwongereza y’umupira w’amaguru, icyiciro cya mbere, muri uyu mwaka yaranzwe no guhatana gukomeye hagati y’amakipe, abatoza n’abakinnyi muri rusange. Bitandukanye n’imyaka y’imikino yatambutse, byagaragariye amaso y’abakunzi bumupira w’amaguru ko habayeho guhatana cyane. Duhereye ku gikombe cy’iri rushanwa, byabaye ngombwa ko abakunzi b’uyu mukino dutegereza umunsi wa nyuma. Manchester City yari yiteguye gukina na Brighton […]

Rusizi: Bamaze imyaka ibiri basiragira ku mafaranga basinyiye

Abaturage bagera kuri 25 bo mu tugari twa Kamanu na Mashyuza mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi bavuga ko bamaze imyaka irenga 2 biruka ku mafaranga babariwe na REG bakanayasinyira nyuma yo kunyurizwa insinga z’amashanyarazi hejuru y’inzu zabo hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi  Ntendezi- Bugarama,n’ubu ayo mafaranga basinyiye bagasabwa n’ibyangombwa byose bakabitanga bakaba barayabuze. Baganira […]

Burundi/ Ngozi: Umuyobozi w’Imbonerakure ushinjwa gufata umunyeshuri ku ngufu arahigwa bukware

Inkiko zo mu Burundi zirimo gushakisha Kwizera Emmanuel wigishaga ku kigo cya Ecofo Gitare, ashinjwa gufata ku ngufu umunyeshuri w’umukobwa yigishaga. Kwizera wari umuyobozi mukuru w’Imbonerakure muri Komini Nyamurenza, inkiko zatangiye kumushakisha kuva ku wa 9 Gicurasi 2019, ngo akaba yari anasanzwe avugwaho guhutaza abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi cyane cyane abo mu ishyaka […]

RDC: Inyeshyamba ziyobowe na Mukombozi zishe umugore n’umugabo zibakase amajosi

Inyeshyamba ziyobowe n’uwitwa Mukombozi zishe umugore n’umugabo zibakase amajosi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 11 Gicurasi 2019, mu gace ka Tshinongo, kari mu Bilometero 15 uvuye i Kakenge muri Teritwari ya Mweka, Intara ya KasaĂ ÂŻ. Sosiyeti Sivile itangaza ko aba bantu babiri bishwe bashinjwa amarozi, umwuka mubi ngo ukaba waratangiye ubwo umunyeshuri […]

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y' Ubwongereza' Premier league “2018/2019

  Ikipe ya Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza ” England Premier league 2018/2019 nyuma yo gutsinda Brighton and Hove Albion ibitego bine kuri kimwe (4:1). Manchester City ikaba yegukanye iki gikombe nyuma yo kunyagira Brighton and Hove Albion ibitego 4:1. Ibi bitego bikaba byatsinzwe na Sergio Aguero, Aymeric Laporte, Riyad Mahrez na Ikaay […]

Ingabo za Uganda muri Somalia zakozanyijeho, 4 zihasiga ubuzima

Mu murwa mukuru wa Mogadishu, Abasirikare ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro mu Somalia, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 10, bagize ugushyamirana kwabyaye kurasana, 4 bahasiga ubuzima. Ikinyamakuru Chimp Reports, cyagerageje kuvugana n’umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Richard Karemire, agihamiriza ko koko ayo mahano yabaye. “Barasaniye ku kigo kiri mu murwa mukuru wa Mogadishu.” […]

Rusizi: Umukecuru wasenyewe hubakwa umuyoboro w’amazi arasaba kurenganurwa

Mwamvuwa SĂ©raphine w’imyaka 68 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Muramba,akagari ka Kamanyenga,umurenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi avuga ko amaze imyaka irenga 3 yarangirijwe inzu n’ikorwa ry’umuyoboro w’amazi waciye imbere y’umuryango w’inzu ye bakahabomora yababujije bamwizeza kuzongera bakahubaka neza,ariko ngo yasiragiye ku karere ashaka ko hongera kubakwa yabuze umurenganura. Aganira na Bwiza.com,uyu mukecuru warokotse […]

Intambara ikomeje gututumba hagati ya Amerika na Irani

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zohereje mu karere k’uburasirazuba bwo hagati ubwirinzi bwa misile buzwi nka Patriot, mu gihe ubushyamirane bukomeje gukaza umurego hagati y’Amerika na Irani. Ubwato bw’intambara bw’Amerika buzwi ku izina rya USS Arlington, butwaye imodoka n’indege by’intambara, na bwo byitezwe ko bwerekeza ku bwato bugwaho indege bw’igisirikare cy’Amerika bwa USS Abraham Lincoln buri […]

Nyagatare: Croix Rouge yashimiwe kugoboka Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya

Ku wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019, mu murenge wa Karangazi, Akarere ka Nyagatare, habereye ibirori  byo kwizihiza imyaka 156 umuryango utabara imbabare (Croix Rouge) umaze ushinzwe. Mu butumwa bwatanzwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyagatare wungirije  ushinzwe ubukungu n’iterambere, yawushimiye uburyo wagobotse abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya ikabafasha guhindura imibereho yabo. Mbere yo kwizihiza ibyo birori […]

Bamporiki yashimye uwafashije Nsengiyumva waririmbye ngo ‘umukobwa ni igisupusupu, ni igisukari’

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, yashimiye umuhanzi Alain Mukurarinda ku bw’igikorwa yakoze cyo gufasha umuhanzi Nsengiyumva Francois umenyekanye vuba kubera indirimbo ye ‘Mariya Jeanne’. Bamporiki  abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko kuba Alain Muku yarafashije Nsengiyumva, ubu akaba arebwa na za Miliyoni z’abafana, ari ikintu cyo kubera abandi urugero. Yagize ati “Ndagushimiye cyane […]

Abikorera n’ibitaro bya Ruli basuye urwibutso rwa Ntarama- AMAFOTO

Abikorera n’ibitaro bya Ruli byo mu Karere ka Gankenke, basuye urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera, basobanurirwa amateka yarwo n’uburyo Abatutsi ibihumbi bahakorewe ubwicanyi ndengakamere. Ni itsinda ryari rigizwe n’abantu basaga ijana baturutse mu Murenge wa Ruli, ku wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019, ubwo bageraga ku rwibutso rwa […]

Burundi: Abashinjwa kugaba ibitero ku nkambi za gisirikare bagejejwe mu rukiko nyuma y’imyaka 4

Mu kwezi ku Ukuboza 2015, nibwo hagabwe ibitero ku nkambi za gisirikare mu Burundi, abashinjwa iki gikorwa bakaba bagejejwe imbere y’urukiko nyuma y’imyaka ine ishize batarahabwa ubutabera. Aba bantu biganjemo urubyiruko basanzwe bafungiye muri gereza ya Muramvya, bakaba bashinjwa kuba baragabye ibitero ku nkambi za gisirikare mu kwezi k’Ukuboza 2015. Itsinda rya mbere ryumviswe mu […]

Iyo Museveni avuka muri ibi bihe, aba aragira inka- Besigye

Umwe mu batavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Perezida Museveni muri Uganda, Dr. Rtd Col. Kizza Besigye avuga ko Museveni atari kubasha kujya ku ishuri iyo akurira mu buzima nk’ubwo Abanyayuganda babayemo. Besigye ubwo yaganiraga n’abaturage b’icyaro cya Kashwina mu Karere ka Isingiro yavuze ko Leta ya Museveni yananiwe gushyira imbaraga mu kuzamura imibereho y’abaturage. Besigye avuga […]

RDC: Muanda Nsemi wari waratorokanye n'imfungwa zirenga 4000 yafashwe

Umuyobozi w’umutwe wa politiki ushingiye ku idini, uharanira ukwitandukanya kw’Amajyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi nyuma y’iminsi ibiri amaze kwongera kwigaragaza. Yari yaratorokanye n’izindi mpfungwa mu myaka ibiri ishize. Ifatwa rye ryatangajwe na polisI kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019. Ne Muanda Nsemi, umuyobozi wa muvoma […]

Gen. Nyamvumba yakiriwe na Tshisekedi mu ruzinduko yagiriye muri RDC.

Ku wa gatanu, tariki ya 10 Gicurasi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yakiriwe n’umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, amushimira ubufatanye gahati y’ibisirikare by’ibi bihugu. Gen. Nyamvumba wari uherekejwe na mugenzi we muri iki gihugu cy’abaturanyi, yagize ati: “Twaje hano gushimira umukuru w’igihugu imbaraga yashyize mu gisirikare cy’iki gihugu, FARDC n’imikoranire hagati […]

OMS ivuga ko Ebola ishobora kwibasira u Rwanda na Uganda mu gihe ubutabazi bwakomeza gukomwa mu nkokora

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ritangaza ko ibikorwa by’ubutabazi ku banduye icyorezo cya Ebola bikomeje gukomwa mu nkokora n’ibitero by’inyeshyamba. Ivuga ko bizagorana kuyirandura burundu ko ahubwo ishobora no kugera mu Rwanda, Uganda na Sudani y’Amajyepfo. OMS ivuga ko mu ntara ebyiri ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  hari ibitero […]

Uganda: Urukiko rwahagaritse ibirego bya Bobi Wine kuri polisi

Ku wa 10 Gicurasi, urukiko rukuru rwa Kampala rwahagaritse ibirego bya Robert Kyagulanyi(Bobi Wine), washinjaga igipolisi kumuhagarikira ibitaramo bye by’umuziki. Ni ikirego cyasabaga urukiko gutegeka igipolisi kureka kwivanga mu bitaramo by’uyu muhanzi, akaba n’umudepite uhagarariye agace ka Kyadondo. Uru rukiko ruyobowe n’umucamanza, Henrietta Woloyo, ruvuga ko Bobi Wine atigeze agaragaza ibimenyetso byerekana ko guhagarika ibitaramo […]

Amahirwe kubifuza amazu yo guturamo: Ibihumbi 150.000 byagufasha kugeza utunze inzu ya Miliyoni 27

Sosiyete ya United property group ikora ibijyanye n’ubwubatsi , yubatse kandi ikomeje kubaka amazu yo guturamo ajyanye n’ikerekezo, akomeye yubatse muri concrete, aherereye Kanzenze ho mu karere ka Bugesera, iyi Kompanyi aho bagamije gufasha buri munyarwanda wese gutura heza kandi bijyanye nuko yifite kandi bihereye kubushobozi bw’abazifuza kuko ushobora kwishyura 150.000 kugeza uyegukanye. Didier umuyobozi […]

Perezida Kagame i Rubavu- REBA AMAFOTO

Ubwo yasozaga uruzinduko yakoreraga mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage b’Akarere ka Rubavu yasuye, kureka kurangara, ahuwo ko bakwiye gushishikarira gukora cyane bakiteza imbere. Perezida Kagame yakiriwe n’ibihumbi by’abaturage b’akarere ka Rubavu na Rutsiro bari bateraniye mu Murenge wa Nyamyumba [Rubavu], kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019. […]

Amerika yigambye kwica abarwanyi b’umutwe wa kiyisilamu barenga 10 muri Somalia

Ibitero by’indege bya Amerika kuwa Gatatu w’iki cyumweru byahitanye abarwanyi b’umutwe wa kiyisilamu (ISIS) 13 mu gace ka Puntland muri Somalia. Igisirikare cya Amerika nk’uko Reuters ibitangaza kimaze kwica abarwanyi ba IS 800 kuva Perezida Donald Trump yayobora Amerika. Igisirikare cy’ubufatanye hagati ya Africa na Amerika (Africom) kuwa Kane cyatangaje ko ibi bitero byari bigamije […]

Zari ntiyanyurwa n’umugabo umwe- Uwo bakundanye

Umwe mu bagabo bigeze gukundana na Zari, Rasta Rob MC atangaza ko bigoye ko uyu mugore yanyurwa no gutungwa n’umugabo umwe agendeye ku buryo yamubonye. Diamond mu minsi ishize yavugiye ku karubanda ko Zari yamuciye inyuma akaryamana na Peter wo muri P-Square ndetse n’umusore wari ushinzwe kumufasha ibijyanye n’imyitozo ngorora mubiri. Zari yarabihakanye ahubwo yifatira […]

Rwamagana: Urubyiruko rwiga muri kaminuza rwasabwe kwirinda amacakubiri

Ku wa Kane tariki ya 9 Gicurasi 2019, abanyeshuri biga muri Kaminuza yigenga y’Abalayiki b’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi UNILAK,ishami rya Rwamagana bibutse Abatutsi bishwe muri jenoside mu 1994, abayobozi bitabiriye uwo muhango basaba urubyiruko kwirinda amacakubiri kandi bakarwanya ingengabitekerezo ya jenoside. Mu kiganiro cyatanzwe na Bimenyimana Valens ukora muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside mu […]

RDC: Imirwano iravuza ubuhuha hagati y’Abanyamulenge n’inyeshyamba

Sosiyeti Sivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itangaza ko imirwano hagati y’umutwe wa Gumino w’Abanyamulenge n’inyeshyamba za Ma-Mai, yafashe indi ntera, igisirikare cya Leta kirebera. Ni imirwano irimo kubera muri Teritwari ya Fizi, ingo esheshatu muri Segiteri ya Tanganyika, mu Ntara ya Kivu y’Epfo zaratwitswe, abantu batatangajwe umubare baricwa abandi barahunga. Perezida wa Sosiyeti […]

Nimba Meya, Nzubaka imisarani myinshi mu Mujyi [Kampala]- Jose Chameleone

Umuhanzi Dr Jose Chameleone wo muri Uganda, nyuma y’aho atangarije ko arajwe ishinga no kwiyamamaza mu matora azaba mu 2021 y’Umuyobozi w’umujyi wa Kampala, avuga ko umunsi yazaba yagiriwe icyizere agatorwa, yazubaka imisarani myinshi muri uyu mujyi. Uyu muhanzi ukomeye muri aka karere Uganda iherereyemo, asa nk’uwatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza buhorobuhoro, aho yasuye imijyi mito […]

Burundi: Bamwe mu banyamahanga bagiye guhambirizwa

Perezida Nkurunziza w’u Burundi yasabye inzego z’umutekano gushakisha abanyamahanga baba muri iki gihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko bagasubizwa iwabo mbere y’uko kinjira mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2020. Ibi umukuru w’igihugu yatangaje byasubiwemo n’umuvugizi we, Jean Claude Karegwa, ku itariki ya 7 Gicurasi 2019. Ashimangira ko hakomeza kugaragara urujya n’uruza rw’abantu mu ntara zihana […]

Ibyaha by'ihohotera rishingiye ku gitsina bibabaza Imana- Papa Francis

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Francis yasohoye amabwiriza agamije gukurikirana, gutanga amakuru no guhana abihayimana bakora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina. Amagambo abanziriza aya mabwiriza agira ati: “Ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bibabaza Imana, bigashengura imitima n’imibiri y’ababikorewe bigakomeretsa umuryango n’ukwizera”. Mu bihugu binyuranye ku isi, hari bamwe mu bihayimana ba Kiliziya Gatolika […]

Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Uganda bavuga ko bugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo

Nyuma y’aho umubano w’u Rwanda na Uganda uziyemo agatotsi, abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iki gihugu bavuga ko ubuzima bwabo bwahindutse, aho inzego z’umutekano zirirwa zibagenzura zibikangamo za maneko. Bamwe muri aba banyeshuri bavuga ko bagenzi babo babishisha, inzego z’utekano ntizibakuraho ijisho, abandi bagatotezwa bya hato na hato,
Ibi ngo bikaba byaratangiriye aho ibi bihugu bitangiriye kurebana […]

U Rwanda rwasabye Amerika kurufasha kurwanya imitwe y’iterabwoba irimo FDLR na RNC

Nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza na Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, aba bayobozi bombi babwiye itangazamakuru ko baganiriye ku mutekano, Ubukungu, uburenganzira bwa muntu n’ibindi. U Rwanda rukaba rwasabye Amerika kurufasha guhashya imitwe y’iterabwoba ndetse no gufata abashinjwa ibyaha bya jenoside baba ku mugabane […]

Unenga Leta ya Magufuli wari warashimuswe yabonwe mu bihuru yarazahaye

Nyuma y’iminsi itanu Mdude Nyagali usanzwe anenga yeruye Perezida John Magufuli wa Tanzaniya aburiwe irengero, abaturage bo mu cyaro cya Makwenje mu Majyepfo y’iki gihugu bamusanze ahantu yajugunywe mu bihuru. Uyu mugabo yashimuswe n’abantu batazwi ku wa Gatandatu ushize avuye ku kazi. Kuva icyo gihe, abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abantu batandukanye muri Tanzaniya no hanze yayo bocyeje […]

Burundi: Umugabo n’umuhungu we bagizwe inoge n’Imbonerakure

Abantu babiri bo mu muryango umwe, bararembye cyane nyuma yo gukubitwa bakagirwa inoge n’Imbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’ishyaka CNDD- FDD riri ku butegetsi mu Burundi. Izi nkoni bazikubiswe ku Cyumweru tariki ya 5 Gicurasi 2019, muri Komini Gasorwe, Mu ntara ya Muyinga. Aba bombi bakaba ari abarwanashyaka b’ishyaka CNL, binangiye kinjira mu ishyaka CNDD-FDD. Ahagana saa […]

The Ben yatunguwe n’abasubiyemo indirimbo ye bavuga ngo “ Kwa Kazungu barya nabi”

Umuhanzi The Ben yagaragaje ko yatunguwe n’uburyo abasore batatu babashije gusubiramo indirimbo ye ‘ Fine Girl’ basimbuza amwe mu magambo bavuga ko kwa Kazung barya nabi. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, The Ben yasyizeho amashusho y’abasore bataramenyekana amazina basubiramo indirimbo ye yibaza niba itaba nziza kurusha iy’umwimerere. Ati “[Aseka]  Ni nde wakoze ibi, Ni […]

Maj. Kobra wahoze muri FDLR yavuze ihurizo yahaye Rugema Kayumba na Col. Ndengeyinka

Bimenyimana Bonaventure, wahoze muri FDLR azwi ku mazina ya Maj. Cobra yatangaje uburyo yahaye ihurizo rikomeye uwitwa Rugema Kayumba na Col. BEM  Barthazar Ndengeyinka, batavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ubwo babashishikarizaga kongera kugaba ibitero ku Rwanda bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Maj. Kobra witandukanyije na FDLR mu 2009 yabwiye Perezida […]

Perezida Kagame yavuze ko ntawe ugomba kurenga umurongo ‘utukura’ agambiriye guhungabanya u Rwanda

Perezida wa Repubulika uri mu ruzinduko mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, yatangarije abaturage bo mu Karere ka Musanze na Nyabihu ko ntawe ukwiriye kurenga umurongo yise ‘utukura’ agambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu ijambo yagejeje ku mbaga y’abaturage bari bateraniye kuri Sitade ya Busogo kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Gicurasi 2019, kimwe n’abandi banyarwanda […]

Perezida Nkurunziza yagereranyijwe n’umunyagitugu Idi Amin Dada

Nyuma yaho Perezida Nkurunziza w’u Burundi ahereye igihembo umukobwa we w’imyaka 12, benshi bagaye iki gikorwa, bakavuga ko ari ikimenyetso kigaragaza umuyobozi w’intavugirwamo. Ku wa 1 Gicurasi, ku munsi Isi yose yizihizaho Umunsi Mukuru w’Umurimo, nibwo Nkurunziza yahembeye mu ruhame umwana we w’umukobwa w’imyaka 12, yavuze ko akora neza, acuranga gitari neza by’umwihariko ngo akaba […]

Musanze: Ibihumbi by'abaturage bazindukiye kwakira Perezida Kagame- AMAFOTO

Ibihumbi by’abaturage baturutse mu bice bitandukanye by’Akarere ka Musanze n’ahandi hatandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, bazindukiye kwakira umukuru w’igihugu Paul Kagame wagiriye uruzinduko rw’akazi muri aka karere. Akarere ka Musanze Perezida Kagame yasuye,  gafite ubuso bungana 530,2km2 zigizwe na 60km2 za Pariki y’Ibirunga na 28 km2  z’Ikiyaga cya Ruhondo, mu majyaruguru yako, gahana imbiri n’igihugu cya Uganda na […]

Bobi Wine na Kizza Besigye bahagurukiye hamwe barwanya Museveni

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine na Dr Kizza Besigye wahataniye kenshi kugera ku butegetsi muri Uganda, bavuze ko biyemeje gufatanya ngo bahigike Perezida Yoweri Museveni uri ku butegetsi guhera mu mwaka wa 1986. Itangazo ryashyizweho umukono n’aba bagabo bombi ryasohotse ku wa Kane tariki ya 8 Gicurasi 2019, rivuga ko imitwe ya politiki […]

Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi bakoreye inama y’ibanga muri Uganda

Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi basanzwe baba mu gihugu n’abahunze, bahuriye i Kampala muri Uganda bakora inama yateguwe mu ibanga ngo banga ko ibyo baganiriye bihita bijya hanze. Byari biteganijwe ko iyo nama itangira ku wa Kane w’icyumweru gishize ariko ntibyaza gukunda kubera ko bamwe muri bo bitaboroheye kubona indege, biba ngombwa ko barindirana […]