Nyina wa Alex Muyoboke yapfuye

1754892181694muyo9778

Umubyeyi wa Alex Muyoboke yitabye Imana mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 10 Kanama 2025, aguye mu bitaro bya CHUK, nk’uko byemejwe na Muyoboke ubwe. Nyina yari yabanje kwivuriza mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, aza gutaha nyuma yo koroherwa. Nyuma y’igihe gito yongeye kwivuriza muri CHUK, asubira mu rugo yorohewe, ariko yongera kuremba […]

Nimunyemerere mbabwire ko tudatomboye neza: Gen. Mubarakh Muganga

arton161015

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yatangaje ko nubwo APR FC itatomboye byoroshye mu irushanwa rya CAF Champions League, nta mpungenge ikwiriye kuba ku bakunzi b’iyi kipe. Yabivuze mu magambo agira ati: “Nimunyemerere mbabwire ko tudatomboye neza ariko nanone tudatomboye nabi. Bitandukanye n’ibyo muvuga, ndagira ngo mbabwire ko Pyramid ikipe yacu izayikuramo.” Ibi yabivuze […]

Biramahire Abeddy yikumburiye kawunga n’umugore

WhatsApp Image 2025 02 04 at 09.54.43 5d39a5ee

Rutahizamu w’Amavubi, Biramahire Abeddy kuri ubu ukinira ikipe ya ES Setif yo muri Algeria, yatangaje ko akumbuye cyane umugore we Vanessa n’umuhungu wabo, ndetse n’ibiryo bya gakondo by’u Rwanda birimo kawunga n’ibishyimbo. Nyuma yo kugera muri ES Setif, aho yagiye avuye muri Rayon Sports nyuma yo kongera amasezerano y’imyaka ibiri ariko iyi kipe ikemera kumurekura, […]

Lamine Yamal na Lewandowski bahanwe

gettyimages 2204087889 612x612 1

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA) yaciye amande y’amayero 5,000 kuri buri mukinnyi wa FC Barcelona, Lamine Yamal na Robert Lewandowski, nyuma y’amakosa bakoreye mu mukino wa Champions League wahuje Barcelona na Inter Milan mu gice cya 1/2 cy’irangiza. Nk’uko itangazo rya UEFA ribivuga, aba bakinnyi bananiwe gukurikiza amabwiriza y’umukozi ushinzwe igenzura ry’imiti yongerera ingufu […]

Mr Eazi yarongoye

WhatsApp Image 2025 08 09 at 09.15.53 1754727383

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Oluwatosin Ajibade uzwi cyane nka Mr Eazi, yarushinze n’umukinnyi wa filime akaba n’umukobwa w’umuherwe ukomeye, Temi Otedola mu muhango w’ubukwe bwabereye muri Iceland ku wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025. Ibirori byabereye muri Hallgrimskirkja Church, inzu y’amasengesho izwi cyane mu murwa mukuru wa Reykjavik, byitabirwa n’inshuti n’imiryango ya hafi, […]

SANDF yavuze ku musirikare w’umugore washyize umbwambure hanze

Screenshot 2025 08 08 155644 1754665456

Ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF) zatangaje ko zigiye gufatira ingamba zikomeye abanduza isura y’igisirikare ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho yakwirakwijwe agaragaza umusirikare w’umugore wayo yiyambura umwambaro wa gisirikare, arimo no kubyina. Itangazo rya SANDF ryavuze ko imyitwarire nk’iyo “idahesha agaciro umwambaro” kandi irenga ku mategeko n’indangagaciro z’igisirikare. Umuvugizi w’igisirikare, Siphiwe Dlamini, yasobanuye ko umwambaro utari […]

Minisitiri wa Siporo yemeje ko siporo yunguka byikubye inshuro 124

66828

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko ishoramari muri siporo rifite inyungu nyinshi, aho ushoyemo 1$ wunguka 124$. Ibi ngo bituma Leta y’u Rwanda iyifata nk’urwego rwo gushyirwamo imbaraga. Yabitangaje aganira na Daniel Bernard, ufite umushinga Ride For Unity ugamije guteza imbere imibereho binyuze mu gutwara igare. Yavuze ko u Rwanda rwashyizemo imbaraga mu kwiyubaka […]

Rayon Sports yazanye umukinnyi mushya

469706846 8881299718630203 2198493510010058619 n 75229 4aa1e

Rayon Sports FC yakemuye ikibazo cy’ubusatirizi nyuma yo gusinyisha Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, imutanzeho miliyoni 8 Frw kugira ngo igure amasezerano y’umwaka umwe yari asigaranye. Iyi kipe y’Ubururu n’Umweru ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura amarushanwa arimo na CAF Confederation Cup. Uko gushakisha abakinnyi bashya byaje nyuma y’uko Biramahire Abeddy wari mu mishinga yayo […]

Biratangaje! Ubu bwoko butaburura abapfuye bakabasuhuza

Manene tradition of changing corpse clothes Tana toraja sulawesi indonesia

Mu gace ka Toraja, gaherereye Sulawesi muri Indonesia, habarurwa abaturage barenga miliyoni bizera ko urupfu atari iherezo ry’ubuzima. Ku bo mu muryango, iyo umuntu apfuye, bumva ko roho ye iguma mu rugo igakomeza gukenera ibyo yakeneraga akiri muzima: ibiryo, imyambaro, n’ibindi. Mu gihe mu bindi bice by’isi umuntu apfa agahita ashyingurwa cyangwa atwikwa, Abatoraja bo […]

Umutoza wa APR FC ntatewe ubwoba na Rayon Sports

talib 2 fb69e

Umutoza mushya wa APR FC w’umunya-Maroc Abderrahim Talib, yavuze ko nta bwoba afite ku mukino wa FERWAFA Super Cup uzabahuza na Rayon Sports, nubwo hari abakeka ko ashobora gutsindwa bitewe n’imyitwarire y’ikipe ye mu mikino ya gicuti. Talib yavuze ko afite ubunararibonye mu mikino ikomeye, kuko yatoje Wydad Casablanca aho yakinnye ‘derby’ zigera kuri 25 […]

Wasili yishongoye kuri APR FC

Wasili

Umunyamakuru akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi cyane ku izina rya “Wasili”, yongeye gutera urwenya kuri APR FC. Ibi byavuzwe nyuma y’uko Brig. Gen. Déo Rusanganwa, Chairman wa APR FC atangaje ko bateguye irushanwa bise “Inkera y’Abahizi”, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Champions League n’umwaka w’imikino wa 2025/26. Mu kiganiro […]

Congo izakira inteko rusange ya CAF

assemblee generale de la CAF

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), niwo wemejwe nk’uzakira Inteko rusange ya 47 isanzwe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), izaba ku wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025. Icyemezo cyo kuzakirira iyo nama cyatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono i Nairobi na Me Belinda Luntadila Nzunzi, uyoboye Komite ishinzwe […]

CAF yahannye Kenya

Kenya fans 1 1536x1024 1

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Kenya kubera ibibazo byagaragaye mu mukino wa CHAN 2024 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani, ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ubwo ikipe y’igihugu ya Kenya, Harambee Stars, yakinaga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. CAF yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura […]

Teta Sandra yagonze umugabo we

201111416 534783801265863 2217928747688060820 n edited

Umuriro wongeye kwaka hagati ya Teta Sandra n’umuhanzi wo muri Uganda, Weasel Manizo, nyuma y’uko amugonze n’imodoka bikamuviramo gukomereka amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga byihuse. Ibi bibaye mu gihe bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo. Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda nka Big Eye Ug, avuga ko byabereye ahitwa Munyonyo, mu ijoro ryakeye, ubwo bombi […]

Aissa Cyiza yagizwe CEO wa Royal FM

IMG 3062 860x953 1

Tariki ya 6 Kanama 2025, ubuyobozi bwa Royal FM bwatangaje ko Aissa Cyiza yagizwe Umuyobozi Mukuru w’iyi radiyo, nyuma y’amezi atanu yari amaze ari Umuyobozi Mukuru Wungirije. Aissa Cyiza asanzwe azwi nk’umunyamakuru w’inararibonye wamenyekanye cyane binyuze mu kiganiro AM to PM gitangira saa Tanu kugeza saa Munani kuri Royal FM, aho amaze imyaka umunani. Yatangiye […]

Jules Karangwa yagizwe umuyobozi wa Rwanda Premier League

1754505616655

Jules Karangwa wari usanzwe ari Umujyanama mu by’amategeko mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yashyizwe ku mwanya w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Rwanda Premier League – urwego rushya rushinzwe gutegura no kuyobora Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda. Uyu mwanya mushya ahawe ni ubwa mbere uhawe umuntu kuva uru rwego rwashyirwaho, kandi biteganyijwe ko Karangwa azagirira […]

Hakim Sahabo yagize uruhare rukomeye mu gushyingura ‘Mama Mukura’

download

Hakim Sahabo, umukinnyi w’Amavubi ukinira Standard de Liège, ni we watanze byinshi mu gutegura no gutanga ibikenewe byose kugira ngo Mukanemeye Madeleine, benshi bazi nka “Mama Mukura”, ashyingurwe mu cyubahiro gikwiye. Mukanemeye yitabye Imana ku cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ashyingurwa ku wa kabiri tariki ya 5 Kanama. Amakuru avuga ko Hakim Sahabo yatanze […]

Gasopo ya Polisi y’u Rwanda ku bishora mu byaha muri Expo

umuvugizi mukuru wa polisi acp rutikanga boniface yasabye abazitabira expo kwirinda ibyaha cyangwa bagahanwa effdf

Kuri uyu wa 5 Kanama 2025, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yagaragaje ko inzego z’umutekano zafashe ingamba zikomeye zo kurinda umutekano mu Imurikagurisha Mpuzamahanga riri kubera i Kigali, ahazwi nk’i Gikondo, riri kuba ku nshuro ya 28. Yavuze ko nubwo iri murikagurisha ari urubuga rw’ubucuruzi no kwidagadura, hatihanganirwa ibikorwa bishobora kubangamira ituze […]

Konti zirenga miliyoni 7 za WhatsApp zafunzwe

04085c211784bcfded09e5673caab0cc921cc70a

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Kanama 2025 sosiyete Meta yatangaje ko yasibye konti za WhatsApp zigera hafi kuri miliyoni 7 zari zifitanye isano n’ubutekamutwe mu gice cya mbere cy’uyu mwaka, kandi ikomeje gufata ingamba zikomeye zo kubikumira. Clair Deevy, ushinzwe ibikorwa by’inyuma muri WhatsApp, yavuze ko: “Ikipe yacu yamenye izo konti kare, izifunga […]

Uwakoreraga AS Kigali ashobora kuyijyana mu nkiko

Jado AS Kigali Physio 1 860x827 1

Nsabimana Jean de Dieu, wahoze ari umuganga wa AS Kigali, yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe abumenyesha ko bumufitiye imishahara y’amezi 13 ndetse n’andi mafaranga agera kuri miliyoni 6,7 Frw. Naramuka atishyuwe mu gihe kitarenze icyumweru, ngo azitabaza inkiko. Uyu mugabo, wakoranaga na Muganga Rugumaho Arsène mu kwita ku bakinnyi, avuga ko nyuma yo guhagarikwa batishyuwe amafaranga […]

Rayon Sports yamaze kwikiranura na Youssou Diagne

WhatsApp Image 2025 08 05 at 15.16.04

Nyuma y’igihe kirenga ukwezi Rayon Sports itangiye imyitozo yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2025–2026, myugariro w’Umunya-Senegal Youssou Diagne wari utaragaruka mu Rwanda, yamaze kwishyurwa umwenda w’amadolari 1,500 (hafi miliyoni 2 Frw) iyi kipe yari imurimo. Uyu mukinnyi yari aherutse gutangaza ko atazagaruka muri Rayon Sports hatabayeho kumwishyura ibyo yari asigaje ku masezerano ye. Nyuma yo […]

APR FC iri mu makipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1754392482227

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA), yashyize ahagaragara urutonde rw’amakipe 12 azitabira irushanwa rya Cecafa Kagame Cup 2025, rizabera i Dar es Salaam muri Tanzania guhera ku wa 2 kugeza ku wa 5 Nzeri 2025. U Rwanda ruzahagararirwa na APR FC, ari na yo yegukanye shampiyona iheruka mu gihugu. Andi makipe azitabira […]

Urukiko rwanze kurekura P Diddy

1754381773054sean diddy combs cant stop wont stop premiere 052924 1 f465c2a8a88d4edf9f15385d2163372a

Urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwafashe umwanzuro wo kutarekura umuraperi Sean “Diddy” Combs, uherutse guhamwa n’icyaha cyo gucuruza abantu. Urukiko rwavuze ko ashobora guhunga cyangwa guteza ibyago ku bandi. Kuwa 4 Kanama 2025, umucamanza Arun Subramanian yavuze ko amafaranga miliyoni 50 z’amadolari Diddy yari yemeye gutanga atari impamvu ihagije yo kumurekura, kuko nta […]

Stade Umuganda yuzuye umwanda

IMG 7835

Mu gihe hasigaye ukwezi n’iminsi mike ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda itangire, Stade Umuganda iri mu kaga gakomeye gaterwa n’umwanda ukabije no gusaza kwayo. Usuye ahantu hatandukanye muri iyo Stade, hahita higaragaza ibimenyetso by’uko hakenewe gusanwa ndetse n’isuku ikomeye. Ibice byinshi, birimo urwambariro, intebe z’abatoza n’abasimbura, ndetse n’inkuta zikikije ikibuga, […]

Umukinnyi witwaye neza yahembwe ingorofani y’ibirayi

7070bf56 2cec 4e97 9721 4816c8ac1ec2

Maxime Soulas, umukinnyi w’ikipe ya Sennerjuske yo mu cyiciro cya kabiri muri Denmark, yahawe igihembo kidasanzwe nyuma yo kwitwara neza mu mukino ikipe ye yatsinzemo Nordsijaeland ibitego 3-2. Uyu mukinnyi yatsindiye ikipe ye igitego kimwe anatanga indi mipira ibiri yavuyemo ibitego, bituma aba “Man of the Match”. Igikombe cye cyatangaje benshi kuko cyari ingorofani irimo […]

Kayonza: Idini ry’Abadakatahasi ribuza abagore kurarana n’abagabo babo

Screenshot 20250804 1137502

Mu karere ka Kayonza, mu murenge wa Kabare, haravugwa itsinda ry’abantu biyomoye ku idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, bishyize hamwe mu myemerere bise Abadakatahasi, ikomeje gutera urujijo n’impaka mu baturage ndetse no mu miryango yabo. Abayoboke b’iri tsinda bafite imyemerere itandukanye n’iya benshi, harimo no kwirinda kurarana n’abo bashakanye igihe batari mu myizerere imwe, ndetse […]

Umuhanuzi wavuze ko isi izarangira muri uku kwezi, yabyigaramye

1754298999629

Umuhanuzi David Owuor hamwe n’itorero rye Ministry of Repentance and Holiness, bahakanye ibivugwa ko yahanuye ko isi izarangira ku wa Gatandatu, tariki ya 2 Kanama 2025. Mu itangazo rikakaye ryashyizweho umukono n’Umwepiskopi Mukuru Michael Nieswand ku wa 1 Kanama 2025, itorero ryamaganye ayo makuru riyita ibinyoma bidafite ishingiro kandi bigamije kwangiza izina ry’umuhanuzi n’itorero. Bavuze […]

Ingabo z’Ubushinwa n’Uburusiya ziri kwitozanya

1754296471768

Ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, Ubushinwa n’Uburusiya batangije ku mugaragaro icyiciro cy’ibikorwa byo mu mazi by’imyitozo ya gisirikare bise Joint Sea-2025, bikaba biri kubera hafi y’Umujyi wa Vladivostok mu Burusiya. Amato ya gisirikare y’impande zombi yavuye ku cyambu cya gisirikare mu gitondo kare, harimo ubwato butabara impanuka bwa Xihu bw’Abashinwa n’ubwa Igor Belousov […]

Protais Zigiranyirazo yapfiriye muri Niger

43. z ictr 0ba7d 3e5a7

Protais Zigiranyirazo wahoze ari Perefe wa Ruhengeri ku butegetsi bwa Juvénal Habyarimana ndetse akamenyekana nk’umwe mu bagize ‘Akazu’ kashinjwaga gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye ku wa 3 Kanama 2025 i Niamey muri Niger. Urupfu rwe rwemejwe n’umuhungu we, Antoine Mukiza Zigiranyirazo, mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Kanama. Zigiranyirazo yari musaza wa […]

Mama Mukura yapfuye

20250803 145159

Mukanemeye Madeleine wamenyekanye cyane ku izina rya Mama Mukura, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Kanama 2025, azize uburwayi, aho yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya CHUB i Butare. Uyu mukecuru yapfuye afite imyaka 103. Yamenyekanye nk’umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports ndetse n’Amavubi, yavutse mu 1922 mu Karere […]

Umutoza wa Congo yashinjije Kenya kubaneka

1754148829416 1

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo) yashinjije ikipe ya Kenya, izwi nka Harambee Stars, ibikorwa byo gutata amakuru y’ikipe ye mbere y’umukino wa mbere wa African Nations Championship (CHAN) 2024. Mu kiganiro n’abanyamakuru mbere y’uko iri rushanwa ritangira, uyu mutoza yavuze ko hari ibimenyetso bimwereka ko hari abantu bashyizweho n’abanya-Kenya […]

Uwahoze ari Perezida wa Colombia yakatiwe gufungwa imyaka 12

AFP 20250801 68KJ7NQ v1 MidRes FilesColombiaPoliticsJusticeUribe 1754114496

Uwahoze ari Perezida wa Colombia, Álvaro Uribe yakatiwe igifungo cy’imyaka 12 akagikorera iwe mu rugo, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kuyobya ubutabera no guha ruswa abatangabuhamya. Urukiko rwa Bogotá, ruyobowe na Perezida w’urukiko Sandra Heredia rwaciye uru rubanza ku wa Gatanu, nyuma y’iminsi ine Uribe ahamijwe icyaha. Uribe w’imyaka 73 yayoboye Colombia kuva mu 2002 […]

Miss Keza Maolithia yambitswe impeta

1754134437854

Miss Keza Maolithia wegukanye ikamba ry’Igisonga cya mbere muri Miss Rwanda 2022, yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Cedric Rutazigwa, uzwi cyane mu bijyanye n’imyitozo ngororamubiri. Ni inkuru yamenyekanye binyuze ku mbuga nkoranyambaga za Keza, aho yashyizeho amafoto y’iki gikorwa cy’imbonekarimwe agaragaza ko yamaze kwemera ubusabe bw’uyu musore, akamwemerera gutangira urugendo rwo kubana nk’umugore n’umugabo. Yagize […]

Hamuritswe igikombe gishya cya CHAN

whatsapp image 2025 08 02 at 08.41 12 3 2dcd2

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yagaragaje igikombe gishya kizajya gihatanirwa mu irushanwa rya CHAN, rihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo. Ni igikombe cyamuritswe ku wa 1 Kanama 2025, cyerekanywe n’abahoze ari ibyamamare muri ruhago nyafurika barimo Victor Wanyama (Kenya), Denis Onyango (Uganda) na Mrisho Ngasa (Tanzania). Iki gikombe gikoze muri zahabu n’ifeza, gifite […]

Achraf Hakimi arashinjwa gufata ku ngufu

000 44VT2AP

Mu Bufaransa, abashinjacyaha basabye ko umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), Achraf Hakimi agezwa imbere y’urukiko ashinjwa icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w’imyaka 24, mu mwaka wa 2023. Ibi byatangajwe n’ibiro by’ubushinjacyaha bya Nanterre ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025, aho byemeje ko dosiye y’iki kirego yashyikirijwe umucamanza ukora iperereza kugira ngo […]

Mugisha Bonheur yaguzwe miliyoni 600 Frw

1754038900930

Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga agiye gukinira Al Masry yo mu Misiri nyuma yo kuva muri Stade Tunisien yo muri Tunisia. Iyi kipe yamutanzeho akayabo ka $450,000 arenga miliyoni 600 FRW. Bonheur ari mu bakinnyi bakomeye b’Abanyarwanda bakinira hagati mu kibuga. Mu mwaka ushize, yatsinze ibitego bitanu muri shampiyona ya Tunisia ndetse aherutse no […]

Umwana wa Mike Karangwa yapfuye

arton133319

Umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bazwi cyane mu Rwanda, Mike Karangwa ari mu kababaro nyuma yo gupfusha umwana w’ubuheta. Uyu mwana w’umuhungu yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa 31 Nyakanga 2025, azize uburwayi yari amaranye iminsi. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’itangazamakuru, Mike Karangwa yatangaje ko umwana yari amaze igihe arwaye, akaba yitabye Imana afite umwaka […]

RIB yafunze umunyamakuru wiyitaga umwunganizi mu mategeko

52368803148 6f543bee51 b 1 1 1

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umunyamakuru ukurikiranyweho kwiyitirira umwuga w’ubwavoka no kwaka amafaranga umugore w’umugabo ufunzwe, amwizeza ko azamwunganira mu rukiko. Uyu munyamakuru, nyuma yo kwakira ayo mafaranga, yaje guhamagara kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro, avuga ko aje kunganira uwo yise umukiliya we. Nyuma yaje no kugerageza kwivanga mu iburanisha, ariko […]

Imvururu mu matora ya FERWAFA

WhatsApp Image 2024 01 13 at 13.02.21 ac9ea08b

Umuyobozi wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, ari kugerwa intorezo nyuma y’uko urutonde rw’abemerewe kwiyamamaza mu matora ya FERWAFA rusohotse ku wa 28 Nyakanga 2025. Nubwo Shema Fabrice ari mu bahabwa amahirwe yo kuyobora iri shyirahamwe, hari abatangiye kujya impaka ku byangombwa bye n’ibya bagenzi be bashaka kuyoborana. Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga, bamwe mu […]

Umukino wa APR FC na Rayon Sports wasubitswe

IMG 20220227 WA0015

Umukino wa Super Cup wagombaga guhuza Rayon Sports na APR FC ku itariki ya 2 Kanama 2025 wasubitswe, nyuma y’uko Rayon Sports isabye ko yimurwa. Uyu mwanzuro wafashwe ku busabe bw’ubuyobozi bwa Rayon Sports, aho Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Igihugu ku cyumweru, tariki ya 27 Nyakanga 2025. Twagirayezu […]

Gvardiol wa Man City yitabiriye imyitozo ya gisirikare

645c6494 f23a 4f27 bf1d 7c55ea2ceb1f

Myugariro wa Manchester City, Joško Gvardiol yongeye gutangaza abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yagaragaraga mu myitozo yihariye ya gisirikare yiswe Commando 9. Uyu musore w’imyaka 23 ukomoka muri Croatia, ari mu biruhuko mbere y’uko hatangira umwaka w’imikino wa 2025/26. Yagaragaye yambaye imyambaro y’igisirikare, arimo gukoresha imbunda no gukora imyitozo ikomeye n’abandi bari kumwe mu itsinda ry’abakora […]

Umwana w’umwaka 1 yarumye inzoka ihita ipfa

Cobra is displayed at the Irula snake catchers cooperative on the outskirts of Chennai

Mu gace ka Bettiah mu Ntara ya Bihar, mu Majyaruguru y’u Buhinde, umwana w’umwaka umwe gusa witwa Govinda Kumar yakoze igitangaza ubwo yarumaga inzoka ya cobra, ihita ipfa ako kanya. Byabaye ubwo uyu mwana yari ari gukina mu rugo, inzoka imwizengurutsa ku maboko. Ababyeyi be bagize ngo bamurokore, basanga yamaze kuyiruma. Nyuma yaho yahise agwa […]

FERWAFA mu Makimbirane Mbere y’Amatora ya Komite Nyobozi

WhatsApp Image 2024 01 13 at 13.02.21 ac9ea08b

Mu gihe hasigaye igihe gito ngo habe amatora y’abagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ibintu byongeye kujya mu rujijo, amakimbirane n’ibihuha bikaba bikomeje kuganza ibivugwa kuri ayo matora. Ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 28 Nyakanga 2025, FERWAFA yashyize ahagaragara urutonde rw’agateganyo rw’abemerewe kwiyamamariza kuyobora ishyirahamwe. Shema Ngoga Fabrice, wiyamamaje […]

KNC yahigiye kwandagaza Rayon Sports

39815

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje amagambo akomeye mbere y’uko ikipe ye ihura na Rayon Sports mu mukino wa gicuti uteganyijwe kubera mu karere ka Nyanza. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo, KNC yavuze ko uyu mukino atari uwo kujenjeka, ahubwo ari urubuga rwo gupima urwego rwa Rayon Sports by’ukuri. Yagize ati: […]

Kiyovu Sports yakuriweho ikirego

umutoza koukouras agiye kurega kiyovu sports kuko itamuhaye ibyo yemerewe nyuma yo gutandukana 86343 6a4c9

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryakuyeho burundu ikirego umutoza w’Umugereki, Petros Koukouras yari yareze Kiyovu Sports, ayishinja kutamwishyura. Mu ibaruwa yandikiwe Kiyovu Sports ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga 2025, FIFA yemeje ko ibihano byari byafatiwe iyi kipe byavuyeho, nyuma y’uko ikibazo hagati yayo na Koukouras cyabonye umuti. Petros Koukouras, wahoze atoza Kiyovu […]

Umunyamakuru Bruno Taifa agiye gushinga radiyo

taifa 3037501651390206 1102d

Kalisa Bruno Taifa, umwe mu banyamakuru b’imikino bamenyekanye cyane mu Rwanda, yatangaje ko agiye gutangiza radiyo nshya, avuga ko ari umushinga uteganyijwe gutangira vuba. Mu kiganiro yagiranye n’umuyoboro wa YouTube wa Max TV, Kalisa Bruno Taifa, usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeje ko agiye gutangiza radiyo nshya. Yagize ati: “Ni gahunda imaze […]

Ari umugabo n’umugore ni nde uryoherwa cyane n’imibonano mpuzabitsina y’abashakanye?

file 00000000844861f7b5312b080c4e09b0 1 1

Mu muryango nyarwanda n’ahandi ku isi, imibonano mpuzabitsina hagati y’abashakanye ni ingenzi cyane mu kubaka urukundo, umutekano w’amarangamutima, no gutuma urugo rugira ituze. Ariko se, hagati y’abagabo n’abagore, ni nde uryoherwa cyane n’iki gikorwa? Iki kibazo cyakomeje gutera impaka, ariko ubushakashatsi bwimbitse n’ubuhamya bw’abantu batandukanye bigaragaza ko ibyishimo by’imibonano mpuzabitsina bigira aho bishingira ku buryo […]

Biratangaje: Havumbuwe igihugu cyitabamo imibu

Iceland mosquitos free

Ubushakashatsi buherutse bwagaragaje ko Iceland ari kimwe mu bihugu bike ku isi bitabarizwamo imibu, bitewe n’imiterere yacyo yihariye. Abashakashatsi bavuga ko ubukonje bukabije bwo muri icyo gihugu butuma amagi y’imibu atabasha gukura, kandi n’igihe ubushyuhe bwiyongereye, amazi arihinduriza bigatuma umubu udakura. Ikindi gitangaje, ni uko muri Iceland nta miti yica imibu ikoreshwa, cyangwa se inzitiramibu, […]

Audia Intore yarongowe n’umunyamakuru

Ku wa 26 Nyakanga 2025, umunyamakuru Cyiza Kelly n’umuhanzikazi Audia Intore bakoze ubukwe nyuma y’igihe bari mu rukundo. Ubu bukwe bwabereye mu Murenge wa Kinyinya, mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu. Umuhango wo gusaba no gukwa waranzwe n’ibikorwa bya kinyarwanda, abashyitsi barimo abahanzi Mariya Yohana, Ange na Pamela, na Lionel Sentore. Umunyamakuru Babu […]

U Bufaransa bwatesheje agaciro impapuro zo gufata Bashar al-Assad

Urukiko Rukuru rw’u Bufaransa rwatesheje agaciro impapuro zatanzwe mu 2023 zo guta muri yombi uwahoze ari Perezida wa Siriya, Bashar al-Assad, washinjwaga uruhare mu bitero byahitanye abasaga 1,000 mu 2013 mu mijyi ya Adra na Douma hafi ya Damasiko. Urukiko rwavuze ko ubwo izo mpapuro zatangwaga, Assad yari akiri perezida bityo akaba yari afite ubudahangarwa […]

Umunyarwenya Burikantu yarekuwe

20250725 120158

Umunyarwenya Mwitende Abdoulkarim wamamaye nka Burikantu ku mbuga nkoranyambaga yafunguwe nyuma y’iminsi mike ishize atawe muri yombi akekwaho guhohotera abakobwa yafungiranye mu nzu. Uyu munyarwenya yatawe muri yombi tariki ya 20 Nyakanga 2025 aho byatangajwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB). Icyo gihe Burikantu yari akurikiranyweho gufungirana abakobwa bari bagiye kumureba iwe mu rugo kugira ngo abafashe kujya […]

Simba SC yigaramye ibyo kuzana kapiteni wa APR FC

20250725 071021 1

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yamaganye ibihuha byavugaga ko yamaze kumvikana n’umukinnyi Niyomugabo Claude ukinira APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi. Hari amakuru yari yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Tanzania avuga ko Simba SC yifuza uyu myugariro w’ibumoso, aho byavugwaga ko agiye gusimbura Mohammed Hussein baherutse gutandukana. Umunyamakuru Hans Rafael wa Crown Media […]

Rayon Sports iri guhiga umusimbura wa Abeddy

20250724 215310

Ikipe ya Rayon Sports irashaka gusinyisha rutahizamu Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, nyuma y’uko amakipe yombi agize ubwumvikane ku igurwa ry’uyu mukinnyi. Amakuru yemejwe na Kigali Today avuga ko Rayon Sports yemeye kwishyura miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ibone uyu mukinnyi. Habimana Yves wari umaze imyaka ibiri akinira Rutsiro FC, yitezweho gusimbura Biramahire […]

Yanga SC igiye guhangana na Rayon Sports yabonye umutoza

Romain Folz 1400

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yamaze kubona umutoza mushya, Romain Folz mu gihe yitegura umukino wa gicuti uzayihuza na Rayon Sports FC ku wa 15 Kamena 2025 kuri Stade Amahoro. Uwo mukino ni igice cy’ibirori byo gutangiza umwaka mushya w’imikino wa Rayon Sports, aho izaba yakiriye Yanga SC mu mukino wa gicuti. Romain […]

Nyina wa Kingston yoherejwe muri gereza

240827 sean kingston mother mb 0903 73177b

Nyina w’umuhanzi w’Umunyamerika Sean Kingston, Janice Turner yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amadolari y’Amerika nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwambuzi yakize afatanyije n’umuhungu we. Urukiko rwemeje ko kuva muri Mata 2023 kugeza Werurwe 2024, Turner na Sean Kingston (w’imyaka 35) bakoze ibikorwa bigize icyaha birimo gushuka abantu bavuga ko bishyuye ibicuruzwa birimo imodoka, […]

Thailand na Cambodia byatangiye kurasana

17aa92b0 6837 11f0 af20 cbe3ee23bd05.jpg

Ingabo za Thailand n’iza Cambodia zarasanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ku gice cy’umupaka utemewe, aho amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati y’impande zombi. Ingabo za Thailand zatangaje ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangije uku kurasana hafi y’urusengero rwa Khmer rwa Ta Muen Thom, haherutse kugaragara ubushyamirane bukomeye. Ariko minisiteri y’ingabo ya Cambodia […]

Trump yashinje Barack Obama ubugambanyi mu matora ya 2016

Glasser TrumpObama 1753216672

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye gushinja Barack Obama, hahaha cy’ubugambanyi, avuga ko ari we wayoboye umugambi wo guhindura amakuru y’ubutasi ku kwivanga ku Burusiya mu matora ya 2016. Ibi Trump yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Kabiri, aho yashinjije Obama n’abandi bayobozi bo mu gihe cye, barimo Joe Biden wari […]

Museveni yafunze abayobozi b’ishyaka rye bibye amajwi mu matora

President Museveni Meets NRM Caucus 16th Aug 2024 8 1536x1024 1

Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’igihugu cya Uganda akaba n’Umuyobozi mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi NRM, yatangaje ko hafashwe icyemezo cyo guta muri yombi abayobozi umunani b’iryo shyaka bashinjwa kwiba amajwi no guhimba ibyavuye mu matora y’ibanze. Mu itangazo rikakaye yashyize hanze, Perezida Museveni yavuze ko “abashaka inyungu zabo bwite” barimo guharabika umurage w’ishyaka NRM, ashimangira […]

Umugabo wa Rihanna asigaye agendera mu kagare k’abamugaye

d5de791f778e495393a55380fd996b10 md 1753135507

Umuraperi w’Umunyamerika A$AP Rocky, wamenyekanye cyane mu njyana ya Hip Hop ndetse akaba n’umugabo wa Rihanna, yagaragaye ku mugaragaro agendera mu kagare k’abafite ubumuga, atwikirijwe igitambaro, ashyigikirwa n’abashinzwe umutekano we bamufasha kwinjira mu modoka ye yihariye ya Hummer iherereye i West Hollywood. Nk’uko byatangajwe na TMZ, ibi byabaye nyuma y’uko Rocky asubiye muri Leta Zunze […]

Umunyarwenya Burikantu arafunzwe

burikantu b399a

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Mwitende Abdoulkarim, wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu, akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Nk’uko RIB yabitangaje, tariki ya 20 Nyakanga 2025, Burikantu yafungiranye abakobwa bari bagiye iwe mu rugo mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo, ababuza gusohoka abasaba kubanza kumwishyura amafaranga yavuze […]