Isomwa ry’urubanza ruregwamo abasirikare n’abasivili ryimuriwe

sengabo 3b1dc

Urukiko rwa Gisirikare rwongeye kwimura isomwa ry’urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivili n’abasirikare, harimo n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS). Aba bose bakurikiranyweho ibyaha birimo gufatanya gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, ndetse no gukoresha inyandiko zidafite agaciro, ibintu bivugwa ko byanyuze muri Minisiteri y’Ingabo. Isomwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki […]

Uburusiya bwaburiye ibihugu by’Uburayi

20int russia security hjtf superJumbo 1755721528

Uburusiya bwaburiye ibihugu by’Uburengerazuba ku ngingo yo gukumira iki gihugu mu biganiro by’amahoro ku bijyanye n’intambara yo muri Ukraine, buvuga ko ibyo ari “inzira igana ahantu hatariho.” Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov yavuze ko nta cyagerwaho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano wa Ukraine hatarimo igihugu cy’Uburusiya. Yagize ati: “Ntitwakwemera inama zishaka gukemura ikibazo […]

Ukraine: Umukinnyi yahanwe azira kuvugira ikirusiya mu kibuga

Referee shows yellow card 1140x570 1

Ku wa 18 Kanama 2025, mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’abagore wahuje ikipe ya Kolos yo i Kiev na SeaSters yo mu gace ka Black Sea, umukinnyi Irina Maiborodina yahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kuvugira  ikirusiya mu kibuga. Umusifuzi wari uyoboye umukino, Anastasia Romanyuk, yafashe icyo cyemezo ku munota wa 43, ibintu byahise […]

RIB igiye gushinga ikipe

0g0a0537 2 d17af

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwateguje ko rugiye gutangiza ikipe ya ruhago nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’uru rwego Dr. Murangira B. Thierry. Yabitangarije itangazamakuru mu minsi yashize ubwo yari yitabiriye igitaramo cya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ mu rwego rw’ubukangurambaga barimo bwo gukangurira abantu kwima amatwi ababashuka bakabacucura utwabo. Ubwo yari abajijwe ku makuru yari amaze iminsi avugwa […]

Umuganda usoza Kanama uzakorerwa mu ngo 

20250820 114929

Mu rwego rwo kwimakaza isuku mu ngo no mu bigo bitangirwamo serivisi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko umuganda rusange w’ukwezi kwa Kanama uzaba ku wa gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025. Nk’uko bigaragara mu itangazo ry’iyi minisiteri, uyu muganda uzibanda ku bikorwa byo gusukura no kurwanya imyanda mu ngo, aho abaturage batuye ndetse n’ahakorerwa serivisi […]

Nyuma y’u Rwanda na Uganda igiye kwakira abimukira bavuye muri Amerika

41839340 7d6b 11f0 a34f 318be3fb0481.jpg

Uganda yemeye kwakira abimukira baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’iminsi mike u Rwanda narwo rwemeye kwakira abagera kuri 250, mu masezerano yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi i Washington. Nk’uko byatangajwe na televiziyo CBS ndetse na BBC, Amerika yashyizeho gahunda nshya yo kwimura abimukira baturutse mu bice bitandukanye by’Afurika n’Asiya bari basabye ubuhungiro […]

Hagiye kumurikwa robot ishobora gusama ikanabyara 

images 4 8 1755642325

Ubushinwa bwatangaje ko bugiye kumurika robot ya mbere ku isi ishobora gusama no kwibaruka hifashishijwe inda y’ikoranabuhanga (artificial womb). Iyo robot iri gukorwa n’ikigo Kaiwa Technology cyo mu mujyi wa Guangzhou, izatangizwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2026. Dr. Zhang Qifeng, uyoboye uwo mushinga, yabivugiye mu nama y’ubumenyi yaberaga i Beijing, avuga ko “ubumenyi bujyanye […]

Abanyamahanga 64 birukanwe ku butaka bw’u Rwanda kubera urugomo

police 1 10

Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu mezi 12 ashize hari abanyamahanga 64 birukanwe ku butaka bw’u Rwanda basubizwa mu bihugu byabo kubera ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, abandi 240 bashyikirizwa ubutabera. Polisi yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Yasubizaga abanyamakuru Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ na Mutabaruka […]

APR FC yatsindiwe mu irushanwa yateguye

1755631627765

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025, kuri Kigali Pelé Stadium, APR FC yatsinzwe na AS Kigali kuri penaliti 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90 y’umukino w’Irushanwa “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC. AS Kigali ni yo yatangiye neza umukino, ikoresha neza imipira yo hagati mu kibuga, mu […]

Azam FC yatsinze Police FC mu “Inkera y’Abahizi”

1001181880 6a7cc

Ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama 2025, kuri Kigali Pelé Stadium habereye umukino w’amarushanwa ya “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC, aho Azam FC yatsinze Police FC kuri penaliti 4–3. Umukino watangiye amakipe yombi agerageza kwipima ariko nta mpinduka zigaragara. Ku munota wa 20, Police FC yafunguye amazamu binyuze kuri Kwitonda Alain ‘Bacca’ waboneye […]

Abaraperi Bull Dogg, Jay C na Bushali barwanye n’abafana

2i1a0391 f3ce7

Mu mpera z’icyumweru gishize, abaraperi barimo Jay C, Bull Dogg na Bushali bakoze agatendo barwana n’abafana ubwo bari bagiye mu kabyiniro. Byabereye mu kabyiniro k’ahazwi nko kwa ‘Nyanja’ aho aba bahanzi bari basohokeye nyuma yo gutaramira mu Karere ka Rubavu. Imirwano y’aba baraperi yaje kwemezwa na Jay C nyuma y’amashusho yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga […]

Umujenerali w’u Burusiya yakomerekeye mu ntambara na Ukraine

IMG 1769 1755539468

Umujenerali Mukuru w’u Burusiya, Lt.-Gen. Esedulla Abachev, yakomerekeye bikomeye ku rugamba muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’u Burusiya. Guverineri w’intara ya Dagestan, Sergei Melikov, yavuze ko Abachev ari umwe mu basirikare bakuru bari ku isonga kuva intambara yatangira mu 2022. Yagize ati: “Yagiye akora mu myanya ikomeye y’ubuyobozi, ariko akunda kuba imbere ku mirongo y’imbere, […]

Bugesera FC yakomorewe

1 bizi9435 9cc2f

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko Bugesera FC izitabira Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere nyuma yo kuzuza ibisabwa yari itarabasha gutanga. Mbere y’uko shampiyona itangira, amakipe yose yasabwe kugaragaza ibyangombwa by’ibanze. Bugesera FC yo ntiyari yujuje ibisabwa kuko itari ifite ubwishingizi bw’abakinnyi, umuganga w’ikipe ndetse bimwe mu byangombwa yatangaga byari iby’umwaka ushize wa 2024/25. […]

Wa mugore ufite iminwa minini ku isi yongeye kurikoroza

96547add65c407de7d37d01c8cee392c

Andrea Ivanova, umunya-Bulgaria w’imyaka 28, yamamaye ku isi kubera iminwa ye minini yongeye kwibagisha iminwa maze igirwa minini kurushaho. Kugeza ubu amaze gukoresha amafaranga abarirwa muri £20,000 (asaga miliyoni 30 Frw) kugira ngo igaragare nk’uko abyifuza. Ubusanzwe yakundaga kwisiga amavuta yoroheje (nude lip gloss), ariko ubu yahisemo guhindura agaragara yisiga “red lipstick”, ibintu byatunguye abamukurikira […]

Icyoba ni cyose muri Amerika kubera umuyaga wa Erin

332f66a0 7c14 11f0 8db5 596ea140e19b.jpg

Inkubi y’umuyaga Erin yongeye gufata ingufu igera ku rwego rwa kane (Category 4) ikomeje kwibasira inyanja ya Atlantika, aho ishobora guteza ibiza bikomeye n’imyuzure ku nkombe z’Uburasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga mwinshi byatangiye kugera mu birwa bya Bahamas y’Amajyepfo n’ibirwa bya Turks and Caicos, aho hashyizweho impuruza y’umuyaga udasanzwe. […]

Kigali: Yabuze ayo kwishyura indaya, ifatira imyenda ye

1755518374364

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Nyarugenge, yisanze mu mazi abira nyuma yo kuryamana n’indaya ariko akabura amafaranga yo kuyishyura. Byabereye mu Rwampara, ku mugoroba wo ku wa 17 Kanama 2025. Ababonye ibyabaye babwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yari yabanje kumvikana n’iyo ndaya ko azayishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000 Frw). Nyuma yo […]

Icyo rutahizamu wa APR FC asaba abafana

Rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Cheik Ouattara yavuze ko kugira abafana hafi ari ingenzi cyane kugira ngo APR FC igere ku ntego zayo. Ibi yabivuze nyuma y’umukino wo ku Cyumweru, tariki ya 17 Kanama 2025, aho APR FC yatsinze Power Dynamos ibitego 2-0 mu mukino wo gufungura Inkera y’Abahizi. Byombi byatsinzwe na Ouattara, wemeza ko byamwongereye […]

UPDF yatsinze RDF itwara igikombe

img 20250816 wa0024

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Kanama 2025, kuri Stade Ubworoherane i Musanze, habereye umukino wa gicuti wahuje Ingabo za Uganda (UPDF) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu rwego rwo gutsura umubano hagati y’impande zombi. Uyu mukino warangiye Uganda itsinze penaliti 8-7, nyuma yo kunganya 1-1 mu minota isanzwe. Ni ubwa kabiri ibi bihugu byari […]

Florent Ibenge asanga APR FC ari ikipe ikomeye ku mugabane

1755350010893

Umutoza mushya wa Azam FC yo muri Tanzania, Florent Ibenge yashimye bikomeye ikipe ya APR FC ayita imwe mu makipe akomeye ku mugabane. Ibi yabivuze ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo yageraga i Kigali aho Azam FC yaje kwitabira irushanwa “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC, rikaba rizabafasha kwitegura imikino ikomeye iri […]

U Rwanda rwatsinzwe na DR Congo

55 12

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball yongeye gutsindwa, ihusha amahirwe ku mukino wayo wa kabiri muri AfroBasket 2025 iri kubera muri Angola. Mu mukino wabahuje na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), Amavubi yatsinzwe amanota 65 kuri 58. Ibi byatumye u Rwanda rwuzuza imikino ibiri rudatsinda, nyuma yo kubanza gutsindwa na Côte […]

Zari Hassan yakuyemo inda

download 3

Zari Hassan yemeje ko aherutse gukuramo inda y’ibyumweru bitandatu yari atwite, nk’uko byanashimangiwe n’umugabo we, Lutaaya Shakib. Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo Zari yatangaje ko yahuye n’iki kibazo, ibintu byababaje cyane abakunzi be. Nyuma y’iminsi acecetse, Shakib yavuze ko koko ibyavuzwe ari ukuri, ariko ashimangira ko ari Zari ubwe uzabisobanura mu buryo burambuye igihe azaba […]

Petr Cech yatandukanye n’umugore we

OQ SPORT PREVIEW CECH

Uwahoze ari umuzamu wa Chelsea na Arsenal, Petr Cech yatangaje ko we n’umugore we Martina batandukanye nyuma y’imyaka 26 bari kumwe. Uyu mugabo w’imyaka 43 y’amavuko yatangaje aya makuru abinyujije ku rubuga rwa Instagram ku wa Kane, mu butumwa bwuzuye amarangamutima, buherekejwe n’ifoto y’umukara n’umweru. Cech na Martina bamenyanye bakiri abangavu mu 1999, basezerana mu […]

Ukuntu Diamond yatewe indobo n’inkumi imuziza ubukene

diamond cropped sml

Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz yatangaje ko agahinda yatewe n’umukobwa wa mbere bakundanaga, Sarah Davakingin wamwanze amuziza ubukene, ari ko katumye ahimba indirimbo Kamwambie (bivuga “Umubwire”), yahinduye ubuzima bwe kuko yakunzwe cyane muri Tanzania no hanze yayo. Diamond yavuze ko we na Sarah bari bamaze imyaka ibiri bakundana, ariko uyu mukobwa amureka kubera ko atashoboraga kumuhaza […]

Ikipe yatwaye shampiyona izahabwa Miliyoni 80 Frw: Shema Fabrice

Shema Ngoga Fabrice, umukandida wenyine wemerewe kwiyamamaza mu matora ya FERWAFA, yatangaje imigambi mishya agifite ku guteza imbere Shampiyona y’u Rwanda mu gihe yatorwa. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri imwe muri hoteli zikomeye i Kigali ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama 2025, yavuze ko azazamura ibihembo bihabwa amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya […]

Haruna ntiyumva ukuntu abanyarwanda batamwubaha kandi Tanzania ibikora

1755185464271

Haruna Niyonzima ntiyumva ukuntu Abanyarwanda batamuha icyubahiro akwiriye, mu gihe abanyamahanga bo bagikomeza kumwubaha. Ibi yabivuze nyuma y’imyitozo ya Yanga African yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yabereye kuri Sitade Amahoro, aho Haruna yifatanyije n’abakinnyi b’iyi kipe mu myitozo. Iyo myitozo yateguraga umukino wa gicuti bazakina na Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu, […]

U Rwanda rwihanganishije Ubwami bwa Asante muri Ghana nyuma y’urupfu rw’Umwamikazi

1755165725460

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yifatanyije n’abaturage b’Ubwami bwa Asante, nyuma y’urupfu rwa Nana Konadu Yiadom III, Umwamikazi w’Ubwami bwa Asante muri Ghana. Nana Ama Konadu Yiadom III, wari Umwamikazi wa 14 w’Ubwami bwa Asante, yitabye Imana ku itariki ya 7 Kanama 2025 afite imyaka 98 y’amavuko. Mu butumwa bwashyizwe kuri X (yahoze ari Twitter) […]

Real Madrid iyoboye andi makipe ku rutonde rwa UEFA

748ced64 979c 47dd 8d64 303754f1c158

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi, UEFA ryashyize ahagaragara urutonde rushya rw’amanota y’amakipe akomeye ku mugabane, hashingiwe ku mikino y’imyaka itanu ishize. Real Madrid, ifite ibikombe bya Champions League 15 mu mateka yayo, ikomeje kuba ku isonga n’amanota 117.500, ikurikiwe na Bayern Munich ifite amanota 108.250 na Inter Milan ifite 107.250. Uyu mwanya wa […]

Trump arifuza inama na Putin na Zelensky

250811 putin zelensky trump rs a60739 1755127310

Trump yatangaje ku mugaragaro ko yifuza inama yihutirwa ihuza we, Vladimir Putin na Volodymyr Zelensky, igamije kurangiza intambara imaze imyaka itatu muri Ukraine. Ibi yabitangaje ku wa Gatatu, tariki ya 13 Kanama 2025, nyuma yo kuvugana na Zelensky n’abandi bayobozi b’i Burayi, avuga ko iyo nama yaturuka ku biganiro ateganya kugirana na Putin i Alaska […]

Aba-Rayon basabye ko Rukundo Patrick yirukanwa

IMG 20250813 WA0029

Abakunzi ba Rayon Sports barasaba ko Rukundo Patrick yavanwa muri Komite Nyobozi y’iyi kipe, bamushinja gukorera inyungu za APR FC. Bamwe mu bafana batifuje ko imyirondoro yabo ijya hanze, bavuga ko akunda kugaragara yambaye umwambaro wa APR FC kurusha uwa Rayon Sports, ndetse akabeshya ko ari umufana wa Rayon. Bimwe mu bimenyetso bavuga ko bimugaragaza […]

Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ya EAC na SADC

20250813 173407

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu. Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma bo mu miryango yombi, yari igamije gusuzuma aho ibintu bigeze […]

Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

GyOtApLWAAA eUF

Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 28 barimo abasirikare batatu, abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’abasivili batatu bazwi mu itangazamakuru ry’imikino. Muri bo harimo Captain Peninah Mutoni, Captain Peninah Umurungi, CSP Sengabo Hillary, CSP Mukantabana Olive, ndetse n’abanyamakuru Ndayishimiye Reagan (Rugaju), Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro. Bose bashinjwa ubufatanyacyaha mu […]

Umuvugizi wa RCS mu bari kuburana mu rubanza rurebana na APR FC

Ku wa 13 Kanama 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 29 barimo abofisiye b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), ndetse n’abasivili. Bose bakurikiranyweho ibyaha bikomoka ku buryo haguzwe amatike y’indege hifashishijwe konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi byaha bivugwa ko bifitanye isano n’urugendo rwa APR […]

Uganda: Abakongomani bafungiwe gucuruza Zahabu z’ibicupuri

g2 1755035562

Ku wa 12 Kanama 2025, inzego z’umutekano muri Uganda, ari zo Ishami ryo Kurwanya Ruswa rya Perezidansi ku bufatanye n’Ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID), zataye muri yombi abantu barindwi barimo Abanyekongo bane n’Abanya-Uganda batatu bakekwaho uburiganya bwo kwambura umucuruzi w’Umunyanijeriya, Mark Gbillah, amadolari ya Amerika 70,000 (asaga miliyoni 93 Frw). Aba bakekwaho icyaha bashinjwa […]

Gitifu w’Umurenge wa Kansi yapfuye

176e761f 9559 46bc 947f 9917506f1644

Nsanzimana Théogène, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, yapfuye azize uburwayi bikekwa ko ari stroke. Urupfu rwe rwatangajwe ku wa 13 Kanama 2025. Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoranye na we bavuze ko yari amaze igihe gito cyane yimuriwe i Kansi avuye mu Murenge wa Ndora. Amakuru avuga ko yafashwe nijoro ari wenyine […]

Manzi Thierry na Djihad begukanye igikombe

1755056926630IMG 4503

Al Ahli Tripoli yo muri Libya, ikinamo Abanyarwanda Manzi Thierry na Bizimana Djihad, yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri icyo gihugu ku nshuro ya 14. Ku wa Kabiri, bakiniye kuri Stade ya Città di mu Butaliyani, bakina umukino wa nyuma wa kamarampaka bahura na Al Hilal Benghazi. Al Ahli yasabwaga kunganya kugira ngo […]

Zari yavuze ku byo kuba yarageretse inda kuri Diamond

zari1 4 34e2a

Zari Hassan yongeye gushimangira ko abana yabyaranye na Diamond Platnumz ari abo uyu muhanzi nta gushidikanya, nyuma y’uko havutse ibihuha bivuga ko Diamond yaba yarashidikanyije ku bana yita abe. Mu bana batandatu bivugwa ko Diamond arera, harimo abo yabyaranye na Zari. Uyu mugore yavuze ko ibyo kuvuga ko batari abe ari ugushaka gukurura abantu ku […]

Nepo Dushime yerekeje kuri RBA

Nepo 2

Nepo Dushime uzwi cyane ku izina rya “Mubicu”, umwe mu banyamakuru b’imikino bafite izina rikomeye, yamaze kwinjira mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) avuye kuri SK FM aho yari amaze amezi umunani. Uyu mugabo wamenyekanye cyane mu kogeza imipira yo ku mugabane w’u Burayi, cyane cyane akoresha ijambo “Mubicu”, yakiriwe kuri Radio Rwanda ku wa Kabiri, […]

Umwana w’umukobwa ufite ukwezi 1 yapfuye nyuma yo gusiramurwa

5eda7b60 76aa 11f0 8155 5f8739f897b4.jpg

Urupfu rw’umwana w’ukwezi 1 rukekwa guterwa no gusiramurwa rwateje uburakari bukomeye mu baturage bo mu gihugu cya Gambia. Polisi yatangaje ko umwana yajyanywe mu bitaro byo mu murwa mukuru Banjul nyuma yo kuva cyane amaraso, ariko ahageze bemeza ko yapfuye. Nubwo ibisubizo by’isuzuma ry’umubiri bigitegerejwe, benshi bahuza urupfu rwe n’imico yo gukata bimwe mu bice […]

Umugore afunzwe azira kwita Imana y’abasilamu “umutinganyi”

101105375 0 image a 8 1754910477548

Ibtissame Lachgar, uharanira uburenganzira bw’abagore muri Maroc, yatawe muri yombi nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga ifoto yambaye umupira wanditseho amagambo asuzugura Imana ya Islam. Itangazo ry’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa mbere rwa Rabat ryemeje ko yafashwe ku Cyumweru, hakurikiraho iperereza ryihutirwa. Lachgar anaregwa kuba yanditse amagambo ku mbuga nkoranyambaga ayita Islam nk’“idini rihutaza abagore kandi rifite […]

Minisiteri yashyizeho abazajya bahitamo filime ijya muri Oscar

InShot 20250812 074644753

Bwa mbere mu mateka ya sinema nyarwanda, hashyizweho akanama k’igihugu kagamije gutoranya filime izahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga y’ibihembo bya Oscars mu cyiciro cya International Feature Film. Aka kanama, kazwi nka Rwanda Oscars Selection Committee (ROSC), kashyizweho na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, kagizwe n’abarimo abahanga n’abanyamwuga 15 mu bijyanye na sinema n’ubuhanzi, barimo Marie […]

Icyo Super Manager avuga ku byo kuba umuvugizi w’abafana ba APR FC

Patrick Gakumba2

Gakumba Patrick, uzwi cyane ku izina rya Super Manager, yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana avuga ko yagizwe umuvugizi w’abafana ba APR FC. Ibyo byatangajwe nyuma y’uko byavugwaga ko yaba yasimbuye Jangwani, wari usanzwe ari kuri uwo mwanya ariko akaba yaratawe muri yombi mu minsi ishize. Mu kiganiro yagiranye na SK FM, Super Manager yavuze ko […]

Semuhungu Eric arafunzwe

3B36326A E712 4102 8437 5606B82E43EF 1122x897 1

Semuhungu Eric, umwe mu bakunze kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga, yafashwe na Polisi y’u Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize azira gutwara imodoka yanyweye ibisindisha. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko, aho agomba kumara iminsi itanu nk’igihano giteganywa ku bafatwa batwaye ikinyabiziga basinze. Bivugwa ko ibyo bamwe bakwirakwije ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko akurikiranyweho […]

Umugabo washakanye n’abagore 7 icyarimwe yongeye kurongora uwa 8

33c14fe3ff637388

Mu karere ka Mukono na Buikwe, muri Uganda, Ssalongo Habib Ssezinga, uzwi cyane nka Nsikonnene, yongeye kuvugisha benshi ubwo yarongoraga umugore wa munani mu muhango gakondo, nyuma y’imyaka ibiri ashakanye n’abagore barindwi icyarimwe. Uyu mugabo w’imyaka 45, usanzwe ari umuvuzi gakondo ukungahaye, yari aherekejwe n’abagore be bose barindwi, bishimye kandi bamushyigikiye. Buri wese muri bo […]

Nyina wa Alex Muyoboke yapfuye

1754892181694muyo9778

Umubyeyi wa Alex Muyoboke yitabye Imana mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 10 Kanama 2025, aguye mu bitaro bya CHUK, nk’uko byemejwe na Muyoboke ubwe. Nyina yari yabanje kwivuriza mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, aza gutaha nyuma yo koroherwa. Nyuma y’igihe gito yongeye kwivuriza muri CHUK, asubira mu rugo yorohewe, ariko yongera kuremba […]

Nimunyemerere mbabwire ko tudatomboye neza: Gen. Mubarakh Muganga

arton161015

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yatangaje ko nubwo APR FC itatomboye byoroshye mu irushanwa rya CAF Champions League, nta mpungenge ikwiriye kuba ku bakunzi b’iyi kipe. Yabivuze mu magambo agira ati: “Nimunyemerere mbabwire ko tudatomboye neza ariko nanone tudatomboye nabi. Bitandukanye n’ibyo muvuga, ndagira ngo mbabwire ko Pyramid ikipe yacu izayikuramo.” Ibi yabivuze […]

Biramahire Abeddy yikumburiye kawunga n’umugore

WhatsApp Image 2025 02 04 at 09.54.43 5d39a5ee

Rutahizamu w’Amavubi, Biramahire Abeddy kuri ubu ukinira ikipe ya ES Setif yo muri Algeria, yatangaje ko akumbuye cyane umugore we Vanessa n’umuhungu wabo, ndetse n’ibiryo bya gakondo by’u Rwanda birimo kawunga n’ibishyimbo. Nyuma yo kugera muri ES Setif, aho yagiye avuye muri Rayon Sports nyuma yo kongera amasezerano y’imyaka ibiri ariko iyi kipe ikemera kumurekura, […]

Lamine Yamal na Lewandowski bahanwe

gettyimages 2204087889 612x612 1

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA) yaciye amande y’amayero 5,000 kuri buri mukinnyi wa FC Barcelona, Lamine Yamal na Robert Lewandowski, nyuma y’amakosa bakoreye mu mukino wa Champions League wahuje Barcelona na Inter Milan mu gice cya 1/2 cy’irangiza. Nk’uko itangazo rya UEFA ribivuga, aba bakinnyi bananiwe gukurikiza amabwiriza y’umukozi ushinzwe igenzura ry’imiti yongerera ingufu […]

Mr Eazi yarongoye

WhatsApp Image 2025 08 09 at 09.15.53 1754727383

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Oluwatosin Ajibade uzwi cyane nka Mr Eazi, yarushinze n’umukinnyi wa filime akaba n’umukobwa w’umuherwe ukomeye, Temi Otedola mu muhango w’ubukwe bwabereye muri Iceland ku wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025. Ibirori byabereye muri Hallgrimskirkja Church, inzu y’amasengesho izwi cyane mu murwa mukuru wa Reykjavik, byitabirwa n’inshuti n’imiryango ya hafi, […]

SANDF yavuze ku musirikare w’umugore washyize umbwambure hanze

Screenshot 2025 08 08 155644 1754665456

Ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF) zatangaje ko zigiye gufatira ingamba zikomeye abanduza isura y’igisirikare ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho yakwirakwijwe agaragaza umusirikare w’umugore wayo yiyambura umwambaro wa gisirikare, arimo no kubyina. Itangazo rya SANDF ryavuze ko imyitwarire nk’iyo “idahesha agaciro umwambaro” kandi irenga ku mategeko n’indangagaciro z’igisirikare. Umuvugizi w’igisirikare, Siphiwe Dlamini, yasobanuye ko umwambaro utari […]

Minisitiri wa Siporo yemeje ko siporo yunguka byikubye inshuro 124

66828

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko ishoramari muri siporo rifite inyungu nyinshi, aho ushoyemo 1$ wunguka 124$. Ibi ngo bituma Leta y’u Rwanda iyifata nk’urwego rwo gushyirwamo imbaraga. Yabitangaje aganira na Daniel Bernard, ufite umushinga Ride For Unity ugamije guteza imbere imibereho binyuze mu gutwara igare. Yavuze ko u Rwanda rwashyizemo imbaraga mu kwiyubaka […]

Rayon Sports yazanye umukinnyi mushya

469706846 8881299718630203 2198493510010058619 n 75229 4aa1e

Rayon Sports FC yakemuye ikibazo cy’ubusatirizi nyuma yo gusinyisha Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, imutanzeho miliyoni 8 Frw kugira ngo igure amasezerano y’umwaka umwe yari asigaranye. Iyi kipe y’Ubururu n’Umweru ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo kwitegura amarushanwa arimo na CAF Confederation Cup. Uko gushakisha abakinnyi bashya byaje nyuma y’uko Biramahire Abeddy wari mu mishinga yayo […]

Biratangaje! Ubu bwoko butaburura abapfuye bakabasuhuza

Manene tradition of changing corpse clothes Tana toraja sulawesi indonesia

Mu gace ka Toraja, gaherereye Sulawesi muri Indonesia, habarurwa abaturage barenga miliyoni bizera ko urupfu atari iherezo ry’ubuzima. Ku bo mu muryango, iyo umuntu apfuye, bumva ko roho ye iguma mu rugo igakomeza gukenera ibyo yakeneraga akiri muzima: ibiryo, imyambaro, n’ibindi. Mu gihe mu bindi bice by’isi umuntu apfa agahita ashyingurwa cyangwa atwikwa, Abatoraja bo […]

Umutoza wa APR FC ntatewe ubwoba na Rayon Sports

talib 2 fb69e

Umutoza mushya wa APR FC w’umunya-Maroc Abderrahim Talib, yavuze ko nta bwoba afite ku mukino wa FERWAFA Super Cup uzabahuza na Rayon Sports, nubwo hari abakeka ko ashobora gutsindwa bitewe n’imyitwarire y’ikipe ye mu mikino ya gicuti. Talib yavuze ko afite ubunararibonye mu mikino ikomeye, kuko yatoje Wydad Casablanca aho yakinnye ‘derby’ zigera kuri 25 […]

Wasili yishongoye kuri APR FC

Wasili

Umunyamakuru akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi cyane ku izina rya “Wasili”, yongeye gutera urwenya kuri APR FC. Ibi byavuzwe nyuma y’uko Brig. Gen. Déo Rusanganwa, Chairman wa APR FC atangaje ko bateguye irushanwa bise “Inkera y’Abahizi”, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Champions League n’umwaka w’imikino wa 2025/26. Mu kiganiro […]

Congo izakira inteko rusange ya CAF

assemblee generale de la CAF

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), niwo wemejwe nk’uzakira Inteko rusange ya 47 isanzwe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), izaba ku wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025. Icyemezo cyo kuzakirira iyo nama cyatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono i Nairobi na Me Belinda Luntadila Nzunzi, uyoboye Komite ishinzwe […]

CAF yahannye Kenya

Kenya fans 1 1536x1024 1

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Kenya kubera ibibazo byagaragaye mu mukino wa CHAN 2024 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani, ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ubwo ikipe y’igihugu ya Kenya, Harambee Stars, yakinaga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. CAF yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura […]

Teta Sandra yagonze umugabo we

201111416 534783801265863 2217928747688060820 n edited

Umuriro wongeye kwaka hagati ya Teta Sandra n’umuhanzi wo muri Uganda, Weasel Manizo, nyuma y’uko amugonze n’imodoka bikamuviramo gukomereka amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga byihuse. Ibi bibaye mu gihe bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo. Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda nka Big Eye Ug, avuga ko byabereye ahitwa Munyonyo, mu ijoro ryakeye, ubwo bombi […]

Aissa Cyiza yagizwe CEO wa Royal FM

IMG 3062 860x953 1

Tariki ya 6 Kanama 2025, ubuyobozi bwa Royal FM bwatangaje ko Aissa Cyiza yagizwe Umuyobozi Mukuru w’iyi radiyo, nyuma y’amezi atanu yari amaze ari Umuyobozi Mukuru Wungirije. Aissa Cyiza asanzwe azwi nk’umunyamakuru w’inararibonye wamenyekanye cyane binyuze mu kiganiro AM to PM gitangira saa Tanu kugeza saa Munani kuri Royal FM, aho amaze imyaka umunani. Yatangiye […]

Jules Karangwa yagizwe umuyobozi wa Rwanda Premier League

1754505616655

Jules Karangwa wari usanzwe ari Umujyanama mu by’amategeko mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yashyizwe ku mwanya w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Rwanda Premier League – urwego rushya rushinzwe gutegura no kuyobora Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda. Uyu mwanya mushya ahawe ni ubwa mbere uhawe umuntu kuva uru rwego rwashyirwaho, kandi biteganyijwe ko Karangwa azagirira […]

Hakim Sahabo yagize uruhare rukomeye mu gushyingura ‘Mama Mukura’

download

Hakim Sahabo, umukinnyi w’Amavubi ukinira Standard de Liège, ni we watanze byinshi mu gutegura no gutanga ibikenewe byose kugira ngo Mukanemeye Madeleine, benshi bazi nka “Mama Mukura”, ashyingurwe mu cyubahiro gikwiye. Mukanemeye yitabye Imana ku cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ashyingurwa ku wa kabiri tariki ya 5 Kanama. Amakuru avuga ko Hakim Sahabo yatanze […]