Byagenze gute ngo Rugaju Reagan na bagenzi be barekurwe

1756209375782

Ku wa 26 Kanama 2025, Inteko y’abacamanza bane b’urukiko rwa gisirikare yasomye umwanzuro ku rubanza ruregwamo bamwe mu basirikare n’abasivili bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha umutungo wa Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Urukiko rwatangiye rwisegura ku kuba rwatinze gusoma umwanzuro wari uteganyijwe saa yine za mu gitondo. Nyuma, Perezida w’inteko yasomye amazina y’abaregwa, abamenyesha […]

Shema Fabrice ntashaka miliyoni 290 Frw muri FERWAFA

Shema Fabrice 2

Shema Ngoga Fabrice, umukandida rukumbi uri kwiyamamariza kuyobora FERWAFA, yavuze ko natorerwa kuyobora iri shyirahamwe, amafaranga yose CAF igenera buri muyobozi ku mwaka azajya ashyirwa mu ngengo y’imari yo guteza imbere umupira w’amaguru w’abato mu Rwanda. CAF isanzwe igenera buri muyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira muri Afurika $50,000 ku mwaka (72,000,000 Frw). Shema yavuze ko mu gihe […]

Indege yaguye mu kiyaga iri kuvoma amazi

chopper

Mu Bufaransa, indege nto ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Morane 29 yakoze impanuka mu kiyaga cya Rosporden giherereye mu burengerazuba bw’igihugu, ubwo yari mu gikorwa cyo kuvoma amazi yo kuzimya inkongi. Iyi mpanuka yabaye ku cyumweru nimugoroba, ubwo iyo ndege yari imaze gukora kuvoma inshuro zigera kuri 27 isuka amazi ku nkongi zari hafi […]

ADEPR yavuze ku bantu barwaniye mu rusengero

Screenshot 20250825 230442 1

Itorero ADEPR ryahaye ibisobanuro ku byagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umugabo wagaragaye ari gushyamirana n’abandi mu rusengero rwa ADEPR Nyarugenge, mu giterane cy’Ububyutse cyari kimaze iminsi cyihabera. Guhera ku wa mbere kugeza ku cyumweru tariki 24 Kanama 2025, ADEPR Nyarugenge yari ari giterane cyiswe icy’Ububyutse, cyitabiriwe n’abakristo benshi bahamya ko bahungukiyemo inyigisho […]

Jya kuri RIB hano urandegera nde: Sam Karenzi

1739193213315 1

Kuri uyu wa 25 Kanama 2025, ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri Twitter (X), hakwirakwijwe ubutumwa bugaragaza Sam Karenzi, umunyamakuru akaba na nyiri radiyo SK FM, yibasirwa n’umufana bigaragara ko ari uwa Rayon Sports. Umwe mu bakoresha urubuga rwa X mu mazina ya @kalisa94 yashyizeho ifoto ya Karenzi ari mu nama, ayiherekeza amagambo amushinja kuba “virus […]

Umutoza wa APR FC yasabiwe kwirukanwa hakazanwa Adil

abafana ba APR4 860x534 1

Bamwe mu bafana ba APR FC barasaba ko ubuyobozi bwabo bwagarura umutoza w’Umunya-Maroc, Adil Erradi Mohamed, wayitoje hagati ya 2019 na 2022. Kuva muri Kamena uyu mwaka, ikipe y’Ingabo yasinyishije umutoza mushya w’Umunya-Tunisie, Abderrahim Taleb, amasezerano y’imyaka ibiri, asimbuye Umufaransa Darko Nović. Ariko kuva yagera muri APR FC, bamwe mu bakunzi b’iyi kipe ntibanyuzwe n’imyitwarire […]

RDB yahagaritse Kings Bet

PKzmEG8Y5X4Lat1Y1GHS

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwahagaritse uruhushya rw’isosiyete Kings Bet Ltd, ikora imikino y’amahirwe mu cyiciro cya D Sportsbook. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 25 Kanama 2025, RDB ivuga ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku itegeko No. 58/2011 rigenga imikino y’amahirwe mu Rwanda, aho Kings Bet Ltd yashinjwaga kutubahiriza amabwiriza […]

Undi munyamakuru yasezeye kuri SK Fm

IMG 1840

Umunyamakuru Aime Niyibizi yongeye gusubira kuri Fine FM nyuma y’igihe yari amaze atagaragara kuri SK FM ya Sam Karenzi. Uyu munyamakuru wari umenyerewe mu biganiro by’imikino nka Urukiko rw’Ikirenga na Extra Time ku SK FM, bivugwa ko atangiye guceceka bitewe n’amakimbirane y’imikorere hagati ye na nyir’iyi radiyo. Bivugwa ko yari yarahagaritswe mu kazi gusa akaba […]

Uganda yasezerewe muri CHAN

oumar ba of senegal celebrates goal with teammates during the 2024 african nations championship chan football quarter final match between uganda and senegal at the mandela national stadium

Ikipe y’igihugu ya Senegal, iheruka kwegukana CHAN, yatsinze Uganda igitego 1-0 mu mukino wa 1/4 cy’irangiza wabereye kuri Stade Mandela i Kampala, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kanama 2025. Igitego cyatsinzwe na Oumar Ba ku munota wa 62, nyuma yo gutera neza umupira yahawe na Libasse Guèye, cyahagije kugira ngo “Lions of Teranga” bagere […]

Apostle McCoy wo muri Amerika yemeje ko u Rwanda ari ubwami bw’Imana

1755944119449Bu18

Umukozi w’Imana Apostle McCoy umaze kugera mu Rwanda inshuro ebyiri (2024 na 2025), aho aherutse kwitabira igiterane cya Thanks Giving Conference cyabereye kuri Revival Palace Community Church i Bugesera kuva ku wa 13 kugeza ku wa 17 Kanama 2025, ari kumwe n’umugore we, yavuze ko u Rwanda ari ubwami bw’Imana. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Apostle […]

Jay-Z yabaye umuhanzi ukize cyane ku isi

IMG 6011 1755885685

Umuhanzi w’icyamamare muri rap, akaba  n’umushoramari, n’umuyobozi wa sosiyete y’imyidagaduro Sean “Jay-Z” Carter, yemejwe nk’umuhanzi ukize kurusha abandi ku isi, nk’uko ikinyamakuru Forbes kibitangaza, afite umutungo w’agaciro ka $2.5 miliyari (miliyari 3,125 z’amafaranga y’u Rwanda (RWF). Ubukire bwa Jay-Z ntibwaturutse gusa mu muziki, ahubwo bushingiye ku ishoramari rikomeye no kugira imigabane mu bikorwa bitandukanye by’ingenzi. […]

Yatwitse Café yanze kumushyirira mayonnaise ku mugati

download 1

Polisi yo muri Espagne yataye muri yombi umugabo ukekwaho gutwika café iherereye mu mujyi wa Los Palacios y Villafranca mu ntara ya Sevilla, nyuma y’uko abakozi b’iyo café banze kumushyirira mayonnaise mu mugati. Amashusho yafashwe na camera z’umutekano yerekanye uwo mugabo usanzwe ari uwo mu ntara ya Cordoba, asuka lisansi ku meza maze aratwika. Ibyo […]

Tanzania yasezerewe muri CHAN

92 1000x600 1

Ikipe y’Igihugu ya Tanzania isoje urugendo rwayo muri CHAN 2024 nyuma yo gutsindwa na Maroc igitego 1-0 mu mukino wa ¼ cy’irushanwa wabereye kuri Stade Benjamin Mkapa i Dar es Salaam. Mu gice cya mbere Tanzania yagerageje guhangana, aho rutahizamu Clement Mzize yabonye uburyo bubiri bwiza ariko ntiyabubyaza umusaruro. Mu minota ya mbere y’igice cya […]

Gitifu w’Akagari ka Shyembe yapfiriye mu mpanuka ya moto

1755870807442

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko Udahemuka Longin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Shyembe mu Murenge wa Maraba, Akarere ka Huye, yapfuye azize impanuka ya moto yari atwaye. Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yemeje iby’uru rupfu rwa nyakwigendera ko iyo mpanuka yabaye ahagana saa tatu z’ijoro ku wa 21 Kanama 2025. […]

RIB yafunze umukozi wa Wasac

1755871223613

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda rwataye muri yombi Manirakiza Straton, umukozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ushinzwe ibikorwa byisanwa by’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo, akurikiranweho icyaha cya ruswa. Amakuru yatangajwe na RIB aravuga ko uyu mukozi yafunzwe nyuma y’uko abaturage bagaragaje ikibazo cy’isaranganywa […]

USA: Umuraperi Lil Nas yakubise umupolisi

SEI 262855646 3ede

Umuhanzi w’Umunyamerika, Lil Nas X usanzwe witwa Montero Lamar Hill, yatawe muri yombi i Los Angeles muri Leta zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kugaragara mu muhanda mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo (4:00am), yambaye gusa umwambaro w’imbere n’inkweto za cowboy. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza aririmba, avuga amagambo adasobanutse ndetse […]

Isomwa ry’urubanza ruregwamo abasirikare n’abasivili ryimuriwe

sengabo 3b1dc

Urukiko rwa Gisirikare rwongeye kwimura isomwa ry’urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivili n’abasirikare, harimo n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS). Aba bose bakurikiranyweho ibyaha birimo gufatanya gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, ndetse no gukoresha inyandiko zidafite agaciro, ibintu bivugwa ko byanyuze muri Minisiteri y’Ingabo. Isomwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki […]

Uburusiya bwaburiye ibihugu by’Uburayi

20int russia security hjtf superJumbo 1755721528

Uburusiya bwaburiye ibihugu by’Uburengerazuba ku ngingo yo gukumira iki gihugu mu biganiro by’amahoro ku bijyanye n’intambara yo muri Ukraine, buvuga ko ibyo ari “inzira igana ahantu hatariho.” Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov yavuze ko nta cyagerwaho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano wa Ukraine hatarimo igihugu cy’Uburusiya. Yagize ati: “Ntitwakwemera inama zishaka gukemura ikibazo […]

Ukraine: Umukinnyi yahanwe azira kuvugira ikirusiya mu kibuga

Referee shows yellow card 1140x570 1

Ku wa 18 Kanama 2025, mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’abagore wahuje ikipe ya Kolos yo i Kiev na SeaSters yo mu gace ka Black Sea, umukinnyi Irina Maiborodina yahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kuvugira  ikirusiya mu kibuga. Umusifuzi wari uyoboye umukino, Anastasia Romanyuk, yafashe icyo cyemezo ku munota wa 43, ibintu byahise […]

RIB igiye gushinga ikipe

0g0a0537 2 d17af

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwateguje ko rugiye gutangiza ikipe ya ruhago nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’uru rwego Dr. Murangira B. Thierry. Yabitangarije itangazamakuru mu minsi yashize ubwo yari yitabiriye igitaramo cya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ mu rwego rw’ubukangurambaga barimo bwo gukangurira abantu kwima amatwi ababashuka bakabacucura utwabo. Ubwo yari abajijwe ku makuru yari amaze iminsi avugwa […]

Umuganda usoza Kanama uzakorerwa mu ngo 

20250820 114929

Mu rwego rwo kwimakaza isuku mu ngo no mu bigo bitangirwamo serivisi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko umuganda rusange w’ukwezi kwa Kanama uzaba ku wa gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025. Nk’uko bigaragara mu itangazo ry’iyi minisiteri, uyu muganda uzibanda ku bikorwa byo gusukura no kurwanya imyanda mu ngo, aho abaturage batuye ndetse n’ahakorerwa serivisi […]

Nyuma y’u Rwanda na Uganda igiye kwakira abimukira bavuye muri Amerika

41839340 7d6b 11f0 a34f 318be3fb0481.jpg

Uganda yemeye kwakira abimukira baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’iminsi mike u Rwanda narwo rwemeye kwakira abagera kuri 250, mu masezerano yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi i Washington. Nk’uko byatangajwe na televiziyo CBS ndetse na BBC, Amerika yashyizeho gahunda nshya yo kwimura abimukira baturutse mu bice bitandukanye by’Afurika n’Asiya bari basabye ubuhungiro […]

Hagiye kumurikwa robot ishobora gusama ikanabyara 

images 4 8 1755642325

Ubushinwa bwatangaje ko bugiye kumurika robot ya mbere ku isi ishobora gusama no kwibaruka hifashishijwe inda y’ikoranabuhanga (artificial womb). Iyo robot iri gukorwa n’ikigo Kaiwa Technology cyo mu mujyi wa Guangzhou, izatangizwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2026. Dr. Zhang Qifeng, uyoboye uwo mushinga, yabivugiye mu nama y’ubumenyi yaberaga i Beijing, avuga ko “ubumenyi bujyanye […]

Abanyamahanga 64 birukanwe ku butaka bw’u Rwanda kubera urugomo

police 1 10

Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu mezi 12 ashize hari abanyamahanga 64 birukanwe ku butaka bw’u Rwanda basubizwa mu bihugu byabo kubera ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, abandi 240 bashyikirizwa ubutabera. Polisi yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Yasubizaga abanyamakuru Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ na Mutabaruka […]

APR FC yatsindiwe mu irushanwa yateguye

1755631627765

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025, kuri Kigali Pelé Stadium, APR FC yatsinzwe na AS Kigali kuri penaliti 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90 y’umukino w’Irushanwa “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC. AS Kigali ni yo yatangiye neza umukino, ikoresha neza imipira yo hagati mu kibuga, mu […]

Azam FC yatsinze Police FC mu “Inkera y’Abahizi”

1001181880 6a7cc

Ku wa Kabiri tariki ya 19 Kanama 2025, kuri Kigali Pelé Stadium habereye umukino w’amarushanwa ya “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC, aho Azam FC yatsinze Police FC kuri penaliti 4–3. Umukino watangiye amakipe yombi agerageza kwipima ariko nta mpinduka zigaragara. Ku munota wa 20, Police FC yafunguye amazamu binyuze kuri Kwitonda Alain ‘Bacca’ waboneye […]

Abaraperi Bull Dogg, Jay C na Bushali barwanye n’abafana

2i1a0391 f3ce7

Mu mpera z’icyumweru gishize, abaraperi barimo Jay C, Bull Dogg na Bushali bakoze agatendo barwana n’abafana ubwo bari bagiye mu kabyiniro. Byabereye mu kabyiniro k’ahazwi nko kwa ‘Nyanja’ aho aba bahanzi bari basohokeye nyuma yo gutaramira mu Karere ka Rubavu. Imirwano y’aba baraperi yaje kwemezwa na Jay C nyuma y’amashusho yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga […]

Umujenerali w’u Burusiya yakomerekeye mu ntambara na Ukraine

IMG 1769 1755539468

Umujenerali Mukuru w’u Burusiya, Lt.-Gen. Esedulla Abachev, yakomerekeye bikomeye ku rugamba muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’u Burusiya. Guverineri w’intara ya Dagestan, Sergei Melikov, yavuze ko Abachev ari umwe mu basirikare bakuru bari ku isonga kuva intambara yatangira mu 2022. Yagize ati: “Yagiye akora mu myanya ikomeye y’ubuyobozi, ariko akunda kuba imbere ku mirongo y’imbere, […]

Bugesera FC yakomorewe

1 bizi9435 9cc2f

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko Bugesera FC izitabira Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere nyuma yo kuzuza ibisabwa yari itarabasha gutanga. Mbere y’uko shampiyona itangira, amakipe yose yasabwe kugaragaza ibyangombwa by’ibanze. Bugesera FC yo ntiyari yujuje ibisabwa kuko itari ifite ubwishingizi bw’abakinnyi, umuganga w’ikipe ndetse bimwe mu byangombwa yatangaga byari iby’umwaka ushize wa 2024/25. […]

Wa mugore ufite iminwa minini ku isi yongeye kurikoroza

96547add65c407de7d37d01c8cee392c

Andrea Ivanova, umunya-Bulgaria w’imyaka 28, yamamaye ku isi kubera iminwa ye minini yongeye kwibagisha iminwa maze igirwa minini kurushaho. Kugeza ubu amaze gukoresha amafaranga abarirwa muri £20,000 (asaga miliyoni 30 Frw) kugira ngo igaragare nk’uko abyifuza. Ubusanzwe yakundaga kwisiga amavuta yoroheje (nude lip gloss), ariko ubu yahisemo guhindura agaragara yisiga “red lipstick”, ibintu byatunguye abamukurikira […]

Icyoba ni cyose muri Amerika kubera umuyaga wa Erin

332f66a0 7c14 11f0 8db5 596ea140e19b.jpg

Inkubi y’umuyaga Erin yongeye gufata ingufu igera ku rwego rwa kane (Category 4) ikomeje kwibasira inyanja ya Atlantika, aho ishobora guteza ibiza bikomeye n’imyuzure ku nkombe z’Uburasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga mwinshi byatangiye kugera mu birwa bya Bahamas y’Amajyepfo n’ibirwa bya Turks and Caicos, aho hashyizweho impuruza y’umuyaga udasanzwe. […]

Kigali: Yabuze ayo kwishyura indaya, ifatira imyenda ye

1755518374364

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Nyarugenge, yisanze mu mazi abira nyuma yo kuryamana n’indaya ariko akabura amafaranga yo kuyishyura. Byabereye mu Rwampara, ku mugoroba wo ku wa 17 Kanama 2025. Ababonye ibyabaye babwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yari yabanje kumvikana n’iyo ndaya ko azayishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000 Frw). Nyuma yo […]

Icyo rutahizamu wa APR FC asaba abafana

Rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Cheik Ouattara yavuze ko kugira abafana hafi ari ingenzi cyane kugira ngo APR FC igere ku ntego zayo. Ibi yabivuze nyuma y’umukino wo ku Cyumweru, tariki ya 17 Kanama 2025, aho APR FC yatsinze Power Dynamos ibitego 2-0 mu mukino wo gufungura Inkera y’Abahizi. Byombi byatsinzwe na Ouattara, wemeza ko byamwongereye […]

UPDF yatsinze RDF itwara igikombe

img 20250816 wa0024

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Kanama 2025, kuri Stade Ubworoherane i Musanze, habereye umukino wa gicuti wahuje Ingabo za Uganda (UPDF) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu rwego rwo gutsura umubano hagati y’impande zombi. Uyu mukino warangiye Uganda itsinze penaliti 8-7, nyuma yo kunganya 1-1 mu minota isanzwe. Ni ubwa kabiri ibi bihugu byari […]

Florent Ibenge asanga APR FC ari ikipe ikomeye ku mugabane

1755350010893

Umutoza mushya wa Azam FC yo muri Tanzania, Florent Ibenge yashimye bikomeye ikipe ya APR FC ayita imwe mu makipe akomeye ku mugabane. Ibi yabivuze ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo yageraga i Kigali aho Azam FC yaje kwitabira irushanwa “Inkera y’Abahizi” ryateguwe na APR FC, rikaba rizabafasha kwitegura imikino ikomeye iri […]

U Rwanda rwatsinzwe na DR Congo

55 12

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball yongeye gutsindwa, ihusha amahirwe ku mukino wayo wa kabiri muri AfroBasket 2025 iri kubera muri Angola. Mu mukino wabahuje na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), Amavubi yatsinzwe amanota 65 kuri 58. Ibi byatumye u Rwanda rwuzuza imikino ibiri rudatsinda, nyuma yo kubanza gutsindwa na Côte […]

Zari Hassan yakuyemo inda

download 3

Zari Hassan yemeje ko aherutse gukuramo inda y’ibyumweru bitandatu yari atwite, nk’uko byanashimangiwe n’umugabo we, Lutaaya Shakib. Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo Zari yatangaje ko yahuye n’iki kibazo, ibintu byababaje cyane abakunzi be. Nyuma y’iminsi acecetse, Shakib yavuze ko koko ibyavuzwe ari ukuri, ariko ashimangira ko ari Zari ubwe uzabisobanura mu buryo burambuye igihe azaba […]

Petr Cech yatandukanye n’umugore we

OQ SPORT PREVIEW CECH

Uwahoze ari umuzamu wa Chelsea na Arsenal, Petr Cech yatangaje ko we n’umugore we Martina batandukanye nyuma y’imyaka 26 bari kumwe. Uyu mugabo w’imyaka 43 y’amavuko yatangaje aya makuru abinyujije ku rubuga rwa Instagram ku wa Kane, mu butumwa bwuzuye amarangamutima, buherekejwe n’ifoto y’umukara n’umweru. Cech na Martina bamenyanye bakiri abangavu mu 1999, basezerana mu […]

Ukuntu Diamond yatewe indobo n’inkumi imuziza ubukene

diamond cropped sml

Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz yatangaje ko agahinda yatewe n’umukobwa wa mbere bakundanaga, Sarah Davakingin wamwanze amuziza ubukene, ari ko katumye ahimba indirimbo Kamwambie (bivuga “Umubwire”), yahinduye ubuzima bwe kuko yakunzwe cyane muri Tanzania no hanze yayo. Diamond yavuze ko we na Sarah bari bamaze imyaka ibiri bakundana, ariko uyu mukobwa amureka kubera ko atashoboraga kumuhaza […]

Ikipe yatwaye shampiyona izahabwa Miliyoni 80 Frw: Shema Fabrice

Shema Ngoga Fabrice, umukandida wenyine wemerewe kwiyamamaza mu matora ya FERWAFA, yatangaje imigambi mishya agifite ku guteza imbere Shampiyona y’u Rwanda mu gihe yatorwa. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri imwe muri hoteli zikomeye i Kigali ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama 2025, yavuze ko azazamura ibihembo bihabwa amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya […]

Haruna ntiyumva ukuntu abanyarwanda batamwubaha kandi Tanzania ibikora

1755185464271

Haruna Niyonzima ntiyumva ukuntu Abanyarwanda batamuha icyubahiro akwiriye, mu gihe abanyamahanga bo bagikomeza kumwubaha. Ibi yabivuze nyuma y’imyitozo ya Yanga African yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yabereye kuri Sitade Amahoro, aho Haruna yifatanyije n’abakinnyi b’iyi kipe mu myitozo. Iyo myitozo yateguraga umukino wa gicuti bazakina na Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu, […]

U Rwanda rwihanganishije Ubwami bwa Asante muri Ghana nyuma y’urupfu rw’Umwamikazi

1755165725460

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yifatanyije n’abaturage b’Ubwami bwa Asante, nyuma y’urupfu rwa Nana Konadu Yiadom III, Umwamikazi w’Ubwami bwa Asante muri Ghana. Nana Ama Konadu Yiadom III, wari Umwamikazi wa 14 w’Ubwami bwa Asante, yitabye Imana ku itariki ya 7 Kanama 2025 afite imyaka 98 y’amavuko. Mu butumwa bwashyizwe kuri X (yahoze ari Twitter) […]

Real Madrid iyoboye andi makipe ku rutonde rwa UEFA

748ced64 979c 47dd 8d64 303754f1c158

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi, UEFA ryashyize ahagaragara urutonde rushya rw’amanota y’amakipe akomeye ku mugabane, hashingiwe ku mikino y’imyaka itanu ishize. Real Madrid, ifite ibikombe bya Champions League 15 mu mateka yayo, ikomeje kuba ku isonga n’amanota 117.500, ikurikiwe na Bayern Munich ifite amanota 108.250 na Inter Milan ifite 107.250. Uyu mwanya wa […]

Trump arifuza inama na Putin na Zelensky

250811 putin zelensky trump rs a60739 1755127310

Trump yatangaje ku mugaragaro ko yifuza inama yihutirwa ihuza we, Vladimir Putin na Volodymyr Zelensky, igamije kurangiza intambara imaze imyaka itatu muri Ukraine. Ibi yabitangaje ku wa Gatatu, tariki ya 13 Kanama 2025, nyuma yo kuvugana na Zelensky n’abandi bayobozi b’i Burayi, avuga ko iyo nama yaturuka ku biganiro ateganya kugirana na Putin i Alaska […]

Aba-Rayon basabye ko Rukundo Patrick yirukanwa

IMG 20250813 WA0029

Abakunzi ba Rayon Sports barasaba ko Rukundo Patrick yavanwa muri Komite Nyobozi y’iyi kipe, bamushinja gukorera inyungu za APR FC. Bamwe mu bafana batifuje ko imyirondoro yabo ijya hanze, bavuga ko akunda kugaragara yambaye umwambaro wa APR FC kurusha uwa Rayon Sports, ndetse akabeshya ko ari umufana wa Rayon. Bimwe mu bimenyetso bavuga ko bimugaragaza […]

Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ya EAC na SADC

20250813 173407

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu. Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma bo mu miryango yombi, yari igamije gusuzuma aho ibintu bigeze […]

Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

GyOtApLWAAA eUF

Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 28 barimo abasirikare batatu, abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’abasivili batatu bazwi mu itangazamakuru ry’imikino. Muri bo harimo Captain Peninah Mutoni, Captain Peninah Umurungi, CSP Sengabo Hillary, CSP Mukantabana Olive, ndetse n’abanyamakuru Ndayishimiye Reagan (Rugaju), Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro. Bose bashinjwa ubufatanyacyaha mu […]

Umuvugizi wa RCS mu bari kuburana mu rubanza rurebana na APR FC

Ku wa 13 Kanama 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 29 barimo abofisiye b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), ndetse n’abasivili. Bose bakurikiranyweho ibyaha bikomoka ku buryo haguzwe amatike y’indege hifashishijwe konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi byaha bivugwa ko bifitanye isano n’urugendo rwa APR […]

Uganda: Abakongomani bafungiwe gucuruza Zahabu z’ibicupuri

g2 1755035562

Ku wa 12 Kanama 2025, inzego z’umutekano muri Uganda, ari zo Ishami ryo Kurwanya Ruswa rya Perezidansi ku bufatanye n’Ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID), zataye muri yombi abantu barindwi barimo Abanyekongo bane n’Abanya-Uganda batatu bakekwaho uburiganya bwo kwambura umucuruzi w’Umunyanijeriya, Mark Gbillah, amadolari ya Amerika 70,000 (asaga miliyoni 93 Frw). Aba bakekwaho icyaha bashinjwa […]

Gitifu w’Umurenge wa Kansi yapfuye

176e761f 9559 46bc 947f 9917506f1644

Nsanzimana Théogène, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, yapfuye azize uburwayi bikekwa ko ari stroke. Urupfu rwe rwatangajwe ku wa 13 Kanama 2025. Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoranye na we bavuze ko yari amaze igihe gito cyane yimuriwe i Kansi avuye mu Murenge wa Ndora. Amakuru avuga ko yafashwe nijoro ari wenyine […]

Manzi Thierry na Djihad begukanye igikombe

1755056926630IMG 4503

Al Ahli Tripoli yo muri Libya, ikinamo Abanyarwanda Manzi Thierry na Bizimana Djihad, yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri icyo gihugu ku nshuro ya 14. Ku wa Kabiri, bakiniye kuri Stade ya Città di mu Butaliyani, bakina umukino wa nyuma wa kamarampaka bahura na Al Hilal Benghazi. Al Ahli yasabwaga kunganya kugira ngo […]

Zari yavuze ku byo kuba yarageretse inda kuri Diamond

zari1 4 34e2a

Zari Hassan yongeye gushimangira ko abana yabyaranye na Diamond Platnumz ari abo uyu muhanzi nta gushidikanya, nyuma y’uko havutse ibihuha bivuga ko Diamond yaba yarashidikanyije ku bana yita abe. Mu bana batandatu bivugwa ko Diamond arera, harimo abo yabyaranye na Zari. Uyu mugore yavuze ko ibyo kuvuga ko batari abe ari ugushaka gukurura abantu ku […]

Nepo Dushime yerekeje kuri RBA

Nepo 2

Nepo Dushime uzwi cyane ku izina rya “Mubicu”, umwe mu banyamakuru b’imikino bafite izina rikomeye, yamaze kwinjira mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) avuye kuri SK FM aho yari amaze amezi umunani. Uyu mugabo wamenyekanye cyane mu kogeza imipira yo ku mugabane w’u Burayi, cyane cyane akoresha ijambo “Mubicu”, yakiriwe kuri Radio Rwanda ku wa Kabiri, […]

Umwana w’umukobwa ufite ukwezi 1 yapfuye nyuma yo gusiramurwa

5eda7b60 76aa 11f0 8155 5f8739f897b4.jpg

Urupfu rw’umwana w’ukwezi 1 rukekwa guterwa no gusiramurwa rwateje uburakari bukomeye mu baturage bo mu gihugu cya Gambia. Polisi yatangaje ko umwana yajyanywe mu bitaro byo mu murwa mukuru Banjul nyuma yo kuva cyane amaraso, ariko ahageze bemeza ko yapfuye. Nubwo ibisubizo by’isuzuma ry’umubiri bigitegerejwe, benshi bahuza urupfu rwe n’imico yo gukata bimwe mu bice […]

Umugore afunzwe azira kwita Imana y’abasilamu “umutinganyi”

101105375 0 image a 8 1754910477548

Ibtissame Lachgar, uharanira uburenganzira bw’abagore muri Maroc, yatawe muri yombi nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga ifoto yambaye umupira wanditseho amagambo asuzugura Imana ya Islam. Itangazo ry’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa mbere rwa Rabat ryemeje ko yafashwe ku Cyumweru, hakurikiraho iperereza ryihutirwa. Lachgar anaregwa kuba yanditse amagambo ku mbuga nkoranyambaga ayita Islam nk’“idini rihutaza abagore kandi rifite […]

Minisiteri yashyizeho abazajya bahitamo filime ijya muri Oscar

InShot 20250812 074644753

Bwa mbere mu mateka ya sinema nyarwanda, hashyizweho akanama k’igihugu kagamije gutoranya filime izahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga y’ibihembo bya Oscars mu cyiciro cya International Feature Film. Aka kanama, kazwi nka Rwanda Oscars Selection Committee (ROSC), kashyizweho na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, kagizwe n’abarimo abahanga n’abanyamwuga 15 mu bijyanye na sinema n’ubuhanzi, barimo Marie […]

Icyo Super Manager avuga ku byo kuba umuvugizi w’abafana ba APR FC

Patrick Gakumba2

Gakumba Patrick, uzwi cyane ku izina rya Super Manager, yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana avuga ko yagizwe umuvugizi w’abafana ba APR FC. Ibyo byatangajwe nyuma y’uko byavugwaga ko yaba yasimbuye Jangwani, wari usanzwe ari kuri uwo mwanya ariko akaba yaratawe muri yombi mu minsi ishize. Mu kiganiro yagiranye na SK FM, Super Manager yavuze ko […]

Semuhungu Eric arafunzwe

3B36326A E712 4102 8437 5606B82E43EF 1122x897 1

Semuhungu Eric, umwe mu bakunze kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga, yafashwe na Polisi y’u Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize azira gutwara imodoka yanyweye ibisindisha. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko, aho agomba kumara iminsi itanu nk’igihano giteganywa ku bafatwa batwaye ikinyabiziga basinze. Bivugwa ko ibyo bamwe bakwirakwije ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko akurikiranyweho […]

Umugabo washakanye n’abagore 7 icyarimwe yongeye kurongora uwa 8

33c14fe3ff637388

Mu karere ka Mukono na Buikwe, muri Uganda, Ssalongo Habib Ssezinga, uzwi cyane nka Nsikonnene, yongeye kuvugisha benshi ubwo yarongoraga umugore wa munani mu muhango gakondo, nyuma y’imyaka ibiri ashakanye n’abagore barindwi icyarimwe. Uyu mugabo w’imyaka 45, usanzwe ari umuvuzi gakondo ukungahaye, yari aherekejwe n’abagore be bose barindwi, bishimye kandi bamushyigikiye. Buri wese muri bo […]

Nyina wa Alex Muyoboke yapfuye

1754892181694muyo9778

Umubyeyi wa Alex Muyoboke yitabye Imana mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 10 Kanama 2025, aguye mu bitaro bya CHUK, nk’uko byemejwe na Muyoboke ubwe. Nyina yari yabanje kwivuriza mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, aza gutaha nyuma yo koroherwa. Nyuma y’igihe gito yongeye kwivuriza muri CHUK, asubira mu rugo yorohewe, ariko yongera kuremba […]