Nyiramajyambere uzwi ku mvugo “ariko ahari nashonje” yarapfuye

Muri iyi minsi imvugo ya Nyiramajyambere Esperance igira iti “…ariko ahari nashonje…” yongeye kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro by’abanyarwanda batandukanye, aho ikomeje gukoreshwa mu buryo bwo gusetsa no kwishimisha. Amashusho acicikana kuri izo mbuga agaragaza uyu mubyeyi ashimira ubuyobozi bw’u Rwanda bwamuhaye inzu yo guturamo nk’umwe mu basigajwe inyuma n’amateka. Ariko kandi […]
Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zigiye gucyurwa ku ngufu

Impunzi z’Abarundi zicumbitse mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zikomeje gutabaza, zivuga ko iki gihugu kiri kubahatira gusubira mu gihugu cyabo ku ngufu. Ku wa 1 Ukwakira 2025, habaye inama idasanzwe yabereye mu nkambi ya Nyarugusu, iyobowe na Bwana Georges Ndalo, ushinzwe ibijyanye n’uburezi muri UNHCR. Iyi nama yahuje abagenzuzi, abahagarariye amashuri ndetse […]
APR FC itsinzwe na Pyramids FC

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yatsinzwe na Pyramids FC yo mu Misiri ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2025. Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025, aho abafana ba APR FC bari bitabiriye ku bwinshi baje gushyigikira ikipe yabo. Mu gice cya […]
Diamond Platnumz yavuze ku byo kurongora undi mugore nyuma ya Zuchu

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarongoye undi mugore nyuma ya Zuchu, umukunzi we banabana byemewe. Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye mu kwezi kwa Nyakanga 2025, ibintu byatangaje benshi mu bakunzi babo. Nyuma yaho hakomeje gucicikana ibihuha bivuga ko […]
Rutahizamu wa APR FC agiye kumara amezi abiri adakina

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Quattara, azamara igihe kingana n’amezi abiri atagaragara mu kibuga, kubera uburwayi yakuye mu mikino ya Cecafa Kagame Cup yabereye muri Tanzania. Uyu mukinnyi yasubiye mu rugo adasoje iryo rushanwa, nyuma yo kugerwaho n’indwara. Kuva icyo gihe kugeza ubu ntiyongeye gukinira APR FC. N’ubwo hari amakuru […]
Muhanga: Yaraye asambanya umwana wari waje gusura mushiki we

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yatangaje ko Polisi ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kibangu, Akarere ka Muhanga. Amakuru avuga ko uwo mwana yabuze ku wa 27 Nzeri 2025, hanyuma akaza kuboneka ku itariki ya 28 […]
Ababiligi 22 bakiriwe nk’intwari mu Rwanda

Itsinda ry’abantu 22 bakomoka mu mujyi wa Bertrix mu Ntara ya Luxembourg, mu Bubiligi, ryageze i Kigali mu rwego rwo gushyigikira umukinnyi wabo Remco Evenepoel mu marushanwa y’Isi yo gusiganwa ku magare yabereye bwa mbere ku mugabane wa Afurika. Baje bitwaje amabendera y’u Bubiligi, n’ay’u Rwanda ndetse n’ibirango by’umujyi wa bo. Aba baturage, bamwe muri […]
Rema yanze kwishyura uwamwubakiye inzu

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Divine Ikubor uzwi cyane nka Rema, ari mu bibazo by’amategeko nyuma y’uko Amaka Obasi, nyir’ikigo Arden Lifestyle Company, yamushinje kumusebya no kumwambura amafaranga yari yishyuye mu mushinga wo gusana no gushushanya inzu. Nk’uko byatangajwe na Sahara Reporters, aba bombi bari basinye amasezerano ku itariki ya 4 Mata 2025, agamije gukora imirimo yo gushushanya […]
U Rwanda ntiruzongere gusabwa inzira y’abacanshuro batsindiwe muri Congo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yanenze bikomeye amagambo aherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wavuze ko guverinoma yabo izakomeza gukoresha abacanshuro mu ntambara. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibyo ari ibikorwa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, arimo amasezerano ya OAU/AU yo mu 1977 […]
Kicukiro: Uwari umunyonzi yavuye kureba amagare agerageza kwiyahura

Ingabire Clementine, utuye mu mudugudu wa Nyagafunzo, Akagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga mu karere ka Kicukiro, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gusangwa mu rugo rwe yataye ubwenge ku wa mbere tariki ya 29 Nzeri 2025. Amakuru aturuka mu baturanyi be avuga ko Ingabire, wigeze no gukina umukino w’amagare mu marushanwa ya Ferwacy, yari aherutse […]
Perezida Trump agiye kwishyurwa miliyari 31 na Youtube yafunze shene ye

Kompanyi ya YouTube, iyoborwa na Alphabet Inc., yemeye kwishyura amafaranga agera kuri miliyari 31 y’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo irangize urubanza yarezwemo na Perezida Donald Trump, nyuma yo guhagarikwa ku muyoboro we mu mwaka wa 2021 ubwo habaga imyigaragambyo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mwanzuro ushyira Google mu […]
VISIT RWANDA igiye kwamamazwa muri NBA na NFL

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (Rwanda Development Board, RDB) rwatangije ubufatanye bushya n’amakipe abiri akomeye yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariyo Los Angeles Clippers yo muri NBA na Los Angeles Rams yo muri NFL. Ni ubwa mbere ikirango cy’ubukerarugendo cy’ Afurika kibashije kuba umuterankunga icyarimwe mu makipe akomeye yo muri NBA na NFL, bikaba […]
Yigize umusirikare wa UPDF ndetse aniha ipeti rya Majoro

Ingabo za Uganda (UPDF) zatangaje ko zataye muri yombi Mugwanya Shaban, wiyitaga “Major Shaban”, nyuma yo kumushinja ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo gushimuta abantu, kwiyitirira ubuyobozi no gukoresha inyandiko mpimbano. Mugwanya yafashwe ku wa 27 Kanama 2025 kuri sitasiyo ya lisansi ya Shell mu Karere ka Wakiso, yambaye umwambaro wa gisirikare wa UPDF uriho ipeti […]
Urukiko rwategetse ko Kalisa Adolphe afungwa iminsi 30

Ku wa 29 Nzeri 2025, Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwasomye icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Kalisa Adolphe, uzwi nka Camarade, mu gihe cy’iminsi 30. Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma akurikiranwaho ibyaha, kandi ko kuba ari hanze bishobora kubangamira iperereza ririmo gukorwa. Mu gihe hasomwaga umwanzuro, nta muryango we witabiriye, ariko abanyamakuru bari bahari biteguye […]
Perezida Museveni yavuze ko Eddy Kenzo ari umwana wa Brig. Chef Ali

Umuhanzi w’Umunya-Uganda wamenyekanye ku rwego mpuzamahanga, Eddy Kenzo yatangaje ku mugaragaro ko se ari nyakwigendera Brigadier Chef Ali, umwe mu basirikare 27 ba NRA barwanye urugamba rwashyize Perezida Yoweri Museveni ku butegetsi mu 1986. Ibi byemejwe nyuma y’uko Perezida Museveni ubwe mu muhango wo kumurika alubumu ye i Speke Resort Munyonyo, ku wa Gatandatu, yagaragaje […]
Abafana baherekeje Rayon Sports muri Tanzania bafatiwe nzira

Abakunzi ba Rayon Sports bari bajyanye ikipe yabo muri Tanzania bahagaritswe n’inzego zishinzwe umutekano ubwo bari mu rugendo rwo gusubira mu Rwanda. Byabaye nyuma yo gusanga imodoka bari batwaye yarengeje ibiro byemewe. Aba bafana bari bagendeye mu modoka ya kompanyi ya Ritco, bageze i Dar es Salaam ku wa Gatanu nijoro, aho ikipe yabo yakinaga […]
Perezida wa FIFA yasabye Tshisekedi gushyiraho umuyobozi wa federasiyo vuba

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yahuye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ku wa 25 Nzeri 2025 i New York. Nyuma y’iyi nama, Infantino yavuze ko yishimiye guhura na Perezida Tshisekedi, amwise umukunzi w’umupira w’amaguru. Infantino yasobanuye ko baganiriye ku mishinga itandukanye ya FIFA igenewe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irimo kubaka sitade, ibibuga, amashuri […]
Nyamasheke: Abanyerondo bafashwe biba mu iduka barindaga

Abanyerondo babiri bo mu Murenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, batawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu iduka barimo kwiba. Abo ni Ndayishimiye Elie w’imyaka 19 na Dusingizimana Emmanuel w’imyaka 25, basanzwe bacunga umutekano mu isantere y’ubucuruzi ya Banda. Bafashwe n’abagenzi babo bari kumwe mu irondo, babasanze mu iduka rya Bankundiye Odette. Nyir’iryo duka yari […]
Uwashoraga abakobwa mu busambanyi buteye ubwoba i Dubai arafunzwe

Charles Mwesigwa, uzwi cyane ku izina rya “Abbey”, yatawe muri yombi mu Mujyi wa Dubai nyuma y’iperereza ryihariye rya BBC Eye Investigations ryamugaragaje nk’uyoboye urusobe rw’icuruzwa ry’abagore mu duce tugezweho muri uwo mujyi. Mwesigwa yafatiwe muri Central Prison Centre i Al Awir nk’uko byemejwe n’urugereko rw’amategeko rwa Dubai. Ku rwego mpuzamahanga, Interpol Uganda yari yamushyiriyeho […]
Umujyi wa Kigali wananiwe gushyira mu bikorwa ibishushanyombonera

Raporo yakozwe muri Mata 2025 ku ruhushya rwo kubaka rwagiye rutangwa kuva Nyakanga 2021 kugeza Ukuboza 2024, yagaragaje ko Umujyi wa Kigali wananiwe kugera ku ntego zo gukora ibishushanyombonera byimbitse nk’uko byari biteganyijwe. Depite Tumukunde Hope Gasatura, uyobora Komisiyo y’Abadepite, yavuze ko Umujyi wa Kigali wasobanuye ko ikibazo cyatewe ahanini no kuba gukora ibyo bishushanyo […]
Museveni yafunguye uruganda rukora bisi nshya

Perezida Yoweri Museveni ni we watashye ku mugaragaro uruganda rukora imodoka zitwara abantu benshi rwubatswe i Jinja, ruzwi nka Kiira Vehicle Plant. Museveni yavuze ko ubukungu bwa Uganda buri gukura ku muvuduko wa 7%, yizera ko buzagera kuri 10% mu gihe igihugu kizaba gitangiye gucukura no gucuruza peteroli. Yagize ati: “Dufite icyerekezo cy’ukuri gishobora guhindura […]
Kayonza: Yashatse umugore bageze mu rugo aramwima

Mu karere ka Kayonza hagaragaye inkuru idasanzwe y’umugabo witwa Muhawenimana, wasezeranye n’umukunzi we Tumukunde Alice, ariko bageze mu rugo rwabo rushya, umugore yanga ko batera akabariro. Ibi byabereye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rusave, umurenge wa Murama, mu karere ka Kayonza. Uko byatangiye Nk’uko byatangajwe na Masengesho Clementine, uyobora isibo, Muhawenimana yari amaze gutandukana […]
Mugisha Moïse yikuye muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

Ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, byatangajwe ko umunyarwanda Mugisha Moïse utari mu bakinnyi b’u Rwanda bagombaga gukina isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) muri Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, yasimbujwe kubera ikibazo cy’uburwayi bw’amenyo. Mugisha yagize ikibazo cy’amenyo ubwo yagwaga muri Tour du Rwanda 2025 yabaye muri Gashyantare, agahita atakaza […]
Umukinnyi wakiniye Arsenal yapfuye ku myaka 21

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wahoze mu ikipe ya Arsenal, Billy Vigar yitabye Imana afite imyaka 21 nyuma yo gukomeretswa bikomeye mu mutwe mu mukino yakinnyemo ku wa Gatandatu ushize. Uyu musore wakiniraga Chichester City yakomeretse mu mukino wa Isthmian League Premier Division bahuragamo na Wingate & Finchley. Nyuma y’iminota 13 gusa y’umukino, yahise asohorwa mu kibuga, […]
Burundi: Inka yabyaye inyana itagira umutwe

Muri komine Kiganda, ku musozi wa Munyinya, zone ya Mushikamo, habaye igikorwa cyatangaje aborozi n’abaturage ku wa 23 Nzeri 2025 aho inka yabyaye inyana itagira umutwe. Ubwo inka yari igeze igihe cyo kubyara, nyirayo yagerageje kuyifasha mu kuyibyaza gusa inyana yanga gusohoka. Yahise atabaza muganga w’amatungo muri ako gace, Innocent Bigirimana. Uwo muganga yahise akora […]
Croix-Rouge yavuze ku ifoto y’umukorerabushake wayo iri kuvugisha benshi

Umuryango utabara imbabare, Croix-Rouge Rwanda watangaje ko ifoto ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga igaragaza umukorerabushake wayo ari kumwe n’umukinnyi w’umuzungu muri Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare iri kubera mu Rwanda, ntaho ihuriye n’ukuri kuri kuyivugwaho. Iyo foto yagaragaje umukorerabushake w’igitsina gore ahagararanye n’umukinnyi, bigasa nk’aho bari guhana nimero za telefoni. Nyuma y’aho igiye hanze, […]
Uganda: Polisi mu mvururu n’abashyigikiye Bobi Wine

Polisi ya Uganda yagize icyo ivuga nyuma y’uko hagaragaye amashusho anyuranaho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi basenya ibirango byamamaza Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida w’ishyaka NUP (National Unity Platform), ku munsi wa gatatu wo ku wa 24 Nzeri 2025. Amashusho yafatiwe mu mujyi wa Mbale ndetse no mu gice cy’ubucuruzi cya Kampala, agaragaza […]
Bugesera: Yishe umugore we bamaze gutera akabariro mu rutoki

Mu karere ka Bugesera, umurenge wa Mayange, akagari ka Mbyo mu mudugudu wa Cyaruhirira, haravugwa umugabo ukurikiranyweho kwica umugore babanaga nk’umugabo n’umugore, nyuma yo kurangiza igikorwa cyo gutera akabariro mu rutoki, nk’uko byemezwa n’abaturage. Abahaturiye bavuga ko aba bombi bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane, nubwo babanaga ntabwo bari barasezeranye mu mategeko. Bivugwa ko umugore yari […]
Miliyoni 31 Frw nizo yanyereje! Akantu ku kandi ku byavugiwe mu rukiko ubwo Camarade yaburanaga

Urubanza ruregwamo Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), rwongeye gusubukurwa kuri uyu wa Kane taliki ya 25 Nzeri 2025. Me. Bizimana Emmanuel, umwunganizi wa Camarade, yongeye kuzamura inzitizi asaba ko urubanza rwaregerwa urukiko rubifitiye ububasha, kuko ibyaha aregwa byose yabikoze akiri ku mwanya w’Umunyamabanga wa FERWAFA […]
Ukraine yaturikije indege y’igisirikare cy’Uburusiya

Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zatangaje ko mu masaha ya mu gitondo yo ku wa 25 Nzeri 2025 zarashe indege ya gisirikare y’Uburusiya yo mu bwoko bwa Su-34 fighter-bomber mu gice cya Zaporizhzhia. Iyi ndege bivugwa ko yari irimo kugaba ibitero ku mujyi wa Zaporizhzhia ikoresheje amabombe. Ingabo za Ukraine zavuze ko iyi Su-34 […]
Polisi y’u Rwanda yafunze abantu 24 bacukuraga Zahabu

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yafashe abantu 24 bari mu bikorwa byo gucukura zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bangiza imyaka n’imirima y’abaturage. Mu gitondo cyo ku wa 24 Nzeri 2025, abo bantu bafatiwe mu Kagali ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, hifashishijwe ikoranabuhanga rya drone ryakurikiranaga aho bari bihishe nyuma yo […]
Indege itwaye Minisitiri w’Ingabo wa Espagne yabuze icyerekezo igeze mu Burisiya

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Espagne bwatangaje ko indege y’igisirikare cy’icyo gihugu yari itwaye Minisitiri w’Ingabo, Margarita Robles, yagize ikibazo gikomeye cy’ikoranabuhanga ubwo yanyuraga hafi y’intara ya Kaliningrad, y’Uburusiya, izwiho kuba ibirindiro bikomeye bya gisirikare. Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatatu, Espagne ivuga ko iyo ndege yajyaga muri Lituaniya mu ruzinduko rw’akazi, yahungabanyijwe n’ibikorwa bikekwa ko […]
Lorenzo yasabye ubwishingize muri RIB nyuma y’uko Super Manager amwise umutinganyi

Umunyamakuru Lorenzo Musangamfura yasabye ubufasha Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’uko mu kiganiro cyaciye kuri shene ya YouTube, Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager, amuvuzeho amagambo afatwa nk’ateye ubwoba kandi yuzuyemo ivangura. Mu mashusho y’iki kiganiro yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, Super Manager yumvikana ashinja Lorenzo ibikorwa byo kuba umutinganyi, amushinja no kuba “umwaku”, ndetse […]
Icyo FERWACY ivuga kuri Jean Bosco watwaye Tour du Rwanda usigaye ari umunyonzi

Nsengimana Jean Bosco, wahoze ari umwe mu bakinnyi b’ibirangirire mu mukino w’amagare mu Rwanda, akaza kwisanga mu bwo gutwara abantu ku igare mu Byangabo, ariko FERWACY itangaza ko yiteguye kumufasha mu rugendo rushya yatangiye nk’umutoza. Jean Bosco Nsengimana ni izina rikomeye ryari rizwi cyane mu mukino w’amagare mu Rwanda no mu karere. Yamenyekanye cyane nyuma […]
Iby’ingenzi ku itegeko ryemerera gutwitira undi mu Rwanda

U Rwanda rwemeje ku mugaragaro itegeko rishya rigenga serivisi z’ubuvuzi, aho ku nshuro ya mbere ryemera ko umuntu ashobora gutwitira undi (surrogacy). Iri tegeko rishyiraho amabwiriza akomeye kugira ngo ibikorwa nk’ibi bikorwe mu buryo bwemewe n’amategeko. Iri tegeko No 026/2025 ryasohotse mu igazeti ya Leta idasanzwe ku wa 18 Nzeri 2025, rikubiyemo ingingo 111 zitandukanye. […]
Mali, Burkina Faso na Niger byikuye muri ICC

Ibihugu bitatu byo muri Afurika y’Uburengerazuba, Mali, Burkina Faso na Niger, byatangaje ko byikuye mu Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), bivuga ko uru rukiko rukoreshwa nk’“igikoresho cy’ubukoloni bushya.” Itangazo ryasohotse ku wa Mbere, ryasobanuye ko ibi bihugu biyobowe n’abasirikare bitakibonamo ubushobozi bwo gukurikirana ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’ubugome n’ibyaha bya Jenoside. Mali, Burkina Faso […]
Umwana w’imyaka 13 yagendeye mu ipine ry’indege mu rugendo rw’iminota 94

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 ukomoka mu mujyi wa Kunduz muri Afghanistan yabashije kurokoka urugendo rw’iminota 94 ari mu cyuma cy’amapine y’indege, ubwo yinjiraga mu ndege ya KAM Air yari ivuye i Kabul ijya i Delhi mu Buhinde. Nk’uko byatangajwe n’abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege cya Indira Gandhi (CISF), uwo mwana yifuzaga kujya muri Irani, ariko […]
Teta Sandra amereye nabi umugabo we Weasel

Ku mugoroba wo ku wa 22 Nzeri 2025, ikinyamakuru Galaxy cyo muri Uganda cyashyize hanze amashusho n’amajwi agaragaza umuhanzi Weasel asaba ubufasha, avuga ko umugore we Sandra Teta akomeje kumufata nabi. Mu majwi yumvikanamo umuborogo, Weasel ashinja Teta ko atigeze amuvuza ukuguru kwe kwangiritse ubwo yamugongaga, kandi agasaba ko yakurwa iwe muri Neverland. Muri ayo […]
Pologne yiyemeje kurasa indege z’Uburusiya

Minisitiri w’Intebe wa Pologne, Donald Tusk yatangaje ko igihugu cye kitazigera cyihanganira indege cyangwa ibindi bikoresho by’igisirikare by’Uburusiya byinjira mu kirere cya Pologne nta burenganzira. “Ibi ndabivuga mu buryo bweruye: tuzafata umwanzuro wo kurasa ikintu cyose cy’indege kizinjira ku butaka bwa Pologne, nta biganiro cyangwa kuganira bizabaho. Nta mwanya wo kujya impaka kuri byo.” Tusk […]
Abanyeshuri basenye ishuri ryanze kubereka umukino Arsenal na Man City

Ishuri rya Litein Boys’ High School ryo mu karere ka Kericho, muri Kenya, ryafunzwe by’agateganyo nyuma y’imyigaragambyo y’abanyeshuri yabaye ku cyumweru nijoro. Iyo myigaragambyo yaje kugera aho abanyeshuri batwika ibyumba by’amacumbi n’amashuri, ibintu bifite agaciro ka miliyoni nyinshi z’amashilingi birangirika. Amakuru dukesha TUKO.co.ke avuga ko ibi byatangiriye ku kibazo cyoroheje: ubuyobozi bw’ishuri bwangiye abanyeshuri kureba […]
Umuzamu wa Rayon Sports yaguye mu muferege

Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports FC, Drissa Kouyaté yajyanywe kwa muganga n’ambulance nyuma yo kugwa mu muferege uherereye inyuma ya stade, ahazwi nko kwa Thoma, aho amakipe asohokera avuye mu kibuga. Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025, nyuma y’umukino ubanza w’ijonjora rya CAF Confederations Cup, aho Rayon Sports […]
Kigali: Padiri aravugwaho gusenya urugo rw’abandi

Padiri Ngirumpatse Eugène, ukorera kuri Paruwasi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera, ntiyorohewe nyuma y’uko umugabo utuye mu Karere ka Kicukiro amushinje kumusenyera urugo binyuze mukumusambanyiriza umugore. Uyu mugabo avuga ko afite ibimenyetso bifatika bigaragaza uburyo Padiri yakundanye n’umugore we mu ibanga, birimo ubutumwa bwo kuri WhatsApp bagiranye, aho bigaragara ko Padiri amubwira amagambo y’urukundo […]
Perezida Ramaphosa yategetse ko umunyamakuru wazungurije ikibuno mu muhanda afungwa

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko yategetse inzego z’umutekano gufata umunyamakuru w’icyamamare kuri radiyo, Penny Ntuli ndetse n’inshuti ye, nyuma y’amashusho yabo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bari kubyina ku muhanda. Amashusho yagaragaje abo bombi babyina hafi y’imodoka zinyuraho ku muvuduko, ibintu byatumye bamwe babifata nk’imyidagaduro, abandi bakabigaya nk’imyitwarire ishobora guteza impanuka. Mu itangazo […]
Nyina wa Massamba Intore yapfuye

Umuhanzi w’umuco nyarwanda, Massamba Intore, ari mu kababaro nyuma y’urupfu rwa nyina witabye Imana ku wa 18 Nzeri 2025 mu bitaro bya Kanombe, aho yari arwariye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Massamba yatangaje ko ikiriyo cyo kwibuka ubuzima bw’uyu mubyeyi cyatangiye, yongeraho amagambo yuzuye agahinda ati:“Nguwo uwafashije Gitare kundema, Imana imwakire mu bayo, isangire Sentore […]
Kalisa Adolphe ‘Camarade’ yageze mu rukiko atiteguye

Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo. Camarade ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo yageze ku rukiko ari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Iburanisha ry’urubanza rwa Kalisa ryatangiye nta bantu benshi baryitabiriye uretse abari kumwe na we […]
Umva icyo umunyamatego avuga ku kibazo cya Chantal n’uwahoze ari Minisiteri wamubeshye kumurongora

Urubanza rudasanzwe ruri imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye tariki ya 16 Nzeri 2025, aho Muganga Chantal w’imyaka 44 arega Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo, amushinja kumubeshya urukundo bikarangira amusigiye ibikomere byo mu mutima. Chantal avuga ko yamaze imyaka myinshi yizeye ko Nsabimana azamurongora, ariko byaje kurangira ashatse undi mugore, baza ni kubyarana. […]
DRC: ADF yishe Abakirisitu barenga 100 bari gushyingura

Ku wa Mbere nimugoroba, tariki ya 8 Nzeri 2025, inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Forces) zifitanye isano n’umutwe wa Islamic State zagabye ibitero mu bice bya Ntoyo na Potodu, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Amakuru yemeza ko muri Ntoyo hiciwe Abakirisitu barenga 70, mu gihe abandi barenga 30 biciwe i Potodu, […]
Kigali: Uwahoze ari Minisitiri yijeje umugore kurongora ntiyabikora none bimugeze kure

Ku wa 16 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo. Uregwa ashinjwa na Muganga Chantal, uvuga ko yamubeshye urukundo amwizeza kuzamugira umugore, nyuma akamuta agashaka undi mugore. Urega avuga ko ibi byamugizeho ingaruka zikomeye, zirimo uburwayi budakira. Muganga Chantal avuga ko we na Dr Nsabimana bakundanye […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico batatu batemye abaturage

Mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira 17 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi, Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byakorwaga n’abagabo batatu bitwaje intwaro gakondo. Aba bagizi ba nabi bari barimo gutema abaturage mu kabari no kubambura ibyo bari bafite. Ababonye […]
RIB yihanangirije inkumi zishaka kurya amafaranga y’abasore nta cyo babakoreye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye ko rutajya rufunga umuntu nta bimenyetso, ahubwo mbere hakorwa iperereza ryimbitse. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, nyuma y’ikiganiro cyanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho umukobwa witwa Solange (Soso) yavuze ko umukobwa ashobora guhimba ikirego cy’uko afashwe ku ngufu kugira ngo akuremo amafaranga menshi. Muri icyo kiganiro yari […]
Inzu ya miliyari 1 Frw ya Miss Jolly iri kuvugisha benshi

Miss Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ari kurangiza imirimo yo gutunganya inzu nshya yubatswe ku buryo bugezweho, ifite agaciro karenga miliyoni 800 Frw kugeza kuri miliyari. Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragara Miss Jolly yinjira mu nzu ye nini igizwe n’ibyumba byinshi, ikagira pisine, parikingi ndetse n’ikibuga kinini cyo hanze. Amakuru […]
Bishop Gafaranga yasabiye gufungwa imyaka 5

Ku wa 15 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije mu muhezo Habiyaremye Zacharie, uzwi nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha batandukanye yakoreye umugore we Anet Murava. Ubushinjacyaha bwamushinje ibyaha bibiri: guhoza ku nkeke no gukubita no gukomeretsa umugore we, Murava Annette. Murava yavuze ko yahoraga ahangayikishwa n’amagambo mabi, guhatirwa imibonano mpuzabitsina, ndetse no gukubitwa, bigatuma […]
Tanzania: Abanyarwanda n’Abarundi 34 barafunzwe

Mu rwego rwo gukaza umutekano w’igihugu mbere y’amatora rusange ateganyijwe mu Ukwakira 2025, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Tanzania rwatangaje ko rwafatiye mu Karere ka Mbogwe, Intara ya Geita, abantu 34 b’abimukira binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko baturutse mu Burundi no mu Rwanda. Ibi byabaye mu gihe hakomeje ibikorwa byihariye bigamije guhashya ubwinshi […]
Abafana ba Marseille barwanye na Polisi ibahata imihini

Mu gihe umukino wari ugiye gutangira ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha y’i Burayi (9:00PM CET) kuri sitade ya Real Madrid Santiago Bernabéu, habanje kubaho imvururu zikomeye hagati y’abafana b’ikipe ya Marseille n’inzego z’umutekano za Espagne. Abafana benshi baturutse mu Bufaransa bari baje gushyigikira ikipe yabo, ariko imbere ya sitade habayeho ubushyamirane n’abapolisi […]
Amagare azanyura imbere muri Bk Arena

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, hazaba harimo udushya tudakunze kuboneka. Icya mbere yavuze ni uko isiganwa ryo gusiganwa n’ibihe (Time Trial), risanzwe ribera mu muhanda, ubu rizabera ahantu hafunze, […]
Abakozi ba FERWAFA barafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda mu iperereza rikorerwa bamwe mu bakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), barimo Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru waryo. Itangazo RIB yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Nzeri 2025, ryemeje amakuru yari amaze iminsi avugwa ko hari abatawe muri yombi. […]
UPDF yishe umuyobozi mukuru wa Al-Shabaab

Ingabo za Uganda (UPDF) ziri mu butumwa bwa African Union Support Mission in Somalia (AUSSOM) zatangaje ko zishe umuyobozi mukuru w’inyeshyamba za Al-Shabaab mu karere ka Lower Shabelle muri Somaliya. Uyu muyobozi witwa Osman Hussein Bune Amiir wari uzwi nk’umugaba mukuru w’ingabo za Al-Shabaab muri ako gace, yishwe ku wa 14 Nzeri 2025 mu gitero […]
Kigali: Amashuri yose agiye gufungwa

Minisiteri y’Uburezi ifatanyije n’Umujyi wa Kigali yatangaje ko amashuri yose aherereye muri Kigali azafungwa by’agateganyo guhera ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025. Ibi bizakorwa mu rwego rwo gutegura no kwakira neza isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships), rizitabirwa n’ibihugu bitandukanye byo ku isi. Ubu bufatanye bugamije kwirinda ko […]
Ubusambanyi buteye ubwoba bukorerwa abakobwa i Dubai

Mu mujyi wa Dubai, uzwi cyane ku isi kubera inyubako ndende, ubutunzi n’ubutwari mu ikoranabuhanga, hari indi sura itagaragarira buri wese. Ni isura y’agahinda, imiborogo n’amarira y’abakobwa baturuka muri Afurika, cyane cyane abo muri Uganda, bashorwa mu bikorwa by’ubusambanyi biteye ubwoba. Abenshi muri abo bakobwa babwirwa ko bagiye kubona akazi mu mahoteli, mu masoko cyangwa […]
Israel iri gushyirwa mu kato n’isi yose

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku wa 15 Nzeri 2025 yemeye ko igihugu cye kiri mu nzira yo gushyirwa mu kato ku rwego mpuzamahanga bitewe n’intambara imaze hafi imyaka ibiri muri Gaza. Ibi yabivugiye i Tel Aviv mu nama yateguwe na minisiteri y’imari, Netanyahu yasobanuye ko icyo kibazo gishobora kumara imyaka myinshi, bityo Israel […]