Malawi: Papa Francis yemeje ko ba Musenyeri bateye inda ababikira 30

167232379_590952.jpg

Umushumba wa kiliziya gatolika ku Isi, Papa Francis yatangaje ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa ababikira rikomeje gufata indi ntera, atanga urugero rwa Musenyeri bo muri Malawi wateye inda ababikira 30. Ni inkuru yasakaye iturutse ku gitangazamakuru gisohora impapuro cyo muri iki gihugu cyitwa Malawi Mail, gusa ntiyeruye ngo ivuge amazina y’aba bihaye Imana bakoze […]

Minisitiri Biruta abona ibyo u Burundi buherutse gutangaza ku Rwanda bitangaje

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Vincent Biruta kuri uyu wa 12 Kanama 2020 yatangaje ko ibyo Guverinoma y’u Burundi buherutse gutangaza ku Rwanda bitangaje. Tariki ya 6 Kanama 2020, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashishikarije impunzi z’Abarundi gutaha, gusa avuga ko hari ibihugu byazifashe bugwate nk’u Rwanda. Uyu Mukuru w’Igihugu yanatangaje ko asaba u Rwanda kohereza […]

Huye: Bamaze amezi atatu bavoma amazi kuri ‘robinet’ isohokamo imyanda

img-20200812-wa0012_1597224008700.jpg

Abaturage batuye mu Mudugudu w’Ubwiyunge, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba w’Akarere ka Huye baratakira leta bitewe n’amazi bamaze amezi atatu bavomera ku ivomero rusange bavuga ko azamo imyanda isa n’umugese cyangwa amakara, akaba ateye impungenge ubuzima bwabo. Umuturage utuye muri uyu mudugudu ati: “Turi kunywa amazi arimo ibintu bisa nabi by’umukara, ngira ngo namwe […]

Rwanda: Abantu 86 bakize Covid-19 mu masaha 24

efkj-7dwaaasgjp.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 19 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5153 byafashwe. Abagaragayeho iki cyorezo ni 10 bo mu mujyi wa Kigali, bahuye n’abanduye n’abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi. Hari kandi 6 babonetse mu Karere ka Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu […]

Menya ibirambuye ku ngabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere

48914951627_7bfd0dc496_c_1597136701743.jpg

Iteka rya Perezida No. 33/01 ryo ku wa 03/09/2012 rigena imiterere n’inshingano zihariye bya buri cyiciro kigize ingabo z’u Rwanda. Ingingo ya kabiri yaryo ivuga ko izi ngabo zibumbiye mu byiciro bitatu: Ingabo zo ku butaka (RLF: Rwanda Land Force) , izo mu kirere (RAF: Rwanda Airforce) n’Inkeragutabara (NRF: National Reserve Force). Iri teka rivuga […]

Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye

Umuryango wa RPF Inkotanyi watangaje ko Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye kuri uyu wa 11 Kanama 2020 azize uburwayi. Mu butumwa uyu muryango wanyujije ku rubuga rwa Twitter, wagize ati: “Mu izina ry’Umuryango RPF Inkotanyi, Umunyamabanga Mukuru Hon. François Ngarambe arihanganisha umuryango wa Ambasaderi Kamali Karegesa witabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize uburwayi. Ambasaderi Kamali […]

U Burusiya bwemeje ko bwabonye urukingo rwa Covid-19, rwageragerejwe ku mwana wa Perezida

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko abashakashatsi b’iwabo bavumbuye urukingo rwa Covid-19, ndetse ko barugeragereje no ku mukobwa we, bigaragara ko rukora. Perezida Putin mu gitondo kuri televiziyo y’Igihugu, yagize ati: “Muri iki gitondo, urukingo rwa mbere rwa Coronavirus rwabonetse.” Yakomeje agira ati: “Umwe mu bakobwa banjye yakingiwe, […]

Bukavu: Umuyobozi wa kaminuza ikomeye yateranye amakofe n’ibyegera bye karahava

20200122151215486446-isdr.jpg

Umuyobozi Mukuru wa kaminuza ya ISDR (Institut Superieur pour la Development Rural) iherereye mu mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ya RDC, Muchukiwa Rukakiza tariki ya 8 Kanama 2020 yateranye amakofe n’ibyegera bye, ahakura uruguma ku gahanga. Tariki ya 30 Nyakanga 2020, ni bwo Inteko rusange ya ISDR yizemo abantu bakomeye mu burasirazuba […]

Kigali na Rubavu hagaragaye abantu 12 banduye Covid-19

effiep9x0aa83kn.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Kanama 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 12 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5720 byafashwe. Abagaragayeho iki cyorezo ni 6 bo mu mujyi wa Kigali, bahuye n’abanduye, ndetse na batatu babonetse mu Karere ka Rubavu. Abamaze gukira Covid-19 bageze ku 1392 barimo 46 b’uyu munsi. Muri rusange, […]

M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru

Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w’2020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w’Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n’ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ntabwo habayeho ubusabane nk’uko byari bisanzwe ariko abarinzi b’umuco n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko […]

Shaddy Boo arasobanuza impamvu Polisi yinjira mu mazu y’abantu nta rupapuro rw’isaka ifite

Icyamamare mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, cyane cyane urwa Instagram, Mbabazi Shadia uzwi nka ‘Shaddy Boo’ kuri iki cyumweru , uyu yabajije Polisi y’u Rwanda uburyo isigaye yinjira mu mazu y’abantu nta rupapuro rw’isaka ifite. “Muraho Rwanda Police Nshaka kubaza ese searching warrant (urupapuro rw’isaka) imaze iki niba polisi isigaye yinjira mu mazu y’abantu igasaka nta […]

Abantu 9 bafatiwe kwa Miss Vivine wigeze kwandura Covid-19 bahagize akabari

0f547d90-4f62-44a4-8df8-58ad2293014c_w640_h360_s.jpg

Mu ijoro ry’uyu wa 9 Kanama 2020, abantu 9 bafatiwe mu rugo rwa Miss Vivine Uwizeye wigeze kwandura icyorezo cya Covid-19, mu Mudugudu wa Ihuriro, Akagari ka Gatenga, Umurenge wa Gatenga ho mu Karere ka Kicukiro barugize akabari. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatenga, Mugisha Emmanuel yahamirije bwiza.com aya makuru, gusa avuga ko Miss Viviane we […]

Rwanda: Umuntu wa 7 yishwe na Covid-19

ee_67guxoaubpch.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Kanama 2020 yatangaje ko umuntu wa karindwi yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 77 y’amavuko wapfiriye mu Mujyi wa Kigali nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje mu butumwa bwihanganisha umuryango we wasigaye. Abagaragayeho iki cyorezo ni 6 bo mu mujyi wa Kigali gusa, bahuye n’abanduye. Aba babonetse […]

Ingabire Victoire yongeye guhura n’umukobwa we nyuma y’imyaka 10

Umuyobozi w’ishyaka rya DALFA-Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Ingabire Victoire Umuhoza kuri uyu wa 9 Kanama 2020 yatangaje ko yongeye kubona umukobwa we, Raissa Ujeneza nyuma y’imyaka 10. Uyu munyapolitiki yatangarije ubu butumwa ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Nyuma y’imyaka 10 nishimiye cyane kongera kubona umukobwa wanjye Raissa waje kunsura ari kumwe n’abana […]

Gukurwaho kw’Inteko y’Ururimi n’Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?

Itegeko No. 01/2010 ryo ku wa 29/01/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n’imikorere yayo nk’uko bigaragara mu igazeti ya leta y’u Rwanda yo ku wa 05/02/2010. Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko […]

Inyuguti ‘X’ na ‘Q’ zakuruye ibibazo mu rurimi rw’Ikinyarwanda

ee9wim_x0aeqks9-1.jpg

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi, REB, cyasohoye igibo cy’Ikinyarwanda kirimo inkuru zisomerwa abana. Ku gifuniko cyacyo hagaragara inyuguti 26, mu gihe muri uru rurimi ubusanzwe bizwi ko habamo 24. Inyuguti ziyongereye kuri izi 24, ni ‘X’ na ‘Q’ zisanzwe zikoreshwa mu zindi ndimi mvamahanga nk’Igifaransa n’Icyongereza. Nyuma y’aho iki gitabo kigaragariye, hazamuwe ibibazo byinshi, hibazwa amagambo […]

Rwanda: Umuntu wa 6 yishwe na Covid-19

ee7klrvwsaira2x.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Kanama 2020 yatangaje ko umuntu wa gatandatu yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 51 y’amavuko wapfiriye mu Mujyi wa Kigali nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje mu butumwa bwihanganisha umuryango we wasigaye. Abagaragayeho iki cyorezo ni 6 bo mu mujyi wa Kigali gusa, bahuye n’abanduye. Aba babonetse […]

Guverinoma y’u Burundi yasubije impunzi ziri mu Rwanda zayandikiye ziyisaba ubufasha

Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 8 Kanama 2020, yemeye gufasha impunzi z’Abarundi 331 ziri mu nkambi ya Mahama, zifuza gutaha mu gihugu cy’amavuko. Ibi bikubiye mu butumwa bwanditse bw’Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye, bivuga ko bwiteguye kwakira aba Barundi bahunze mu 2015 ubwo igihugu cyabo cyarimo umutekano muke. Guverinoma y’u Burundi […]

Bitwaye iki kuba Museveni yaba ari Umunyarwanda?_Perezida Museveni

Umuhungu wa Yoweri Museveni uyoboye Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse ku butumwa bwa se mu 1986 ubwo yari amaze gufata ubutegetsi, aho yibaza icyo byaba bitwaye aramutse ari Umunyarwanda. Ku butegetsi bwa Milton Obote, Yoweri Museveni washinze umutwe wigometse wa NRA (National Resistance Army) yitwaga Umunyarwanda. Muri iyi videwo, yibajije ati: “Obote buri gihe […]

Menya byinshi ku birango n’amapeti by’urwego rwihariye rucunga amagereza

dsc_3727-1e087_1596885456058.jpg

Nyuma y’ubusabe bwa bamwe mu bakurikira bwiza.com basomye inkuru zibamenyesha ibirango n’amapeti y’igisirikare n’ay’igipolisi by’u Rwanda, twateguye n’indi y’abacungagereza, urwego rukumbi rwahawe inshingano zo kurinda umutekano w’imfungwa n’abagororwa. Iteka rya Perezida No. 31/01 ryo ku wa 24/1/2018 ni ryo rishyiraho sitati yihariye y’abacungagereza rikanagena ibirango n’amapeti bihabwa abacungagereza, mu nzego eshanu barimo. Hashingiwe ku mapeti, […]

Amagambo atoroshye ya Museveni na Ndayishimiye ku Rwanda mu cyumweru kimwe

Mu minsi itatu gusa y’iki cyumweru, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi batangaje amagambo yafatwa ko ‘atoroshye’ ku Rwanda, aya akaba yerekana ko kubana neza n’iki gihugu (u Rwanda) byari byitezwe bishobora kuba biri kure nk’ukwezi [niba atari ibya politiki bitungurana buri kanya]. Tariki ya 4 Kanama 2020, Perezida Museveni uyoboye […]

Rubavu, Kigali na Rulindo habonetse abantu 17 banduye Covid-19

ee2izsnxoacm6qt.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 17 banduye Covid-19 mu bipimo 2902 byafashwe. Harimo 12 babonetse mu Karere ka Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato. Hari kandi 4 babonetse mu mujyi wa Kigali n’umwe wabonetse mu Karere ka Rulindo. Abamaze gukira muri rusange ni […]

Uvira: Umusirikare wasinze akica abaturage 14 yafashwe

screenshot_20200807-173657_1596814653403.jpg

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ThĂ©o Kasi, yatangaje ko umusirikare wasinze akica abaturage 14 muri Teritwari ya Uvira yatawe muri yombi kuri uyu wa 7 Kanama 2020. Uyu musirikare yafatiwe n’urubyiruko mu giturage cya Nyangezi cyegereye umujyi wa Bukavu, rufatanyije n’abashinzwe umutekano. Byabaye mu masaha y’ijoro. Guverineri Kasi yemeje […]

Burundi: Imirambo y’abantu 12 bakekwaho kuba abasirikare yabonetse mu ishyamba rya Kibira

Imirambo y’abantu 12 bambaye impuzankano isa n’igisirikare cy’u Burundi yabonetse mu ishyamba rya Kibira, ahaherera mu giturage cya Gafumbegeti muri Komine ya Mabaye mu Ntara ya Cibitoke. Sos Media yatangaje ko abaturage baho bayibwiye ko iyi mirambo yabonetse nyuma y’uko mu minsi ine ishize, muri Gafumbegeti huvikanye urusaku rw’amasasu. Abayibonye kandi bavuga ko imwe muri […]

Uganda: Yareze Leta yakwirakwije udukingirizo, yadukoresha akandura SIDA

Umugande witwa Joseph Kintu yagiye kurega mu Rukiko Rukuru ikigo cy’igihugu gishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’imiti (Maristopes) impamvu cyemeye ko udukingirizo twa Life Guard dukwirakwizwa mu baturage, we yadukoresha akandura virusi itera SIDA n’Imitezi. Kintu avuga ko udukingirizo twa Life Guard yatuguriye muri farumasi (pharmacy) yitwa Shifah mu karere ka Ibanda, arangije ajya mu gikorwa cy’imibonano […]

Kigali na Rusizi habonetse abantu 7 banduye Covid-19

eewr8gkxgama-2z.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 6 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 6 banduye Covid-19 mu bipimo 3196 byafashwe. Harimo 5 babonetse mu Mujyi wa Kigali bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse na 2 babonetse mu Karere ka Rusizi. Abamaze gukira muri rusange ni 1258 barimo 21 b’uyu munsi. Abanduye bose bamaze kuba […]

Rubavu: Abayobozi umunani basabwe gusobanura iby’umupira w’amaguru uherutse kuba

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu bwasabye kwisobanura abayobozi umunani barimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, abashinzwe iterambere ry’ubukungu mu tugari ndetse n’abayobozi b’imidugudu, bitewe n’irushanwa ry’umupira w’amaguru abanyeshuri bateguye, rikaba tariki ya 2 Kanama 2020. Aba bose bari mu Murenge wa Busasamana. Barimo: Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gihonga, Niyonsaba Tharcisse, Ntakirutimana Jean Paul ushinzwe […]

Abaganga basezereye umubyeyi uherutse kubyara yaranduye Covid-19

Umubyeyi witwa Cyizanye Marie BĂ©ata w’imyaka 41 y’amavuko uherutse kubyarira mu kigo cyita ku barwayi ba Covid-19 cya Rugerero mu Karere ya Rubavu yatashye mu rugo kuri uyu wa 6 Kanama 2020. Aya makuru yemejwe n’umuyobozi w’iki kigo nk’uko byemejwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru, RBA mu kanya gashize. Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima mu Rwanda, RBC, […]

Abacamanza babiri bigometse kuri Perezida Tshisekedi banga kurahira

eema0vixkamuqdl_1596701076771.jpg

Abacamanza babiri muri 64 baherutse guhabwa inshingano mu nkiko zitandukanye kuri uyu wa 4 Kanama 2020 bigometse kuri Perezida Tshisekedi, banga kwitabira umuhango wo kubarahiza. Aba ni NoĂ«l Kilomba Ngozi Mala na Jean Ubulu Pungu bari basanzwe bakora mu rukiko rusumba izindi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bakimurirwa mu rukiko rusesa imanza tariki ya […]

Kigali na Nyagatare habonetse abantu 5 banduye Covid-19

img-20200805-wa0064.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 5 banduye Covid-19 mu bipimo 4598 byafashwe. Harimo 4 babonetse mu Mujyi wa Kigali bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse n’1 wabonetse mu Karere ka Nyagatare. Abamaze gukira muri rusange ni 1237 barimo 15 b’uyu munsi. Abanduye bose bamaze kuba 3004, […]

Huye: Gitifu yanze gusezeranya umugabo amuziza muramu we w’umunyarugomo

Nyabyenda Yohana

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, Uwimabera Clemence, tariki ya 30 Nyakanga 2020 yanze gusezeranya Nzindukiyimana Jeremie utuye mu mudugudu wa Gahanga mu Kagari ka Rugango amuhora urugomo rwa muramu we. Nzindukiyimana uvuga ko yarenganyijwe yagize ati: “Nari niteguye bihagije, nagiye gusezerana kuko nari nujuje ibisabwa, mu murenge nta kibazo mfite, sinakerewe […]

Menya amapeti y’Igipolisi cy’u Rwanda n’uburyo yambarwa

c.jpg

Iteka rya Minisitiri No. 01/12 ryo ku wa 13/12/2012 ryavuguruwe mu 2015, rigena ibirango bya polisi y’u Rwanda byerekeye ibendera, amapeti n’ikirangantego. Ingingo ya 2 y’iri teka ivuga ko umupolisi w’u Rwanda arangwa n’ikarita itangwa n’umuyobozi mukuru, IGP (Inspector General of Police), ndetse n’imyambaro y’akazi hamwe n’amapeti agaragaza urwego afite muri polisi. Ingingo ya 4 […]

Rwanda: Umubare w’abakirwaye Covid-19 wamanutseho 46

img_20200804_225304.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 7 banduye Covid-19 mu bipimo 3072 byafashwe. Harimo 4 babonetse mu Karere ka Rusizi, bahuye n’abanduye, 2 babonetse mu mujyi wa Kigali n’1 wo muri Nyamasheke. Abamaze gukira muri rusange ni 1222 barimo 53 b’uyu munsi. Abanduye bose bamaze kuba 2099, […]

Liban: Habaye iturika ridasanzwe mu murwa mukuru, hapfa 30 abagera ku 3000 barakomereka

img_20200804_211644.jpg

Mu mugoroba w’uyu wa 4 Kanama 2020, mu murwa wa Liban, Beirut habaye iturika ridasanzwe ryaguyemo abantu bagera kuri 30, abandi bagera ku 3000 bakomeretse. Guverineri wa Beirut, Marwan Abboud yageze aho iri turika ryabereye bimwanga mu nda, asuka amarira, arangije abwira itangazamakuru ati: “Mu buzima sinigeze mbona kwangirika kugeza aha. Ibi binyibukije ibyabereye Hiroshima […]

Ku munsi nk’uyu: Ingabo zari ziyobowe na Gen. Kabarebe zafashe ibirindiro bya Kitona

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zafashije Laurent Desire Kabila guhirika ubutegetsi bwa Mobutu Sese Seko, ategeka kuva tariki ya 17 Gicurasi 1997. Amaze gufata izi nshingano yahaye imyanya ikomeye abasirikare bo muri ibi bihugu, agira Gen. James Kabarebe Umugaba Mukuru w’Ingabo. Gusa bigeze tariki ya 14 Nyakanga 1998, Laurent Kabila yakuye Gen. Kabarebe kuri uyu […]

Abantu 73,312 bahaniwe kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu minsi 15

img_20200804_114316.jpg

Kuva tariki ya 17 Nyakanga 2020 kugeza tariki ya 31, abantu 73,312 hirya no hino mu Ntara z’igihugu n’umujyi wa Kigali bahaniwe kutubahiriza amabwiriza atandukanye yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ibihano byagiye bitangwa birimo kurazwa ku bibuga by’umupira w’amaguru, gufungirwa utubari no gufatirwa ibinyababiziga. Bigaragara muri raporo ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yateguwe ku bufatanye na […]

Gahunda yo kwigisha abana mu rurimi kavukire igiye kuvaho

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi, Dr. Ndayambaje Irenee ku wa 30 Nyakanga 2020 yatangaje ko ubwo amashuri azaba afunguye, abana bose baziga amasomo mu rurimi rw’Icyongereza. Ni gahunda igiye kuza ivuguruza iyari yashyizweho mu mpera za 2019, yemereraga abana biga mu mashuri y’incuke n’icyiciro kibanza cy’amashuri abanza (kuva mu wa mbere kugera mu wa […]

Tito Rutaremara yavuze ku mitego y’ibinyoma Bamporiki yahishuye muri RPF

Hari tariki ya 21 Ukuboza 2019 mu Nama Nkuru ya 14 y’Umuryango wa RPF Inkotanyi yabereye ku cyicaro cyawo i Rusororo mu Karere ka Gasabo, Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Hon. Bamporiki Edouard afata ‘micro’ abwira Perezida Kagame iby’imitego y’ibinyoma abanyamuryango bahora basimbuka, na we ubwe arimo. Icyo gihe yagize ati: “Nyakubahwa Chairman, […]

Rwanda: Habonetse abantu 30 banduye Covid-19

img_20200803_232920.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 30 banduye Covid-19 mu bipimo 3491 byafashwe. Aba barimo 13 bo mu mujyi wa Kigali, bapimwe mu midugudu iri mu kato, 11 bo muri Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato. Rusizi yabonetsemo 5, Kayonza ibonekamo 1. Abamaze gukira […]

Lt. Gen. Diomede Ndegeya yagizwe umuyobozi mushya wa AMISOM

Umusirikare w’Umurundi, Lt. Gen. Diomede Ndegeya yagizwe umuyobozi mushya w’ingabo z’ibihugu bitanu ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia, asimbuye Lt. Gen. Tigabu Yilma wo muri Ethiopia. Kuri iki cyumweru tariki ya 2 Kanama 2020 ni bwo Gen. Ndegeya yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Aden Abdulle kiri mu murwa wa Somalia, Mogadishu, kugira […]

Ibigo bya Leta bimwe bigiye guhuzwa, SACCO zihinduke Banki, Museveni mu gutegeka imyaka 40

Icyumweru gishize ni icya 31 muri 53 bizagira umwaka w’2020. Cyatangiye tariki ya 27 Nyakanga kirangira tariki ya 2 Kanama 2020. Abahanga mu by’umuco nyarwanda bemeza ko iki ari icyumweru gitegura icy’umunsi w’Umuganura u Rwanda ruzizihiza tariki ya 7 Kanama 2020. Iki cyumweru cyaranzwe n’amakuru yihariye muri politiki, mu bukungu, mu mutekano ndetse no mibereho […]

Akarere ka Rubavu kabonetse abantu 11 banduye Covid-19

img_20200802_225305.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Kanama 2020 yatangaje ko akarere ka Rubavu kabonetsemo abantu 11 banduye Covid-19, muri 20 babonetse mu gihugu hose mu bipimo 2633 byafashwe. Aba babonetse i Rubavu ni aturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato. Hari kandi 5 babonetse mu Mujyi wa Kigali, abo bakaba ari abahuye n’abanduye, 1 […]

Dore amabanga atanu akomeye atuma abashakanye basazana

Mu rushako, kubona uwo muzahuza mukarambana ni isengesho rya buri wese. Gusa ntibisobanuye neza ko muba muzabura impamvu zimwe na zimwe zituma mugongana, ntimwumvikane neza kuko “Nta zibana zidakomanye amahembe”. Kandi burya uku gukomanya amahembe ntibisobanuye gutandukana. Bwiza.com twifashishije imbuga nka Daily Mail, tugiye kumena amabanga atanu akomeye atuma abashakanye 9 (ni ukuvuga ngo umugore […]

U Rwanda rwakiriye umurambo w’Umunyarwanda wakubitiwe inyundo muri Uganda

Tariki ya 31 Nyakanga 2020 ku mupaka wa Cyanika, u Rwanda rwakiriye umurambo w’Umunyarwanda wiciwe mu Karere ka Kisoro muri Uganda, akubiswe inyundo mu mutwe. Uyu Munyarwanda witwa Mukiza yari asanzwe akorera akabari kitwa ‘Club de Zone’ aho yiciwe na mugenzi we witwa Kazungu Edison nyuma y’ubushyamirane bagiranye. Erasmus Sanyu wari uhagarariye Uganda muri uyu […]

Perezida Museveni yakoze impinduka mu nzego nkuru za gisirikare

img_20200802_121256_1596364589901.jpg

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, Gen. Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 1 Kanama 2020 yakoze impinduka zikomeye mu miyoborere y’igisirikare cy’igihugu. Yahereye kuri Brig. Gen. Richard Karemire wari umuvugizi w’Ingabo z’igihugu, amugira umunyamabanga Mukuru wa EAC ushinzwe imikoranire mu bya gisirikare (military liaison). Umwanya yariho wahawe Brig. Gen. Flavia Byekwaso. Brig. Gen. Flavia Byekwaso […]

Gakenke: Bakurikiranweho kwica umusirikare bakamuhisha mu musarani utagikoreshwa

Abantu barenga bane batuye mu Mudugudu wa Marembo, Akagari ka Kanyanza mu Murenge wa Karambo w’Akarere ka Gakenke bakekwaho kwica Sergeant Nizeyimana Juvenal barangiza bakamuhisha mu musarani wuzuye, utagikoreshwa. Aba barimo umugore we babyaranye umwana ufite imyaka itandatu y’amavuko, Kambibi Francine abaturanyi bavuga ko bahoraga mu makimbirane atewe n’ubusinzi no gukekana gucana inyuma, Turimukaga Anastase […]

Kigali, Rusizi, Rubavu na Nyamasheke habonetse abantu 20 banduye Covid-19

img_20200801_224119.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Kanama 2020 yatangaje ko umubare w’abanduye Covid-19 wiyongereyeho abantu 20. Aba ni 12 babonetse mu Mujyi wa Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, harimo 3 b’i Rusizi, 3 b’i Rubavu na 2 b’i Nyamasheke. Abamaze gukira muri rusange ni 1119 barimo 13 b’uyu munsi. Abanduye bose bamaze […]

Uwafashe abakobwa bane amashusho y’urukozasoni yarashwe ashaka gutoroka

Umukongomani w’imyaka 25 y’amavuko witwa Shukuru Mbuyi wari ukurikiranweho gufata amashusho y’ubwambure bw’abakobwa bane akayasakaza, yarashwe arapfa ubwo yashakaga gutoroka kasho ya Polisi iherereye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro. Aya makuru yemejwe na RIB, ikaba ari nayo yeretse itangazamakuru aba bakobwa kuri uyu wa 31 Nyakanga 2020. Aba bakobwa bavuze ko baguriwe […]

Ingabo za Zambia zasabye kongererwa iminsi yo kuva ku butaka bwa RDC

Ingabo za Zambia ziri mu duce twa Kibanga na Kalubamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasabye ko zakongererwa igihe cyo kuba zavuye kuri ubu butaka. Ni nyuma y’aho mu minsi ishize Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo y’Afurika, SADC, winjiye mu kibazo cy’ubu butaka bushyamiranyije impande zombi, ukemeza ko ubu butaka ari ubwa RDC. Amakuru […]

Abakobwa beretse rubanda ubwambure bwabo bari bazi ko mu Rwanda byemewe

Abakobwa bane Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rweretse itangazamakuru kuri uyu wa 31 Nyakanga 2020 kubera kwerekana ubwambure bwabo ku mbuga nkoranyambaga batangaje ko bari bazi ko mu Rwanda byemewe. Ubu buhamya bwatanzwe n’umwe muri bo wagize ati: “Ntabwo nari nzi ko mu Rwanda bitemewe, ntabwo byari ibyo kuryamana na we, ahubwo byari ukwambara ubusa gusa.” Uyu […]

Abatsindiye kuyobora amashuri barabaza aho bazerekezwa nyuma y’aho itegeko ribahindukiyeho

screenshot_20200731-161638_1596205023229.jpg

Abakandida batsinze ibizamini byakozwe tariki ya 10 Ukuboza 2019 byo kuyobora ibigo by’amashuri, baribaza aho bagiye kwerekezwa nyuma y’aho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi gitangarije ko hatazongera kubaho ibizamini kuri iyi myanya. Tariki ya 14 Nyakanga 2020, abakandida basabye kwigisha mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’Ubumenyi Ngiro, bakoze ibizamini mu rwego rwo gushakisha abuzuza […]

Uvira: Umusirikare yasinze yica abaturage 12, akomeretsa 9

sud-kivu-vive-tension-a-sange-678x381.jpg

Mu gace kitwa Sange muri Teritwari ya Uvira iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, umusirikare w’igihugu yasinze arasa abaturage 12 barapfa, abandi 9 barakomereka. Aya makuru, umuyobozi w’agace ka Sange, Makula Rukalisha yayahamirije 7 sur 7, ati : “Bamwe bishwe n’ibikomere. Abemejwe bapfuye ni […]

Umunyarwanda wize ikoranabuhanga akekwaho kwiba miliyoni 22.5 Rwf kuri konte y’uruganda

csm_whatsapp_image_2020-07-30_at_8.31.48_pm_5301914d5b_1596144480921.jpg

Mukeshimana Venuste warangije amasomo y’ikoranabuhanga n’itumanaho muri kaminuza, arakekwaho gukura amafaranga miliyoni 22,500,000 Rwf kuri konte y’uruganda rwa Nesen Company mu buryo bw’ubujura. Aya makuru yatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 ubwo rwashyikirizaga ubuyobozi bw’uru ruganda amafaranga miliyoni 15.5 RWF muri aya rwibwe. Bahorera Dominique uri kuvugira RIB yatangaje ko andi […]

Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 31

img_20200730_221112.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 yatangaje ko habonetse abantu 31 banduye Covid-19 mu bipimo 4066 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 13 bahuye n’abanduye ndetse n’Abaturarwanda batashye, Rusizi yabonetsemo 11, Nyamasheke ibonekamo 4 bapimwe mu midugudu iri mu kato, Kirehe yabonetsemo 1, Kayonza ibonekamo 1 na Rubavu ibonekamo 1. […]

Ni nde wafungura amashuri tukibona abantu 40 buri munsi barwaye? – Dr. Ngamije

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 , yatangaje ko nta wafungura amashuri mu gihe hakiboneka abantu 40 barwaye icyorezo cya Covid-19 buri munsi. Ni mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’itangazamakuru cya Leta, aho yavugaga ku bantu bakomeje kwirara, ntibahe uburemere iki cyorezo ngo bubahirize amabwiriza leta y’u Rwanda yatanze […]

Ngororero: Umwana w’imyaka 17 akekwaho kwicisha abantu batatu ishoka n’ifuni

Bikorimana w’imyaka 17 y’amavuko ubarizwa, mu Murenge wa Kabaya w’Akarere ka Ngororero akekwaho kwica abantu batatu bo mu muryango umwe; Mukamunana Donatha w’imyaka 37 y’amavuko, Byoseniyo Joselyne w’imyaka 2 n’amezi atandatu na Uwayezu Nyirimpuhwe Valens w’umwaka umwe. Mukamunana wari umubyeyi w’aba bana, akanaba muka se wa Bikorimana, yicishijwe ishoka yakubiswe mu musaya, abaturage batabaye bakaba […]

Ibyemezo byafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yo ku wa 29 Nyakanga 2020

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020 muri Village Urugwiro hateraniye Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yigaga ahanini ku ngamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 15 Nyakanga 2020. 2. Inama y’Abaminisitiri yasabye Abanyarwanda kutirara na gato, […]

Rusizi, Kigali, Nyamasheke na Rulindo habonetse abantu 37 banduye Covid-19

img_20200729_221047.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Nyakanga 2020 yatangaje ko habonetse abantu 37 banduye Covid-19 mu bipimo 4144 byafashwe. Mu Karere ka Rusizi habonetse 15 bapimwe mu duce twibasiwe kurusha ahandi, mu Mujyi wa Kigali habonetse 13 bahuye n’abanduye ndetse n’Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato. Nyamasheke yabonetsemo 6 na Rulindo ibonekamo 3. […]