Ingendo zihuza Kigali n’Intara zahagaritswe, Saa tatu yimurirwa kuri Saa moya
Kuri uyu wa 26 Kanama 2020, hateranye Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Yafatiwemo ibyemezo birimo guhagarika ingendo z’imodoka rusange zihuza umujyi wa Kigali n’Intara zitandukanye, abantu basabwa kuba bageze mu ngo zabo saa moya z’ijoro. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ngendo z’imodoka bwite hagati ya Kigali n’Intara zitandukanye zizakomeza gukora, hubahirizwa […]
Habonetse abantu 88 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 26 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 88 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5467 byafashwe. Aba barimo 79 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 3 babonetse muri Rusizi, 2 babonetse mu Karere ka Rubavu, 2 babonetse mu Karere ka Karongi, 1wabonetse mu Karere ka Nyamasheke n’undi […]
Urwenya! Menya umugabo wa mbere wavumbuye ko urusenda rusukura amaso

Ku mbuga nkoranyambaga hadutse intero cyangwa se HashTag igamije gususurutsa abazikoresha bifashishije urwenya rw’amateka y’abantu mahimbano. Ushaka gutera uru rwenya, arifashisha amagambo #MenyaAmateka hanyuma, akongeraho agafoto n’amagambo agaherekeje. Bwiza.com yakusanyije ubutumwa bw’abantu butandukanye, mu buryo bwo gususurutsa abasomyi bayo. Mwibuke ko aya mateka atigeze abaho. Uyu mugabo wavumbuye ko urusenda rwa pilipili rusukura amaso, ngo […]
Minisitiri Busingye arabaza Abanyarwanda icyakorwa ngo Covid-19 icogore

Muri iki gihe, Abanyarwanda barahangayitse bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’umubare w’abandura icyorezo cya Covid-19, abapfa nabo bakaba basigaye baboneka hafi buri munsi. Nk’urugero muri iyi minsi itatu gusa, hamaze kuboneka abarwayi ba Covid-19 648, mu gihe abapfuye ari 4, bikaba bigaragara ko imibare myinshi iboneka mu masoko y’umujyi wa Kigali, nyuma y’ifungwa y’Isoko ry’Umujyi wa Kigali […]
Gen. Kazura; urutoki mu mbarutso, ijisho mu gipimo
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura yagaragaye yashyize urutoki mu mbarutso y’imbunda yo mu bwoko bwa Kalachnikov ya AK-49, asa n’uwitegereje ku gipimo (target). Byabereye mu muhango wo w’imurika ry’intwaro za gisirikare ryatangiye tariki ya 23 Kanama 2020, izi mbunda zakozwe n’uruganda rwa Kalachnikov rwo mu Burusiya nazo zikaba zerekanwe. Gen. Kazura […]
Menya inzego zigize igisirikare cy’u Rwanda, gikesha ubunyamwuga gifite

Iteka rya Perezida No. 33/01 ryo ku wa 3/9/2012 rigena uburyo igisirikare cy’u Rwanda cyubakitse. Umukuru w’Igihugu ari na we Mugaba w’Ikirenga ni we uri hejuru y’abandi. Minisitiri w’Ingabo ni we ukurikiraho, hakaza Umugaba Mukuru w’Ingabo, Abagaba b’Ingabo n’ababungirije, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Abayobozi ba Rejima, ba Komanda ba Burigade na Diviziyo, abayobozi b’amashuri, […]
Victoire Ingabire arashaka gufasha Abanyarwanda bari hanze gutaha
Umuyobozi w’ishyaka rya DALFA Umurinzi ridahuje umurongo wa politiki n’ishyaka riri ku butegetsi, Victoire Ingabire yatangaje ko ashaka gufasha Abanyarwanda bari hanze cyane cyane urubyiruko gutaha bakaza bakubaka urwababyaye. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV ku wa 24 Kanama 2020, cyibandaga kuri politiki ye bwite, iy’ishyaka yashinze ndetse n’uko yumva imitegekere y’igihugu. Victoire Ingabire […]
Abantu 231 bagaragayeho Covid-19, umuntu wa 15 abura ubuzima

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 231 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 6128 byafashwe, hakaba hapfuye umuntu wa 15 ufite imyaka 61 y’amavuko. Aba barimo 196 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 30 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 3 babonetse mu Karere […]
Pasiteri wahanuye ko Raila Odinga agiye gupfa, yapfuye mbere ye

Pasiteri w’Umunyakenya witwa Hezbon Ndirangu wahanuye ko umunyapolitiki Raila Odinga atazageza mu 2021 atarapfa, yapfuye mbere ye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize. Pasiteri Ndirangu w’imyaka 48 y’amavuko yari yagize ati: “Umwuka w’Imana wanyeretse ko umuyobozi wa ODM atazabona umwaka wa 2021. Igihe cye ku Isi kirarangiye.” Umugore w’uyu Pasiteri yavuze ko urupfu rw’umugabo we ari […]
Slay Queen y’inkecuru ku myaka 71 y’amavuko irangaza abagenzi_amafoto

Vera Wang ni umukecuru w’Umunyamerika wavutse tariki ya 27 Kamena 1949, akaba arengeje hafi amezi abiri ku myaka 71 y’amavuko. Gusa ugereranyije imyitwarire ye n’ikigero arimo biratandukanye cyane kuko yahisemo kwiberaho nka bamwe mu bakobwa cyangwa abagore bakiri bato bahawe izina rya ‘Slay queens’. Witegereje neza mu maso ha Vera Wang, ntabwo watekereza ko afite […]
Avuga ko yabuze kirengera nyuma yo gukubitwa no gufungwa bitemewe n’abapolisi

Nsengimana Augustin w’imyaka 28 y’amavuko atuye mu Kagari ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo. Avuga ko yakubitiwe muri Nyabugogo n’abapolisi bo mu Rwanda, akuramo ubumuga buri ku gipimo cya 60% nk’uko bigaragazwa n’icyemezo cyo kwa muganga (Expertise Médico-Légale), bajya kumufungira ahari abarwayi ba Covid-19 na we arahanduria. Avuga ko yatabaje Urwego rw’Ubugenzacyaha […]
Minisitiri Mujawamariya arashinja Minisiteri y’Uburezi kwangiza ibidukikije
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc tariki ya 19 Kanama 2020 yandikiye Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine amumenyesha ko mu iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri habayeho kwangiza ibidukikije, amusaba gusobanura uburyo Minisiteri ayoboye igiye gukemura iki kibazo. Dr. Mujawamariya avuga ko iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri ryabaye hirengagijwe ingamba zo kubungabunga ibidukikije. Iki kibazo kikaba cyaragaragaye mu turere 7: […]
Habonetse abandi bantu 217 banduye Covid-19, abandi 2 bapfuye

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 217 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 3642 byafashwe, hakaba hapfuye abandi bantu 2. Aba barimo 202 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 10 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 2 babonetse mu Karere ka Rubavu, 1 wabonetse […]
Somalia: Bane bakora muri Minisiteri y’Ubuzima bakatiwe bazira kurya inkunga yo kurwanya Covid-19
Urukiko rwo muri Somalia kuri uyu wa 24 Kanama 2020 rwakatiye abakozi bane bo muri Minisiteri y’Ubuzima igifungo kiri hagari y’imyaka 9 na 18 bazira kunyereza inkunga igihugu cyagenewe mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ku isonga hari Umuyobozi Mukuru w’iyi Minisiteri, Abdullahi Hashi Ali wakatiwe igifungo cy’imyaka 9, acibwa n’ihazabu y’amadolari y’Amerika 2,366. Abandi ni […]
Gisagara: Minisitiri Shyaka yasize umuti w’ikibazo cy’abajya gushakira ubwatsi bw’amatungo mu Burundi

Kuri uyu wa 23 Kanama 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi mu Karere ka Gisagara gukemura ikibazo cy’abana b’Abanyarwanda baca mu rihumye ababyeyi babo bakajya gushakira ubwatsi bw’amatungo mu Burundi, asiga abahaye umurongo wo kugikemuramo. Ni mu nama yagiranye n’abayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rw’Akarere, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri afite […]
Pererezida Ndayishimiye yavuze igitangaje abona cyazanye Covid-19 na SIDA
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yavuze ikintu gitangaje abona ko cyaba cyarazanye icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi ndetse n’agakoko gatera SIDA kamaze imyaka gakwirakwira mu bantu. Nta kindi ngo kitari ubutiganyi, kuko ngo urebye ibihugu byugarijwe cyane na Covid-19 ari byo birimo umubare munini w’abantu bakora ubutinganyi. Muri videwo yatambutse kuri Mashariki TV, Perezida Ndayishimiye […]
Ifungurwa ry’amashuri mu mboni ya UN, kutemeranya ku ngamba zo kwirinda Covid-19, na Guma mu Rugo yikangwa
Icyumweru gishize cyari icya 34 muri 53 bizagira umwaka w’2020. Cyaranzwe n’amakuru yihariye yibanda ku ngaruka ziremereye zatewe n’icyorezo cya Covid-19, ahagaragara kuvuguruzanya no kutemeranya ku ngamba zafashwe mu kucyirinda bitewe n’izindi ngaruka nazo cyazanye, imiryango nka UNICEF yemeza ko ari mbi kurusha uko bamwe babitekereza. Abayobozi bakuru bakomeje guca amarenga ko Guma mu Rugo […]
Habonetse 200 banduye Covid-19, hapfa umuntu wa 12

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 200 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 6402 byafashwe., hakaba hapfuye umuntu wa 12. Aba barimo 164 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 29 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 5 babonetse mu Karere ka Rubavu na 2 […]
Perezida Magufuli yasabye abakirisitu gufasha abasilamu kubaka umusigiti
Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli kuri uyu wa 23 Kanama 2020 yasabye abakirisitu gatolika muri Paruwasi Bikira Mariya Imakulata iherereye mu gace ka Chamwino gukusanya inkunga yo gufasha abasilamu kongera ubunini bw’umusigiti wabo uherereye mu Ntara ya Dodoma. Yabanje gushimira abayobozi b’iyi Paruwasi ko batigeze barya umusanzu wakusanyijwe kugira ngo inyubako yayo yuzure. […]
Urugamba rw’umuhenerezo hagati y’umuco n’ifaranga; hazatsinda iki?
Nyuma y’uruhererekane rw’indirimbo zitwa ko zamamaza ubusambanyi cyangwa zirimo ubutumwa bw’urukozasoni nka ‘Igare’ ya Mico The Best, ‘Ntiza’ ya Bruce Melodie na Mr. Kagame, ‘Micro’ ya Davis D, ‘Ubushyuhe’ ya Bruce Melodie na DJ. Pius, ‘Saa Moya’,…, abenshi baravuze, bagira impungenge ndetse bibaza ku hazaza h’umuco nyarwanda ndetse n’indangagaciro zawo, ndetse n’abakibyiruka. Abahanzi bakora ibi […]
Misiyo yarahindutse! Bamwe mu bihaye Imana baâkeneye kwishimisha ku babikira-raporo
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, bwa mbere muri Gashyantare 2019 yavuze ku kibazo cy’abapadiri bafata ku ngufu abarimo ababikira, bakabatera inda. Ni ikibazo cyari kimaze igihe kirekire kivugwamo, hahishurwa amaperereza atandukanye agaragaza icyakwitwa ‘amarorerwa akorerwa muri kiliziya’. Papa Francis yavuze ko kiri gushakirwa umuti ndetse ko hari abapadiri bamaze no kwirukanwa bitewe […]
Abantu 109 banduye Covid-19 mu masaha 24 gusa

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 109 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 4759 byafashwe. Aba barimo 81 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 24 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 3 babonetse mu Karere ka Huye n’umwe wabonetse mu Karere ka Nyamasheke. Abamaze […]
Karasira Aimable amaze gukusanyirizwa arenga 8,300,000 RWF
Karasira Aimable nyuma y’iminsi 8 yirukanwe na Kaminuza y’u Rwanda ku mwanya w’ubwarimu, ubu amaze gukusanyirizwa amapawundi (£) 6638 angana amafaranga y’u Rwanda 8,399,392.78 y’ubufasha. Tariki ya 14 Kanama 2020, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda ni bwo bwandikiye Karasira Aimable wari umaze imyaka 8 yigishamo amasomo y’ikoranabuhanga (ICT) bumumenyesha ko bumwirukanye, azira amakosa arimo arebana […]
Umukino wa Trump na Biden ugeze aharyoshye
Mu gihe habura iminsi 72 kugira ngo amatora ya Perezida wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika abe, Donald Trump na Joe Biden bitezweho guhangana gukomeye bakomeje kuryoshya umukino mu buryo bwo gukurura imitima y’abazabatora. Icyo buri umwe muri aba ari gukora ni ugushinga agati aho mugenzi we yatsikiriye, kugabanya ubukana bw’ibikorwa bya buri umwe […]
Uzongera guhungabanya u Burundi Imana izamwihanira_isezerano Perezida Ndayishimiye yahawe
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kanama 2020, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko umuntu uzongera guteza ibibazo by’umutekano muke mu Burundi Imana izamwihanira, iryo rikaba ari isezerano yahawe. Ni ijambo yavugiye mu masengesho yateguwe n’umuryango w’uyu Mukuru w’Igihugu, ku munsi wa kabiri wayo muri Komini ya Mwumba mu Ntara ya Ngozi. Ati: […]
Saa tatu niveho, abantu bakore, utubari dufungure_Depite Mukabunani Christine
Umudepite akaba n’umuyobozi w’ishyaka rya PS Imberakuri rifite umurongo utandukanye n’uw’iriri ku butegetsi, Mukabunani Christine asaba Guverinoma y’u Rwanda gukuraho isaha ya saa tatu yashyizweho mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Covid-19, akabona ko ibangamiye imikorere y’Abanyarwanda biyemeje gukora amasaha 24 ku yandi, igafungura n’utubari kuko n’ubundi dukora rwihishwa Hon. Mukabunani yabitangarije mu kiganiro yagiranye […]
Umuhungu wa Gen. Tumukunde ashinjwa gukura amenyo umukobwa bakundanaga

Israel Atwijukye, umuhungu warezwe na Lt. Gen. Henry Tumukunde wabaye Minisitiri w’Umutekano wa Uganda arashinjwa gukura amenyo umukobwa bakundanaga witwa Patricia Oyera, akeka yamuhoye kuba baratandukanye. Patricia Oyera avuga ko yari amaze amezi arindwi atandukanye na Atwijukye, akaba yatekerezaga ko bombi bamaze kubyakira. Mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo yari agiye gushaka inzu yo gukodesha mu […]
Abantu 63 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 63 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5700 byafashwe. Aba barimo 46 babonetse i Kigali, bahuye n’abanduye mu masoko ya Kigali. Hari kandi 16 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse n’unwe wabonetse mu Karere ka Rubavu. Abamaze gukira […]
Perezida wa Somalia aterana amakofe na Visi Perezida we_Byarabaye?

Mu minsi mike ishize, Afurika cyane cyane mu bihugu nka Ghana na Nigeria, byasakayemo videwo y’abagabo babiri barwanira mu cyumba cy’inama. Ibitangazamakuru byatangaje ko ari Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmaajo arwana na Visi Perezida. Iyi videwo yasakaye henshi kuva tariki ya 15 Kanama 2020, igaragaza abagabo babiri bicaranye ku ntebe, bari kugirana ikiganiro n’itangazamakuru […]
Umuntu n’Imana rwambikanye; Amaherezo yabaye ayahe?

Ikiremwamuntu cyahawe ubushobozi bwo gutegeka ibindi biremwa, byaba ibihumeka n’ibidahumeka. Gusa bitewe n’iterambere kigenda kigeraho, hari ubwo cyumva bidahahije, aho kigatangira gutegura ibitarabaho, ibyo twakwita iby’indengakamere. Kigerageza kubikora (ibisa no gushoza urugamba ku murwanyi utoroshye na gato, rukambikana), yewe kikabona ko biri hafi gutungana ariko amaherezo bikarangira bipfuye, hakaba ubwo nacyo kibigendeyemo, hamwe ‘umutego mutindi […]
Umuvugizi w’ishyaka ‘DALFA Umurinzi’ yasabiwe gukurwa mu bafashwa na FARG
Umuyobozi w’Akerere ka Ngororero, Ndayambaje Godefroid, yasabiye umuvugizi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, DALFA Umurinzi, Mahoro Jean, gukurwa ku rutonde rw’abagenerwabikorwa b’ikigega gifasha abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, FARG. Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Meya Ndayambaje yandikiye Umuyobozi Mukuru wa FARG tariki ya 23 Nyakanga 2020. Muri yo bigaragara ko habanje kuba inama y’abarokotse […]
Rwabuze gica hagati y’Abanyarwanda babiri n’Umuholandi bapfa ubutaka

Umusaza witwa Kajyambere Silas n’umugore witwa Igitangaza Anne Marie bafitanye ikibazo cyubutaka n’Umuholandi witwa Hendrik Noordam Jan, ku buryo imanza zisa n’izananiwe kugikemura, abahesha b’inkiko b’umwuga basabwe kuzirangiza bakuramo akabo karenge. Aba batuye mu Mudugudu wa Susa, mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze. Igitangaza avuga ko yari umugore w’Umuholandi Hendrik, bivugwa […]
Abandi bantu 67 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 67 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 3306. Aba barimo 50 babonetse i Kigali, bapimwe mu bacuruzi bo mu masoko yafunzwe. Hari kandi 16 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse n’unwe wabonetse mu Karere ka Kirehe. Abamaze gukira […]
Byavuzwe ko Col. Diaw wahiritse ubutegetsi bwa Mali afite imyaka 25 y’amavuko, abantu bacika ururondogoro
Kuri uyu wa 18 Kanama 2020, ubutegetsi bwa Perezida Ibrahim Boubacar Keita wa Mali ndetse na Minisitiri w’Intebe na guverinoma ye bahiritswe n’agatsiko k’abasirikare barangajwe imbere na Col. Malik Diaw, Col. Sadio Camara na Brig. Gen. Cheick Fanta Mady Dembele. Ibitangazamakuru nka Opera byatangaje ko Col. Diaw wari usanzwe ari komanda wungirije wa Diviziyo ya […]
Abandi bantu 2 bishwe na Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Umwe yari afite imyaka 45 y’amavuko, undi yari afite 55. Umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo, wazamutse ugera ku 10. Abantu 37 ni bo bagaragayeho iki cyorezo uyu munsi, mu bipimo 4326 byafashwe. Muri bo harimo 28 […]
Byinshi ku Mugaba w’Ingabo zo ku butaka, izo mu kirere, Inkeragutabara n’Umugaba Mukuru muri RDF

Iteka rya Perezida wa Repubulika No. 33/01 ryo ku wa 03/09/2012 rigena ibyiciro by’ingabo z’u Rwanda birimo: Izirwanira ku Butaka, Izirwanira mu Kirere ndetse n’Inkeragutabara, rikagena imitegekere yabyo nk’uko bigaragara mu ngingo ya 26, iya 27 n’iya 28. Hashingiwe kuri iri teka, Perezida Kagame uyoboye u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga yashyizeho Gen. Jean Bosco Kazura […]
Isoko rya Nyabugogo ryabonetsemo abandi bantu 59 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Kanama 2020 yatangaje ko mu isoko ry’ibiribwa rya Nyabugogo rizwi nko kwa Mutangana ryanonetsemo abantu 59 banduye Covid-19, mu gihe mu gihugu hose habonetse 87 mu bipimo 4018 byafashwe. Abandi ni 25 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi mu Karere ka Rusizi, 2 babonetse mu Karere ka Huye […]
Ubujura bukomeye bwabaye mu mateka y’Isi
Abakunzi ba filimi bazi iyitwa ‘La Casa de Papel’ cyangwa se ‘Money Heist’ isobanuye ngo ‘Ubujura bw’Amafaranga’ igaragaramo ubujura bwa Banki y’Igihugu. Abajura bayobowe n’uwitwa ‘Professor’ w’umuhanga mu by’ikoranabuhanga, bibamo amafaranga miliyari 200 z’amadolari y’Amerika. Ibyabaye muri iyi filimi ni umukino ariko ugaragaza ukuri kw’ibiba mu bujura bukorerwa mu ma banki. Ku Isi habaye ubujura […]
Musanze: Isoko ry’Ibiribwa ryabuze amazi, abadafite ‘Sanitizers’ basabwa kuzigura
Mu gitondo cy’uyu wa 17 Kanama 2020, Isoko ry’Ibiribwa ry’umujyi wa Musanze ryabuze amazi, abarikoreramo n’abari bagiye kurihahiramo bafite umuti usukura intoki (sanitizers) bemererwa kwinjira, mu gihe abandi basabwe kuwugura cyangwa bagategereza ko amazi agaruka. Ubusanzwe iri soko ryahawe izina rya ‘Carrière’ risanzwe rifite kandagirukarabe zikoreshwa ndetse n’imigezi yubakiwe gukaraba intoki nka rimwe mu mabwiriza […]
Menya ibyavuzwe muri politiki, imikino n’imyidagaduro mu cyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 10 kirangira tariki ya 16 Kanama 2020. Cyari icya 33 cy’umwaka w’2020 ni cyo twamenyeyemo amakuru atandukanye ajyanye na politiki, ububanyi n’amahanga,… nk’ubwo abayobozi batatu bari barakuwe muri guverinoma, Perezida Kagame yongeye kubagirira icyizere abaha abaha izindi nshingano, Minisiteri y’Uburezi imara amatsiko abibaza ku hazaza h’uburezi muri Covid-19. Abayobozi batatu […]
Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bumaze gutangaza ko guhera kuri uyu wa 17 kugeza tariki ya 24 Kanama 2020, amwe mu masoko arafunga bitewe n’ubwiyongere bw’abanduye icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Nyarugenge. Ayo masoko arimo iryo kwa Mutangana riherereye muri Nyabugogo n’isoko rya Nyarugenge rizwi nka Kigali City Market n’amaduka ari mu nkengero zayo. Iri […]
Rwanda: Habonetse abantu 101 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 101 banduye Covid-19, mu bipimo 4796 byafashwe. Harimo abantu 80 babonetse mu mujyi wa Kigali, bakaba bapimwe ahibasiwe kurusha ahandi harimo isoko rya Nyabugogo. Hari kandi 9 babonetse mu Karere ka Rusizi, 9 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse muri Nyamasheke n’undi […]
Uduce two muri Kigali, Nyamagabe na Nyamasheke twakuwe muri Guma mu Rugo
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu kuri uyu wa 16 Kanama 2020 yatangaje ko guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 17, uduce tumwe two mu mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyamagabe no mu Karere ka Nyamasheke tuva muri Guma mu Rugo. Utwo duce ni udukurikira: Mu mujyi wa Kigali ni umudugudu wa Indamutsa, Intiganda na Tetero […]
Karasira Aimable arasaba abamushutse ko bamufasha muri ibi bihe bimukomereye
Karasira Aimable uherutse kwirukanwa na Kaminuza y’u Rwanda ku mwanya w’ubwarimu, arasaba abo mu mahanga bamushutse kumushyigikira muri ibi bihe bimukomereye by’ubushomeri. Tariki ya 14 Kanama 2020, Kaminuza y’u Rwanda yashyize hanze ibaruwa yirukana Karasira Aimable , yashyizweho umukono n’umuyobozi wayo, Prof. Philip Cotton bitewe n’amakosa ane yagiye akora mu bihe bitandukanye. Mu byo uyu […]
Amateka y’Umubazi wa Uganda, Marshall Idi Amin umaze imyaka 17 apfuye

Marshall Idi Amin Dada ni Umugande wagiye ku butegetsi mu 1971 ahiritse Milton Obote, abuvaho mu 1979 na we ahiritswe n’ingabo za Tanzania zifatanyije n’abataravugaga rumwe na we. Ni umuyobozi wafatwaga nk’umugome n’umunyagitugu, wica ku buryo byageze aho bamuhimba izina ‘Umubazi wa Uganda’. Ubu imyaka 17 iruzuye uyu musirikare wihaye ipeti riruta ayandi apfuye. Ubwo […]
Murumuna wa Perezida Donald Trump yapfuye

Umuvandimwe muto wa Perezida Donald Trump uyoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Robert Stewart Trump, yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Kanama 2020. Ni nyuma yo kujyanwa mu bitaro biherereye muri New York bivugwa ko yari arembye cyane. Amakuru yemejwe n’Umuvugizi muri Perezidansi ya Amerika, Kayleigh McEnany, yavuze ko koko uyu muvandimwe yihutishirijwe […]
Kigali yonyine yabonetsemo abantu 59 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 15 Kanama 2020 yatangaje ko mu mujyi wa Kigali habonetse abantu 59 banduye Covid-19, bakaba ari bo bonyine babonetse muri iki gihugu mu bipimo 5569 byafashwe. Aba ni abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse no mu midugudu iri mu kato. Abamaze gukira Covid-19 bageze ku 1631 barimo 27 […]
Ntitwaba twarafunze amashuri indwara itarakomera ngo dufungure imibare yiyongereye-Min. Uwamariya
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine kuri uyu wa 15 Kanama 2020 yaciye amarenga ko amashuri ashobora kudafungura mu bihe bya vuba bitewe n’uko imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 ikomeje kuzamuka. Minisitiri Uwamariya yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yafunze amashuri imibare ya Covid-19 ikiri hasi gusa uko iminsi yagiye itambuka, imibare y’abandura izamuka, ati: “Ntitwaba twarafunze […]
Mwaterekereye abazimu banyu mukareba ko mudatuza_Rutangarwamaboko
Umupfumu, Rutangarwamaboko uyoboye Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye ku Muco, arasaba Abanyarwanda guterekera abazimu/abakurambere babo kugira ngo babone gutuza. Ni ubutumwa yatanze nyuma y’impungenge yagize ku bahanzi nyarwanda bakomeje gushyira hanze indirimbo zirimo ubutumwa bwitwa ‘ubw’Urukozasoni’ we akabona ko basize umuco w’iwabo, bajya gusakumira ahandi ibyo abona bidafite akamaro. Rutangarwamaboko muri ubu butumwa yashyize ku rubuga […]
Akari ku mutima wa Amb. Nduhungirehe wasubiye muri dipolomasi
Tariki ya 9 Mata 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rivuga ko Amb. Olivier Nduhugirehe yegujwe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe EAC, yari amazeho imyaka ibiri n’igice. Ubu akanyamuneza ni kose kuri uyu mudipolomate wongeye kugirirwa icyizere n’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa 14 Kanama 2020. Uyu munyapolitiki yirukanwe […]
Kigali na Rusizi habonetse abantu 93 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Kanama 2020 yatangaje ko abantu 93 bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 4610 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 80, ababinetse muri Rusizi ni 13 barimo abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi n’ababonetse mu midugudu iri mu kato. Abamaze gukira Covid-19 bageze ku 1604 barimo 46 b’uyu munsi. Muri […]
Umuti wongera agatege mu kabariro watumye yiyicira umugore
Umugabo w’imyaka 34 y’amavuko witwa Eric Katinala ukomoka mu gace ka Kasama muri Zambia yaguze umuti wongera agatege mu gikorwa cyo gutera akabariro bituma yiyicira umugore. Uyu mugabo yabitangarije mu Rukiko Rukuru rwa Kasama nk’uko Zambia Daily Mail yabitangaje, avuga ko yari avuye muri Mansa yakoreraga umurimo w’ubukanishi bw’imodoka tariki ya 18 Ukwakira 2018, ari […]
Uko umunyeshuri wa kaminuza yaguze indege ebyiri n’imodoka z’akataraboneka

Umunyeshuri warangije Kaminuza muri Kenya witwa Jeffrey Ndungi Sila yaguze indege ebyiri zo mu bwoko bwa Cessna (5Y-CCN na 5Y-CCO) ndetse n’imodoka zigezweho nka Ranger Rover, Mercedes-Benz na Cadillac akesha ibikorwa by’ubujura mu by’ikoranabunga. The Daily Nation yatangaje ko Ndungi yabanje kwiga mu ishuri ribanza rya Unoa riherereye mu gace ka Wote, arirangiza mu 1999. […]
Indirimbo Saa Moya igonganishije Bruce Melodie na RITCO
Ubuyobozi bw’ikigo cya RITCO gitwara abagenzi mu Rwanda bushinja umuhanzi Bruce Melodie kubuharabikira imodoka abicishije mu ndirimbo ‘Saa Moya’ aherutse gushyira hanze. Muri iyi ndirimbo Bruce Melodie yashyize ku rubuga rwa YouTube tariki ya 23 Nyakanga 2020, yageze aho aririmba ati : “Sinkubipa ndagukerereza, meze nka Ritco izamuka Shyorongi. Aya magambo ni yo yazamuye umwuka mubi […]
Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 11

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Kanama 2020 yatangaje ko abantu 11 bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 4756 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abantu 9 bahuye n’abanduye, Nyamasheke ibonekamo 1, na Rubavu ibonekamo 1. Abamaze gukira Covid-19 bageze ku 1558 barimo 34 b’uyu munsi. Muri rusange, abantu 2200 ni bo bamaze […]
Florida: Komanda wa polisi yategetse abo ayoboye kutambara udupfukamunwa, uzabirengaho azirukanwa
Komanda wa Polisi mu gace ka Marion muri leta ya Florida, imwe mu zunze ubumwe bw’Amerika, Billy Woods yategetse abo ahagarariye kutambara udupfukamunwa twifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Covid-19, uwazabirengaho akazirukanwa. Iri tegeko rya Sheriff Woods rikubiye mu butumwa yageneye abo abuyoboye tariki ya 11 Kanama 2020, abucishije kuri e-mail. Ati: “Itegeko ryanjye rizakurikizwa ubwo […]
U Rwanda n’u Burundi mu nama yiga uko impunzi zacyurwa
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ryatangaje ko rigiye guhuza u Rwanda n’u Burundi, kugira ngo impande zose zigire hamwe uko impunzi z’Abarundi zatahuka. Ni nyuma y’aho hazamutse umwuka mubi hagati y’ibi bihugu, bitewe n’ikibazo cy’izi mpunzi zahunze imvururu n’umutekano muke wadutse mu Burundi mu 2015. UNHCR yahaye BBC aya makuru, iki kikaba kiza […]
Harmonize yahishuye uko Diamond yatumye atandukana n’ikizungerezi, Wolper

Umuhanzi wo muri Tanzania, Rajab Abdul Kahali wamenyekaniye ku izina rya Harmonize yahishuye uburyo Diamond Platinumz bakoreraga mu nzu itunganya umuziki umwe, yatumye atandukana n’umukobwa bakundanaga w’ikizungerezi. Harmonize washinze inzu ye bwite itunganya umuziki yitwa ‘Konde Gang’ yabanje gukundana n’umukinnyi wa filimi wo muri Tanzania, Jacqueline Wolper mbere y’uko abana n’Umutaliyanikazi, Sarah Michelotti. Uyu muhanzi […]
Umuntu wa 8 yishwe na Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 12 Kanama 2020 yatangaje ko umuntu wa munani yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 37 y’amavuko wapfiriye mu Mujyi wa Kigali nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje mu butumwa bwihanganisha umuryango we wasigaye. Abagaragayeho iki cyorezo uyu munsi ni 18 barimo 15 bo mu mujyi wa Kigali gusa, […]
RDC: Minisitiri yasabye ko abarangije amashuri yisumbuye bose bajya bakora ikosi rya gisirikare
Minisitiri w’Urubyiruko muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Billy Kambale yasabye ko urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwajya rukora ikosi rya gisirikare mu gihe kingana n’amezi atandatu. Yabitangarije mu muhango wo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko, wabereye mu murwa mukuru, Kinshasa kuri uyu wa 12 Kanama 2020. Minisitiri Kambale yagize ati: “Kugeza ubu nta tegeko twari […]