Burundi: Umuyobozi wa Komini yeguye avuga ko umwanya we wari ugenewe umututsikazi

fb_img_15960419422702448.jpg

Umurundikazi Mbonayo Elyse watorewe kuyobora Komini ya Burambi mu Ntara ya Rumonge, kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yeguye asobanura ko umwanya yatorewe wari ugenewe umututsikazi kandi we ari umuhutukazi. Bigaragara mu ibaruwa y’ubwegure yageneye komisiyo y’amatora mu Ntara (CEPI) muri Rumonge, abimenyesha Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, CENI. Uyu Murundikazi yagize ati: “Jewe Mbonayo Elyse natowe […]

Abazungu Robert Mugabe yatse ubutaka bagiye gushumbushwa miliyari 3.5 z’amadolari

Minisitiri w’Imari, Mthuli Ncube na Minisitiri w’ubuhinzi, Oppah Muchinguri Kashiri kuri uyu wa 29 Nyakanga 2020 basinye amasezerano yo gushumbusha miliyari 3.5 z’amadolari y’Amerika abazungu Robert Mugabe wabaye Perezida wa Zimbabwe, yambuye ubutaka, akabuha abirabura. Uyu muhango wabereye mu biro by’Umukuru w’Igihugu, aba baminisitiri bombi bakaba basinye mu cyimbo cya Perezida Emmerson Mnangagwa uriho ubu. […]

Urukiko rwakatiye Dr. Kayumba igifungo cy’umwaka umwe

Urukiko rwa Kicukiro kuri uyu wa 29 Nyakanga 2020 rwakatiye Dr. Christopher Kayumba wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda igifungo cy’umwaka umwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guteza imvururu ku kibuga cy’indege. Amakuru aturuka ku gitangazamakuru yashinze, The Chronicles, avuga ko ikindi cyaha yari akurikiranweho cyo gusindira mu ruhame kitamuhamye. Iki gitangazamakuru kivuga ko iki gifungo […]

Abatunga ‘micro’ Barafinda Fred bahawe gasopo

img_86651-27bee_1596015726538.jpg

Umunyambanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rtd. Col. Jeanot Ruhunga kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yatangaje ko abanyamakuru batunga ‘micro’ Barafinda Fred Sekikubo bashobora gukurikiranwa. Yabitangarije mu kiganiro urwego ayoboye ndetse n’urw’ubushinjacyaha zagiranye n’itangazamakuru kuri uwo munsi. Rtd. Col. Ruhunga yemeje ko Barafinda afite uburwayi bwo mu mutwe azamarana igihe kirekire nk’uko byemejwe n’abaganga b’ibitaro […]

Ingabo za Iran zarashe misile ku bwato bwa baringa bw’Amerika

_113693688__113691470_mediaitem113691469.jpg

Mu bunigo bwa Hormuz hagati y’ikigobe cya Perse na Oman mu Nyanja y’Ubuhinde kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020, ingabo za Iran zarashe ubwato bunini bwa baringa bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Amashusho yaciye kuri televiziyo y’igihugu cya Iran, yagaragaje ingabo zari mu myitozo yiswe ‘Great Prophet 14’ cyangwa ‘Prohet Mohamed 14’ imanuka mu ndege […]

Akarere ka Rulindo kabonetsemo abantu 2 banduye Covid-19

img-20200728-wa0061.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yatangaje ko mu Karere ka Rulindo habonetse abantu babiri banduye Covid-19. Ni mu gihe mu gihugu hose habonetse abanduye iki cyorezo 47 mu bipimo 3521 byafashwe. Ahandi habonetse abarwayi ba Covid-19 ni muri Kigali, habonetse 36 bapimwe mu midugudu iri mu kato hamwe n’abahuye n’abanduye. […]

Abadepite bemeje ko Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco ivaho

Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite, kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko No. 01/2010 ryo ku wa 29/01/2010 rikuraho itegeko rishyiraho Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco. Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Rwanyindo Fanfan yavuze ko Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 29 Nyakanga 2019 yemeje ko Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage z’Igihugu, Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco n’Ikigo cy’Igihugu […]

UR yahamagaje Karasira Aimable ngo asobanure ibyo atangariza kuri YouTube

Kaminuza y’u Rwanda (UR) kuri uyu wa 27 Nyakanga 2020, yandikiye mwarimu (Assistant Lecturer) Karasira Aimable uyigishamo kugira ngo asobanure ibirimo ibyo akatangariza ku rubuga rwa YouTube aho ivuga ko agaragaza ko adashyigikiye Guverinoma y’u Rwanda, ndetse akaba yaratutse abayobozi bayo. Mu ibaruwa UR yandikiye Karasira yashyizweho umukono n’uyoboye Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga muri iyi Kaminuza […]

Musanze: Ubuyobozi bw’Akarere bwabaye buhagaritse kwakira abaturage kubera Covid-19

img-20200728-wa0024_1595955357953.jpg

Nyuma y’amasaha make Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko mu Karere ka Musanze hagaragagaye umurwayi umwe w’icyorezo cya Covid-19, ubuyobozi bwako bwabaye buhagaritse kwakira abaturage guhera kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020. Itangazo No. 0796/07.04.03 ryashyizweho umukono na Meya w’aka Karere, Nuwumuremyi Jeannine rivuga ko uyu mwanzuro wafashwe mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo. Rigira riti: “Ubuyobozi […]

Mkapa yandeze nk’umwana we_Perezida Magufuli

Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020 yarize amarira amushoka ku maso ubwo yibukaga Benjamin Mkapa uherutse gupfa azize indwara y’umutima, yamufaga nk’umubyeyi, Benjamin Mkapa yabaye Perezida wa gatatu wa Tanzania kuva mu 1995 kugeza mu 2005. Afatwa nk’umuyobozi w’icyitegererezo muri Tanzania ndetse no mu Karere bitewe n’uburambe yari […]

Umunyakenya James Mwangi arimba mu buryo burenga 160- Amafoto ye

africa-stylish-man-2.jpg

Umugabo w’Umunyakenya utuye mu murwa wa Nairobi, James Maina Mwangi yemeza ko ari we Munyafurika urimba kurusha abandi bitewe n’akayabo k’amakote (costumes) atunze, hamwe n’inkweto, ingofero, imikandara n’ibindi. Ibijyanye n’umurimbo we yabitangarije BBC muri Nyakanga 2018. Yagize ati : « Ni njye umuntu wa mbere uzi kurimba, ndatekereza muri Afurika cyangwa ku Isi. » Muri uwo mwaka, Mwangi […]

Amaraso ya Franz Ferdinand yahwanye n’imfu zirenga miliyoni 17 mu Ntambara yo Kurangiza Intambara Zose

Tariki ya 28 Kamena 1914, Umunya-Serbia, Gavrilo Princip yarasiye igikomangoma Franz Ferdinand cya Austria Hungary mu murwa wa Sarajevo muri Bosnia-Herzegovina, urupfu rwe rukurura umwiryane hagati y’ibihugu byombi kugeza ubwo byatangiye intambara mu buryo bweruye tariki ya 28 Nyakanga 1914. Ubusanzwe mu Karere ka Balkan (mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burayi) karimo umwuka mubi hagati y’ibihugu […]

Akarere ka Musanze kabonetsemo uwanduye Covid-19

img_20200727_221957.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Nyakanga 2020 yatangaje ko mu Karere ka Musanze habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19. Ni mu gihe mu gihugu hose habonetse abanduye iki cyorezo 58 mu bipimo 6165 byafashwe. Ahandi habonetse abarwayi ba Covid-19 ni muri Kigali, habonetse 55 bapimwe mu midugudu iri mu kato na babiri b’i […]

Abanyamakuru bafunzwe bazira gushyira ku karubanda imbwiraruhame ya Perezida Tshisekedi hakiri kare

Abanyamakuru batatu bakorera mu biro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2020 batawe muri yombi bazira gushyira ku karubanda ubutumwa bw’uyu Mukuru w’Igihugu igihe cyagenwe kitaragera. Aba banyamakuru barimo Patrick Mukuy ndetse n’abafotozi babiri; Roger Diey na David Ekabani, bose bakorera Televiziyo y’igihugu, RTNC, […]

Uganda: Umugabo yaciye ikiganza cy’umukobwa w’imyaka 16 wanze kumubera umugore

Mu gace ka Nakatsi muri Uganda, umugabo yatemye yaciye ikiganza cy’umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko nyuma yo kwanga ubusabe bwe bwo kumubera umugore. Daily Monitor dukomoraho iyi nkuru yatangaje ko byabereye mu giturage cya Nabooti, uyu mugabo wari ufite umuhoro, yategeye mu nzira uyu mukobwa anyuramo atashye mu rugo, mu masaa tatu y’ijoro. Umukobwa ubusanzwe wiga […]

Abahoze ari abarwanyi ba M23 bari mu Rwanda bababajwe n’ibivugwa kuri bagenzi babo bari muri RDC

Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 warwanyaga ubutegetsi bwa Joseph Kabila, baherereye mu Rwanda baramagana amakuru amaze iminsi avugwa ko bagenzi babo baherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, baba bateza umutekano muke. Umuryango wa Kivu Security watangaje ko tariki ya 21 Nyakanga, abagize umutwe wa […]

Icyegeranyo: Zimwe mu nkuru zitazibagirana zasohotse mu cyumweru gishize

d-51eqvwwauy1pn_1595447301237.jpg

Icyumweru gishize ni icya 30 muri 53 bizagira uyu mwaka w’2020. Cyatangiye tariki ya 20 kirangira tariki ya 26 Nyakanga 2020. Cyaranzwe n’inkuru zidasanzwe haba muri politiki, umutekano, uburezi, imyidagaduro ndetse n’imikino; by’umwihariko mu mupira w’amaguru. Imwe mu nkuru yashimishije Abanyarwanda, cyane cyane umuryango wa Perezida wa Repubulika ni ivuka ry’umwuzukuru we wa mbere. Tariki […]

Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 69

img-20200726-wa0010.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 26 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 69 mu bipimo 4122 byafashwe. Kigali yabonetsemo 34, Nyamasheke ibonekamo 16 bapimwe mu midugudu iri mu Kato, Rusizi ibonekamo 16 bari mu batahuwe bahuye n’abanduye, Kirehe ibonekamo 1, Ngoma ibonekamo 1, Rwamagana nayo ibonekamo 1. Abamaze gukira […]

Igitekerezo: Umusaza yubaha akabando agenderaho, atari uko kamurusha agaciro

Umusaza yambwiye ko “Akabando k’iminsi ugaca hakibona” kugira ngo uzakifashishe uzamuka impinga y’umusozi. Yansobanuriye ko icyo gihe ntazaba ngifite agatege, wenda amaguru yanjye atitira ariko amaherezo ngere mu majyo kabimfashijemo. Akimara kumbwira aya magambo, narunamye, ndambika akananwa ku mavi, ntekereza cyane nk’ukora imibare ya bibiri bitazwi (Deux inconnus) duheruka mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye. Icyo […]

U Bwongereza: Umunyafurika w’imyaka 10 yahawe akazi ko kwigisha ibijyanye na mudasobwa

Umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 y’amavuko, Emmanuella Mayaki ukomoka muri Nigeria, aherutse guhabwa akazi n’ishuri ryo mu Bwongereza kugira ngo azajye yigisha ibijyanye no gukora porogaramu ya za mudasobwa. Uyu mwana yize ibijyanye n’ikoranabuhanga ryo gukora porogaramu za mudasobwa mu ishuri ribanza rya Southfield riherereye mu mujyi wa Coventry mu Bwongereza, nyuma yo kugaragaza ubuhanga […]

Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 23

img-20200725-wa0022.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 23 mu bipimo 4330 byafashwe. Kigali yabonetsemo abanduye 11 barimo abapimwe mu midugudu iri mu kato no mu duce twibasiwe kurusha ahandi, Rubavu ibonekamo 7 na Kirehe ibonekamo 5. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu Rwanda […]

Umugore wa Pasiteri yaribeshye yohereza videwo z’ubwambure bwe mu itsinda rya WhatsApp

Umugore wa Pasiteri wo muri Ghana, Osofo Maame yaribeshye yohereza videwo ebyiri zigaragaza ubwambure bwe mu itsinda ry’abayoboke b’itorero ry’umugabo we, bitera igisemo umuryango wabo mu buryo bukomeye. Muri izi videwo zagiye ahagagaragara muri Kamena 2018. Imwe ifite amasegonda 31, mu gihe indi ifite amasegonda 58. Iya mbere, Osofo Maame yagaragaye ari mu bwogero, akinisha […]

Ingabo za Zambia zahawe igihe ntarengwa cyo kuva ku butaka bwa RDC

Umuryango w’ibihugu biri mu Majyepfo y’Afurika, SADC, kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 wahaye ingabo za Zambia igihe ntarengwa cyo kuba zavuye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ingabo za Zambia zimaze amezi arenga atatu zarinjiye mu duce twa Kibanga, Moliro na Kalubamba duherereye Teritwari za Moba na Pweto mu majyepfo ya RDC, […]

Ibyihariye kuri Mutara III Rudahigwa, Intwari y’Imena yagabiraga abakene

Mutara III Rudahigwa wahawe izina rya Nkubito y’Imanzi, mwene Yuhi V Musinga na Nyiramavugo III Kankazi yatangiye ingoma i Bujumbura mu Burundi tariki ya 25 Nyakanga 1959, bikavugwa ko yishwe n’abakoloni b’Ababiligi. Uyu mwami yaranzwe n’amateka y’impinduramatwara mu Rwanda harimo no guharanira ubwigenge, gukuraho Ubuhake no kugabira abakene, byatumye agirwa Intwari y’Imena mu Ntwari z’u […]

Umunyarwanda mushya Adham Hassoun ni umuhanga mu bya mudasobwa- Byinshi kuri we

Ku mugoroba w’uyu wa 24 Nyakanga 2020, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye Adham Amin Hassoun utagira ubwenegihugu. Ni nyuma y’aho uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko yari amaze imyaka itatu arangije igifungo yari yarakatiwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika azira icyaha gifite aho gihuriye n’ibikorwa by’iterabwoba. Ni muntu ki? Adham Hassoun yavukiye muri Liban, yimukira […]

Mumbwirire uyu mugore wanjye ko ari Isi akaba n’Isanzure_Meya wa Bugesera

hagati-2.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 yizihije isabukuru y’imyaka 10 amaze ashakanye n’umugore we, amwita Isi n’Isanzure. Ni ubutumwa Meya Mutabazi yacishije ku rubuga rwa Twitter, asaba abamukurikira aya magambo: “Mumbwirire ko ari Isi akaba n’Isanzure icya rimwe. Twizihiza ikinyacumi dukoze ubukwe bushimishije. Ni imanzi (tattoe) yaritse ku mutima […]

Agathon Rwasa yatsinzwe andi matora yabereye muri Komini yavukiyemo

img_20200724_214352_1595619858142.jpg

Agathon Rwasa wahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Gicurasi 2020, yatsinzwe amatora yo kuba Perezida w’inama njyanama ya Komini y’iwabo, Kiremba mu Ntara ya Ngozi. Uyu mwanya Agathon Rwasa yari awuhatanyemo na Nshimirimana Jéremie wo mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi. Nk’uko bigaragara ku rubaho rw’amajwi, Agathon Rwasa yagize amajwi 20, naho Nshimirimana agira […]

Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 19

img-20200724-wa0030.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 19 mu bipimo 2491 byafashwe. Kigali yabonetsemo abanduye 12 bahuye n’abanduye mu bice byibasiwe n’imidugudu iri mu kato. Rusizi yabonetsemo 5, Nyamasheke ibonekamo 1 na Kirehe ibonekamo 1. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 900 barimo 11 […]

Umusanzu wa Benjamin Mkapa warenze Tanzania_Perezida Kagame

Mu 2017, Mkapa yaje mu muhango wo kurahira kwa Perezida Kagame wari watsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 yatangaje ko umusanzu wa Benjamin Mkapa waraye apfuye warenze Tanzania yabereye Umukuru w’Igihugu. Mu masaa sita y’ijoro ry’uyu munsi ni bwo Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli yatangaje ko Benjamin Mkapa yapfuye. Uyu musaza wavutse mu 1938 yaguye mu bitaro bya […]

Ijambo rimwe ryatumye Pasiteri Bugingo Aloysius atwika Bibiliya

Abayoboke ba Pasiteri Bugingo bashyize izi Bibiliya hamwe, biteguye kuzitwika

Pasiteri Aloysius Bugingo washinze itorero rya House Prayer Ministries International riri mu mujyi wa Kampala muri Uganda, yigeze gutwikisha Bibiliya bitewe n’ijambo rimwe gusa. Yabikoze ku munsi wa Pasika wabaye tariki ya 16 Mata 2017, nyuma yo gusanga hari Bibiliya yavugaga ko ziyobya, bitewe n’amagambo abiri avuga ku mwuka wera, yemeje ko ahabanye. Mu Cyongereza, […]

Habonetse imirambo y’abasirikare 28 bagerageje guhirika Omar Bashir mu 1990

Mu mu mujyi wa Omdurman muri Sudani, kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020 habonetse imirambo y’abasirikare bakuru 28 bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Omar al Bashir mu 1990. Aya makuru yemejwe n’umushinjacyaha Tagelsir Al-Hebr kuri uyu wa Kane, yemeza ko gushakisha iyi mirambo biri mu bigize iperereza ku byaha Gen. Bashir ashinjwa ubwo yari ku butegetsi. […]

M23 yongeye kugaragara muri RDC ivuga ko ishyigikiye Perezida Tshisekedi

Umutwe wa Mars 23 (M23) wongeye kugaragara muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo wemeze ko ushyigikiye Umukuru w’Igihugu uriho, Felix Tshisekedi. Umuyobozi w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa mu itangazo yasohoye tariki ya 17 Nyakanga 2020, yemeje ko bamwe mu bahoze ari abarwanyi b’uyu mutwe bayobowe na Gen. […]

Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfuye

Pierre Nkurunziza na Benjamin Mkapa

Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfiriye mu bitaro bikuru bya Muhimbili biherereye mu mujyi wa Dar es Salaam mu ijoro ry’uyu wa 23 Nyakanga 2020. Aya makuru yemejwe na Perezida wa Tanzania uriho ubu, Dr. John Pombe Magufuli, saa sita n’iminota 48 z’ijoro ry’uyu wa 24 Nyakanga 2020. Perezida Magufuli yababajwe cyane n’urupfu rw’uyu […]

Kigali, Rusizi na Nyamasheke habonetse abantu 21 banduye Covid-19

img_20200723_211831.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 21 mu bipimo 5534 byafashwe. Kigali yabonetsemo abarwayi 7, Rusizi ibonekamo 7 na Nyamasheke ibonekamo 7. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 889 arimo 22 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu Rwanda ni 1710, […]

Guverinoma ya Malawi yahakanye ibyo gusurwa na Perezida Kagame

Guverinoma ya Repubulika ya Malawi kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020, yahakanye iby’uruzinduko byavugwaga ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame azagirira muri iki gihugu ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame. Ibitangazamakuru byo muri Malawi nka Nyasa Times byari byatangaje ko Perezida Kagame na Jeannette Kagame bazasura Malawi tariki ya 11 Kanama 2020, bakirirwe mu biro […]

Umugore yakamejeje imbere ya polisi, mu myigaragambyo yamagana ivangura

Umugore wahawe izina rya ‘Naked Athena’ yagoye abapolisi bo mu mujyi wa Portland uri muri leta ya Oregon, tariki ya 18 Nyakanga 2020 ubwo yari mu myigaragambyo yamagana ivangura ryabase bamwe mu batuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Iyi myigaragambyo yazamuwe n’urupfu rwa George Floyd watsikamiwe ku gakanu n’umupolisi, Derek Chauvin,tariki ya 25 Gicurasi 2020 […]

Minisitiri wasabiye Madagascar ubufasha bwo kurwanya Covid-19 arasumbirijwe

Perezida Rajoelina yamuritse uyu muti, arangije arawunywa kugira ngo yerekane ko nta kibazo ufite

Minisitiri w’Ubuzima wa Madagascar, Ahmad Ahmad ku wa 20 Nyakanga 2020 watabarije igihugu cye ngo kibone ubufasha bwo kurwanya icyorezo cya Covid-19 ari kotswa igitutu. Ni mu gihe Perezida w’iki gihugu, Andry Rajoelina, mu mezi ashije yatangaje bavumbuye umuti w’iki cyorezo witwa Covid-Organisms ukozwe mu kimera cy’iwabo cyitwa Artemisia. Minisitiri Ahmad Ahmad yatabaje nyuma y’aho […]

Muganga Grace yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 26 atazi aho uherereye

Ubukwe bw'abyeyi ba Grace bishwe mu 1994

Umutoni Grace wari umaze imyaka 26 atazi aho umuryango we uherereye, kuri uyu wa 22 Nyakanga 2020 yawumenye nyuma kwifatisha ikizamini kigaragaza isano ya hafi, DNA (Deoxyribonucleic Acid) Test. Umutoni ni imfumbyi yarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavukiye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali mu 1992, ari ubuheta mu muryango w’abana batatu. Avuga ko […]

Kigali n’uturere tune habonetse abantu 34 banduye Covid-19

img_20200722_221125.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 34 mu bipimo 4613 byafashwe. Abarwayi 21 b’i Kigali ni abahuye n’abanduye ndetse n’abapimiwe mu midugudu iri mu kato. Harimo kandi 6 bo muri Rusizi, 4 bo muri Nyamasheke, 2 bo muri Kirehe n’umwe wo muri Ngoma. […]

Akari ku mutima wa Ange Kagame uherutse kwibaruka uburiza

Ange Kagame yashyingiwe tariki ya 6 Nyakanga 2019

Umukobwa wa Perezida Kagame, Ingabire Ange Kagame yatangaje akari ku mutima we nyuma yo kwibaruka umwana wa mbere (uburiza) tariki ya 19 Nyakanga 2020. Tariki ya 20 Nyakanga ni bwo Perezida Kagame yatangaje ko yabaye sogokuru ku nshuro ya mbere nyuma y’ivuka ry’umwana wa Ange n’umugabo we, Bertrand Ndengeyingoma. Uyu mwana yavukiye mu bitaro byitiriwe […]

CAR: Ingabo z’u Rwanda zagabye igitero ku mutwe uherutse kuzicira umusirikare

Ingabo z'u Rwanda zirukanye abarwanyi ba R3 mu birindiro byabo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya CentrAfurika kuri uyu wa 22 Nyakanga 2020 zagabye igitero simusiga ku mutwe witwaje intwaro wa R3 uherutse kwica umusirikare wazo ufite ipeti ya Sergeant Major, zicamo abarwanyi bawo batatu. Izi ngabo zagabye iki gitero mu birindiro by’uyu mutwe biri mu gace ka Gedze gaherereye mu […]

Abagore bifuza gukora imibonano mpuzabitsina mu gihe kingana iki ?

Imibonano mpuzabitsina ni igikorwa cya babiri bafite ibitsina bitandukanye, uw’igitsina gore n’uw’igitsina gabo by’umwihariko abashakanye. Iyo bagikoze ku bwumvikane, kiba isoko y’ibyishimo kuri bo. Abenshi biganjemo abatarashaka bibaza igihe iki gikorwa kimara, cyane cyane igihe umugore yifuza kukimaramo kugira ngo anyurwe na cyo. Urubuga rwa Google biciye mu nzira y’ishakiro ya ‘Google Search’ rugaragaza ko […]

Uruhare rw’u Rwanda mu gutatanya imitwe irurwanya iba muri RDC

Rtd. Maj. Gen. Rwarakabije yaratahutse, yinjira muri RDF

Imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yari yarshinze ibirindiro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo kuva mu 1994. Ubwo ingabo zari iza RPF-inkotanyi zabohoraga igihugu , izari ingabo z’u Rwanda (Ex-FAR) zarahunze, zihungana n’umutwe w’Interahamwe, barema umutwe wa ALiR (Army for the Liberation of Rwanda) mu 2000, waje guhinduka FDLR. FDLR nayo yaje gucikamo […]

Gen. Numbi wambuwe umwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, ararira ayo kwarika

Gen. John Numbi uherutse gusimbuzwa ku mwanya w’Umugaba w’Ingabo na Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Félix Tshisekedi, ubu ararira ayo kwarika, aho ahamya ko yagambaniwe. Uyu musirikare wahawe uyu mwanya na Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC, wasimbuwe na Gen. Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Four, yari asanzwe yarafatiwe […]

Abanduye Covid-19 biyongereyeho 26

img-20200721-wa0038.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 26 mu bipimo 7039 byafashwe. Abarwayi 24 bapimiwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali turi kwitabwaho by’umwihariko, harimo n’imidugudu iri mu kato. Abandi 2 ni abo mu Karere ka Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 848 barimo […]

U Rwanda rwaguze imashini zitanga umwuka 60, rurateganya izindi 200

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 21 Nyakanga 2020 yatangaje ko u Rwanda rufite ibyuma 60 bifasha abarwayi guhumeka bizwi nka ‘Ventilators’ ndetse rukaba ruteganya ibindi 200. Yabitangarije mu kiganiro Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yagiranye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, ubwo yabazwaga ukuntu u Rwanda rwiteguye gukemura ikibazo cy’izi mashini mu gihe […]

Tanzania iratekanye ni yo mpamvu nta wambaye agapfukamunwa-Magufuli

Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli yatangaje ko igihugu cye gitekanye, ikaba ari yo mpamvu nta muntu yabonye mu nama yabereye mu ngoro ye yambaye agapfukamunwa kifashishwa mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Uyu Mukuru w’Igihugu yongeye kwemeza ko iki cyorezo kitakirangwa muri Tanzania kandi byose byabaye bitewe n’amasengesho abanyagihugu basenze. Ati: […]

U Rwanda rugize Imana kabiri-Hon. Bamporiki Edouard

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020 yatangaje ko u Rwanda rugize Imana kabiri, nyuma y’ivuka ry’umwuzukuru wa mbere wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa 20 Nyakanga yatangaje ko umukobwa we umwe rukumbi, Ingabire Ange Kagame yibarutse imfura ku wa 19 […]

Bwa mbere Byabagamba yageze mu rukiko atambaye imyambaro ya gisirikare

1409521555e.jpg

Tom Byabagamba wahoze afite ipeti rya Colonel, akaba yaranayoboye umutwe w’ingabo zarindaga Perezida Kagame, bwa mbere kuri uyu wa 21 Nyakanga 2020 yageze mu rukiko atambaye impuzankano ya gisirikare. Ni mu rubanza yari agiye kuburana ku byaha bishya aregwa birimo gushaka gutoroka gereza no gutanga ruswa, rwari rugiye kubera mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kagarama ruherereye […]

Menya igisobanuro cy’inyinya n’ibiranga abazifite

Inyinya mu rurimi rw’Ikilatini yitwa ‘Diastema’. Ni umwanya usa n’icyuho kiri hagati y’amenyo abiri y’amabwene (Incisive), ikaba iza ahanini ku rwasaya rwa ruguru. Urubuga rwa Heatlth Line rusobanura ko inyinya iterwa n’impamvu nyinshi, cyane cyane amenyo mato umuntu aba afite, ku buryo adashobora gukwira ku rwasaya rwose. Ruvuga ko kandi umubare munini w’amenyo na wo […]

Polisi isaba abantu kwirinda Covid-19 batarajya muri kasho kuko “ari bo bayijyanamo”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020, yasabye abantu kwirinda icyorezo cya Covid-19 batarajya muri kasho kuko ari bo bayinjizamo. Ni igisubizo yatanze ubwo we na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel babazwaga ku ngamba zafashwe mu kurwanya Covid-19 muri kasho, nyuma y’aho bigaragaye […]

Kigali yabonetsemo abantu 47 banduye Covid-19

img_20200720_213344.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020 yatangaje ko Umujyi wa Kigali wabonetsemo abantu 47 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3764 byafashwe. Aba barwayi bari mu gace kari kwitabwaho by’umwiharik, ahapimwa abantu benshi. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 838 barimo 4 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu […]

Nakoreye Imana imyaka 40 ariko yanyimye ubukire-Umusaza wabaye Pasiteri

Effiong Otu ni umusaza w’imyaka 64 y’amavuko, utuye muri Nigeria. Yaretse umurimo wo gukorera Imana yamaze imyaka 40, aho yanabaye umushumba (Pasteur) maze ajya kuba umupfumu, iwabo bamwita muganga. Uyu musaza asobanura ko impamvu yaretse umurimo w’Imana, agasubira mu myemerere gakondo, ari uko yayisabye ubukire ariko ntiyabumuha. Avuga ko ubwo yakoreraga Imana, ibintu byiza byose […]

Hari gukorwa iperereza ku myenda y’umwofisiye wa polisi yafatanwe umujura

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari gukorwa iperereza rigamije kumenya uburyo umujura witwa Nsengiyumva Abbas wafatiwe mu Karere ka Kirehe tariki ya 17 Nyakanga, yaba yarabonye imyenda y’umupolisi w’umwofisiye w’inyenyeri ebyiri. Ibi ni Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera wabitangarije Kigali Today dukesha aya makuru, ati: “Iperereza rirakorwa ngo twumve uburyo yayibonye. […]

Polisi y’u Bufaransa yarekuye Umunyarwanda yari yataye muri yombi

Polisi y’u Bufaransa kuri uyu wa 19 Nyakanga 2020 yarekuwe Umunyarwanda yari yataye muri yombi, kugira ngo abazwe iby’inkongi yafashe Katedarali ya Kiliziya Gatolika ya Nantes. Uyu Munyarwanda afite imyaka 39 y’amavuko, akaba ari impunzi. Asanzwe ari umukorerabushake kuri iyi Katedali iri mu hantu nyaburanga mu Bufaransa. Impamvu yagiye kubazwa ni uko ari we wafunze […]

Kigali no mu turere dutanu habonetse abantu 43 banduye Covid-19

img-20200719-wa0021.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Nyakanga 2020 yatangaje ko abantu 43 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3214 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 34 bavuye mu itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Rusizi yabonetsemo 3, Rubavu ibonekamo 3, Rutsiro ibonekamo 1, Nyabihu ibonekamo 1 na Nyamasheke ibonekamo 1. Abamaze gukira iki cyorezo […]

Hashize imyaka 26 hagiyeho Guverinoma y’Inzibacyuho, yitwa ‘Iy’Ubumwe bw’Abanyarwanda’

Faustin Twagiramungu ari mu buhungiro

Nyuma y’iminsi 15 ingabo za RPA/FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda, nyuma y’amezi atatu n’iminsi 13 Juvénal Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda apfuye, u Rwanda rwabonye Guverinoma y’inzibacyuho yiswe ‘Iy’Ubumwe bw’Abanyarwanda’ aho Perezida yabaye Bizimungu Pasteur, Faustin Twagiramungu aba Minisitiri w’Intebe . Perezida Pasteur Bizimungu yeguye kuri uyu mwanya muri Werurwe 2000 asimburwa kuri uyu mwanya […]

Umunyarwanda yafunzwe ngo abazwe iby’inkongi yafashe Kiliziya ya Nantes

Inkongi yo muri Mutarama 1972 yangije cyane igisenge cya Kiliziya ya Nantes

Polisi y’u Bufaransa kuri uyu wa 18 Nyakanga 2020 yataye muri yombi Umunyarwanda ufite imyaka 39 y’amavuko kugira ngo abazwe iby’inkongi yafashe Katedarali ya Kiliziya Gatolika ya Nantes mu Bufaransa. Igitangazamakuru Le Figaro kivuga ko uyu Munyarwanda yakoreraga kuri iyi Katedarali nk’umukorerabushake. Ku wa Gatanu, umunsi wabanjirije inkongi ni we wafunze imiryango y’iyi kiliziya. Umushinjacyaha […]

USA yiyemeje kuzamura imibereho y’ingabo za DR Congo ikazubakira n’ibirindiro bigezweho

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 18 Nyakanga 2020 zatangaje ko zigiye kwita ku mibereho y’ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, zikayifasha kubaka ibirindiro bishya kandi byiza. Ni itangazo ryatambukijwe na Ambasade ya USA muri DR Congo, rishimira uburyo iki gihugu gikomeje guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Iri tangazo ryanyuze ku rubuga rwa Twitter, […]

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 88 yishwe na Covid-19

img_20200718_222724.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Nyakanga 2020 yatangaje ko umukecuru w’imyaka 88 y’amavuko wari utuye mu Karere ka Nyamasheke yishwe na Covid-19. Uyu mukecuru abaye uwa gatanu iki cyorezo cyiciye mu Rwanda, nyuma y’umusaza w’imyaka 65 y’amavuko, umupolisi w’imyaka 24 y’amavuko, umusirikare w’imyaka 51 y’amavuko n’umusaza w’imyaka 78 y’amavuko. Ababonetse uyu munsi […]