Menya ibirambuye ku muhango wo ‘Gupima Ubusugi’ ukorwa cyane muri Afurika y’Epfo

Ku mugabane w’Afurika by’umwihariko mu bihugu nk’Afurika y’Epfo, ubusugi ni ikintu cy’ingenzi ku mukobwa utarashaka umugabo. Ni ikimenyetso cy’uko umukobwa ari umwizerwa kuko aba yariyemeje kudahemukira uwo bazashingana urugo; yaba amuzi cyangwa atamuzi. Kugira ngo abantu bamenye niba umukobwa yarakomeye kuri uko kwitwararika, hari abahitamo kumupima bifashishije uburyo butandukanye. Muri Afurika y’Epfo, gupima ubusugi bikorerwa […]

Perezida Tshisekedi yafunguje batanu bahamwe n’icyaha cyo kwica se wa Joseph Kabila

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yafunguje abantu batanu bahamwe no kugira uruhare mu kwica se wa Joseph Kabila, Laurent Desire Kabila. Ni nyuma y’imbabazi yabahaye nk’Umukuru w’Igihugu tariki ya 30 Kamena 2020. Aba barimo mubyara wa Kabila, Col. Eddy Kapend watawe muri yombi tariki ya 24 Mutarama 2001, agakatirwa igihano cy’urupfu […]

Habonetse abantu 12 banduye Covid-19 bose b’i Kigali

img_20200717_213254.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 12 banduye Covid-19 mu bipimo 3432 byafashwe. Aba bose babonetse mu Mujyi wa Kigali. Ni itsinda ry’abantu bari kwitabwaho by’umwihariko. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 811 barimo 41 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu Rwanda ni 1485, […]

Umusore yihinduye umukobwa kugira ngo ajye akura abagabo-Amafoto

Yambitswe ubusa ku karubanda

Umusore wo muri Nigeria witwa Arinze Aleke wari umaze igihe yarihinduye umukobwa akajya arya amafaranga y’abagabo yaratahuwe, maze yambikwa ubusa ku karubanda. Aleke yambaraga nk’abakobwa ndetse akishyiraho imirimbo n’ibirungo nk’ibyabo. Uyu musore nk’uko Nairaland yabitangaje muri Gicurasi 2019, yatahuwe amaze kunywa amacupa abiri ya Heineken ndetse yirengeje n’udusahani dutatu tw’isupu iriho urusenda, ikaba ari yo […]

Perezida Kagame yakiriye Intumwa Yihariye ya Perezida Lungu wa Zambia

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020, yakiriye Intumwa Yihariye ya Perezida Edgar Lungu wa Zambia, Hon. Joseph Malanji usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga. Ni nyuma y’iminsi itatu Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Maj. Sankara akiri umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN, atangarije mu Rukiko Rukuru rwa Nyanza ko Perezida […]

Kirehe: Umujura yafashwe yambaye imyenda ya polisi iriho inyenyeri ebyiri

Mu masaa munani y’urukerera rw’uyu wa 17 Nyakanga 2020, umujura w’imyaka 19 y’amavuko witwa Nsengiyumva Abbas yafatiwe mu Mudugudu wa Nyabiyenzi, mu Kagari ka Bukora, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, yiba yambaye imyenda ya Polisi y’u Rwanda iriho inyenyeri ebyiri. Nsengiyumva asanzwe abarizwa mu Mudugudu wa Gitaba, Akagari ka Gatarama, Umurenge wa Kigina […]

U Bushinwa bushyigikiye igisirikare cya Zimbabwe gishaka guhirika Perezida Mnangagwa

Amakuru aturuka muri Zimbabwe avuga ko Visi Perezida w’iki gihugu, Rtd. Gen. Constantino Chiwenga amaze iminsi agirana ibiganiro n’abayobozi b’Ingabo za Repubulika y’u Bushinwa barimo Gen. Li Zuocheng, bakaba bahaye uburenganzira igisirikare cy’igihugu bwo guhirika ubutegetsi bwa Emmerson Mnangagwa binyuze mu nzira y’amahoro. Uyu Gen. Zuocheng ayoboye Komisiyo Nkuru ya Gisirikare, CMC (Central Military Commission). […]

Nyarugenge: Umugabo yamennye isafuriya y’ibiryo bishyushye ku mutwe w’umugore we

Umugabo witwa Nsabimana Innocent utuye mu Murenge wa Muhima w’Akarere ka Nyarugenge tariki ya 12 Nyakanga 2020, yamennye ibiryo bivuye ku ziko ku mutwe w’umugore we witwa Uwimana Odette, amushinja gusuzugura umugabo mugenzi we. Nsabimana yari avuye ku kabari yasinze, icyo gihe yari na mugenzi we basangiye inzoga wageze muri urwo rugo abwira Uwimana ko […]

Zambia: Dr. Mumba abona nta kindi u Rwanda rwakora kitari ukwizera ibyo Sankara yavuze

Dr. Nevers Mumba wabaye Visi Perezida wa Zambia akanaba Ambasaderi w’iki gihugu yatangaje ko nta kindi u Rwanda rwakora kitari ukwizera ibyo Nsabimanana Callixte (Maj. Sankara) aherutse kuvugira mu Rukiko Rukuru rwa Nyanza, ashinja Perezida Edgar Lungu gufasha abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Tariki ya 13 Nyakanga, ni bwo Maj. Sankara yatangarije urukiko ko Perezida Lungu […]

79% by’abagaragayeho Covid-19 uyu munsi ni ab’i Kigali

img-20200716-wa0057.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 38 banduye Covid-19 barimo 78.9% b’i Kigali, mu bipimo 5556 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 30 barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi abo muri Nyabihu 7 ndetse n’umwe wo muri Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 770 […]

Hatahuwe uruhare rwa Perezida Putin mu bujura bw’amakuru y’urukingo rwa Covid-19

Operasiyo yakorwaga n’inzego z’iperereza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Canada kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yagaragaje ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin ari inyuma y’ubujura bw’amakuru ku rukingo rwa Covid-19 ruri gukorerwa mu Bwongereza. Abashakashatsi bo mu Bwongereza bamaze igihe bashakisha urukingo rwa Covid-19, bavuga ko kuva muri Werurwe 2020 bagabwaho ibitero n’abajura […]

Dr. Habumuremyi yasabye gufungurwa kugira ngo abone uko yishyura amadeni

Me Kayitare Jean Pierre wunganira Dr. Pierre Damien Habumuremyi mu mategeko kuri uyu wa 16 Nyakanga 2020 yasabye ko umukiriya we yafungurwa kugira ngo abona uko yishyura amadeni arimo. Ni mu rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruhereye mu Mujyi wa Kigali. Dr. Habumuremyi aburana ifungwa n’ifungurwa ku byaha bibiri aregwa; ubuhemu ndetse no […]

Ingabo za Taiwan ziri guha gasopo Repubulika y’u Bushinwa-Amafoto

tai1.jpg

Abasirikare ba Taiwan batangiye imyitozo y’iminsi itanu bifashishije intwaro ziremereye zirimo indege n’imodoka z’intambara, mu buryo bwiswe ‘ubwo guha gasopo ingabo za Repubulika y’u Bushinwa’ ikomeje kuyivogera. Guverinoma y’u Bushinwa yemeza ko Taiwan ari ubutaka bwayo, umunsi umwe izabwigarurira ikoresheje imbaraga za gisirikare. Kuba ingabo za Taiwan zibarirwa mu 8000 ziri gukora iyi myitozo, ni […]

Nigeria: Uhagarariye abadepite yasabye ko abafata ku ngufu bajya bakonwa

Uhagarariye umutwe w’abadepite muri Nigeria, Femi Gbajabiamila kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020 yatanze igitekerezo cy’uko leta yajya ikona abantu bahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu mu rwego kugica burundu. Gukona (Surgical castration/orchiectomy) ni igikorwa cyo gukura udusabo tw’intanga (testicles) mu muhungu, umusore cyangwa umugabo. Iyo habayeho iki gikorwa, ugikorewe ntaba akibonye ubushake bwo gukora […]

Kigali na Nyamasheke hagaragaye umubare munini w’abanduye Covid-19

cov.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 38 banduye Covid-19 mu bipimo 5705 byafashwe. Hagaragaye imibare myinshi y’abanduye iki cyorezo mu mujyi wa Kigali no mu Karere ka Nyamasheke. Ababonetse muri Kigali ni 18 barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi abo muri Nyamasheke 12 bapimiwe […]

Perezida wa Zambia yamaganye ibyo Maj. Sankara amushinja

Perezida wa Zambia, Edgar Lungu kuri uyu wa 14 Nyakanga 2020 yamaganye Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Maj. Sankara wamushinje gutera inkunga ihuriro mpuzamashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rya MRCD, no kuryemerera ubufasha bwo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni ubutumwa bwatambutse mu itangazo dukesha itangazamakuru cya leta ya Zambia, Mwebantu, ryaturutse mu biro bya Perezida Lungu, […]

Sankara yemeye kwifatanya n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda abizeyeho imbaraga

Maj. Sankara yari umuvugizi w'umutwe wa FLN

Nsabimana Callixte wamenyekanye cyane nka Maj. Sankara kuri uyu wa 13 Nyakanga 2020 yatangaje ko yemeye gukorana n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda abizeyeho imbara. Ni mu rubanza rwe rwabaye mu Rugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka n’ibyaha by’iterabwoba rwa Nyanza ruherereye mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, hifashishijwe ikoranabuhanga rya ‘video conference’. Maj. Sankara […]

Banze gutabara umusirikare wabo wakoreye impanuka mu ndege batinya ko yabanduza Covid-19

Abaturage batuye mu gace ka Kithyoko muri Kenya bemeza ko banze gutabara umusirikare wabo ufite ipeti rya ‘Major’ wakoreye impanuka mu ndege, batinya ko yabanduza icyorezo cya Covid-19. Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Nyakanga 2020 ubwo abapilote babiri bari mu myitozo, bahasiga ubuzima gusa umwe utari wagashizemo umwuka yabanje gusaba […]

Kigali yabonetsemo abantu 22 banduye Covid-19 muri 41 babonetse mu gihugu hose

img-20200713-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 41 banduye Covid-19 mu bipimo 3333 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 22 barimo itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi itsinda ry’abantu 8 bafungiwe muri za kasho mu Karere ka Nyabihu. Akarere ka Nyamasheke kabonetsemo abantu 6 banduye Covid-19, mu […]

Huye: Abahinga umuceri bashinja ubuyobozi bwa koperative kubasiga mu bihombo batazivanamo

Abahinga umuceri mu gishanga cya Rwasave giherereye mu Karere ka Huye barataka igihombo batewe n’ubwari ubuyobozi bw’amakoperative ya COAIRWA ndetse na Twongere Umusaruro bumaze imyaka igera kuri ibiri buvuye muri izi nshingano, bavuga ko batazashobora kucyikuramo. Aba bahinzi bavuga ko bamaze imyaka itatu bahingira kwishyura amadeni bafatiwe n’ubuyobozi bw’aya makoperative, butakibarizwa muri izi nshingano kuko […]

Perezida wa Zambia yemereye MRCD kuyifasha guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda-Maj. Sankara

Umuyobozi wa MRCD, Paul Rusesabagina

Nsabimana Callixte uzwi nka Major Sankara kuri uyu wa 13 Nyakanga 2020 amaze guhishura ko Perezida wa Zambia, Edgar Lungu mu 2017 yemereye umuyobozi w’ihuriro mpuzamashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rya MRCD, Paul Rusesabagina guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni mu rubanza Maj. Sankara yaburaniye mu Rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha byo ku rwego mpuzamahanga […]

Covid-19 ntiyabujije ubukwe bwa mushiki wa Perezida Museveni kuba-Amafoto

mus2-2.jpg

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2020 yatashye ubukwe bwa mushiki we, Phiona Akoragye n’umugabo we Herbert Kihanda bwabereye muri Entebbe muri Kampala, hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Perezida Museveni asobanura ko nyakwigendera Eriya Riisi wari se wa Phiona yari umuvandimwe wa se, Amos […]

Habonetse abantu 38 banduye Covid-19 barimo abafungiwe muri kasho i Kigali

covid.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 12 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 38 banduye Covid-19 mu bipimo 3021 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 29 barimo itsinda ry’abafungiye muri za kasho. Harimo kandi 5 babonetse mu Karere ka Rubavu, 2 babonetse mu Karere ka Kirehe, 1 wabonetse muri Nyamagabe n’uwabonetse mu batwara amakamyo bashyizwe […]

Mu mafoto: Menya impamvu yicuza kuba yaratakaje akayabo k’amafaranga mu bukwe

both2.jpg

Umushoramari mu muziki wo muri Nigeria, Ubi Franklin yatangaje ko ikintu yicuza cyane mu icunga ry’amafaranga ari ukuba yarakoze ubukwe, agashoramo umurengera w’amafaranga, atanga n’impamvu zishyigikira ibyo avuga. Hashize imyaka ine Ubi Franklin akoze ubukwe bw’akataraboneka n’umukinnyi wa filimi, Lilian Esoro. Ubu bukwe bwitabiriwe n’ibyamamare mu muziki w’Afurika birimo: Tekno, Tiwa Savage, Iyanya, 2Face Idibia […]

Menya byinshi ku duce 44 tubitse amateka yo kwibohora tuzajya dusurwa na mukerarugendo

Mu minsi ishize, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyatangaje ko kigiye gushyira ahagaragara ahantu 44 nyaburanga habumbatiye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, binyuze muri porogramu (application) yitwa Liberation Trail. Aha hantu (sites) hagiye kwiyongera ku handi hasurwaga na ba mukerarugendo, ku buryo ushaka gusobanukirwa aya mateka, azajya anyoterwa no kuhasura. Utu duce nyaburanga turi mu […]

Habonetse abantu 47 banduye Covid-19, hapfa umuntu wa kane

ecqut8cxoaejqgu.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 47 banduye Covid-19 mu bipimo 4060 byafashwe. Habonetse kandi umuntu wa kane wishwe n’iki cyorezo muri iki gihugu. Ababonetse muri Kigali ni 43 barimo abaturutse mu kigo kinyurwamo by’igihe gito. Harimo kandi 2 babonetse mu Karere ka Nyamasheke, 1 wabonetse muri […]

Nigeria: Mu bwihisho bw’amabandi yiba amabanki hasanzwe intwaro karundura-Amafoto

Intwaro zafashwe zagaragajwe mu ruhame

Itsinda ryihariye rya Polisi ya Nigeria rimaze igihe kirekire riri gukora operasiyo yo guhiga bukware amabandi yitwaje intwaro yayogoje banki eshatu z’ubucuruzi kuva mu 2019. Tariki ya 9 Nyakanga 2020, hafashe arindwi muri aya mabandi ndetse hafatwa n’intwaro nyinshi zirimo iziremereye yakoreshaga muri ubu bujura bwivanze n’ubugizi bwa nabi. Aya mabandi yibye banki ziri muri […]

U Buhinde: Abarenga miliyoni bamaze kwicwa n’inzoka mu myaka 20

Ubushakashatsi buherutse gukorwa ku mfu ziterwa n’inzoka mu Buhinde, bwagaragaje ko abantu barenga miliyoni n’ibihumbi magana abiri (1,200,000) bamaze kwicwa nazo mu myaka 20 ishize. Abantu bishwe n’izi nzoka bari hagati y’imyaka 30 na 69 y’amavuko, bakaba bicwa ahanini n’inzoka zo mu bwoko bwa Russell’s vipers, kraits ndetse na cobra. Hari ubundi bwoko 12 kandi […]

Umuturage yasabye Perezida Kagame kumuremera akoresheje MoMo

Kuri uyu wa 10 Nyakanga 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abakoresha urubuga rwa Instagram imbonankubone (live) cyibandaga ku mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiye mu Kwakira 1990, rurangira tariki ya 4 Nyakanga 1994. Intero y’umunsi (hashtag) yari ‘Baza Perezida’ yakoreshejwe mu rurimi rw’Icyongereza igira iti: “#AskThePresident”. N’ubwo ingingo nkuru yari […]

Imfungwa 17 z’i Nyabihu mu bantu 42 bagaragayeho Covid-19

img-20200710-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 42 banduye Covid-19 mu bipimo 3898 byafashwe. Aba barimo imfungwa 17 zabonetse mu Karere ka Nyabihu. Ababonetse muri Kigali ni 16 barimo abatashye n’itsinda ryitabwaho by’umwihariko. Harimo kandi 5 babonetse mu Karere ka Rusizi na 4 babonetse mu Karere ka Nyamagabe. […]

Padiri Rebero uherutse gusezera mu busaseridoti yasezeranye

Rebero Jean Damascene wahoze ari Padiri, akaba n’umujyanama wa Musenyeri wa Diyoseze ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, yasezeraniye imbere y’amategeko n’umukunzi we kuri uyu wa 9 Nyakanga 2020. Iyi nkuru dukesha Isimbi ivuga ko uyu muhango wabereye mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo. Mu ntangiriro za Gicurasi 2020 ni bwo […]

Urusobe rw’ibibazo by’ingutu binaniza kaminuza zigenga bigatuma zitamara kabiri

Ingangaburezi College of Education muri kaminuza zigenga ziherutse guhagarikwa

Hashize igihe humvikana ibibazo bitandukanye muri Kaminuza zimwe n’amashuri makuru byigenga mu Rwanda, akenshi hakumvikana cyane ijwi rivuga ku bakozi badahembwa, bikaba bibangamira ireme ry’uburezi. Bitewe n’iri reme, mu minsi ishize Minisiteri y’Uburezi yahagaritse Kaminuza nka INATEK/UNIK, CHUR (Christian University of Rwanda) na ICE (Indangaburezi College of Education). Ni byo kaminuza n’amashuri makuru byigenga bifite […]

Inkuru y’akababaro y’umugabo warijijwe n’ibyo yabonye muri telefone y’umukobwa we

Ni isomo rikomeye ku babyeyi cyangwa abarezi batagenzura imyitwarire y’abana babo, bakabarekera ubwisanzure bwose ndetse n’ubwigenge. Umusore yageze mu myaka 27 y’amavuko, arambagiza umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko, barashakana. Umugore yabyaye umwana mwiza w’umukobwa, gusa ubwo yari amaze imyaka ibiri, uyu mugore yahise apfa. Umugabo yarababaye cyane gusa nta yandi mahitamo yari afite uretse kwita ku […]

Kigali, Rusizi, Ngoma na Kirehe habonetse abantu 16 banduye Covid-19

img-20200709-wa0032.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 16 banduye Covid-19 mu bipimo 3463 byafashwe. Ababonetse muri Rusizi ni 7, Kigali ni 4, Kirehe ni 4, Ngoma ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 623 barimo 13 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu Rwanda ni […]

Umugabo yavunnye ikirenge cy’umugore we amwitiranyije n’inzoka-amafoto

Umwambaro uyu mugore yararanye wari uteye nk'inzoka

Umugabo utaratangarijwe imyirondoro yavunnye ikirenge cy’umugore we ubwo yamusangaga mu gitanda yambaye umwambaro wo kurarana uteye neza nk’umubiri w’inzoka y’umukara. Iyi nkuru y’igitangazamakuru cyo muri Nigeria cyitwa Naija Pals yatangajwe bwa mbere n’urubuga rwa Twitter rwitwa Medical Shots tariki ya 11 Werurwe 2019. Umugore yari aryamye, amaguru ye ari hanze y’amashuka. Ubwo umugabo yinjiraga mu […]

Inzego z’ubutabera zirasabwa guhora zisuzuma ahanyura ruswa hose

Mu gihe u Rwanda n’ibindi bihugu byo ku mugabane w’Afurika byitegura kwizihiza Umunsi Nyafurika Wahariwe Kurwanya Ruswa tariki ya 11 Nyakanga 2020, Urwego rw’Umuvunyi rusaba inzego z’ubutabera z’iki gihugu guhora zisuzuma ahanyura ruswa hose. Uyu munsi ukaba warateguwe ku nkunga y’Umuryango w’Ibigu by’Ubumwe bw’Iburayi (Eropean Union). Uyu munsi uzaba ufite insanganyamatsiko “Ubutabera Buboneye, Inkingi Ikomeye […]

Icyubahiro cy’Umwamikazi w’u Bwongereza kimugira umuntu wihariye ku Isi

Elizabeth II yari amaze kwambikwa ikamba mu 1952

Kuva mu 1952 ubwo Umwamikazi w’Ubwami Bwishyize Hamwe (United Kingdom), Elizabeth II yima ingoma, yahawe icyubahiro kidasanze ugereranyije n’abandi bategetsi bo kuri iyi Si. Kuba ayoboye ibihugu bitandukanuye byibumbiye muri ubu Bwami [mu buryo bworoshye bwitwa ‘ubw’u Bwongereza’] ni umwihariko afite. Ibyo bihugu ni: u Bwongereza, Wales, Scottland na Ireland ya Ruguru. Ibyo ntibihagije mu […]

Data yahaye igihugu n’abaturage buri kimwe_Umuhungu wa Dr. Habumuremyi

Umuhungu wa Dr. Pierre Damien Habumuremyi witwa Mucyo Apollo arasaba Perezida Kagame kumukura mu maboko y’ubutabera bitewe n’imirimo yakoze ubwo yari mu buyobozi bukuru bw’igihugu. Tariki ya 5 Nyakanga 2020 ni Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha wasigariyeho Marie Michelle Umuhoza, Bahorera Dominique yatangaje ko Dr. Habumuremyi yatawe muri yombi tariki ya 3, akurikiranweho icyaha cy’ubuhemu no […]

Kigali, Rusizi na Ngoma habonetse abantu 22 banduye Covid-19

ecbnjcawkaex5cn.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 22 banduye Covid-19 mu bipimo 2644 byafashwe. Ababonetse i Kigali ni 17 bose bavuye mu kigo kinyurwamo by’igihe gito. Abandi barwayi babonetse ni abo muri Rusizi 3 n’abo muri Ngoma 2. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 610 barimo 15 b’uyu […]

Rwanda : Ni bake bakuwe ku ntebe y’ubuyobozi bakongera kuyigarurwaho

Kongera kugirirwa icyizere mu buyobozi bukuru bw’igihugu ni ikintu kiba gake gashoboka kuko uhagaritswe ku mirimo, agasimbuzwa cyangwa akegura, byumvikana bidatinze ko yaba yananiwe izo nshingano. Kongera kuzigarurwamo bibaye gake mu Rwanda nyuma y’Imyaka 26 u Rwanda rubohowe. Mu byemezo by’Inama z’Abaminisitiri zisanzwe cyangwa izidasanzwe zabaga mu myaka mike ishize, humvikanaga ngo ‘uyu yakuwe ku […]

Habonetse abantu 59 banduye Covid-19 barimo 49 b’i Kigali

ecv98ozx0aim0bs.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 59 banduye Covid-19 mu bipimo 2871 byafashwe. Aba barimo 49 babonetse muri Kigali. Ababonetse i Kigali barimo abo mu kigo kinyurwamo by’igihe gito cya Kigali n’abari mu kato mu karere ka Kicukiro. Abandi barwayi bbonetse ni abo: muri Rusizi 5, Nyamasheke […]

Agahinda ni kenshi ku mugabo w’umugore wambariye ubusa imbere y’umwana we

Umugabo w’umugore ukina filimi wo muri Ghana uherutse kwambarira ubusa imbere y’umwana we w’imyaka 7 ku munsi w’amavuko yagize agahinda kenshi nyuma yo kumenya iby’iyi myitwarire idasanzwe. Tariki ya 30 Kamena 2020 ni bwo iki cyamamare mu mukino wa filimi, Rosemond Brown kizwi nka Akuapem Poloo cyashyize hanze ifoto kiri kumwe n’uyu mwana wacyo wari […]

Abasirikare 1449 barimo abofisiye bakuru 41 bagiye mu kiruhuko

Maj. Gen. Murasira yashimye ubwitange bwaranze abagiye mu kiruhuko

Abasirikare 1449 barimo abofisiye bakuru (senior officers) 41 bo mu ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2020 bagiye mu kiruhuko bitewe n’izabukuru ndetse no kurangira kw’amasezerano. Abandi bagiye mu kiruhuko harimo 369 bafite andi mapeti ( career officers), abasirikare 1018 barangije amasezerano y’akazi n’abandi 21 bafite ubuzima budahagaze neza. Umuhango wo guha icyubahiro […]

Nyamagabe yabonetsemo abanduye Covid-19

img-20200706-wa0029.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 8 banduye Covid-19 mu bipimo 2834 byafashwe. Aba barimo 2 babonetse mu Karere ka Nyamagabe gaherereye mu Ntara y’Amajyepfo. Uretse Nyamagabe kandi, no muri Kigali habonetse 2, Rusizi haboneka 1. Habonetse abatwara amakamyo 3 banduye Covid-19 bari mu bashyizwe mu kato […]

Hari ibibazo abigaga muri kaminuza zahagaritswe batarasubizwa

Tariki ya 30 Kamena 2020 ni bwo Minisiteri y’Uburezi yashyikirije umuyobozi wa INATEK/UNIK ibaruwa imumenyesha ko kaminuza ihagaritswe burundu bitewe n’ibibazo yananiwe gukemura bituma idatanga ubumenyi bufite ireme. Kuri uyu wa 5 Nyakanga, byatangajwe ko CHUR (Christian University of Rwanda) na ICE (Indangaburezi College of Education) nazo zambuwe uburenganzira bwo gukora, zizira kutuzuza ibisabwa bituma […]

Indi Kaminuza yigenga yambuwe uburenganzira bwo gukora

Minisitiri y’Uburezi kuri uyu wa 5 Nyakanga 2020 yatangaje ko yambuye Kaminuza y’Indangaburezi College of Education uburenganzira bwo gukora bitewe n’uko itujuje ibisabwa byatumaga itanga uburezi budafite ireme. Ibi Minisitiri ufite mu nshingano iyi Minisiteri, Dr. Uwamariya Valentine yabihamirije Televiziyo y’Igihugu. Minisitiri Uwamariya yagize ati: Yagize ati “Yari ifite uburenganzira bw’igihe gito mu gihe yasabwaga […]

Rusizi na Kigali habonetse abantu 13 banduye Covid-19, abakize ni 44

img-20200705-wa0019.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 13 banduye Covid-19 mu bipimo 3279 byafashwe. Muri Kigali habonetse 5, muri Rusizi haboneka 8. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 567 barimo 44 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 1105 abakirwaye ni 535. Abamaze […]

Umugore yizihije isabukuru y’umwana we yambaye ubusa-Impamvu

Wizkid na Davido biganye ifoto ya Akuapem mu buryo bwo kumukwena

Umugore wo muri Ghana wamamaye mu mukino wa filime, Rosemond Brown uzwi nka Akuapem Poloo yizihije isabukuru y’imyaka 7 y’umuhungu we, yambariye ubusa imbere ye, akaba yasobanuye n’impamvu yabikoze. Ku Cyumweru, tariki ya 30 Kamena 2013 ni bwo umuhungu wa Akuapem yavutse. Uyu mugore avuga ko icyo gihe nta kibazo na gito yari afite, habe […]

Polisi y’u Rwanda yavuze ku iraswa ry’Umurundi ku kiyaga cya Cyohoha

Polisi y’u Rwanda mu gitondo cy’uyu wa 5 Nyakanga 2020 yavuze ko umurobyi leta y’u Burundi yatangaje ko yashimuswe, yarasiwe n’inzego z’umutekano ku kiyaga cya Cyohoha mu Karere ka Bugesera. Tariki ya 3 Nyakanga ni bwo Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Burundi yatangaje ko tariki ya 1 muri uku kwezi, ingabo z’u Rwanda zashimutiye umurobyi witwa […]

Kigali na Rusizi habonetse abantu 11 banduye Covid-19

ecgqtq4xsai61q1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 3414 byafashwe. Muri Kigali habonetse 8, muri Rusizi haboneka 3. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 523 barimo 11 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 1092 abakirwaye ni 566. Abamaze […]

Malawi: Umunyamategeko uri inyuma yo gutesha agaciro amatora ya Perezida, yanze kuba Minisitiri

Umunyamategeko wo muri Malawi wagize uruhare runini mu gutesha agaciro amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Gicurasi 2019, Mordecai Msiska yanze umwanya wa Minisitiri w’Ubutabera yahawe na Perezida mushya, Lazarus Chakwera. Peter Mutharika wari Perezida wa Malawi ni we wari watsinze ayo matora, ku majwi 38%, akurikirwa na Lazarus Chakwera wagize 35% naho Saulos Chilima agira […]

Menya uburenganzira 28 ugomba nk’Umunyarwanda

Mu gihe u Rwanda rwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 26, ni byiza ko buri wese amenya ubu burenganzira 28 agomba. Nk’uko itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003, ryavuguruwe mu 2015 ribigaragaza, mu mutwe wa IV, umunyarwanda afite uburenganzira bukurikikita: 1.Uburenganzira bwo kubaho: Umuntu wese afite uburenganzira bwo kubaho. Ntawe ushobora kuvutswa […]

Kigali, Rusizi, Kirehe na Rwamagana habonetse abantu 18 banduye Covid-19

ecbmcp9waaiacr0.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 18 banduye Covid-19 mu bipimo 2216 byafashwe. Muri Kigali habonetse 5, muri Rusizi haboneka 9, muri Kirehe habonetse 3, Rwamagana ibonekamo 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 512 barimo 19 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki […]

Cyohoha: U Burundi bushinja abasirikare ba RDF kubushimutira umurobyi

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu cy’u Burundi kuri uyu wa 3 Nyakanga 2020 yatangaje ko abasirikare babiri b’u Rwanda bashimutiye umurobyi wabo witwa Ndagijimana Sylvestre ku kiyaga cya Cyohoha tariki ya 1 Nyakanga. Iyi Minisiteri ivuga ko ibi byabereye ku musozi wa Kiri uherereye muri Komini ya Rugabira mu Ntara ya Kirundo, saa moya n’igice […]

Rwanda: Bamwe mu bakomeye bagiye bakurikiranwaho kunyereza imari no guhombya leta

Dr. Isaac Munyakazi wabaye Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC

Ruswa no kunyereza umutungo ni ingingo ebyiri Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yibanzeho mu Nama yagutse ya Komite Nyobozi y’umuryango wa FPR Inkotanyi, tariki ya 26 Kamena 2020 ku cyicaro cyawo giherereye i Rusororo. Nta guca ku ruhande, yagiye atunga agatoki umwe ku wundi n’ibyo akekwaho cyangwa se ibyo akurikiranweho, by’umwihariko abo mu rwego rw’ubutabera. […]

Ubushinjacyaha bwasabiye Dr. Kayumba Christopher gufungwa imyaka itanu

Ubushinjacyaha kuri uyu wa 3 Nyakanga 2020 bwasabiye Dr. Kayumba Christopher, mwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wanashinze igitangazamakuru The Chronicles, igifungo cy’imyaka itanu. Ni nyuma y’amezi arindwi amaze atawe muri yombi. Dr. Kayumba ukurikiranweho icyaha cy’ubusinzi no guteza umutekano muke ku kibuga cy’indege yatawe muri yombi tariki ya 10 Ukuboza 2019, ubwo yari amaze gutangariza […]

Kigali, Rusizi, Kirehe na Ngoma habonetse abantu 21 banduye Covid-19

eb8sp49woaabd50.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 21 banduye Covid-19 mu bipimo 3737 byafashwe. Muri Kigali habonetse 7, muri Rusizi haboneka 5, muri Ngoma habonetse 5, Kirehe ibonekamo 4. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 493 barimo 13 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki […]

Uganda: Aba ‘local defense’ bari mu myitozo barashe bagenzi babo 8, babiri barapfa

Abashinzwe umutekano bo mu rwego rwa ‘Local defense’ bari mu myitozo ku ikosi, kuri uyu wa 29 Kamena 2020, barashe igisasu cya ‘rocket’ bagenzi babo umunani, babiri muri bo bahasiga ubuzima. Aba ba ‘local defense’ bari hafi kurangiza ikosi ry’amezi atandatu bari gukorera mu kigo cya Ruhengyeye mu Karere ka Mbarara, aho bari gutozwa n’igisirikare […]

Ibyo nabonye mu gakapu k’umukobwa wansuye byanze kumva mu mutwe

Nitwa Yusufu, Umukobwa dukorana mu kazi, tukaba tunakundana, yansuye ari ku wa Gatandatu, ambwira ko asubira iwabo ku munsi ukurikiyeho. Yazanye agakapu, kamwe bitwaza bashyizemo amavuta, ibirungo, ibisokozo, indorerwamo n’ibindi. Ijoro ryaraguye turaryama [gusa ntitwigeze dukora imibonano mpuzabitsina], bigeze mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho, umukobwa ajya mu bwogero (douche). Ubwo yari mu bwogero, nagize amatsiko yo […]

Imyigaragambyo itangaje yabaye mu bihe bya vuba

_108957346__108927998_mediaitem108927997.jpg

Itsinda ry’abantu rito cyangwa irinini rikora imyigaragambyo iyo hari icyabaye ritishimiye cyangwa se rishaka ko haba impinduka mu birifitiye inyungu. Gusa hari ubwo hakorwa imyigaragambyo, rimwe na rimwe ikagaragara nk’urwenya. Imyigaragambyo myinshi muri iyi, usanga igaragaramo imyitwarire idasanzwe ndetse n’ubutumwa butangaje buba bwanditse ku bibaho, ku mubiri no ku bitambaro. Isi yagize amateka menshi mu […]