Donald Trump arahigishwa uruhindu na Iran, azafatwa?

Nyuma y’amezi atanu umusirikare mukuru muri Iran, Gen. Qassem Soleimani arasiwe i Baghdad n’ingabo z’Amerika, ubuyobozi bukuru bw’igihugu cye bwashyizeho impapuro zita muri yombi Perezida Donald Trump kuko ari we wategetse ko uyu mujenerali yicwa. Ibi bisa n’umwambi uhindukiriye umuhigi kuko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari zo zisanzwe zishyiriraho ibihano ibihugu n’abategetsi bakomeye, ndetse zigashyiraho […]

Ba ‘local defense’ ni babi kurusha Covid-19_Kizza Besigye

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Dr. Kizza Besigye avuga ko urwego rw’umutekano rwa ‘Local Defense’ rukorera iki gihugu ari rubi cyane kurusha icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi. Dr. Besigye atangaje aya magambo nyuma y’imyitwarire idahwitse imaze igihe iranga uru rwego, cyane cyane mu gihe cyo gukaza ingamba zo kurwanya Covid-19. Uyu munyapolitiki yababajwe cyane […]

Inama y’Abaminisitiri yakuye Akarere ka Rubavu muri Guma mu Rugo

img-20200630-wa0024.jpg

Kuri uyu wa 30 Kamena 2020, hateranye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ifata ibyemezo birimo gukura Akarere ka Rubavu muri Gahunda ya Guma mu Rugo. Mu bindi byemezo Inama y’Abaminisitiri yafashe harimo ko: ingendo mu Karere ka Rusizi zirabujijwe usibye amakamyo atwara ibicuruzwa, uduce two muri Rusizi no mu […]

Habonetse abantu 24 banduye Covid-19

img-20200630-wa0021.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 24 banduye Covid-19 mu bipimo 3694 byafashwe. Muri Kigali habonetse 7, muri Rusizi haboneka 13, muri Ngoma habonetse 2, Nyagatare ni 1 na Rutsiro ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 447 barimo 4 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho […]

Kaminuza ya Kibungo ihagaritswe burundu

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda kuri uyu wa 30 Kamena 2020 yatangaje ko ihagaritse burundu Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK cyangwa INATEK, guhera kuri uyu wa 1 Nyakanga. Nk’uto itangazo ryaturutse muri MINEDUC ribivuga, uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’inama zitandukanye ubuyobozi bwa HEC, iyi Minisiteri ndetse n’ubuyobozi bwa kaminuza bagiranye, ziga ku bibazo bitera uburezi […]

Umushoferi ashinja Guverineri kumwirukana amuziza gusurira mu modoka

Umushoferi watwaraga uwahoze ari Guverineri wa Kirinyanga muri Kenya, Anne Waiguru, ashinja uyu muyobozi kumwirukana ku kazi ko kumutwara amuziza gusurira mu modoka. Ibi byahishuwe n’akanama k’abadepite 8 baherutse guterana biga ku mikorere ya Guverineri Waiguru, yaranzwe no gukoresha ububasha yahawe mu buryo budakwiye. Umushoferi yavuze ko mbere y’uko yirukanwa, Guverineri Waiguru yinjiye mu modoka, […]

Perezida Ndayishimiye yatangaje amagambo aremereye mbere y’umunsi w’ubwigenge

Habura umunsi umwe ngo Repubulika y’u Burundi yizihize umwaka wa 58 w’ubwigenge imaze yigobotoye ubukoloni bw’Ababiligi, Perezida Evariste Ndayishimiye yatangaje amagambo aremereye yiganjemo imigani y’imigenurano, agenewe abenegihugu ndetse n’inshuti z’igihugu. Ibuye riserutse ntiryica isuka, Umugabo atinya ingwe, ntatinya iyamwinjiranye, Urera nabi ugatukwa n’abakwe, Amaso y’ibikere ntabuza abavoma, Umwana w’uwundi yimba aguhisha ivu, Agafuni kabagara ubumwe […]

Nta mugororwa wagaragayeho Covid-19 ahubwo ni abafungiwe muri ‘Kasho’

Urwego rw’Igihugu rushinzwe amagereza, RCS, rwatangaje ko ibyatangajwe ko hari abagororwa 72 bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 atari ukuri, ahubwo baba ari bari muri za ‘kasho’ za Polisi y’Igihugu. Ministeri y’Ubuzima n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, mu ijoro ryo kuri uyu wa 29 Kamena 2020 byatangaje ko habonetse abarwayi bashya 101 ba Covid-19 barimo abagororwa 72 […]

Habonetse abantu 101 banduye Covid-19 barimo abagororwa 72 bo muri Ngoma

img-20200629-wa0052.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 101 banduye Covid-19 barimo itsinda ry’abagororwa 72 bo mu Karere ka Ngoma mu bipimo 2498 byafashwe. Usibye Ngoma, muri Kigali habonetse 22, muri Rusizi haboneka 3, muri Rubavu ni 2, muri Kayonza ni 1 na Kirehe habonetse 1. MINISANTE yatangaje ko […]

Minisitiri Gatete Claver ari mu bayobozi RIB iri gukurikirana

Rwamuganza Caleb wahoze ari PS muri MINECOFIN

Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda, Gatete Claver akurikiranwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha akekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo wa leta. Dosiye ya Minisitiri Gatete bikekwa ko ifitanye isano n’iya Rwamuganza Caleb wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi na Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo bari gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Abakurikiranwe n’ubushinjacyaha muri iyi dosiye kandi harimo Serubibi […]

Musanze : Umuturage yatemye ushinzwe umutekano mu mutwe

Izi ni inzoga aba baturage banyweraga kwa Nyiramadamari

Umuturage witwa Safari Félicien utuye mu Mudugudu wa Bukane, Akagari ka Cyabagarura, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 28 Kamena 2020, yatemye ushinzwe umutekano witwa Turatsinze Jean de Dieu wari ku burinzi. Hari saa mbiri n’igice z’ijoro, ubwo abanyerondo barimo Turatsinze bari ku burinzi hamwe n’umukuru w’Umudugudu wa Bukane, ubwo bari […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 15

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 28 Kamena 2020 yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’abantu 15. Ni urutonde rwatanzwe na Minisitiri w’Intebe, Gen. Alain Guillaume Bunyoni na Visi Perezida, Prosper Bazombanza nk’uko bigenwa n’Itegekonshinga, rugizwe n’abagabo 11 ndetse n’abagore 4. Icyari gisigaye ni uko Umukuru w’Igihugu yemeza uru rutonde nk’uko yabigenje Abagize […]

Habonetse abantu 22 banduye Covid-19 barimo 7 muri Rubavu

img-20200628-wa0033.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 22 barimo 7 bo mu Karere ka Rubavu banduye Covid-19 mu bipimo 3002 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 6, muri Rusizi haboneka 8, muri Rubavu haboneka 7, mu gihe muri Kirehe habonetse 1. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri […]

Bane bagerageje gusenya ikibumbano cya Perezida Andrew Jackson batawe muri yombi

Nyuma y’amasaha make Perezida Donald Trump ashyize umukono ku itegeko rirengera ibirango bibumbatiye amateka ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nk’ibibumbano, inzibutso n’ibishushanyo, abantu bane bakekwaho kugerageza gusenya ikibumbano cya Andrew Jackson wabaye Umukuru w’iki gihugu batawe muri yombi kuri uyu wa 27 Kamena 2020. Abakurikiranwe ni Conor Judd na Ryan Lane bagaragaye mu mashusho bagerageza […]

Rusizi, Kigali na Rubavu habonetse abantu 20 banduye Covid-19

img-20200627-wa0053.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Kamena 2020 yatangaje ko mujyi wa Kigali, mu Karere ka Rusizi na Rubavu hagaragaye abantu 20 banduye Covid-19 mu bipimo 4702 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 2, muri Rusizi haboneka 15, muri Rubavu haboneka 3. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 413 barimo 15 b’uyu […]

RDC: Minisitiri w’Ubutabera yatawe muri yombi

Polisi ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yataye muri yombi Minisitiri w’Intebe wungirije Ushinzwe Ubutabera, Celestin Tunda Ya Kasende kuri uyu wa 27 Kamena 2020. Mbere y’uko Minisitiri Tunda atabwa muri yombi, yabanje gushyirirwaho impapuro zimuta muri yombi mu gitondo cy’uyu munsi. Ubwo abapolisi bamusangaga mu rugo bagiye kumuta muri yombi, amakuru ava muri RDC […]

Abaturage b’i Nyaruguru bamenye bamwe mu bagabye igitero-Ubuhamya n’amafoto

Nzabirinda Viateur

Mu masaa sita y’ijoro rya tariki ya 26 Kamena 2020 rishyira iya 27 Kamena ni bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro baturutse mu Burundi bashatse kugaba igitero mu mudugudu w’icyitegererezo Yanza uherereye mu Kagari ka Uwumusebeya, mu Murenge wa Ruheru w’Akarere ka Nyaruguru nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RDF, Lt. Col. Innocent Munyengango mu itangazo rigenewe […]

Afurika yungutse undi Perezida w’ipeti rya ‘Maréchal’

Zimwe mu ntwaro zafatiwe muri iyi Operasiyo

Inteko ishinga amategeko ya Chad yahaye Perezida Idris Déby ipeti riruta ayandi mu gisirikare rya Maréchal nk’ishimwe ry’uruhare runini yagize mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram. Maréchal de Camp/Maréchal, Marshal, Field Marshal, General Field Marshal cyangwa se Field Marshal ni ryo peti rikuru mu bisirikare by’ibihugu bitandukanye, rihabwa abasirikare bake bitewe n’ibikorwa bidasanzwe bakoze […]

Rusizi na Kigali habonetse abantu 8 banduye Covid-19

img-20200626-wa0058.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 26 Kamena 2020 yatangaje ko mujyi wa Kigali no mu Karere ka Rusizi hagaragaye abantu 8 banduye Covid-19 mu bipimo 3763 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 4, muri Rusizi haboneka 4. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 398 barimo 13 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho […]

Ntitumuririre ahubwo buri wese yiririre- Bumwe mu butumwa bwa Denise Nkurunziza

bdi8.jpg

Mu muhango wo gusezera kuri Pierre Nkurunziza uri kubera kuri Stade Ingoma iherereye mu Ntara ya Gitega mu Burundi, umufasha wa nyakwigendera, Denise Bucumi yasabye abawitabiriye kutaririra umugabo we ahubwo buri wese akwiriye kwiririra kugira ngo azagire iherezo ryiza. Uyu mugore yishimiye ko umugabo we yarangije urugendo rwo mu Isi neza, Ati: “Turashimira ko yarangije […]

Igitutu cy’ababyeyi cyatumye umukobwa yishyingira nta mugabo

Umukobwa w’Umugande w’imyaka 32 y’amavuko, Lulu Jemimah yakoze ubukwe nta mugabo nyuma y’igitutu ababyeyi be bari bamaze igihe bamushyiraho, bamubaza impamvu adashaka umugabo. Ubukwe bw’uyu mukobwa bwabaye mu 2018 yabushoyemo amafaranga 2.64 y’amadolari y’Amerika. Aya mafaranga ni ayamugejeje aho yakoreye ubukwe, ababwitabiriye biyishyuriye aho bwabereye, ikanzu yo yayikodesherejwe n’inshuti ku munsi w’amavuko, umugati bariye ni […]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Pierre Nkurunziza-Amafoto

ebcl8txwsaayrpf.jpg

Kuri uyu wa 26 Kamena 2020 hari umuhango wo gushyingura mu cyubahiro Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida wa Repubulika y’u Burundi. Nkurunziza yishwe n’indwara y’umutima tariki ya 8 Kamena nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Burundi tariki ya 9 Kamena, akaba yaraguye mu bitaro bya Karusi. Umurambo wa Pierre Nkurunziza wamaze kuvanwa mu bitaro bya Karusi, […]

Kigali: Imidugudu 6 yashyizwe muri Guma mu Rugo, abandi bahabwa integuza

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ijoro ry’uyu wa 25 Kamena 2020 ishyize Imidugudu itandatu yo mu Mujyi wa Kigali muri Guma mu Rugo, itanga integuza ko n’ahandi hashobora gushyirwa muri iyi gahunda nibiba ngombwa. Iyo midugudu irimo: Kamabuye mu Kagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro. Nyenyeri mu Kagari ka Bwerankori, Kigarama muri […]

Rusizi, Kirehe na Kigali habonetse abantu 20 banduye Covid-19

img-20200625-wa0027.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Kamena 2020 yatangaje ko mujyi wa Kigali, mu Karere ka Rusizi na Kirehe hagaragaye abantu 20 banduye Covid-19 mu bipimo 4757 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 4, muri Rusizi haboneka 14, muri Kirehe haboneka 2. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 385 barimo 9 b’uyu […]

MINALOC yatangaje impinduka zabaye mu byiciro by’ubudehe

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Iguhugu cy’Itangazamakuru, yatangaje impinduka ziri mu byiciro by’ududehe bishya byasohotse kuri uyu wa 25 Kamena 2020 n’impamvu nyamukuru yatumye leta y’u Rwanda ishyiraho uburyo bwo kubivugurura. Ubusanzwe ibyiciro by’ubudehe byariho ni bine: icya Mbere, icya Kabiri, icya Gatatu ndetse n’icya Kane. Minisitiri Shyaka yavuze ko […]

Umuturage yandikiye Inteko asaba ko Perezida Kagame yagirwa Umwami w’u Rwanda

Manirareba yashyikirije Inteko iyi baruwa muri Gucurasi 2018

Manirareba Herman utuye mu mudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi yandikiye Inteko ishinga amategeko ayisaba ko yavugurura itegekonshinga, Perezida Paul Kagame akagirwa Umwami w’u Rwanda gusa ngo imyaka imaze kurenga ibiri atarabona igisubizo. Iyi baruwa Manirareba yayandikiye umutwe w’Abadepite tariki ya 12 Gicurasi 2018, avuga ko ubwami bwakuweho […]

Nyamagabe: Umwana w’imyaka 15 yakubitiwe mu kabari ashinjwa kwiba inyama

Nkurunziza Simon w’imyaka 15 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gitaba, Akagari ka Kigeme mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa 24 Kamena 2020 yakubitiwe mu kabari ka Kalinda Vincent ashinjwa kwiba inyama. Mukuru w’uyu mwana, Niyonsaba Theoneste avuga ko murumuna we yari ajyanye na nyina mu masaka, nyuma agaruka mu rugo […]

Kigali, Rusizi, Kirehe na Nyagatare habonetse abantu 32 banduye Covid-19

img-20200624-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Kamena 2020 yatangaje ko mujyi wa Kigali, mu Karere ka Rusizi, Kirehe na Nyagatare hagaragaye abantu 32 banduye Covid-19 mu bipimo 3415 byafashwe. Mu mujyi wa Kigali habonetse abarwayi 3, muri Rusizi haboneka 22, muri Kirehe haboneka 6 mu gihe Nyagatare yabonetsemo umwe. Abamaze gukira iki cyorezo […]

Covid-19 iri kwicira abaturage mu mazu ariko Magufuli arabihishira-Umuturage

Andrew yakomoje ku makuru y'ibanga ya Covid-19 muri Tanzania

Umuturage wo muri Tanzania yashyize ahagaragara amashusho avuga ko abaturage bagenzi be bari gupfira mu mazu yabo bazize icyorezo cya Covid-19, mu gihe Magufuli agikomeje gukina umukino avuga ko iki cyorezo gisa n’icyacitse mu gihugu. Kenyan Post yatangaje inkuru y’uyu muturage tariki ya 20 Kamena ,yavuze ko yari agambiriye kumenyesha Isi ibiri kubera muri Tanzania, […]

Rubavu : Umugabo yahunze urugo akeka ko asangira umugore we n’abayobozi

Umugabo witwa Habinshuti Jean Damascene w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Rwanzekuma mu murenge wa Cyanzarwe w’Akarere ka Rubavu, yataye urugo rwe avuga ko byatewe na Ingabire Dorothée bashakanye akeka ko ari umugore w’abayobozi. Abayobozi bashyirwa mu majwi barimo : Uhagarariye umuryango wa RPF Inkotanyi muri Cyanzarwe, Ntahomvukiye Théoneste, Umuhuzabikorwa w’urwego rwa […]

Rwanda: Habonetse abantu 11 banduye Covid-19

img-20200623-wa0042.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 4568 byafashwe. Mu karere ka Kirehe habonetse abarwayi 2, muri Rusizi ni 8, naho muri Kigali ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 371 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri […]

Bujumbura: Covid-19 iri gutuma bagura imiti irimo inturusu n’umuravumba

Abantu benshi batuye mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi bari kugura imiti irimo inturusu, umuravumba, tangawizi n’ibindi, kubera ko bizera ko yabarinda icyorezo cya Covid-19. Iyi miti iri gucuruzwa n’urubyiruko mu duce dutandukanye tw’uyu mujyi, ku mifungo. Umufungo umwe w’inturusu cyangwa umuravumba uri kugurwa hagati y’amafaranga y’u Burundi 1500 n’2000. Ibitangazamakuru UBM News na Buja […]

Burundi: Gen. Bunyoni atorewe kuba Minisitiri w’Intebe

Gen. Guillaume Bunyoni

Inteko ishinga amategeko y’u Burundi kuri uyu wa 23 Kamena 2020 imaze gutorera Gen. Alain Guillaume Bunyoni kuba Minisitiri w’Intebe. Ni nyuma y’aho Perezida mushya w’iki gihugu, Rtd. Maj. Gen. Evariste Ndayishimiye yari yaramutanze nk’ugomba kujya kuri uyu mwanya, icyari gisigaye gusa ari itora ry’inteko. Abadepite 92 ni bo bemeje ko Gen. Bunyoni aba Minisitiri […]

Umukobwa w’umutinganyi yishe umugore we amuhora kumusanga aryamanye n’umugabo

Umukobwa w’umutinganyi witwa Spicy Vee ubarizwa muri leta ya Delta muri Nigeria yishe ateye icyuma umugore we Vivian ubwo yari amaze kumufatira mu cyuho aryamanye n’umugabo. Amakuru aturuka ku rubuga rwa Insta Blog avuga ko Spicy yishe Vivian atewe impungenge n’uko ashobora kumena ibanga ry’uko yaryamanye n’umugabo. Nyuma y’iminsi itatu Vivian yishwe, tariki ya 15 […]

Malawi: Amatora ya Perezida ari gusubirwamo nyuma y’umwaka abaye

Abahatana ni batatu

Abaturage bo muri Malawi mu gitondo cy’uyu wa 23 Kamena 2020 bazindukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu nyuma y’ayo bari barakoze mu 2019 ntibumvikane ku byavuyemo. Tariki ya 21 Gicurasi 2019, Malawi yabayemo amatora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Peter Mutharika ayegukana ku majwi 38.57% gusa Urukiko rushinzwe itegekonshinga tariki ya 3 Gashyantare 2020, rwahisemo gutesha agaciro ibyavuyemo […]

Uwilingiyimana Agatha aba yujuje imyaka 67-Amateka n’amafoto

Yari kumwe n'umugabo we, Barahira ndetse n'abana

Uwilingiyimana Agatha washyizwe ku rutonde rw’intwari zo mu rwego rw’Imena, ni umwe mu bagore bake b’abanyapolitiki mu Rwanda babashije gukora ibikorwa bitandukanye by’ubutwari. Agahigo kuri we ni uko kugeza ubu ari we mugore rukumbi wayoboye Guverinoma y’u Rwanda, kuva muri Nyakanga 1993 kugeza yishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ubwo yari Minisitiri w’Intebe w’u […]

Mu turere tune na Kigali habonetse abantu 59 banduye Covid-19

img-20200622-wa0018.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Kamena 2020 yatangaje ko mu turere tune no mu mujyi wa Kigali hagaragaye abantu 59 banduye Covid-19 mu bipimo 2287 byafashwe. Mu karere ka Kirehe habonetse abarwayi 33, muri Rusizi ni 12, Nyamasheke ni 4, Rubavu ni 3 naho mu mujyi wa Kigali ni 7. Abamaze gukira […]

Rubavu: Umuyobozi washinjwaga ruswa y’igitsina yafunguwe nyuma yo kugaragara ko yabeshyewe

Ntahomvukiye Theoneste uhagarariye umuryango wa RPF Inkotanyi mu Murenge wa Cyanzarwe w’Akarere ka Rubavu wari waratawe muri yombi akurikiranweho ruswa y’amafaranga n’iy’igitsina, ku wa 19 Kamena 2020 yarafunguwe nyuma y’aho urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi rusanze yarabeshyewe. Ubwo yatabwaga muri yombi byavuzwe ko yafatiwe mu cyuho mu murenge wa Rubavu, akagari ka Byahi amaze kwakira ruswa […]

Ibi ni byo ubuzwa gukorera umugore wawe n’ubwo waba umukunda cyane

Wowe n’umugore wawe murakundana cyane ndetse wumva wakora igishoboka cyose kugira ngo umushimishe. Gusa ibi bikurikira ntugerageza kubikora kugira ngo yishime: Gukora icyaha ku bwe Ukunda umugore wawe? Wifuza kumuha ikintu cyamushimisha ariko ukaba udafite ubushobozi bwo kukibona? Ntabwo ibyiza ari uko wajya kucyiba cyangwa kwiba amafaranga yo kukigura. Niba agukunda by’ukuri, azamenya ko ari […]

Ni nde ukwiriye kuryozwa iyimurwa ry’abanyeshuri batatsinze?

Umwiherero w’abayobozi bakuru wa 17 wabaye kuva tariki ya 16 kugeza ku ya 19 Gashyantare 2020 wafatiwemo ibyemezo birimo guhagarika umuco wo kwimura abanyeshuri batatsinze uzwi nka ‘Promotion Automatique’, hagamijwe kwimakaza ireme ry’uburezi. Nyuma y’amezi ane, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yagize ati : “Umwarimu uzongera kwimura umunyeshuri utaratsinze neza, azajya abihanirwa.” Iri jambo ryatumye abenshi […]

Rusizi, Rusumo na Kigali habonetse abantu 26 banduye Covid-19

img-20200621-wa0021.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Kamena 2020 yatangaje ko mu Karere ka Rusizi, ku mupaka wa Rusumo no mu mujyi wa Kigali hagaragaye abantu 26 banduye Covid-19 mu bipimo 3252 byafashwe. Muri Rusizi habonetse abarwayi 18, i Rusumo haboneka 2, na ho muri Kigali haboneka abarwayi 8. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye […]

Afurika yaba ikwiriye kwicuza ko itagikolonizwa?

Afurika yakolonijwe n’ibihugu by’i Burayi hagati y’imyaka y’1870 n’1970. Kuva icyo gihe kugeza ubu, hari abumva ko ubukoloni bwari bukwiye gukomeza kuri uyu mugabane ufatwa nk’insina ngufi bitewe n’ubushobozi buke ibihugu byawo bifite mu bukungu. Turifashisha inyandiko ya Boris Johnson wahoze ari umwanditsi w’ikinyamakuru The Spectators mu 2002. Uyu musaza ni Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza […]

Rusizi na Rusumo habonetse abantu 41 banduye Covid-19

img-20200620-wa0027.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Kamena 2020 yatangaje ko mu Karere ka Rusizi no ku mupaka wa Rusumo hagaragaye abantu 41 banduye Covid-19 mu bipimo 3116 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 357 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 702, abakirwaye ni 343.

Abakurambere batumye umwana w’imyaka 9 ashyingirwa umukecuru w’imyaka 62_Amafoto

9-year-old-groom-marries-62-year-old-wife-again_4_.jpg

Umwana w’umuhungu w’imyaka 9 y’amavuko witwa Sanele Masilela yashakanye n’umukecuru w’imyaka 62 y’amavuko witwa Helen Shabangu muri Afurika y’Epfo, mu buryo bwo kubahiriza ibyo abakurambere be bamutegetse. Ibi birori byabaye muri Nyakanga 2014 nyuma y’umwaka aba bombi bemeranyije kubana nk’umugore n’umugabo. Sanele Masilela yashyingiwe Helen Shabangu nyuma yo kubisaba ababyeyi be, nabo bakabiha umugisha. Mu […]

Umudepite yahohotewe n’abapolisi ubwo yabafotoraga bakubita abirabura

Pierrette Herzberger Fofana ni umudepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, uba mu Budage, akaba yaravukiye muri Mali. Kuri uyu wa 17 Kamena yahishuriye inteko iby’akababaro yagiriye mu mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi, ubwo abapolisi bamuhohoteraga bamuziza kubafotora ubwo bakubitaga abirabura babiri. Ku wa Kabiri tariki ya 16 Kamena ni bwo Fofana yari […]

Rusizi na Rusumo habonetse abantu 15 banduye Covid-19

img-20200619-wa0057.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Kamena 2020 yatangaje ko mu Karere ka Rusizi no ku mupaka wa Rusumo hagaragaye abantu 15 banduye Covid-19 mu bipimo 3033 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 351 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 661, abantu 308 ni […]

Abamotari bahamagara abagore b’abandi bifashishije MoMo bagiye gukeburwa

ea2z3sfxkaays3g.jpg

Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere, RURA kuri uyu wa 19 Kamena 2020 zatangaje ko zigiye gushakira umuti ikibazo cy’abamotari basigaye bifashisha serivisi ya ‘Mobile Money’ bagahamagara abakobwa n’abagore b’abandi. Iki kibazo cyazamuwe n’uwiyise Ndamaze ku rubuga rwa Twitter. Mu gitondo yabajije Polisi y’Igihugu ati: “Ni byiza kwishyura abamotari dukoresheje momo, ariko se ko basigarana nimero […]

Musanze: Abajura bafashwe babaga ihene bibye, batambagizwa umujyi bikoreye inyama

Mu gitondo cy’uyu wa 19 Kamena 2020, Nshimiyimana Rajab, umugore we na Itangishaka Wilson bafashwe n’abaturage bo mu mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze ubwo babagaga ihene n’icyana cyayo bibye unuturage witwa Kanyamibwa Immaculée, babajyana kuri Sitasiyo ya RIB babikoreje inyama. Amakuru ava mu baturage avuga ko […]

Kenya: Ishyari n’urwango biravuza ubuhuha mu muryango wa Barack Obama

Icyemezo Malik yashyize kuri Twitter kigaragaza ko Barack yavukiye muri Kenya

Abavandimwe babiri ba Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika; Malik na Auma Obama ntibacana uwaka nyuma y’aho umwe muri bo yashyize ubutumwa ku rubuga rwa Twitter bwagaragaye nk’urwango n’ishyari. Uyu mwuka wazamutse ubwo tariki ya 15 Kamena 2020, Malik Obama yashyiraga kuri uru rubuga icyemezo cyo kwa muganga kigaragaza ko murumuna we […]

Isake yigeze kujyanwa mu rukiko izira gusakuriza abaturanyi yapfuye

Maurice hafi y'urukiko

Isake yo mu kirwa cya Oléron mu Bufaransa yitwa Maurice yatsinze urubanza yaregwagamo n’abaturanyi bayishinja gusakuza buri gitondo, yishwe n’umuraramo yari ifite imyaka 6 y’amavuko. Inkuru ya AFP ivuga ko Maurice yapfuye muri Gicurasi 2020 ariko nyirayo Corinne Fesseau akaba atari yakabitangaje bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyari gikomereye u Bufaransa mu minsi yashize ngo kuko […]

Rwanda: Habonetse abantu 7 banduye Covid-19

ea0bki9xkaadgpi.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi bantu 7 banduye Covid-19 biganjemo abo mu Karere ka Rusizi, mu bipimo 2547 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 350 barimo 3 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 646, abantu 294 ni bo bakirwaye. […]

Musanze: Hoteli eshatu zari mu kato zafunguwe

Hoteli eshatu ziri mu mujyi wa Musanze zari zarashyizwe mu kato bitewe n’abantu batanu bazigezemo batanduye Covid-19, guhera kuri uyu wa 17 Kamena 2020 zirafunguye. Aya makuru yemejwe na Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu, Andrew Rucyahanampuwe mu kiganiro amaze kugirana na bwiza.com, asobanura ko gufungurwa kw’izi hoteli kwatewe no kuba nta mukozi nlumwe […]

Nyamagabe: Abagizi ba nabi bishe abantu 2, bakomeretsa abandi bikomeye

Habimana Samuel w’imyaka 23 y’amavuko na Turikunkiko Vincent w’imyaka 60 y’amavuko bishwe n’abagizi ba nabi b’abambuzi mu mudugudu wa Gatigita, Akagari ka Gahira, Umurenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe ku mugoroba w’uyu wa 17 Kamena 2020, bakomeretsa bikomeye abandi 2 bakoresheje ibyuma bya ‘ferabeto’ (Fer à beteau). Ni ubugizi bwa nabi bukomeje gukorerwa muri […]

Ngororero: Umugore n’umugabo basanzwe mu nzu bapfuye

Umugabo witwa Dusengumuremyi Amos ndetse n’umugore we, Mukamuyumbu Vestine bari batuye mu Kagari ka Gaseke, Umurenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero kuri uyu wa 17 Kamena 2020 basanzwe mu nzu bapfuye. Amakuru aturuka muri Ngororero avuga ko urugo rw’aba bombi rwari rwiriwe rukinze kuva mu gitondo, se wa Dusengumuremyi witwa Ntamwemezi Jean Paul agira […]

Rwanda: Hagaragaye abantu 3 banduye Covid-19

img-20200617-wa0026.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi bantu 3 banduye Covid-19 mu bipimo 2508 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 347 barimo 9 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 638 abantu 290 ni bo bakirwaye. Abishwe nacyo ni babiri barimo umushoferi […]

Nyaruguru: Undi muyobozi mu biro by’Akarere yatawe muri yombi

Umukozi Ushinzwe Ubuzima mu biro by’Akarere ka Nyaruguru, Uzarazi Evode yatawe muri yombi kuri uyu wa 17 Kamena 2020 akurikiranweho ibyaha birimo kwakira ruswa no gutanga cyangwa kwakira indonke. Ni nyuma y’aho na bagenzi be babiri baherutse gutabwa muri yombi. Tariki ya 12 Kamena ni bwo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Umunyamabanga […]

Inama y’Abaminisitiri yorohereje ubukerarugendo, yemerera hoteli kwakira inama

eaq1ec-xyaa879v.jpg

Kuri uyu wa 16 Kamena 2020 muri Village Urugwiro hateranye inama y’Abaminisitiri idasanzwe yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ifatirwamo ibyemezo birimo korohereza ubukerarugendo n’inama zikorerwa mu mahoteli. Iyi nama yemeje ko ubukerarugendo bw’imbere mu gihugu bwemewe ndetse na mpuzamahanga ku bashyitsi baje mu ndege zihariye; baba baje ku giti cyabo cyangwa mu […]

Abana bakeneye uburere buboneye, kurererwa mu miryango no kurindwa ihohoterwa

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango irakangurira buri wese kurerera abana mu muryango, kubaha uburere buboneye no kubarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose. MIGEPROF kandi yongeye gushishikariza abaturarwanda kwitabira gahunda ya Malayika Murinzi hagamijwe kurerera abana bose mu muryango. Ni mu gihe uRwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu kwizihiza Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, hazirikanwa […]

Rwanda: Hagaragaye abantu 24 banduye Covid-19

img-20200616-wa0017.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi bantu 24 banduye Covid-19 mu bipimo 2742 byafashwe. Abarwayi bashya hagaragaye ni abo mu Karere ka Rusizi ndetse n’Abanyarwanda batashye. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 338 kuko uyu munsi nta wakize wabonetse. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki […]

Koreya ya Ruguru yarashe misile ku biro ihuriyeho n’iy’Epfo

Ibifaru bya Koreya y'Epfo biri hafi y'umupaka

Ingabo za Koreya ya Ruguru mu masaa munani y’uyu wa 16 Kamena 2019 zasenye zirashe ibiro zihuriyeho na Koreya y’Epfo nyuma y’iminsi mike mushiki wa Kim Jong Un, Kim Yo-Jong atanze ubutumwa buteguza iki gihugu badikanyije. Ibi biro byarashwe biherereye Kaesong uhuza ibi bihugu byombi, byafunguwe mu 2018 bikaba byari ikimenyetso cy’ubwiyunge bw’ibihugu byombi. Gusa […]