Abanya-Tanzania bakuriye ingofero abakinnyi 2 ba APR FC

Abafana b’amakipe ya Young Africans na Simba Sports Club zo muri Tanzania banyuzwe n’imikinire ya myugariro Niyomugabo Jean Claude na Yussif Dauda ba APR FC, bagaragaza ko babifuza mu makipe yabo. Ku wa Gatanu APR FC ni bwo yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup iri kubera i Dar es Salaam, nyuma yo […]

Icyo Uganda ivuga ku birego by’uko RDF ijya muri RDC iciye ku butaka bwayo

Leta ya Uganda yirinze kwemeza cyangwa guhakana ibirego by’uko Ingabo z’u Rwanda zinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziciye ku butaka bwayo, ivuga ko ikeneye kubanza gusuzuma ibivugwa mbere yo kugira icyo ivuga. Byatangajwe na Ambasaderi wungirije wa Uganda i Kinshasa, Matata Twaha, ubwo ku wa Gatanu yakirwaga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika […]

U Bwongereza bwasezeranije Ukraine gukuba kabiri inkunga bwayihaga

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer , ubufasha bwo kubasabira ikurwaho ry’amategeko abuza Ukraine gukoresha intwaro zitangwa n’ibihugu by’iburengerazuba. Bwana Zelensky, yabisabiye mu nama y’abaminisitiri yabereye ahazwi nka Downing. Bwana Zelensky yavuze ko hari gahunda yo gutera ku butaka bw’Uburusiya kuko bizafasha gukumira ibitero byibasiye uduce two muri […]

Burundi: Barembejwe n’icyorezo kibasira uruhu kikanafata imyanya y’ubuhumekero

Abatuye muri Komine ya Mugamba yo mu ntara ya Bururi mu gihugu cy’u Burundi, batewe n’indwara itaramenyekana ikomeje gukwirakwira hirya no hino. Iyi ndwara irangwa no kurwara uruhu no kugira umuriro ukabije ndetse ikanatuma abayanduye badahumeka neza. Abo ikomeje kwibasira harimo abana n’abagore. Abatuye muri komini ya Mugamba, bavuga ko iyi ndwara imaze ibyumweru bibiri […]

Abarenga 40 bapfiriye mu bwato bwibasiwe n’inkongi y’umuriro

Umuryango w’Abibumbye ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka (IOM) muri Haiti, wavuze ko byibuze Abanyahayiti 40 bapfiriye mu nyanja abandi benshi barakomereka nyuma yuko ubwato bwabo bwafashwe n’inkongi y’umuriro. Ku wa gatatu, ubwo bwato bwari butwaye abantu barenga 80, bwahagurutse i Fort Saint-Michel mu majyaruguru ya Haiti bwerekeza mu birwa bya Turukiya na Caicos. Iki Kigo (IOM), […]

Haiti: Abapolisi b’Abanya Kenya bigaruriye icyambu gikomeye cyari cyarabohojwe n’amabandi

Abapolisi b’abanya Kenya boherejwe muri Haiti bigaruriye icyambu cya Auorite Portuaire Nationale mu gitero cyagabwe Kuri uyu wa Gatanu taliki 19 NYAKANGA 2024. Abapolisi ba Kenya muri Haiti na bagenzi babo bo muri Hayiti, bashoboye kwigarurira icyambu cyagenzurwaga n’agatsiko k’amabandi mu mezi atanu ashize. Iki cyambu cya Auorite Portuaire Nationale (APN), cyari cyigaruriwe n’aka gatsiko […]

Kivu y’Epfo: Ubuyobozi bwahagaritse ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko bwahagaritse ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri iyi Ntara. Ubuyobozi kandi bwashyizeho umunsi ntarengwa ko icyo cyemezo gitangira kubahirizwa uhereye ejo hashize ku wa Gatanu taliki 19 Nyakanga 2024. Impamvu nyirizina ubuyobozi bwashingiyeho bufata icyo cyemezo , ngo ni ukugirango bugire ibyo bushyira […]

Ruto yashyizeho Guverinoma nshya irimo ba Minisitiri yaherukaga kwirukana

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya ku wa Gatanu yashyizeho Guverinoma nshya, isimbura iyo yari yasheshe mu cyumweru gishize. Icyiciro cya mbere cya Guverinoma nshya kigizwe n’abaminisitiri 11 barimo abahoze mu yasheshwe. Muri bo harimo Kithure Kindiki wongeye kugirwa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Alice Wahome wongeye kugirwa Minisitiri w’Ubutaka, Aden Duale wasubijwe Minisiteri y’ingabo […]

U Bwongereza bukomeje kugerwaho ingaruka zo gusesa amasezerano yabwo n’u Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza uheruka gusesa amasezerano yerekeye abimukira iki gihugu cyari cyarasinyanye n’u Rwanda, yatangiye gukozwa isoni n’abimukira bakomeje kwinjira mu Bwongereza ku bwinshi. Ikinyamakuru Express kivuga ko kuri ubu abimukira barenga 1,185 ari bo bamaze kwinjira mu Bwongereza kuva Starmer atorewe kuba Minisitiri w’Intebe ku wa 5 Nyakanga 2024. Imibare itangwa na […]

Sudan: Impunzi zabuze ibiribwa zitangira kurya ibyatsi

Impunzi zitandukanye muri Sudan zahunze imirwano ikomeje kubera mu Ntara ya Darfur, ngo zatangiye kurya ibyatsi kubera kubura ibiryo. Byatangajwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi muri iki gihugu OMS, aho rivuga ko izi mpunzi zugarijwe n’inzara bikomeye. Iri shami rivuga ko uretse no kuba Intambara ivuza ubuhuha, ku rundi ruhande imvura nyinshi imaze iminsi […]

Nyuma ya Zimbabwe, u Rwanda rwahaye ikindi gihugu imfashanyo y’ibigori

Leta y’u Rwanda ku wa Kane tariki ya 18 Nyakanga yahaye Zambia imfashanyo ya Toni 1,000 z’ibigori, mu rwego rwo kuyigoboka kubera amapfa ayugarije. Zambia ni kimwe mu bihugu byo mu majyepfo ya Afurika byugarijwe n’amapfa akomeye yatewe n’uburyo bw’imihindagurikire y’ibihe buzwi nka ‘El Niño’. Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Bugingo Emmanuel ni we […]

Agatsiko kafashaga abanya Asia n’Abanya Afurika kwinjira muri Amerika mu buryo butemewe kahanwe

Amerika yafatiye ibihano, umugabo w’umunya Sierra Leone ushinzwa kwinjiza abanya Azia n’Abanya Afurika ibihumbi muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ushinjwa ni Abdul Karim Conteh, uvugwa kuba yaratangaga ibyangombwa bihimbano akambutsa abimukira imipaka abarimo Ubushinwa, Irani, Uburusiya, Somaliya, Afuganistani, Pakistani na Nijeriya. Umugore we Veronica Roblero, ukomoka muri Megisike n’abandi bantu babiri bakomoka muri […]

Leta ya Namibia yanze kongerera VISA Umwami wo muri Uganda

Leta ya Namibia yanze kongerera VISA umwami wo muri Uganda uruhushya rwo gukomeza kuhivuriza. Umwami Mutebi II wa Buganga nyuma y’uko yarimo avurirwa muri Namia uburwayi butaramenyekana, iki gihugu cyanze kumwongerera VISA. Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Namibia yatangaje ko abanyamahanga baba cyangwa bajyayo batemerewe guhabwa VIZA irenze iminsi 90. Icyakora, abategetsi ba Namibia, bavuga ko […]

Perezida Milei yirukanye Minisitiri wasabye Messi gusaba imbabazi

Perezida Javier Milei wa Argentine yirukanye Julio Garro wari Minisitiri wungirije wa Siporo, amuhora gusaba Lionel Messi gusaba imbabazi kubera igikorwa kitavuzweho rumwe cyakozwe na Enzo Fernandez. Ku Cyumweru tariki ya 17 ni bwo ikipe y’Igihugu ya Argentine yatwaye igikombe cya Copa America itsinze Colombia bari bahuriye ku mukino wa nyuma igitego 1-0. Igitego cyo […]

NEC yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame na RPF

Komisiyo y’Igihugu y’amatora kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 yashimangiye ko Perezida Paul Kagame ari we wegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yatangazaga by’agateganyo iby’ayavuyemo. Amajwi y’agateganyo arerekana ko Kagame yagize amajwi 99.18%, ibisobanura ko amajwi ye yiyongereyeho 0.03% ugereranyije n’amajwi y’ibanze yari yatangajwe ku wa Mbere w’iki […]

M23 Vs FARDC: Amerika yongereye igihe cy’agahenge

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatatu zatangaje ko zongereye iminsi 15 ku gahenge zasabye Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Amerika yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe na Matthew Miller, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo. Muri iryo tangazo Washington yasabye impande zihanganye muri RDC ndetse […]

Ishimwe rya Museveni kuri Perezida Kagame na RPF

Perezida Yoweri Kaguta Museve wa Uganda yashimiye mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda ndetse n’umuryango RPF-Inkotanyi, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru. Museveni mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yabwiye Perezida Kagame ko kuba yongeye gutorwa ari igihamya cy’icyizere Abanyarwanda bafitiye imiyoborere ye. Yagize ati: […]

Kenya: Abandi bapolisi 200 boherejwe muri Haiti

Ku wa kabiri, abandi bapolisi bakuru 200 bo muri Kenya, boherejwe muri Haiti mu butumwa bw’amahoro bushyigikiwe na Loni bwo kurwanya ihohoterwa rikorwa n’agatsiko kari muri iki gihugu kibasira abaturage . Aba uko ari 200, boherejwe basanga abandi 400 boherejwe mu murwa mukuru wa Haiti Port-au-Prince, aho umubare munini w’abahohotewe n’amabandi uri. Ku wa kabiri […]

Indorerezi zashimye uko inzego z’umutekano zitwaye mu bihe by’amatora

Indorerezi zashimye uko umutekano wagenze mu Rwanda mu gihe cy’amatora, by’umwihariko zishima inzego zishinzwe umutekano uhereye mu gihe cyo kwiyamamaza. Izi ndorerezi ni Indorerezi zaturutse mu bihugu bigize AU, EAC, COMESA na OIF, zivuga ko amatora yabaye nta makemwa. Zavuze ko iyi nzira yose y’amatora yari irimo amahoro, bongeraho ko mu Rwanda ariho hambere amatora […]

Rubavu: Umukozi w’uruganda rwa Gaz Méthane yishwe n’amashanyarazi

Harelimana Silas wari umukozi w’uruganda Shema Power Lake Kivu rucukura Gaz Méthane mu kiyaga cya Kivu, yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi arapfa. Impanuka yahitanye nyakwigendera yabereye mu murenge wa Nyamyumba w’akarere ka Rubavu, mu ma saa 10:00 zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga 2024. Amakuru yatanzwe n’inzego z’ibanze impanuka yabereyemo avuga ko Harelimana yafashwe […]

Senateri Menendez wakunze kwibasira u Rwanda aruhora RDC mu muryango winjira mu gihome

Urukiko rw’i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahamije ibyaha bya ruswa Senateri Bob Menendez wakunze kwibasira u Rwanda kubera ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibyaha 16 ni byo uyu musenateri wahoze akuriye Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Amerika yahamijwe, nyuma yo kwemera ko yagiye yakira ruswa zirimo […]

Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi yashyinguwe nyuma y’imyaka 4 apfuye

Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi, yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga nyuma y’imyaka ikabakaba ine apfuye. Pierre Buyoya yategetse u Burundi muri manda ebyiri, hagati ya 1987 na 1993 ndetse na hagati ya 1996 na 2003, mbere yo gupfa mu Ukuboza 2020 azize icyorezo cya COVID-19. Kuri uyu wa Gatatu […]

Perezida Rajoelina wa Madagascar yashimiye Perezida Kagame watsinze Amatora

Prezida w’Igihugu cya Madagascar Rajoelina yashimiye ko Perezida Kagame yatsinze amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Mbere taliki 15 Nyakanga 2024. Ni Manda y’imyaka itanu Perezida Kagame yatorewe, aho yatowe ku majwi 99.15. Nk’uko yabitangaje abinyujije ku Rukuta rwe rwa X, yagize ati: “Turifuriza u Rwanda amahoro n’uburumbuke”. Ni nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje […]

Umunyamakuru yarasiwe mu myigaragambyo yo kwamagana Ruto ku butegetsi

Abantu batatu, harimo n’umunyamakuru ukorera radiyo na televiziyo ya Kameme barasiwe mu myigaragambyo yo kwamagana Perezida Ruto mu gace ka Nakuru. Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Kenya byanditse ko umunyamakuru witwa Wanjeri wa Kariuki yarashwe inshuro eshatu mu kibero agwa hasi ariko ahita ajyanwa mu bitaro byigenga kugira ngo avurwe. Ababibonye bavuga ko abapolisi barashe uyu […]

Nduhungirehe yakwennye Muyaya wanenze uko amatora yagenze mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yakwennye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi w’Itangazamakuru n’Itumanaho, Patrick Muyaya wanenze uko amatora y’Umukuru w’Igihugu yagenze. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga ni bwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Amajwi NEC yatangaje yerekana ko umukandida Paul […]

Burundi: Inzara iraca ibintu muri Gereza nkuru ya Ngozi

Abagororwa bafungiwe muri gereza nkuru ya Ngozi bamaze hafi ukwezi badafite ifu yo kubatekeramo igikoma n’ubumutsima ku buryo abadafite imiryango yo kubazanira ibiryo bashobora no kuhaburira ubuzima. Iminsi 25 irashize nta biryo bibarizwa muri gereza nkuru ya Ngozi, aho kugeza ubu usanga buri muntu arya amagarama 300 gusa y’ibishyimbo kumunsi. Abenshi mu bafungiye muri iyi […]

Afurika y’Epfo: Hadutse inkongi y’umuriro yaguyemo abatari bacye barimo n’abahigi

Mu gihugu cy’Afurika y’Epfo hadutse inkongi y’umuriro yaguyemo abantu batandatu barimo n’abateje iyo nkongi. Iyi nkongi yadutse kuri uyu wa mbere, mbere taliki ya 15/07/2024, itwika abari baje kuzimya ariko amakuru akavuga ko n’abahigi bateje iyo nkongi bashobora kuba barahiriyemo. Ni inkongi yibasiye ishyamba riherereye mu Ntara ya Kwa Zulu-Natal, risanzwe ribarizwamo inyamaswa nyinshi. Iri […]

Nyuma yo kurusimbuka Donald Trump yemejwe ko azahagararira abarepubulike mu matora

Umukambwe Donald Trump, yemejwe nk’umukandida uzahagararira ishyaka ry’Abarepubulikani. Byemejwe mu nama yateranye ku munsi w’ejo, aho azaba yemerewe guhagararira iri shyaka mu matora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka. Trump yahise yemeza Senateri J.D Vance wa leta ya Ohio kuzamubera visi perezida. Ku rubuga mpuzambaga rwe rwa Truth, yanditse ko amuhisemo kugira ngo bazafatanye mu rugendo […]

Paul Kagame yanikiye abo bari bahatanye mu matora, Dr. Habineza yemera ko yatsinzwe

Amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024 amaze gutangazwa na Komisiyo y’igihugu y’amatora, arerekana ko umukandida Paul Kagame wa RPF Inkotanyi ari imbere n’amajwi 99.15%. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ni bwo Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Oda Gasinzigwa yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze. […]

Niba utajya urya ibisusa umubiri wawe wahombye ibi bintu by’ingenzi

Hari abantu bazi ko ibisusa (amababi y’uruyuzi rweraho ibihaza cyangwa imyungu) bitaribwa, nyamara bigira imboga nziza kandi zirimo intungamubiri kimwe n’izindi mboga rwatsi. Nk’uko urubuga bebodywise.com rubitangaza, ruvuga ko imboga z’ibisusa zikungahaye kuri poroteyini. Ugereranyije poroteyini ziri mu bisusa n’iziri muri epinari, usanga mu gisusa harimo nyinshi kurushaho kuko bigira 3,15 g % naho epinari […]

Burundi: Uwashimuswe n’Imbonerakure agakorerwa iyicarubozo yasanzwe mu rwobo

Asman Rwasa, ufite imyaka 32, yashimuswe mu minsi ishize, hanyuma akorerwa iyicarubozo n’umuyobozi mu mujyi wa Yoba muri Gitega, mu murwa mukuru wa politiki w’Uburundi. Amakuru avuga ko Rwasa yajyanywe ahantu hatazwi, umuyobozi aramukubita hafi gupfa ariko akaba yari afatanyije n’imbonerakure za CNDD-FDD). Umwe mu batangabuhamya, yavuze ko Rwasa akimara kuburirwa irengero yaje kuboneka mu […]

Kagame yatoye Perezida n’abadepite

Perezida Paul Kagame nk’umwe mu Baturarwanda bemerewe gutora, kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga yitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abadepite. Umukuru w’Igihugu na madamu we batoreye kuri site y’itora iherereye mu kigo cy’ishuri rya SOS Kagugu mu karere ka Gasabo. Iyi site ni na yo yatoreyeho abandi bo mu muryango we, barimo abahungu be; […]

FARDC na M23 bongeye kurwanira muri Masisi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barimo Wazalendo, SADC n’ingabo z’abarndi,bongeye kugaba igitero kuri M23 nayo yirwanaho ibasubiza inyuma. Ni imirwano yabyukiye muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa Mbere tariki ya 15/07/2024 ahagana saa kumi n’ebyri zo mu gitondo. Uduce twa Kamonyi, Butumbalongi na Bifura ho muri grupema ya Bashali-Mukoto […]

Ndacyafite icyizere cyo kwegukana intsinzi: Dr Habineza nyuma yo gutora

Umukandida w’ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, yongeye gutangaza ko afite icyizere cyo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024. Dr Habineza yabibwiye abanyamakuru ubwo yari amaze gutorera kuri site y’itora iherereye ku Ishuri Ribanza rya Kimironko II aho we na madamu we […]

Bitarenze saa yine z’ijoro nta gihindutse ibyavuye mu matora by’agateganyo biratangazwa

Abanyarwanda ingeri zitandukanye baramukiye mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 15 Nyakanga 2024, aho biteganyijwe ibyayavuyemo by’agateganyo biri butangazwe saa yine z’ijoro. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ‘NEC’ yitezweho gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo bitarenze saa yine z’ijoro uyu munsi. NEC ivuga ko abatoye Bose barabarurirwa mu cyumba cy’itora maze bakusanyirizwe kuri liste […]

RDC: Abana hafi 300 bahungishijwe imirwano ya FARDC na M23 bibasiwe n’iseru na Kolera

Abana bagera kuri 260 bibasiwe n’indwara y’iseru na Kolera nyuma y’uko bahungishijwe Intambara ihuje abafatanyabikorwa ba FARDC na M23 mu duce twabereyemo imirwano. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), niryo ryashyize ahagaragara iyo mibare ariko rishimangira ko abagera kuri miliyoni aribo bashobora kwibasirwa n’ibi byorezo. Iri shami rivuga ko abana barenga miliyoni imwe, bashobora […]

Uburusiya bwitandukanije n’abavuga ko Amerika yaba iri inyuma y’iraswa rya Donald Trump

Igihugu cy’u Burusiya cyashinjuye ubutegetsi bwa Joe Biden ko bwaba buri inyuma y’iraswa rya Donald Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza bibanziriza amatora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka. Uburusiya bwavuze ko n’ubwo Amerika yateje umwiryane mu bikorwa bya Trump ariko itari inyuma y’iraswa rye. Ni nyuma y’uko hari abo mu ishyaka ry’Abademokarate ribarizwamo Joe […]

Korea y’Epfo yatangaje gushyira iherezo ku Butegetsi bwa Kim Un mu gihe yayigabaho ibisasu by’ubumara

Ku cyumweru, Koreya y’Epfo yihanangirije iya Ruguru ko izahura n’akaga niramuka igerageje gukoresha intwaro za kirimbuzi iyirasaho. Byagarutsweho na Minisiteri y’Ingabo ya Seoul aho yavuze ko iki gihugu mu gihe cyaba kizanye ubushotoranyi ubutegetsi butamaraho kabiri. Yagize iti: “Turaburira cyane ko Korea ya Ruguru ko Ubutegetsi bwayo butazamara kabiri n’iramuka ikoresheje intwaro za kirimbuzi iyirasaho”. […]

Guverinoma ya RDC yeruye ishinja Uganda gufasha M23

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Uganda n’u Rwanda kwifashisha agahenge gaheruka gutangazwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu kongera ubufasha ku mutwe wa M23. Ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Guy Kabombo Mwadianvita, ubwo yagezaga ijambo ku nama y’abaminisitiri ku wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga. Mu cyumweru gishize Leta […]

Kenya: Inzego z’umutekano zishe abarwanyi ba Al Shabaab zifata intwaro nyinshi

Inzego zishinzwe umutekano muri Kenya, zavuze ko abasirikare b’iki gihugu bishe abarwanyi bane ba Al-Shabaab ndetse bafata n’intwaro nini zabo hafi y’umupaka wa Somaliya mu gikorwa gikomeye cyo kurwanya iterabwoba. Ni operasiyo yakorewe mu gace ka Banisa Sub-County, Mandera, yari iyobowe n’ubutasi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba.Muri iki gikorwa hafashwe imbunda, zirimo grenade igendanwa na […]

Mu Rwanda twahisemo ko tuzaba uko dushaka kuba- Kagame

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 13 Nyakanga 2024, umukandida wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze ko urugendo rw’imyaka 30 rushize na FPR iyoboye, ari ikigaragaza ko abanyarwanda babaye bamwe kandi ko ntawe uzabahitiramo kubagenera uko babaho. Byari mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu Karere ka Kicukiro kuri Site ya Gahanga aho yakiranwe urugwiro rudasanzwe ahari […]

Mbonyumutwa yitandukanyije na basaza be, yiyemeza gutora Kagame

Rwiyemezamirimo Maryse Mbonyumutwa usanzwe ari umwuzukuru wa Mbonyumutwa Dominique wabaye Perezida wa mbere w’u Rwanda, yiyemeje kuzatora umukandida Paul Kagame mu matora ateganyijwe ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga. Maryse uri mu bashinze yruganda C&D Pink Mango rukora imyenda irimo n’iyoherezwa mu mahanga ndetse akaba ari na we washinze inzu y’imideli yitwa ‘Asantii’ anabereye […]

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe gasopo

Abanyamahanga babarizwa mu mujyi wa Khartoum no mu nkengero zayo bahawe gasopo ko bagomba kuvana akarenge bitarenze iminsi 15 mu rwego rwo kubungabunga umutekano wabo. Igipolisi cya Sudan cyasabye abo banyamahanga gukuramo akabo karenge nyuma y’inama yakozwe muri iki cyumweru , bitaba ibyo bakirengera ibizababaho kuko intambara ikomeje mu bice bitandukanye. Uyu muburo uje nyuma […]

Masisi: M23 ikomeje kwigarurira imidugudu mishya

Inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 ku wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga, zigaruriye umudugudu wa Bweru wo muri Groupement ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi. M23 yigaruriye aka gace nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta. Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, ku wa Kane yari yashinje M23 kugaba […]

Mozambique: Abasirikare ba RDF bashyikirijwe ubutumwa bwa Perezida Kagame bushima imyitwarire yabo

Perezida Kagame yashimiye Ingabo za RDF ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique aho zagiye kurwanya ibyihebe. Perezida Kagame yazimenyesheje ko azishimira umuhate zikorana inshingano. Ibi bikagaragazwa n’ibyo izi ngabo zimaze kugeraho mu kurwanya imitwe y’iterabwoba muri Cabo Delgado no kugaragaza ubudasa izi ngabo zifite. Izi ngabo zashyikirijwe ubutumwa bw’umukuru w’Igihugu, ubwo Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda […]

Israel vs Hamas: Mu cyumweru kimwe isibaniro y’intambara yahitanye abagera kuri 60

Nyuma y’uko hari hashize icyumweru hari isibaniro y’intambara mu bice bimwe bya Gaza, Israel yamaze kuhakura Ingabo zayo. Ni intambara yangije byinshi, nko gusenya amazu n,ibindi bikorwaremezo ariko igarukwaho cyane n’uko mu cyumweru kimwe itwaye ubuzima bw’abantu bagera kuri 60. Iyi ntambara ikomeje kuba, mu gihe ibihugu nka Amerika n’ibindi bihugu bishyigikiye ko intambara irangira […]

RIB yemeje itabwa muri yombi rya Bishop Rugamba uyobora Bethesda Holly Church

RIB yatangaje ko yataye muri yombi, Umushumba w’Itorero Bethesda Holly Church, Beshop Rugamba azira sheki itazigamiye. Dr. Thierry Murangira Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB yatangarije itangazamakuru ko aya makuru ari impamo. Nta makuru arambuye RIB yatangaje ku itabwa muri yombi rya Bishop Rugamba haba aho afungiwe , igihe yafungiwe ndetse n’ingano y’amafaranga yari kuri cheque. […]

Gen. Japhet Koome wari umukuru wa polisi muri Kenya yeguye

Umuyobozi w’Igipolisi cya Kenya General Japhet Koome yeguye ku mirimo ye, nyuma yo kunengwa bikabije kubera imyigaragambyo yo kwamagana leta yahitanye abantu benshi, nk’uko byatangajwe na perezida Ruto ku wa gatanu. Perezida William Ruto yemeye ubwegure bwa Japhet Koome, wayoboraga igisirikare nk’uko yabitangaje mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’umunsi umwe gusa yirukanye abaminisitiri ba guverinoma. […]

Abataramenyekana barashe muri gereza imfungwa zigera kuri 200 ziratoroka

Abayobozi bo muri Nijeri batangaje ko ejo hashize (kuwa 4) mu karere ka Tillaberi hatorotse imfungwa zari zikurikiranyweho kuba ibyihebe no gucuruza ibiyobyabwenge. Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ko ibyabaye kuri uyu wa kane muri gereza ya Koutoukale iherereye nko mu bilometero 30 uvuye mu Majyaruguru y’I Burengerazuba bw’umurwa mukuru, Niamey. Abenshi mu batoretse ngo ni […]

U Bubiligi bwongeye gusaba RDC guca umubano na FDLR

Guverinoma y’u Bubiligi yongeye gusaba iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imikoranire ifitanye n’umutwe wa FDLR; nk’imwe mu nzira zo gucubya umwuka mubi ifitanye n’u Rwanda. U Bubiligi bwasabye RDC kureka gukorana n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda mu itangazo Minisiteri yabwo y’Ububanyi n’Amahanga iheruka gusohora. Ni nyuma y’uko raporo nshya impuguke y’Umuryango w’Abibumbye […]

Imodoka ebyiri zagwiriwe n’inkangu abantu 60 bari bazirimo baburirwa irengero

Abatabazi bakomeje gushakisha abantu bagera kuri 60 baburiwe irengero muri Nepal nyuma y’uko imodoka ibyiri zigwiriwe n’inkangu ubwo zahuriraga mu muhanda munini winjira mu ruzi rwa Trishuli mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu taliki 12 Nyakanga 2024. Nibura abantu 60 baburiwe irengero, mu gihe abandi batatu boze bakabasha kwambuka ariko bazahaye, bahita bajya kuvurirwa […]

Paul Kagame yasezeranyije ab’i Bumbogo umuhanda wa Kaburimbo

Umukandida wa RPF Inkotanyi, yasezeranyije abatuye mu Murenge wa Bumbogo, umuhanda wa Kaburimbo niyongera gutorerwa kuyobora u Rwanda. Yabivuze ubwo yari kuri site ya Bumbogo mu bikorwa byo kwiyamamaza. Yabijeje ko umuhanda w’igitaka uyu mukandida yanyuzemo yerekeza i Bumbogo, natorwa uzahinduka amateka ukaba kaburimbo. Ati “Hari umuhanda watugejeje aha w’ibitaka, uraza guhinduka kaburimbo vuba. Ibyo […]

Donald Trump yongeye gukina ku mubyimba Joe Biden

Joe Biden Prezida wa Leta Zunze Ubumwe za America nyuma yo kurikoroza akitaranya abayobozi kubera izabukiru bituma Trump bahanganye amuha inkwenene. Uyu muyobozi yitiranyije Perezida wa Ukraine, Zelensky n’uw’u Burusiya, Putin, ndetse na Visi Perezida we n’uwahoze ari Perezida wa USA, Donald Trump. Akoze ibi, nyuma y’uko akomeje gusabwa n’abo mu ishyaka rye kudakomeza ibikorwa […]

Col. Kazarama yasubiye muri M23

Colonel Vianney Kazarama Kanyamuhanda wahoze ari umuvugizi w’Igisirikare cy’umutwe wa M23, yamaze gusanga bagenzi be ku rugamba. Kuva muri 2013 Kazarama yabaga mu Rwanda aho we na bagenzi be bari barahungiye nyuma yo gutakaza umujyi wa Goma. Uyu musirikare yemeje ko yamaze kugera i Bunagana mu butumwa aheruka guha umunyamakuru wacu, Kayiranga Mecky. Afande Kazarama […]

U Rwanda rwahaye Zimbabwe imfashanyo

U Rwanda rwahaye Zimbabwe toni 1,000 z’ibigori, nk’imfashanyo yo gufasha iki gihugu guhangana n’amapfa yatewe n’uburyo bw’imihindagurikire y’ibihe buzwi nka ‘El Niño’. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zimbabwe akanaba ushinzwe ubucuruzi mpuzamahanga, Amb. Frederick Shava. Kuri ubu abanya-Zimbabwe babarirwa muri miliyoni 7 bugarijwe n’ikibazo cy’inzara yatewe n’amapfa yibasiye Zimbabwe cyo kimwe n’ibindi […]

Indorerezi za ICGLR zemeza ko imyiteguro y’amatora irimo kugenda neza

Mu Rwanda hateraniye indorerezi ziturutse mu bihugu bitandukanye, aho zemeza ko imyiteguro y’amatora irimo kugenda neza ndetse ko itanga Icyizere ko azagenda neza. Ni indorerezi zihagarariye ihuriro ry’abagize Inteko Zishinga Amategeko mu Muryango Uhuza Ibihugo bya Afurika y’Ibiyaga bigari, ICGLR, mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite. Izi ndorerezi zagiranye ikiganiro n’abanyamakuru zitangaza ko zemerewe gukurikirana ibikorwa […]

Yakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu azira gutuka Museveni kuri TikTok

Umugabo w’imyaka 24 wo muri Uganda yahamijwe n’Urukiko gufungwa imyaka 6 nyuma y’uko atutse Perezida Museveni ku rubuga rwa TikTok. Uyu mugabo witwa Edward Awebwa yarezwe gukoresha imvugo y’urwango no gukwirakwiza “amakuru ayobya ndetse aharabika” Perezida Yoweri Museveni. Si we gusa kuko ngo yibasiye n’umugore we Janet Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, akaba ari n’umugaba […]

Ruto yirukanye ba Minisitiri bose ba Kenya, asigaza umwe

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya kuri uyu wa Kane yirukanye abaminisitiri bose bari bagize Guverinoma y’iki gihugu, asigaza umwe wenyine. Ruto mu ijambo yagejeje ku banya-Kenya, yavuze ko Visi-Perezida Rigathi Gachagua na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavad ari bo bonyine yarokoye. Ruto yavuze ko icyemezo cyo kwirukana bariya ba Minisitiri yafashe kiri mu murongo […]

Ukwitana ba mwana hagati ya FARDC na M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyashinje umutwe wa M23 kwica agahenge kari kamaze iminsi itandatu gatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. FARDC biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, yavuze ko ingabo z’u Rwanda yise ibyihebe “zatangije ibitero by’uruhurirane ahagana saa kumi na […]

Mu mujyi wa Juba hafatiwe imodoka zirenga 1000 zibwe

Polisi ya Sudan y’Epfo yafashe imodoka 1.000 zibwe nyuma yo kwambutswa umupaka ziturutse mu bihugu bihana imbibi ariko by’umwihariko izaturutse muri Sudan ya Ruguru Abayobozi ba Sudan y’Epfo batangaje ko bafashe imodoka zirenga 1.000 zinjiye muri iki gihugu mu buryo bw’ubujura. Umuvugizi wa polisi ya Sudan ,Maj Gen Daniel Jastin, yatangarije Radio Tamazuj ko nyuma […]