Akarasisi k’indege z’intambara za UPDF mu byaranze irahira rya Museveni (Amafoto)

img_20210512_115123.jpg

Ubwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yarahiriraga manda ya gatandatu kuri uyu wa Gatatu, akarisisi k’indege z’intambara z’igisurikare cya Uganda (UPDF) kari mu byaranze ibyo birori. Ni ibirori byabereye ku kibuga cya Kololo i Kampala, byitabirwa n’ababarirwa mu bihumbi bine. Museveni yarahiriye kuyobora Uganda, nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri Mutarama ku […]

Indwanyi kabuhariwe y’Umufaransa yafatiwe muri CAR, ikekwaho gukorana n’inyeshyamba

qui.jpg

Abakozi b’urwego rwa Polisi ya Repubulika ya Centrafrika (CAR) rushinzwe kurwanya amabandi ruzwi nka OCRB, ku wa 10 Gicurasi 2021 bataye muri yombi indwanyi kabuhariwe y’Umufaransa yitwa Juan Remy Quignolot, bayikekaho gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi. Nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP), Intumwa Nkuru ya CAR, Eric Didier Tambo yatangaje ko uyu musirikare yatawe […]

EAC: Perezida Kagame ni we mukuru w’igihugu utitabiriye irahira rya Museveni

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ni we wenyine utitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu bakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka itanu iri imbere, mu muhango wabereye ku kibuga cya Kololo i Kampala. Ni […]

Idamange yabwiye urukiko ko hari abacungagereza ‘bamubwiye ko basabwe kumucisha bugufi’

Urubanza rwa Idamange Yvonne Iryamugwiza rwatangiye kuburanishwa mu mizi n’urukiko rwakoreye mu Karere ka Nyanza mu gihe we yari i Kigali muri gereza afungiyemo, gusa avuga ko hari abacungagereza bamubangamiye. Idamange yavuze ko afite ikibazo cy’umutekano muri gereza afungiyemo kuko ngo abacungagereza bamubangamira, ndetse hari abamubwiye ko ‘basabwe gucisha bugufi Yvonne’. Yavuze ko ibyo bikorwa […]

Abanyarwanda babiri bafungiwe i Lilongwe

Abanyarwanda babiri; Ufitese Celistin na Kacyatwa Sector, bafatiwe muri Malawi bakurikiranweho kuhatura mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakaba bafungiwe mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu, Lilongwe. Malawi yafashe iki cyemezo nyuma y’uko bitegetswe n’ Umucamanza mu Rukiko rwa Mangochi ku wa 10 Gicurasi 2021 nk’uko Malawi24 dukesha iyi nkuru ibitangaza. Uyu mwanzuro wo kohereza mu Rwanda Ufitese […]

Nduwantare yabaye umutoza wa gatatu wirukanwe muri shampiyona y’u Rwanda 2021

Ikipe ya AS Muhanga yirukanye Umurundi Nduwantare Ismael wari umutoza wayo mukuru, aba umutoza wa gatatu uvuye muri shampiyona y’u Rwanda nyuma y’iminsi 12 imaze itangira. Uyu mugabo wahoze atoza Ikipe ya Gicumbi FC, yirukanwe azira umusaruro mubi AS Muhanga yagize iri mu biganza bye nk’umutoza wayo. Mu mikino itatu yari amaze kuyitoza, AS Muhanga […]

Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye muri RDF bakabakaba 1,000

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari n’ Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera abasirikare bo ku rwego rwa ba ofisiye bakabakaba 1,000, bamwe bahabwa inshingano nshya. Mu bahawe imirimo mishya harimo Brig Gen Joseph Demali wahawe inshingano zo guhagararira igisirikare cy’u Rwanda muri Turkiya. Lt Col Stanislas Gashugi we yazamuwe mu […]

RDC: Abadepite bemeye guha igice cy’umushahara wabo abasirikare bari kurwanya inyeshyamba

Abadepite bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ejo ku wa 11 Gicurasi 2021 bemeye guha igice cy’umushahara wabo abasirikare n’abapolisi bari mu rugamba rwo kuranya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri. Aba badepite bose uko ari 500 bavuze ko iki cyemezo kiri mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’Umukuru w’Igihugu, […]

2019-2020: Ibigo bitatu bya leta byonyine byayihombeje Frw miliyari 40

Raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta y’umwaka wa 2019/2020 yamurikiwe abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, igaragaza ko amafaranga yakoreshejwe nabi yari kuri miliyari 5.7 mu gihe ibigo bya Leta nka WASAC, REG, EUCL bimaze guhomba miliyari 40. Ibi bigo kandi biri mu birebwa n’ingingo yo kuba kugeza ubu inama zitangwa n’umugenzuzi mukuru w’imari ya […]

Museveni yarahiriye manda ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi (Amafoto)

img_20210512_113238.jpg

Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Gatatu, yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ye ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi. Ni nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 14 Mutarama uyu mwaka, atsinze abo bari bahanganye barimo Bobi Wine ku majwi agera kuri 59%. Umuhango w’irahira rya Museveni kuri […]

Gaston Sindimwo wahoze ari visi-perezida yirukanwe mu ishyaka

Ishyaka ry’abadasigana UPRONA ryafashe umwanzuro wo kwirukana abagabo batatu barimo uwahoze ari visi-perezida ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu Burundi, Gaston Sindimwo kuri ubu akaba ari umudepite. Mu bandi UPRONA yeretse umuryango usohoka harimo uwahoze ari umusenateri, Anicet Niyongabo na Ambasaderi Isidore Mbayahaga. Aba VOA ivuga ko bazize gusebya iri shyaka, kurisiga icyasha no gusebya […]

Perezida Suluhu wa Tanzania na Uhuru wa Kenya bageze muri Uganda

sulhu2.jpg

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan na Uhuru Kenyatta wa Kenya mu gitondo cy’uyu wa 12 Gicurasi 2021 bageze muri Uganda, aho bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Basanze abandi bakuru b’ibihugu bagera mu 10 barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, Félix Tshisekedi wa Repubulika […]

Urukiko rw’Ikirenga rwahamagaje RSSB ‘yanze kwishyura’ uwakoreye impanuka mu kazi arenga miliyoni 12 FRW

Urukiko rw’Ikirenga ruherutse guhamagaza umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubwiteganyirize (RSSB), kugira ngo asobanure impamvu uru rwego rutishyura miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda n’imishahara y’ukwezi umukozi wakoreye impanuka mu kazi, bikamuviramo ubumuga bwo mu mutwe n’ubw’ingingo. Urubuga Kigali Law Tidings dukesha aya makuru ruvuga ko uyu mukozi wakoraga isuku muri Trustco Rwanda Ltd ubwo yari […]

Boko Haram yahaye abaturage impano zirimo amafaranga n’ibiribwa (Amafoto)

1-14.jpg

Umutwe wa Boko Haram wahoze witwa Jam?’at Ahl as-Sunnah lid-Da’wah wa’l-Jih?d watanze ibiribwa n’amafaranga ku baturage baYobe na Borno kugira ngo babashe gukora neza Ramadhan mu byishimo. Ibinyamakuru byo muri Nigeria birimo Sahara Reporters bivuga ko Boko Haram yatanze ibiribwa birimo: Umuceri, ibishyimbo, uburo, ibigori, amakaroni ndetse n’amafaranga. Umwe mu bo mu nzego z’umutekano yavuze […]

Umunyarwanda w’imyaka 29 agiye kwigisha muri MIT, kaminuza nziza ku Isi

Aristide Gumyusenge w’imyaka 29 y’amavuko, yahawe akazi ko kwigisha amasomo ajyanye n’Ubutabire (Chemistry) mu ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rya Massachusetts (MIT) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Gumyusenge uba muri USA yagaragaje ibyishimo yagize nyuma yo guhabwa aka kazi, agira ati: “Ni icyubahiro gikomeye muri rusange, inzozi zabaye […]

Man United yafashije Man City kwegukana igikombe cya shampiyona y’Abongereza

Ikipe ya Manchester City yaraye yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza, nyuma y’uko Manchester United bari bagihanganiye itsinzwe na Leicester City. Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola byari byitezwe ko itwara iki gikombe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, gusa ntiyabigeraho nyuma yo gutsindwa na Chelsea ibitego 2-1. Cyakora cyo gutsindwa na Chelsea ntacyo byahinduye cyane ku mahirwe […]

Abanyarwanda 14 berekezaga i Kampala, batawe muri yombi

Abashinzwe umutekano muri Uganda bifatanyije n’abakozi b’urwego rushinzwe iperereza, tariki ya 10 Gicurasi 2021 bataye muri yombi Abanyarwanda 14 bavaga mu Karere ka Kabale berekeza mu murwa mukuru, Kampala. Igitangazamakuru Command One Post kivuga ko aba Banyarwanda biganjemo urubyiruko bafatiwe muri za ‘bus’ zitandukanye kuri bariyeri iri mu gace ka Nyakijumba mu muhanda wa Kabale-Mbarara. […]

CP Kabera yasubije Umukaritasi wamukebuye ku kwambara agapfukamunwa neza

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yasubije uwamukebuye amusaba kwambara agapfukamunwa neza, yemera ko hari ubwo yigeze gukora ikosa ryo kukamanura ariko akaba asigaye akambara neza. Ni nyuma y’ifoto uwiyita ‘Umukaritasi’ yashyize ku rubuga rwa Twitter, yerekana CP Kabera yambaye agapfukamunwa, ariko akambaye nabi (yakamanuye). Ni ifoto iherekejwe n’amagambo agira ati: “Tuributsa Kabera […]