Rutsiro: Wa musore uvugwa kwica se amunigishije ikiziriko yafashwe

Habimana Evariste yafatiwe mu icumbi yari yihishemo amaze kurya amafaranga hafi 26000 mu mafaranga 420.000 avuga ko yambuye se mbere yo gutoroka.

Nyuma y’inkuru yasakaye ivuga ku musore Habimana Evariste w’imyaka 20,wari wishe se umubyara, Ugirirabino Aloys w’imyaka 77, amunigishije ikiziriko mu gitondo cyo ku wa 20 Nyakanga, amuziza amafaranga byavugwaga ko ari 400.000 yari yaraye agurishije inka,agahita atoroka aho yatangiye guhigwa bukware n’inzego z’umutekano, ku bufatanye n’iz’ubuyobozi n’abaturage, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 21 Nyakanga […]

Dr Mukwege yagaragaje ko atewe impungenge n’ingabo za EAC zizoherezwa muri RDC

Muganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Dr Denis Mukwege yagaragaje ko atewe impungenge n’ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zizoherezwa mu gihugu cyabo. Icyemezo cyo kohereza umutwe uhuriweho w’ingabo z’ibi bihugu cyafashwe n’abayobozi babyo bahuriye i Nairobi tariki ya 21 Mata 2022, banzura […]

Perezida wa Somalia mu bitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Perezida Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, ari mu bakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iri kubera i Arusha muri Tanzania. Ni inama yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga, ikazasozwa ejo ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022. Abakuru b’ibihugu bayitabiriye barimo Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri Kaguta […]

Police FC yakoze impinduka mu buyobozi bwayo, yemeza Mashami nk’umutoza wayo mukuru

Ikipe ya Police FC yemeje umutoza Mashami Vincent wahoze atoza ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ nk’umutoza wayo mukuru. Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Amakuru avuga ko uyu mutoza wanyuze mu makipe ya APR FC na Bugesera yahawe amasezerano yo gutoza Police FC mu myaka ibiri iri imbere. Ni […]

Uganda: Abadepite banenze igikorwa cyo kongeza umushahara abasirikare bakuru gusa

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yasobanuye izamurwa ry’imishahara iherutse kwemezwa ku basirikare bakuru ba Uganda (UPDF) nk’ “ivangura”, kandi ko ari ikintu gishobora guhungabanya ubumwe bw’ingabo n’umutekano w’igihugu. Mu cyumweru gishize, Daily Monitor yatangaje inkuru y’uko umushahara uteganijwe kuzamuka, aho umushahara wa buri kwezi n’inyungu z’izabukuru z’abasirikare bakuru ba UPDF bizikuba inshuro zirenga ebyiri, mu […]

Metallurgist at RUTONGO Mines Ltd

JOB ADVERTISEMENT Who we Are: Rutongo Mines Ltd is a Tin Mining Company, situated in Masoro Sector, Rulindo District, Northern Province. The Management of Rutongo Mines Ltd informs the public that it is recruiting Competent, Qualified and Experienced staff for the following position: Metallurgist (1 Position) Position/Job Title: Metallurgist Job Grade: D1 Department : Technical […]

Gakenke: Haravugwa bamwe mu banyamategeko bavangira inteko z’abunzi bikabyara akarengane n’amakimbirane

Ikinyamakuru BWIZA.COM cyageze mu karere ka Gakenke, mu murenge wa Gashenyi, aho bivugwa ko inteko z’abunzi zivangirwa na bamwe mu banyamategeko birengagiza ibiteganywa n’Itegeko nomero 37/2016 ryo kuwa 08/09/2016 rigena imitunganyirize, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’abunzi riteganya, ngo bakaryica nkana kandi barizi. Nk’uko abavuganye n’iki kinyamakuru babisobanura, amakosa menshi yakozwe mu bwiyunge bwa Me […]

M23 ivuga ko abarimo FDLR bagiye kuyigabaho ibitero simusiga

M23 yatangaje ko yabonye amakuru ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bari mu myitozo ikomeye yo kuygabaho ibitero byo kwisubiza ibice biri mu maboko yawo, utangaza ko uzirwanaho. Mu itangazo ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, M23 yavuze ko FARDC yiyambaje imitwe imwe y’inyeshyamba ya: […]

Museveni yahishuye urwo yari aboneye muri CHOGM i Kigali

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahishuye ko yashoboraga kwandurira icyorezo cya COVID-19 i Kigali aho yari yitabiriye inama ya CHOGM, gusa arokorwa no kuba yari akingiye byuzuye. Mu kwezi gushize ni bwo Perezida Museveni yari i Kigali, aho yari yitabiriye inama ya CHOGM yahuzaga abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize umuryango wa Commonwealth. Amafoto […]

Perezida Kagame ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC

Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente ubwo yageraga Arusha

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ntaboneka mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) irabera i Arusha muri Tanzania uyu munsi n’ejo. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bisobanura ko Umukuru w’Igihugu arahagararirwa na Dr Edouard Ngirente wamaze kugera i Arusha. Mu butumwa byashyize hanze mu mwanya ushize, ibi biro byagize biti: […]

Le chef de DCI, George Kinoti, conclut une tournée de sécurité de 3 jours au Rwanda

Le directeur de la Direction des enquĂȘtes criminelles au Kenya (DCI) , George Kinoti, a appelĂ© Ă  une plus grande collaboration entre les pays africains dans la lutte contre la criminalitĂ© transnationale organisĂ©e. S’exprimant aprĂšs avoir conclu sa visite de trois jours liĂ©e Ă  la sĂ©curitĂ© au Rwanda, Kinoti a dĂ©clarĂ© que le Kenya et […]

Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Mario Draghi, yeguye ku mirimo ye

Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Mario Draghi, yeguye ku mirimo ye nyuma y’uko ihuriro riri ku butegetsi rimaze gusenyuka. Ibiro bya perezida bivuga ko guverinoma ya Draghi izakomeza kwita ku bibazo by’igihugu kugeza hashyizweho indi nshya. Draghi yabonanye na Perezida Sergio Mattarella kugira ngo amushyikirize ubwegure bwe. Ibiro byatangaje nyuma y’inama, ko […]

Rulindo: Umugabo w’imyaka 35 arashinjwa gufata ku ngufu umukecuru wari umwugamishije

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gicumbi, mu mpera z’icyumweru gishize rwagejeje imbere y’Urukiko umugabo w’imyaka 35 y’amavuko, utuye mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Murambi, Akagari ka Gatwa, bumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukecuru w’imyaka 58 y’amavuko. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko icyo cyaha yagikoze ku itariki ya 24 Werurwe […]

Haji Manara yahagaritswe imyaka 2 mu bikorwa by’Umupira w’amaguru

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryahanishije Haji Manara kumara imyaka ibiri adakandagira mu bikorwa by’umupira w’amaguru, azira gutuka umuyobozi waryo. Manara uri mu byamamare bikomeye muri Tanzania, asanzwe ari umuvugizi w’ikipe ya Young Africans. Ni inshingano yahawe n’iyi kipe yo muri Tanzania nyuma yo gutandukana na mukeba wayo Simba Sports Club na yo yari […]

Intumwa z’u Rwanda na RDC zahuriye muri Angola mu nama yo guhosha amakimbirane

Minisitiri Lutundula uyoboye intumwa za RDC

Intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zateraniye i Luanda muri Angola mu nama yo gukemura amakimbirane yatutumye hagati y’ibihugu byombi bitewe n’impamvu z’umutekano. Ku ruhande rw’u Rwanda, izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta. Iza RDC zo ziyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula. Uruhande rwa Angola […]

Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine yagaragaye aririmba indirimbo isingiza ingabo z’Uburusiya

Sele Murekezi ni Mukuru wa Suedi Murekezi, Umunyarwanda ufungiwe muri Ukraine nyuma yo gufatwa n’abiyomoye kuri Ukraine bakaba bashyigikiye Uburusiya, avuga ko bajya kumenya ko yafashwe, bamubonye mu mashusho, ari kuririmba indirimbo isingiza ingabo z’Uburusiya. Suedi Murekezi wahoze mu ngabo zirwanira mu kirere za Amerika, mukuru we avuga ko yafashwe kuwa 9 Kamena, akuwe mu […]

Ibihugu byo mu Burayi bifite imyenda myinshi kurusha ibindi

Ibihugu bitatu byo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi biracyafite umwenda rusange uri hejuru ya 120% by’Umusaruro mbumbe wabyo (GDP), aho u Bugereki bufite umubare munini w’imyenda mu bihugu by’u Burayi ungana na 193.3% bya GDP, imbere y’u Butaliyani (150.8%) na Portugal (127.4%). Ariko kandi muri ibi bihugu niho iterambere mu mwaka wa 2021 rigaragara […]

Umunyarwanda yarasiwe muri USA arapfa

Umugabo witwa Kadage Byishimo wavuye mu Rwanda akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarashwe n’abataramenyekana apfa nyuma yo kugezwa kwa muganga. Amakuru avuga ko Kadage wari utuye muri Leta ya Kentucky yarasiwe iwe mu rugo aho yari kumwe n’abagize umuryango we, ubwo yari agiye kuryamisha umwana. Umuturanyi wa nyakwigendera witwa Mutabazi Etienne, yabwiye […]

Tshisekedi ntiyitabira inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC muri Tanzania

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, ntiyitabira inama ebyiri z’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zirabera i Arusha muri Tanzania guhera kuri uyu wa 21 Nyakanga 2022. Ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa EAC bisobanura ko mu nama iraba uyu munsi, abakuru b’ibihugu baraganira ku masezerano y’ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rusange […]

Rise in viagra sales sows in Somalia

Puntland politicians are whipping up a storm over an ‘increased’ sale of viagra to the unsuspecting public. On Tuesday, local health officials appearing before a parliamentary committee were put to task to explain how they would tame what the MPs said was an increasing risk of exposing the public to health hazards by regulating the […]

CIA iravuga ko nta makuru ifite yemeza ko Putin arwaye ahubwo ameze neza cyane

Umuyobozi w’Ikigo cy’ubutasi cy’Abanyamerika, CIA, yavuze ko nta makuru bafite yemeza ko Perezida Vladimir Putin arwaye cyangwa afite ubuzima bubi. Ibitangazamakuru byakomeje gukwirakwiza amakuru ataremezwa neza y’uko Putin uzuzuza imyaka 70 muri uyu mwaka, ubuzima bwe bushobora kuba butifashe neza ndetse ngo yaba anarwaye cancer. Umuyobozi wa CIA, William Burns, ariko, yavuze ko nta kimenyetso […]

Musanze: Umusaza w’imyaka 72 yahamijwe gufata ku ngufu ufite uburwayi bwo mu mutwe

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze ku cyumweru rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umusaza w’imyaka 72 icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa w’imyaka 34 ufite ubumuga bwo mu mutwe. Ni icyaha bivugwa ko cyakozwe ku italiki 10 Gashyantare 2022 mu ma saa cyenda z’amanywa, gikorewe mu Mudugudu wa Buhama, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza […]

MONUSCO iherutse koherereza u Rwanda abarwanyi ba FDLR na CNRD

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, iherutse koherereza u Rwanda abarwanyi bane bo mu mitwe yitwaje intwaro ya FDLR-FOCA na CNRD-Ubwiyunge. MONUSCO isobanura ko binyuze muri gahunda y’ubukangurambaga bwo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, DDR/RR-CVR, aba barwanyi boherejwe tariki ya 6 Nyakanga 2022. Iyi misiyo isobanura ko guhera muri […]

Rishi Sunak na Liz Truss ni bo basigaye bahatanira kuzavamo Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Abakandida babiri basigaye mu irushanwa ry’ubuyobozi bw’ishyaka ry’Aba-Conservateurs barimo gutegura ibibuga byabo ku bagize ishyaka bazahitamo uzasimbura Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza. Kuri uyu wa Gatatu, Rishi Sunak na Liz Truss ni bo basigaye mu irushanwa nyuma y’amatora y’abadepite y’uyu munsi. Sunak yandika mu kinyamakuru Daily Telegraph, yavuze ko azashyiraho […]

Ibinini byongera ingufu z’akabariro biragurwa nk’amasuka muri Somalia

Abanyepolitiki mu Ntara ya Puntland muri Somalia bavuga ko bafite impungenge ku igurwa riri ku kigero yo hejuru ibinini byongera ingufu zo gutera akabariro byitwa Viagra muri iyo ntara. Mu nteko kuwa Kabiri, bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bagaragarije inteko ko kugura Viagra biri kwiyongera cyane kandi hatazwi icyiciro cy’abaturage bari kugura ibyo binini […]

Ambasaderi w’u Bwongereza yasobanuye ku kirego cy’uko u Rwanda rwinjiza impunzi mu gisirikare

Ambasaderi w’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) mu Rwanda, Omar Daair, yasobanuye ku kirego kivuga ko iki gihugu akoreramo cyinjiza impunzi mu gisirikare, kikazohereza kurwanira mu bihugu by’ibituranyi. Mu rukiko rwo mu Bwongereza, ahabera urubanza rw’abashaka kuburizamo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, hagaragajwe inyandiko z’ibimenyetso bishya byerekana uburyo iki gikorwa gikwiye kuburizwamo. Ikinyamakuru The Times cyo […]