Bobi Wine atewe impungenge no kuba Perezida Museveni yariyegereje Eddy Kenzo

Bobi Wine yavuze ko ashimira umubano wateye imbere cyane hagati ya guverinoma n’Abahanzi bo muri Uganda ashingiye kuri Eddy Kenzo uherutse kugirwa umujyanama wa perezida Museveni mu by’ubugeni n’ubuhanzi, ariko nanone agaragaza ingaruka bishobora guteza. Ati: “ Ibyo byeretse abayobozi ko uruhare rw’abacuranzi atari kuririmba no kubyina gusa, ahubwo ko nabo bafite ubumenyi buri hejuru.” […]

Alpha Rwirangira ntazongera kuririmba indirimbo zitari izaririmbiwe Imana

Umuhanzi Alpha Rwirangira wamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye mu muziki nyarwanda, atangaza ko atazongera kuririmba indirimbo zitari izo kuramya no guhimbaza Imana ‘gospel’. Yavuze ko bijyanye n’amahitamo ye, yahisemo gukorera Imana mu buryo bwo kuyiririmbira bityo yemeza ko atazongera kuririmba indirimbo z’urukundo cyangwa ubundi butumwa buhabanye na Gospel. Alpha Rwirangira yamenyekanye cyane ubwo yatwaraga irushanwa rya […]

CAF Champions league: APR FC yisasiye Azam, isanga Pyramids FC mu ijonjora rya kabiri

Ikipe ya APR FC yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Azam FC yo muri Tanzania ibitego 2-0 ikayisezerera ku bitego 2-1. Ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Azam kuri Stade Amahoro, mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Gatandatu. Ni nyuma y’ubanza abanya-Tanzania bari batsinzemo igitego 1-0 ku Cyumweru […]

Guverinoma ya Kenya yakumiriye isukari ituruka muri EAC

Guverinoma ya Kenya yategetse ko nta sukari yemerewe kongera kwinjizwa mu gihugu yaba iturutse mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ndetse no hanze yaho. Iki cyemezo Leta ya Kenya yagifashe nyuma yo kubona ko ngo yihagije mu bicuruzwa bimwe na bimwe birimo n’isukari. Ni nyuma y’uko umunyamabanga mukuru wa minisiteri y’Ubuhinzi muri Kenya, Kipronoh […]

ICC yasabye ko impapuro zo guta muri yombi abayobozi ba Israel na Hamas zakwihutishwa

Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Karim Khan, avuga ko urukiko rufite ububasha bwo gutanga impapuro zirega Minisitiri w’Intebe Netanyahu n’ Ubuyobozi bwa Hamas kubera gushoza intambara muri Gaza. Khan yahamagariye abacamanza gufata icyemezo cyihutirwa ku cyifuzo cye cyo gusaba impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu n’abandi bafitanye isano n’intambara […]

Zimbabwe yavuze ku byo kuba yaba yaraburijemo umugambi wa Tshisekedi wo kwivugana Kabila

Leta ya Zimbabwe yahakanye amakuru yavuzwe mu cyumweru gishize y’uko yaba yaraburijemo umugambi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wo kwivugana Joseph Kabila wahoze ayobora icyo gihugu. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo i Harare muri Zimbabwe haberaga inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC, havuzwe amakuru y’uko Leta ya RDC yaba yari yoherejeyo abakozi […]

Tanzania: Ishyaka ‘ Chadema’ rirashinja Leta kunyereza abayoboke baryo barenga 200

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya, Chadema, ryasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bayoboke baryo barenga 200 rivuga ko bashimuswe. Ikindi kandi risaba Leta ko yakongera umutekano ubwicanyi bwibasiye igihugu bugahagarara. Perezida w’iri shyaka Freeman Mbowe mu kiganiro n’abanyamakuru ku ya 22 Kanama 2024, yavuze ko iki kibazo gikwiye gukemurwa byihutirwa kuko bitabaye ibyo, igihugu […]

AFC- M23 yungutse izindi mbaraga

Tikaïleli Baundjwa, wahoze ari umuyobozi ukomeye mu ishyaka rya politiki riyobowe na Guy Loando Mboyo, aherutse kwinjira mu mutwe wa Politiki ‘Alliance Fleuve Congo ,(AFC), uyobowe na Corneille Nangaa Yobeluo, wifatanije n’abarwanyi ba M23. Ibi byamenyekanye nyuma y’inyandiko zasohowe n’ishyaka rya AREP risanzwe ribarizwa mu ihuriro rya UNION SACREE ya perezida Félix Tshisekedi. Izi nyandiko […]

Amasezerano yo kwakira impunzi n’abimukira bava muri Libya yavuguruwe

Nyuma y’uko abasaga 1800 mu mpunzi zaturutse muri Libya zinyuze mu Rwanda zabonye ibihugu, kuri ubu amasezerano yo kwakira abandi baturutse muri iki gihugu yavuguruwe. Guverinoma y’u Rwanda, Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), byasinyanye amasezerano yo gukomeza ubufatanye ku kwita ku bimukira bari mu Nkambi y’Agateganyo ya […]

Putin yahaye UPDF imfashanyo ya za miliyari

Guverinoma y’u Burusiya ku wa Gatanu yahaye Igisirikare cya Uganda imfashanyo ya $ miliyoni 100 (Frw miliyari 133), ku mabwiriza ya Perezida Vladimir Putin. Iyi mfashanyo ikurikiye ibiganiro ba Perezida Putin na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda bagiriye i Saint Petersburg mu mwaka ushize. Amakuru avuga ko u Burusiya bwahaye Uganda aya mafaranga nyuma yo […]

RDC: Depite Bitakwira yongeye gushishikariza Mai Mai kuva mu bihuru bakaza kwica Abanyamurenge

Mu gace ka Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, umutwe wa Maï Maï Yakutumba ukorera muri kariya gace, ukomeje kubangamira ituze ry’abaturage by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abanyamurenge. Nk’uko aba baturage babivuga, uyu mutwe witwaje intwaro washyizeho bariyeri ku mihanda ubabuza gutambuka kugirango habeho kugenzura neza utambuka uwariwe. […]

Isomo Gen Muhoozi avuga ko yigiye kuri Maj Gen Fred Rwigema

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yigiye kuri nyakwigendera Maj Gen Fred Rwigema isomo ry’uko agomba kubohora umugabane wa Afurika wose. Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabigarutseho mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatandatu. Amateka agaragaza ko mbere y’uko Maj Gen Fred […]

Burundi: Ingendo z’impunzi z’Abanye Congo zerekeza Amerika na Canada zahagaritswe

Impunzi z’Abanye Congo ziba mu Burundi zakumiriwe kwerekeza muri Canada na Amerika nyuma y’icyorezo cy’ubushita bw’inkende ( monkeypox) gikomeje kuvuza ubuhuha mu Burundi. Impunzi z’Abanyekongo babarirwa mu magana, bari ku rutonde rwa IOM (International Organization for Migration) bari bategereje kwimurirwa muri Kanada no muri Amerika ariko biza gutangazwa ko ingendo zabo zahagaritswe mu gihe cy’iminsi […]

Isheja Sandrine yagizwe Umuyobozi muri RBA, Niyonkuru Zéphanie arirukanwa

20240823_214525.jpg

Umunyamakuru Isheja Butera Sandrine wari umaze igihe kirekire akorera Radio Kiss FM, yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Kanama ni yo yamuhaye izo nshingano. Ni inshingano agomba kungirizaho Cléophas Barore uyobora iki kigo mu Ukuboza 2023. Abandi bahawe imirimo barimo Munezero Clarisse wagizwe […]

Nigeria: Abahinzi 13 bishwe n’abashumba bazira gutanga amakuru

Abahinzi 13 bishwe n’abantu bataramenyeka bitwaje intwaro mu gitero cyagabwe mu Majyaruguru ya Nijeriya,nta tsinda ryahise rivuga ko ariryo nyirabayazana w’ubwo bwicanyi bwabaye ku wa Gatatu muri leta ya Nigeriya. Ni mu gihe mu Majyaruguru ya Nijeriya hakomeje kurangwa n’imirwano ishingiye ku butaka no ku mazi hagati y’abashumba n’abahinzi bo mu cyaro. Ikindi gitera ubwumvikane […]

Ibipimo by’imvura y’umuhindo ntibinyuranye n’iby’iyaguye mu myaka 30 ishize- Meteo Rwanda

Imvura y’umuhindo iteganyijwe mu Rwanda, ni ukuvuga mu mezi atatu ari imbere, ntihabanye n’iyaguye mu myaka 30 ishize nk’uko ibipimo bitangwa n’ Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda bibigaragaza. “ Meteo Rwanda, itangaza ko imvura iteganyijwe mu Muhindo wa 2024, izaterwa n’ubushyuhe bw’inyanja ya Atlantika n’u Buhinde. Ubwo iki kigo cy’amurikaga uko ibi […]

Abahesha b’inkiko b’umwuga bo mu Rwanda na Caméroun mu bufatanye ku gusangira ubumenyi mu ikoranabuhanga

abaheshab_inkiko_copy_1000x667.jpg

Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda rwakiriye itsinda ry’Abahesha b’Inkiko baturutse i Douala muri Caméroun, bakaba bari mu ruzinduko rugamije gutsura umubano n’imikoranire, gusangira ubumenyi ndetse no gushaka ahaboneka amahirwe impande zombi zakungukiramo; by’umwihariko mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga. Abahesha b’inkiko bo muri Caméroun bari i Kigali kuva ku wa 19 kugeza ku wa 26 Kanama […]

Wari uzi ko Tangawizi ifasha umugore mu gihe cy’imihango?

Ikimera cya Tangawizi gikunze gukoreshwa cyane haba mu kugishyira mu kinyobwa cyangwa mu biribwa. Iki gihingwa gifite akamaro kenshi harimo no kugabanya uburibwe ku mugore uri mu gihe cy’imihango. Ubushakashatsi bwagaragaje ko Tangawizi ifasha kugabanya ububabare ku b’igitsina gore mu gihe bari mu mihango. Ubushakashatsi bwagaraje ko abagore bafashe Milligarama 1500 z’ifu ya Tangawizi ku […]

Igitutu cya P. Kagame cyatumye Umujyi wa Kigali ushaka indi moteri yo gucanira KPS ikubagahu

Umujyi wa Kigali wemeje ko washatse moteri yo gucanira Kigali Pelé Stadium, mu gihe iyo watumije itaragera mu Rwanda. Ni icyemezo ubuyobozi bw’uyu mujyi bwafashe nyuma yo kunengwa na Perezida Paul Kagame wagaragaje ko ikibazo cya moteri icanira iriya Stade cyatumye imikino yagombaga kuyikinirwaho nijoro yigizwa imbere kitagakwiye kuba cyaranabayeho, na mbere y’uko ubuyobozi bw’Umujyi […]

Afurika: Ibihugu 10 bifite abaturage bafite igipimo cy’ubwenge kiri hejuru kurusha ibindi

capture_uyre.jpg

Iyo uhuye n’inshuti cyangwa umuryango wawe mukagirana ibiganiro akenshi ubumva arasesengura cyangwa namwe ubwanyu mukigereranya ku buryo ubyumva amenya ngo ubwenge bw’uyu buri hejuru cyangwa buri hasi. Gusa iryo gereranya ntirihagije ngo hamenyekane igipimo cy’ubwenge umuntu afite, keretse iyo habayeho kubupima hakoreshejwe ibikoresho byabugenewe. Urubuga rwa africa.businessinsider, ruvuga ko iyi mitekerereze ya muntu yo gusuzuma […]

Somalia yahaye integuza Ethiopian Airlines ko iri bukumire ingendo zayo

Guverinoma ya Somalia, yavuze ko yahagaritse iri buhagarike ingendo z’indege za Ethiopian Airlines zerekeza muri Somaliya kugeza igihe hakemuwe ibibazo impande zombi zifitanye. Mu itangazo, Ikigo gishinzwe indege za gisivili muri Somaliya (SCAA), cyasohoye ejo ku wa Kane, cyavuze ko ku ya 14 Kanama 2024, Cyandikiranye na Ethiopian Airlines kuri iki kibazo ariko habura igisubizo. […]

Leta yahagaritse amadini n’amatorero arenga 40 yakoreraga mu Rwanda

20240823_072111.jpg

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ku wa Kane yatangaje ko yahagaritse amadini n’amatorero 43 yakoreraga mu Rwanda “mu buryo butemewe n’amategeko”. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude mu ibaruwa yandikiye abayobozi bose b’uturere two mu gihugu, yasabye ko iriya miryango 43 ishingiye ku myemerere igomba guhagarikwa. Ibaruwa ya Minisitiri wa MINALOC ivuga ko kuva muri Nyakanga […]

Kagame yavuze ku kibazo cya moteri yagize ingaruka ku barimo Rayon Sports

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ikibazo cya moteri icanira Kigali Pele Stadium cyatumye imikino y’amakipe arimo Rayon Sports yigizwa imbere kitagakwiye kuba cyaranabayeho, na mbere y’uko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangira kugishakira igisubizo. Umujyi wa Kigali uheruka kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) urimenyesha ko imikino ya nijoro idashobora gukinirwa kuri Kigali Pele Stadium, […]

Amakamyo 15 muri 131 ni yo yahawe uburenganzira bwo kwambutsa imfashanyo zijya muri Sudan

Amakamyo 15 muri 131 y’imfashanyo yari ku mupaka wa Chad, niyo yemerewe kwambuka umupaka yerekeza muri Sudan. Izi mfashanyo zabonetse, zambukijwe umupaka wa Adre, zivuye muri Chadi zijya mu ntara ya Darfur yibasiwe n’inzara, muri Sudani. Impamvu izi mfashanyo zari zatinze, ni uko ingabo za Sudani zari zarafashe icyemezo kibuza imfashanyo kuhagera. Abasirikare bashyamiranye mu […]

Musonera wari watorewe kuba umudepite arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Musonera Germain wari watorewe kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, akaba akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Musonera wari wiyamamaje nk’umukandida w’umuryango RPF-Inkotanyi yakuwe ku rutonde rw’abadepite binjiye mu nteko habura amasaha make ngo bagenzi be barahire. Yakuwe ku rutonde nyuma y’uko hari abaturage bari bamaze gutanga […]

Ukraine yigambye gufata ikindi gice cy’u Burusiya

Perezida Volodymyr Zelenskiy yatangaje ko hafashwe undi mudugudu w’Uburusiya ubwo yasuraga umupaka ingabo za Ukraine ziherutse kwinjiramo mu Burusiya mu byumweru bibiri bishize. Kyiv yavuze kandi ko yagabye igitero cy’indege zitagira abapilote ku birindiro by’indege mu majyepfo y’Uburusiya. Iki gitero cyagabwe ku birometero 240 uvuye aho Ukraine yinjiriye mu karere ka Kursk mu burengerazuba bw’Uburusiya, […]

Dusengiyumva yongeye gutorerwa kuba Meya w’Umujyi wa Kigali

Dusengiyumva Samuel wari usanzwe ari Meya w’Umujyi wa Kigali, yatorewe gukomeza kuwuyobora mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere. Hari mu matora yabereye muri Camp Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Kanama 2024. Amatora y’abagize Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali ndetse n’ay’abagize Biro y’Inama njyanama yawo yakurikiye ayatorewemo abajyanama batandatu bawuhagarariye mu nama njyanama […]

Zambia: Mu kwezi kumwe imbwa 400 zishwe na kawunga y’ibigori

Minisitiri w’Ubuzima muri Zambia, Elijah Muchima, yavuze ko imbwa zigera muri 400, zapfuye mu kwezi gushize nyuma yo kurya kawunga y’ibigori byanduye bityo hakaba hari n’impungenge ko n’abantu bashobora guhura n’akaga. Eliya Muchima yatangaje ko amasosiyete asya ibigori yafashe ibipimo basanga birimo uburozi bwa ‘aflatoxine’ bwinshi. Bwana Muchimi, yavuze ko ibyavuye mu bizamini biteye impungenge […]

Umujyi wa Kigali wujuje abajyanama 12 bavamo Komite nyobozi yawo

Uturere twa Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Kanama twatoye abajyanama baduhagararira mu nama njyanama y’Umujyi wa Kigali, bituma abajyanama bawo buzura 12. Buri karere katoye umugabo n’umugore nk’uko biteganywa n’itegeko rigenga Umujyi wa Kigali. Abajyanama batandatu batowe kuri uyu wa Kane barimo Urujeni Martine na Dr. Muhammed Semakula batorewe […]

Hari abanyapolitiki babihemberwa- Kidumu ubwo yabazwaga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Umuririmbyi Kidumu Kibido Kibuganizo ukomoka mu Burundi ariko ubu akaba ari mu Rwanda, yabajijwe uko abona umubano uri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, avuga ko nta byinshi yabivugaho kuko we ari umuhanzi kandi hakaba hari abanya Politiki babihemberwa. Kidumu yabigarutseho kuri uyu wa 21 Kanama 2024, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i […]

RDC: MONUSCO yabohoje aba Wazalendo bari bafungiwe muri kasho ya Gisirikare

Ingabo z’Umutyango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo MONUSCO, zabohoje aba Wazalendo bari bafungiwe muri Kasho ya Gisirikare mu gace ka Beni muri Kivu ya Ruguru. Ku wa gatatu, tariki ya 21 Kanama 2024, abana barenga barindwi bari hagati y’imyaka 14 na 17, bari barinjijwe mu mutwe witwaje intwaro wa Gisirikare […]

Israel yagabye ibitero by’indege mu duce icumi two muri Liban

Israel yatangaje ko Igisirikare cyayo cyagabye igitero cy’indege z’intambara ku ibitero bya Hezbollah mu turere dusaga 10 dutandukanye two mu majyepfo ya Libani. Muri byo bitero harimo ibyagabwe mu bubiko bw’intwaro, ibisasu bya roketi n’ibindi bikorwa remezo. Igisirikare cya Isiraheli nticyigeze gisobanura byinshi kuri ibi bitero icyakora ngo birashoboka ko hari n’abarwanyi babigendeyemo ku ruhande […]

Goma: Umusirikare wa FARDC yarashe Afande we mu cyico

Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashe mu cyico mugenzi we wari umukuriye, amuhora kunyereza umushahara we. Banza Ilunga yishe Capitaine Albert Bosina wari ukuriye imari mu mutwe w’akarere ka gisirikare ka 33 k’ingabo za Congo zirwanira mu mazi. Yamurasiye mu kigo cya gisirikare cy’ahitwa Karisimbi mu mujyi wa Goma, […]

Hasohowe Raporo ishinja Perezida Ndayishimiye gucanganyukisha abantu no kubafungira ubusa

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International ushinja Perezida Evariste Ndayishimiye ko mu gihe amaze ayobora u Burundi, Abaturage be n’abandi bo mu miryango itegamiye kuri Leta yababujije amahwemo. Uyu muryango, uvuga ko mu gihe cy’imyaka ine Ndayishimiye amaze ayobora yazengereje abanyamakuru n’abakozi b’imiryango itandukanye kuri Leta. Ni icyegeranyo cyiswe ‘Uburundi: Imvungo itandukanye n’ingiro; […]

Perezida Museveni yahaye imirimo Eddy Kenzo

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahaye imirimo umuhanzi Eddy Kenzo, amugira Umujyanama we Mukuru mu bijyanye n’ubuhanzi. Eddy Kenzo yari asanzwe ari umuyobozi w’Ihuriro ry’abahanzi bo muri Uganda. Edirisa Musuuza [Kenzo] yiyongereye mu bajyanama babarirwa mu 160 Museveni asanganywe. Perezida wa Uganda yamuhaye ziriya nshingano nyuma y’igihe Guverinoma y’iki gihugu ishinjwa kutita ku bahanzi, […]

U Rwanda rwatsindiye Argentine mu maso ya P. Kagame, rugera muri ½ cy’ijonjora rya WWC

Ikipe y’u Rwanda y’abari n’abategarugori yaraye itsinze Argentine amanota 58-38, ikatisha itike ya ½ cy’irangiza mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball kizabera mu Budage. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda D waraye ubereye muri BK Arena i Remera. Ni nyuma w’uwo u Rwanda rwaherukaga gutsindamo Lebanon. Umukino […]

Ukraine yatoye kuba umunyamuryango wa ICC kugirango ibone uko irega u Burusiya

Inteko Ishinga amategeko ya Ukraine yatoye kwinjira mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) mu rwego rwo gushaka kugeza abakekwaho kuba ari abanyabyaha b’intambara bo mu Burusiya. Kuri uyu wa Gatatu, Inteko ishinga amategeko yatoye kwemeza Sitati y’i Roma, itanga inzira yo kuba umunyamuryango wuzuye wa ICC. Abagera kuri 281 bashyigikiye iki cyemezo, nk’uko byatangajwe n’umudepite Yaroslav […]

Inyungu fatizo ku bigo by’imari yagabanyijweho 0,5%-BNR

Bijyanye n’ibiciro bimeze neza ku isoko ry’u Rwanda kugeza ubu, byatumye Banki Nkuru y’Igihugu BNR igabanya Inyungu Fatizo ku bigo by’imari, rugera kuri 6,5% ruvuye kuri 7% rwari rusanzweho. Guverineri wa BNR, John Rwangombwa, yavuze ko byatewe n’uko ibiciro ku masoko biri ku rwego rwiza, kuko muri uyu mwaka izamuka ryabyo ritazarenga 5%. Yabivugiye mu […]

Perezida Kagame yashyizeho abajyanama 6 b’Umujyi wa Kigali

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Kanama, yashyizeho abajyanama batandatu mu nama njyanama y’Umujyi wa Kigali. Abashyizweho nk’uko bigaragarira mu itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, barimo Samuel Dusengiyumva usanzwe ari Meya w’Umujyi. Barimo kandi Dusabimana Fulgence, Flavia Gwiza, Christian Mugenzi Kajeneri, Marie Grace Nishimwe na Jack Ngarambe. Byitezwe ko aba […]

I Luanda hakomereje ameza y’ibiganiro hagati y’u Rwanda na Congo

Luanda muri Angola hahuriye intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro byitabiriwe n’intumwa ziyobowe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António, niwe wayoboye ibi biganiro by’iminsi ibiri byatangiye ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 20 Kanama 2024, […]

Ibihugu 10 bya Afurika byazamuye ibiciro bya Lisansi kurusha ibindi muri uku kwezi kwa Kanama

capture_juy.jpg

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, usanga bigenda bizamuka umunsi ku munsi bitewe n’impamvu zitandukanye. Ibihugu bimwe na bimwe usanga aribyo byabaye moteri y’ubwikorezi bw’ibicuruzwa ahanini bishingiye ku kuba aribyo bibumbatiye Lisansi na Mazutu. Izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli rishobora guhagarika ubukungu mu kugabanya ishoramari, n’ibicuruzwa ku isoko mpuzamahanga. Kuri iyi nshuro tugiye kurebera hamwe ibihugu bya Afurika […]

Muri Tchad bari mu marira nyuma y’imyuzure ikomeje guhitana ubuzima bw’abaturage

Mu gihugu cya Tchad bari mu marira nyuma y’uko imyuzure ihitanye ubuzima bw’abasaga 54, kandi hakaba hari impungenge z’uko imvura ishobora kwiyongera ikangiza ibikorwaremezo. Ubuyobozi bw’Intara ya Tibesti yibasiwe n’ibi biza, buvuga ko hari amaduka abarirwa mu bihumbi yatwawe n’amazi y’imvura yaguye guhera ku itariki 14, Kanama, 2024 n’ubu ikaba igikomeje kugwa”. Iteganyagihe muri Tchad […]

Emelyne wavugishije benshi yashyize umucyo ku byavuzwe ko The Ben yakuruye ikariso ye

Umukobwa witwa Emelyne uherutse kugaragara mu mashusho yifotozanya na Mugisha Bénjamin ‘The Ben’, yanyomoje ibishinjwa uyu muhanzi byo kuba yarakuruye ikariso ye. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo uyu mukobwa yahuriye na The Ben mu karere ka Musanze, aho uyu muririmbyi yari yakoreye igitaramo yahuriyemo n’umugandekazi, Rema Namakula. Muri iki gitaramo The Ben yafashe […]

M23 yigaruriye Kikuvo

Umutwe wa M23 waraye wigaruriye umujyi muto wa Kikuvo uherereye muri Teritwari ya Lubero ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Kikuvo iherereye mu bilometero bibarirwa muri 30 ujya mu burasirazuba bw’umujyi wa Kanyabayonga. M23 yayigaruriye nyuma y’imirwano yayisakiranyije n’imitwe ya Wazalendo ifatanya n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa muri iriya ntambara. Ni imirwano yatangiye mu […]

Centrafrique: Abakomando ba UPDF bateye ibirindiro by’inyeshyamba za Joseph Kony

Ingabo za Uganda, (UPDF) zatangaje ko kuri uyu wa Kabiri zagabye ibitero ku birindiro bya Joseph Kony washinze mutwe witwaje intwaro wa LRA urwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni. UPDF yatangaje ko ingabo zayo zagabye ibitero ku birindiro bya Kony biherereye mu burasirazuba by’akarere ka Sam Ouandja kari mu majyaruguru ya Repubulika ya Centrafrique. […]

Barack Obama yongeye gucyeza Harris Kamala

Mu nama y’Abademokarate yateranye ku munsi w’ejo hashize mu mujyi wa Chicago muri Leta ya Illinois muri Amerika, Barack Obama wahoze ari Perezida wa Amerika yacyeje Kamala Harris yongera gushima ubushobozi bwe. Ku bijyanye n’icyerekezo gihamye ku hazaza ha Amerika, Abademocrate bavuga ko bagiye gukomeza gushyiramo imbaraga ku buryo bugaragarira buri wese. Muri iyi nama, […]

APR FC yasuwe na ba Jenerali mbere yo kwesurana na Azam FC

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akanaba umuyobozi w’icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasuye iyi kipe mu myitozo mbere y’uko yesurana na Azam FC mu mpera z’iki cyumweru. Gen Mubarakh Muganga yasuye APR FC i Shyorongi ari kumwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka akanaba Umuyobozi w’akanama ngishwanama ka APR FC, Maj Gen Vincent Nyakarundi. […]

DRC: Ubwato bwari butwaye abagenzi 300 bwarohamye abagera ku 100 baburirwa irengero

Ibitangazamakuru bitandukanye, bikomeje gutangaza ko abantu barenga 100 bashobora kuba baburiwe irengero Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo , nyuma y’uko ubwato bwarohamye bwari butwaye abagera kuri 300 burohamye. Abayobozi bo mu gice iyi mpanuka yabereyemo, bavuga ko ubwato bwarohamye mu ma saa moya z’umugoroba zo ku Cyumweru taliki 18 Kanama 2024, ubwo bwambukaga umugezi wa […]

Mu Rwanda hagiye kwigirwa uko guhangana n’ihindagurika ry’ikirere byafasha Afurika kwihaza mu biribwa

Binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI, u Rwanda rugiye gusangiza amahanga ubunararibonye ku guhangana no gukumira ihumanywa ry’Ikirere. Iyi Minisiteri izasangiza ubu bunararibonye mu nama yateguwe ku bufatanye bwa AGRA, Guverinoma y’u Rwanda, Africa Food System n’ibindi bigo igamije gukangurira no gushishikariza abatuye muri Afurika no ku isi gutegura ibiribwa bigezweho hashingiwe ku ikoranabuhanga. Ni […]

U Rwanda rwohereje i Cabo Delgado izindi ngabo n’abapolisi

gva5lfywaaaab5k.jpg

Itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda ndetse n’abapolisi ba Polisi y’Igihugu, kuri uyu wa Kabiri bahagurutse i Kigali berekeza mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique aho bagiye mu bikorwa byo kugarura amahoro. Izi ngabo n’abapolisi mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali babanje guhabwa impanuro n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj […]

Ibyo wamenya ku byiza byo kunywa umutobe wa Karoti nibura ikirahure cya 20cl ku munsi

Kunywa ikirahuri cya ‘santilitiro’ makumyabiri (20cl) cy’umutobe wa karoti ku munsi, bifasha kubona 6% bya ‘calcium’ ikenewe ku munsi, iyo calcium igira akamaro mu gukomeza amagufa n’amenyo. Gusa , si ihame ko wakomeza kunywa iyo ngano ya 20cl wagabanya cyangwa ukongera, gusa gukabya sibyiza. Ubushakashatsi bwakozwe na ‘Medical News Today’ bwagaragaje ko kunywa umutobe wa […]

RIB iri guhiga abamaze iminsi bakwirakwiza ubutumwa bugamije kwiba abantu mu izina ryayo

20240820_124249.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ruri gushakisha abantu bamaze iminsi bakwirakwiza ubutumwa bugamije kwiba abakoresha serivisi za Mobile Money mu izina ryarwo kugira ngo bahanwe. Ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa Facebook hamaze iminsi hakwirakwizwa ubutumwa butangwa mu izina rya RIB ababwandika bita ko bugamije kuburira Abanyarwanda bakoresha simukadi zitabanditseho. Muri ubwo butumwa ababucura hari […]

Impinduka ku gihe ngenderwaho gisabwa ngo ba Ofisiye ba RDF bazamurwe mu mapeti

Ku wa 12 Mata 2024, hasohotse iteka rya Perezida nº 049/01 ryo ku wa 12/04/2024 rihindura iteka rya Perezida nº 044/01 ryo ku wa 14/02/2020 rishyiraho Sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Iteka rishya rihindura zimwe mu ngingo zitandukanye zijyanye na sitati ya RDF zabaga mu ryo mu myaka ine ishize. Ingingo yerekeye gihe ngenderwaho […]

Gabon: Perezida Nguema yabujije abakozi ba Guverinoma kujya kuruhukira mu mahanga

Mu gihugu cya Gabon, nta mukozi wa Leta kugeza ubu wemerewe kujya gukorera ibiruhuko mu mahanga. Ni ibyatangajwe na Perezida w’inzibacyuho wa Gabon Brice Oligui Nguema ubwo yari kuri televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere taliki 19 Kanama 2024. Nguema yabujije abakozi ba guverinoma kujya mu biruhuko mu mahanga, ahubwo abategeka kujya bakorera ibiruhuko mu […]

Ifoto ya Perezida Ndayishimiye n’umuherwe w’Umunyarwanda ikomeje kwibazwaho

Ifoto ya Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ari kumwe n’umunyemari, Majyambere Silas, ikomeje kwibazwaho cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga. Ku wa Mbere tariki ya 19 Kanama ni bwo iyi foto yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga. Majyambere Silas yari umunyemari mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mbere yo guhunga u Rwanda mu 1990 ubwo yari atangiye gushinjwa gutera […]

Blinken yatangaje ibiganiro bya nyuma ku guhagarika Intambara ya Israel na Hamas

Ku wa mbere, umunyamabanga wa Leta, Antony Blinken, yabonanye na Minisitiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Perezida Isaac Herzog i Yeruzalemu. Ni ubutumwa bwe bwa cyenda muri kariya karere kuva amakimbirane hagati ya Isiraheli n’umutwe w’abarwanyi ba Palesitine, Hamas, watangira mu Kwakira ku mwaka ushize. Blinken yasobanuye ko hari ibiganiro bigomba kubera i Cairo […]

Bujumbura yugarijwe bikomeye n’ubushita bw’inkende

Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi, ivuga ko umujyi wa Bujumbura wugarijwe bikomeye n’ubushita bukomoka ku nkende buzwi nka Mpox bumaze kwibasira umubare munini. Iyi Minisiteri, ivuga ko kugeza taliki 18 Kanama 2024, nibura abagera ku 153 bamaze kwandura icyo cyorezo.Ni mu gihe muri bo, 26 bari baravuwe barakira ariko harimwo 11 bashya. Minisitiri w’Ubuzima Lydwine Baradahana, […]

Kenya: Guverinoma iri gutekereza uko yashyiraho undi mushinga w’itegeko w’imisoro

Mu gihe hatarashira iminsi urubyiruko muri Kenya rwigaragambije rwamagana umushinga w’itegeko w’imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe ariko Guverinoma ikaza kuwuhagarika, kuri ubu ngo iri guteganya kugarura uyu mushinga. John Mbadi, minisitiri w’imali mushya, yabitangaje ubwo yari mu kiganiro yahaye televiziyo yigenga, Citizen TV ikorera muri icyo gihugu. Uyu mushinga ngo urateganya gukusanya byibura amashilingi […]