Vladmir Putin yijeje Korea yâEpfo igisubizo kitayishimisha mu gihe yaha intwaro Ukraine
Vladimir Putin yihanangirije Koreya y’Epfo avuga ko izaba ikoze “ikosa rikomeye” niramuka ihaye intwaro Ukraine mu ntambara yo kurwanya u Burusiya. Ibi yabitangaje nyuma yâuko Seoul ivuze ko irimo gutekereza ko ishobora kubikora, mu rwego rwo gusubiza amasezerano mashya yâu Burusiya na Koreya ya Ruguru yo gufashanya mu gihe hagabwa “igitero” ku bihugu byombi. Kuri […]
Donald Sutherland wakinnye muri The Hunger Games yapfuye ku myaka 88
Umukinnyi wâamafilime wâUmunyakanada, Donald Sutherland, umustar wa firime zirimo The Hunger Games na Donât Look Now, yapfuye afite imyaka 88 nyuma yâuburwayi bumaze igihe. Umuhungu we, umukinnyi wa filime, Kiefer Sutherland, wamamaye muri 24H Chrono na Designated Survivor, yagize ati: “Nâumutima uremereye, ndababwira ko data, Donald Sutherland, yitabye Imana. Njye ku giti cyanjye ndatekereza ko […]
Afande yishe bunyamanswa umupadiri nyuma yo kumufatira mu buriri nâumugore we
Umupadiri wâUmwangilikani yiciwe bunyamaswa mu mujyi wo muri Kapsabet, witwa Nandi, yishwe na ofisiye mu Ngabo za Kenya ( KDF ) wamusanze mu buriri hamwe nâumugore we. Rev James Kemei, 43, yari yasuye uyu mugore, usengera mu rusengero rwa St Barnabas i Kapsabet, ari nijoro atazi ko umugabo yamuteze umutego. Muri iryo joro, uyu musirikare […]
Indorerezi zisaga 260 zimaze kwemererwa kuzakurikirana amatora mu Rwanda
Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) ivuga ko indorerezi zâamatora zirenga 260 zemerewe gukurikirana amatora yâumukuru wâigihugu ndetse nâabadepite yo muri Nyakanga 2024. Charles Munyaneza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa yavuze ko guhera ku wa 20 Kamena, NEC imaze kwemerera indorerezi zâamatora 267, kandi harimo 61 bakomoka mu bigo mpuzamahanga. Yongeyeho ko abandi bagisaba. Amakuru Ikinyamakuru New Times cyahawe […]
Kenya: Imyigaragambyo y’abaturage irakomeje
Muri Kenya abapolisi bashinzwe guhosha imyigaragambyo bakoresheje imyuka iryana mu maso nâamazi afite umuvuduko mwinshi mu gutatanya abantu babarirwa mu bihumbi bari mu myigaragambyo mu murwa mukuru, Nairobi. Ni mu gihe mu gihugu hose hakomeje imyigaragambyo igamije kwamagana umugambi wa Leta wo kongera miliyari 2.7 zâamadolari yâAmerika ku misoro bari basanzwe batanga mu rwego rwo […]
Afurika yâEpfo: Umudepite yahagaritswe mu ishyaka kubera amagambo yâivanguramoko
Ishyaka riharanira demokarasi (Democratic Alliance) ryo muri Afurika yâEpfo, ryahagaritse umudepite nyuma yâamashusho ashaje yongeye kugaragara kuri interineti avuga amagambo yâivanguramoko yibasira Abirabura . Renaldo Gouws yabanje kuvuga ko ari videwo yahimbwe arabihakana ariko itangazo ryashyizwe ahagaragara na DA kuri uyu wa Kane rivuga ko “ari ukuri kandi atari impimbano” nkâuko byatangajwe ba BBC. Muri […]
Perezida Ndayishimiye uherutse gutangaza ko Abarundi bishimye yahindukiye abita intashima
Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 19 Kamena 2024, Perezida wâu Burundi, Ăvariste Ndayishimiye, yatangaje ko Abarundi badashima, yanga kwemera uruhare mu kibazo cyâibura rya peteroli avuga ko ari âikibazo rusangeâ. Mu butumwa yagejeje ku gihugu mu kwizihiza imyaka ine amaze ku butegetsi, Ndayishimiye yashinje abaturage b’u Burundi âgushaka kugira byose icyarimweâ. Umukuru wâigihugu cyâu […]
U Bufaransa bwakiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo muri Afurika
Kuri uyu wa Kane, Paris yakiriye Ihuriro Mpuzamahanga ku busugire bwâinkingo no guhanga udushya. Yateguwe ku bufatanye bwa Gavi (l’Alliance des vaccins), Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nâu Bufaransa, mu izina ryâu Burayi, igomba guhuriza ku cyicaro gikuru cya Minisiteri yâububanyi nâamahanga abahagarariye ibihugu bya Afurika, abaterankunga, inganda zâimiti, sosiyete sivile n’imiryango mpuzamahanga. Abaperezida ba […]
Mu butayu bwa Nevada hagaragaye inkingi izwi nka monolith hatazwi uko yahageze

Mu butayu bwo muri leta ya Nevada mu mpera y’icyumweru gishize, habonetse indi nkingi y’amayobera mu zizwi nka monolith iteza kwibaza icyo ari cyo nâuwaba ari inyuma yacyo. Iki kintu cyabonywe na polisi yâumujyi wa Las Vegas, yavuze ko yakibonye irimo gushakisha mu gikorwa cyâubutabazi ahitwa Las Vegas Valley. Igipolisi cyatangaje ku mbuga nkoranyambaga kiti: […]
CORwanda24: Abaturage bashyikirijwe inkunga yo kubafasha kwiteza imbere

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Kamena, Ingabo na Polisi z’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego basoje ku mugaragaro ibikorwa bigamije gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere (CORwanda24) bikubiyemo imishinga nâinkunga yo kubafasha mu iterambere. Ibi bikorwa byakorewe mu gihugu hose mu gihe cy’amezi atatu ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ku nsanganyamatsiko igira iti: âImyaka […]
Somalia: Umujyanama wa leta yahakanye imikoranire y’aba Houthi na Al Shabaab

Umujyanama wa leta mu by’umutekano muri Somalia, Hussein Sheik-Ali, we yamaganye amakuru avuga ko umutwe wa Al Shabaab usigaye ukorana n’aba Houthi bo muri Yemen, avuga ari ibinyoma kandi nta shingiro afite. Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa X, nk’uko tubikesha VOA NEWS, Ali yanditse ati: âIngabo za Somaliya ziracyagenzura ibice 90% byâuturere zambuye abarwanyi […]
Kinshasa: Abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi bagize icyo basaba mbere yâurubanza mu mizi
Kuri uyu wa Kabiri ushize mu iburanisha ryabereye muri Gereza ya Gisirikare ya Ndolo ryerekeranye nâigitero cyo ku ya 19 Gicurasi cyagabwe ku rugo rwa Vital Kamerhe no ku ngoro yâumukuru wâigihugu i Kinshasa, impaka zibanze ku nyandiko zanditse zatanzwe nâababuranyi, zivuga muri make ku kwiregura kwabo nâuburenganzira bemererwa nâamategeko. Umushinjacyaha kandi yasubije inzitizi zitandukanye […]
Umuntu wa kabiri wimwe ubuhungiro mu Bwongereza yaba yarageze mu Rwanda bucece
Umuntu wa kabiri wasabaga ubuhungiro utarabwemerewe yishyuwe ÂŁ 3000 yo kwimurirwa mu Rwanda ku bushake mu gihe undi azakurikira muri iki cyumweru. Umwimukira utavuzwe izina yasabye ubuhungiro banga kubumuha none yavuye mu Bwongereza azanwa mu Rwanda mu ndege yâubucuruzi mu minsi ishize. Ni ku nshuro ya kabiri gusa guverinoma yimuriye uwasabye ubuhungiro ntabuhabwe mu gihugu […]
Burkina Faso: Abasirikare ba Mali n’abacanshuro b’Abarusiya bageze i Ouagadougou
Abasirikare ba Mali n’abacanshuro b’Abarusiya ba Wagner bageze i Ouagadougou, ahakomeje kugaragara urujijo nyuma yâigitero cyagabwe kuri Mansila ku wa kabiri ushize, itariki ya 11 Kamena, aho abasirikare barenga ijana ba Burkina Faso bishwe ndetse bamwe bajyanwa bugwate nâabajihadiste ba Jnim (Groupe de support Ă l’Insurance) , ifitanye isano na al-Qaeda) . Nyuma yâubwo bwicanyi, […]
U Rwanda rukeneye miliyari 1,5 $ kugirango ruzageze amashanyarazi kuri bose mu 2029
Ikigo cyâigihugu gishinzwe ingufu (REG) kiravuga ko igihugu gikeneye miliyari 1.5 z’amadolari kugira ngo kigeze amashanyarazi mu gihugu hose mu 2029 nyuma yo kutagera ku ntego cyari kihaye yo kuba byakozwe muri uyu mwaka wa 2024. Kugeza ubu, intego yagezweho ku rugero rwa 77.7 ku ijana, bivuye kuri 34.4 ku ijana muri 2017 hashingiwe kuri […]
Tchad: Inkongi yâumuriro yibasiye ububiko bwâamasasu yakangaranyije Ndjamena
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, i Ndjamena, inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’amasasu ya gisirikare. Guturika kwinshi kwayo kumvikanye kugera mu bilometero byinshi uvuye kuri depo mu karere ka Goudji, hafi yâikibuga cyindege cyâumurwa mukuru wa Tchad . âTwabonye ikirere gihinduka umutuku. Twumvise iturika rihambaye cyane, ku buryo twumvaga biri munsi y’ibirenge byacu, âibi […]
Burera: Akarere katashye ibiro bishya byatwaye miliyari 3
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Kamena, Akarere ka Burera katashye ku mugaragaro inyubako nshya kazajya gakoreramo, kuzuye gatanzweho agera kuri miliyari 3 Frw. Abanyaburera bavuze ko ibiro bishya by’akarere bubakiwe byatashwe ku mugaragaro, babyitezeho nâimitangire myiza ya serivisi. Inyubako nshya yâIbiro byâAkarere ka Burera igeretse gatatu, igizwe nâibyumba byo gukoreramo 48. Yubatswe mu buryo […]
Loni igiye gukora iperereza kuri Papa ku bijyanye no kumviriza terefone
Rwiyemezamirimo wâUmwongereza yajyanwe mu butabera na Vatikani ashinjwa gushuka icyicaro gikuru cya Kiliziya Gatolika mu gihe cyo kugurisha imitungo itimukanwa. Papa ngo yaba yaremeye kumvuriza terefone y’uyu munyemari kugirango haboneke ibimenyetso bishyigikira urubanza. Kubw’ibyo, Umuryango w’Abibumbye urateganya gukora iperereza kuri Papa Fransisiko kubera kumviriza telefone mu kibazo cyâimitungo itimukanwa, nk’uko byatangajwe nâigitangazamakuru cyo mu Bwongereza, […]
Icyo ubutasi bwa gisirikare bw’u Bubiligi buvuga ku bikorwa by’ubutasi bw’u Rwanda

Ubutasi bw’u Bubiligi buravuga ko bwemera ko ibyo u Rwanda ruvugwaho biterwa no kudashaka ko hagira ushaka guhungabanya umutekano warwo cyangwa kurusubiza mu icuraburindi rwanyuzemo harimo n’Abanyarwanda baba muri diaspora. Ibi byatangajwe muri filimi mbarankuru itavugwaho rumwe yibasira ubutegetsi bw’u Rwanda iherutse gushyirwa ahagaragara bise Rwanda Classified, aho abayiteguye bashinja inzego z’ubutasi z’u Rwanda gukurikirana […]
RCS yungutse ba Assistant Inspector of Prison bashya 166

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Kamena 2024, Urwego rwâIgihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwungutse ba ofisiye bashya 166 barimo abakobwa 27. Ni umuhango wo gusoza icyiciro cya 1 cyâamahugurwa no gutanga ipeti rya âAssistant Inspector of Prisonâ kuri ba ofisiye bato 166 harimo abagore 27 basoje amasomo yabo. Uyu muhango wo guha impamyabumenyi ku bamaze […]
Biden agiye kuzana gahunda nshya izarinda abashakanye n’Abanyamerika badafite ibyangombwa
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yiteguye gutangaza politiki nshya izarinda ibihumbi magana byâabashakanye badafite ibyangombwa by’Abanyamerika gusubizwa iwabo nk’uko abayobozi muri guverinoma ye babitangaje . Iki cyemezo kizaba kireba gusa abamaze nibura imyaka 10 muri iki gihugu kandi kizabemerera gukorera muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko nk’uko iyi nkuru dukesha BBC […]
RDC: Kamerhe yavugurujwe ku mishahara y’abadepite aherutse gutangaza
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ingano y’imishahara y’abayobozi batowe yongeye kutavugwaho rumwe, aho impaka nshya zavutse nyuma yâibyatangajwe na perezida mushya wâInteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe mu cyumweru gishize, aho yemeje ko abadepite bahembwa miliyoni 14 zâamafaranga yâAmanyekongo, hafi 5,000$, ariko nyuma humvikana benshi bamagana iyi mibare . Imibare yatanzwe mu mpera z’iki cyumweru […]
Niger: Umutwe wa FPL wigambye igitero cyangije umuyoboro wa peteroli
Mu gihugu cya Niger umutwe wa FPL (Front patriotique pour la LibĂ©ration), uyoborwa na Mahmoud Sallah, washyize mu bikorwa iterabwoba ryawo, aho mu ijoro rya tabaski muri Niger wohereje agatsiko k’abakomando mu butayu bwa Niger guturitsa umuyoboro ujyana peteroli i Cotonou . Inyeshyamba za FPL zari zaraburiye ko zizaturitsa uyu muyoboro n’uruganda rutunganya peteroli mu […]
Menya ibyo ukwiye kwirinda mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza
Komisiyo yâIgihugu yâAmatora (NEC) yagaragaje ibintu bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza mu gihe cyâamatora ategerejwe mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Iyi komisiyo ivuga ko Bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza hagamijwe guhindura cyangwa kugerageza guhindura imitekerereze byâugomba gutora. Birabujijwe kandi gukoresha umutungo wa leta aho waba uri hose mu buryo bunyuranyije nâamategeko, […]
Israel: Netanyahu yasheshe guverinoma ye ishinzwe intambara
Minisitiri wâIntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasheshe guverinoma ishinzwe intambara yari igizwe nâabaminisitiri batandatu, nk’uko umuyobozi muri Israel yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize, mu gikorwa cyari gitegerejwe na benshi nyuma yâuko umwe mu bo bahanganye bakomeye, uwahoze ari jenerali, Benny Gantz, yeguye muri guverinoma yo mu bihe bidasanzwe. Uyu muyobozi nkâuko iyi nkuru dukesha […]
Abasirikare ba Koreya ya Ruguru hagati ya 20 na 30 bongeye kwambuka umupaka
Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyavuze ko abasirikare ba Koreya ya Ruguru bari hagati ya 20 na 30 bambutse umupaka wâibihugu byombi, ariko basubira iwabo nyuma yâuko Ingabo za Koreya yâEpfo zirashe amasasu ziburira . Ibiro ntaramakuru Yonhap byatangaje ko ibi byabaye ku isaha ya saa mbiri n’igice za mu gitondo (23:30 GMT ku wa Mbere) […]
Rubavu: Abaturage ba Mahoko basubijwe inzu bari barambuwe na leta
Kuri uyu wa mbere Leta yâu Rwanda yasubije abaturage amazu arenga 160 yâubucuruzi yo muri santare ya Mahoko mu karere ka Rubavu mu ntara yâUburengerazuba. Leta yari yaratse aya mazu abaturage ivuga ko ari mu manegeka kuko aturiye umugezi wa Sebeya. Abaturage bo muri santare ya Mahoko bavuga ko bishimiye iki cyemezo nâubwo bitabuze kubagiraho […]
Ngoma: Abakoraga ibilometero 9 bajya kwivuza baruhuwe
Abaturage bivuriza ku Ivuriro rya Buliba riri mu Kagari ka Buliba mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma, baravuga imyato Leta yâu Rwanda yabegereje serivisi zâubuvuzi bakaruhuka urugendo rwâamasaha icyenda bakoraga bajya kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Gituku nâicya Rukira . Uretse urugendo rwagabanyutse, abo baturage bavuga ko nâubu nta bakirembera mu ngo babuze uko […]
Hambourg: Igipolisi cyarashe uwashatse gutera abafana bâikipe yâu Buholandi nâishoka
Kuri iki Cyumweru, abapolisi bo mu majyaruguru yâu Budage mu mujyi wa Hamburg barashe umugabo wagerageje kwibasira abahisi nâishoka . Izi mvururu zabereye mu karere ka St Paul muri uyu mujyi, hafi yâaho abafana bâu Buholandii 40.000 banyuraga bajya ku mukino wa Euro 2024 na Pologne. Ikinyamakuru cyo mu Budag, Bild, cyatangaje ko uyu mugabo […]
U Burusiya bwahakanye ko abanyeshuri bâAbanyanijeriya bahatirwa kujya kurwana muri Ukraine
Ibitangazamakuru byo muri Nigeria byatangaje ko Ambasade yâu Burusiya yahakanye amakuru avuga ko abanyeshuri bâAbanyanijeriya biga mu Burusiya bahatirwa kujya mu gisirikare kugira ngo bafashe Moscou mu ntambara yo muri Ukraine . Mu ntangiriro z’iki cyumweru, raporo ya Bloomberg yavuze ko u Burusiya bwahatiye abanyeshuri bo muri Afurika kwitabira urugamba rwo kurwanya Ukraine mbere yo […]
Sudani: Umutwe wa RSF uravugwaho gushakira abarwanyi muri Repubulika ya Centrafrica
Muri raporo yasohotse ku wa Gatanu, itariki ya 14 Kamena, impuguke zâUmuryango wâAbibumbye zongeye kuburira “ingaruka zikomeye” zâamakimbirane ya Sudani muri Repubulika ya Centrafrica, cyane cyane mu karere ka Am Dafok, mu majyaruguru yâuburengerazuba, aho “imitwe myinshi yitwaje intwaro ikorera cyane kuva umwaka watangira . Ngo ni muri kariya karere ka Centrafrica ka Am Dafok […]
RDC: Abarimu ba gisirikare babiri b’Abarusiya baba biciwe mu mirwano muri Nyiragongo

Abarimu ba gisirikare babiri b’Abarusiya kuri uyu wa Gatandatu ushize baba biciwe mu mirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’Inyeshyamba za M23 muri Teritwari ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru . Ikinyamakuru Les Volcans news cyanditse kuri X ko inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku gicamunsi ahagana mu ma saa kumi […]
Kamerhe yisobanuye ku mushahara w’umurengera abadepite bahembwa
Mu ijambo rye risoza Inama isanzwe yo muri Werurwe 2024 mu Nteko ishinga amategeko, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 15 Kamena 2024, Vital Kamerhe yashatse gusobanurira Abanyekongo ibijyanye nâimishahara yâabadepite bâigihugu . Kuri perezida wâinteko ishinga amategeko umutwe wâabadepite, umushahara wâuhagarariye abaturage watowe uteganijwe uyu munsi ugera kuri miliyoni 14 zâamafaranga ya Congo ($4,965.25). […]
Abanyarwanda batashye Stade Amahoro nshya

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba abantu benshi mu Rwanda bagaragaje ibyishimo byo kwinjira bwa mbere muri stade Amahoro ivuguruye ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45,000. Nubwo kwinjiramo ku miryango imwe nâimwe byabaye mu muvundo ukabije . Mu cyiswe âIhuriro mu Mahoroâ cyo kwerekana bwa mbere iyi stade imaze imyaka ibiri ivugururwa, hari hateguwe umukino wâumupira […]
Guinea : Gen. Sadiba Koulibaly wahoze ari umugaba wâingabo yakatiwe imyaka 5 yâigifungo
Muri Guinea, nyuma y’icyumweru kimwe atawe muri yombi, Gen Sadiba Koulibaly wahoze ari nimero ya 2 mu bahiritse ubutegetsi akaba n’uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, yashinjwe guta akazi, harimo no guta umwanya we mu mahanga. Yari chargĂ© d’affaires muri Ambasade ya Guinea muri Cuba kuva mu 2023. Yaburanishijwe ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena […]
Polisi yâu Rwanda nâiya Somalia zasinye amasezerano yâubufatanye

Inzego zombi, Polisi y’u Rwanda nâiya Somalia, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye byo gucunga umutekano . Ni amasezerano yashyizweho umukono ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024, nâUmuyobozi Mukuru wa Polisi yâu Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye ndetse nâUmuyobozi Mukuru wa Polisi ya Somalia Gen. Sulub Ahmed […]
Malawi: Ishyaka rya visi perezida ryasabye iperereza ku mpanuka yâindege yamuhitanye
Ishyaka rya Saulos Chilima wari visi prezida wa Malawi risaba ko hakorwa iperereza ku mpanuka yâindege yamuhitanye ari kumwe nâabandi bantu umunani bari kumwe, yabaye kuwa mbere mu mashyamba yâinzitane ya Chikangawa . Iryo shyaka rye rya United Transformation Movement (UTM), ryifatanije nâirya Prezida Lazarus Chakwera rya Malawi Congress Party (MCP) mu matora yo mu […]
G7 yemeje inguzanyo ya miliyari 50 z’amadolari agenewe Ukraine
Ihuriro ry’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi (G7) ryemeye gukoresha umutungo wâu Burusiya wafatiriwe kugira ngo hakusanywe miliyari 50 zâamadolari ya Amerika yo gufasha Ukraine mu kurwanya ingabo zâu Burusiya zayiteye . Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko ari ikindi kintu cyibutsa u Burusiya “ko tutazatezuka”, ariko Moscou yavuze ko […]
U Rwanda rwakiriye abandi bimukira basaga 100 bari bafungiwe muri Libya
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Kamena, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, rwakiriye impunzi 113 zaturutse muri Libya . Aba bakiriwe barimo abakomoka muri Sudani yâEpfo, Eritrea, Sudani, CĂŽte d’Ivoire, Ethiopia, na Somaliya, ni itsinda rya 18 ryâabimukira birukanywe mu gihugu cya Afurika y’Amajyaruguru hakoreshejwe uburyo bwihutirwa bwumvikanweho na Guverinoma y’u Rwanda na […]
Musanze: Abapolisi 34 basoje amasomo mu ishuri rya polisi barahabwa impamyabumenyi

Byose byateguwe mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri b’abapolisi 34 barangije intake ya 12 yâamasomo yâabayobozi bakuru nâabakozi, (Senior Command and Staff Course) mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu i Musanze kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Kamena. Aba bapolisi basoje amasomo barimo ab’u Rwanda, n’abaturutse muri Botswana, Kenya, Ubwami bwa Lesotho, Malawi, Namibia, […]
Burundi: Gélase Ndabirabe yakanze abadepite ashinja bamwe guhisha amadevize mu ngo
Kuwa Kane, Inteko Ishinga Amategeko yâu Burundi yasesenguye kandi yemeza umushinga wâitegeko rishyiraho ingengo yâimari rusange yâumwaka wâingengo yâimari wa 2024-2025. Bamwe mu badepite bamaganye kuva ku wa Gatatu ubwo perezida wâurukiko rwâibaruramari yajyaga gusobanura isesengura ryâibiro bye, ku bibazo ubu bihangayikishije igihugu gito cya Afurika yâiburasirazuba, cyane cyane ibura rya lisansi, aho umwe muri […]
Maroc yatangiye gukoresha ubwenge bwâubuhimbano (AI) mu nkiko
Ku wa Kabiri, Maroc yavuze ko yatangiye gukoresha ubwenge bwâubuhimbano buzwi mu Cyongereza nka Artificial Intelligence (AI) mu nkiko zo muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyaruguru. Minisitiri wâubutabera Abdellatif Ouahbi yagize ati: “AI yazanye impinduka zikomeye ku Isi hose.” Yongeyeho ati: “Twaguze porogaramu ya AI tuyishyikiriza Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza kugira ngo isaranganywe mu […]
Haratangazwa urutonde ntakuka rwâabemerewe kuzahatana mu matora ya perezida nâabadepite
Kuri uyu wa Gatanu biteganyijwe ko ari bwo Komisiyo yâigihugu yâamatora iratangaza urutonde ntakuka rwâabazahatana mu matora yâumukuru wâigihugu nâayâabadepite. Hatangize igihinduka ku rutonde rwâagateganyo rukagaruka ari rwo rutonde ndakuka, abakandida bakongera kugaragara mu kibuga cya politiki nibo nâubusanzwe bahatanaga mu matora aheruka ya 2017. Ni amatora Perezida Kagame yegukanye ku bwiganze buri hejuru 98 […]
Abantu miliyoni 117 bavanwe mu byabo ku Isi mu 2023 – HCR
Ishami ryâumuryango wâabibumbye ryita ku mpunzi, HCR, riravuga abantu bakuwe mu byabo biyongereye ku rugero rutarabaho mu mwaka ushize, ahanini byatewe nâamakimbirane, gutotezwa, guhonyora uburenganzira bwa muntu, ihungabana ryâikirere nâibindi bintu bibangamira umuntu. Muri raporo yayo, HCR ivuga ko abantu miliyoni 117 bavanwe mu byabo ku Isi mu mpera za 2023. Mu gihe abandi miliyoni […]
MONUSCO iri gutoza FARDC uburyo bwo kohereza ingabo ahantu bigoye kugera
Ingabo zâUmuryango wâAbibumbye zo muri Guatemala na Bangladesh muri MONUSCO zatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kamena i Bunia (Ituri) ku basirikare 400 bâingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). Aya mahugurwa y’ibyumweru bitatu akubiyemo tekinike yo kurwanahifashishijwe kajugujugu. Igamije gushimangira ubushobozi bwâimikorere yâingabo za Congo mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro […]
Nyamasheke: Hafashwe bane batwikiraga amakara muri Pariki ya Nyungwe
Polisi yâu Rwanda ku bufatanye nâinzego zâibanze nâabaturage mu Karere ka Nyamasheke yafashe abagabo bane bari bamaze igihe batema ibiti muri pariki ya Nyungwe, bimwe bakabitwikamo amakara ibindi bakabibazamo imbaho zo kugurisha. Bafatiwe mu mudugudu wa Kagarama, akagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 12 Kamena, bafatanwa […]
Perezida Zelensky yiteze ibyemezo by’ingenzi bizava mu nama ya G7

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, avuga ko yiteze ko “ibyemezo by’ingenzi” bizafatwa mu nama ya G7 y’abayobozi baturutse mu bihugu birindwi bikize ku Isi yatangiye kuri uyu wa Kane ikazasozwa kuwa Gatandatu mu mujyi wa Fasano mu Butaliyani . Mu nyandiko yanyujije kuri Telegram yagize ati: “Igice kinini kizahabwa Ukraine, ingabo zacu ndetse no kongera […]
Ndayishimiye agomba kumenya ko Abarundi atari injiji – Bamvuginyumvira
Abanyapolitiki batandukanye nâimpirimbanyi zâAbarundi batngiye guhaguruka no kugaragaza ko barambiwe ubutegetsi bwa CNDD-FDD bashinja kunanirwa gukemura ibibazo uruhuri byugarije igihugu bakaba basanga igihe kigeze cyo guhindura ibintu . « Igihe kirageze cyo gukora impinduka mu Burundi, kubera ko ubutegetsi buriho bumaze kwerekana ko budafite ubushobozi bwo kuyobora igihugu no gutuma Abarundi batera imbere », Ishyaka […]
Imirwano hagati ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Rutshuru
Imirwano yongeye kubura hagati ya M23 na FARDC nâabafatanyabikorwa bayo muri iki gitondo mu mudugudu wa Butalongola, nko mu birometero icumi uvuye muri komini yo mu cyaro ya Kanyabayonga muri Teritwari ya Rutshuru . Nkâuko amakuru aturuka muri ako gace atangazwa nâuruhande rwegereye leta avuga, ngo inyeshyamba za M23 zateye ibirindiro bya FARDC mbere yo […]
Bwa mbere Hezbollah yarashe roketi nyinshi muri Israel mu munsi umwe

Umutwe wa Hezbollah wo muri Liban warashe ibisasu byinshi bya roketi mu majyaruguru ya Israel mu rwego rwo kwihorera igitero cyahitanye umwe mu bayobozi bakuru bayo. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Kamena, ingabo zâigihugu cya Israel (IDF) zabaze byibuze ibisasu birenga 200 byambutse umupaka. Bimwe byateje inkongi y’umuriro, ariko nta muntu byahitanye. Biravugwa ko […]
Ngoma: Inda zitateganyijwe ziravuza ubuhuha mu bangavu
Mu mezi atanu gusa, hagati ya Mutarama na Gicurasi 2024, mu Karere ka Ngoma abakobwa bâabangavu 300 batewe inda zitateganyijwe . Inzego zinyuranye mu Karere ka Ngoma ziremeranya ko ikibazo cy’abangavu baterwa inda gikwiye guhagurukirwa na buri wese kuko giteza ingaruka mu muryango Nyarwanda. Ubukene, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, impfu n’igwingira ku bana bavutse […]
RDC: Minisitiri wâIntebe mushya nâucyuye igihe bahererekanyije ububasha

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kamena, ku cyicaro cya Minisitiri wâintebe, habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Jean-Michel Sama Lukonde Kyenge na Judith Suminwa Tuluka. Uyu muhango wabaye uyobowe na Jean-Albert Ekumbaki Ombata, umunyamabanga mukuru wa guverinoma. Ibintu byinshi byâingenzi byaranze iki gikorwa. Harimo guhura hagati yâaba bantu bombi bâingenzi kure ya […]
Itsinda ryâIntumwa zo muri Zambia zasuye Polisi yâu Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Polisi yâu Rwanda Wungirije (DIGP) ushinzwe ubutegetsi nâabakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena, yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, intumwa zo muri Repubulika ya Zambia ziri mu ruzinduko mu Rwanda . Izi ntumwa zikorera mu bigo bitandukanye byo muri iki gihugu, ziyobowe nâUmuhuzabikorwa ku […]
Amato y’intambara y’u Burusiya mu marembo ya Amerika mu myitozo na Cuba
Kuri uyu wa Gatatu ushize amato yâintambara yâu Burusiya yageze mu gice cyâinyanja kigenzurwa na Cuba mbere yâimyitozo ihuriyemo ingabo zâibihugu byombi iteganyijwe muri Karayibe. Iyi myitozo bamwe barayibona nkâuburyo bwâu Burusiya bwo kwerekana ingufu zabwo mu gihe hakomeje ukutumvikana ku byerekeye inkunga iterwa igihugu cya Ukraine. Ku ruhande rwazo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
RDC: Depite Bitakwira yabajije impamvu batarafunga imipaka nâu Rwanda yita EU umurozi
Depite Justin Bitakwira umaze kumenyekanaho kwanga u Rwanda ntiyigeze arya iminwa kuri uyu wa Kabiri ubwo hatangizwaga Guverinoma ya Judith Suminwa, aho yongeye kwibasira u Rwanda abaza impamvu Repubulika ya Demokarasi ya Congo itarasesa umubano wa dipolomasi nâu Rwanda ndetse nâimpamvu idafunga imipaka na rwo. Bitakwira kandi yibasiye EU na Kenya. âAbari Rutshuru, Masisi na […]
RDC: Inteko ishinga amategeko yemeje Guverinoma ya Suminwa
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Kamena 2024, Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yemeje guverinoma iyobowe na Minisitiri wâintebe Judith Suminwa Tuluka . Nyuma yo kwerekana gahunda yayo, abadepite nyuma yo gutangiza ibiganiro mpaka mu nteko rusange, batanze ibyifuzo ku mukuru wa guverinoma bifuza ko bizagenderwaho muri gahunda ya guverinoma. […]
Abashinzwe umutekano b’u Rwanda bashyikirije ishuri basannye abatuye Mocimboa da Praia

Kuwa Kabiri, itariki 11 Kamena, ku ishuri Escola Primaria de Ntotwe, mu birometero 25 uvuye mu Karere ka Mocimboa da Praia, Komanda wa Task Force ihuriweho y’abashinzwe umutekano b’u Rwanda (RSF) muri Mozambique, Maj Gen Alex Kagame, yayoboye umuhango wo gutanga ishuri ribanza rya Ntotwe ryavuguruwe na RSF. Iri shuri ryari ryatwitse n’abaterabwoba ubwo bateraga […]
Amerika yemeye guha intwaro brigade ya Azov ya Ukraine ivugwaho kugirana isano n’Abanazi
Amerika yakuyeho itegeko ryari rimaze igihe kinini ribuza guha intwaro n’amahugurwa brigade ya Azov yo muri Ukraine, inkomoko yayo yateje impaka zishingiye ku bivugwa ko yaba ifitanye isano n’imitwe yâabahezanguni bâAbazungu. Umuvugizi wâishami rya Leta yabwiye BBC ko gahunda yo gusuzuma “yasanze nta kimenyetso cyerekana ko hari ihohoterwa rikabije ryâuburenganzira bwa muntu” ryakozwe nâiyi brigade. […]
Umuhungu wa Biden yanditse amateka yo kuba umuhungu wa perezida uburanishijwe
Muri Leta ya Delaware mu burasirazuba bwa Leta zunze ubumwe zâAmerika urukiko rwa rubanda rwahamije Hunter Biden umuhungu wa perezida wâAmerika Joe Biden ibyaha byo kugura no gutunga imbunda binyuranyije nâamategeko. Iyi ni inshuro ya mbere mu mateka ya Amerika umwana wa perezida uriho aburanishijwe. Uru rukiko rwahamije Hunter Biden wâimyaka 54 yâamavuko ibyaha bitatu […]
Amafoto: Kagame yaganiriye nâUmwami Abdullah II, Al Thani , El-Sisi na Charles Michel

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri yabonanye na Nyiricyubahiro Umwami Abdullah II wa Yorodani mu rwego rw’inama mpuzamahanga ku gisubizo cyihutirwa ku ntambara ibera muri Gaza. Baganiriye ku byavuye muri iyo nama banaganira ku iterambere ryâubufatanye bwâibihugu byombi nyuma yâuruzinduko rwâumwami Abdullah mu Rwanda muri Mutarama . Perezida Kagame kandi yabonanye na Perezida Abdel Fattah […]