Ibintu bitanu abantu benshi bajya bibeshyaho kâ ugukora imibonano mpuzabitsina
1.Gukora imibonano nâumugore utwite: Hari abantu benshi bajya bibwira ko umugore utwite aba atemerewe gukora imibonano mpuzabitsina, aha baba bibeshya, kuko umugore utwite arayikora kandi ikamugwa neza, ariko ikoranwa ubushishozi nâubwitonzi. Ibyo kwitondera Umubyeyi utwite akora imibonano mpuzabitsina kugeza ari ku bise ariko akirinda kwicugusa cyane cyangwa ngo akoreshe imbaraga muri icyo gikorwa Umugabo agomba […]
Abantu benshi bakeka ko byoroshye kuba myugariro wa FC Barcelona- Thomas Vermaelen
Thomas Vermaelen , umusore ukina inyuma mu ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne arasobanura uburyo kuba myugariro wâiyi kipe bikomeye, mu gihe hari abibwira ko ari akazi koroshye bitewe nâabakinnyi bâibihangange ifite. Mu kiganiro yagiranye na Guardian, Uyu musore ukomoka mu Bubiligi, avuga ko gukina hagati unasubira inyuma kugarira bigoye cyane muri FC Barcelona, mu […]
Kirehe: Gitifu afunzwe ashinjwa gutera inda umwana w'imyaka 16
Ku wa Kane tariki ya 15 Gashyantare 2018, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyamugari mu karere ka Kirehe, Intara y’i Burasirazuba yateye inda umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akaba ari mu maboko ya polisi. Bitangazwa ko uyu muyobozi yateye umwana inda ubwo yari umuyobozi w’ishuri yabanje kuyobora mbere y’uko ayobora umurenge, mu gihe […]
Abagabo bagiye bakanyuzaho na Zari mbere yo kubana na Diamond ashinja ubusambanyi
Nyuma yo gutandukana na Diamond Platnumz, benshi barimo kwibaza undi mugabo uzabana na Zari wakanyujijeho nâabagera kuri bane. Ikinyamakuru chimpreports gitangaza ko Zari yagiye aca mu nkundo zâabagabo benshi, Ivan Ssemwaga wapfuye umwaka ushize, akaba ari we bari bamaranye imyaka myinshi bakanabyarana gatatu. 1.Zari na Ivan Ssemwaga Zari na Ssemwaga babyaranye abahungu batatu, bakoze ubukwe […]
Igisirikare cya Congo kiremeza ko abasirikare bacyo batanu baguye mu mirwano yabahuje nâicyâu Rwanda
Mu gihe byatangazwaga ko ari abasirikare batatu ba Congo basize ubuzima mu mirwano, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko abasirikare bacyo batanu barashwe bagapfa mu mirwano yabahuje nâabâu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2018. Mu kiganiro yagiranye nâibiro ntaramakuru byâAbongereza Reuters, General Bruno Mandevu ushinzwe ishyirwamubikorwa ryâibitero byo […]
Yvonne ni umukobwa wâimyaka 35, abana nâubwandu bwa SIDA, arashaka umusore bakundana
Nitwa Yvonne, ndi i Rubavu, mfite imyaka 35, mbana n’ubwandu VIH, mfite umwana 1 w’umukobwa, ndumva nkeneye umukunzi Nshaka uwaba nawe afite ubwandu bwa SIDA, yariyakiriye neza, kandiakijijwe, yumva afite gahunda yokubaka, ndi A2 mfite akazi mu kigo cy’ amashuri, yarize byaba byiza kurushaho kdi azigushaka iterambere ry’urugo. Muremure, wâigikara, ufite ibiro nka 80kg, imyaka […]
Congo yashyize ingabo nyinshi ku mupaka wayo nâu Rwanda yikanga M23
Ingabo za Congo zamaze kugera ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda. Ni nyuma yaho kuwa kabiri wâiki cyumweru habaye ukurasana hagati yâimpande zombi abasirikare batatu ba Congo bakahasiga ubuzima. Inkuru dukesha Chimpreports ivuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo guhangana nâinyeshyamba za M23 bivugwa ko zishobora kuba zongeye kwisuganya mu burasirazuba bwâiki gihugu. Ingabo […]
Burundi: Abadashyigikiye umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga barahigwa
Leta yâu Burundi irashinjwa guta muri yombi abagaragaza ko badashyigikiye umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga, ngo Perezida Nkurunziza ahabwe amahirwe yo kuyobora kugeza mu 2034. Hagendewe no kuri video yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, umuvugizi wâigipolisi cyâu Burundi atangaza ko hari abanyeshuri bafashwe barimo gukangurira abandi kuzatora OYA, mu mushinga wo guhindura Itegeko Nshinga, iki gikorwa […]
Ruhango: Inka 142 zatanzwe muri gahunda ya Girinka, zaragurishijwe
Mu karere ka Ruhango kuva hatangizwa gahunda ya Girinka mu 2006, bamwe mu batishoboye bagiye bazihabwa aho kuzorora bagahita bazigurisha. Kuva muri uwo mwaka izagurishijwe ni 142, ubuyobozi buvuga ko izo bumaze kugaruza ari 62 gusa. Ubuyobozi butangaza kandi ko izisigaye ngo ba nyirazo bagikurikiranwa ngo nabo bazigarure, naho abantu 2 bâabayobozi bâinzego zâibanze barimo […]
RBEC igiye guca akajagari kavugwa muri âUnited Street Promotionâ igizwe nâabacuruza umuziki mu Rwanda
Hashize igihe havugwa imikorere idahwitse muri âUnited Street Promotionââ izwi nkâiharanira inyungu  zâabahanzi, abasobanura Filimi nâabacuruza umuziki(Disc Banners) mu gihugu hose, kuri ubu hashinzwe Koperative nshya igiye gukosora iyo mikorere. Bamwe mu banyamuryango bahoze muri “United Street Promotionââ bavuga ko barangije kuyivamo, ubu bakaba baragiye muri koperative RBEC( Rwanda burning Entertainments Cooperative ), ko basezeye […]
Amerika yihanangirije u Rwanda nâibindi bihugu byo mu karere ku bijyanjye no guca caguwa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko ziteguye gufatira ibihano byâubucuruzi  bikakaye ibihugu birimo u Rwanda,Tanzania na Uganda nibiramuka biciye icuruzwa ryâimyenda ya caguwa bakunze kwita âMitumbaâ muri aka gace. Umunyambanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ubukungu nâibikorwa byo mu karere ku mugabane wa Afurika, Harry Sullivan yasabye ko ibi bihugu byakwisubiraho kuri uyu mwanzuro […]
Nashakanye nâumugabo ukuze, ntabwo anezeza uko mbishaka, ndara nikubye mu biriri we ahugiye mu kazi- NKORE IKI?
Mu kwezi kwa munani 2016, nibwo nashakanye nâumugabo ufite imyaka 43, njye mfite imyaka 24, mu byâukuri iyo duhagararanye mba meze nkâumukobwa we. Dushakana ntabwo nabyiyumvagamo cyane, ariko abantu banshyiramo kumukunda cyane ko afite amafaranga, yankunze ndi umukozi we, afite kampani yinjiza agatubutse, yanyitagaho cyane, nanjye ngendera kuri icyo. Ntababeshye, bakunzi ba bwiza.com, ntabwo anezeza […]
Akabyiniro kazwi nka Amnesia kateguye amarushanwa yo gusomana (Amafoto)
Akabyiniro ko muri Uganda kateguye amarushanwa yo gusomana aho kahurije hamwe abakundana mu rwego rwo kwishimira umunsi wa St Valentin wabaye kuwa 14 Gashyantare/2018. Nyuma yo kubona ko kuri uyu mnsi w’abakundana haba ibirori byinshi bitandukanye byo kuwizihiza ubuyobozi bw’aka kabyiniri bwafashe umwanzuro wo gutegura amarushanwa bise “Kissing competition” aho couple yabaye iyambere yahembwe nubwo […]
Batatu nibo baguye mu mirwano yahuje abasirikare bâu Rwanda na Congo
Imirwano hagati yâabasirikare bâu Rwanda nâaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahitanye ubuzima bwâabasirikare batatu ba Congo (FARDC). Imirwano yabaye ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2018. Ku ruhande rwa Congo bavuga ko imirwano yabereye mu gace ka Bikenge, muri pariki ya Virunga, mu ntangiriro zâumusozi wa Visoke, Teritwari ya Rutchuru. Impande zombi ziritana […]
Rusizi: Umukobwa wâimyaka 23 washakanye nâumukambwe wa 71, ntaterwa ipfunwe nâumukunzi we
Umukobwa witwa Uwanyirigira MĂ©diatrice avuga ko nta pfunwe afite ryo kuba yarashakanye nâumukambwe wâimyaka 71 yâamavuko, abantu benshi bavuga ko yamusanze kubera kumukurikiraho ubutunzi ariko we akavuga ko yamukurikiyeho urukundo. MĂ©diatrice nâumukunzi we, Mvuyekure Vincent bashakanye muri Kamena 2017, batuye mu mudugudu wa Karangiro, akagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe, mu karere Rusizi. Avuga ko […]
Umugabo yasanze igipupi cye yakoreragaho imibonano mpuzabitsina cyibwe, ahita yiyahura
Umugabo wâimyaka 60 ukomoka mu mujyi wa Naples mu Butaliyani, ubwo yatahaga yasanze inzu ye bayisahuye ibintu byâagaciro birimo nâigipupi yakoreshaga yishimisha mu mwanya wâumugore, ahita yiyahura kubera agahinda. Florentino Pachino wari usanzwe akora akazi ko gutwara imodoka, yabaga wenyine nyuma yaho umugore nâabana bamutereye, kubera ubuzima yabagamo yigunga, yahisemo kwibanira nâigipupi, kikamumara irungu, akakishimishirizaho […]
Cyril Ramaphosa amaze gutorerwa kuba Perezida wa Afurika y'Epfo
Kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gashyantare 2018, Nyuma yuko uwari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma yegujwe, kuri ubu yamaze gusimbuzwa uwari umukuru wâishyaka, African National Congress (ANC), Cyril Ramaphosa, ugomba kuzayobora Afurika yâEpfo mu igihe cyâinzibacyuho. Cyril Ramaphosa wari usanzwe ari Visi Perezida yatowe n’Inteko ishingamategeko ya Afurika yâEpfo ngo asimbure Jacob […]
Umuryango wa Wayne Rooney wungutse umwana wa kane
Coolen Rooney, umugore wâicyamamare muri ruhago, Wayne Rooney, yatangaje ko yibarutse umwana wâumuhungu, akaba ari umwana wa kane bungutse. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Coolen Rooney yatangaje ko umuryango wishimiye kwakira umwana wabo mu muryango. Ati âBirashimishije kwakira umwana wacu wâumuhungu, ni munini apima 3.9kgs, ni mwiza,âŠâ. Uyu mugore yakomeje avuga ko umwana wabo […]
Diplomate aragaya amaradiyo adakina Hip Hop yibeshya ko aribwo busirimuÂ
Mu gihe umurindi wâinjyana ya Hip Hop ugenda ucogora yaba ku bakunzi bâayo ndetse nâabayikora, umwe mu nkingi za mwamba muri iyi njyana uzwi ku izina rya Dipolomate aratangaza ko imbogamizi isubiza inyuma iyi njyana ari uko idakinwa ku kigero kimwe nkâuko izindi njyana zikinwa. Diplomate wivugira atuje, ubwo yabazwaga nâumunyamakuru wa bwiza.com uko abona […]
Hailemariam Desalegn wari Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia yeguye
Amakuru aturuka muri Ethiopia aremeza ko Hailemariam Desalegn wari Minisitiri wâintebe Ethiopia yaguye ku mirimo ye no ku buyobozi bwâishyaka EPRDF riri ku butegetsi. Nkuko Reuters ibitangaza, Hailemariam yeguye ku imirimo yo kuba Minisitiri wâintebe no kuba umuyobozi wâishyaka ririri ku ubutegetsi rya EPRDF kuri uyu wa kane tariki ya 15 Gashyantare 2018, kandi akaba […]
Seburikoko yibasiye abirirwa bamusaba kurongora ku ngufu
Umukinnyi wa filime Niyitegeka Gratien uzwi ku izina rya Seburikoko aratangaza ko abangamiwe bikomeye nâabantu benshi bamwoherereza ubutumwa bugufi kuri telephone ye igendanwa bamwe bakanamuhamagara bamubwira ko bifuza kumubona afite umugore. Mu kiganiro kigufi bwiza yagiranye na Seburikoko, yadutangarije ko muri iyi minsi afite ikibazo cyâabantu bigize abajyanama be basigaye bivanga mu buzima bwe nkaho […]
Ingabo zâu Rwanda zakozanyijeho nâiza Congo, abahasize ubuzima ntibaratangazwa
Igisirikare cya Congo, kiravuga ko ingabo zâu Rwanda zarenze imbibi z’u Rwanda na Congo, zivogera ubutaka bwabo, bikaba nyirabayazana yo gukozanyaho. Ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2018, mu masaha ya nyuma ya saa sita, nibwo imirwano yabaye hagati yâabasirikare ba RDF na FARDC, mu gace ka Bikenge, muri pariki ya Virunga, mu ntangiriro […]
Uganda ivuga ko nta masezerano yo guhererekanya abanyabyaha yagiranye nâu Rwanda
Nyuma yâibyumweru bishize hasakaye amakuru avuga ko Leta ya Uganda ishyigikiye abashaka guhungabanya umetakano wâu Rwanda, Uganda yateye utwatsi aya makuru ivuga ko ibi ari ukuyobya uburari gukorwa nâibinyamakuru bya Leta yâu Rwanda ndetse ikanahakana ibyo gushyira umukono ku masezerano yo guhererekana abanyabyaha. Mu gihe ibinyamakuru byo muri Uganda nka Virunga Post na Chimpreports byakunze […]
Amakosa usabwa kwirinda mu ijoro ry'ubukwe bwawe
Umunsi w’ubukwe ku bashakanye, ni umwe mu minsi iba itazibagirana mu buzima bwabo, gusa hari byinshi baba basabwa kwitwararikamo kuri uwo munsi birinda ko byababera kidobya mu byishimo byabo. Kimwe mu byo bagomba kwitwararikamo ni ikijyanye no gutera akabariro kuri uwo munsi w’ubukwe bwabo, Dore bimwe umugabo aba asabwa kwitondera: 1.Irinde hubuhubu mu buriri: Abenshi […]
Paul yize icungamutungo muri kaminuza, arashaka umukobwa bakundana utarengeje imyaka 32
Nitwa Jean Paul, nkaba nifuza umukunzi. Mfite imyaka 29, nkaba mfite A0 muri accounting. Ubusanzwe ndi umudivantiste. Umukobwa nifuza: * Usenga ari umudive byaba ari akarusho, n’umu cathorique ntacyo bitwaye cyane, ntabe anywa inzoga cg itabi * yarangije kaminuza *afite akazi cg ikindi kintu akora kimwinjiriza amafaranga *atarengeje imyaka 32 *ari inzobe cg imibiri yombi. […]
Zari yatandukanye na Diamond amushinja ubusambanyi
Nyuma y’igihe kitari gito havugwa umwuka mubi hagati ya Diamond n’umugore we, Zari wari umaze kumubyarira abana babiri, kuri uyu wa 14 Gashyantare, umunsi wahariwe abakundanye, batandukanye. Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, akurikirwaho n’abafana basaga miliyoni 3.6, Zari yatangaje ko bitoroshye gufata umwanzuro ariko ko bibaye ngombwa ko atandukana na Diamond bitewe n’inshuro nyinshi […]
Musanze: Polisi yahuguye abaturage ku ndangagaciro zikwiye kuranga umunyarwanda
Kuwa kabiri tariki ya 13 Gashyantare, Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Musanze yahuguye abagize komite zâabaturage zo gukumira ibyaha, bazwi ku izina rya âCommunity Policing Committeesâ( CPCs). Bibukijwe indangagaciro zikwiye kubaranga nk’abanyarwanda ubwabo kugira ngo zibafashe gukora akazi kabo neza. Aya mahugurwa yabereye mu murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, aho abaturage […]
Ruhango: Abarema nâabacururiza mu isoko rya Ntenyo bataka kutagira ubwiherero
Hashize amezi asaga 30, abarema nâabacururiza mu isoko rya Kijyambere rya Ntenyo, rihereye mu murenge wa Byimana, akarere ka Ruhango bataka kutagira ubwiherero rusange ku isoko, ubuyobozi bwâakarere bukabizeza kuryubaka mu gihe cya vuba, ariko ntihagire igikorwa. Iki kibazo cyo kutagira ubwiherero ku bakorera nâabarema isoko rya kijyambere rya Ntenyo, cyatangiye kumvikana kuva muri Kanama […]
Jacob Zuma wari Perezida wa Afurika yâEpfo yeguye
Tariki ya 14 Gashyantare isize uwari Perezida wa Afurika yâEpfo Jacob Zuma yeguye ku mwanya we nyuma yâiminsi yotswa igitutu nâishyaka rye hamwe nâabatavuga rumwe nâubutegetsi kubera ibyaha ruswa yakekwagaho. Mu ijambo Zuma yagejeje ku baturage ba Afurika yâEpfo ryaciye kuri Televiziyo yâIgihugu, yagize ati âNta buzima buzatakara kubera izina ryanjye ndetse na ANC ntizigera […]
Itangazo ryâIbyemezo yâInama yâAbaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018
None ku wa Gatatu, tariki ya 14 Gashyantare 2018, Inama yâAbaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. Inama yâAbaminisitiri yamenyeshejwe ibyavuye mu ngendo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul KAGAME yagiriye i Davos mu Busuwisi muri World Economic Forum nâi Addis Ababa muri Etiyopiya mu nama yâUmuryango wa Afurika yunze […]
Ese Rayon Sports Fc yaba igiye kubona umutoza usimbura Karekezi?
Nyuma yo kunganya nâikipe ya Lydia Ludic, igitego 1-1 mu mukino ubanza wa CAF Champions League, ikipe ya Rayon Sports iri ku gitutu gikomeye, ndetse ko ishobora kubona undi mutoza usimbura Karekezi cyangwa se bagakorana. Ibi byose bije byiyongera ku gutungurana kwa Perezida wa Rayon Sports winjiye mu mukino wayo na Musanze Fc ari kumwe […]
Basezeranye bambaye ubusa, ubukwe bwabo bucishwa kuri Televiziyo Live- REBA AMAFOTO
Jess Shears na Dom Lever basezeranye bambaye imyenda yo kogana (bikini) byâumwihariko ubukwe bwabo buca kuri leteviziyo imbonankubone (live). Bombi bari bambaye imyenda yâumweru ihisha ibice bimwe byâumubiri, basezeranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare, umunsi wahariwe abakundana.  Ubu bukwe bwacishijwe kuri televiziyo yo mu Bwongereza GMB (Live), ba nyiri […]
Afurika yâEpfo: Perezida Jacob Zuma yasabwe kuva ku buyobozi bitarenze saa sita zâijoro
Ishyaka ANC riri ku buyobozi muri Afurika yâEpfo ryasabye Perezida Jacob Zuma kubuvaho obozi bitarenze saa sita zâijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018. ANC (The African National Congres), ishyaka na Perezida Zuma abarizwamo, rimusaba kuva ku buyobozi mu gihe ashinjwa ruswa iri ku rwego rwo hejuru. BBC itangaza ko Jacob […]
Jose Chameleone yongeye kwibasira Bebe cool
Nyuma y’igihe humvikana umwiryane hagati yabahanzi babiri bakomeye bakomoka mu ighugu cya Uganda Chameleone na Bebe Cool, ikiri kuvugwa ubu n’uguterana amagambo hagati yabo, dore ko Chameleone yasaga nuwihimura kuri Bebe cool amunenga ku kayabo yatakaje ku mashusho y’indirimbo ye “want it”. Ibi Dr Jose chameleone yabitangaje nyuma yaho umuhanzi Bebe Cool aherutse gushyira hanze […]
RURA na Yegomoto bavugutiye umuti ikibazo cyâakajagari kagaragara mu bamotari
Ikigo cyâigihugu cyâimirimo imwe nâimwe ifitiye igihugu akamaro(RURA) cyahaye  Kompanyi ya Yegomoto icyemezo cyo gutangiza uburyo bushya bwiswe âIntelligent Connected Fare Meterâ(ICFM).Ubu ni uburyo bwo kwishyura amafaranga yâurugendo rwa moto hifashishijwe ikoranabuhanga buje gufasha ndetse no kunoza byinshi mu bijyanye nâingendo zikorwa hifashishijwe moto mu Rwanda. Impande zombi ziremeza ko ubu buryo buzaca akajagari kagaragaraga […]
RDC: Abana barenga ibihumbi 10 bakoreshwa mu mitwe yâinyeshyamba
Imiryango iharanira uburenganzira bwâabana muri Kivu yâAmajyepfo, ivuga ko imitwe yâinyeshyamba iri ku butaka bwa Congo, ikoresha abana bâabakobwa nâabahungu basaga ibihumbi 10. Murhabazi Namegabe, umuyobozi mukuru wa biro ishinzwe gukurikirana ibikorwa byâabana nâubuzima bwabo muri Kivu yâamajyepfo, yagize ati âImitwe yâinyeshyamba ikomeje kwinjiza mu gisirikare abana, abakobwa nâabahungu bo mu Ntara zose zâigihugu zirimo […]
Inzego zâumutekano zishinja Agathon Rwasa ububeshyi
Visi Perezida wâInteko Nshingamategeko yâu Burundi, Agathon Rwasa, yavugaga ko hari abarwanashaka be bagera kuri 50 bafashwe nâinzego zâumutekano, bazira ibitekerezo byabo bijyanye na Politiki, ibi inzego zâumutekano zabiteye utwatsi. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru, umuvugizi wâigipolisi cyâu Burundi, Pierre Nkurikiye, yatangaje ko mu bafashwe bose, nta numwe wigeze ugaragaza ko ahagarariye ishyaka runaka. Ati âmu […]
Amarozi yavuzwe hagati ya Riderman na M Izzo yasize umubano wabo mukangaratete
Hashize imyaka 5 abahanzi bahoze ari inshuti magara aribo Riderman na M Izzo badacana uwaka, bwiza.com yifuje kumenya niba hari icyahindutse ku mubano wabo nyuma yâiyo myaka yose na nyuma yâibibazo bombi bagiranye bikajyana nâamakuru yigeze gukwirakwira mu binyamakuru yavugaga ko Riderman yaba yarigeze kuroga M Izzo. Dusubiye inyuma gato ubusanzwe M Izzo yahoze ari […]
Ishuri ryo kubyina Jack B yijeje abanyarwanda ryahereye he?
Umuhanzi Rugamba Jack uzwi ku izina rya Jack B yiseguya kubakunzi be yijeje ishuri ryo ku byina mu myaka itatu ishize ariko ntiriboneke, kuri we ngo ubushobozi bwamubereye imbogamizi. Ubwo yatugezagaho indirimbo ye nshya yise âNdabarutaâ, twaboneyeho kumubaza ku makuru yigeze gutangaza muri 2015, aho yari yashimangiye ko uwo mwaka utazamusiga adashinze ishuri ryigisha ku […]
Nitwa Sylvester, nkaba nifuza umukunzi w'umukobwa n'ubwo yaba yarabyaye nta kibazo
Muraho, nitwa Sylvester, nkaba nifuza umukunzi. Mu byukuri ndi umusore ukuze ufite imyaka 38, nkaba nkora muri company ikora ibikorwa bijyanye n’ubwubatsi. Nkaba nifuza inshuti y’umukobwa, cg umukobwa wabyaye kuko nanjye mufite, akaba afite imyaka y’ubukure hagati ya 21 na 38, amashuri yaba yarize ayo ariyo yose ariko afite icyo akora, cyane cyane kijyanye n’umwuga. […]
Umuhanzikazi Lilian Mbabazi arikoma abavuga ko atwite
Mu gihe hari amakuru yavugaga ko Lilian Mbabazi atwite, bivugwa ko iyo nda ari iyâumugabo we, Mowzey Radio, uherutse kwitaba Imana, abandi bakavuga ko yayiterewe i Kigali, kuri ubu yanyomoje aya makuru, avuga ko adatwite. Lilian usanzwe afite abana babiri yabyaranye na Mowzey Radio, avuga ko abatangaza aya makuru yo gutwita kwe, ari abafite umugambi […]
Gabiro Guitar yahuye nâabatekamutwe yitabaza inzego z'umutekano
Mu minsi ishize nibwo ku rukuta rwa instagram rwâumuhanzi Gabiro Guitar hacicikanye amakuru yavugaga nabi abahanzi batandukanye , kuburyo abenshi bibajije icyabaye kuri uyu muhanzi dore ko ari ingeso zitari zimuzwiho, ibi byatumye yitabaza inzego z’umutekano ngo zimufashe. Bwiza.com yifuje kumenya icyari kibyihishe inyuma tuganira nâuyu muririmbyi adutangariza ko atariwe washyiraga aya makuru mabi hanze […]
Ese abafite abakunzi muri miss Rwanda bazizihiza gute St Valentin ?
 Tariki 14 Gashyantare buri mwaka isi yose iba yahindutse umukara n’umutuku bitewe no kuba ariyo mabara aba yiganje ajyanye n’umunsi nyirizina witiriwe mutagatifu Valentin. ibi nibyo bituma buri wese aba yabukereye yasohokanye nuwo babymva kimwe (bakundana) mu rwego rwo kwishimira uwo munsi wabagenewe (abakundana) gusa igikomeje kwibazwaho n’abakobwa basanga 20 bari mu mwiherero wo kwitegura […]
Yesu ni umurasta abyina Reggae, iyo uyicuranze imyuka mibi irahunga â Natty Dread
Mu gihe abenshi mu bakurikiranira hafi muzika nyarwanda basanga injya ya Reggae iri mu marembera, umwe mu baririmbyi bâiyi njyana uzwi cyane ku izina rya Natty Dread, yavuze amagambo akomeye kuri iyi njyana aho yashimangiye ko na Yesu ubwe abyina Reggae. Mu kiganiro na bwiza.com Natty Dread yadutangarije ko hari agatsiko kâabantu bayobowe na sekibi […]
Bob Marley agiye kubakirwa urwibutso muri Zimbabwe
Ubuyobozi bwâigihugu cya Zimbabwe bwatangaje ko buri gushakisha umushushanyi ubizi neza ngo azashushanye urwibutso rwâishusho ya Bob Marley ku kibuga cy’umupira cya Rufaro i Harare. Impamvu yâaha hazashyirwa iki gishushanyo ni uko ariho Bob Marley yacurangiye bwambere mu mwaka wâi 1980 ubwo iki gihugu cyahindukaga Zimbabwe dore ko mbere cyitwaga Rhodesie du Sud . Ibi […]
Mwige mugamije guhinduka aho kwiga mugamije gufungurwa – Minisitiri Johnston Busingye
Minisitiri wâubutabera, Bwana Johnston Busingye yasuye abana bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, abasaba kudahatanira kwiga kugira ngo bafungurwe ahubwo ngo bagombye kubikora bagamije guhinduka. Buri mwaka Perezida wa Repubulika, Paul Kagame agirira imbabazi abana bafungiye muri iyi gereza baba batsinze ibizamini bya Leta. Abagiriwe imbabazi n’Umukuru w’Igihugu bahita bafungurwa nk’uko Itegego nshinga ribiteganya. Ministiri Busingye […]
Sudani yâEpfo: Umuvugizi wa Dr Riek Machar yakatiwe igihano cyo kwicwa amanitswe
Urukiko rwo muri Sudani yâEpfo rwakatiye igihano cyo kwicwa amanitswe, James Gatdet Dak, umuvugizi wa Dr Riek Machar, rusobanura ibiteganywa mu itegeko nshinga byagendeweho mu gufata iki cyemezo. Dak yari akurikiranweho ibyaha byinshi birimo ibyaha byâubugambanyi. Urukiko rudasanzwe rukaba rwatangaje umwanzuro rumukatira igihano cyâurupfu kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Gashyantare. Umwunganizi wa Dak witwa […]
Bull Dog yatsembeye abifuza P-fla muri Tuff Gangs
Nyuma y’aho abari bagize itsinda rya Tuff Gangs bihuje bakongera bagasubirana, umuraperi Bull Dog aratangaza ko n’ubwo basubiranye ndetse n’umubano uri hagati yabo na P Fla ukaba umeze neza ariko ntagahunda ihari yo kuba bamugarura mu itsinda. Ibi byatangiye kunugwanugwa nyuma y’aho umuraperi Pfla afunguriwe, aho hari amakuru atarafitiwe gihamya yavugaga ko P Fla asigaye […]
Yitangiye uwari umukunzi we amuha impyiko yenda gupfa akize amusaba ko babana amutera utwatsi
Umugabo wo mu gihugu cyâu bwongereza yababajwe bikomeye nâumugore yakunze bakiyemeza kubana ariko afite ikibazo cyâimpyiko yamara kumuha impyiko ye agahita yanga ko bakora ubukwe. Simon Louis wâimyaka 49 na Mary Emmanuelle wâimyaka 41, bombi baba London, bari inshuti magara kuko bari bamaze igihe kirekire bateretana kugeza ubwo uyu mugore yaje kurwara. Impyiko ya Emmanuelle […]
Uganda: Abakozi bâurwego rwâabinjira nâabasohoka mu mazi abira nyuma yo kunyuzwaho intwaro nâUmunyamerika
Igipolisi cya Uganda cyatangiye gukora iperereza ku mikorere yâurwego rushinzwe abinjira nâabasohoka yaba yaratumye Umunyamerika yinjirana mu gihugu imyambaro, intwaro nâamasasu  byâigisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Paul Mathias Rogers wâimyaka 57 akaba aherutse gutabwa muri yombi muri weekend ishize akuwe iwe mu gace ka Bwebajja ku Muhanda wa Entebbe nyuma yâuko igipolisi kimenyeye […]
KNC yacyebuye abahanzi bajya ku mbyiniro batakoze imyitozo
Mu minsi ishize nibwo umuhanzi KNC yatangaje ko yagarutse mu ruhando rwa muzika, ubwo bwiza.com yamusuraga aho akora imyitozo yo kuririmba, yaboneyeho gucyebura abandi bahanzi bagenzi be aho yababwiye ko kujya kurubyiniro batakoze imyitozo ari ugusuzugura abo bagiye kuririmbira. KNC amaze iminsi atangiye imyiteguro yâigitaramo afite muri Nyakanga cyo kumurika umuzingo we wa 4, ubwo […]
Ishyaka ANC ryiyemeje gukura perezida Jacob Zuma ku ubutegetsi
Ishyaka ANC riri ku butegetsi muri Afurika yâEpfo ryasoje ibiganiro mu muhezo ryatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri ryanzura gukura perezida ku butegetsi nyuma yâuko uyu yanze kwegura nkâuko bitangazwa nâitangazamakuru ryo muri iki gihugu. Abagize komite nshingwabikorwa yâigihugu(NEC) muri iri shyaka bagera ku 107 bakoze ibiganiro byâamasaha 13 babisoza banzuye gukura ku […]
Aho u Rwanda rugeze rushyira mu bikorwa ibyifuzo nama bya Loni ku burenganzira bwa muntu
Nâubwo ari ukureba aho tugeze dushyira mu bikorwa imyanzuro yose uko ari 50, nishimiye kubamenyesha ko 8% muri yo twarangije kuyishyira mu bikorwa. Ibi ni ibyatangajwe na minisitiri wâubutabera, Johnston Busingye ubwo yatangizaga inama yasuzumirwagamo aho ishyirwa mu bikorwa ryâibyifuzo nama 50 ku isuzuma ngarukagihe ku burenganzira bwa muntu. Hari kuwa 06 Gashyantare 2018 ubwo […]
Ndumuhanzi mwiza kandi ntabyo nize- Bruce Melody
Umuhanzi Itahiwacu Bruce ukoresha Bruce Melody mu muziki ahamya ko ari umuhanzi mwiza kabone nubwo atabyize. Â Ibi yabitangaje ubwo yagiranaga ikiganiro na Isango aho yagarukaga ku mashusho yakwirakwijwe ku mumbuga nkoranyambaga nka Instagram aho nawe ubwe (Bruce Melody)Â yagaragaye ari kumwe na Mico the Best mu modoka bagenda batera igiparu(ikiganiro) bavuga ko abanzi bo mu […]
Jose Chameleone yerekanye ubudahangarwa bwe muri âAmani Festivalâ
Tariki 08 Gashyantare 2018 nibwo, Jose Chamilione yaraye mu Rwanda ubwo yarimo yerekeza i Goma muri Repubulika iharanira Democratie ya Congo, aho yari yitabiriye iserukiramuco rya Amani Festival. Nkâibisanzwe uyu muhanzi ntiyigeze atenguha abakunzi be dore ko yabataramiye kakahava mu ndirimbo ze nyinshi zakunzwe nka Jamila, Dorotia, Tingisha, Champion, Valuvalu, Wale Wale nâizindi. Nkâintararibonye Chameleone […]
Kinani Delphine arasaba guhindura izina akitwa Abimana Delphine
Uwitwa KINANI Delphine mwene NKURIZA Evariste na MUKANDAMAGE Leonille utuye mu Mudugudu wâUbumwe, akagari ka Kora, umurenge wa Gitega, akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, uboneka kuri Telefoni igendanwa, 0781276421. Yasabye uburenganzira bwo gusimbuza izina KINANI, akarisimbuza izina ABIMANA mu mazina asanganywe, KINANI Delphine akitwa ABIMANA Delphine. Impamvu atanga ni uko izina KINANI, rimutera […]
Abagabo bishe inzoka nini kuyikorera birabananira bitabaza imodoka âREBA AMAFOTO
Abahigi bari mu ishyamba riherereye ku kirwa cyana Borneo, muri Malaysia, bishe inzoka nini, kurayikorera birabananira biba ngombwa ko bitabaza imodoka ya Pick Up. Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gashyantare 2018, nibwo abaturage bo muri iki gihugu bakennye, bavumbuye iyi nzoka, yihishe munsi yâigiti cyaguye, bakoresheje imashini isatura ibiti babanza gucamo kabiri igiti ngo […]
Hamenyekanye ko ubunyobwa, Diamond Karanga, umuhanzi Diamond yiyitirira atari ubwe
Nyuma yâaho hatangiye kumvikana umwuka mubi hagati ya Clouds Media Group na studio yâumuhanzi Diamond Platnumz izwi nka Wasafi, amabanga yari ari hagati yâibi bigo byombi yatangiye kujya ahagaragara ndetse hamenyekana ko ubunyobwa bwa Diamond Karanga bukorwa na Clouds, ahubwo Dimond akaba ari ambasaderi nkâuko abereye ambasaderi Belaire. Umwe mu bashyize aya makuru ahagaragara witwa […]
Gerenade yatewe mu kabari kâurwagwa ikomeretsa abantu 11
Abantu 11 bakomerekejwe na gerenade yatewe mu kabari mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2018. Nkâuko bitangazwa na Polisi mu Burundi, ngo gerenade yatewe mu kabari kitwa Mutobe gacururizwamo urwagwa mu gace ka Musaga (Ceceni), Komine Muha, mu mujyi wa Bujumbura. Ku cyumweru nibwo Polisi yatangaje ko […]
Tom Close arahakana ibivugwa ko yaba yaratandukanye na Kina Music
Mu minsi ishize Tom Close yasohoye indirimbo zinkurikirane mu zindi nzu zitunganya umuziki zitari Kina Music asanzwe abarizwamo, abenshi mu bakurikiranira hafi iby’uyu muhanzi batangiye gukeka ko uyu muhanzi yaba atakibarizwa muri Kina Music. Mu kiganiro kigufi na bwiza, ku ruhande rwa Tom Close we asanga ababitekereje n’ababivuga bafite ishingiro kuko amaze igihe akorera muzindi […]