Umuyobozi wa polisi muri Amerika yasabye Donald Trump gufunga umunwa
Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Houston, Arturo Acevedo kuri uyu wa 1 Kamena 2020 yasabye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump gufunga umunwa mu gihe nta kintu cyubaka yabwira abaturage ayoboye. Ni mu gihe imyigaragambyo ikomeza muri iki gihugu, abaturage barigabije imihanda mu mijyi irenga 50 nyuma y’urupfu rw’umwirabura, George Floyd, umupolisi […]
Rwanda: Abadipolomate babiri b’u Bubiligi bashinjwa gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi bahamagajwe iwabo
Ushinzwe ubutwererane mu bya gisirikare (military attaché) ndetse n’umunyamabanga wa mbere muri Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda, Lt. Col. BEM Cedric Billiet na Xavier Follebouckt bahamagajwe iwabo bazira ko bibutse ku wa 6 Mata 2020 ingabo zabo 10 zari mu butumwa bw’amahoro biciwe mu Rwanda mu 1994. Lt. Col Billiet na Follebouckt bahamagajwe na Guverinoma […]
U Rwanda na Uganda bigiye kongera gukora inama y’ubwiyunge

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, Amb. Patrick Mugoya kuri uyu wa 2 Kamena 2020 yatangaje ko u Rwanda na Uganda bigiye gukora indi nama igamije gusuzuma ibyagezweho mu iyubahiriza ry’Amasezerano ya Luanda yo ku wa 21 Kanama 2019 yo guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. Ambasaderi Mugoya yatangarije Chimp Reports ko […]
Ukuri kwamenyekanye ku makuru avuga ko Perezida Kagame yirukanye Abashinwa 18

Igitangazamakuru cyo muri Zambia cyitwa ‘Zambia Observer’ kuri uyu wa 1 Kamena 2020 cyatangaje inkuru ivuga ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame tariki ya 27 yirukanye Abashinwa 18 bitewe n’impamvu zirimo agasuzuguro bagirira Abanyarwanda. Mu zindi mpamvu iki gitangazamakuru cyatangaje harimo ko aba Bashinwa batwaye amasambu y’Abanyarwanda, ndetse bakaba banabakoresha amasaha menshi nk’abacakara. […]
Abarwayi bashya ba Covid-19 babonetse biganjemo abambukiranyije umupaka i Rusizi

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 7 banduye Covid-19 mu bipimo 1083 byafashwe. Aba barwayi bashya bakoze ingendo zambukiranya imipaka, cyane cyane i Rusizi. Bashyizwe mu kato. Abakize iki cyorezo bageze kuri 262 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni […]
Kenya: Polisi yahatirije umugabo kurarana n’umurambo w’umugore we munsi y’ikamyo-Amafoto

Umugabo witwa Charles Mwenda yabaze inkuru y’akababaro y’ukuntu abapolisi muri Kenya bamuhatirije kurarana n’umurambo w’umugore we, munsi y’ikamyo iruhande rw’umuhanda mu gace ka Meru. Ubusanzwe Mwenda yari yarasuhutse, yaragiye gupagasa ahitwa Milindi mu ntara ya Kilifi. Ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi, yajyanye umurambo w’umugore we wari wapfuye, agiye kuwushyingura iwabo kavukire mu gace […]
Impinduka: Ingendo hagati y’intara zitandukanye na Kigali na moto biracyabujijwe

Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020 rigaragaza impinduka ku mabwiriza mashya yari yamaze gutangwa, yemeza isubukurwa ry’ingendo hagati y’intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali, aha na moto uburenganzira bwo gutwara abagenzi, aho ishyirwa mu bikorwa ryayo ryegejwe inyuma. Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura, izi ngendo ziracyabujijwe mu rwego […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 11 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 1092 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 256 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 370, abantu 113 ni bo bakirwaye.
Ku munsi wa Pentekote, Intumwa zahawe imbaraga zivuga indimi z’amahanga
None ku wa 31 Gicurasi 2020, abakirisitu bizihije umunsi wa Pentekote, uba nyuma y’iminsi 49 Pasika ibaye. Ni umunsi intumwa zaherewe imbaraga zo kuvuga indimi z’amahanga, zose zibasha kumvikana. Kuri uwo munsi, Bibiliya ivuga ko habaye gutangara cyane bitewe n’uko abatarabashaga kumvikana, bashoboye kuvuga indimi zimwe. Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, ibice bibiri, kuva ku murongo wa […]
Imyigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwirabura muri Amerika-Amakuru mashya n’amafoto

Nyuma y’iminsi itanu umwirabura George Floyd yiciwe n’umupolisi w’umuzungu Derek Chauvin mu mugi wa Minneapolis, amushinze ivi ku ijosi, imyigaragambyo yari ikirimbanyije kuri uyu wa 30 Gicurasi 2020 mu migi itandukanye igize leta 16 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Tariki ya 25 Gicurasi ni bwo Chauvin yafashe Floyd, amwambika amapingu amukekaho kugura itabi akoresheje amanyanga. […]
Rwanda: Umuntu umwe yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Gicurasi 2020 yatangaje ko umurwayi umwe yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uyu ni umushoferi w’imyaka 65 y’amavuko warembeye mu gihugu cy’abaturanyi yari atuyemo, ahitamo gutaha mu Rwanda. Yapfuye azize kwangirika imyanya y’ubuhumekero. Uyu munsi habonetse abantu bashya banduye iki cyorezo bane mu bipimo 1368 byafashwe. Abamaze kugaragaraho iki […]
RDC mu 1965: Abapadiri bera 7 n’abakirisitu 24 bishwe baziritswe
Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo icyitwa Zaïre yagize ubwigenge muri Kamena 1960 nyuma yo kwigobotora ubukoloni bw’Ababiligi. Icyo gihe cyakurikiwe n’urwango rukomeye Abakongomani bagiriraga abazungu ndetse babakorera n’ihohotera. Byageze tariki ya 29 Gicurasi 1965, umutwe witwaje intwaro witwaga ‘Simba’ wari ugizwe ahanini n’abayoboke ba Patrice Lumumba wishwe amaze amezi arenga abiri ku butegetsi (kuva tariki […]
Musanze: Umubyeyi w’abana batanu urwaye ‘paralize’ aratabaza Leta n’abagiraneza

Akimanizanye Agnès ni umugore w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyarubande, Akagari ka Rwebeya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze ugowe n’ubuzima abayemo n’abana batanu yabyaye, mu gihe atakibasha gukora bitewe n’indwara idakira ya paralize (paralysé) amaranye imyaka 8. Uyu mubyeyi wari umaze imyaka ibiri yigisha ku ishuri ribanza rya Regina Pacis mu […]
U Bushinwa butumye Amerika itandukana burundu na WHO
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020 atangaje ko bidasubirwaho igihugu cye kimaze kwitandukanya n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, bitewe n’uko ukoreshwa n’u Bushinwa muri iki gihe cya Covid-19. Uyu Mukuru w’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ngoro ya White House, ati: “U Bushinwa ni bukoresha WHO, […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 6 n’abakize 2

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 6 banduye Covid-19 mu bipimo 1340 byafashwe. Abakize iki cyorezo bakomeje kuba 247 barimo 2 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 355, abantu 108 ni bo bakirwaye.
Nyanza: Umusore w’imyaka 19 yatangaje ko yishe nyina amukubise isuka mu mutwe
Umusore witwa Maniriyo Eugène w’imyaka 19 y’amavuko ubarizwa mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Mbuye, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020 yatangaje ko yishe nyina Ahishakiye Donathile wari ufite imyaka 40 y’amavuko, amukubise isuka mu mutwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Nsengumuremyi Théoneste yatangarije bwiza.com ko aya makuru […]
Umushakashatsi yareze u Bufaransa abushinja kumwima inyandiko zerekeye jenoside yekorewe abatutsi

Umushakashatsi w’Umufaransa, François Graner kuri uyu wa 28 Gicurasi 2020 yagiye kurega igihugu avukamo mu Rukiko rw’Uburayi ruharanira uburenganzira bwa muntu, ECHR, agishinja kumwima inyandiko zigaragaza umubano wa François Mitterrand wabaye Perezida ndetse n’u Rwanda hagati y’1990 n’1995. Uyu mushakashatsi mu gitabo cye, yashakaga kwandika ku makuru y’uruhare rw’u Bufaransa bwari buyobowe na François Mitterrand, […]
Abaganga babiri bakoreye ubukwe mu bitaro kubera Covid-19
Umuvuzi w’umusore witwa Annaran Navaratnam ndetse n’umuganga w’umukobwa witwa Jann Tipping, kuri uyu wa 24 Gicurasi 2020 bakoreye ubukwe mu bitaro bakoreramo bya St Thomas, i Londres mu Bwongereza bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Jann na Annaran bari barateganyije ko ubukwe bwabo buzaba muri Kanama 2020 ariko kubera Covid-19, babanje gutekereza niba babusubika kubera ko bari […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye batatu

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 3 banduye Covid-19 mu bipimo 1766 byafashwe. Abakize iki cyorezo bakomeje kuba 245 kuko nta muntu wakize. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 343, abantu 104 ni bo bakirwaye.
Uganda: Abagiye gushyingura babaye benshi, polisi ibirukanisha ibyuka biryana mu maso
Polisi ya Uganda kuri uyu wa 27 Gicurasi 2020 yirukanye abantu benshi bari bagiye gushyingura Jimmy Kirunda wabaye Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, yifashishije ibyuka biryana mu maso, ibaziza kutubahiriza ibwiriza ryo gukumira ikwirakwira rya Covid-19. Jimmy Kirunda wari ufite imyaka 70 y’amavuko yapfuye tariki ya 25 Gicurasi. Yabaye Kapiteni w’Imisambi ya Uganda mu gihe […]
Ladislas Ntaganzwa wahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwa Nyanza kuri uyu wa 28 Gicurasi 2020, rwakatiye Ntaganzwa Ladislas igifungo cya burundu nyuma y’aho ahamwe n’ibyaha yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntaganzwa ari mu bantu bashakishijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, i Arusha muri Tanzania. Yari ku rutonde rw’abantu 9 bashakishwaga na Leta […]
Za leta zirashinjwa kuba imbere mu kutubahiriza uburenganzira bw’abana

Marc Dullaert washinze umuryango wa KidsRights uharanira uburenganzira bw’abana yagaragaje ko leta z’ibihugu ubusanzwe zidategura ingengo y’imari ihagije mu gushyira mu bikorwa iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umwana burimo kubaho, kwiga, kubarinda gusama no gushakana bakiri bato, kubarinda imirimo ivunanye n’ibindi. Yagaragaje impungenge zihari mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyateye, aho abona ko amahanga agiye gushora igice kinini […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 7 n’uwakize 1

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 7 banduye Covid-19 mu bipimo 2059 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 245 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 346, abantu 101 ni bo bakirwaye.
Abunganira mu mategeko Kabuga Félicien barasaba ko yafungurwa by’agateganyo
Abunganira mu mategeko Kabuga Félicien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 , barasaba ubutabera bw’u Bufaransa kuba bumufunguye by’agateganyo bitewe n’intege nke z’ubusaza. Hashize iminsi 8 Urukiko rusabye aba banyamategeko gutanga impamvu zumvikanisha uburenganzira bwa Kabuga nk’uregwa, nyuma yo gusaba ko yakomeza kuburanishirizwa mu Bufaransa, aho gushyikirizwa Urwego rwa IRMCT (International Residual Mechanism […]
RDC: Umucamanza wari uyoboye urubanza rwa Vital Kamerhe yapfuye
Me Raphaël Yanyi Ovungu wari uyoboye urubanza rw’abarimo Vital Kamerhe wahoze ari Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 rishyira uwa 27 Gicurasi 2020 muri Kinshasa. Vital Kamerhe ufungiwe muri Gereza Nkuru ya Makala muri Kinshasa kuva tariki ya 8 Mata 2020, na bagenzi […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 3 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 26 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 3 banduye Covid-19 mu bipimo 1074 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 244 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 339 b’abantu 95 ni bo bakirwaye.
Menya uko wajya impaka n’umukoresha wawe, ntubigenderemo
Umurimo uwo ari wo wose ugira umukozi n’umukoresha, umwe akagira ububasha buke ugereranyije n’undi. Birumvikana neza ko umukozi akora ibyo umukoresha amusaba, na we agategereza ibihembo cyangwa umushahara hashize igihe runaka. Umukozi akwiriye guca bugufi imbere y’umukoresha we ariko hari uburenganzira afite ku murimo, bwatuma yatura akavuga akamuri ku mutima; ibyifuzo se cyangwa akavuga ikimubangamiye […]
Ngoma: Umukecuru yasohowe mu nzu iri mu kibanza cya musaza we baheruka mu 1994

Umukecuru w’imyaka y’amavuko 57 witwa Musabyimana Therese utuye mu Mudugudu wa Nyakabanda, Akagari ka Nyagatugunda, Umurenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma avuga ko tariki ya 22 Gicurasi 2020 yasohowe n’ubuyobozi mu nzu iri mu kibanza cya musaza we utaziwe irengero kuva mu 1994, bwifashishije abashinzwe umutekano kugeza ubu akaba akirara hanze. Uyu mukecuru avuga […]
Perezida Kagame yahagaritse Guverineri Gasana na Gatabazi ku mirimo yabo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 25 Gicurasi 2020 yabaye ahagaritse ku murimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel n’uw’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney kubera ibyo bagomba kubazwa bakurikiranweho. Byemejwe mu itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe. Gasana Emmanuel yari ayoboye Intara y’Amajyepfo kuva mu 2018. Icyo gihe yasimbuye Mureshyankwano Marie Rose.Gatabazi […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 9 n’uwakize umwe

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 9 banduye Covid-19 mu bipimo 892 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 223 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 330 abantu 98 ni bo bakirwaye.
Burundi: Gen. Ndayishimiye yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu

Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye uzwi nka ‘Gen. Neva’ wari uhagarariye ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi ni we umaze kwegukana amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi mu buryo bw’agateganyo. Ibi byemejwe na Dr. Pierre Claver Kazihise uyoboye Komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri iki gihugu, CENI, mu muhango wabaye ku gicamunsi cy’uyu wa 25 Gicurasi 2020, muri […]
Burundi: Amafoto y’ahatangarijwe uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu

Komisiyo yigenga ishinzwe amatora mu Burundi, CENI imaze gutangaza uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku itariki ya 20 Gicurasi 2020 mu buryo bw’agateganyo. Aya ni amafoto yo muri Hôtel du Lac Tanganyika, ubwo abantu bari mu nzego zitandukanye bari biteguye kumenya uwegukanye insinzi.
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 2 n’abakize 10

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 2 banduye Covid-19 mu bipimo 1400 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 237 barimo 10 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 327 barimo 90 bakirwaye.
Umuherwe w’Umufaransa yigambye uburyo yinjiriye telefone ya Mitterrand wabaye Perezida
Umuherwe w’Umufaransa, Xavier Niel kuri uyu wa 23 Gicurasi 2020 yamennye ibanga, asobanura ukuntu yinjiriye telefone ya François Mitterrand wabaye Perezida w’iki gihugu kuva mu 1981 kugeza mu 1995. Niel uri mu ba nyir’igitangazamakuru Le Monde [wanashinze ikigo gitanga serivisi za interineti cya Iliad] yavuze ko yakoze ubu bujura ubwo yari umusore mu 1986, icyo […]
Eid al-Fitr yo mu miryango kuva i Macca kugera i Kigali

Hashize iminsi 30 abayoboke b’idini ya Isilamu bari mu gisibo cyaranzwe no kwiyiriza. Muri iyi minsi yose biteguraga Umunsi wa Eid al Fitr cyangwa Ilayidi. Ni umunsi urangwa n’amasengesho akorerwa ku misigiti itandukanye ku Isi yose kuva i Macca muri Arabia Saoudite kugeza i Kigali mu Rwanda, byaba byiza bagasali bari hanze mu gihe ikirere […]
Iran yavuze ko Amerika ihura n’akaga nihagarika amato yayo ajya muri Venezuela

Perezida wa Iran, Hassan Rouhani kuri uyu wa 23 Gicurasi 2020 yabujije Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuyihagarikira amato ajyana amavuta muri Venezuela kuko ziramutse zibikoze, zahura n’akaga. Uyu Mukuru w’Igihugu yatanze ubu butumwa mu gihe amato manini yabo agera kuri atanu ari mu nzira ajyana amavuta muri Venezuela. Ni mu gihe kandi ibihugu byombi bimaze […]
Bosenibamwe Aimé wari uyoboye NRS yitabye Imana

Bosenibamwe Aimé wari Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS (National Rehabilitation Service) yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi, azize uburwayi. Bosenibamwe yabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru kuva muri Werurwe 2009 kugeza mu Kwakira 2016, umwanya yari yaragiyeho asimbuye Boniface Rucagu. Tariki ya 30 Kamena 2017, ni bwo yahawe inshingano zo kuyobora […]
Kabuga yagize imyirondoro irenga 20 na pasiporo enye yakuye muri Afurika-Brammertz

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’i Arusha, IRMCT, Serge Brammertz yatangaje ko umunyemari Kabuga Félicien yafashwe yari amaze kugira imyirondoro irenga 20 ndetse amaze guhabwa pasiporo enye yakuye mu bihugu bitandukanye muri Afurika. Ni mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru Vanity Fair cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, asobanura ku buryo burambuye uko Kabuga yafashwe […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse umwe wanduye n’abakize 5

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye umuntu umwe wanduye Covid-19 mu bipimo 1568 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 222 barimo 5 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 321, abantu 99 ni bo bakirwaye.
Umugore n’umugabo bizihije imyaka 15 bamaze bashakanye, n’urubyaro rw’abana 11-Amafoto

Umugabo w’Umunyamerika witwa Kaymo n’umugore baherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 15, Sim Moore bamaze bashakanye, bakaba bamaze kubyara abana 11. Ubwo uyu mugabo yashyiraga aya mafoto ku rubuga rwa Instagram, yatangaje ko we n’uyu mugore bashakanye mu 2005, abana babyaranye bose bababereye umugisha, ari nayo mpamvu bahisemo kwishimana nabo. Amafoto
Mu Banyarwanda Amerika yashyiriyeho akayabo ngo bafatwe, hasigaye 6; ni bande?

Urwego rushinzwe gushakisha abakurikiranweho ibyaha by’intambara, ibya jenoside ndetse n’ibyibasira inyokomuntu muri Leta Zunze Ubumwe ubu rusigaye rushakisha Abanyarwanda 6 bashinjwa uruhare rukomeye mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’ifatwa rya Kabuga Félicien ryo ku wa 16 Gashyantare 2020 mu Bufaransa ndetse bikamenemezwa ko na Bizimana Augustin na we […]
Byemejwe ko Bizimana Augustin wari mu bashakishwa bashinjwa uruhare muri jenoside yapfuye
Urwego rwa ONU rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda muri Arusha, IRMCT ( International Residual Mechanism for Criminal Tribunals) kuri uyu wa 22 Gicurasi 2020 rwemeje ko Bizimana Augustin wari ku rutonde rw’Abanyarwanda bashakishwa bashinjwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi yapfuye. Ibi byatahuwe nyuma y’iperereza ryakozwe n’uru rwego ku bufatanye n’ibihugu birimo u Rwanda, […]
Burundi: Hari ukutemeranya ku by’agateganyo byavuye mu matora
Komisiyo yigenga ishinzwe amatora mu Burundi (CENI) yagaragaje ko ibyavuye mu matora by’agateganyo muri za Komine zitandukanye mu gihugu bigaragaza ko Gen. Evariste Ndayishimiye uhagarariye ishyaka rya CNDD-FDD ari ku mwanya w’imbere, mu gihe Agathon Rwasa uhagarariye CNL, na we avuga ko bigaragara ko yatsinze aya matora mu buryo bw’agateganyo. Tariki ya 21 Gicurasi 2020 […]
Umusaza wakoze mu biro bya Perezida w’Amerika imyaka 55 yishwe na Covid-19
Wilson Roosevelt Jerman, umusaza w’imyaka 91 wakoreye mu biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika imyaka 55 yishwe n’indwara y’icyorezo ya Covid-19. CNN yatangaje ko uyu musaza yatangiye gukora muri ibi biro mu 1957 ubwo yakoraga akazi ko gusukura no gukingura imiryango. Icyo gihe hari ku butegetsi bwa Dwight Eisenhower. Ku butegetsi bwa John […]
Nyaruguru: Gitifu w’Umurenge yatawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwashyikirijwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivu, Kanyarwanda Eugène ukekwaho uruhare mu kunyereza imbuto y’ibirayi n’ifumbire mvaruganda byagenewe abaturage. Aya makuru yemejwe na Meya w’aka Karere, Habitegeko Francis kuri uyu wa 21 Gicurasi 2020. Ati: “Akarere ka Nyaruguru kashyikirije RIB ES w’Umurenge wa Kivu ukekwaho uruhare mu kunyereza ibyagenewe abaturage. Uyu Gitifu […]
Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu bihe by’intambara

Ijambo ‘ikiyobyabwenge’ muri iki gihe ryumvikana nk’ikinyobwa, ibyatsi cyangwa ifu, umuntu akoresha ( anywa cyangwa yitera mu mubiri) bigahindura imikorere y’ubwonko, imyitwarire ye nayo igahinduka. Byumvikana mu bihugu bitandukanye nko mu Rwanda bicukurirwa imyobo, bikamenwamo, ibindi bigatwikwa kuko bitemewe kubikoresha, kubihinga no kubicuruza. Mu Rwanda, ingingo ya 594 mu gitabo cy’amategeko ahana ikomoza ku bihano […]
Tanzania: Amashuri n’ibiro birafungurwa, imikino n’ubukerarugendo bisubukurwe
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli mu gitondo cy’uyu wa 21 Gicurasi 2020 atangaje ko abitegura gukora ibizamini bya leta basubira ku ishuri, ibiro bigafungurwa, imikino ndetse n’ibikorwa by’ubukerarugendo bigasubukurwa bitarenze tariki ya 1 Kamena 2020. Magufuli ati: “Indwara ya Corona ntikereze uru rubyiruko. Ni yo mpamvu abanyeshuri bose biga mu wa Gatandatu basubira ku […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 6 n’abakize 7

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 6 banduye Covid-19 mu bipimo 982 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 216 barimo 7 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 314 abantu 98 ni bo bakirwaye.
Ukuri ku bivugwa ko Perezida wa Madagascar yahawe amafaranga ngo aroge umuti yemeje ko uvura Covid-19
Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi, haracaracara amakuru ku buryo hari aho bigorana kumenya ukuri. Ni ko bigenda no ku muti wa Covid-Organics Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yemeje ko uvura iki cyorezo ibitangazamakuru byatangaje ko yavuze ko Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, wamuhaye miliyoni 20 z’amadolari ngo awuroge. Umuti wa Covid-Organics […]
Ubutumwa bw’urukozasoni buri mu ndirimbo z’abahanzi mu mboni ebyiri

Muri iki gihe, rubanda rwemera ko hari iterambere mu bitekerezo rituma uko umuntu yumvaga ingingo mu bihe bya mbere gutandukanye n’uko yayumva ubu. Imibereho y’abahanzi n’ubwamamare byashingiraga ku magambo adasesereza, adateye isoni, atanga isomo mu muryango muto cyangwa mugari. Ab’ubu bati: “Si ko bikimeze, ugendeye muri uwo murongo nta terambere wagira muri uru ruganda”. Iki […]
Burundi: Amatora y’Umukuru w’Igihugu mu mafoto

Muri iki gitondo cy’uwa 20 Gicurasi 2020, mu Burundi hazindukiye amatora y’Umukuru w’Igihugu uzasimbura Pierre Nkurunziza uriho ubu. Hari abakandida barindwi bahatanira uyu mwanya barimo abahagarariye amashyaka ya politiki ndetse n’ayigenga, abo barangajwe imbere na Gen. Evariste Ndayishimiye uhagarariye CNDD-FDD riri ku butegetsi, Agathon Rwasa uhagarariye CNL na Gaston Sindimwo wa UPRONA. Aba bakandida bari […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 11 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 1217 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 209 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 308, abantu 99 ni bo bakirwaye.
Israël: Umugezi wose wahindutse amaraso-Amafoto

Umuryango wigenga ushinzwe kubungabunga ibidukikije muri Israël wagaragaje impungenge utewe n’umugezi nyaburanga wa Nahal Alexander ukomeje guhinduka amaraso. Hashize igihe abafotozi bakorera ibitangazamakuru bitandukanye muri iki gihugu bashyira hanze amafoto y’uyu mugezi. Bitekerezwa ko wanduzwa n’ibikorwa by’ububazi bikorerwa ku butaka bwa Palestine; igihugu gihanganye na Israël igihe kirekire. Igitangazamakuru Times of Israel kiti: “Amaraso, amababa […]
Imitego bamwe mu b’igitsina gore mu kubika imbehe z’ibikomerezwa byiganjemo abagabo
Muri iki gihe, uw’igitsina gore afatwa nk’umunyembaraga, ufite uruhare runini mu iterambere ry’umuryango ndetse n’igihugu. Gusa hari ibyagaragaye ko hari aho ajya yifashishwa mu kugusha bamwe mu b’igitsina gabo mu mitego. Mu myanya y’ubutegetsi ndetse no zindi mpande z’ubuzima bw’ubwamamare nk’umuziki ndetse n’imikino. Uyu mutego wafashe benshi, usimbuka benshi ndetse hari abafite icyizere gike ko […]
Ingendo hagati y’Intara na Kigali zizasubukurwa Gicurasi irangiye

Kuri uyu wa 18 Gicurasi 2020 hateranye Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yigaga ku ngingo zirimo ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19, yanzura ko ingendo hagati y’Intara ndetse n’Umujyi wa Kigali zizasubukurwa guhera tariki ya 1 Kamena 2020. Ni nyuma y’amezi hafi abiri ingendo zihagaritswe nk’uko biri mu itangazo […]
Abagororwa 3596 bagiye gufungurwa by’agateganyo

Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa 18 Gicurasi 2020 yemeje iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abagororwa 3596 bahamwe n’ibyaha bitandukanye.
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye bashya 5, hakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Gicurasi 2020 yatangaje ko habonetse abantu 5 banduye Covid-19 mu bipimo 1744. Umubare w’abakize wakomeje kwiyongera, ubu wageze kuri 203 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange, umubare w’abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu Rwanda ni 297, abasigaye bakirwaye ni 94.
Ibiro 2.6 by’umutsima byatunga umuntu mu minsi 10-Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 18 Gicurasi 2020 yasobanuye ukuntu ibiro 2.6 by’umutsima byatunga umuntu umwe mu minsi 10 muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19. Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko yasabye ababishinzwe guteka ikiro kimwe cya kawunga kivuye ku mfashanyo bari guha abaturage bakeneye ibyo kurya muri ibi bihe, agamije kumenya ikiva […]
Kenya: Umugabo yashyize urusenda, umunyu na ‘super glue’ mu gitsina cy’umugore we
Umugabo wo mu gace ka Kamatungu muri Kenya yashyize urusenda, umunyu, umusenyi, igitunguru na ‘super glue’ mu gitsina cy’umugore we, bikekwa ko yamuhoye kumuca inyuma. Umuyobozi wa polisi ya Tharaka aka gace gaherereyemo, Kiprop Rutto yavuze ko uyu mugabo yahohoteye umugore we ubwo yari avuye i Nairobi mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko bitemewe muri iki […]
Prof. Laurent Nkusi wabaye Minisitiri na Senateri yitabye Imana
Prof. Laurent Nkusi yitabiye Imana mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali mu rukerera rw’uyu wa 18 Gicurasi 2020 azize uburwayi. Prof. Nkusi yabaye umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (1976-2000) yigisha indimi n’ubuvanganzo. Yabaye Minisitiri w’Ubutaka n’Ibidukikije (2000-2003) aba na Minisitiri w’Itangazamakuru (2003-2008). Yabaye kandi umuyobozi ushinzwe amasomo mu ishuri rikuru rya INATEK kuva […]