CAF yatangaje Visa z’ubuntu ku bafana bazitabira AFCON 2025 muri Maroc

CAF

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ku bufatanye n’Itsinda Ritegura AFCON 2025 muri Maroc, yatangaje ko abafana bazajya gushyigikira irushanwa bazahabwa visa z’ikoranabuhanga ku buntu. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu binyuze ku rubuga rwa CAF, aho hagaragajwe ko abaturage b’ibihugu bisanzwe bisaba visa kugira ngo binjire muri Maroc bazungukira muri iyi gahunda nshya. CAF ivuga […]

Uko waca ukubiri no kugira impumuro mbi mu gitsina

8 Midsection Of Woman Hands Over Vagina While Standing Against White Background 1

Ikibazo cyo kugira impumuro mbi mu gitsina ku bagore gikunze kugaragara ku batari bake, ndetse kinatera ipfunwe. Icyakora hari ibintu binyuranye wakora kugira ngo urwanye iyo mpumuro, nko kunywa amazi, gukoresha ‘bicarbonate’, ‘apple cider vinegar’ n’ubundi buryo bunyuranye. Nubwo hari uburyo bunyuranye wakoresha mu kwivura iyo mpumuro mbi mu gihe uyifite, hari n’ibindi byinshi wakora […]

Kigali: Uruhinja rwatewe amaraso rukiri mu nda ya nyina

Screenshot 20251115 0952552

Umwana wavutse nyuma yo gukorerwa Intra-Uterine Transfusion (IUT) (uburyo bwa muganga bwo guha umwana amaraso akiri mu nda ya nyina) ku bitaro bikuru bya CHUK ari mu buzima bwiza nyuma y’amezi abiri n’igice, nk’uko ubuyobozi bw’ibi bitaro bwabitangaje ku wa 14 Ugushyingo 2025. Uyu murimo wo guha umwana amaraso akiri mu nda wakozwe ku gihe […]

Utavugarumwe n’ubutegetsi bwa Tunisia yajyanwe mu bitaro nyuma yo kwigaragambya kuri Leta

AFP 20251107 83EQ6NE v1 HighRes TunisiaPoliticsRightsProtest 1763168038

Utavugarumwe na Leta yo muri Tuniziya ufungiwe muri gereza yajyanywe mu bitaro nyuma yo kubura imbaraga kubera kwishora mu myigaragambyo yo kwanga ibiryo. Umuryango wa Jawhar Ben Mbarek watangaje ko yajyanywe mu bitaro kubera kugira umwuma ukabije, ubwo ubuzima bwe bwakomezaga kuba bubi nyuma y’iminsi irenga ibiri mu myigaragambyo yo kwanga kurya. Ben Mbarek, umwe […]

Tshisekedi yategetse ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa bwangu

aer 2 0699f

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yategetse ba Minisitiri barimo uw’Umutekano w’Imbere mu gihugu, uw’Ubwikorezi n’uw’Ingabo gukorana bya hafi, kugira ngo harebwe uko hashyirwaho uburyo bwose bw’umutekano n’ibikoresho bikenewe kugira ngo ikibuga cy’indege cya Goma cyongere gufungurwa. Tshisekedi yasabye ko kiriya kibuga cyongera gufungurwa kugira ngo cyifashishwe mu bikorwa by’ubutabazi, ku […]

Drone zarashe mu Mikenke mbere y’ibitero simusiga bya FDNB, FARDC na FDLR

20251028 164800

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo, drone za gisirikare zarashe mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere y’ibitero simusiga ingabo zirimo iz’u Burundi, FARDC na FDLR bitegura kuhagaba. Me Moïse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu wa RDC ndetse n’umusenateri muri iki gihugu, mu mpuruza yatanze yamagana […]

Perezida Samia Suluhu yababariye urubyiruko rwashoboraga gukatirwa urwo gupfa

20251114 165029

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yasabye inzego z’ubutabera gukuraho ibirego ku magana y’urubyiruko rwashinjwaga kugambanira igihugu, nyuma yo kugendera mu kigare bakitabira imyigaragambyo irimo imvururu iheruka kuba muri kiriya gihugu. Samia yatangiye iyo dohora mu ijambo rya mbere yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasize atorewe kongera kuyobora Tanzania ku […]

Kabare: Imirwano hagati ya AFC/M23 n’inyeshyamba zikorana na FARDC yabaye mu bice bitandukanye

bitmap 1200 nocrop 1 1 20200126150205985431 Kabare BON

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Ugushyingo, imirwano yabaye, hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo bo mu Mutwe w’Abakorerabushake wo Gushyigikira FARDC (AVAFAC) muri Teritwari ya Kabare muri Kivu y’Amajyepfo. Iyi mirwano yabereye mu duce twa Mutshshemi na Kabukungu, hafi y’umurima wa “Chez Mbayo”, itera ubwoba no kuvana abaturage mu bybo. Nk’uko amakuru […]

Yahombye Miliyoni 12 Frw ubwo yashakaga gukora Chapati nini ku isi

Screenshot 13 11

Umunyabugeni ukora amashusho y’ibirangaza ukomoka muri Uganda, Raymond Kahuma, yatangaje ko yahombye miliyoni 12 Frw nyuma y’uko umushinga we wo gukora chapati nini kurusha izindi ku isi uhombye. Kahuma, wifuzaga kwandikisha izina rye mu gitabo cya Guinness World Records, yakoreye imyiteguro yose muri Kenya, aho umushinga wamaze iminsi myinshi utegurwa, uhereye ku kubaka ahantu ho […]

M23 yeretse abaturage imwe muri CH-4 za FARDC iheruka guhanura (Amafoto)

20251114 151822

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu yeretse abaturage bo mu gace ka Nzibira muri Teritwari ya Walungu imwe muri drone z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4 ingabo zawo ziheruka guhanura. Muri iki cyumweru ni bwo izo drone uko ari ebyiri zahanuwe. Imwe yahanuriwe muri Teritwari ya Masisi aho ku wa Kabiri tariki ya 11 […]

Abantu 29 bapfiriye mu gitero karundura Uburusiya bwagabye muri Ukraine

IMG 8756 1763115603

Umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv wagabweho igitero gikomeye mu gitondo cyo ku wa 14 Ugushyingo. Kugeza ubu, abantu 29 bamaze kwemezwa ko bapfuye, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi. Meya wa Kyiv, Vitaly Klitschko, yanditse kuri Telegram ko: “Ingabo zishinzwe kurinda ikirere zirimo gukora i Kyiv. Ni igitero gikomeye umwanzi yagabye ku murwa mukuru.” Amakuru akomeje avuga ko […]

Amashusho y’urukozasoni yatumye Riderman asaba RIB kugira icyo ikora

images 2

Umuraperi Riderman yasabye Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) gufata ingamba zikomeye ku bantu bakomeje gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni kuri internet. Avuga ko iki kibazo cyabaye icyorezo, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’abatarageza imyaka y’ubukure. Mu kiganiro yagiranye na SK FM, Riderman yavuze ko hari abantu bakomeje gukangisha abandi ko bafite amashusho yabo y’urukozasoni kugira ngo babahatire gukora […]

Afurika y’Epfo yahejeje mu ndege impunzi z’Abanyepalestine mu gihe cy’amasaha 12 yose

56416221 1004

Kuri uyu wa Gatanu, abategetsi bo muri Afurika y’Epfo banenzwe cyane nyuma yo kwanga ko abagenzi 153 b’Abanyapalestine bava mu ndege mu gihe cy’amasaha 12. Abanyapalestine bageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiwe Oliver Tambo i Johannesburg, mu ndege yakodeshejwe yari iturutse muri Kenya nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe imicungire y’imipaka muri Afurika y’Epfo kuwa Kane. Ikinyamakuru […]

Tanzania yamaze kunoza umugambi wo gucyura ku ngufu impunzi z’Abarundi

refugies burundais fuir la repression i

Minisiteri y’umutekano mu gihugu cya Tanzania na UNHCR kuva kuwa Kabiri, itariki ya 11 Ugushyingo 2025, bashyize ahagaragara urutonde rurerure rw’impunzi z’Abarundi, zisabwa kwiyandikisha kugira ngo basubire iwabo mbere y’itariki ya 30 Ugushyingo. Ku kibaho gishyirwaho amatangazo, ii byakiranwe uruvange rwo kwiheba no guhagarika umutima mu mpunzi z’Abarundi zahungiye muri Tanzania. Impunzi zimwe zagaragaje ko […]

Uvira: Icyoba ni cyose mu Ngabo z’u Burundi

11382638746 9d9829977a b

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo aravuga ko Ingabo z’u Burundi zitewe ubwoba no kuba impungenge z’uko inyeshyamba za AFC / M23 zishobora gutera Umujyi wa Uvira zigenda ziyongera. Uvira ni umujyi w’ingenzi cyane mu karere kanini ka Congo gahana imbibi n’u Burundi. Mu Kwakira, AFC / M23 yohereje intumwa zo guhura na Perezida w’u Burundi, […]

Minisitiri Kayikwamba yigaramye ubufasha bwa FARDC kuri FDLR

20251114 110848

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yahakanye ko nta bufasha igihugu cye giha umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Kayikwamba yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka RDC yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro, nyuma y’ibiganiro ibihugu byombi byahurijwemo […]

L’émir du Qatar est attendu au Rwanda

0c9fcce9c587b3755ab77cef1f0e887247cdbf20b209755150b86e8eb9eada50

L’émir du Qatar devrait effectuer une visite de deux jours au Rwanda la semaine prochaine avant de se rendre en République démocratique du Congo. Selon une source proche de BWIZA, Cheikh Tamim ben Hamad Al Thani se rendra au Rwanda le mardi 18 avril 2025, puis en République démocratique du Congo. L’émir a rencontré pour […]

RDC: Boji Sangara yatorewe gusimbura Vital Kamerhe

E0WSJ nXIAEAPB8

Depite Aimé Boji Sangara yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Ugushyingo, mu nama rusange yabereye mu nteko rusange i Kinshasa. Mu badepite 423 batoye, Aimé Boji yabonye amajwi 413 nk’uko inkuru dukesha Radio Okapi ivuga. Perezida w’agateganyo w’Inteko Ishinga […]

BBC yasabye imbabazi Trump

BBC and Donald Trump

Ku wa Kane, itariki 13 Ugushyingo, BBC yasabye imbabazi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kubera kw’editinga mu buryo bugamije kuyobobya filimi mbarankuru ya “Panorama”, nk’uko byatangajwe na radiyo ya leta mu Bwongereza, ariko ihakana ko iki kibazo ari impamvu yatuma haba urubanza rwo gusebanya. Ku itaruki ya 6 Mutarama 2021, Trump […]

Ihene ifite imboni ishobora guhinduka urukiramende

Akuya

Ihene zigira imboni zihinduka mu ishusho y’urukiramende mu miterere yazo ya mbere iba imeze nk’uruziga, imboni zikaba ndende cyane mu mucyo mwinshi. Nubwo ihene tuzimenyereye kororerwa mu rugo nk’inyamaswa zibarizwa mu ruhererekane rwo kuribwa burya ngo zifitemo ubuhanga karemano bwo kubona inyamaswa zizihiga zaba ziturutse impande zose. Byongeye kandi burya ngo ihene niyo zarisha zubitse […]

WAri uziko amoko y’ikawa 3 ku isi ariyo anyobwa cyane?

coffees 6317552

Nubwo hari nibura ubwoko 120 bwa kawa ku isi yose, igice gito cyane cyazo ni cyo kinyobwa cyane : Robusta, Arabica na Liberica. Bivugwa ko hari ubundi bwoko bwa kawa bumwe cyangwa bubiri bushobora gukoreshwa ariko bukorwa gacye cyane ndetse budakunze kunyobwa nkuko urubuga le saviez vous rubitangaza. Arabica ni yo kawa ihingwa cyane ku […]

Richard Nick yahaye umunyarwenya Kadudu ibihumbi 500 by’igishoro

Umunyarwenya Kadudu wari umaze iminsi atekereza uko yabona ibihumbi 200 Frw ngo atangire ubucuruzi bw’ ibiraha. Icyo cyifuzo cyabaye impamo ku mugoroba wo ku wa 13 Ugushyingo 2025, ubwo muri Camp Kigali haberega igitaramo cya Gen-Z Comedy Show. Muri iki gitaramo habaye byinshi, ariko icyatunguye abantu ni uko Richard Nick Ngendahayo yahaye Kadudu ibihumbi 500 […]

M23 yakoze operation y’imberenge yashyize iherezo kuri Masisi

2200503809

Ku munsi w’ejo tariki ya 13 Ugushyingo 2025,nibwo igisirikare cya M23 cyabashije kwigarurira agace k’ingenzi ka Kazinga gaherereye muri teretwari ya Masisi, nyuma y’urugamba rutoroshye rwari rumaze igihe rwarabaye imberenge, rwarangiye izi ngabo zibonye uburyo bwo kugenzura Masisi yose nta nkomyi. Igice cya Kazinga niho hari izingiro ry’ubuhungiro, ryari izingiro kandi ryo guteza umutekano muke […]

Umwami wa Qatar ategerejwe mu Rwanda no muri RDC

54321760587 6136187c83 k

Umuyobozi w’Ikirenga w’Igihugu cya Qatar (the Emir of Qatar) biravugwa ko azagirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda mu cyumweru gitaha, nyuma akahava yerekeza mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA aravuga ko Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani azasura u Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, akazahava […]

RDC yakandagije ino ry’ikirenge mu Gikombe cy’Isi

a28a48eb 2a38 4f9c 923c 291a76445aa8

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les Léopards, yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka yo gushaka Igikombe cy’Isi, nyuma yo gusezerera Caméroun iyitsinze igitego 1-0. Igitego cyo mu minota ya nyuma y’umukino cya myugariro Chancel Mbemba cyari gihagije ngo RDC isezerere kiriya gihugu gifite umuhigo wo kwitabira Igikombe cy’Isi kurusha ibindi […]

Abiyitirira Fatakumavuta ufunzwe bakomeje kwiba abantu 

Sengabo Jean Bosco, uzwi cyane ku izina rya Fatakumavuta, kuri ubu afungiye mu Igororero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere, yagaragaje impungenge z’uko hari abantu bamwiyitirira bakaka amafaranga mu izina rye. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’Imvaho Nshya ubwo yari yitabiriye ibiganiro byerekeranye n’ubuhuza byatangijwe muri iryo gereza na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, Fatakumavuta yavuze ko […]

U Rwanda rwakiriye abandi barwanyi baturutse muri FDLR

20251113 185043

U Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, rwakiriye abandi baturage barwo 17 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo batanu bari basanzwe ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR. Aba bantu barimo abana icyenda binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu karere ka […]

Abanyakenya barenga 200 bari kurwana mu ntambara y’Uburusiya na Ukraine 

5a9b37b0 c06f 11f0 bdb0 99c97c554d8b.jpg

Abantu basaga 200 bo muri Kenya barimo kurwana ku ruhande rwa Russia mu ntambara iri kubera muri Ukraine, kandi hari abandi bashobora kongerwa mu mirwano, nk’uko byatangajwe n’inzego z’igihugu. Muri abo barimo n’abahoze mu nzego z’umutekano za Kenya, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi. Bamwe mu bakuweyo basanze barakoreshwaga mu gukora drones no […]

Musonera wabuze gato ngo abe umudepite ku itike ya RPF yakatiwe gufungwa imyaka 20

203c32a0 6c0f 11ef 9262 03c3149ddcc4.jpg

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu karere ka Muhanga, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo rwakatiye Musonera Germain gufungwa imyaka 20, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside. Mu mwaka ushize ubwo habaga amatora y’abadepite Musonera ari mu badepite umuryango RPF-Inkotanyi wari wahaye amahirwe yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, gusa habura amasaha mbarwa […]

FDLR yagiye i Kinshasa kwiga gukoresha drone bisabwe na Leta ya Kongo

Screenshot 20251113 142443 InShot 770x410 1

Uwahoze ari umusirikare wa FDLR witwa Mbale Hafashimana yatangaje amabanga akomeye ku itsinda ryihariye ry’uyu mutwe ryitwa CRAP Unit, ryashinzwe gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no gufasha ingabo za Kongo (FARDC) mu ntambara ziri mu burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Hafashimana yavuze ko CRAP Unit igizwe n’abarwanyi bagera kuri 600, batoranyijwe […]

Bujumbura: Abana bari gushimutwa ku bwinshi

20251113 142230

Mu gihe ibikorwa byo gushimuta abana bikomeje kugaragara mu duce dutandukanye tw’intara ya Bujumbura, ababyeyi barasaba inzego z’umutekano gufata ingamba zikomeye zo gukurikirana abinjira n’abasohoka mu duce dutuwe. Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu na yo aramagana ibi bikorwa, asaba ko abakora ibi byaha bahanwa bikomeye. Natalie Kamikazi, utuye mu Gatunguru muri komine Ntahangwa yabwiye ikinyamakuru […]

U Bubiligi buri gukoresha ibigo bya NATO mu kurushaho kuzambya ibintu mu karere

ct 03 belgian air force airbus a400m 180 PlanespottersNet 1565225 8f59740aef o

U Bubiligi burimo gukoresha ibikoresho bya NATO mu kuzambya ibintu mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za AFC / M23, aho buvugwaho ko bwongereye inkunga ya gisirikare buha Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rwo kubuza inyeshyamba gutera imbere. Kuri iyi […]

Ubudage bwafunze ikihebe cya Hamas cyari cyigiye kwica abayahudi bo mu Burayi

20251113 140654

Mu ijoro ryo ku wa 11 Ugushyingo 2025, Ubushinjacyaha Bukuru bw’Ubudage bwategetse ifatwa by’agateganyo rya Borhan El-K., ukomoka muri Libani, ukekwaho kuba umunyamuryango w’umutwe w’iterabwoba mpuzamahanga HAMAS. Ifatwa ryabaye ku muhanda wa A17, ubwo ukekwaho yinjiye mu Budage avuye muri Repubulika ya Czheck. Ubushinjacyaha buvuga ko Borhan El-K. yagizemo uruhare mu gutegura ibitero by’iterabwoba mu […]

Abasaga miliyoni basabye akazi 2024/2025 kabona abategeze ku 4000

G5kF34dWAAATyM4

Inama ihuriweho n’Imitwe Yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, Sena n’Umutwe w’Abadepite, yagejejweho raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta bya 2024/25 na gahunda y’ibikorwa byayo bya 2025/26, ahagaragajwe ko abantu bashaka akazi ari benshi ariko kakabona mbarwa. Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, Sebagabo Baranabé, niwe wagiranye inama ihuriweho […]

Gen Mubarakh yasabye amashuri ya gisirikare muri Afurika kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire n’imyitozo

G5kP

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yasabye amashuri makuru ya gisirikare yo muri Afurika gukomeza guteza imbere ubufatanye, guhanga udushya no kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire n’imyitozo, kugira ngo abayobozi b’ingabo bashobore guhangana neza n’ibibazo by’umutekano biri ku mugabane wa Afurika. Ibi yabivugiye mu muhango wo gusoza ku mugaragaro Inama ya 19 y’Abayobozi […]

RIB yataye muri yombi batatu bacyekwaho kwiba za sitasiyo za esanse zitandukanye

csm kwiba za esense 1 5aa58d4803

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe abagabo batatu bakekwaho kwiba za sitasiyo za esense zitandukanye mu gihugu amafaranga arenga miliyoni 17. Aba bafashwe nyuma yuko RIB yakiriye ibirego bitandukanye kuva muri izi sitasiyo aho zibwaga mu buryo bumwe. Abafashwe ni Nsabimana Straton ari nawe muyobozi w’agatsiko kagizwe na Ntagwabira Vincent na Mwesigye Paul, aho bashukaga umukozi utanga […]

Ruti Joel atunze imodoka yari iya nyakwigendera Yvan Buravan

Umuhanzi w’indirimbo za gakondo Ruti Joel yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kugura imodoka ya nyakwigendera Yvan Buravan, inshuti ye magara, kugira ngo agire ikintu gifatika kimwibutsa uwo muhanzi w’ibihe byose. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mugabe Robert, Ruti yavuze ko iyo modoka yo mu bwoko bwa Benz yayihaye izina “Nkongi Cyane”, izina ryari ikivugo cya Buravan. […]

Imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na wazalendo yabereye mu midugudu myinshi ya Bukombo

IMG 20240814 WA0249

Imirwano ikomeye cyane guhera mu gitondo cyo kuwa gatatu, itariki 12 Ugushyingo 2025 yabereye muri Bukombo, mu midugudu ya Maruho, Machazo, Manyoni na Mudugudu, muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko iyo mirwano ikomeje kuva mu ntangiriro z’icyumweru mu midugudu itandukanye yo muri iyo gurupoma. Urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwumvikanye […]

Gen. Muhoozi yasabye Kenya kubaha uburenganzira ku nyanja vuba na bwangu 

images289929 2

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’umuyobozi w’ingabo z’igihugu, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyigikira amagambo aherutse kuvugwa na se, Perezida Yoweri Museveni, avuga ko Uganda ikwiye kugira uburenganzira bwo kugera ku Nyanja y’Abahinde. Mu butumwa bwe bwumvikanamo ubwirasi, Muhoozi yagize ati: “Kenya igomba kuduhereza vuba inzira ituganisha ku Nyanja y’Abahinde. Nitabikora, bizateza ibibazo bikomeye mu […]

Juba: Salva Kiir yirukanye visi perezida we afata general amugira private

Dr. Benjamin Bol Mel standing left Photo Credit YouTube Office of the President

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Visi Perezida wari ukomeye cyane, Benjamin Bor Mel nyuma y’amezi umunani gusa amushyizeho. Mu ijoro ryakeye, Kiir yakuyeho kandi Dr. Mel nk’umwungirije mu ishyaka riri ku butegetsi Sudan People’s Liberation Movement (SPLM), nk’uko itangazo rya perezida ryavuye muri perezidansi i Juba rivuga. Perezida yategetse kandi ko Mel yakurwa […]

Sobanukirwa impamvu umujyi wa Paris bawita umujyi w’umucyo

HD wallpaper paris night bleu tour paris city france nature eiffel blue night

Paris ni umujyi w’amateka ndetse ufite akabyiniriro ka Ville de lumière ( umujyi umurikira isi.Paris nk’umujyi ukundwa cyane ku isi ndetse ukaba wambaye ikamba ry’umujyi wa mbere ku isi usurwa cyane n’abamukerarugendo, muri iyi nkuru turagaruka ku mpamvu witwa umujyi w’umucyo. Paris yitwa “umujyi w’umucyo” kubera ko i Paris ariho hamenyekanye itara rya mbere rikoresha […]

Tanzania: Perezida Suluhu yashyizeho minisitiri w’intebe mushya

2d24ba8d 94d7 4b65 9681 23d15703ca43

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yagize Mwigulu Nchemba wahoze ari minisitiri w’imari, minisitiri w’intebe mushya, nyuma y’amatora atavugwaho rumwe yo mu kwezi gushize. Biteganijwe ko inteko ishinga amategeko iza kwemeza ishyirwaho rye mu matora aba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane cyane ko Hassan yatangajwe ko yatsinze amatora yo […]

Gariyamoshi yihuta ya mbere igenda intera ndende ku isi 

Ni gariyamoshi igendera ku muvuduko wo hejuru ihuza imijyi ya Beijing na Guangzhou ku ntera ya Km 2300. Urugendo rukubye Kigali – Dare salaam hafi inshuro ebyiri. Ubushinwa n’igihugu cya kane mu bunini ku isi bityo kugitembera ukoresheje gariyamoshi y’amashanyarazi ni nku murabyo kubera umuvuduko wayo udasanzwe aho yirukanka Km 350/h. Muri iyi nkuru turagaruka […]

Umunyeshuri wa ISTM/Butembo yishwe n’Abawazalendo

balle

Umunyeshuri mu Ishuri Rikuru ry’Ubuvuzi rya Butembo (ISTM / Butembo), uzwi ku izina rya Kahindo Syavugha Rosette, yiciwe mu gace ka Musimba, ku birometero bike uvuye mu mujyi wa Butembo. Nk’uko byatangajwe na Kambale Maboko Fanuel, perezida w’umuryango utegamiye kuri leta wa Musienene, wavuganye na ACTUALITÉ.CD, uwahohotewe yafashwe n’isasu ryarashwe n’umuzalendo wo mu mutwe wa […]

Byinshi ku biganiro Maj. Gen Kagame yagiranye n’Inkeragutabara zo mu majyaruguru

csm 1 f84668400b

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alex Kagame, ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, kuri uyu wa Gatatu bagiranye ibiganiro n’inkeragutabara zo mu turere twose tw’iyi Ntara, babashimira uruhare rwabo mu iterambere no kubungabunga umutekano w’igihugu.  Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko Maj. Gen. Alex Kagame yaganiriye n’inkeragutabara yumva […]

Abantu 6 bapfiriye mu kavuyo k’abantu bashakaga akazi mu gisirikare cya Ghana

images 1

Byibuze abantu batandatu bahitanywe n’akavuyo k’abantu kabereye kuri sitade ya El-Wak Sports Stadium i Accra muri Ghana, ubwo habaga igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare cya Ghana (Ghana Armed Forces). Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mbere y’uko igikorwa nyirizina gitangira, ubwo igihiriri cy’abasore n’inkumi cyari cyahurujwe no kwirukira ku marembo […]

Amashusho y’urukozasoni ya Yampano mu butabera

20251112 180605

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukizamuka, Florien Uworizagwira, uzwi cyane ku izina rya Yampano yajyanye mu butabera Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, amushinja kwiba no gusakaza videwo y’urukozasoni yari afitanye n’umukunzi we, nyuma yo kuyikura muri telefoni ye nta burenganzira abifitiye. Iyo videwo yasohotse ku mbuga nkoranyambaga ku itariki ya 9 Ugushyingo 2025, ituma Yampano ashyirwa mu majwi […]

Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Tshisekedi na Perezida Kagame

jad20241213 ass rdc kagame tshisekedi luanda 1

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakuru b’ibihugu byombi bagombaga guhurira i Washington ejo ku wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, mu nama yagombaga gusiga Kigali na Kinshasa bisinyanye amasezerano yerekeye guhuza […]

Masisi: Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo/FARDC yafatiwemo uduce dutandukanye

IMG 20250108 WA0090

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo, cyane cyane mu Murenge wa Nyamaboko wo muri Gurupoma ya Osso-Banyungu. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, imidugudu ya Ngululu na Kataandwa niyo yibasiwe […]

Uturere 6 turashinjwa gukoresha nabi amafaranga yagenewe kubakira abacitse ku icumu

91845

Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) yatanze umuburo ku turere dutandatu dushinjwa gucunga nabi amafaranga yagenewe kubaka amazu y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu nama yabaye kuwa Kabiri, itariki ya 11 Ugushyingo, PAC yavuze ko uturere twa Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru, Nyamasheke, Rusizi, na Rubavu […]

Gabon: Umugore wa Bongo n’umuhungu we bakatiwe imyaka 20 y’igifungo

dzwatch 1762870407679

Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rwo muri Gabon rwakatiye uwahoze ari umudamu wa mbere, Sylvia Bongo n’umuhungu we, Noureddin Bongo Valentin, igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byinshi bijyanye n’uburiganya. Sylvia yahamijwe n’icyaha cyo “kunyereza umutungo wa Leta n’iyezandonke,” nk’uko byemejwe n’icyemezo cyasomwe na perezida w’urukiko mpanabyaha rwihariye, Jean Mexant Essa Assoumou, mu murwa […]

Yabyaye abana bane icyarimwe ahita abita amazina ya Raila Odinga

ChatGPT Image Nov 11 2025 01 56 53 PM 1

Umugore wo mu karere ka Kisii, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kenya, yabyaye abana bane icyarimwe abita amazina yakomotse kuri Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, ndetse n’umugore we Ida Odinga. Abo bana bane ba Vane Nyanchoka ni abahungu batatu n’umukobwa umwe. Abahungu babatijwe Raila, Amollo, na Odinga, naho umukobwa yitwa Ida, izina […]

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi

IMG 20231124 WA0041 1

Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, ruri aho icyaha cyabereye, mu Kagari ka Murehe, mu Murenge wa Giti, mu Karere ka Gicumbi, kuwa Mbere rwaburanishije mu ruhame urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo w’imyaka 43 ukekwaho icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi aho yategeye umugore we mu nzira akamutemagura akamusiga azi ko yapfuye. Icyaha akurikiranweho yagikoze ku itariki ya 18/08/2025 ubwo yategeraga […]

FDNB yasobanuye impamvu imaze igihe yarafungiye amayira abatuye mu Minembwe

e3ad6150 bf8d 11f0 8669 5560f5c90fbe.jpg

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko ingabo zacyo ziri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zafunze inzira ziva mu Minembwe, mu rwego rwo gukumira ibitero bishobora kugabwa ku mujyi wa Uvira no ku mupaka w’u Burundi. FDNB yatangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize abatuye mu Minembwe bakoze imyigaragambyo ikomeye […]

Loni irizera ko abantu magana bishwe mu myigaragambyo yo muri Tanzania

images 13

Kuri uyu wa Kabiri ushize, Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu byatangaje ko byizera ko abantu babarirwa mu magana biciwe muri Tanzania mu myigaragambyo yadutse mu matora y’ukwezi gushize, byongeraho ko byakiriye amakuru avuga ko inzego z’umutekano zahishe imirambo. Umuvugizi wa Guverinoma ya Tanzaniya, Gerson Msigwa, ntabwo yahise asubiza icyifuzo cya Reuters cyo gutanga […]

Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ziri muri Maroc

20251112 072116

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Maroc. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka yakiriwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’Ubwami bwa Maroc, Lt Gen Mohammed Berrid, ku cyicaro gikuru giherereye i Rabat. Minisiteri […]

Uganda U 17 yisasiye u Bufaransa, yandika amateka

2246166114 1 scaled 1

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze bwa mbere muri ¹/¹⁶ cy’Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0. Ni mu mukino wabereye ku kibuga kizwi nka Aspire Zone Pitch 4, mu mujyi wa Al Rayyan muri Qatar. Igitego cyo ku munota wa 18 w’umukino cya James Bogere cyari […]

Masisi: Hubuye imirwano ikaze nyuma y’uko AFC/M23 ishinje leta ibitero bya drones

hq720 1

Imirwano ikaze yahuje kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ugushyingo, abarwanyi ba AFC / M23 n’imitwe yitwaje intwaro mu mudugudu wa Ndete, Teritwari ya Masisi (Kivu y’Amajyaruguru). Imirwano yatangiye kare mu gitondo kugeza ubwo Radio Okapi yandikaga aya makuru ku mugoroba wo kuwa Kabiri, bituma abaturage b’abasivili, bakunze kwisanga hagati y’abarwana, bahungabana. Urusaku rw’amasasu rwumvikanye […]

Impanuka y’indege y’Igisirikare cya Turkiya yahitanye 20 muri Georgia

1536x864 cmsv2 5eeb51f5 97bc 5542 9b68 d0d05c7bb3bb 9544664

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ugushyingo, abategetsi ba Turkiya bemeje ko indege y’imizigo ya gisirikare yaguye hafi y’umupaka wa Georgia na Azerbaijan. Minisiteri y’Ingabo mu itangazo ryayo yagize iti: “Indege yacu ya gisirikare ya C-130, yahagurutse muri Azerbaijan isubira mu rugo, yaguye ku mupaka wa Georgia na Azerbaijan”, yongeraho ko mu ndege harimo “abantu […]

M23 yahanuye drone y’intambara ya FARDC

20251111 194103

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo umutwe wa M23 wahanuye drone y’intambara ya FARDC yo mu bwoko bwa CH-4. FARDC imaze ibyumweru byinshi yifashisha izi drone yaguze mu gihugu cy’u Bushinwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya […]