U Rwanda rwakiriye abandi barwanyi baturutse muri FDLR

U Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, rwakiriye abandi baturage barwo 17 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo batanu bari basanzwe ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR. Aba bantu barimo abana icyenda binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu karere ka […]
Abanyakenya barenga 200 bari kurwana mu ntambara y’Uburusiya na UkraineÂ

Abantu basaga 200 bo muri Kenya barimo kurwana ku ruhande rwa Russia mu ntambara iri kubera muri Ukraine, kandi hari abandi bashobora kongerwa mu mirwano, nkâuko byatangajwe nâinzego zâigihugu. Muri abo barimo nâabahoze mu nzego zâumutekano za Kenya, nkâuko byemejwe na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga, Musalia Mudavadi. Bamwe mu bakuweyo basanze barakoreshwaga mu gukora drones no […]
Musonera wabuze gato ngo abe umudepite ku itike ya RPF yakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu karere ka Muhanga, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo rwakatiye Musonera Germain gufungwa imyaka 20, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside. Mu mwaka ushize ubwo habaga amatora y’abadepite Musonera ari mu badepite umuryango RPF-Inkotanyi wari wahaye amahirwe yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, gusa habura amasaha mbarwa […]
FDLR yagiye i Kinshasa kwiga gukoresha drone bisabwe na Leta ya Kongo

Uwahoze ari umusirikare wa FDLR witwa Mbale Hafashimana yatangaje amabanga akomeye ku itsinda ryihariye ryâuyu mutwe ryitwa CRAP Unit, ryashinzwe gukora ibikorwa byâiterabwoba mu Rwanda no gufasha ingabo za Kongo (FARDC) mu ntambara ziri mu burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Hafashimana yavuze ko CRAP Unit igizwe nâabarwanyi bagera kuri 600, batoranyijwe […]
Bujumbura: Abana bari gushimutwa ku bwinshi

Mu gihe ibikorwa byo gushimuta abana bikomeje kugaragara mu duce dutandukanye twâintara ya Bujumbura, ababyeyi barasaba inzego zâumutekano gufata ingamba zikomeye zo gukurikirana abinjira nâabasohoka mu duce dutuwe. Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu na yo aramagana ibi bikorwa, asaba ko abakora ibi byaha bahanwa bikomeye. Natalie Kamikazi, utuye mu Gatunguru muri komine Ntahangwa yabwiye ikinyamakuru […]
U Bubiligi buri gukoresha ibigo bya NATO mu kurushaho kuzambya ibintu mu karere

U Bubiligi burimo gukoresha ibikoresho bya NATO mu kuzambya ibintu mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC mu gihe imirwano ikomeje kwiyongera hagati yâIngabo za Congo (FARDC) nâinyeshyamba za AFC / M23, aho buvugwaho ko bwongereye inkunga ya gisirikare buha Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu rwego rwo kubuza inyeshyamba gutera imbere. Kuri iyi […]
Ubudage bwafunze ikihebe cya Hamas cyari cyigiye kwica abayahudi bo mu Burayi

Mu ijoro ryo ku wa 11 Ugushyingo 2025, Ubushinjacyaha Bukuru bwâUbudage bwategetse ifatwa byâagateganyo rya Borhan El-K., ukomoka muri Libani, ukekwaho kuba umunyamuryango wâumutwe wâiterabwoba mpuzamahanga HAMAS. Ifatwa ryabaye ku muhanda wa A17, ubwo ukekwaho yinjiye mu Budage avuye muri Repubulika ya Czheck. Ubushinjacyaha buvuga ko Borhan El-K. yagizemo uruhare mu gutegura ibitero byâiterabwoba mu […]
Abasaga miliyoni basabye akazi 2024/2025 kabona abategeze ku 4000

Inama ihuriweho nâImitwe Yombi yâInteko Ishinga Amategeko, Sena n’Umutwe w’Abadepite, yagejejweho raporo y’ibikorwa bya Komisiyo yâIgihugu ishinzwe Abakozi ba Leta bya 2024/25 na gahunda yâibikorwa byayo bya 2025/26, ahagaragajwe ko abantu bashaka akazi ari benshi ariko kakabona mbarwa. Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, Sebagabo BaranabĂ©, niwe wagiranye inama ihuriweho […]
Gen Mubarakh yasabye amashuri ya gisirikare muri Afurika kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire nâimyitozo

Umugaba Mukuru wâIngabo zâu Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yasabye amashuri makuru ya gisirikare yo muri Afurika gukomeza guteza imbere ubufatanye, guhanga udushya no kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire nâimyitozo, kugira ngo abayobozi bâingabo bashobore guhangana neza nâibibazo byâumutekano biri ku mugabane wa Afurika. Ibi yabivugiye mu muhango wo gusoza ku mugaragaro Inama ya 19 yâAbayobozi […]
RIB yataye muri yombi batatu bacyekwaho kwiba za sitasiyo za esanse zitandukanye

Urwego rwâUbugenzacyaha (RIB) rwafashe abagabo batatu bakekwaho kwiba za sitasiyo za esense zitandukanye mu gihugu amafaranga arenga miliyoni 17. Aba bafashwe nyuma yuko RIB yakiriye ibirego bitandukanye kuva muri izi sitasiyo aho zibwaga mu buryo bumwe. Abafashwe ni Nsabimana Straton ari nawe muyobozi wâagatsiko kagizwe na Ntagwabira Vincent na Mwesigye Paul, aho bashukaga umukozi utanga […]
Ruti Joel atunze imodoka yari iya nyakwigendera Yvan Buravan

Umuhanzi wâindirimbo za gakondo Ruti Joel yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kugura imodoka ya nyakwigendera Yvan Buravan, inshuti ye magara, kugira ngo agire ikintu gifatika kimwibutsa uwo muhanzi wâibihe byose. Mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru Mugabe Robert, Ruti yavuze ko iyo modoka yo mu bwoko bwa Benz yayihaye izina âNkongi Cyaneâ, izina ryari ikivugo cya Buravan. […]
Imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na wazalendo yabereye mu midugudu myinshi ya Bukombo

Imirwano ikomeye cyane guhera mu gitondo cyo kuwa gatatu, itariki 12 Ugushyingo 2025 yabereye muri Bukombo, mu midugudu ya Maruho, Machazo, Manyoni na Mudugudu, muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko iyo mirwano ikomeje kuva mu ntangiriro zâicyumweru mu midugudu itandukanye yo muri iyo gurupoma. Urusaku rwâimbunda ziremereye nâizoroheje rwumvikanye […]
Gen. Muhoozi yasabye Kenya kubaha uburenganzira ku nyanja vuba na bwanguÂ

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba nâumuyobozi wâingabo zâigihugu, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyigikira amagambo aherutse kuvugwa na se, Perezida Yoweri Museveni, avuga ko Uganda ikwiye kugira uburenganzira bwo kugera ku Nyanja yâAbahinde. Mu butumwa bwe bwumvikanamo ubwirasi, Muhoozi yagize ati: âKenya igomba kuduhereza vuba inzira ituganisha ku Nyanja yâAbahinde. Nitabikora, bizateza ibibazo bikomeye mu […]
Juba: Salva Kiir yirukanye visi perezida we afata general amugira private

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Visi Perezida wari ukomeye cyane, Benjamin Bor Mel nyuma y’amezi umunani gusa amushyizeho. Mu ijoro ryakeye, Kiir yakuyeho kandi Dr. Mel nk’umwungirije mu ishyaka riri ku butegetsi Sudan People’s Liberation Movement (SPLM), nk’uko itangazo rya perezida ryavuye muri perezidansi i Juba rivuga. Perezida yategetse kandi ko Mel yakurwa […]
Sobanukirwa impamvu umujyi wa Paris bawita umujyi wâumucyo

Paris ni umujyi wâamateka ndetse ufite akabyiniriro ka Ville de lumiĂšre ( umujyi umurikira isi.Paris nkâumujyi ukundwa cyane ku isi ndetse ukaba wambaye ikamba ryâumujyi wa mbere ku isi usurwa cyane nâabamukerarugendo, muri iyi nkuru turagaruka ku mpamvu witwa umujyi wâumucyo. Paris yitwa “umujyi wâumucyoâ kubera ko i Paris ariho hamenyekanye itara rya mbere rikoresha […]
Tanzania: Perezida Suluhu yashyizeho minisitiri w’intebe mushya

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yagize Mwigulu Nchemba wahoze ari minisitiri wâimari, minisitiri w’intebe mushya, nyuma y’amatora atavugwaho rumwe yo mu kwezi gushize. Biteganijwe ko inteko ishinga amategeko iza kwemeza ishyirwaho rye mu matora aba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane cyane ko Hassan yatangajwe ko yatsinze amatora yo […]
Gariyamoshi yihuta ya mbere igenda intera ndende ku isiÂ

Ni gariyamoshi igendera ku muvuduko wo hejuru ihuza imijyi ya Beijing na Guangzhou ku ntera ya Km 2300. Urugendo rukubye Kigali – Dare salaam hafi inshuro ebyiri. Ubushinwa nâigihugu cya kane mu bunini ku isi bityo kugitembera ukoresheje gariyamoshi yâamashanyarazi ni nku murabyo kubera umuvuduko wayo udasanzwe aho yirukanka Km 350/h. Muri iyi nkuru turagaruka […]
Umunyeshuri wa ISTM/Butembo yishwe n’Abawazalendo

Umunyeshuri mu Ishuri Rikuru ryâUbuvuzi rya Butembo (ISTM / Butembo), uzwi ku izina rya Kahindo Syavugha Rosette, yiciwe mu gace ka Musimba, ku birometero bike uvuye mu mujyi wa Butembo. Nkâuko byatangajwe na Kambale Maboko Fanuel, perezida wâumuryango utegamiye kuri leta wa Musienene, wavuganye na ACTUALITĂ.CD, uwahohotewe yafashwe nâisasu ryarashwe nâumuzalendo wo mu mutwe wa […]
Byinshi ku biganiro Maj. Gen Kagame yagiranye n’Inkeragutabara zo mu majyaruguru

Umugaba Mukuru wâInkeragutabara, Maj Gen Alex Kagame, ari kumwe na Guverineri wâIntara yâAmajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, kuri uyu wa Gatatu bagiranye ibiganiro n’inkeragutabara zo mu turere twose twâiyi Ntara, babashimira uruhare rwabo mu iterambere no kubungabunga umutekano wâigihugu. Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko Maj. Gen. Alex Kagame yaganiriye nâinkeragutabara yumva […]
Abantu 6 bapfiriye mu kavuyo kâabantu bashakaga akazi mu gisirikare cya Ghana

Byibuze abantu batandatu bahitanywe nâakavuyo kâabantu kabereye kuri sitade ya El-Wak Sports Stadium i Accra muri Ghana, ubwo habaga igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare cya Ghana (Ghana Armed Forces). Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mbere yâuko igikorwa nyirizina gitangira, ubwo igihiriri cyâabasore nâinkumi cyari cyahurujwe no kwirukira ku marembo […]
Amashusho y’urukozasoni ya Yampano mu butabera

Umuhanzi wâUmunyarwanda ukizamuka, Florien Uworizagwira, uzwi cyane ku izina rya Yampano yajyanye mu butabera Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, amushinja kwiba no gusakaza videwo y’urukozasoni yari afitanye nâumukunzi we, nyuma yo kuyikura muri telefoni ye nta burenganzira abifitiye. Iyo videwo yasohotse ku mbuga nkoranyambaga ku itariki ya 9 Ugushyingo 2025, ituma Yampano ashyirwa mu majwi […]
Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Tshisekedi na Perezida Kagame

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakuru b’ibihugu byombi bagombaga guhurira i Washington ejo ku wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, mu nama yagombaga gusiga Kigali na Kinshasa bisinyanye amasezerano yerekeye guhuza […]
Masisi: Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo/FARDC yafatiwemo uduce dutandukanye

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, hagati yâinyeshyamba za AFC / M23 nâimitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo, cyane cyane mu Murenge wa Nyamaboko wo muri Gurupoma ya Osso-Banyungu. Nkâuko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, imidugudu ya Ngululu na Kataandwa niyo yibasiwe […]
Uturere 6 turashinjwa gukoresha nabi amafaranga yagenewe kubakira abacitse ku icumu

Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) yatanze umuburo ku turere dutandatu dushinjwa gucunga nabi amafaranga yagenewe kubaka amazu y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu nama yabaye kuwa Kabiri, itariki ya 11 Ugushyingo, PAC yavuze ko uturere twa Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru, Nyamasheke, Rusizi, na Rubavu […]
Gabon: Umugore wa Bongo n’umuhungu we bakatiwe imyaka 20 y’igifungo

Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rwo muri Gabon rwakatiye uwahoze ari umudamu wa mbere, Sylvia Bongo n’umuhungu we, Noureddin Bongo Valentin, igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byinshi bijyanye n’uburiganya. Sylvia yahamijwe n’icyaha cyo âkunyereza umutungo wa Leta n’iyezandonke,â nk’uko byemejwe n’icyemezo cyasomwe na perezida w’urukiko mpanabyaha rwihariye, Jean Mexant Essa Assoumou, mu murwa […]
Yabyaye abana bane icyarimwe ahita abita amazina ya Raila Odinga

Umugore wo mu karere ka Kisii, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kenya, yabyaye abana bane icyarimwe abita amazina yakomotse kuri Raila Odinga wahoze ari Minisitiri wâIntebe wa Kenya, ndetse nâumugore we Ida Odinga. Abo bana bane ba Vane Nyanchoka ni abahungu batatu nâumukobwa umwe. Abahungu babatijwe Raila, Amollo, na Odinga, naho umukobwa yitwa Ida, izina […]
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho icyaha cyâubwinjiracyaha bwâubwicanyi

Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, ruri aho icyaha cyabereye, mu Kagari ka Murehe, mu Murenge wa Giti, mu Karere ka Gicumbi, kuwa Mbere rwaburanishije mu ruhame urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo wâimyaka 43 ukekwaho icyaha cy’ubwinjiracyaha bwâubwicanyi aho yategeye umugore we mu nzira akamutemagura akamusiga azi ko yapfuye. Icyaha akurikiranweho yagikoze ku itariki ya 18/08/2025 ubwo yategeraga […]
FDNB yasobanuye impamvu imaze igihe yarafungiye amayira abatuye mu Minembwe

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko ingabo zacyo ziri mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zafunze inzira ziva mu Minembwe, mu rwego rwo gukumira ibitero bishobora kugabwa ku mujyi wa Uvira no ku mupaka wâu Burundi. FDNB yatangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize abatuye mu Minembwe bakoze imyigaragambyo ikomeye […]
Loni irizera ko abantu magana bishwe mu myigaragambyo yo muri Tanzania

Kuri uyu wa Kabiri ushize, Ibiro byâUmuryango wâAbibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu byatangaje ko byizera ko abantu babarirwa mu magana biciwe muri Tanzania mu myigaragambyo yadutse mu matora yâukwezi gushize, byongeraho ko byakiriye amakuru avuga ko inzego zâumutekano zahishe imirambo. Umuvugizi wa Guverinoma ya Tanzaniya, Gerson Msigwa, ntabwo yahise asubiza icyifuzo cya Reuters cyo gutanga […]
Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ziri muri Maroc

Intumwa zâIngabo zâu Rwanda (RDF) ziyobowe nâUmugaba wâIngabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rwâiminsi ine mu gihugu cya Maroc. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka yakiriwe nâUmugenzuzi Mukuru wâIngabo zâUbwami bwa Maroc, Lt Gen Mohammed Berrid, ku cyicaro gikuru giherereye i Rabat. Minisiteri […]
Uganda U 17 yisasiye u Bufaransa, yandika amateka

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze bwa mbere muri Âč/Âčâ¶ cy’Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0. Ni mu mukino wabereye ku kibuga kizwi nka Aspire Zone Pitch 4, mu mujyi wa Al Rayyan muri Qatar. Igitego cyo ku munota wa 18 w’umukino cya James Bogere cyari […]
Masisi: Hubuye imirwano ikaze nyuma y’uko AFC/M23 ishinje leta ibitero bya drones

Imirwano ikaze yahuje kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ugushyingo, abarwanyi ba AFC / M23 n’imitwe yitwaje intwaro mu mudugudu wa Ndete, Teritwari ya Masisi (Kivu y’Amajyaruguru). Imirwano yatangiye kare mu gitondo kugeza ubwo Radio Okapi yandikaga aya makuru ku mugoroba wo kuwa Kabiri, bituma abaturage b’abasivili, bakunze kwisanga hagati y’abarwana, bahungabana. Urusaku rw’amasasu rwumvikanye […]
Impanuka y’indege y’Igisirikare cya Turkiya yahitanye 20 muri Georgia

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Ugushyingo, abategetsi ba Turkiya bemeje ko indege yâimizigo ya gisirikare yaguye hafi yâumupaka wa Georgia na Azerbaijan. Minisiteri y’Ingabo mu itangazo ryayo yagize iti: “Indege yacu ya gisirikare ya C-130, yahagurutse muri Azerbaijan isubira mu rugo, yaguye ku mupaka wa Georgia na Azerbaijan”, yongeraho ko mu ndege harimo “abantu […]
M23 yahanuye drone y’intambara ya FARDC

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo umutwe wa M23 wahanuye drone y’intambara ya FARDC yo mu bwoko bwa CH-4. FARDC imaze ibyumweru byinshi yifashisha izi drone yaguze mu gihugu cy’u Bushinwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya […]
Colonel wa FARDC yashinje u Rwanda kumutuma guhirika Tshisekedi ku butegetsi

Colonel Mesmin Kakule wahoze akorera urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeye ko ari umwe mu bacuze umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi, ashinjwa u Rwanda kuba ari rwo rwamukoresheje we na bagenzi be. Uyu Ofisiye ari mu basirikare bakomeye muri RDC babarirwa muri 40 bamaze igihe […]
Gicumbi: Urukiko rwaburanishije ushinjwa kwica nyina

Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, ruri aho icyaha cyabereye mu Kagari ka Karenge, Umurenge wa Bukure, Akarere ka Gicumbi, kuwa Mbere rwaburanishije mu ruhame urubanza ruregwamo umusore wâimyaka 28 yâamavuko ukekwaho kwica nyina umubyara. Icyaha akurikiranweho bivugwa ko yagikoze ku itariki ya 15 Nzeri 2025 ubwo mama we yasohokaga mu nzu agiye guha ubwatsi amatungo uyu […]
Perezida Kagame ari kwa Gen. Doumbouya

Perezida Paul Kagame ari i Conakry muri GuinĂ©e, mu ruzinduko ari kugirira muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umukuru w’Igihugu yifatanyije na mugenzi we wa GuinĂ©e-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, mu gikorwa cyo gutangiza umushinga wâubucukuzi bwâamabuye yâagaciro wa Simandou Iron Ore Project. Ni umushinga witezweho […]
Mwarimu Clement yiyahuriye mu kiyaga cya MuhaziÂ

Polisi yâu Rwanda yemeje ko Iraguha Clement, uzwi cyane nka Mwarimu Clement kubera kwigisha abantu gutwara imodoka binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yapfuye nyuma yo kwiroha mu Kiyaga cya Muhazi. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko ibyâuru rupfu byamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 10 Ugushyingo 2025, ahagana saa kumi […]
Perezida Isaac Herzog wa Israel ari mu ruzinduko i Kinshasa

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Israel, Isaac Herzog, yageze i Kinshasa, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mu ruzinduko rw’akazi. Akimara kuva mu ndege, umuyobozi wa Israel yakiriwe na mugenzi we wa Congo, Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo. Nyuma yo guhabwa icyubahiro cya gisirikare cya bamwe mu mutwe wâabasirikare barwanira ku mafarasi barinda […]
Vatican: Umwe mu barinzi ba Papa arashinjwa ingengabitekerezo

Umutwe w’ingabo zishinjwe kurinda Papa, uzwi nka Swiss Guard cyangwa Papal Swiss Guard, washinzwe mu 1506, ni wo mutwe w’ingabo umaze igihe kirekire ku Isi ukiriho. Kuri uyu wa Mbere, Vatican yavuze ko iri gukora iperereza ku kibazo gishobora kuba ari ingengabitekerezo yo kwibasira Abayahudi, aho bivugwa ko umurinzi wâUmusuwisi yaciye amarenga atavugwaho rumwe yerekeza […]
Masisi: Drones za FARDC zongeye kwibasira ibice bituwe ahitwa Luki

Indege zitagira abadereva z’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo zagabye ibitero bivugwa ko byongeye kwibasira abasivili mu ijoro ryakeye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Ihuriro rya AFC / M23 ryamaganye mu buryo bukomeye ibitero bya drone bidasiba bikomeje kugabwa n’ingabo zâihuriro ryâubutegetsi bwa Kinshasa. AFC/M23 yagize […]
Tanzania: Igipolisi cyarekuye by’agateganyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bane

Igipolisi cyo muri Tanzania cyarekuye by’agateganyo abayobozi bane batavuga rumwe nâubutegetsi batawe muri yombi bazira uruhare bagize mu myigaragambyo yiciwemo abantu yakurikiye amatora rusange yabaye mu kwezi gushize, nk’uko ishyaka ryabo ryabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize mu masaha akuze. Imyigaragambyo yashyize Tanzania mu kibazo gikomeye cya politiki itabayemo mu myaka mirongo ishize. Ishyaka ritavuga […]
Umukobwa wâimyaka 13 yanze kurongorwa n’umusaza wa 70

Umukobwa wâimyaka 13 yâamavuko wo mu karere ka Bor muri Sudani y’Epfo yakijijwe gushyingirwa ku gahato ku mugabo wâimyaka 70, nyuma yâuko nyina amenye ibyari bigiye kumubaho maze agahita asaba ubufasha mu itsinda ryâabagore rirengera uburenganzira bwabo. Uwo mukobwa, witwa Nosha, ngo yumvise ba sekuru be baganira ku migambi yo kumushyingira uwo musaza mu buryo […]
Tuzarwana kugeza igihe Kigali izemerera ibiganiro – FDLR

Mu gihe DRC ivuga ko yatangije ubukangurambaga busaba ko inyeshyamba z’Abanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR kwitanga no gushyira intwaro hasi, hagamijwe ko basubizwa mu Rwanda bakanga bakazahatirwa gutaha ku gahato, ubu uyu mutwe wo uravuga ko uzirwanaho kugeza igihe Leta y’u Rwanda izemerera kugirana ibiganiro na bo. Iki cyiciro cyo kugerageza gusaba izi nyeshyamba […]
FIFA yahannye Umurundi Bonfils-Caleb

Umurundi Bonfils-Caleb Bimenyimana yahagaritswe nâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru ku Isi (FIFA) imikino itatu, nyuma yâigikorwa cyâubugome yakoreye umuzamu wâikipe yâigihugu ya Kenya, Brian Bwire, mu mukino wo gushaka itike yâIgikombe cyâIsi wabaye ku wa 9 Ukwakira 2025. Iri kosa ryabereye mu mukino wahuje Uburundi na Kenya muri âWorld Cup Qualifiers 2026â, aho bombi bahataniraga amanota akomeye […]
Abanyarwanda 49 barimo 7 bari muri FDLR batashye bava Congo

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 10 Ugushyingo, abenegihugu 49 bo mu Rwanda, barimo barindwi bahoze ari abarwanyi bâinyeshyamba za FDLR hamwe nâabo mi miryango yabo 42, basubijwe ku bushake mu gihugu bakomokamo, ku bufatanye bwa MONUSCO. Aba bahoze ari abarwanyi bivugwa ko bishyikirije MONUSCO mu rwego rwo gusubiza icyifuzo cy’ubu butumwa bwa Loni gisaba […]
Trump yakangishije BBC ikirego cya miliyari 1$

Itsinda rya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ryoherereje BBC ibaruwa rivuga ko rizarega iki gitangazamakuru cya leta cyo mu Bwongereza risaba miliyari imwe y’amadolari (miliyoni 865 âŹ). Abamwunganira bavuze ko bitarenze kuri uyu wa Gatanu uza, iyi televiziyo igomba gukuraho filimi mbarankuru yakoze itavugwaho rumwe cyangwa guhura n’ikirego cyayitwara agera kuri […]
FARDC yashinje M23 kuyikazaho ibitero

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zashinje umutwe wa M23 gukaza ibitero ku birindiro byazo biri mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana yo kwica agahenge zumvikanye. Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge mu itangazo aheruka gusohora, yamaganye ibyo yise kwica mu buryo bukomeye ibyemeranyijwe mu biganiro […]
Iby’ingenzi kuri Thomas Ritchie, umwera wa mbere winjiye muri RDF

Mu myaka 15 ishize, Umunyamerika Thomas Ritchie, yinjiye mu ngabo z’u Rwanda aba umwera wa mbere wari ushoboye kwambara umwambaro wazo. Uyu Ofisiye Mukuru kuri ubu ari muri mbarwa b’uruhu rwera babarizwa mu ngabo z’u Rwanda, yazinjiyemo nyuma yo gusoza amahugurwa ya gisirikare. Ku wa 19 Ugushyingo 2012, ni bwo Ritchie yinjiye muri RDF nka […]
Gen. John Tshibangu wa FARDC yatawe muri yombi

Umuyobozi w’Akarere ka 21 ka gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, GĂ©ral-Major John Tshibangu, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Ugushyingo 2025. Tshibangu yafatiwe mu kigo cya gisirikare cya Camp Kololo, nyuma y’iminota mike ageze i Kinshasa. Ntiharamenyekana icyatumye uyu musirikare atabwa muri yombi. Tshibangu icyakora yatawe muri […]
Nicolas Sarkozy yarekuwe

Urukiko rwâi Paris rwatangaje ko rwemeye kurekura byâagateganyo Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida wâu Bufaransa, mu gihe ategereje kuburana ubujurire ku rubanza yakatiwemo igifungo cyâimyaka itanu. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Ugushyingo 2025. Sarkozy, wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, yari afunzwe nyuma yo guhamywa ibyaha bijyanye nâamafaranga […]
Ba Ofisiye ba FDNB mu bayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare bari mu Rwanda

Ba Ofisiye bo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), bari mu bayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika bateraniye mu nama iri kubera mu Rwanda. Iyi nama yâiminsi itatu iri kuba ku nshuro ya 19, ihurije hamwe ibihugu 24, ifite insanganyamatsiko igira iti âEjo hazaza hâamahugurwa nâamasomo ya gisirikare muri Afurika: Gukuraho icyuho cyâikoranabuhanga.” Abayirabiriye barimo […]
Museveni yemeje ko abanya-Kenya 2 bamaze iminsi muri firigo zo muri Uganda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yemeje ko inzego z’umutekano z’igihugu cye zataye muri yombi Abanya-Kenya babiri b’impirimbanyi, nyuma y’ibyumweru bitanu baraburiwe irengero. Mu kwezi gushize ni bwo Bob Njagi na Nicholas Oyoo batawe muri yombi, nyuma yo kugaragara mu bikorwa byo kwamamaza, aho bagaragaye bashyigikiye umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine. […]
Uvira: Umusirikare wa FARDC yishwe na bagenzi be bo muri ‘military police’

Abaturage bo mu duce twa Kavimvira na Rugenge mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo batewe ubwoba nâamasasu yarashwe ahagana mu ma saa sita zâamanywa kuri iki Cyumweru gishize, itariki 9 Ugushyingo. Nkâuko amakuru atandukanye avuga, ng oni abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kugenzura imyitwarire (PM) wa FARDC bashakaga gufata mugenzi wabo wari […]
Somalia: Ingabo za leta zishe abayobozi 3 bakuru muri Al Shabab

Minisiteri yâIngabo muri Somalia yatangaje ku Cyumweru, ko ingabo zâigihugu zakoze ibikorwa bitandukanye bya gisirikare mu bice bya Bakool na Bay, zihitana abantu benshi bakuru bo mu mutwe wâiterabwoba wa al-Shabaab. Minisiteri yavuze ko Ingabo za Somalia zishe Mohamed Abdi Mohamed Nur, uzwi kandi ku izina rya Goofoow, umwe mu bagize umutwe wâiterabwoba wagize uruhare […]
Intare FC yitandukanyije nâumugabo wacucuye ababyeyi bo muri Kamonyi

Mu gihe amakuru amaze iminsi acicikana ku mugabo witwa Nibishimirwe Patrick ushinjwa kwaka amafaranga ababyeyi bo mu Karere ka Kamonyi abizeza kuzazamura abana babo bafite impano mu mupira wâamaguru, ikipe yâirerero rya Intare FC yamenyesheje ko nta sano na busa ifitanye nâuwo mugabo. Amakuru avuga ko Nibishimirwe Patrick yabwiye ababyeyi bagera kuri 26 ko afite […]
Ndashaka gushimangira imbere y’Imana n’imbere yanyu RDC yahisemo ibyiringiro – TshisekediÂ

Kuri iki Cyumweru, mu Kigo Ndangamuco nâUbuhanzi cya Afurika yo Hagati (CCAPAC) i Kinshasa, Perezida FĂ©lix Tshisekedi yifatanyije n’Umujyanama mukuru wa Perezida Trump mu by’imyemerere mu muhango wo gusoza inama yâamasengesho yo gusabira igihugu yateguwe nâItorero ryâUbubyutse muri Congo (ERC), aho Tshisekedi yijeje ko RDC yahisemo ibyirirngiro. Nyuma yâumusangiro nâamasengesho byabaye ku wa Gatandatu, itariki […]
Gabon: Hagiye gutangira urubanza rw’umugore w’uwari perezida n’umuhungu we

Mu gihe Ali Bongo wahoze ari Perezida wa Gaboni atari mu baregwa, umugore we, Sylvia, umuhungu we w’imfura Noureddin, n’abandi 11 babegereye bahoze mu myanya ikomeye mu buyobozi bazaburanishwa ku byaha 12 guhera kuri uyu wa Mbere, itariki ya 10 Ugushyingo. Icyakora, umugore n’umuhungu w’uwahoze ari umukuru w’igihugu, wahiritswe ku butegetsi ku itarikiya 30 Kanama […]
Uwari Perezida wa Korea yarezwe ibyaha bishya birimo gufasha umwanzi

Ibiro Ntaramakuru Yonhap byatangaje ko uwahoze ari Perezida wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk Yeol, yarezwe ibirego by’inyongera byo gukoresha nabi ububasha bwa perezida ndetse no gufasha igihugu cy’umwanzi. Itsinda ryâabanyamategeko ridasanzwe ryakoze iperereza ku iteka rya Yoon rishyiraho ibihe bidasanzwe mu gihugu ryamaze igihe gito muri Koreya y’Epfo mu Kuboza 2024. Iri tsinda ryashinje Yoon […]
Gen (Rtd) Ibingira yasubije Nyamwasa uburana ko yambuwe amapeti yari afite muri RDF

General (Rtd) Fred Ibingira wahoze ari Umugaba w’Inkeragutabara, yasubije Kayumba Nyamwasa umaze igihe yinubira ko yambuwe impeta za gisirikare avuga ko yarwaniriye mu ngabo z’u Rwanda, agaragaza ko kurwanira amapeti n’ibyubahiro atari byo urugamba rwo kubohora igihugu rwari rugamije. Kayumba Nyamwasa uyobora umutwe wa RNC, muri Mutarama 2011 yahamijwe n’Urukiko rwa Gisirikare ibyaha birimo gushinga […]