Ba Komanda ba RDF na TPDF bakorera ku mupaka basoje inama bakoreraga muri Ngara

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Nzeri, Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Brigade ya 202 y’Ingabo za Tanzania (TPDF) baksoje inama y’umutekano, y’abayobozi b’ingabo bakorera hafi y’umupaka, bakoreraga mu Karere ka Ngara, muri Tanzaniya. Iyi nama yashojwe impande zombi zishimira intambwe imaze guterwa kuva bahura bwa mbere mu nama yibanze ku guhagarika […]
Burundi: Cholera iri kuvuza ubuhuha mu Ntara ya Bujumbura

Kuva mu ntangiriro za Nzeri, abantu 226 bamaze kwandura cholera muri komini za Cibitoke na Bukinanyana, mu Ntara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi. Ibigo byita ku barwayi byarengewe ubu birahabwa inkunga n’abaganga batagira umupaka (MSF), kubera ko iki cyorezo cyiyongera, bitewe no kubura amazi meza n’ibikorwa remezo by’isuku. Icyorezo cya cholera kirimo kwiyongera mu […]
Ghana: Abimukira boherejwe na Amerika bahise bafungwa

Igihugu cya Ghana kiravugwaho gufunga bamwe mu bimukira giherutse kwakira boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu bajyanye leta y’iki gihugu mu nkiko. Umunyamategeko Oliver-Barker Vormawor, wunganira abantu 11 bafungiwe muri Ghana nyuma yo koherezwa bavuye muri Amerika, yabwiye BBC ko bareze leta y’icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba. Uyu munyamategeko avuga ko […]
Umukobwa wa Paul Biya yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se

Umukobwa wa Perezida Paul Biya wa Caméroun, Brenda Biya, yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha. Ku wa 12 Ukwakira ni bwo abanya-Caméroun bazatora Umukuru w’Igihugu, mu matora Paul Biya w’imyaka 92 umaze 43 abayobora azahatanamo. Umukobwa w’uyu mukambwe biciye mu mashusho yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko atacyibona […]
Kivu y’Amajyepfo: Imitwe 2 ya wazalendo irahanganye muri Mwenga

Imitwe ibiri y’inyeshyamba za Wazalendo yasubiranyemo kuva ku wa Gatatu, itariki 17 Nzeri, muri centre ya Mwenga (Kivu y’Amajyepfo). Iyi mirwano irahuza unutwe wa Malaika n’uwa Nyakiliba. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko kuri uyu wa Kane mu mujyi hongeye kumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje. Nibura abantu batatu bari bamaze kumenyekana ko bapfuye ku wa Gatatu. […]
M23 yashyizeho amabwiriza mashya ku bakoresha umupaka munini uhuza Goma na Rubavu

Umutwe wa AFC/M23 ugenzura Umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, washyizeho amabwiriza y’uko umupaka munini uhuza uriya mujyi n’uwa Rubavu wo mu Rwanda uzajya ukora kugeza saa sita z’ijoro. Ni icyemezo cyafashwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Musanga Bahati Erasto, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane. Iryo tangazo rivuga ko […]
Tshisekedi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Afurika y’Epfo

Ku butumire bwa mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Pretoria, muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane mu ruzinduko rw’akazi rumara amasaha menshi. Ageze ku kibuga cy’indege cya gisirikare, Umukuru w’igihugu cya Congo Kinshasa yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Afurika y’Epfo, Thandi […]
RDC iravuga ko M23 igomba kuyiha abakomando iheruka kunguka

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko itemera kuba umutwe wa AFC/M23 uheruka kunguka abasirikare bashya barenga 7,000; ivuga ko izageza iki kibazo kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar. Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yatangaje ko yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000; nyuma y’amezi atandatu bari bamaze batorezwa mu kigo cya […]
Kalisa Adolphe ‘Camarade’ agiye kugezwa mu rukiko

Kalisa Adolphe ’Camarade’ wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), agiye kugezwa imbere y’ubutabera. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri ni bwo Camarade azatangira kuburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo. Akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo, ruswa no gukoresha inyandiko mpimbano. Kalisa yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu […]
Shampiyona y’Isi y’amagare igiye kubera mu Rwanda ishobora kuzaba iya mbere igoye mu mateka

Hamwe na kilometero hafi 270 na metero zirenga 5.400 zo kuzamuka, Shamiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda, kandi ku nshuro ya mbere muri Afurika, kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri, ishobora kuzaca agahigo k’ikomeye mu mateka y’uyu mukino. Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 izabera i Kigali, mu Rwanda, byitezwe ko […]
Amavubi yananiwe kwigira imbere, Argentine itakaza umwanya wa mbere ku Isi

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yagumye ku mwanya wa 127 ku Isi, ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwerekana uko ibihugu bihagaze mu mupira w’amaguru. Amavubi yagumye kuri uyu mwanya nyuma y’uko mu mikino ibiri y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi aheruka gukina yatsinzwe na Super Eagles ya Nigeria igitego 1-0, ariko na yo agatsinda Zimbabwe igitego 1-0. […]
Barashaka ko u Rwanda ruba umuyonga? – Nduhungirehe ku myitwarire ya Loni

“Barashaka ko u Rwanda ruba umuyonga? U Rwanda ni igihugu cyugarijwe, abanyamahanga barabizi kandi twabahaye ibimenyetso. Izo ngamba [z’ubwirinzi] zizagumaho mu gihe FDLR igihari,” ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, ku Cyicaro cy’ihuriro y’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ku Kacyiru. Ni mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yahaye […]
Urugo rwa Azarias Ruberwa rwatewe n’abasirikare barenga 150

Abasirikare babarirwa mu 150 baravugwaho gutera urugo rwa Azias Ruberwa wigeze kuba Visi Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse na Minisitiri ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage muri iki gihugu. Ni amakuru yemejwe n’umuryango wa Ruberwa, mu itangazo waraye usohoye. Uyu muryango wavuze ko “muri iyo Operasiyo, abarinzi icyenda bashinzwe umutekano we ndetse n’uw’urugo rwe […]
DRC: ADF yishe Abakirisitu barenga 100 bari gushyingura

Ku wa Mbere nimugoroba, tariki ya 8 Nzeri 2025, inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Forces) zifitanye isano n’umutwe wa Islamic State zagabye ibitero mu bice bya Ntoyo na Potodu, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Amakuru yemeza ko muri Ntoyo hiciwe Abakirisitu barenga 70, mu gihe abandi barenga 30 biciwe i Potodu, […]
UAE yahagaritse guha visa Abagande guhera Mutarama 2026

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zatangaje ko zizahagarika itangwa rya viza z’ubukerarugendo n’akazi ku benegihugu ba Uganda guhera muri Mutarama 2026, icyemezo gishobora guhungabanya gahunda yo guhererekanya abakozi, byagira ingaruka ku mafaranga yoherezwaga mu ngo, no ku bucuruzi n’ubucuruzi. Aya mabwiriza yatangajwe binyuze mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Abu Dhabi, rwongeye Uganda ku rutonde […]
Kigali: Uwahoze ari Minisitiri yijeje umugore kurongora ntiyabikora none bimugeze kure

Ku wa 16 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo. Uregwa ashinjwa na Muganga Chantal, uvuga ko yamubeshye urukundo amwizeza kuzamugira umugore, nyuma akamuta agashaka undi mugore. Urega avuga ko ibi byamugizeho ingaruka zikomeye, zirimo uburwayi budakira. Muganga Chantal avuga ko we na Dr Nsabimana bakundanye […]
U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano mashya mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Bushinwa ku wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri, byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu bijyanye n’igisirikare. Aya masezerano yasinyiwe i Beijing mu Bushinwa, ahabereye inama yahuje Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda na mugenzi we w’Ingabo z’u Bushinwa Admiral Dong JUN. Minisitiri Marizamunda mu Bushinwa yahitabiriye ihuriro rya 12 rya Beijing Xiangshan Forum. Ubuyobozi […]
Icyamamare Jimmy Kimmel yambuwe ikiganiro yakoraga kubera ibyo yavuze ku rupfu rwa Charlie Kirk

ABC yahagaritse igihe kitazwi umunyamakuru w’icyamamare, Jimmy Kimmel, wakoraga ikiganiro cyo mu masaha akuze y’ijoro kubera ibitekerezo yatanze ku bijyanye n’iraswa riheruka ry’Umu-Conservateur, Charlie Kirk. Umuvugizi w’iyi televiziyo ya Disney yagize ati: “Jimmy Kimmel Live izahagarikwa igihe kitazwi.” Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Kimmel mu kiganiro cye yavuze ko “agatsiko ka Maga (Make America Great Again)” […]
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho kwica umugore we akoresheje majagu

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 57 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Muko , Akagari ka Cyamuhinda, Umudugudu wa Ntoranya, ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugore bashyingiranywe byemewe n’amategeko w’imyaka 49 y’amavuko amukubise isuka ya Majagu mu mutwe. Icyaha akurikaranweho yagikoze ku itariki ya […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico batatu batemye abaturage

Mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira 17 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi, Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byakorwaga n’abagabo batatu bitwaje intwaro gakondo. Aba bagizi ba nabi bari barimo gutema abaturage mu kabari no kubambura ibyo bari bafite. Ababonye […]
Rutsiro: Abaturage biruhukije nyuma yo kwegerezwa ibitaro

Abaturage bo mu murenge wa Boneza w’akarere ka Rutsiro, bagaragaje ibyishimo nyuma yo kwegerezwa ibitaro bivura indwara zitandukanye bitezeho kubaruhura urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri ni bwo ibi bitaro byiswe Kivu Hills Medical Center byatashywe, bikaba byarubatswe na Arise Rwanda Ministries. Abaturage baganiriye na BWIZA bayibwiye ko […]
Hashyizweho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri rwashyizeho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari byarashyizweho mu myaka itanu ishize. Uru rwego mu itangazo rwasohoye rwasobanuye ko vugurura biriya biciro biri mu rwego rwo kujyanisha ikiguzi cy’amashanyarazi n’ibiyagendaho, ndetse no guhaza isoko ry’abakenera amashanyarazi rikomeje kwiyongera. RURA kandi yavuze ko biriya biciro […]
RIB yihanangirije inkumi zishaka kurya amafaranga y’abasore nta cyo babakoreye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye ko rutajya rufunga umuntu nta bimenyetso, ahubwo mbere hakorwa iperereza ryimbitse. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, nyuma y’ikiganiro cyanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho umukobwa witwa Solange (Soso) yavuze ko umukobwa ashobora guhimba ikirego cy’uko afashwe ku ngufu kugira ngo akuremo amafaranga menshi. Muri icyo kiganiro yari […]
Inzu ya miliyari 1 Frw ya Miss Jolly iri kuvugisha benshi

Miss Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ari kurangiza imirimo yo gutunganya inzu nshya yubatswe ku buryo bugezweho, ifite agaciro karenga miliyoni 800 Frw kugeza kuri miliyari. Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragara Miss Jolly yinjira mu nzu ye nini igizwe n’ibyumba byinshi, ikagira pisine, parikingi ndetse n’ikibuga kinini cyo hanze. Amakuru […]
Bishop Gafaranga yasabiye gufungwa imyaka 5

Ku wa 15 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije mu muhezo Habiyaremye Zacharie, uzwi nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha batandukanye yakoreye umugore we Anet Murava. Ubushinjacyaha bwamushinje ibyaha bibiri: guhoza ku nkeke no gukubita no gukomeretsa umugore we, Murava Annette. Murava yavuze ko yahoraga ahangayikishwa n’amagambo mabi, guhatirwa imibonano mpuzabitsina, ndetse no gukubitwa, bigatuma […]
Tanzania: Abanyarwanda n’Abarundi 34 barafunzwe

Mu rwego rwo gukaza umutekano w’igihugu mbere y’amatora rusange ateganyijwe mu Ukwakira 2025, Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Tanzania rwatangaje ko rwafatiye mu Karere ka Mbogwe, Intara ya Geita, abantu 34 b’abimukira binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko baturutse mu Burundi no mu Rwanda. Ibi byabaye mu gihe hakomeje ibikorwa byihariye bigamije guhashya ubwinshi […]
Paris: Munyemana wahamijwe ibyaha bya jenoside ari kuburana mu bujurire

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 16 Nzeri, urubanza mu bujurire rwa Sosthène Munyemana, wahoze ari umuganga mu Rwanda wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rwatangiriye mu rukiko rw’i Paris. Mu 2023, yakatiwe igifungo cy’imyaka 24 kubera “kugira uruhare muri jenoside, ibyaha byibasiye inyoko muntu, no kugira uruhare mu nama zateguriwemo […]
Hakomeje kwibazwa uko Rabin yemeye kujya mu Burundi mbere yo gushimutwa n’ubutasi – Inkuru y’imvaho

Hakomeje kwibazwa ukuntu Umurundi Niyukuri Dieudonné, uzwi ku izina rya Rabin, yashutswe akemera kujya mu Burundi, aho yageze agahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi z’u Burundi, mu gihe yari azi neza ko amaze iminsi anenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ku mugaragaro mu biganiro yagiye atanga kuri channels zitandukanye za youtube nk’umusesenguzi. Amakuru mashya Bwiza ifite aremeza […]
Afurika: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bw’umuryango wa Lungu udashaka ko ashyingurwa muri Zambia

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nzeri, Urukiko Rukuru muri Afurika y’Epfo bwateye utwatsi ubujurire bw’umuryango wa nyakwigendera Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, wasabye guhagarika kohereza umurambo we muri Zambia kugira ngo abe ari ho ashyingurwa. Uyu muryango wegereye urukiko muri Pretoria ujuririra urubanza rwaciwe mbere rwahaye Guverinoma ya Zambia uburenganzira bwo gusubiza umurambo wa […]
Abafana ba Marseille barwanye na Polisi ibahata imihini

Mu gihe umukino wari ugiye gutangira ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha y’i Burayi (9:00PM CET) kuri sitade ya Real Madrid Santiago Bernabéu, habanje kubaho imvururu zikomeye hagati y’abafana b’ikipe ya Marseille n’inzego z’umutekano za Espagne. Abafana benshi baturutse mu Bufaransa bari baje gushyigikira ikipe yabo, ariko imbere ya sitade habayeho ubushyamirane n’abapolisi […]
Amagare azanyura imbere muri Bk Arena

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko mu mikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda ku nshuro ya mbere kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, hazaba harimo udushya tudakunze kuboneka. Icya mbere yavuze ni uko isiganwa ryo gusiganwa n’ibihe (Time Trial), risanzwe ribera mu muhanda, ubu rizabera ahantu hafunze, […]
Minisitiri Prevot w’u Bubiligi nta cyizere afite ku kuba azasiga azahuye umubano naza mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yatangaje ko nta cyizere afite cy’uko naza mu Rwanda azasiga azahuye umubano umaze igihe waraciwe hagati yarwo n’igihugu cye. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwaciye umubano ushingiye kuri dipolomasi rwari rufitanye n’u Bubiligi runirukana abadipolomate babwo, nyuma yo gushinja iki gihugu kwifatanya na Repubulika Iharanira […]
CICR ivuga ko yiteguye gufasha mu guhererekanya imfungwa hagati ya Kinshasa na AFC/M23

Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare wa Croix-Rouge (CICR) yatangaje kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nzeri, watangaje mu butumwa yashyize kuri konti yawo ya X (Icyahoze ari twitter), ko witeguye gutanga umusanzu mu kurekura imfungwa mu rwego rw’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na AFC/M23. CICR yanditse iti: “Nyuma yo gusinya […]
Rwampara: Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 na 35 yasanzwe muri ruhurura yapfuye

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Nzeri 2025 mu gitondo, muri ruhurura ya Rwampara hasanzwemo umugabo witwa Karoli yapfuye, bikaba bikekwa ko yaba yishwe n’inzoga kuko bivugwa yari yiriwe azisangira n’abandi bantu ku wa Mbere baje gutungurwa no gusanga yapfuye. Karoli wari utuye mu Mudugudu wa Nyiranuma, mu Kagari ka Biryogo, mu Murenge wa […]
Abawazalendo bageze aho basaba gutumirwa i Doha no kwinjizwa muri guverinoma

Mu gihe mu minsi ishize hadutse umwuka mubi hagati y’inyeshyamba za Wazalendo n’abayobozi i Kinshasa, cyane cyane ku bijyanye no kohereza Gen. Olivier Gasita muri Uvira, kuri ubu izi nyeshyamba biravugwa ko zoherereje inyandiko Perezida Félix Tshisekedi ikubiyemo ibyo zisaba. Mu gihe bemeza ko batazahemukira Guverinoma ya Kinshasa, bagize na bo ibyo basaba nk’ikiguzi cy’ubwo […]
Ndayishimiye yambitswe umudali na Embalo, anagirwa umuturage wa Guinée-Bissau

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yambitswe umudali w’icyubahiro na mugenzi we wa Guinée-Bissau, Umalo Sissoco Embalo. Ndayishimiye ari i Bisau kuva ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, mu ruzinduko rw’akazi yahagiriraga. Ibiro bye byatangaje ko umudali wa mbere w’icyubahiro yambitswe na mugenzi we Embalo uri mu rwego rwo kumushimira ku bw’”uruhare rwe mu guteza […]
RDC: Kamerhe ashobora kurara yegujwe ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko
Kuri uyu wa Gatatu, Vital Kamerhe ashobora gutakaza umwanya we ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite. Ku wa Mbere, abadepite batanze icyifuzo gisaba kwegura benshi mu bagize biro y’inteko ishinga amategeko, barimo Perezida wa yo Vital Kamerhe, umaze igihe ari umusangirangendo w’umukuru w’igihugu. Ubusabe bwo kumweguza bwashyizweho imikono 262, irenga ubwiganze busabwa bwa 250. […]
RDF yavuze kuri drone yakomerekeje abana 3 i Rutsiro

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko drone nto yakomerekeje abana batatu bo mu karere ka Rutsiro ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri, ari iy’Ingabo z’u Rwanda. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Kabiri ni bwo iriya drone yakomerekeje abana batatu bo mu murenge wa Kivumu, bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. RDF mu […]
Kubera Igisirikare cya Congo u Rwanda ruriho, Uganda iriho, Tanzania iriho ndetse n’u Bubiligi – Eliezer Ntambwe

Muri video yakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga kuri wa Kabiri, itariki ya 16 Nzeri, Minisitiri ushinzwe abahoze mu gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Eliezer Ntambwe, yahaye icyubahiro Igisirikare cya Congo yemeza ko kubera cyo, ibihugu byinshi ubu biriho mu gihe byakabaye byaragizwe ingaruzwamuheto. “Kubera Ingabo za Congo, u Rwanda ruriho, Uganda iriho, Tanzaniya […]
Abakozi ba FERWAFA barafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda mu iperereza rikorerwa bamwe mu bakozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), barimo Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru waryo. Itangazo RIB yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri, tariki 16 Nzeri 2025, ryemeje amakuru yari amaze iminsi avugwa ko hari abatawe muri yombi. […]
Rutsiro: Abana 3 bakomerekejwe na drone

Abana batatu bo mu murenge wa Kivumu w’akarere ka Rutsiro, bakomerekejwe na drone itaramenyekana yakoreye impanuka muri kariya gace. Byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, mu ma saa saba. Abana bakomerekejwe n’iriya drone bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. Raporo yakozwe n’ubuyobozi bw’ibanze ivuga ko mu […]
UPDF yishe umuyobozi mukuru wa Al-Shabaab

Ingabo za Uganda (UPDF) ziri mu butumwa bwa African Union Support Mission in Somalia (AUSSOM) zatangaje ko zishe umuyobozi mukuru w’inyeshyamba za Al-Shabaab mu karere ka Lower Shabelle muri Somaliya. Uyu muyobozi witwa Osman Hussein Bune Amiir wari uzwi nk’umugaba mukuru w’ingabo za Al-Shabaab muri ako gace, yishwe ku wa 14 Nzeri 2025 mu gitero […]
Kigali: Amashuri yose agiye gufungwa

Minisiteri y’Uburezi ifatanyije n’Umujyi wa Kigali yatangaje ko amashuri yose aherereye muri Kigali azafungwa by’agateganyo guhera ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025. Ibi bizakorwa mu rwego rwo gutegura no kwakira neza isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships), rizitabirwa n’ibihugu bitandukanye byo ku isi. Ubu bufatanye bugamije kwirinda ko […]
U Rwanda-DRC: Kuva muri PSG kugera muri FC Barcelone, uko ruhago yabaye intambara ya dipolomasi

Amasezerano aherutse gusinywa hagati ya Leta y’i Kinshasa n’amakipe menshi akomeye yo ku mugabane w’u Burayi, arerekana ko RDC ishaka gukuramo icyuho cya ‘soft power’ ishingiye kuri siporo u Rwanda rukatajemo. Nyuma yo guhangana n’u Rwanda ubwo Congo yazengurukaga mu makipe yo hirya no hino i Burayi ngo ahagarike imikoranire n’u Rwanda, Congo yahinduye umuvuno. […]
Trump yajyanye The New York Times mu nkiko ayishyuza miliyari 15$

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri 2025, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatanze ikirego cyo ashinja ikinyamakuru New York Times hamwe n’abanyamakuru bane b’ikinyamakuru kumusebya asaba miliyari 15 z’amadolari ya Amerika y’impozamarira, nyuma y’amezi macye areze n’ikinyamakuru Wall Street Journal. Trump yavuze ko iki kinyamakuru ari “igikoresho” cy’ishyaka ry’Abademokarate (ic)” […]
Tshisekedi yatabye mu nama Vital Kamerhe wicariye intebe ishyushye

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Vital Kamerhe yitabaje Perezida Félix Antoine Tshisekedi ngo aburizemo umugambi wo kumweguza, undi amutaba mu nama. Kamerhe yitabaje Tshisekedi, nyuma y’uko abagize Inteko Ishinga Amategeko ya RDC bakomeje gukusanya imikono isaba ko yeguzwa. Amakuru avuga ko abadepite 262 ari […]
Ubusambanyi buteye ubwoba bukorerwa abakobwa i Dubai

Mu mujyi wa Dubai, uzwi cyane ku isi kubera inyubako ndende, ubutunzi n’ubutwari mu ikoranabuhanga, hari indi sura itagaragarira buri wese. Ni isura y’agahinda, imiborogo n’amarira y’abakobwa baturuka muri Afurika, cyane cyane abo muri Uganda, bashorwa mu bikorwa by’ubusambanyi biteye ubwoba. Abenshi muri abo bakobwa babwirwa ko bagiye kubona akazi mu mahoteli, mu masoko cyangwa […]
Israel iri gushyirwa mu kato n’isi yose

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku wa 15 Nzeri 2025 yemeye ko igihugu cye kiri mu nzira yo gushyirwa mu kato ku rwego mpuzamahanga bitewe n’intambara imaze hafi imyaka ibiri muri Gaza. Ibi yabivugiye i Tel Aviv mu nama yateguwe na minisiteri y’imari, Netanyahu yasobanuye ko icyo kibazo gishobora kumara imyaka myinshi, bityo Israel […]
Ingaruka mbi zo kwitera makeup cyane

Makeup ni kimwe mu bintu bikoreshwa cyane n’abagore n’abakobwa ku isi yose, aho ifasha benshi kongera ikizere no kugaragara neza mu ruhame. Ariko kandi, abahanga mu buzima bavuga ko gukoresha makeup kenshi, nabi, cyangwa gukoresha iyitujuje ubuziranenge bishobora kugira ingaruka mbi ku ruhu n’ubuzima muri rusange. Bamwe mu baganga b’uruhu bavuga ko ibikoresho bya makeup […]
McGregor wabaye indwanyi ya mbere ku Isi muri MMA yaretse gushaka kuba perezida

Uwahoze ari champion mu mukino njyarugamba wa MMA (Mixed Martial Arts), Conor McGregor, yatangaje ku wa Mbere ko atakibaye umukandida mu matora ya perezida ateganyijwe muri Irlande ku itariki ya 24 Ukwakira. Mu ntangiriro z’uku kwezi, McGregor yavuze ko aziyamamariza umwanya wa perezida, avuga ko “igihe cy’impinduka nyazo kigeze,” kandi yiyemeza kutazashyira umukono ku mushinga […]
RDC: Abarwanyi ba M23 bafashe indi midugudu 2 muri Masisi

Imidugudu ya Ndurumo na Kinyaongo, iherereye muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, muri Sheferi ya Bashali, no muri Gurupoma ya Bapfuna, mu Murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, yafashwe n’ingabo za AFC / M23 kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, nyuma yo kurwana na Wazalendo. I Ndurumo, hafi ya Lukweti, imirwano […]
Ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi bishobora kwiyongera

Leta y’u Rwanda yatangaje ko hari gukora ivugururwa ryerekeye ibiciro by’amashanyarazi, ku buryo rizasiga hashyizweho ibishya bigomba gusimbura ibyari bisanzweho kuva muri 2020. Iby’aya mavugururwa byamenyeshejwe inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ejo ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame. Umwanzuro wa gatatu w’ibyemezo by’iyi nama, uvuga ko nyuma […]
U Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi bashya i Cabo Delgado

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, rwohereje abasirikare n’abapolsi bashya i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bagiye mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba. Aba basirikare n’abapolisi bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri iriya ntara. Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Kigali babanje gusezerwaho n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. […]
DCG Ujeneza yatangije inama igenzura ubushobozi bw’ibikoresho bw’inzego zoherezwa mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, yatangije ku mugaragaro inama y’iminsi itatu igenzura ubushobozi mu rwego rw’ibikoresho n’amahugurwa bihabwa Polisi n’Ingabo boherezwa mu butumwa bw’amahoro. Inama yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Ni inama iba mu […]
Umusesenguzi Rabin yashimuswe n’ubutasi bw’u Burundi

Umunyamakuru n’umusesenguzi w’Umurundi wabaga mu Rwanda nk’impunzi, Niyukuri Dieudonne wari uzwi ku izina rya Rabin, akaba yarakoranye n’ibinyamakuru bitandukanye hano mu Rwanda, birimo nka Bwiza News, biravugwa ko yashimuswe n’inzego z’umutekano z’u Burundi. Hari hashize iminsi atavugana na bagenzi be bo mu Rwanda, ariko mu gukomeza kubaririza biza kumenyekana ko yashimuswe kuri ubu ari ku […]
Umukinnyi wa APR FC yatowe nk’umukinnyi wa CECAFA Kagame Cup

Umunya-Burkina Faso Memel Raouf Dao ukinira ikipe ya APR FC, ni we watowe nk’umukinnyi mwiza wa CECAFA Kagame Cup yakinirwaga mu gihugu cya Tanzania. Iri rushanwa ryegukanywe n’ikipe ya Singida Black Stars yatsinze Al Hilal ibitego 2-1 bya Clatous Chama waje kurusha abandi bose gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa. APR FC yatwaye umudari wa […]
FBI yerekanye urwandiko ruteye ubwoba rwanditswe n’umurashi wishe Krik

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (FBI) rwatangaje ko rufite ibimenyetso bikomeye bihamya ko Tyler Robinson, w’imyaka 22, ari we wivuganye umunyapolitiki Charlie Kirk mu birori byabereye kuri Utah Valley University. Umuyobozi wa FBI, Kash Patel yavuze kuri uyu wa Mbere ko ADN (DNA) yabonetse ku isume yari ipfunyitse imbunda yasanzwe mu gace Robinson […]
Zambia: Abapfumu 2 bakatiwe bazira kugerageza kuroga perezida

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, urukiko muri Zambia rwakatiye abaganga gakondo babiri b’abapfumu kubera kugerageza kuroga Perezida w’iki gihugu, Hakainde Hichilema. Leonard Phiri w’imyaka 43 wo muri Zambia na Jasten Mabulesse Candunde w’imyaka 42 ukomoka muri Mozambique, bahamwe n’icyaha cyo gutunga ibintu bitandukanye bikoreshwa mu kuroga birimo uruvu ruzima, cyangwa umuserebanya w’amabara, kandi […]
Singida yegukanye CECAFA mbere yo kwesurana na Rayon Sports

Ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yegukanye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryaberaga i Dar Es Salaam, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman yo muri Sudani ibitego 2-1. Ibitego bibiri byombi byatsinzwe n’umunya-Zambia Clatous Chota Chama, ni byo byafashije Singida kwegukana bwa mbere mu mateka igikombe cya ririya rushanwa. […]
Masisi: M23 yafashe bwa mbere Umudugudu wa Ronga nyuma y’imirwano ikaze

Umudugudu wa Ronga, uherereye mu gace ka Hembe, muri Sheferi ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, wafashwe ku nshuro ya mbere n’abarwanyi ba AFC/M23 nyuma y’imirwano ikaze na Wazalendo/FARDC umunsi wose wo ku Cyumweru, itariki 14 Nzeri 2025. Amakuru agera ku rubuga Kivu Morning Post aturuka muri ako gace, avuga ko mu […]