Amerika yahagaritse gutanga Viza ku Barundi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Kanama, zatangaje ko zamaze guhagarika by’agateganyo gutanga viza ku benegihugu b’u Burundi. Amerika yabitangaje biciye muri Ambasade yayo i Bujumbura. Itangazo iyi Ambasade yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, rivuga ko kiriya cyemezo cyafashwe bitewe n’uko Abarundi bari bamaze igihe bica amategeko ajyanye […]
Gako: Ba ofisiye 81 ba RDF bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya 2 cya kaminuza

Kuri uyu wa Mbere, itariki 4 Kanama 2025, Abasirikare bakuru 81 mu Gisirikare cy’u Rwanda, bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya 2 cya Kaminuza (A0) mu bijyanye n’ubuvuzi rusange no kubaga, Ubumenyi Rusange n’ubwa Gisirikare mu masomo baherewe mu Ishuri Rikuru rya Gusirikare rya Gako mu Karere ka Bugesera. Ni gahunda yateguwe ku bufatanye bw’Ishuri Rikuru rya […]
Reagan icyaha nikimuhama azahanwa: Ruvuyanga wa Radiyo Rwanda

Radiyo Rwanda biciye mu banyamakuru bayo bakora ikiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ bwa mbere yemeje ko umunyamakuru Rugaju Reagan uri mu bagikoraga afunzwe n’ubutabera bwa gisirikare akekwaho amakosa afitanye isano n’amafaranga ya APR FC yanyerejwe mu mwaka ushize w’imikino. Rugaju watawe muri yombi ku wa Kane w’icyumweru gishize, ari mu bantu bafunzwe bakekwaho kuba bafite aho […]
Kayonza: Idini ry’Abadakatahasi ribuza abagore kurarana n’abagabo babo

Mu karere ka Kayonza, mu murenge wa Kabare, haravugwa itsinda ry’abantu biyomoye ku idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, bishyize hamwe mu myemerere bise Abadakatahasi, ikomeje gutera urujijo n’impaka mu baturage ndetse no mu miryango yabo. Abayoboke b’iri tsinda bafite imyemerere itandukanye n’iya benshi, harimo no kwirinda kurarana n’abo bashakanye igihe batari mu myizerere imwe, ndetse […]
Tshisekedi yatangije ubukangurambaga bwo kumenyakanisha Jenoside yo muri Congo

Ku munsi wa kabiri w’Umunsi wahariwe kwibuka icyo bita Jenoside yakorewe Abanyekongo (Génocost), Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangije, kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 2 Kanama, ubukangurambaga bukomeye bwa dipolomasi na politiki bugamije gutuma Umuryango Mpuzamahanga wemera ku mugaragaro jenoside yakorewe Abanyekongo. Imbere y’abategetsi, abadipolomate, n’abahagarariye sosiyete sivile, Perezida […]
Umuhanuzi wavuze ko isi izarangira muri uku kwezi, yabyigaramye

Umuhanuzi David Owuor hamwe n’itorero rye Ministry of Repentance and Holiness, bahakanye ibivugwa ko yahanuye ko isi izarangira ku wa Gatandatu, tariki ya 2 Kanama 2025. Mu itangazo rikakaye ryashyizweho umukono n’Umwepiskopi Mukuru Michael Nieswand ku wa 1 Kanama 2025, itorero ryamaganye ayo makuru riyita ibinyoma bidafite ishingiro kandi bigamije kwangiza izina ry’umuhanuzi n’itorero. Bavuze […]
Ingabo z’Ubushinwa n’Uburusiya ziri kwitozanya

Ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, Ubushinwa n’Uburusiya batangije ku mugaragaro icyiciro cy’ibikorwa byo mu mazi by’imyitozo ya gisirikare bise Joint Sea-2025, bikaba biri kubera hafi y’Umujyi wa Vladivostok mu Burusiya. Amato ya gisirikare y’impande zombi yavuye ku cyambu cya gisirikare mu gitondo kare, harimo ubwato butabara impanuka bwa Xihu bw’Abashinwa n’ubwa Igor Belousov […]
Ibihugu 10 bya mbere bifite indege z’indwanyi nyinshi

Kugira ngo dusobanukirwe ubushobozi bw’indege za gisirikare ku Isi, ni ngombwa kumenya ubwinshi bw’indege z’intambara igihugu gifite. Ibyo byose byerekana mu buryo butaziguye ubushobozi bwo kwirwanaho n’imbaraga zacyo ku rwego rw’Isi. Indege z’indwanyi (Fighter Jets) ni urutirigongo rw’uburyo bugezweho bw’ubwirinzi bwo mu kirere. Kugira ngo umenye byinshi, dore ibihugu icumi bya mbere bitunze indege z’indwanyi […]
Protais Zigiranyirazo yapfiriye muri Niger

Protais Zigiranyirazo wahoze ari Perefe wa Ruhengeri ku butegetsi bwa Juvénal Habyarimana ndetse akamenyekana nk’umwe mu bagize ‘Akazu’ kashinjwaga gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye ku wa 3 Kanama 2025 i Niamey muri Niger. Urupfu rwe rwemejwe n’umuhungu we, Antoine Mukiza Zigiranyirazo, mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Kanama. Zigiranyirazo yari musaza wa […]
Indagu za Bacca ku ikipe abona izatwara ‘Super Cup’ hagati ya Rayon Sports na APR FC

Kwitonda Alain ‘Bacca’ wahoze akinira APR FC, yatangaje ko abona iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ari yo izegukana igikombe cya Super Cup 2025 izahatanamo na Rayon Sports. Uyu musore yabitangaje nyuma y’umukino wa gicuti Police FC asigaye akinira yatsinzemo APR FC ibitego 2-1, mu mukino wa gicuti wabaye ejo ku Cyumweru. Bacca ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ikipe […]
Gen. Muhoozi yahaye imbabazi Gen. Tinyefuza

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko yamaze kwiyunga na Gen. (Rtd) David Sejusa Tinyefuza yakunze gushinja ubugambanyi. Gen. Muhoozi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko yamaze kubabarira uriya Jenerali wigeze kuba umukuru w’ubutasi bwa Uganda ndetse ko azahura na we mu byumweru […]
Yemen: Abimukira hafi 70 b’Abanyafurika bapfuye abandi baburirwa irengero

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abimukira (IOM) uvuga ko imirambo y’abimukira barenga 50 yakuwe ku nkombe z’inyanja mu majyepfo ya Yemeni mu gihe abayobozi bakomeje gushakisha abarokotse nyuma y’uko ubwato bwari bubatwaye burohamye. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko abantu 68 bapfuyemu gihe abandi barenga 70 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abimukira burohamye ku nkombe za […]
Mama Mukura yapfuye

Mukanemeye Madeleine wamenyekanye cyane ku izina rya Mama Mukura, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Kanama 2025, azize uburwayi, aho yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya CHUB i Butare. Uyu mukecuru yapfuye afite imyaka 103. Yamenyekanye nk’umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports ndetse n’Amavubi, yavutse mu 1922 mu Karere […]
CHAN: Abafana binjiye muri Stade ya Kasarani ku ngufu mu mukino uhuza Kenya na DRC

Kuri iki Cyumweru nyuma ya saa sita habaye kwinjira ku ngufu nyuma y’uko abafana barushije ingufu abashinzwe umutekano maze binjira muri Stade Kasarani ahabereye umukino uhuza Kenya na DRC mu Gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu gihugu. Abakunzi b’umupira w’amaguru bari bateraniye kureba umukino wa CHAN wari utegerejwe cyane uhuza Harambee Stars ya Kenya na […]
Ukraine iravugwaho gutwika ububiko bwa petelori mu Burusiya

Inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ibikomoka kuri peteroli hafi y’aho baruhukira muri Sochi abategetsi b’u Burusiya batangaje ko ari igitero cy’indege zitagira abapilote za Ukraine. Ikibuga cy’indege cya Sochi cyegereye aho hantu cyahagaritse ingendo nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga. Guverineri w’Akarere ka Krasnodar, Veniamin Kondratyev, kuri Telegram yavuze ko ibisigazwa bya drone byaguye ku kigega […]
Ambasaderi wa RDC i Burundi mu mazi abira

Amayobera ku ikibazo cya Willy Mulumba, Ambasaderi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu Burundi, arimo kwiyongera, aho uyu mudipolomate yahamagajwe i Kinshasa, kugira ngo asobanure amakenga ku bufatanye hagati y’abakozi bamwe ba ambasade na AFC (Alliance Fleuve Congo), umutwe wa politiki na gisirikare ubu ugenzura igice kinini mu burasirazuba. Abayobozi babiri muri Ambasade […]
Komanda: MONUSCO yavuzweho kugira uruhare mu bwicanyi buherutse guhitana hafi 50

Nyuma y’igitero simusiga giherutse kugabwa na ADF ahitwa i Komanda, videwo ishinja MONUSCO kuba yaragize uruhare muri ubwo bwicanyi yahise ikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, itera urujijo n’impungenge mu baturage. Umuyobozi w’umusirikare wa Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri, Colonel Siro Nsimba Bunga Jean, yamaganye ibi birego avuga ko bidafite ishingiro, ahakana yivuye inyuma uruhare […]
Pologne izaba irusha ibifaru France, UK, Italy n’u Budage bifatanyije mu 2030

Pologne irateganya kuzaba itunze ibifaru by’intambara byinshi kurusha u Bwongereza, u Budage, u Bufaransa n’u Butaliyani byose hamwe mu 2030 nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yo kugura ibindi bifaru 180 bya Koreya y’Epfo, K2. Aya masezerano afite agaciro ka miliyari zisaga 6 z’amayero, ni yo ntambwe iheruka yo kwagura igisirikare cya Pologne, bitewe ahanini […]
Abarundi basaga 400 bafungiwe muri Tanzania baratabarizwa

Umuyobozi w’umuryango uharanira kurwanya icuruzwa ry’abantu (ONLCT), Me Prime Mbarubukeye, yasabye Leta y’u Burundi gukora ibishoboka byose igacyura urubyiruko rw’Abarundi 476 bafungiye muri Tanzaniya mu buryo budakurikije amategeko kandi bubabaje. Uyu munyamategeko yavuze ko hari urubyiruko rugera kuri 700 rwagizwe imbohe n’ ibihugu bya Tanzania na Kenya abo bantu bakaba bafunzwe ku buryo budakurikije amategeko, kandi […]
Kivu y’Amajyepfo: M23 yongeye gucakirana na Wazalendo mu mirwano ikaze

Ku wa Gatandatu tariki ya 2 Kanama, imirwano yongeye kubura hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zifasha mu ntambara na Guverinoma ya Congo Kinshasa. Imirwano y’impande zombi yabereye mu mudugudu wa Kamakombe, muri Teritwari ya Kabare ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko mu masaha y’urukerera ari bwo urusaku rw’amasasu […]
Umutoza wa Congo yashinjije Kenya kubaneka

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo) yashinjije ikipe ya Kenya, izwi nka Harambee Stars, ibikorwa byo gutata amakuru y’ikipe ye mbere y’umukino wa mbere wa African Nations Championship (CHAN) 2024. Mu kiganiro n’abanyamakuru mbere y’uko iri rushanwa ritangira, uyu mutoza yavuze ko hari ibimenyetso bimwereka ko hari abantu bashyizweho n’abanya-Kenya […]
Perezida Kagame yakiriye ba Musenyeri barimo Cardinal Ambongo wa Kinshasa

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Kanama, yakiriye muri Village Urugwiro ba Musenyeri bagize Ihuriro ry’Inama y’Abepisikopi muri Afurika na Madagascar (SECAM). Aba bashumba barimo uwa Diyosezi Gatolika ya Kinshasa, Cardinal Flidorin Ambongo ari na we uyobora ririya huriro, bari i Kigali aho bitabiriye inama ya SECAM iri kubera mu Rwanda […]
Hamenyekanye aho Matata Ponyo wari waraburiwe irengero aherereye

Ishyaka Leadership et Gouvernance pour le Développement (LGD) rya Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ari mu buhungiro nyuma y’amezi abiri yaraburiwe irengero. Matata Ponyo Mapon wabaye Minisitiri wa RDC hagati ya 2012 na 2016, yaburiwe irengero muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’amasaha make Urukiko Rushinzwe kurinda […]
Uwahoze ari Perezida wa Colombia yakatiwe gufungwa imyaka 12

Uwahoze ari Perezida wa Colombia, Álvaro Uribe yakatiwe igifungo cy’imyaka 12 akagikorera iwe mu rugo, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kuyobya ubutabera no guha ruswa abatangabuhamya. Urukiko rwa Bogotá, ruyobowe na Perezida w’urukiko Sandra Heredia rwaciye uru rubanza ku wa Gatanu, nyuma y’iminsi ine Uribe ahamijwe icyaha. Uribe w’imyaka 73 yayoboye Colombia kuva mu 2002 […]
Miss Keza Maolithia yambitswe impeta

Miss Keza Maolithia wegukanye ikamba ry’Igisonga cya mbere muri Miss Rwanda 2022, yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Cedric Rutazigwa, uzwi cyane mu bijyanye n’imyitozo ngororamubiri. Ni inkuru yamenyekanye binyuze ku mbuga nkoranyambaga za Keza, aho yashyizeho amafoto y’iki gikorwa cy’imbonekarimwe agaragaza ko yamaze kwemera ubusabe bw’uyu musore, akamwemerera gutangira urugendo rwo kubana nk’umugore n’umugabo. Yagize […]
Hamuritswe igikombe gishya cya CHAN

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yagaragaje igikombe gishya kizajya gihatanirwa mu irushanwa rya CHAN, rihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo. Ni igikombe cyamuritswe ku wa 1 Kanama 2025, cyerekanywe n’abahoze ari ibyamamare muri ruhago nyafurika barimo Victor Wanyama (Kenya), Denis Onyango (Uganda) na Mrisho Ngasa (Tanzania). Iki gikombe gikoze muri zahabu n’ifeza, gifite […]
Umwuka w’intambara ukomeje gututumba hagati ya Amerika n’u Burusiya

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yamaze gutegeka ko amato abiri akoreshwa n’ingufu za nucléaire agendera munsi y’inyanja ashyirwa “ahantu hakwiye”, mu rwego rwo gusubiza “ku magambo y’ubushotoranyi” ya Dmitry Medvedev wahoze ari Perezida w’u Burusiya. Trump yavuze ko yahisemo gusubiza, “mu gihe ariya magambo y’ubupfapfa no gutwika yaba arenze […]
Achraf Hakimi arashinjwa gufata ku ngufu

Mu Bufaransa, abashinjacyaha basabye ko umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), Achraf Hakimi agezwa imbere y’urukiko ashinjwa icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w’imyaka 24, mu mwaka wa 2023. Ibi byatangajwe n’ibiro by’ubushinjacyaha bya Nanterre ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025, aho byemeje ko dosiye y’iki kirego yashyikirijwe umucamanza ukora iperereza kugira ngo […]
U Rwanda na RDC byateye intambwe iganisha ku gufatanya mu by’ubukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku nyandiko y’amahame y’imikorere ku kwishyira hamwe k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi biheruka gusinyana. Inyandiko y’ariya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe […]
Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri mu Rwanda yapfuye

Protais Mitali wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda irimo kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Mitali yaguye mu Bubiligi aho yari amaze imyaka 10 yarahungiye. Protais Mitali yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo kugeza muri 2014, ubwo yahindurirwaga imirimo akagirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia. Usibye […]
Gen Mutayomba yahunze Masisi yerekera mu mashyamba nyuma y’umuriro wa M23

Amakuru ava muri Teritwari ya Masisi avuga ko nyuma y’imirwano itari yoroshye mu gice cya Gatoyi , Gasenyi,ku Mahema,Luke,Gatobotobo,Bukinanyana,Showana na Walikale muri gurupoma ya Nyamaboko ya mbere niya kabiri, byaje kurangira M23 irushije agatuza, Ihuriro rya FARDC ryari riyobowe na Gen Mutayomba rirahunga ryerekera muri Ufamando ya 1 hagana mu mashyamba ya Walikale. Amakuru dukura […]
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye yivuye inyuma ibirego bya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko yamaganye yivuye inyuma ibirego bidafite ishingiro Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Vital Kamerhe yashyize ku Rwanda, ubwo yari i Genève mu Busuwisi. Ku wa 30 Nyakanga ubwo Kamerhe yari mu nama ya gatandatu ihuza ba Perezida b’Inteko Zishinga Amategeko ku Isi, yikomye u Rwanda, agaragaza ko igihugu […]
Green Party yifatanyije n’abanya-Gatsibo kwizihiza Umuganura

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, kuri uyu munsi w’umuganura ryakomereje ibikorwa byaryo rimaze igihe ryarasubukuye mu karere ka Gatsibo; aho ryakoreye inama rikanaha amahugurwa abarwanashyaka baryo. Aha i Gatsibo hanatorewe inzego z’ishyaka, zirimo Komite y’ishyaka ku rwego rw’akarere, iy’urubyiruko ndetse n’iy’abagore. Umuyobozi wa Green Party, Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu […]
Umugaba Wungirije wa RAF yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere (RAF), Brig. Gen. Godfrey Gasana, ari gusura Ingabo z’u Rwanda zishinzwe kubungabunga amahoro zoherejwe muri Sudani y’Epfo kuva kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 31 Nyakanga kugeza ku itariki ya 2 Kanama 2025. Kuri uyu wa Kane, yasuye Umutwe urwanisha Indege w’u Rwanda (Rwanda Aviation […]
RDC: Herekanwe videos zishingirwaho bashinja ibyaha Kabila

Mu iburanisha mu ruhame ku wa Kane, itariki ya 31 Nyakanga, mu rubanza rwa Joseph Kabila, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwerekanye amashusho menshi ashinja uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Kongo, ukurikiranweho ibyaha byinshi. Muri ayo mashusho harimo ikiganiro uregwa yakoreye muri Afurika y’Epfo na Thabo Mbeki, wahoze ari perezida, ijambo rye yavuze ageze i Goma, […]
Umunyamakuru Ishimwe Ricard na we yafunzwe

Umunyamakuru Ishimwe Ricard ‘Umutasi’ ukorera Radiyo ya SK FM, yiyongereye ku bantu bafunzwe bazira amafaranga batanzweho ubwo bajyaga kureba umukino wa APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri. Ishimwe Ricard yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga. Umuyobozi wa SK FM, Sam Karenzi yatangaje ko ejo ku wa Kane […]
Intumwa zavuye mu Gisirikare cya Sri Lanka zaje kwigira byinshi ku mikorere ya RDF

Itsinda ry’abasirikare bakuru, barimo abanyeshuri 18 n’abarimu bo mu ishuri rya gisirikare rya Sri Lanka Command and Staff College (DSCSC), riyobowe na Commodore (Brig Gen) Narinda Dissanayeke, kuri uyu wa Kane, itariki 31 Nyakanga, basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura. Izi ntumwa ziri mu Rwanda mu rugendoshuri kuva ku itariki ya 28 […]
Mugisha Bonheur yaguzwe miliyoni 600 Frw

Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga agiye gukinira Al Masry yo mu Misiri nyuma yo kuva muri Stade Tunisien yo muri Tunisia. Iyi kipe yamutanzeho akayabo ka $450,000 arenga miliyoni 600 FRW. Bonheur ari mu bakinnyi bakomeye b’Abanyarwanda bakinira hagati mu kibuga. Mu mwaka ushize, yatsinze ibitego bitanu muri shampiyona ya Tunisia ndetse aherutse no […]
Togo: Umufaransa afunzwe ashinjwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu

Umufaransa, Steeve Rouyar, amaze amezi hafi abiri afungiwe muri Togo. Imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko iyi mpuguke mu icungamari w’imyaka 44 aregwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, nyuma yo gutabwa muri yombi mu myigaragambyo yahungabanije igihugu mu ntangiriro za Kamena igahitana byibuze abantu barindwi. Uyu yari yabanje kugaragara kuri Televiziyo Guadeloupe La1ère ku itariki 17 […]
AFC/M23 igiye gushyiraho inzego zayo z’ubutabera

Umutwe wa AFC/M23 ugiye gushyira mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura inzego nshya z’ubutabera zibangikanye n’iza Leta y’i Kinshasa. Muri iki cyumweru abayobozi ba ririya huriro barimo Corneille Nangaa, Gen. Sultani Makenga, Bertrand Bisimwa na Gen. Bernard Byamungu bahuriye mu nama yari igamije gusuzuma ibyo raporo ya Komisiyo yashyizweho […]
AFC-M23 yataye muri yombi umuyobozi wa kaminuza ya ISTGA-GOMA n’ umunyeshuri we

Ku munsi w’ ejo kuwa Kane tariki ya 31 Nyakanga 2025, ubuyobozi bwa AFC-M23 mu mujyi wa Goma bwataye muri yombi Blaise Wambana, umuyobozi wa porogaramu (chef de section) mu Ishuri Rikuru ryigisha Imiyoborere n’Ubucuruzi rya ISTGA (Institut Supérieur de Techniques de Gestion des Affaires), hamwe n’umunyeshuri we witwa Sanvura Mukandama, wiga mu mwaka wa […]
Kenya yiteguye kwishyura TZ ku cyemezo yafatiye abarimo Abanyarwanda

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ishoramari, ubucuruzi n’inganda muri Kenya, Lee Kinyanjui, yatanze umuburo avuga ko igihugu cye gishobora kwihorera ku cyemezo cya Tanzaniya cyo kubuza abanyamahanga gukorera imishinga mito no gutangira serivisi zimwe na zimwe ku butaka bwa yo. Kenya irahamagarira Tanzaniya guhindura itegeko ribuza abatari Abanya-Tanzaniya gukora ibikorwa muri serivisi zigera kuri 15, harimo […]
Akanama gahuriweho n’u Rwanda na DRC katangiye ibiganiro

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo byatangije ku mugaragaro inama ya mbere y’akanama gahuriweho n’impande zombi gashinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington mu kwezi gushize. Iyi nama yabaye ku munsi w’ ejo ku wa Kane i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. , ikaba ari intambwe ya mbere […]
Twirwaneho yafashe mpiri abasirikare benshi b’u Burundi

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uri mu yigize Ihuriro Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko wafashe mpiri abasirikare benshi barimo abo mu ngabo za kiriya gihugu n’u Burundi. Twirwaneho mu itangazo yasohoye ku wa 30 Nyakanga, yavuze ko bariya basirikare yabafatiye mu mirwano mu bihe […]
Umwana wa Mike Karangwa yapfuye

Umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bazwi cyane mu Rwanda, Mike Karangwa ari mu kababaro nyuma yo gupfusha umwana w’ubuheta. Uyu mwana w’umuhungu yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa 31 Nyakanga 2025, azize uburwayi yari amaranye iminsi. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’itangazamakuru, Mike Karangwa yatangaje ko umwana yari amaze igihe arwaye, akaba yitabye Imana afite umwaka […]
Burundi : Abadepite basabwe kwiga icyongereza

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, Gelase Daniel Ndabirabe, yasabiye abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kwiga Icyongereza, kugira ngo bazajye babasha gusobanukirwa ibyavugiwe mu nama mpuzamahanga bazajya bitabira. Ndabirabe yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kongera gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko mu myaka itanu iri imbere n’amajwi […]
AFC/M23 yatanze imbohe z’abasirikari b’u Burundi yafatiye mu mirwano

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryarekuye abasirikare b’u Burundi ryari ryarafatiye mu mirwano yabereye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), bakaba ubu baragejejwe mu miryango yabo. Ni nyuma y’ uko aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batakambiye imiryango mpuzamahanga kubafasha gutaha kuko Leta […]
Abayobozi bo mu karere k’ Afurika bageze i Nairobi mu biganiro by’amahoro

Kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Nyakanga 2025, abayobozi batandukanye bo mu bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’ iyamajyepfo batangiye kugera i Nairobi muri Kenya, aho bitegura inama ikomeye ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Afurika y’Amajyepfo (SADC), izaba ejo kuwa Gatanu tariki ya 1 Kanama uyu mwaka. Ni inama izayoborwa ku […]
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi mushya wa Banki Nyafurika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Tah Sidiould , Perezida mushya wa Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB) uri mu ruzinduko mu Rwanda. Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye bukomeye hagati y’u Rwanda na Banki Nyafurika y’Iterambere, ndetse n’ejo hazaza h’ubwo bufatanye mu gihe Dr. Tah yitegura gutangira imirimo ye […]
FARDC yategetse ingabo zayo kudatera M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyahaye ingabo zacyo n’abazifasha ku rugamba amabwiriza yo kutagaba ibitero ku mutwe wa AFC/M23. Ni amabwiriza ubuyobozi bw’akarere ka gatatu ka gisirikare k’ingabo za RDC katanze ku wa 25 Nyakanga 2025, akaba ajyanye n’ibiganiro bya Doha Kinshasa na AFC/M23 bamaze igihe bagirana. Umuyobozi wa kariya karere ka gisirikare, […]
RDC yambuye ubudahangarwa umudipolomate wa yo ufunzwe na Bulgaria

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibinyujije muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yamaganye kuri uyu wa Kane, itariki ya 31 Nyakanga 2025, ibikorwa by’umudipolomate w’Umunyekongo wafatiwe muri Bulgaria aregwa gutwara ibiyobyabwenge byinshi. Minisiteri mu itangazo yashyize ahagaragara, yatangaje ingamba nyinshi zirimo guhamagaza burundu uwo bireba ndetse no kumwambura ubudahangarwa yari afite nk’umudipolomate, […]
RURA yihanangirije MTN inayifatira ibihano

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwihanangirije Sosiyete y’Itumanaho ya MTN runayifatira ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi, kubera ibibazo bimaze iminsi bigaragara muri serivisi zayo. Abakoresha umurongo wa MTN bamaze iminsi bagaragaza ko babangamiwe n’ibibazo bamaze iminsi bahura na byo, birimo ibijyanye na serivisi zo guhamagara, ubutumwa bugufi na Mobile Money. Iyi Sosiyete mu butumwa yanyujije […]
UNJHRO irashinja M23 kwica abahinzi 169 ibita FDLR

Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), washinje umutwe wa M23 kuba muri uku kwezi kwa Nyakanga warishe abaturage b’abahinzi 169 bo muri Teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Raporo ya biriya biro ivuga ko ibikorwa M23 yiciyemo bariya baturage byatangiye ku wa 9 Nyakanga 2025. Ivuga kandi ko […]
RIB yafunze umunyamakuru wiyitaga umwunganizi mu mategeko

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umunyamakuru ukurikiranyweho kwiyitirira umwuga w’ubwavoka no kwaka amafaranga umugore w’umugabo ufunzwe, amwizeza ko azamwunganira mu rukiko. Uyu munyamakuru, nyuma yo kwakira ayo mafaranga, yaje guhamagara kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro, avuga ko aje kunganira uwo yise umukiliya we. Nyuma yaje no kugerageza kwivanga mu iburanisha, ariko […]
Niba utekereza ko impunzi zizahera ishyanga ukureyo amaso: Faustin Ndikumana

Umuhanga mu by’ubukungu akaba n’umuyobozi w’ihuriro PARCEM (Parole et Action pour le Réveil des Consciences et l’Évolution des Mentalités), ritavuga rumwe na leta y’ u Burundi Faustin Ndikumana yatangaje ko nta mpunzi n’imwe Imana yemera ko ihera mu mahangaburundu. Mu bitekerezo yagejeje ku baturage b’ u Burundi, Ndikumana yagaragaje zimwe mu nkingi zikomeye z’icyerekezo cy’u […]
Abarimo umunyamakuru Rugaju Reagan baba bafunzwe

Abantu batatu barimo umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), biravugwa ko bafunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya APR FC. Amakuru aravuga ko Rugaju Reagan yatawe muri yombi hamwe na Kalisa Georgine wahoze ashinzwe umutungo muri APR FC cyo kimwe na Mugisha Frank ‘Jangwani’ usanzwe ari umuvugizi w’abafana ba APR FC. Uko ari batatu […]
Angola: Abantu 22 bamaze kwicirwa mu myigaragambyo

Kuri uyu wa Gatatu, Guverinoma ya Angola yavuze ko umubare w’abaguye mu myigaragambyo yaranzwe n’urugomo yamaganaga izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli wazamutse ugera kuri 22 ugereranyije n’umunsi wabanje aho bari bane. Imyigaragambyo yadutse kuri uyu wa Mbere ushize, ubwo amashyirahamwe ya tagisi minibus yatangizaga imyigaragambyo y’iminsi itatu yo kwamagana icyemezo cya guverinoma cyo kongera igiciro cya […]
Sud-Kivu: Inkongi y’ umuriro yibasiye ikigo cy’ imyuga cya Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 31 Nyakanga 2025, inkongi ikomeye y’umuriro yafashe Ikigo cyigisha imyuga cya CAPA , giherereye ku muhanda w’ icyanya cy’ inganda mu mujyi wa Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Uwo muriro watwitse inyubako zose zigize icyo kigo cya (Centre d’Apprentissage Professionnel et Artisanal), kandi impamvu nyakuri […]
Bunia: Abantu 3 bishwe barashwe 14 barimo umusirikare barakomereka

Abantu batatu bapfuye abandi 14 barakomereka barimo umusirikare wa FARDC, mu irasa ryo ku mugoroba wo ku wa Gatatu, itariki ya 30 Nyakanga, mu kabari ko mu gace ka Yambi Yaya mu Mujyi wa Bunia. Umuyobozi mukuru wa Polisi mu mujyi, Abel Mwang, yagize ati: “Iperereza ryakozwe aho hantu ryerekana ko ipikipiki yari itwaye abasivili […]
Uganda: Bobi Wine avuga ko iterabwoba rimukorerwa ryiyongereye

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yatangaje ko iterabwoba, n’ihohoterwa bimukorerwa bikomeje kwiyongera ku buzima bwe no ku bandi banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Perezida Yoweri Museveni, cyane cyane uko amatora ya Perezida ateganijwe muri 2026 agenda yegereza. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru rya […]