Lourenço yashimangiye ko FDLR ari izingiro ry’umutekano muke wo muri RDC

56172hr

Perezida João Lourenço wa Angola, yatangaje ko yizeye ko irandura “ry’ibyago by’ubuzima bikomeje kubangamira RDC n’u Rwanda” rizafungura inzira igana ku mahoro akomeye kandi arambye mu karere k’ibiyaga bigari. Lourenço yabigarutseho mu ijambo aheruka kugeza ku banya-Angola abagaragariza uko igihugu cyabo cyifashe muri iki gihe. Muri iri jambo yavuze ku wa Gatatu tariki ya 15 […]

Zelenskyy wari witeze missile za Tomahawk yavuye kwa Trump imbokoboko

gettyimages 2201830848

Perezida Volodymir Zelenskyy wa Ukraine yavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika imbokoboko, mu gihe yari yiteze ko zimuha missile karundura zo mu bwoko bwa Tomahawk zo kumufasha kurasa u Burusiya. Zelenskyy yari muri White House aho yakiriwe akanagirana ibiganiro na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Perezida wa Ukraine yatangaje […]

FIFA yahannye Rayon Sports

WhatsApp Image 2025 05 16 at 14.08.47 a72f5189

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ryamaze gushyiraho ibihano bikomeye kuri Rayon Sports FC nyuma yo kunanirwa kubahiriza icyemezo cyafashwe n’uru rwego mu rubanza rurebana n’umutoza wahoze atoza iyi kipe, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo Junior, uzwi nka Robertinho. Mu ibaruwa yoherejwe ku wa 9 Ukwakira 2025 n’ishami rya FIFA rishinzwe ibihano, rikorera i Miami […]

Perezida Bassirou Diomaye Faye ari mu ruzinduko mu Rwanda

20251017 194542

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yamaze kugera i Kigali, aho yatangiriye uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi itatu mu Rwanda. Perezida Faye wasuye u Rwanda ku nshuro ya mbere, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yakiriwe mu cyubahiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ari na we wamutumiye. Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu cya Sénégal […]

Uganda: Minisitiri yasabye ko abanyeshuri basoje kwiga bajya mu gisirikare imyaka 2

IMG 9528

Minisitiri w’Ubutabera n’Imicungire y’Itegeko Nshinga muri Uganda, Hon. Norbert Mao, yasabye ko buri munyeshuri urangije amashuri yisumbuye yakagombye kwinjira mu gisirikare cy’igihugu mu gihe cy’imyaka ibiri mbere yo gukomeza kaminuza. Mao yavuze ko ibi bikwiye gushyirwa mu mategeko nk’ingamba za Leta, kugira ngo buri Munya-uganda abe ari mu basirikare bazwi nk’“reserve force” bashobora kongera guhugurwa […]

Umukwabu wa M23 muri Nyiragongo wafatiwemo abatari bake

Arrestation Goma2

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bakoze umukwabu mushya muri Teritwari ya Nyiragongo iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru wasize bataye muri yombi abatari bake. Amakuru avuga ko uyu mukwabu wabereye mu mudugudu wa Ngangi 3, mu gace ka Munigi ho mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma. […]

Centrafrica: Uwashakaga kuba perezida yisanze nta bwenegihugu na bumwe afite

images 5 1

Mu kureka ubwenegihugu bw’u Bufaransa yabonye mu 1994, Anicet-Georges Dologuélé yizeraga ko ari kubahiriza ibiteganywa n’Itegeko Nshinga rya 2023. Ariko impaka zikomeje kugaragara. Mu cyumweru gishize, guverinoma yemeje ko yanze kumuha pasiporo ya Centrafrica ishingiye ku mategeko agenga ubwenegihugu yo mu 1961. Kuba yarabaye Umufaransa akuze, perezida w’ishyaka URCA yahise atakaza ubwenegihugu bwa Centrafrica kandi […]

Afurika y’Epfo yasabye imbabazi FIFA

bafana bafana 1200g

Minisitiri w’Urubyiruko, Siporo n’Ubugeni wa Afurika y’Epfo, Gayton McKenzie yandikiye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino ibaruwa isaba imbabazi ku makosa yakozwe mu mukino w’ikipe y’igihugu Bafana Bafana mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Iyi baruwa yasohotse ku wa 16 Ukwakira 2025, isobanura ko Afurika y’Epfo yambuwe amanota kubera gukinisha umukinnyi utari wemerewe […]

Havumbuwe umuti mushya urinda kwandura virusi itera SIDA

3e71fad0 ab3c 11f0 b2a1 6f537f66f9aa.jpg

Ku nshuro ya mbere, Ubwongereza na Wales byemeje gukoresha umuti mushya uterwa mu  urushinge uzwi nka Cabotegravir (CAB-LA), urinda umuntu kwandura virusi itera SIDA (HIV). Uyu muti uterwa inshuro esheshatu mu mwaka, ni ukuvuga rimwe mu mezi abiri, ukaba utanga amahirwe mashya kurusha ibinini bya buri munsi bizwi nka PrEP bisanzwe bifasha mu kwirinda kwandura. […]

Ba ofisiye 2 batatabaye abaturage mu bwicanyi bwo muri Kamanda birukanwe

IMG 20251017 WA0001

Ba ofisiye babiri, umwe wo mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’undi wo mu Gipolisi cy’Igihugu cya Congo (PNC), bahamijwe ibyaha n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri maze birukanwa mu gisirikare muri dosiye y’abasivili bagera kuri mirongo ine biciwe mu gitero muri centre ya Komanda, muri Teritwari ya Irumu. Imyanzuro y’urukiko, yatangajwe ku […]

Col. Randrianirina yarahiriye kuyobora Madagascar nyuma yo guhirika Perezida Rajoelina

20251017 111829

Colonel Michael Randrianirina, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 yarahiriye kuyobora Madagascar, nyuma yo guhirika ku butegetsi Andry Rajoelina wari umaze imyaka 16 ari Perezida w’iki gihugu. Randrianirina yarahijwe n’Urukiko Rukuru rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga. Uyu mugabo waherukaga gusaba abasirikare kutarasa abaturage barimo bigaragambiriza ubutegetsi bwa Rajoelina, nyuma yo kurahira yahise yambikwa umudali uzwi […]

Abafana bo muri Israel babujijwe kujya gufana ikipe yabo mu Bwongereza 

1760692371032

Abashinzwe umutekano n’ubuyobozi bwa Birmingham City bamenyesheje ko abafana b’ikipe ya Maccabi Tel Aviv batemerewe kujya kureba umukino uzahuza ikipe yabo na Aston Villa kubera impungenge z’umutekano. Uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Villa Park ku itariki ya 6 Ugushyingo 2025, ariko itsinda rishinzwe umutekano (Safety Advisory Group) ryasabye ko nta mufana w’iyi kipe yo muri […]

Museveni arateganya gukorera uruzinduko muri Iran

Irans minister of Foreigeeting at Munyonyo on Wednesday

Perezida Yoweri Museveni yongeye gushimangira ko Uganda yiyemeje kurushaho kunoza umubano n’igihugu cya Iran, hibandwa ku kwagura ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, ndetse yemera no kuzasura iki gihugu cyo mu Kigobe cya Perse mu minsi iri imbere. Museveni yasezeranyije ibi mu nama yagiranye n’intumwa zo mu rwego rwo hejuru za Iran ziyobowe na Minisitiri w’ububanyi […]

RIB yafunze abatekamutwe bibaga aba ‘Agent’ ba Mobile Money 

csm MOMO Agents 94dde5df53

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi itsinda ry’abantu batatu rikurikiranweho uburiganya bwo kwambura abakora serivisi za Mobile Money hakoreshejwe amayeri yo kwiyitirira ko bibwe telefoni kugira ngo basubizwe amafaranga bamaze kubikuriza ku ma agent. Abo bafashwe barimo Akimana Benjamin, umugore we Uwimbabazi Thacienne, ndetse na Niyonagize François. Bose bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe […]

Kivu y’Amajyepfo: Ingabo z’u Burundi zaba zirimo kwitegura gutera Twirwaneho muri Mikenge

Arrivee des premiers militaires burundais a laeroport de Goma chef lieu de la province du Nord Kivu a lest de la RDC. Ce site strategique a ete repris par les rebelles du M23 en janvier 2025

N’ubwo hasinywe amasezerano yo guhagarika imirwano hagati ya guverinoma ya congo n’umutwe w’inyeshyamba wa M23 ku itariki ya 14 Ukwakira i Doha, amakimbirane arakomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Imitwe y’Ingabo z’u Burundi (FDNB) ikomeje koherezwa mu turere twinshi twa Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane muri Teritwari za Fizi, Mwenga, na Uvira. Hashize […]

Ibiganiro ku guhana imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 bikomeje kuba imberenge

20251017 071224

Nyuma yo gusinyana amasezerano yo gushyiraho urwego rugomba gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, impande zombi zikomeje ibiganiro bikomeje kubera i Doha muri Qatar. Kuri iyi nshuro impande zombi ziri kuganira ku ngingo yo guhererekanya imfungwa, nyuma y’ukwezi kumwe zemeranyije gushyiraho urwego rushinzwe gukurikirana iriya gahunda. […]

Israel yivuganye Gen. Mohammed Abdulkarim al-Ghamari

20251017 062527

Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko cyishe Maj. Gen Mohammed Abdulkarim al-Ghamari wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa Houthi wo muri Yemen. IDF mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko yishe uriya mugabo mu bitero ingabo zayo zirwanira mu kirere zagabye ku bayobozi bakuru ba Houthi mu mpera za Kanama uyu mwaka. […]

John Bolton wabaye umujyanama wa Trump yajyanwe mu nkiko

White House Press Briefing 9A6A1982 1080x720 1

Ibitangazamakuru byo muri Amerika byatangaje ko John Bolton wahoze ari umujyanama mu by’umutekano w’igihugu w’ubuyobozi bwa Trump nyuma waje guhinduka umunenga, yashinjwe ibyaha kuri uyu wa Kane ushize. Bolton yashinjwaga kubika no kohereza amakuru y’ingabo z’igihugu ku bantu batabyemerewe. Inyandiko y’ibirego ivuga ko yasangije bene wabo impapuro zirenga 1.000 zerekeye ibikorwa bya leta. Bolton yabaye […]

Uvira: Imirwano hagati y’imitwe ya Wazalendo yiciwemo umuntu abandi barakomereka

Uvira carte

Umuntu umwe yatakaje ubuzima abandi batatu barakomereka mu mirwano yabereye ahantu habiri muri Teritwari ya Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, hagati y’imitwe ya Wazalendo. Raporo ya sosiyete sivile ivuga ko imirwano imwe muri iyo yabereye muri Gurupoma ya Runingu naho indi yabereye i Luvungi-Itara, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuwa Kane ushize iyariki 16 […]

Abapolisi 7 b’Abanyarwanda basoje amahugurwa mu Misiri

PXL 20251015 104217976

Abapolisi b’u Rwanda barindwi (7) bo ku rwego rwa ofisiye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira, basoje amahugurwa atandukanye yaberaga mu gihugu cya Misiri. Ni ibyiciro bine by’amahugurwa yaberaga mu Ishuri rikuru rya Polisi ya Misiri riherereye mu murwa mukuru Cairo mu gihe cy’ibyumweru umunani. Amahugurwa arebana n’Uburenganzira bwa Muntu n’imikoranire ya Polisi […]

Ngoma: Hapfundikiwe urubanza rw’ushinjwa kwica umuturanyi akanamwiba

csm Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa NGOMA c9e8049026

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma kuwa 13 Ukwakira rwaburanishije urubanza ruregwamo umugabo w’imyaka 46 y’amavuko ukurikiranweho kwica umuturanyi we amuteye icyuma mu ijosi nyuma akamwiba ndetse n’abandi babiri birengagije gutabara uwishwe.  Bivugwa ko icyaha akurikiranweho cyakozwe mu gitondo cyo ku itariki ya 14/11/2024, mu Mudugudu wa Akabungo, Akagali ka Rubago, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka […]

Sadate wifuzaga ko Abanye-Congo bajya basukura imisarane yo mu Rwanda yasabye imbabazi

20251016 63337

Umushoramari Munyakazi Sadate yasabye imbabazi, nyuma y’amagambo atakiriwe neza aheruka gutangaza ku baturage b’ibihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amagambo yatumye Sadate yotswa igitutu yayatangaje ku wa 12 Ukwakira, ubwo yaganirizaga urubyiruko rwari rwitabiriye Inteko Rusange y’Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, mu murenge wa Gatenga w’akarere ka Kicukiro. Yabwiye urubyiruko rwari […]

Umuhungu w’imyaka 17 ari gushakishwa nyuma yo gutera inda mushiki we w’imyaka 25

umugore 17

Umuhungu w’imyaka 17 ukomoka muri Zambia arashakishwa na polisi nyuma yo gusambanya no gutera inda mushiki we w’imyaka 25, ufite ubumuga bwo mu mutwe no ku mubiri. Umuyobozi w’igipolisi mu Ntara y’Amajyepfo, Auxensio Daka, yatangaje ko iki kibazo cyatangajwe n’umubyeyi w’abo bana, utuye mu kagari ka Maambo Masomba, mu murenge wa Hamaundu ho muri Zambia. […]

Kinshasa: Abajura bitwaje intwaro bahanganye n’abashinzwe umutekano muri banki

G3aOIttWQAAqyw3

Ahazwi nka Place Victoire, i Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane, itariki 16 Ukwakira, abajura bitwaje intwaro bafatiye bugwate abantu benshi muri banki yitwa Rawbank, babiba ubwoba mu gace kaba gahuze cyane biba ngombwa ko abashinzwe umutekano bagota ako gace kugirango basubize ibintu mu buryo. Ibi bikorwa […]

Perezida Kagame yafashe mu mugongo umuryango wa Raila Odinga n’abanya-Kenya

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo umuryango wa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya ndetse n’abaturage b’iki gihugu, nyuma y’urupfu rw’uriya mukambwe rwabaye ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira. Odinga wari ufite imyaka 80 y’amavuko yaguye i Mumbai mu Buhinde aho yari yagiye kwivuza uburwayi butaramenyekana. Perezida Paul Kagame abinyujije ku rubuga […]

Nairobi iragenda iba umurwa mukuru w’umugambi mubisha wo kurwanya RDC – Muyaya

briefing Sama2 d7d48b7a5a 1

Minisitiri w’Itangazamakuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, aremeza ko umurwa mukuru wa Kenya umaze kuba umurwa mukuru w’umugambi mubisha wo kurwanya igihugu cye nyuma y’uko havukiye undi mutwe utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ibi Muyaya yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru yatangiye i Washington, afatanyije na minisitiri w’ubucuruzi bwo hanze, […]

Indege yagiye gutwara umurambo wa Raila Odinga yaciye agahigo 

AFP 20191020 economou notitle191020 np0YM v1 Preview KenyaAirwaysBoeing7878Drea og image

Indege ya Sosiyete ya Kenyan Airways yagiye gutwara umurambo w’umunyapolitiki Raila Odinga, yaciye agahigo ko kuba iya mbere yakurikiranirwaga hafi n’abantu benshi ku rubuga rwa Flightradar24. Ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira ni bwo Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya yapfuye ku myaka 80 y’amavuko. Yaguye mu Buhinde. Indege yagiye gutwara umurambo we […]

Leta y’u Rwanda irashinja amabanki gukamura abaturage

withdrawing money kigali 1

Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yo kuvugurura urwego rw’amabanki nyuma yo gusanga uburyo akoramo bushyira inyungu zayo imbere kurusha inyungu z’abaturage. Ibi byashyizwe ahagaragara muri raporo nshya y’ingenzi izamurikirwa abakuru b’amabanki n’abafatanyabikorwa bayo kuri uyu wa Kane mu nama irabera muri Kigali Convention Center. Gahunda nshya yiswe Financial Sector Development Strategy (FSDS 2025–2030) igamije guca […]

Mbisubiyemo uwo bibabaza yubike inda birashira: Sadate yatsimbaraye ku mvugo ye yateje impaka

munyakazi sadate 3

Umushoramari Munyakazi Sadate aherutse kuvuga ko Abanyarwanda bakwiye gukora cyane no kwiteza imbere, ku buryo mu gihe kizaza bazaba ari bo baha Abarundi n’Abanye-Congo akazi ko gukubura imihanda no koza ubwiherero. Ibi yabivugiye ku wa 12 Ukwakira 2025, mu kiganiro yahaye urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, agamije kubakangurira gukora cyane no kwihangira imirimo, abishingiye ku […]

Ubucucike muri za gereza bwagabanyutseho 30% – NCHR

G3Tjo9wXsAAJh6l

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yatangaje ko habaye igabanuka rya 30% ry’ubucucike mu bigo ngororamuco byo mu Rwanda kuva mu 2023/2024. Perezida wa Komisiyo, Providence Umurungi, yabivuze kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 15 Ukwakira, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, Raporo y’Ibikorwa y’Umwaka wa 2024-25. Iyi Raporo ikubiyemo ibyagezweho, ibikwiye […]

Gasabo: Ushinjwa gukubita umugore igiti giteyemo imisumari azasomerwa mu cyumweru gitaha

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 2 1

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu minsi ishize rwaburanishije umugabo w’imyaka 48 ukurikiranweho gukubita umugore babanaga igiti giteyemo imisumari akamukomeretsa bikabije nyuma yo kugirana amakimbirane. Uyu azasomerwa mu cyumweru gitaha. Ni icyaha bivugwa ko cyakozwe ku itariki ya 26/07/2025 mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kacyiru, Akagari ka Kamatamu, Umudugudu wa Cyimana. Ubushinjacyaha Bukuru bwashyize ahagaragara […]

Sudani: RSF yibasiye ibigo bya gisirikare i Kharthoum

thumbs b c fe22237e2278dd4f1cfa49645f8904ba

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 15 Ukwakira, Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zagabye igitero ku birindiro by’ingabo za Sudani muri Leta ya Khartoum muri Sudani nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza. Urubuga rw’amakuru rwa Sudan Tribune rwavuze ko Ingabo za Sudani zahagaritse indege zitagira abaderevu 10 zagabye igitero ku gisirikare mu majyaruguru ya Omdurman, mu […]

AU yahagaritse Madagascar nyuma yo kubamo coup d’état

ap 68f017b54dd47 1760565173

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahagaritse Madagascar, kubera ihirikwa ry’ubutegetsi riheruka kuba muri iki gihugu cy’ikirwa giherereye mu nyanja y’Abahinde. AU yafashe iki cyemezo mu gihe Colonel Michael Randrianirina uyoboye abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina azarahirira kuyobora Madagascar mu buryo bw’inzibacyuho, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira. Uyu muryango ku wa Gatatu […]

Umukire Sadate mu nzozi z’uko Abarundi bazajya bakubura imihanda y’u Rwanda, abanye-Congo bakoza ubwiherero

20251016 63337

Rwiyemezamirimo Munyakazi Sadate akomeje kunengwa n’abatari bake bakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma y’amagambo atakiriwe neza yavuze ku baturage batuye mu bihugu bikikije u Rwanda. Amagambo akomeje gutuma Sadate yibasirwa yayatangaje ku wa 12 Ukwakira, ubwo yaganirizaga urubyiruko rwari rwitabiriye Inteko Rusange y’Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, mu murenge wa Gatenga w’akarere ka Kicukiro. Yabwiye urubyiruko […]

Kamonyi: Imodoka ya Howo yishe abantu babiri abandi 11 ibagira inkomere

whatsapp image 2025 10 15 at 21.14 31 a4218fbc 7509e

Mu Karere ka Kamonyi, ahazwi nko ku Ruyenzi, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yagonganye n’izindi modoka eshanu, ihitana abantu babiri ndetse 11 barakomereka, barimo babiri bakomeretse cyane. Iyi mpanuka yabaye ku wa 15 Ukwakira 2025 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu Murenge wa Runda, hafi ya santere ya Ruyenzi. Uvugira Polisi […]

Rurageretse hagati ya Aliah Cool n’umunyamakuru wa Isibo FM

InShot 20251015 182508845

Nyuma y’uko umunyamideli Aliah Cool yerekanye imodoka nshya yo mu bwoko bwa Barbus, ibintu byahise bifata indi ntera ku mbuga nkoranyambaga ubwo umunyamakuru wa Isibo FM, DC Clément, yandikaga amagambo yakoze ku marangamutima ya Aliah Cool. DC Clément yanditse kuri Instagram ati: “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa Umukire i Nyarugenge, Umwana w’i Gitwe naguma kuri […]

Abarimo Kabila bashinze umutwe utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

20251015 175555

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinze umutwe wa Politiki ugamije kumurwanya bise ‘Mouvement Sauvons la République Démocratique du Congo’. Uyu mutwe washingiwe i Nairobi muri Kenya, aho aba banyapolitiki barangajwe imbere na Joseph Kabila Kabange wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019 bari bamaze iminsi […]

Israel iravuga ko Hamas yabahaye umurambo w’umuntu utari mu bo yashimuse

243dd200 a9a3 11f0 92db 77261a15b9d2

Israel iravuga ko umwe mu mibiri ine yatanzwe na Hamas mu ijoro ryakeye “udahuye n’umwe mu bari barafashwe bugwate.” Hamas yasabwaga gusubiza abantu yafashe bugwate 48 bose yari isigaranye ( barimo abakiri bazima n’abapfuye) mu rwego rwa mbere rwa gahunda y’amahoro ya Gaza. Kugeza ubu, abantu 20 bazima bari bafashwe bugwate n’imirambo irindwi basubijwe Israel […]

Gasabo: Umusore w’imyaka 25 akurikiranweho gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 2 1

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo Bukurikiranye umusore w’imyaka 25 ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.  Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya mbere ya 01/06/2025 mu mu Mudugudu wa Berwa, Akagari ka Kibenga, Umurenge wa Ndera, mu Karere ka Gasabo. Uregwa yemeye icyaha asobanura ko yamenyanye n’uyu mwana bahuriye ku rubuga rwa Facebook, nyuma akamusaba […]

U Rwanda rwatesheje agaciro ibinyoma byibasiye Minisitiri Nduhungirehe

arton132780

Guverinoma y’u Rwanda yatesheje agaciro itangazo ry’irihimbano ryacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, rivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yaba ari gukorwaho iperereza ku byaha bifitanye isano n’imyitwarire mibi. Iryo tangazo rihimbano ryari ryitiriwe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ryavugaga ko Minisitiri Nduhungirehe yahamagajwe n’inzego z’ubutabera kandi yahagaritswe by’agateganyo ku mirimo ye nyuma yo kurangwaho imyitwarire […]

U Rwanda rwashyize ku rutonde rw’ibihano Abanyarwanda 25 bashinjwa iterabwoba

arton61377 fb227

Ku wa Kabiri, itariki ya 14 Ukwakira 2025, abantu 25 bafatiwe ibihano na Guverinoma y’u Rwanda kubera iterabwoba no gutera inkunga iterabwoba ku rutonde rushya rw’ibihano rwashyizwe ahagaragara n’Ikigo gishinzwe Ubutasi mu by’Imari (FIC). Kuri urwo rutonde harimo abagize umutwe wa FDLR, umutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda ufite icyicaro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ufitanye isano […]

Kivu y’Amajyepfo: FARDC yibasiye ibirombe bya Twangiza Mining bicukurwamo zahabu

Ibirombe bya Twangiza Mining bicukurwamo zahabu muri Teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo, byibasiwe n’ibisasu bya drone mu ijoro ryo ku itariki ya 14 no mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Ukwakira 2025. Biravugwa ko igitero cyibasiye kontineri za Aggrecko itanga amashanyarazi iki kigo gikoresha nk’uko amakuru agera kuri Tazama RDC avuga. Nk’uko iki […]

Uwabaye Minisitiri w’Ingabo muri Sudani y’Epfo yiyomoye kuri Perezida Salva Kiir

1760510949480

Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo muri Sudani y’Epfo, Nhial Deng Nhial yatangaje ko asezeye mu ishyaka riri ku butegetsi, SPLM, ashinja ubuyobozi bwa Perezida Salva Kiir Mayardit kuba bwarataye icyerekezo cy’igihugu. Mu itangazo ry’impapuro 18 yashyikirije Radio Tamazuj, Nhial yashinje ubutegetsi ruswa, umutekano muke, n’ukudindiza amatora yari ategerejwe kuva mu myaka myinshi ishize. Uyu munyapolitiki w’inararibonye, […]

Raila Odinga yapfuye

a74bad97 33c6 4fec 92e4 570770634928

Umunyapolitiki w’inararibonye wo muri Kenya, Raila Amolo Odinga, wari uzwi cyane mu mateka ya politiki y’igihugu no mu rugamba rwo guharanira demokarasi, yapfuye afite imyaka 80. Amakuru aturuka mu gihugu cy’Ubuhindi aravuga ko yapfuye ku wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, ubwo yari i Koothattukulam, mu karere ka Ernakulam, muri Leta ya Kerala, aho […]

Bangladesh: Inkongi y’umuriro mu ruganda rukora imyenda yahitanye byibuze 16

7296f3f0 a962 11f0 b4ad 47ee312ae477.jpg

Nibura abantu 16 bapfuye nyuma y’umuriro mwinshi wibasiye uruganda rw’imyenda muri Bangladesh, abayobozi bakaba batangaza ko umubare ushobora kuzamuka. Serivisi ishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro yatangaje ko imirambo 16 yakuwe aho ariko abantu bahiye ku buryo utabamenya. Ku wa Kabiri, abavandimwe bahangayitse bari bateraniye hanze y’uruganda rw’amagorofa ane mu gace ka Mirpur i Dhaka, mu murwa […]

RDC yarashe bikomeye M23 nyuma y’amasaha make bumvikanye agahenge

IMG 20241222 WA0038 960x508 1

Umutwe wa AFC/M23 washinje Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurasa mu buryo bukomeye ibirindiro byawo, nyuma y’amasaha make impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rwo kugenzura agahenge muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo. AFC/M23 yemeje ko yagabweho ibi bitero biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “Ihuriro […]

Perezida Kagame yijeje ko u Rwanda ruzakomeza kurokoka imijugujugu ruterwa

G3N

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko rwaciye mu mwijima ariko bitazarubuza guharanira kurabagirana nubwo ruhora ruhanganye n’imijugujugu ruterwa n’ibihangange. Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Ukwakira 2025 mu nama yagiranye n’Akanama Ngishwanama ka Perezida (PAC), urubuga ruhuza impuguke z’abanyarwanda n’amahanga kugira ngo bungurane ibitekerezo n’inama ku iterambere ry’u Rwanda, yabereye muri Kigali […]

Joseph Kabila yahurije abatavuga rumwe na Tshisekedi i Nairobi 

20251015 71319

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Nairobi muri Kenya aho bari mu mwiherero bahurijwemo na Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC. Izi nama z’iminsi ibiri zigamije gushyiraho umurongo mushya w’uburyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakorana, hagamijwe “gutanga umusanzu mu kubaka amahoro muri Repubulika […]

Umuvugizi wa AFC/M23 Dr Osacar Barinda  ashubije abavuga ko ishaka ubwigenge bwa Kivu

DR Barinda

Umuvugizi Barinda asanga abahuza ibyo kuba umutwe wa AFC/M23 uri gushyiraho ubuyobozi butandukanye mu bice wigaruriya nko kwinjira buhoro buhoro mu nzira y’ubwigenge ko ntaho bihuriye. Ibi Dr Oscar Barinda yabitangarije ibitangazamakuru bya Bwiza TV na Bwiza. com kuri uyu wa 14 Ukwakira 2025 mu kiganiro n’umunyamakuru Mecky Kayiranga. Dr Barinda ubwo yasubizaga ku bibaza […]

Amerika yashimye ubwumvikane RDC na AFC/M23 byagezeho

20251015 065110

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye ubwumvikane bwo gushyiraho urwego rwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 bagezeho. Ku wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira ni bwo impande zombi zemeranyije gushyiraho ruriya rwego, nyuma y’icyiciro cya gatandatu cy’ibiganiro zagiranye ku wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025. Urwo […]

Mu bihugu Felix Tchisekedi yashimiye byamufashije ntiharimo Uburundi

Burundian Solders

Mu nama mpuzamahanga ya Global Gateway Forum, perezida Tchisekedi yarimo mu Bubiligi yashimye byimazeyo ibihugu byamufashije kurwanya umutwe wa AFC/M23. Perezida Felix Tchisekedi ubwo yari mu nama mpuzamahanga mu Bubiligi yashimiye ibihugu byamufashije mu ntambara ahanganyemo n’umutwe wa AFC/M23 aho yashimiye Afurika yepfo , Tanzaniya ndetse na Malawi. Ibi bikaba byababaje abarundi batishimiye uburyo Tchisekedi […]

Abasirikare kabuhariwe ba Madagascar bakoze Coup d’état

41 2025 638958948158844840 884

Umutwe w’abasirikare badasanzwe ba Madagascar, kuri uyu wa Kabiri watangaje ko wakuyeho ubutegetsi bw’iki gihugu. Uyu mutwe wabitangaje nyuma y’imyigaragambyo yari imaze iminsi mu guhugu yatumye Perezida Andry Rajoelina ahunga. Umutwe wa CAPSAT nyuma yo guhirika ubutegetsi wahise uhagarika inzego zose z’ingenzi mu gihugu, gusa utanga isezerano ry’uko muri iki gihugu hagomba kuba amatora mu […]

Guverinoma ya Congo na AFC/M23 byasinye amasezerano

negociations kinshasa afc m23 a doha signature accord cessez le feu 25 jpg 711 473 1

Intambwe ifatika imaze guterwa mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 14 Ukwakira 2025, Guverinoma ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23 bashyize umukono ku masezerano ku buryo bwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano. Uyu muhango wabereye imbere y’abunzi ba Qatar kimwe n’abafatanyabikorwa benshi bo […]

Perezida Ruto yagaragaye mu mpuzankano ya gisirikare ku Munsi wa KDF – Amafoto

G3Mzh2GXIAALy5U

Perezida wa Kenya, William Ruto, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Ukwakira 2025 yashyizemo impuzankano ya gisirikare ubwo yari agiye kuyobora umunsi wahariwe igisirikare cy’iki gihugu (KDF Day) mu birindiro bya gisirikare byitiriwe Moi muri Eldoret. Ingabo z’igihugu cya Kenya (KDF) kuri uyu wa Kabiri zizihije umunsi wazo ku nshuro ya 14 ku kigo cya […]

Leta ya Zambia yahagaritse inkunga yahaga ikipe y’igihugu kubera umusaruro nkene

fifa world cup qualifiers zambia names 27 men squad for morocco match.jpg

Leta ya Zambia yatangaje ko yahagaritse inkunga y’amafaranga yajyaga atangwa ku ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Chipolopolo), nyuma y’igihe iyi kipe imaze ititwara neza mu mikino mpuzamahanga. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo n’Ubugeni hamwe n’Inama Nkuru y’Imikino muri Zambia (National Sports Council of Zambia), rivuga ko guverinoma ifite impungenge zikomeye ku musaruro w’ikipe y’igihugu, […]

Trump agiye kwibanda ku kurangiza intambara yo muri Ukraine nyuma ya Gaza

1024x576 cmsv2 3e97431e d175 53cc 865c 3d6d4b60da44 9509003

Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Ukwakira, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ubu ashaka kwibanda ku Burusiya n’intambara yabwo muri Ukraine nyuma y’igihe yibanze ku kurangiza ikibazo cyo muri Gaza. Ese Trump ashobora kongera kubona intsinzi mu gushaka amahoro no guhagarika intambara yo muri Ukraine? Kyiv irabyizeye. Perezida wa Leta Zunze […]

Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoye Perezida muri Cameroon

image 2025 10 14 053250705

Mu gihe igihugu cya Cameroon cyari mu matora ya perezida ku Cyumweru, isura y’umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Misiri, Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoreye ku biro by’itora bya Ngaoundéré III. Nyuma yo gukora igenzura, ibitangazamakuru bitandukanye byemeje ko koko iyo foto igaragara ku rubuga rwa Elecam, urwego rushinzwe gutegura no gucunga amatora muri Cameroon. […]

Dr. Frank Habineza yatorewe kuba umusenateri

20251014 111148

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira yatorewe kuba Umusenateri. Dr. Habineza wamaze igihe kirekire ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, we na mugenzi we Nkubana Alphonse wo mu ishyaka PSP batorewe mu Nteko Rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe […]

Umupolisi yiyahuye akimenya ko umukunzi we yarongoye undi

vfdgds

Umupolisi w’umugore wo ku cyicaro cya polisi cya Phalombe muri Malawi, witwa Sergeant Eliza Masina, ari kuvurirwa mu bitaro bya Holy Family Mission Hospital nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje uburozi. Nk’uko raporo ya polisi ya Phalombe ibivuga, ibi byabaye ku wa gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, mu mudugudu wa Sakhome, muri T/A Nkhumba, akarere […]

FDLR yashinje RDF kuyibuza kwishyikiriza MONUSCO

20143685336330995 8

Nyuma y’umunsi umwe Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) gisabye abawanyi ba FDLR gushyira intwaro hasi no kwishyira mu maboko ya MONUSCO,  uyu mutwe wahise usohora itangazo wemeza ko Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) ndetse n’ibyitso bawurimo barimo kubuza abarwanyi bawo kwerekeza ku bigo bya MONUSCO kugirango bitange. Ni itangazo rigaragaramo ibinyoma umuntu ahita […]