ZAMBIA: Abagabo bashinjwa kuroga Perezida bakatiwe

images 17

Urukiko rwa Zambia rwakatiye abagabo babiri imyaka ibiri y’igifungo nyuma yo kubahamya icyaha cyo gukoresha uburozi, buzwi nka juju, mu mugambi wo kwivugana Perezida Hakainde Hichilema. Aba bagabo, Leonard Phiri, Umunyazambiya, na Jasten Mabulesse Candunde wo muri Mozambique, bahamwe n’icyaha hashingiwe ku mategeko ahana ibikorwa by’uburozi muri Zambia (Witchcraft Act). Polisi yabafashe mu Ukuboza 2025 […]

Ingabo z’u Rwanda zahawe imidari y’ishimwe muri Sudani y’Epfo

csm 1 4a2d480dbe

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (RWANBATT-3 na RAU-13) zahawe imidari y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera ibikorwa by’indashyikirwa zakoze mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Bahawe iyi midali mu muhango wabereye mu kigo cya gisirikare cya Durupi, hafi y’umurwa mukuru Juba. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo, […]

Umujyanama wa Trump mu by’ukwemera ategerejwe mu Rwanda

1761143594917

Umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ukwemera, Pasiteri Paula White, agiye kugirira uruzinduko mu bihugu bine byo mu karere k’ibiyaga bigari, birimo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha k’Ugushyingo, ni bwo uriya muvugabutumwakazi wahawe inshingano zo kugira Perezida Donald Trump inama mu bijyanye […]

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano iravuza ubuhuha hagati ya M23 na FARDC muri Businga

IMG 20250827 WA0002

Kuri uyu wa Kabiri ushize habaye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za M23 na Wazalendo i Businga, agace gaherereye hagati ya Nyangezi na Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, imirwano yongeye kubura muri Businga kandi iracyakomeza kugeza na n’ubu twandikaga iyi nkuru nk’uko bitangazwa n’urubuga TazamaRDC. Mu gace ka […]

Tshisekedi yashyizeho umusimbura wa Gen. Mwaku wapfiriye muri Uvira

20251022 160247

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyizeho umuyobozi w’akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uw’ibikorwa bya gisirikare bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bizwi nka Opérations Sokola 2. Général de Brigade Ilunga Kabamba Jean-Jacques ni we wahawe kuyobora akarere ka […]

Masisi: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo/FARDC muri Kazinga

66324315 605

Umujyi wa Kazinga, mu murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 22 Ukwakira, hari kubera imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo. Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko AFC / M23 ari yo yatangije imirwano nubwo yo ntacyo irayivugaho. […]

Ibirego bishyikirizwa Umuvunyi byiyongereyeho 45% muri uyu mwaka

G3zHzwjXIAAiund

Ibiro by’Umuvunyi byatangaje ko by’ibirego byakiriwe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025 byiyongereyeho 45%, nk’uko raporo y’uru rwego ya buri mwaka yashyikirijwe Inteko Ishinga Amategeko ku itariki ya 21 Ukwakira ivuga. Raporo yerekanye ko ibirego 2.305 byakiriwe kandi bigakemurwa binyuze mu nyandiko zanditse no mu bikorwa byo kuri terrain, ugereranije n’ibirego 1.587 byakiriwe mu 2024. […]

Rurageretse hagati ya KNC n’umusifuzi Umutoni Aline

IMG 20251022 WA0011

Umusifuzi mpuzamahanga Umutoni Aline yatangaje ko agiye kurega Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), nyuma y’amagambo uyu muyobozi yavuzeho amushinja kuba yaravuganye n’abantu bashobora kuba baragize uruhare mu buriganya bw’umukino Gasogi United yanganyijemo na Bugesera FC 0-0. Mu kiganiro cya Radio & TV1 cyitwa “Rirarashe” cyatambutse ku wa 21 Ukwakira 2025, KNC yavuze […]

Ibindi bitero bya Drones za FARDC byibasiye M23 muri Masisi na Walikale 

A245 2

Umutwe wa M23 wongeye gushinja ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” two muri za Teritwari za Masisi na Walikale, zikoresheje drones z’intambara. Ni ibitero umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka yavuze ko byagabwe mu duce twa Nyarushyamba muri Teritwari ya Masisi na Kashebere ho muri […]

Undi muyobozi wa CHADEMA yafunzwe

Screenshot 20251022 1040532

Umuyobozi wungirije w’Ishyaka rya Demokarasi n’Amajyambere (CHADEMA), John Heche, yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ubwo yari hanze y’Urukiko Rukuru rwa Tanzania aho yari agiye gukurikirana urubanza rwe n’urwa bagenzi be bo muri CHADEMA, ndetse n’urubanza ku cyaha cy’ubugambanyi gishinjwa Tundu Lissu, umuyobozi w’iri shyaka. Nk’uko byatangajwe na John Mnyika, Umunyamabanga […]

Ukraine yibasiye uruganda rw’ibiturika mu Burusiya

ukraine 20102024 01 1729433191

Ukraine ivuga ko yagabye igitero kinini cya misile n’igitero cy’indege ku ruganda rukora ibiturika (explosives) mu Karere ka Bryansk mu Burusiya ivuga ko ari ingenzi cyane mu nganda z’intambara za Moscou. Igisirikare cya Kyiv cyavuze ko misile za Storm Shadow zanyuze ku bwirinzi bw’ikirere by’u Burusiya, nubwo ibyagezweho muri iki gitero bikiri gusuzumwa. Hagati aho […]

RDF na Croix Rouge baganiriye ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihe cy’intambara

csm 1 c4897f8ac2

Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare (ICRC), uyu munsi bakoze inama y’umunsi umwe yiga ku mategeko mpuzamahanga yubahirizwa mu gihe cy’ intambara. Iyi nama yabereye i Kigali,  yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Amategeko Mpuzamahanga yubahirizwa no kurengera abasivili mu ntambara z’iki gihe.” Iyi nama yahuje abahagarariye inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ingabo, Minisiteri […]

Perezida wa Côte d’Ivoire yarakariye ba minisitiri be

20251022 084611

Amakuru aturuka muri Côte d’Ivoire aravuga ko Perezida Alassane Dramane Ouattara, akaba n’umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi RHDP, ari mu mujinya mwinshi kubera bamwe mu ba minisitiri be. Nk’uko byatangajwe n’umwe mu bantu begereye Perezida wavuganye n’ikinyamakuru Nouvelles Afrique ariko agasaba kudatangazwa amazina ku mpamvu z’umutekano, Perezida Ouattara ababajwe cyane n’uko bamwe mu bagize guverinoma […]

FARDC yavuze ku makuru y’uko yatangiye guhungishiriza intwaro zayo ziremereye i Bujumbura

Gk9iYk WAAEbhXV

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyahakanye amakuru avuga ko cyatangiye guhungisha intwaro zacyo ziremereye kizivana mu mujyi wa Uvira zijyanwa i Bujumbura mu Burundi. Amakuru avuga ko FARDC yatangiye guhungisha izi ntwaro nyuma yo kumenya ko isaha n’isaha M23 ishobora kwigarurira umujyi wa Uvira imaze igihe igose bikarangira izifashe. FARDC ibinyujije muri […]

Kagame yakiriye abayoboye ibigo biyoboye mu ikoranabuhanga mu itumanaho muri Afurika

G3yoV9PWAAAkXem

Perezida Kagame yakiriye kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, abayobozi ba Airtel, Axian Telecom, Ethio Telecom, MTN, na Orange bagize itsinda G6, ihuriro riyoboye ry’imiyoboro ya telefone ngendanwa muri Afurika rikorana na GSMA mu kwihutisha impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga ku mugabane.   Iri huriro ryibanda ku ivugurura rya politiki, ishoramari ry’ibikorwa remezo, no kubungabunga […]

CH-4 za FARDC yarashe kuri M23 i Nzibira na Mpeti 

20251021 170748

Umutwe wa AFC/M23 watanze impuruza, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryongeye kwica agahenge impande zombi zumvikanye. Muri uku kwezi ni bwo AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basinyiye i Doha muri Qatar amasezerano y’agahenge, banemeza gishyiraho urwego rugomba gukurikirana iyubahirizwa ry’ako. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence […]

Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda

G3u4S99XIAANdrf

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 20 Ukwakira 2025, General Pierre Schill, Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka, yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Maj. Gen. Vincent Nyakarundi, ku cyicaro cya RDF ku Kimihurura. Mbere y’ibiganiro byabo, Gen.Schill yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDF, General Mubarakh Muganga. Ibiganiro byombi byibanze ku gushimangira ubufatanye buriho hagati […]

Rutshuru: Inyeshyamba za Wazalendo zateye ibirindiro bya AFC/M23 muri Tongo

56907088 902

Abantu bitwaje intwaro bivugwa ko ari inyeshyamba za Wazalendo bagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Tongo, Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko igitero cyibasiye ibirindiro bya Bungushu, mbere yo kwimukira […]

‘Umuhanuzi’ Bucyanayandi wasabaga abantu amafaranga ngo badapfa yatawe muri yombi 

20251021 121314

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije na Polisi y’Igihugu, bataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugamutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by’urupfu, indwara  cyangwa ngo bakubirwe inshuro 5 ibyo batanze nk’ituro. RIB ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko uyu mugabo afungiye kuri Station yayo ya […]

Mutatsineza ushinjwa kwica umugabo we yajuririye igifungo cya burundu yahawe

FutedStWIAA3vC4

Umugore w’imyaka 27, Assoumpta Mutatsineza, wakatiwe igifungo cya burundu kubera uruhare yagize mu iyicwa ry’umugabo we, Theogene Twagiriezu, yajuririye igihano yahawe hamwe n’abafatanyacyaha be bane. Muri Gicurasi 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze Mutatsineza n’abandi bane, Alphonse Uyisenga, Vianney Rubabaza, Evariste Ndizihiwe, na Athanase Habiryayo, bahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa rya Twagiragésu, ryabaye […]

U Rwanda na RDC mu biganiro bishya kwa Trump

000 64466M9

Intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva ku wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira ziteraniye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu nama ya gatatu y’urwego ruhuriweho rw’umutekano rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena uyu mwaka. Ni inama byitezwe ko ishobora kuba intambwe ikomeye […]

Misiri yibitseho izindi ndege z’indwanyi zigezweho zikorerwa mu Bufaransa

559585550 1322942636510389 16709051760562743 n

Ingabo zirwanira mu kirere za Misiri (EAF) zakiriye izindi ndege eshatu z’indwanyi za Rafale zikorerwa mu Bufaransa n’uruganda Dassault Aviation, zatumijwe mu masezerano ya miliyari 4 z’amayero yasinywe mu 2021. Izi ndege eshatu z’indwanyi za Misiri zakiriwe mu ntangiriro z’uku kwezi kandi zirimo ebyiri z’umwanya umwe wa pilote (EM10 na EM11) n’imwe imyanya ibiri (DM21). […]

Perezida Kagame yatangije inama mpuzamahanga y’abagaba b’ingabo zirwanira ku butaka

f57f150b f2bb 4374 9dc7 c6658dcb2bdb

Mu gitondo cyo kuri yu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, Perezida Kagame yafunguye Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku Butaka, yahuriyemo abayobozi b’ingabo zirwanira ku butaka n’abayobozi b’ingabo baturutse mu bihugu birenga 30 bya Afurika ndetse no hanze yaho kugira ngo baganire ku ngamba zo kuzamura amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika. Abitabiriye inama nyobozi […]

RDC: Aimé Boji wari minisitiri w’inganda yeguye ku mirimo ye

20251020 220322

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 20 Ukwakira, Minisitiri w’Inganda wa RDC, Aimé Boji Sangara, yatanze ubwegure mu bagize guverinoma ya Minisitiri w’Intebe, Suminwa Judith. Uku kwegura kwaje nyuma yo kwemezwa n’ubuyobozi bukuru bw’ihuriro riri ku butegetsi, Union Sacrée, nk’uko amakuru yizewe agera kuri mediacongo.net yabitangaje. Nk’uko benshi mu babikurikiranira hafi babitangaje, ukwegura k’uyu wari […]

Sudan: Drones yaturikije ikibuga cy’Indege cya Khartoum

khartoum airport jpg

Abaturage bo mu murwa mukuru wa Sudani bavuze ko bumvise amajwi ya drones n’urusaku rw’iturika mu gice kiri hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, umunsi umwe mbere y’uko ubuyobozi bwa Sudani bufungura ikibuga ku ngendo z’imbere mu gihugu nyuma y’imyaka 2 gifunze. Abatangabuhamya babwiye AFP ko ayo majwi […]

Umugore wa mbere yabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani

74413607 803

Mu mateka y’Ubuyapani, Sanae Takaichi w’imyaka 64 yemejwe kuba Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore nyuma yo guhabwa uburenganzira n’Umwami Naruhito ku wa kabiri. Takaichi, uyobora Ishyaka ry’Abademokarate ba Liberal (LDP), yabonye intsinzi mu matora yabaye mu nteko ishingamategeko, aho yegukanye ijambo rikomeye mu cyiciro cya mbere cy’amatora mu Nteko y’Abadepite. Takaichi yasezeranye gushyiraho guverinoma ifite […]

Congo: Urupfu rw’umwalimu wamenyekanye kuri TikTok ruri gushengura benshi

69395020 adf2 11f0 b2a1 6f537f66f9aa.jpg

Minisiteri y’Uburezi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko ari “agahinda gakomeye” kumenya urupfu rwa Bonette Élombe, umwalimu w’ishuri ribanza wabaye icyamamare kubera amashusho yashyiraga ku rubuga rwa TikTok, agaragaza umuhate n’urukundo yashyiraga mu myigishirize ye. Ibinyamakuru byo muri Congo byanditse ko Élombe wigishaga ku ishuri Yolo Sud i Kinshasa yari amaze ibyumweru bicye […]

Trump agiye kugabanyiriza igihano P-Diddy 

416fe37e5aa34486be45a99675c43413 md

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aratekereza kugabanyiriza igihano umuhanzi w’icyamamare Sean “Diddy” Combs, muri iki cyumweru, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi bakuru muri White House. Diddy, ubu ari mu gihano cy’amezi 50 (ni ukuvuga imyaka ine n’amezi abiri), yakatiwe azira kurenga ku itegeko rya Mann Act, rigenga urujya n’uruza rw’abantu ku […]

Perezida ushaje kurusha abandi ku Isi yongeye gutsinda amatora

jad20251014 ass cameroun presidentielle rdpc

Komisiyo ishinzwe amatora muri Caméroun, yatangaje ko umukambwe Paul Biya umaze imyaka 43 ayobora iki gihugu ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu minsi umunani ishize. Iyi Komisiyo yatangaje ko Biya w’imyaka 92 y’amavuko yatsinze ku majwi ari hagati ya 53 na 54%, ibivuze ko uyu Perezida ukuze kurusha abandi ku Isi agomba gukomeza […]

Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abanyeshuri b’abanyamahanga bakomerekeje abamotari

20251021 060834

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri Kaminuza UNILAK bakubise bakanakomeretsa abamotari babiri. Ni urugomo abo basore bakoreye mu murenge wa Gatenga, mu karere ka Kicukiro. Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko “abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi Kicukiro, mu gihe turimo gukorana n’inzego zibishinzwe […]

Pyramids FC igiye kugaruka mu Rwanda

28f01ab5 3326 40af 823d c008495d487b

Ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri igiye kugaruka i Kigali, aho igomba gukinira umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya Champions League. Ni umukino iyi kipe igomba kwakirwamo na Ethiopia Insurance yo muri Ethiopia ku wa 26 Ukwakira, mbere y’uwo kwishyura uzabera i Cairo mu Misiri ku itariki ya 1 Ugushyingo. Mu busanzwe uyu mukino […]

Ingabo z’u Burundi zahaye Twirwaneho nyirantarengwa yo kuba yamaze kuva mu Mikenke

IMG 20230520 WA0149

Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ingabo z’u Burundi zamaze guha umutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho igihe kitarenze amasaha 24, ngo ube wamaze kuva mu gace ka Mikenke ko muri Komine Minembwe. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Ingabo z’u Burundi zamaze gushinga imbunda ziremereye mu gace ka Mikarati, zifite ubushobozi bwo […]

Umuhanzi Kirkou wo mu Burundi yarwaniye i Kigali

thumb

Umuhanzi Kirkou Akil ukomoka mu Burundi yongeye guteza impagarara mu gitaramo cyabereye i Kigali, nyuma y’uko ibyuma by’umuziki byanze gukora ubwo yari ku rubyiniro. Byatangiye ubwo yari ari kuririmba indirimbo ze “Aha Nihe” na “Yarampaye”, ariko ibyuma bitangira kunanirana. Nubwo abafana bakomeje kumufasha kuririmba, Kirkou yaje kugaragaza umujinya, ajya gutonganya abashinzwe ibyuma. Nyuma yo kuva […]

Uvira: FARDC zatangiye guhungishiriza mu Burundi ibikoresho bikomeye

F iMY9iWcAAcV0N

Mu gihe ubwoba bugenda bwiyongera mu Gisirikare cya Congo, FARDC, ndetse n’ingabo bafatanyije muri Uvira hatinywa ko umujyi ushobora gufatwa n’inyeshyamba za AFC / M23 mu gihe ibiganiro by’amahoro bihagaze, FARDC yaba irimo kwimurira intwaro zikomeye mu Burundi, cyane cyane mu kigo cya gisirikare cya Mudubugu zinyuze ku mupaka wa Kavimvira-Gatumba. Ubwoba muri FARDC buraterwa […]

Burundi: Abarwaye kanseri y’ibere bivuriza mu Rwanda baratakamba ngo imipaka ifungurwe

Burundi Rwanda border

Ifungwa ry’umupaka rimaze igihe hagati y’u Burundi n’u Rwanda rikomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage babarirwa mu magana, barimo abagore barwaye kanseri y’ibere mu Burundi, bishingikirizaga ku buvuzi bwambukiranya imipaka kugira ngo bavurwe. Aba barwayi baramagana ikiguzi n’umunaniro biterwa n’ingendo ndende bakora cyane cyane baca muri Tanzaniya. Icyemezo cyo gufunga imipaka cyafashwe muri Mutarama 2024 […]

M23 na FARDC mu mirwano ikaze muri Nyabyondo

m23

Imirwano ikaze kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira, yaramutse ijya mbere hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi muto wa Nyabyondo uherereye muri Teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru avuga ko guhera saa saba z’ijoro, inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande […]

Ubujura budasanzwe i Paris bwatangaje isi yose

dcf076c0 ad79 11f0 ba75 093eca1ac29b.jpg

Inzu ndangamurage ya Louvre yo mu Bufaransa, imwe mu zisurwa cyane ku isi, yafunzwe by’agateganyo nyuma y’uko abajura b’umwuga bayibyemo imirimbo y’akataraboneka. Ku cyumweru mu gitondo hagati ya saa 03:30 n’iya 03:40 (GMT), abantu bane bitwaje imodoka ifite urwego ruzamura abantu hejuru binjiye muri Galerie d’Apollon, igice cy’iyi nzu gikungahaye ku mirimbo y’ibwami, baciye ku […]

Hong Kong: Indege y’imizigo yakoze impanuka yururuka 2 yasanze ku butaka barapfa

1536x864 cmsv2 02193118 d038 58f2 9c3d 58a7a9d58ab0 9518432

Ubuyobozi bwavuze ko abantu babiri bapfuye nyuma y’uko indege y’imizigo igonze imodoka ikanyerera ikarenga umuhanda indege zigwaho ikinjira mu nyanja mbere y’uko bucya neza kuri uyu wa Mbere. Ishami rishinzwe indege za gisivili muri Hong Kong ryatangaje ko indege ya Boeing 747 (flight EK9788) y’imizigo yari ivuye mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu “yarenze inzira zigwaho […]

Malawi: Perezida yategetse ko nta Munyeshuri uzongera kwishyura amafaranga y’ishuri

20251020 094515

Perezida wa Malawi, Profesa Arthur Peter Mutharika, yatangaje ko amashuri abanza n’ayisumbuye azajya yigwa ku buntu guhera mu kwezi kwa Mutarama 2026. Ibi yabivugiye mu birori bya Mulhakho wa Alhomwe Festival byabereye i Mulanje, aho yahamagariye abaturage gushyira hamwe, gukunda igihugu no kurwanya inzara. Mutharika yavuze ko leta yamaze kubona toni 200,000 z’ingano zivuye muri […]

Perezida wa Senegal ari muri Kenya nyuma yo kuva mu Rwanda

G3n MoUWoAApWfz

Nyuma yo kuva i Kigali mu gitondo cyo ku Cyumweru, Perezida Diomaye Faye wa Senegal arabarizwa i Nairobi aho yatangiye urugendo rw’akazi rw’iminsi itatu. Ni umushyitsi mukuru mu birori byo kwizihiza umunsi w’intwari (Mashujaa Day), uba kuri uyu wa Mbere, aho uba ari umwanya wo kwibuka no kumenyekanisha intwari zitangiye igihugu. Mu ruzinduko rwe muri […]

U Rwanda rwafashe umunya-Somaliya washakishwaga cyane

Screenshot 20251020 0913472

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yohereje mu gihugu cya Somaliya umunya-Somaliya witwa Jaamac Cabdi Maxamuud, wari warahungiye mu Rwanda nyuma yo gushakishwa n’ubutabera bwa Somaliya akekwaho ibyaha byo gusambanya ku gahato no gusakaza amashusho y’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga nka Telegram. Itangazo ryasohowe n’ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru wa Leta muri Somaliya ku wa 19 Ukwakira 2025, rivuga […]

Kinshasa: Undi munyapolitiki yambuwe passport akiva i Nairobi

k2 items src 4602f2f5153477027a754713438bf3d0

Ku Cyumweru, itariki ya 19 Ukwakira, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’Djili, passport ya Théophile Mbemba yafatiriwe n’Ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka (DGM). Uyu munyapolitiki, Théophile Mbemba, yari avuye i Nairobi, muri Kenya, aho yitabiriye inama y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yatangijwe na Joseph Kabila nk’uko bitangazwa na mediacongo.net. Umunsi umwe mbere yaho, umuyobozi w’abatavuga rumwe […]

Ndayishimiye yasabye igihugu cy’igihangange kumuhuriza mu biganiro n’u Rwanda 

P04 230206 330

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi biravugwa ko yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n’u Rwanda, mu rwego rwo guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. Mu Ukuboza 2023 ni bwo umwuka wongeye kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Rwanda, nyuma y’uko Gitega ishinje Kigali ku mugaragaro kugira uruhare mu bitero umutwe wa RED-Tabara wagabye […]

Ramaphosa yaburiye Tshisekedi ko ashobora gukorerwa coup d’état azira Kabila

6fd98276ba100c2dbae2198770e698edc80d5f45a9ba70a92bb717915fca2964

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yaburiye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ashobora gukorerwa coup d’état, mu gihe yaba yishe Joseph Kabila Kabange yasimbuye ku butegetsi. Ni ubutumwa Ramaphosa yahaye Tshisekedi mu kwezi gushize, ubwo yari yagiye muri Afurika y’Epfo aho yari yitabiriye ibiganiro bigamije guhosha umwuka uri […]

Paris: Abajura bibye imitako y’agaciro mu Nzu Ndangamurage ya Louvre ku manywa y’ihangu

AP25243808178482

Kuri iki Cyumweru, itariki 19 Ukwakira 2025, Inzu Ndangamurage ya Louvre, mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, yinjiriwe n’abajura kabuhariwe batwara imitako y’agaciro “katagereranywa”, nk’uko minisitiri w’umuco w’u Bufaransa abitangaza. Rachida Dati yavuze ko ibyabaye byabaye mu gihe inzu ndangamurage, imwe mu zizwi cyane ku Isi, yafunguraga imiryango kuri iki Cyumweru mu gitondo. Yanditse kuri […]

Perezida wa Senegal yasoje urugendo rwe mu Rwanda nyuma yo kwitabira siporo ya Car Free Day

G3nVhMDXEAAoPmK

Kuri iki Cyumweru, itariki 19 Ukwakira 2025, Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal yasoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda. Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, aho yaherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Nduhungirehe Olivier. Mbere yaho mu gitondo, ku butumire bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida Bassirou Diomaye yabanje kwifatanya […]

Igitero cya Wazalendo/FARDC mu majyaruguru ya Goma cyakomerekeyemo abantu

images 1

Abantu bitwaje imbunda bivugwa ko ari inyeshyamba zaWazalendo bagabye igitero mu murwa mukuru wa Gurupoma ya Mudja, mu majyaruguru ya Goma muri Teritwari ya Nyiragongo, agace kayobowe n’abarwanyi ba AFC_M23. Kuri iki Cyumweru, itariki 19 Ukwakira 2025, mu gitondo, nk’uko bitangazwa na Kivu Morning Post, humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Amakuru aturuka muri ako gace ndetse […]

Walikale: Ibitero bya Sukhoi ku birindiro bya AFC/M23 no mu bice bituwe cyane byahitanye benshi

Sukhoi25feu e1668245793646 1

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kiravugwaho kugaba ibitero bya by’indege za Sukhoi mu bice bituwe cyane bitandukanye byo muri Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ndetse yamagana gukomeza kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano. Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC / M23) ryatangaje ko rimenyesha ubwunzi bwa Afurika Yunze Ubumwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu […]

Uganda: Anita Among uyobora inteko ishinga amategeko yarokotse impanuka ya rukururana

speaker 3

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 18 Ukwakira 2025, Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among yarokotse impanuka yashoboraga kumuhitana nyuma y’uko yari agiye kugongwa n’ikamyo ya rukururana. Nk’uko byatangajwe na Chris Obore, Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ibi byabaye ahagana saa 5:45 z’umugoroba mu Karere ka Mukono, ubwo Umuyobozi w’inteko […]

Ingengo y’imari igenewe UNMISS yagabanyijweho 15%

President Salva Kiir meets with UN peacekeeping chief Jean Pierre Lacroixon October 17 2025 1 802x485 1

Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo Kubungabunga Amahoro, Jean-Pierre Lacroix, kuwa Gatanu yabonanye na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, kugira ngo baganire ku bibazo bya politiki byiyongera ndetse n’ingaruka z’ingengo y’imari ingana na 15% yagabanijwe ku butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu, nk’uko umuvugizi yabitangaje. Lacroix, washoje uruzinduko rwe muri Sudani y’Epfo kuwa Gatandatu, […]

Amafoto: Perezida Kagame yakurikiye umukino w’indwanyi zabigize umwuga muri MMA

G3kwZ8pXUAALBDh

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatandatu, itariki 18 Ukwakira 2025, muri BK Arena, Perezida Kagame yifatanyije n’abafana ibihumbi n’ibihumbi bitabiriye imirwano ya kimwe cya kabiri cy’irangiza ya Proffessional Fighters League (PFL) muri Afurika, ibi bikaba ari ibirori bikomeye by’imikino njyarugamba ivanze (MMA) byabereye muri Afurika y’Iburasirazuba. Perezida Kagame yari yicaranye na Minisitiri wa Siporo, Nelly […]

RDC: Umunyapolitiki Seth Kikuni yarekuwe nyuma y’ifatwa ryateje induru

IMG 6509

Seth Kikuni yarekuwe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 18 Ukwakira, nyuma yo kubazwa n’inzego z’umutekano nk’uko umwunganizi we, Ramazani Shabani abitangaza. Irekurwa rye ryarangije amasaha menshi y’igihirahiro nyuma y’ifatwa rye akigera ku kibuga cy’indege cya N’Djili i Kinshasa avuye i Nairobi. Ku wa Gatandatu, itariki ya 18 Ukwakira 2025, umunyapolitiki utavuga rumwe […]

Ba Ofisiye 16 bafunzwe bakekwaho gushaka gukorera coup d’état Perezida Bola Tinubu

imageresize 1

Abasirikare 16 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bakuru mu ngabo za Nigeria, bafunzwe bakekwaho kugerageza guhirika ku butegetsi Perezida Bola Ahmed Tinubu w’iki gihugu. Ikinyamakuru Sahara Reporters kivuga ko aba basirikare bafite amapeti guhera ku rya Captain kugeza ku rya Brigadier General, batawe muri yombi bigizwemo uruhare n’Urwego Rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare muri Nigeria […]

Visi Perezida wa CHADEMA yafunzwe agiye gushyingura Raila Odinga

de54af8326988002

Abayobozi ba Tanzania bafunze John Wegesa Heche, Visi Perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA, ubwo yageragezaga kwambuka umupaka wa Isibania ajya muri Kenya mu muhango wo gushyingura nyakwigendera Raila Amolo Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru TUKO.co.ke ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira 2025, Heche yatawe muri yombi saa munani […]

Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yageze i Kinshasa ahita atabwa muri yombi

20251018 132624

Umunyapolitiki Seth Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa. Amakuru y’itabwa muri yombi rye yemejwe na mugenzi we Claude Lubaya, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Lubaya yagize ati: […]

U Rwanda na Sénégal byasinyanye amasezerano 5 y’ubufatanye

nguhu ok 66e0f

U Rwanda na Sénégal kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira, byasinyanye amasezerano atanu y’ubufatanye. Umuhango wo gusinya aya masezerano wayobowe na Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Amasezerano u Rwanda na Senegal byasinyanye arimo ayerekeye ubufatanye mu bijyanye […]

Umuramyi Chryso Ndasingwa yarongoye

1760788120390

Mu birori byabaye mu ibanga ku wa 17 Ukwakira 2025, umuhanzi Chryso Ndasingwa yashyingiranywe n’umukunzi we Gatete Sharon. Nk’uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga z’abatumiwe bake, ibikorwa byose by’ubukwe gusaba no gukwa, gusezerana imbere y’Imana no kwakira abashyitsi byabereye ku munsi umwe. Ubu bukwe bwabaye nyuma y’uko itariki bwari buteganijweho yahinduwe mu buryo butunguranye, kuko bwagombaga […]

U Rwanda rugiye gusaba INTERPOL gufata abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’iterabwoba

photo collage.png 1170x878 1

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje urutonde rw’abantu 25 ishinja kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba no gutera inkunga ibyo bikorwa, ndetse ikaba yitegura gukorana na INTERPOL, kugira ngo hafatwe ingamba zo kubafata no kubakurikirana ku rwego mpuzamahanga. Iyi gahunda ishingiye ku itegeko No. 001/2025 ryo ku wa 22 Mutarama 2025, rigamije kurwanya iterabwoba, icuruzwa ry’intwaro zikomeye, no […]

Ibitaravuzwe ku biganiro by’ibanga Ndayishimiye aheruka kugiranira na AFC/M23 i Bujumbura 

123277450 nday

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ntangiriro z’uku kwezi yakiriye anagirana ibiganiro by’ibanga n’intumwa z’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Bujumbura. Africa Intelligence ivuga ko muri ibyo biganiro, intumwa za AFC/M23 zaburiye Perezida w’u Burundi ku ngaruka ashobora guhura na zo mu gihe yaba akomeje gushyigikira Kinshasa. […]