Nibinaba ngombwa ko mpfa ndabyiteguye: Maj. Willy Ngoma ku bihano yafatiwe na Amerika

Umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa M23, Major Willy Ngoma yavuze ku bihano aheruka gufatirwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ashimangira ko aniteguye gupfa arwanirira abanye-Congo bakomeje kureganywa. Ku itariki ya 8 Ukuboza ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ibihano ku bantu batandukanye, barimo Major Willy Ngoma. Amerika yamufatiye ibihano imushinja kuba M23 […]

Karasira utizeye ubutabera yigumuye ku rukiko

Uzaramba Aimable Karasira wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yigumuye ku rukiko rumuburanisha arubwira ko atazongera na rimwe gusinya ku mpapuro z’iburanisha, ngo kuko nta butabera arwitezeho. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Karasira yari yongeye kugezwa imbere y’Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rukomeje kumuburanisha mu mizi ibyaha akurikiranweho. Ni ibyaha bitandatu […]

Umunyarwenya Nyaxo wari ufungiwe i Burundi yarekuwe

Kanyabugande Olivier wamamaye nka Nyaxo, yarekuwe nyuma y’uko yari afungiwe mu gihugu cy’u Burundi. Amakuru avuga ko uyu munyarwenya n’abo bari bafunganywe barekuwe nyuma yo gufungwa bikavugwa ko bazize kutava munzira y’aho umukuru w’igihugu cy’u Burundi Perezida Ndayishimiye yanyuraga ubwo barimo bafata amashusho ya Commedy zabo. Bivugwa ko Nyaxo n’itsinda ry’abo bari bafunganywe bafatiwe i […]

Ese ubundi ni iki gitera kubura ububobere mu gitsina cy’umugore?

Hari impamvu nyinshi zishobora gutuma umugore abura ububobere mu gitsina haba mbere, mu gihe ndetse na nyuma y’imibonano mpuzabitsina.Ubundi ikibazo cyo kubura ububobere mu gitsina gikunze kugaragara ku bantu bageze igihe cyo gucura (batakibyara) n’abamaze igihe kitari kinini babyaye. Mu bishobora gutera iki kibazo harimo indwara zitandukanye nka kanseri n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, Ibi […]

Indorerezi 65 z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zigiye koherezwa muri DR Congo

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU), itangaza ko igiye kohereza indorerezi zayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Indorerezi zayo mu rwego rwo kurushaho guhagarakira amatora ngo azarusheho kugenda neza. Misiyo y’izi ndorerezi nk’uko bivugwa n’uyu muryango wa Afurika izaba igizwe n’Abantu bagera kuri 65 kandi bakazakora igihe kigufi guhera tariki 13/12 kugeza kuri 26/12/23.Ni mu […]

M23 yashinje FARDC kwica agahenge Amerika iheruka gutangaza

Umutwe wa M23 washinje Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kwica agahenge Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaherukaga gutangaza. Amakuru avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu imirwano hagati y’impande zombi yaba yaramukiye mu gace ka Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo. M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yashinje FARDC […]

40% by’ubukungu bwose bw’u Rwanda bwihariwe n’ubuhinzi

Hagaragajwe uko ubuhinzi mu Rwanda bufatwa nk’uruti rw’umugongo ku bukungo bwose bw’igihugu aho usanga bwihariye ijanisha rya 40%. Ibi byagarutsweho na Dr Ndabamenye Telesphore Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’ubworozi (RAB).Uyu muyobozi yagaragaje ko ubuhinzi bw’u Rwanda bugomba kwitabwaho kuko bufatiye runini ubukungu bw’Igihugu, aho bwihariye 40% y’ubukungu bwose bw’Igihugu. Mu nama yabaye […]

Aba hafi ya Katumbi baravuga ko habayeho ‘kugerageza kumwicira i Muanda’

Abantu ba hafi y’umunyapolitiki Moà¯se Katumbi uri mu biyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko ku wa Kabiri tariki ya 12 Ukuboza habayeho kugerageza kumwica. Byabaye ubwo uyu munyapolitiki yari mu gace ka Muanda ho mu ntara ya Congo-Central, aho yari yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza. Moà¯se Katumbi Chapwe ni umwe mu bakandida […]

Burundi: Abasirikare barenga 500 baba bafunzwe bazira kwanga kurwana na M23

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari abasirikare barenga 500 b’iki gihugu baba bafunzwe bazira kwanga gukomeza kurwana intambara y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23. Abo bivugwa ko bafunzwe ni abaheruka gusubizwa mu Burundi nyuma yo kuvanwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru avuga ko hagati yo ku […]

Mali:Ingabo za UN zazinze utwangushye nyuma yo gusoza ubutumwa bwazo

Ingabo za Loni zakoreraga muri Mali ubutumwa bwayo bwarangiye nyuma y’uko igisirikare cyahiritse ubutegetsi cyanzuye ko ihava nyuma y’imyaka icumi iri muri iki gihugu. Izi ngabo zisanzwe zizwi nka MINISUMA ubutumwa bwazo bwarangiye taliki 11 z’uku kwezi aho ubutegetsi bwatangaje ko n’ubwo imitwe y’iterabwoba itarashira muri kiriya gihugu bazihanganira nayo. Ubutumwa bwa MINUSMA bwatangiye mu […]

Somalia ntiragira icyo ivuga ku muhungu wa Perezida wagongeye umuntu muri Turukiya

Nyuma y’amakuru yasakaye mu cyumweru gishize ko , umuhungu wa perezida wa Somaliya yagonze umuntu agapfa , iki gihugu ntacyo kiravuga haba mu buryo bwa dipulomasi cyangwa n’ubwa gishuti kuri iki kibazo ahubwo ngo ikomeje kwicecekera mu gihe Turukiya yo ikomeje gushakisha uyu mugabo waburiwe irengero. Uyu mugabo ngo yavuye muri Turukiya, akimara kuva mu […]

U Bwongereza: Abadepite bahaye umugisha gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza kuri uyu wa Kabiri yemeje umushinga w’itegeko ryemerera Guverinoma y’iki gihugu kohereza mu Rwanda abimukira, nyuma yo kurwemeza nk’igihugu gitekanye. Ni umushinga w’itegeko wemejwe nyuma yo gutorwa n’abadepite 313 na ho 269 bakawurwanya, ibisobanura ko amajwi 44 ari yo yakoze ikinyuranyo. Mbere y’uko uyu mushinga w’itegeko wemezwa hari ubwoba bwinshi […]

Rubavu: Abashoferi barinubira amafaranga bakwa kandi Perezida yarayakuyeho

Abashoferi batwara abagenzi muri tagisi Minibisi, barinubira amahoro bakwa na kompanyi ya JALI REAL ESTATE yo guparika ku cyapa cya Pfunda angana na Frw 2,900; nyamara ngo bihabanye n’iteka rya Perezida wa Repubulika ryavuze ko bazajya batanga Frw 500. Abashoferi bagaragaza kurenganwa ni abatwara za tagisi zituruka ku ruganda rw’icyayi rwa Pfunda zigana mu bice […]

EALA Games: Abadepite b’u Rwanda babuze, baterwa mpaga na Kenya

Ikipe y’u Rwanda ya Basketball kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Ukuboza yabuze ku kibuga, bituma iterwa mpaga na Kenya bagombaga guhura. Ni mu mikino ya EALA iri guhuriza inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Kuri uyu wa Kabiri hagombaga gukinwa umunsi wa gatanu w’iyi mikino. U Rwanda mu bagabo […]

Kuki tugomba kunywa jus ya Beterave?

Kunywa umutobe wa Beterave, ari ingirakamaro mu mubiri w’umuntu kuko usanga uvura indwara nyinshi zitandukanye. Beterave (iri ni izina ry’igifaransa, mu cyongereza izwi nka beetroots cg beets) ni zimwe mu mboga zikungahaye ku ntungamubiri, ikaba isoko nziza y’isukari nziza waha umubiri, ahenshi ikoreshwa mu mwanya w’ibisheke (no mu nganda yifashishwa mu gutunganya isukari), vitamini zitandukanye […]

Tshisekedi yemeje ko agiye gushumbusha Wazalendo abinjiza muri FARDC

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko agiye kwinjiza inyeshyamba zo mu mitwe ya Wazalendo mu ngabo z’igihugu, nk’inkeragutabara. Tshisekedi yabitangarije i Goma, aho ku Cyumweru gishize yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza. Kuva ku itariki ya 1 Ukwakira ubwo imirwano yuburaga hagati y’Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imitwe […]

Sibomana Alexis ukekwaho kuba nyir’ikirombe cyapfiriyemo babiri yafashwe ahunze

Kuri uyu wa Kabiri, nibwo hamenyekanye amakuru y’umugabo witwa Sibomana Alex wafashwe ahunze nyuma y’uko ikirombe bivugwa ko ari icye kigwiriye abagabo babiri bakahasiga ubuzima.Ni ikirombe kibarizwa mu Akagari ka Ntendezi, Umurenge wa Ruharambuga, Akarere ka Nyamasheke. Uyu mugabo yafashwe , avuye i Nyamasheke aho iyo sanganya yabereye ageze i Kitabi mu Karere ka Nyamagabe […]

RDC:UPDF yashimiwe uburyo ki yagaruye ubuzima mu bice yari ishinzwe kurinda

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 11 Ukuboza 2023, Umuyobozi w’ingabo z’Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) Maj Gen Aphaxard Kiugu ari kumwe na Coloneli Jok Akech hamwe n’abandi barikumwe mu itsinda ayoboye, yashimye ingabo za Uganda (UGACON) ku bw’umurimo w’intangarugero wo kugarura amahoro zakoze. Yabivuze ubwo yasuraga agace ka Kiwanja na Rutshuru, aho yagarutse ku kamaro k’izi […]

Titi Brown umaze ukwezi afunguwe agiye gusubizwa mu butabera

Umubyinnyi Ishimwe Thierry wamenyekanye nka Titi Brown, agiye kongera gusubizwa imbere y’ubutabera nyuma y’uko ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cy’urukiko rwamurekuye. Mu kwezi gushize ni bwo Ishimwe wari umaze imyaka ibiri afunzwe yarekuwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yo kumugira umwere ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana utarageza ku myaka y’ubukure. Urukiko rwamugize umwere nyuma […]

Zahara wasusurukije Abanyarwanda incuro 2 yapfuye

Umuririmbyikazi Bulelwa Mkutukana wamenyekanye mu muziki wa Afurika y’Epfo nka Zahara, yapfuye ku myaka 35 y’amavuko. Zahara wegukanye ibihembo bitandukanye, yapfuye mu ijoro ryakeye aguye mu bitaro by’i Johannesburg. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe na Minisitiri w’Ubugeni n’Umuco muri Afurika y’Epfo, Zizi Kodwa, mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze. Yifashishije urubuga rwe rwa X yagize […]

U Rwanda na RDC bishobora kujya mu ntambara ishobora no kwinjirwamo n’u Burundi: Loni

Intumwa Idasanzwe y’Umunyanabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yatanze impuruza y’uko umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na RDC ushobora kuganisha ku ntambara y’ibihugu byombi ishobora no kwinjirwamo n’u Burundi. Keita yabitangaje ku wa Mbere tariki ya 11 Ukuboza, ubwo yagezaga ijambo ku kanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye. Yavuze […]

Abatishoboye biragoye ko bazitabira ibirori Zari agiye gukorera i Kigali

zari_ategerejwe_mu_rwanda_1__copy_1024x1024.jpg

Zari Hassan ukunze kwiyita The Boss Lady ,ategerejwe i Kigali mu birori by’akataraboneka azahakorera mu mpera z’uku kwezi ku Kuboza . Amakuru avuga ko uyu muherwe uri mu bagore ba mbere bakize muri Afurika mu myidagaduro, yateguye ibi birori mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye no guha abakunzi be iminsi mikuru.Gusa birashoboka ko abantu batifite […]

Ntibyifashe neza hagati y’u Bushinwa na Philippine

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo ingabo z’u Bushinwa zongeye kurasa ku za Philippine zabungabungaga amahoro ku mipaka yo mu mazi. Ibi bikaba bibaye ubugira kabiri izi ngabo z’u Bushinwa zirasa ku mato y’intambara y’abasirikare bayo zikoresheje imbunda ziremereye . Radio ijwi rya Amerika ivuga ko Leta ya Philippine yatangaje ko ubwato bwayo bumwe bwari hafi […]

FARDC na M23 bemeye agahenge, u Rwanda na RDC bagaha umugisha

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za M23 bemeranyije agahenge k’iminsi itatu, mu rwego rwo korohereza Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba gusubira iwabo. Iby’aka gahenge byemejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu itangazo ryasohowe na Perezidansi y’iki gihugu. Iri tangazo rivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishimiye agahenge k’amasaha 72 […]

APR FC yarangije imikino ibanza idatsinzwe

APR FC yatsinze Amagaju ibitego 3-1, irangiza igice kibanza cya shampiyona nta mukino n’umwe itsinzwe. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Amagaju, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Ibitego bibiri byo mu gice cya mbere cy’umukino bya rutahizamu Victor Mbaoma n’icyo myugariro Dushimimana Janvier yitsinze ni byo byafashije […]

Amahanga yacyeje u Rwanda ko rwafashije Mozambique kwigobotora ibyihebe

Igihugu cy’Ubudage kirashimira byimazeyo Leta y’u Rwanda ku bwo gufasha Mozambique kwivuna ibyihebe byari byarayogoje intara ya Cabo Delgado mu gihe cy’imyaka ine. Katja Keul,Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije mu Budage yabigarutseho ubwo yasuraga Inzego z’Umutekano z’u Rwanda zoherejwe guhashya ibyihebe bya Ansar Al Sunna mu cyumweru gishize. Yavuze ko u Rwanda rwagaragaje ubunararibonye mu gutabara […]

Ese koko umunyarwenya Nyaxo afungiwe i Burundi?

Hagati mu Cyumweru dusoje nibwo hagiye hacicikana amakuru y’uko umunyarwenya Kanyabugande Olivier uzwi nka Nyaxo , yaba afungiwe mu gihugu cy’u Burundi . Amakuru avugwa ngo n’uko uyu musore yagiye muri iki gihugu arikumwe na bagenzi be,hanyuma bajya kwifotoreza ku kibuga cy’indege nta burenganzira . Gusa andi makuru avuga ko ngo Nyaxo n’itsinda barikumwe babwiwe […]

Taddeo Lwanga wa APR FC yagize ibyago

Umunya-Uganda Taddeo Lwanga ukina hagati mu kibuga muri APR FC, yagize ibyago byo gupfusa se umubyara. APR FC ni yo yemeje aya makuru mu butumwa bumwihanganisha yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Iti: “Ubuyobozi bwa APR FC n’abafana bwihanganishije Taddeo Lwanga wapfushije se umubyara. Roho ye iruhukire mu mahoro.” Lwanga abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze […]

Ntacyo mbuze muri Uganda cyatuma nkenera kujya muri Amerika: Museveni

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yishongoye kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika anenga kuba zitanga amabwiriza ku bo zikeneye kwemerera gukandagira ku butaka bwazo, agaragaza ko ntacyo abuze muri Uganda cyatuma akenera kujya muri Amerika. Museveni yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 10 Ukuboza, ubwo yari mu masengesho asoza umwaka yo gushima Imana. Ni amasengesho […]

Tshisekedi yaba yahuriye na Ndayishimiye mu ibanga

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko yaba aherutse guhurira mu ibanga na mugenzi we Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Amakuru avuga ko ku wa Gatandatu tariki ya 9 Ukuboza ari bwo ba Perezida bombi bahuriye mu Burundi. Byari nyuma y’amasaha make Tshisekedi avuye i Bukavu ho mu ntara ya Kivu […]

Ibisasu bya Israel bikomeje kuburizamo icyizere cy’agahenge kari kitezwe

Amahirwe y,agahenge kari kitezwe mu ntambara ihuza Israel na Hamas akomeje kuyoyoka. Ibi byakomojweho na Minisitiri w’intebe wa Qatar yavuze ko gutera ibisasu kwa Israel “kurimo kugabanya amahirwe” yuko habaho akandi gahenge. Mu nama mu murwa mukuru Doha, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani yavuze ko Qatar izakomeza umuhate wayo wo kotsa igitutu impande zombi kugira […]

Loni itewe ubwoba n’umwuka mubi ukomeje kuba mwinshi hagati ya DRC n ‘u Rwanda

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ahangayishishijwe cyane n’umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ibigaragarira muri raporo ya nyuma ya Loni ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iza kumurikwa kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Ukuboza 2023. Kuva mu mwaka ushize wa 2022 umwuka […]

RDC:Ntidushaka umuyobozi uzita kuri bashiki be gusa’ Kiliziya Gatolika ishaka Perezida mushya

Idini rya Kiriziya Katolika, Diyoseze( Diocèse) ya Goma, yongeye gutangaza ibyifuzo byabo ku gihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo ku byerekeye amatora ateganijwe. Ibi ba bitangarije abakirisitu babo mu mpera z’icyumweru dusoje bitangazwa na Evàªque Willy Ngumbi hifuzwa ko amatora yazagenda neza. Ati” Turifuza ko twagira perezida mwiza kandi mushya. Umuntu uzaba azi kwita […]

Amajyaruguru: Guverineri Mugabowagahunde yatorewe kuba Chairman wa RPF Inkotanyi

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, ni we watorewe kuba umuyobozi w’umuryango RPF Inkotanyi muri iyi ntara. Guverineri Mugabowagahunde wari uri muri izi nshingano by’agateganyo, yatorewe mu nteko rusange idasanzwe ya RPF Inkotanyi yabereye i Nyakinama ho mu karere ka Musanze kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ukuboza 2023. Yatowe ku bwiganze bw’amajwi 706 ahigitse babiri […]

Angola yemereye RDC kuyitiza indege zo kuyifasha mu matora

Leta ya Angola yemereye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuyitiza indege z’intambara zo kuyifasha kwikorera impapuro z’itora mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri kiriya gihugu. Ibiro Ntaramakuru by’abanye-Congo (ACP) byatangaje ko izi ndege zizaba zigizwe n’izikorera imizigo ndetse na za kajugujugu. Ku itariki ya 5 Ukuboza ni bwo Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]

Musanze: Meya Nsengimana ni we Chairman mushya wa RPF Inkotanyi

Umuyobozi mushya w’akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, ni we watorewe kuba Chairman w’umuryango RPF Inkotanyi muri aka karere Meya Nsengimana yatorewe mu nteko rusange idasanzwe abanyamuryango ba RPF bahuriyemo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Ukuboza 2023. Ni Inteko Rusange yatorewemo Komite Nyobozi ya RPF Inkotanyi ku rwego rw’akarere. Meya Nsengimana yatowe ku bwiganze […]

Icyoba mu basirikare b’u Burundi bacitse ku icumu rya M23

Abasirikare b’u Burundi barokotse imirwano y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahaga umusada bahiye ubwoba, ku buryo hari n’abafite impungenge z’uko bashobora kwicwa. Ku wa 7 Ukuboza ni bwo i Masisi habereye imirwano ikomeye yasakiranyije M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ihuriro ririmo FARDC, FDLR, […]

Kayonza:Amatungo yashyizwe mu kato kubera Uburenge

Mu Ntara y’i Burasirazuba by’umwihariko mu kare ka Kayonza haravugwa ikibazo cy’uburenge bwibasiye amatungo mu mirenge itandukanye irimo uwa Mwiri na Murundi. Ni nyuma y’uko RAB ibonye ko amatungo arimo s agaragaza ibimenyetso by’iyi ndwara bityo isaba aborozi guhagarika ingendo z’inka ,ihene n’intama guhagarika ingendo zakoraga. RAB kandi yasabye ko icuruzwa ry’amata, inyama, impu n’ifumbire […]

Mbaoma yatsinze 2, APR FC inyagira Gorilla FC

APR FC yaraye inyagiye Gorilla FC ibitego 4-1, ikomeza kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere. Umunya-Nigeria Victor Mbaoma yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino, mu gihe Umurundi Nshimirimana Ismail Pitchou na Mugisha Gilbert buri umwe yatsinze igitego kimwe. Ni bwo bwa mbere iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yinjije ibitego bine kuva shampiyona itangiye. […]

Umunyemari Bad Rama ababazwa n’uko abanyamakuru ngo bahora bamucunaguza

Umushoramari Mupenda Ramadhan uzwi nka Bad Rama nyiri The MANE music ngo ababazwa n’uko abanyamakuru bamwe batabona neza imvune n’akamaro k’ibyo akora ngo umuziki nyarwanda uterimbere, ahubwo ugasanga bahora bamucunaguza. Ibi yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu, ubwo yabazwaga ibibazo bifitanye isano n’ibivugwa ko yashoye mu muziki agahomba. Muri iki kiganiro Bad […]

Putin ngo abaturage bamusabye kwiyamamaza nawe arabyemera

Abaturage bo mu Burusiya ngo bashaka ko Putin yongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe umwaka utaha. Byavuzwe na perezida Vladimir Putin w’u aho yemeje ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ataha, ni amatora azaba tariki 15 kugeza 17 z’ukwezi 3 mu mwaka utaha. Ibi ni ibyatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Burusiya bivuga ko Putin yagaragaje ko nta […]

Umuraperi Puff Daddy yigaramye ibirego byose ashinjwa n’abagore

Umuraperi P Diddy nyuma yo guceceka igihe kirekire ku birego ashinjwa, cyera kabaye yavuze ko abakomeje kumushinja bashaka kumwicira izina. Ni nyuma y’aho undi mugore WA Kane amushinjije ko yamufashe kungufu ubwo yari afite imyaka 17. Uyu muraperi ngo yahuye n’uyu mugore utaravuzwe izina mu 2003 nyuma y’uko mugenzi we Harve Pierre amufatiye icyumba muri […]

Amerika yafatiye ibihano abarimo Major Willy Ngoma

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu zatangaje ko zafatiye ibihano abantu batandukanye bo hirya no hino ku Isi, barimo umuvugizi w’Igisirikare cy’umutwe wa M23, Major Willy Ngoma. Amerika yemeje ibi bihano biciye mu itangazo ryasohowe n’Ishami ryayo rishinzwe iby’imari. Mu bo Amerika yatangaje ko yafatiye ibihano harimo abanye-Congo n’abafite aho bahuriye n’iki gihugu […]

Gen. Bunyoni yakatiwe gufungwa ubuzima bwe bwose, imitungo ye yose irafatirwa

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwakatiye igifungo cya burundu Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’iki gihugu, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye. Mu kwezi gushize k’Ugushyingo ni bwo Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwari bwasabiye Bunyoni gufungwa ubuzima bwe bwose akanatanga ihazabu yikubye incuro ebyiri umutungo we bwavugaga ko adashobora gusobanurira […]

Minisitiri Uwizeye arifuza ko ‘inkozi z’ibibi zirya ruswa’ zajya zitamazwa

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Uwizeye Judith, yasabye abaturage kujya batamaza inkozi z’ibibi zijya zibaka ruswa mu rwego rwo kuyirandura burundu. Minisitiri Uwizeye yabitangarije mu karere ka Musanze, ahizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya ruswa. Ni umunsi wahuriranye n’imyaka 20 ishize yasinywe amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya ruswa. Ni igikorwa cyabimburiwe n’urugendo rwo kurwanya ruswa rwabereye mu […]

The Ben yongeye guhatwa ibibazo kuri Bruce Melodie

Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben muri iyi minsi itangazamakuru rikomeje kumuhata ibibazo by’umwihariko ku bikomeje kuvugwa hagati ye n’umuhanzi Bruce Melodie muri iyi minsi uri mu bihe bye byiza. The Ben mu minsi ishize ubwo yari ku kibuga cy’indege yerekeza muri Canda aho yari arategerejwe mu gitaramo yatumiwemo, itangazamakuru ryamubajije ku byiyumvo bye ku […]

Kenya:Igitaramo Coffi Olomide ategerejwemo gishobora kuzamo kidobya

Igitaramo cyari gitegerejwe cyane na Nairobi cyatumiwemo Koffi Olomide kiri mu kaga kuko abamamaza ibitaramo barimo uwitwa Jules Nsana na Noah Auma Muga bakorera icyizwi nka Nsana Production basaba indishyi z’igitaramo cya 2016 cyabateje igihombo. Iki gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu taliki 09 Ukuboza2023, Coffi arasabwa kwishyura nibura miliyoni 10 z’amashilingi abereyemo abamamaje igitaramo […]

U Bwongereza bwahaye u Rwanda andi mafaranga yo kwita ku bimukira

Leta y’u Bwongereza muri uyu mwaka yongeye u Rwanda £ miliyoni 100 (Frw miliyari 156) yerekeye amasezerano y’abimukira ibihugu byombi byasinyanye. Ni amafaranga u Rwanda rwahawe muri Mata uyu mwaka, nk’uko byemejwe na Sir Matthew Rycroft ukora muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, mu ibaruwa yageneye abadepite bo mu Bwongereza. Ni nyuma yuko mu mwaka ushize u […]

Itsinda ry’abacunga abagororwa muri Eswatini ryaje kwigira kuri RCS

U Rwanda nk’igihugu gikomeje gukataza mu iterambere mu nzego zitandukanye, gikomeje kwigirwaho n’amahanga nyuma y’uko asanze haraho rumaze kugera. Ni muri urwo rwego CG Phindile Nomvula Dlamini hamwe n’itsinda ayoboye bari kumwe na Komiseri mukuru w’ungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni basuye Igororero ry’abagore rya Nyamagabe kugirango bahahe ubumenyi bwo kunganira ubwo bari bafite mu […]

Ethiopia:Umubare w’abo inyeshyamba zishe uteye inkeke

Umubare w’abantu bishwe ukomeje guteza ikibazo muri Ethiopia , aho imiryango mpuzamahanga ikomeje gusaba ko impande zishyamiranye zagirana ibiganiro. Komisiyo y’Uburengenzira bwa Muntu muri Ethiopia, yatangaje ko mu kwezi gushize k’Ugushyingo mu gihe cy’iminsi itandatu, abaturage b’abasivili barenga 50 baguye mu bitero byagabwe n’abarwanyi barwanya ubutegetsi. Ibitero byose byahitanye aba bantu, byabaye hagati ya tariki […]

APR FC ntikozwa ibyo kwirukana Thierry Froger utishimiwe n’abafana

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwishimiye Umufaransa Thierry Froger utoza iyi kipe, bityo ko nta gahunda ihari yo kuba yamwirukana. Ni ibyatangajwe na Chairman w’iyi kipe, Lt Col Karasira Richard, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Kane tariki ya 7 Ukuboza 2023. Kuva umutoza Thierry Froger yanganya n’amakipe arimo AS Kigali, Kiyovu Sports na […]

INES-Ruhengeri yizihije imyaka 20 imaze ishinzwe, ishima Perezida Kagame

Kaminuza ya INES-Ruhengeri iherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza yizihije isabukuru y’imyaka 20 imaze itanga amasomo ku rwego rwa Kaminuza. Ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru byabereye ku Cyicaro Gikuru cy’iyi Kaminuza giherereye mu karere ka Musanze, bibimburirwa n’igitambo cya Misa cyatuwe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Mgr […]

Bucyibaruta wari warahamijwe uruhare muri Jenoside yapfuye

Bucyibaruta Laurent wari warahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2023. Inkuru y’urupfu rwe yatangiye kuvugwa mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu. Muri Nyakanga umwaka ushize ni bwo Bucyibaruta w’imyaka 79 y’amavuko yari yakatiwe imyaka 20 y’igifungo n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, nyuma […]

Nyaruguru: Umugabo yishwe azira kwiba urubingo

Umugabo witwaga Ndagijimana Daniel w’imyaka 28, wari utuye mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, birakekwa ko yishwe n’abaturage ubwo bamuvumburaga mu murima w’umuturanyi we yiba ubwatsi bw’amatungo bwo mu bwoko bw’urubingo. Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuwa 4 rishyira uwa 5 Ukuboza 2023. Nk’uko abaturanyi ba nyakwigendera […]

Mulindwa Prosper atorewe kuba Meya wa Rubavu naho Mukase Valentine atorerwa kuyobora Karongi

Murindwa Prosper yatorewe kuyobora akarere ka Rubavu nyuma y’uko yari asanzwe ari umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro, mu gihe Mukase Valentine wari Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Karongi yatorewe kuba umuyobozi wako. Aka karere ka Karongi kari kamaze iminsi 45 kayobowe by’Agateganyo na Niragire Theophile wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe […]

Lupita nyong’o aravugwa mu rukundo n’undi mugabo yasimbuje umunyamakuru

Umukinnyi w’amafirime wegukanye igihembo cya Oscar, Lupita Nyong’o ,na Joshua Jackson baravugwa mu rukundo nyuma yo kugaragara bari kumwe agatoki ku kandi mu mujyi wa i Los Angeles. Mu ntangiro z’iki cyumweru aba bombi bageze i Erewhon,mu iguriro ry’ibiribwa rya Los Angeles.Mu kugerageza kwirinda ko hari ababashagara , Lupita yagerageje kwima amaso abafotozi ubwo bari […]

M23 yigaruriye Mushaki nyuma y’imirwano yiciwemo Ingabo nyinshi za FARDC

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza, wigaruriye Centre ya Mushaki wo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano ikaze n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imirwano hagati y’impande zombi yari yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu butumwa yanditse kuri Twitter, yavuze ko […]

Itsinda rya Blu*3 rigiye kongera gusubirana nyuma y’imyaka 15 ritandukanye

Abaririmbyikazi batatu bo muri Uganda bibumbiye mu itsinda rizwi nka Blu*3 bagiye kongera kwihuza nyuma y’uko bari bamaze imyaka igera kuri 15 batandukanye. Abahanzikazi bagize itsinda rya Blu*3 ni Lilian Mbabazi, Jackie Chandiru na Cindy Sanyu bakaba bagiye guhirira mu gitaramo bise “The Blu 3 Reunion”. Abakurikira Instagram ya Lilian Mbabazi batunguwe no kubona hasohotse […]

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga iyo bitabiriye gahunda za Leta ntacyo batahana

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barahamya ko bajya bitabira gahunda za Leta baseta ibirenge kuko ngo ibihavugirwa usanga batabisobanukiwe bitewe n’uko nta muntu uba yarateganyijwe ubasobanurira. Bavuga ko inama zibera nko mu mirenge, mu tugali cyangwa mu nteko z’abaturage,usanga hari igihe bazitabira ariko bagataha amara masa ntacyo bumvise.Uretse no kutabona ubasobanurira, ngo […]

Uganda yihenuye kuri Amerika nyuma yo gutangaza ikurwaho rya VIZA ku bayobozi

Uganda yanenze yivuye inyuma merika iherutse gutangaza ikurwaho rya VIZA ku bayobozi bayo,aho ivuga ko Leta ya Washington yagerageje gucengeza gahunda y’Ubutinganyi (LGBT) muri Afurika . Ibi bihano bishya byashyizwe ahagaragara mu ntangiriro ziki cyumweru bireba abantu ba Uganda bagize uruhare mu bikorwa byo gukumira no guhana abakora ubutinganyi.Amerika ishinja Uganda gushyira imbere no guhungabanya […]