Gasabo: Bane bafunzwe bazira ‘gukinisha abana filime z’urukosanoni
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu bane rufungiye kuri Sitasiyo zarwo zitandukanye zo mu karere ka Gasabo, aho bakurikiranweho “gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza bifashishije imbuga nkoranyambaga nka YouTube.” Abatawe muri yombi barimo uwitwa Twizerimana David ufite chaines/channels za Youtube zitwa Smart Guys TV na Smart Nation TV na bagenzi […]
Umuhungu wa Zari aravugwa mu rukundo n’umuzungukazi w’ikizungerezi
Umuhungu wa Zari witwa Pinto Ssemwanga yagaragaye arikumwe n’umuzungukazi w’umunyamideli witwa Jevonne Coetsee, ukorana na sosiyete icunga imideli ikorera i Johannesburg, Cape Town, na Durban aho bivugwa ko ari umukunzi we. Mu Kwakira 2022, Zari yavuze ko yakiriye ubutumwa bwinshi ku mbugaze abakobwa n’bagore bamusaba kubahuza n’umuhungu we, ariko aza gusobanura ko azamureka akihitiramo uwo […]
Mugiraneza Jean Baptiste yasezeye ku mupira w’amaguru
Mugiraneza Jean Batiste yasezeye umupira w’amaguru Umukinnyi mugiraneza Jean Batiste bakunze kwita Migi yasezeye umupira w’Amaguru nyuma y’igihe kinini akinira ikipe y’igihugu Amavubi ndetse n’amakipe atandukanye. Kuva mu mwaka wa 2006, Mugiraneza Jean Baptiste yambara umwambaro w’ikipe y’igihugu Amavubi, gutangaza 2020 ubwo yafataga umwanzuro wo gusezera burundu mu ikipe y’igihugu , kuri ubu nabwo yamaze […]
KNC yateguje Rayon Sports ko azayiha umubatizo
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’, yateguje Rayon Sports ko azayinyagira ubwo bazaba bahuriye mu mukino ufungura shampiyona. Ku wa 18 Kanama ni bwo Gasogi United izakira Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona uzabera kuri Kigali Pele Stadium. Uzatangira saa moya z’umugoroba. KNC kuri uyu wa Mbere nyuma gato y’uko […]
Ibi bintu 4 n’ubikora uzamenye ko urimo gusenya urugo rwamugenzi wawe
Muri iyi isi dutuyemo usanga abashakanye bakunze kugira indahiro y’uko ntakizabatanya bijyanye n’ukwemera kwabo.Gusa hari igihe umuntu agira ibyo akora cyangwa avuga ugasanga yaba abishaka cyangwa atabishaka ushenye urugo rwabo. Aha rero tugiye kurebera hamwe ibintu umuntu ashobora gukora bikaba byagira uruhare mu gusenya ingo nyamara birengagije ko hari amategeko ashobora no kubakurikirana igihe bibaye […]
Alien Skin uri mu bagezweho mu muziki yazamuye intugu azisumbisha Diamond Platnumz
Umuhanzi Patrick Mulwana, uzwi cyane ku izina rya Alien Skin, kuri ubu uri mu bagezweho mu gihugu cya Uganda, ashimangira ko ageze ku rwego rwo hejuru ku buryo n’umuhanzi Diamond Platnumz aherutse kumusaba ko bakorana indirimbo akamwangira. Uyu musore wamenyekanye mu ndirimbo zirimo Sitya Danger aherutse kuvuga ashize amanga, ko yanze icyifuzo cy’imikoranire na Diamond […]
Shampiyona: Igihe APR FC izesuranira na Rayon Sports cyamenyekanye

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ingengabihe y’uko imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere ya 2023/24 iteye. Ni shampiyona izatangira ku wa 18 Kanama 2023, ikazasozwa muri Gicurasi 2024. Umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona uzahuza Gasogo United izaba yakiriye Rayon Sports kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, ukazatingira guhera saa moya z’umugoroba. […]
Niger yihimuye ku Bufaransa bwahagaritse inkunga bwayihaga
Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye kuri Niger bwihimuye ku gihugu cy’u Bufaransa, nyuma y’uko bufashe icyemezo cyo guhagarika ubufasha bwose bwahaga kiriya gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika. Paris yahagaritse inkunga yahaga Niger nyuma ya Coup d’à‰tat yo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yasize Perezida Mohamed Bazoum wari uyoboye iki gihugu ahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bo […]
Perezida Kagame yagabiye Filipe Nyusi inka
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yatembereje mugenzi we Filipe Nyusi wa Mozambique muri rumwe mu nzuri ze, amugabira inka z’Inyambo. Ni amakuru yemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu butumwa byanditse kuri Twitter yabyo. Nyusi yari mu ruzinduko bwite mu Rwanda rutari rwigeze rumenyekana mu itangazamakuru mbere. Mu busanzwe mu muco nyarwanda kugabirana inka ni […]
AU yahaye igihe ntarengwa abahiritse ubutegetsi muri Niger ngo babe babusubije
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe wahaye abasirikare baheruka guhirika ubutegetsi bwa Niger iminsi 15, nk’igihe ntarengwa cyo kuba bamaze kubusubiza. Ku wa Gatatu tariki ya 27 Nyakanga ni bwo Mohamed Bazoum wari Perezida wa Niger yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kumurinda, nyuma y’amasaha menshi bamufungiye mu ngoro ye. Gen Abdourahmane Tchiani wari […]
Nyamasheke: Umunya-Autriche yarohamye mu Kivu
Umunya-Autriche witwa Robert Nenzinger, yarohamye mu gice cy’ikiyaga cya Kivu giherereye mu karere ka Nyamasheke, ubwo yarimo yoga. Nenzinger w’imyaka 72 y’amavuko yarohamye ku gicamunsi cy’ejo ku wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga, mu Mudugudu wa Gikuyu, Akagari ka Ninzi ho mu murenge wa Kagano w’akarere ka Nyamasheke. Umuyobozi w’aka karere, Mukamasabo Apolonie, yatangaje ko […]
SADC irateganya gucyura Ingabo zayo ziri i Cabo Delgado
Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), utareganya gucyura Ingabo wohereje mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique (SAMIM). Kimwe n’u Rwanda, SADC imaze imyaka ibiri yarohereje Ingabo zayo mu ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo guhangana n’ibyihebe byo mu mutwe wa Ahlu al-Sunnah wal-Jamaah [unasanzwe uzwi nka Al Shabaab]. Itsinda rishinzwe gusuzuma […]
Gen Hakizimana wa FDLR na Karairi wa Mai Mai bahanwe na EU
Komiseri ushinzwe Igisirikare cy’umutwe wa FDLR, Lt Gen Hakizimana Apollinaire, alias Amikwe Lepic cyangwa Poète, ari mu bantu bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Uyu muryango uheruka gutangaza ibihano ku bantu icyenda ushinja “ihonyora rikabije ry’uburenganzira bwa muntu no gukorera ihohotera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gukomeza amakimbirane yitwaje intwaro no [guteza] umutekano muke […]
Kera kabaye Master Fire agiye kurangiza Kaminuza nyuma y’imyaka 18 yiga
Hakizimana Innocent wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Master Fire, kera kabaye agiye kurangiza amasomo ya Kaminuza nyuma y’imyaka 18 ari ku ntebe y’ishuri. Amakuru avuga ko muri iki cyumweru ari bwo Master Fire waririmbye indirimbo nka mtoto wa kijiji yamuritse igitabo cye gisoza Kaminuza (Défence). Master Fire yamenyekanye mu myaka ya 2008 na 2009 ubwo […]
Bigirimana Abedi yateye umugongo Rayon Sports, asinyira Police FC
Ikipe ya Police FC yasinyishije Umurundi Bigirimana Abedi wahoze akinira Kiyovu Sports. Uyu musore ukina hagati mu kibuga yasinye amasezerano yo gukinira iriya kipe ya Polisi y’u Rwanda mu myaka ibiri iri imbere. Bigirimana Abedi yasinyiye Police FC nyuma y’iminsi myinshi avugwa muri Rayon Sports. Amakuru avuga ko iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yamuganirije bikagera […]
Abarimo Captain muri RDF na Colonel muri FARDC bafatiwe ibihano na EU
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) watangaje ko wafatiye ibihano abantu icyenda, barimo Captain Niragire Jean Pierre wo mu ngabo z’u Rwanda na Colonel Salomon Tokolonga wo mu za Congo. EU mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko abo yafatiye ibihano ibashinja “ihonyora rikabije ry’uburenganzira bwa muntu no gukorera ihohotera muri Repubulika […]
Ihangana hagati ya Cardi B n’umugabo we Offset ryafashwe nk’agakino
Umuraperikazi Cardi B akomeje kwandika amateka nyuma yo kuganira ku mbuga nkoranyambaga ze ahakana ko ibyo abantu bakomeje kuvuga ko ubushyamirane hagati ye n’umugabo Offset nta kindi cyari kigamijwe uretse ugushaka kumenyekanisha indirimbo yabo nshya. Nyuma y’ukwezi kumwe uyu muraperi w’imyaka 30, n’umugabo we ubarizwa mu itsinda rya Migos, bashyamiranye binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ababakurukira […]
Keven Hart yacyeje u Rwanda ku bw’ibihe byiza yarugiriyemo
Kevin Hart uzwi cyane mu gusetsa no gukina filime yatangaje ko azahora yishimira ikaze n’urukundo yakiranywe nyuma y’uruzinduko aherutse kugirira mu Rwanda. Ku wa kabiri, tariki ya 18 Nyakanga, Kevin Hart, ari kumwe n’umugore we Eniko Hart hamwe n’abana be, bagaragaye bwa mbere i Kigali, basura inzu icuruza ibijyanye y’imyambarire izwi cyane yitwa Haute Baso. […]
Yapfiriye mu icumbi nyuma yo gukoresha ibinini bya viagra mu gutera akabariro
Polisi ya Teritwari mu karere ka Bukedi y’Amajyepfo na Busia muri Uganda, yikije ku byabaye muri aka gace, aho umusore w’imyaka 30 uzwi ku izina rya Ouma Justus utwara abagenzi kuri moto yapfuye nyuma yo gutera akabariro. Uyu musore wo mu mudugudu wa Buwaya, Bumunyi Parisj, mu ntara ya Masinya mu karere ka Busia, apfiriye […]
Umuhanzi Lil Ngabo akubutse muri Gereza y’i Mageragere
Umuhanzi Ngabo Richard uzwi nka Lil Ngabo nyuma yo kumara igihe yaraburiwe irengero mu muziki habonetse amakuru avuga ko yari afungiye mu igororero ry’i Mageragere. Icyo yari afungiye ntabwo cyagarutsweho cyane, icyakora umunyamakuru Ally Soudi wabikomojeho ubwo yaganiraga na The Choice Live yaciye amarenga ko bishobora kuba ari ikiyobyabwenge cy’urumogi. Muri icyo kiganiro Soudi yumvikanye […]
Putin yahaye umwe muri ba Perezida ba Afurika impano ya kajugujugu
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yahaye mugenzi we Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe impano ya kajugujugu. Mnangagwa ni umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye inama y’u Burusiya na Afurika iri kubera i Saint Petersburg. Minisiteri y’Itangazamakuru muri Zimbabwe yatangaje ko “Perezida Putin yahaye nyakubahwa Emmerson Dambudzo Mnangagwa kajugujugu yo kugendamo.” Amashusho iyi Minisiteri yashyize ku […]
Museveni yaganiriye na Putin, agira ibyo amusaba
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uri i Saint Petersburg, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Vladimir Putin w’u Burusiya. Museveni n’abandi bategetsi ba Afurika bari muri uriya mujyi wa Kabiri munini mu Burusiya, aho bitabiriye inama iri guhuza iki gihugu n’umugabane wa Afurika. Museveni mu butumwa yanditse kuri Twitter ye, yatangaje ko yagejeje kuri Putin […]
Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi bakuru muri RDF na Polisi
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ku wa Kane yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru bazo. Amakuru y’ibi biganiro yemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter, gusa ntibyatanga amakuru arambuye ku byaganiriweho. Muri Gicurasi uyu mwaka ni bwo Umukuru w’Igihugu yaherukaga guhura n’abayobozi bakuru muri RDF na Polisi y’igihugu. Ni inama kandi zisanzwe zinitabirwa […]
Umubare w’abanyamahanga bemewe ku mukino wa shampiyona wongerewe
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryongereye umubare w’abanyamahanga bemewe ku mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere bagera kuri batandatu. Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yabaye kuri uyu wa Kane. Mu busanzwe umubare w’abanyamahanga bemewe ku mukino wa shampiyona y’u Rwanda ntiwagombaga kurenga batanu. Kongera umubare w’abanyamahanga byitezwe ko bishobora […]
Kurya ibitunguru bitukura byongerera abagabo imbaraga mu gutera akabariro
Igitunguru ni ibiryo bya afrodisiac bikomeza ingingo zimyororokere kandi byongera umusaruro wa testosterone. Urwego rwo hejuru rwa testosterone rwongera imbaraga mu mibonano mpuzabitsina ku bagabo niyo mpamvu igitunguru gifitiye akamaro abagabo. Igitunguru gifasha kongera umubare wintanga, ubwiza bwintanga. Uretse kongerera aimbaraga abagabo, hari akandi kamaro usanga uru ruboga rutanga ku bandi baruriye. -Igitunguru cyongera ubwirinzi […]
Mu rukiko Karasira Aimable yanenze isuzuma yakorewe
Muri Gicurasi uyu mwaka nibwo Uzaramba Karasira Aimable uzwi nka Professor Nigga yasuzumwe uburwayi bwo mu mutwe.Icyo gihe ibyagaragajwe na raporo y’abaganga byerekana ko Karasira afite ibibazo bitatu bikomeye mu buzima bwe birimo agahinda gakabije kagaragazwa n’ibibazo byo kutabona ibitotsi, umuhangayiko uhoraho (Anxiete permanante) no kutita ku mirire (Trouble alimentaire). Nyuma ubushinjacyaha bwaje kunenga raporo […]
Neymar imwe mu mpamvu muzi y’ikorogana hagati ya PSG na Mbappe
Muri iyi minsi nta kindi gikomeje kuvugwa mu mukino w’umupira w’amaguru usibye ibibazo biri hagati y’umukinnyi Kylian Mbappe n’ikipe ya Paris Saint Germain Impamvu muzi y’iki kibazo ni amasezerano ngo yaba atarubahirijwe ubwo Mbappe yamaraga gusinya amasezerano mu 2022, ariko akaza gutanga igitekerezo ko PSG izagurisha umukinnyi Neymar Junior akava muri iyo kipe. Nyuma y’uko […]
Gahunda yo kujyana M23 i Rumangabo yaba yarakubise igihwereye?
Inama ya 21 idasanzwe yahurije abakuru b’ibihugu bya EAC i Bujumbura mu Burundi ku wa 31 Gicurasi, yanzuye ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bagomba guhurizwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo; mbere yo kujyanwa i Kindu kwamburwa intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe. Ni gahunda yari yabanje gutekerezwa na Guverinoma ya Congo, ibifashijwemo n’Umuryango w’Abibumbye […]
Abasirikare ba Niger bemeje ko bakoreye Coup d’à‰tat Perezida Mohamed Bazoum
Perezida Mohamed Bazoum wa Niger yahiritswe ku butegetsi, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’abasirikare babyigambiye kuri Televiziyo y’Igihugu. Ni nyuma y’amasaha menshi uyu mukuru w’Igihugu yafungiwe mu ngoro ye n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kumurinda. Itangazo ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu na Colonel Amadou Abdramane wari kumwe na bagenzi be icyenda, rivuga ko Igisirikare n’inzego z’umutekano bafashe icyemezo […]
Museveni na Gen Muhoozi bari mu Burusiya
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda n’umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, bari i St. Petersburg mu Burusiya aho bitabiriye inama igomba guhuza iki gihugu n’umugabane wa Afurika. Iyi nama y’iminsi ibiri iratangira kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Nyakanga. Kugeza ubu impamvu nyamukuru Museveni yahisemo kujyana n’umuhungu we i Saint Petersburg ntiramenyekana, gusa abakurikiranira […]
Irari no gufuha burya biri mu bituma uwo mwahoze mukundana akugarukira
Ni kenshi umuntu abona abantu batandukana igihe bakundanaga ariko nyuma y’igihe ugasanga basubiranye.Ubushakashatsi bugaragaza ko burya haba hari impamvu nyinshi zituma abakundanye basubirana by’umwihariko abatari bagashakanye nk’umugore n’umugabo n’ubwo nabo bibabaho cyane. Nkuko bitangazwa n’urubuga psychologytoday rwandika ku mibanire , hari impamvu zinyuranye zituma abo mwahoze mukundana cyangwa uwo mwakundanaga bakugarukira. 1.Irari Iyi niyo mpamvu […]
MINISPORTS ntiramenya niba koko umutoza w’Amavubi yaba yarasezeye
Hashize iminsi havugwa ko umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer yaba yaraseshe amasezerano yo gutoza iyi kipe nyuma y’uko ngo yaba yaramaze kubona indi kipe agiye kuzatoza n’ubwo andi makuru avuga ko yibereye mu biruhuko iwabo mu gihugu cya Espagne. Iki kibazo cyagarutsweho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ubwo umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, […]
Umuraperi Rick Ross yivumbuye kuri Hamissa Mobeto wabyaranye na Diamond
Umuraperi Rick Ross, wari usanzwe afitanye imibanire myiza n’umunyamideli Hamisa Mobeto by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga kuri ubu yamaze kuva mu bamukurikira ku rubuga rwa Instagram nyuma yo kwerekana umukunzi we. Hamisa Mobetto, aherutse gushyira ahagaragara imbuga nkoranyambaga amashusho y’uko yatunguwe n’umukunzi we mushya bituma uyu muraperi w’umunyamerika yivumbura ava mu bamukurikira(Unfollow). Uyu mugabo utarashyira ahagaragara […]
Muri Niger haranugwanugwa Coup d’à‰tat
I Niamey mu murwa mukuru wa Niger hari ubwoba bw’uko hashobora kuba Coup d’à‰tat, nyuma y’uko bamwe mu basirikare ba kiriya gihugu bagose ingoro y’umukuru wacyo. Ni amakuru Ibiro Ntaramakuru ‘Reuters’ bivuga ko bikesha bamwe mu babarizwa mu nzego zishinzwe umutekano muri Niger. Umunyamakuru w’ibi biro Ntaramakuru ukorera i Niamey, yatangaje ko yabonye imodoka za […]
Niba ubona abasirimu bavanga amata n’ubuki baba bashaka bimwe muri bintu bintu
Akenshi uzajya ubona abasobanukiwe ibijyanye n’imirire cyane abo twakwita abasirimu bajya kunywa amata bakabanza kuvangamo ubuki.Impamvu nta yindi n’uko baba bashaka kugira ubuzima bwiza. Amata n’ubuki, buri cyose ukwacyo gifite akamaro kanini ku buzima bwacu. Kubifata bivanze byongerera ibyiza byinshi umubiri wacu kuko bifasha byinshi byiza nko kurinda neza uruhu no kongera imbaraga. Ubuki bukoreshwa […]
Ab’i Kinshasa mu myigaragambyo yo ‘kwamagana abayobozi b’u Rwanda’
Ihuriro ry’abaturage baharanira ejo heza hazaza kuri bose (RCA ASBL) ryakoze imyigaragambyo iteganyijwe kubera imbere ya Ambasade y’u Bufaransa i Kinshasa mu rwego rwo gusaba u Bufaransa “gufatira ibihano u Rwanda.” Umuyobozi wa ririya huriro, Marcelin Bacilembe yashinje u Bufaransa kuba indyarya, asaba iki gihugu gufatira u Rwanda “ibihano byo mu rwego rw’ubukungu n’imari.” Ni […]
Kiyovu Sports yegukanye Umurundi Rayon Sports yari yarabengutse
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yamaze kugura rutahizamu w’Umurundi, Richard Kirongozi Bazombwa wakiniraga ikipe ya Bumamuru FC yo mu Burundi. Kirongozi w’imyaka 23 y’amavuko asanzwe akinira Intamba Mu Rugamba z’u Burundi, gusa afite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu musore utaha izamu aciye ku ruhande rw’ibumoso, mu mwaka ushize w’imikino yatowe mu […]
Mushikiwabo ntakigiye i Kinshasa
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, ntakigiye i Kinshasa nk’uko byari byatangajwe na Leta ya Congo. Mushikiwabo nk’Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie, ari mu bagombaga gutangiza imikino igomba guhuriza i Kinshasa ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa. Iyi mikino izaba iba ku ncuro ya cyenda iteganyijwe hagati y’itariki ya 28 Nyakanga n’iya 08 […]
Umugore yatawe muri yombi ashinjwa guteka uruhinja ngo arurye
Umugore witwa Nadio Manjubo, utuye mu mudugudu wa Chamanikua, paruwasi ya Yayari mu Karere ka Yumbe yatawe muri yombi nyuma y’uko ashinjwe kuba yarishe Angelo Buga w’amezi ane bivugwa ko yaciwemo ibice akabishyira mu isafuriya maze akabiteka nyuma yo kuvuga ko yumva ashaka kurya inyama. Umuvugizi w’igipolisi muri Uganda Fred Enanga avuga ko uyu mugore […]
CAF Confederation Cup: Rayon Sports izajya muri Kenya cyangwa Libya
Ikipe ya Rayon Sports ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup, izahurira mu ijonjora rya kabiri n’ikipe izarokoka hagati ya Kakamega Home Boys yo muri Kenya na El Hilal yo muri Libya. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo i Cairo mu Misiri habereye tombola yerekana uko amakipe azahura mu mikino nyafurika. Rayon Sports iri mu […]
CAF Champions league: APR FC yatomboye ikipe yo muri Somalia
APR FC kuri uyu wa Kabiri yatomboye kuzahura na Gaadiidka FC yo muri Somalia, mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league. Ni nyuma ya Tombola yabereye ku Cyicaro Gikuru cya CAF giherereye i Cairo. Umukino ubanza hagati y’amakipe yombi uteganyijwe hagati y’itariki ya 18 n’iya 19 Nzeri, mu gihe uwo kwishyura uzaba hagati y’itariki ya […]
Nkore iki?Umukire ashaka kumpa inkwano ariko akabanza kuryamana na fiancé
Umusore uvuga ko akennye aragisha inama y’icyo yakora nyuma y’uko ngo abuze inkwano kandi umukire w’inshuti ye ngo akaba yarayimwemereye ariko akabanza kwishimisha kuri uwo mukunzi we. Ubutumwa bwe bugira buti”Nitwa… Ntuye i Kagugu mu mujyi wa Kigali, ariko nkaba nari mvuye muri kimwe mu bihugu byo muri Afurika.Ubwo najyagayo nari nagiye mu bikorwa bya […]
Umugore wa Ali Kiba aramushinja kumugambanira
Umuhanzi Ali Kiba wo muri Tanzaniya n’umugore we wo muri Kenya, Amina Khalef, bagiye batangaza amakuru ku bibazo byabo by’urushako nyuma y’igihe kinini badashaka kubivugaho cyane. Ibibazo by’aba bombi byamenyekanye ubwo Amina yajyanaga kuri Instagram kugira ngo agaragaze ko ashinja Ali Kiba kuba yaramufashe bugwate adashyira umukono ku mpapuro z’ubutane. Ali Kiba mu kiganiro n’abanyamakuru […]
Umuzi w’ibibazo bya RDC n’uko yakwigobotora icya M23 mu mboni za Museveni
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yongeye gushimangira ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikwiriye kujya mu biganiro n’umutwe wa M23, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amakimbirane bafitanye. Museveni yabitangaje ku wa Mbere ubwo yaganiraga na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat yakiriye i Kampala. Bombi baganiriye ku […]
Ukwicuza kwa Kazoza wari wimitswe nk’umutware w’Abakono
Kazoza Justin wari wimitswe nk’umutware w’Abakono nyuma yo kwegura kuri izo nshingano, yatangaje ko ibyo yari yakoze ari amakosa y’agahomamunwa we ubwe yicuza. Ku wa 09 Nyakanga ni bwo Kazoza yari yimitswe nk’Umukono Mukuru, mu muhango wabereye mu Kinigi i Musanze. Ubutware bwe cyakora ntibwaje kuramba kuko byabaye ngombwa ko abweguraho, nyuma y’uko ibyari byakozwe […]
Umujyanama wa Tshisekedi yasobanuye uko amashusho ye asambana yagiye hanze
Fortunat Biselele wahoze ari umujyanama wihariye wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje urwego rushinzwe iperereza (ANR) kuba ari rwo rwashyize hanze amashusho ye aryamanye n’abagore. Mu cyumweru gishize ni bwo Biselele wari waratawe muri yombi muri Mutarama uyu mwaka yarekuwe by’agateganyo. Uyu mugabo uzwi nka Bifort akurikiranweho ibyaha birimo […]
Louise Mushikiwabo ategerejwe muri RDC
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, ategerejwe muri kiriya gihugu. Mushikiwabo ari kumwe n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC, bazatangiza imikino na La Francophonie iteganyijwe kubera i Kinshasa hagati y’itariki ya 28 Nyakanga n’iya 06 Kanama 2023. Amakuru y’uko Mushikiwabo azitabira […]
Senateri Nyirasafari yasabye imbabazi P. Kagame nyuma yo kujya kwimika umutware w’Abakono
Visi-Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance, yasabye imbabazi Perezida Paul Kagame akanaba Chairman w’Umuryango wa RPF Inkotanyi, nyuma yo kwitabira umuhango wo kwimika umutware w’Abakono uheruka kubera mu karere ka Musanze. Ku itariki ya 09 Nyakanga ni bwo uyu muhango wabereye mu murenge wa Kinigi w’akarere ka Musanze, witabirwa n’abayobozi batandukanye barimo na Visi-Perezida wa Sena. […]
Visi-Meya wa Musanze wagiye kwimika umutware w’Abakono yeguye
Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, yeguye ku mirimo ye nyuma y’iminsi mike yitabiriye umuhango wo kwimika umutware w’abo mu bwoko bw’Abakono. Ku wa 09 Nyakanga 2023 ni bwo mu Kinigi ho mu karere ka Musanze habereye umuhango wo kwimika Kazoza Justin wari wimitswe nk’umutware w’Abakono. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi […]
U Bubiligi bwanze ko Amb. Vincent Karega abuhagarariramo u Rwanda
Ubwami bw’u Bubiligi bwanze kwemeza Vincent Karega nka Ambasaderi u Rwanda rwari rwagennye kuruhagararira muri icyo gihugu. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo Karega yari yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, asimbuye muri izo nshingano Dieudonné Sebashongore. Mbere yo gutangira inshingano cyakora yagombaga kubanza kwemezwa n’u Bubiligi bwagombaga kumwakira nka Ambasaderi. Amakuru kuri ubu aravuga […]
Al Hilal yashyize ibya Mirenge kuri Kylian Mbappé
Ikipe ya Al Hilal yo muri Arabie Saoudite iri guha PSG miliyoni 300 z’ama-Euro, kugira ngo iyigurishe Umufaransa Kylian Mbappé. Kugeza ubu Mbappé ntari mu bakinnyi PSG igomba kujyana mu mikino itegura umwaka utaha w’imikino izakinira mu Buyapani, nyuma y’uko uyu rutahizamu yanze kongera amasezerano. Ni Mbappé usigaje umwaka umwe w’amasezerano muri iriya kipe y’i […]
Gen Yasser Al-Atta yahaye gasopo Perezida William Ruto
Gen Yasser Al-Atta wo mu ngabo za Sudani yahaye gasopo Perezida William Ruto wa Kenya, amusaba ko niba yumva yiyizeye yakohereza Ingabo z’igihugu cye zikajya guhangana n’iza Sudani. Perezida William Ruto na bagenzi be bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bamaze igihe bafite gahunda yo kohereza muri Sudani Ingabo zo kuhagarura amahoro. Ni gahunda […]
Kera kabaye APR FC yerekanye umunyamahanga wari usigaye
APR FC kuri uyu wa Mbere yemeje umunya-Sudani Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman nk’umukinnyi wayo mushya. Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko yari amaze igihe mu Rwanda ndetse anakora imyitozo muri APR FC, gusa iyi kipe ntiyari yakamutangaje nk’umukinnyi wayo mushya. Amakuru avuga ko APR FC yari yarategereje ko abanza kurangiza amasezerano yari afitanye na Al-Talaba […]
Umusirikare wa FARDC ari guhigishwa uruhindu nyuma yo kurasa mu kico abaturage 13
Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuva mu mpera z’icyumweru gishize ari guhigishwa uruhindu nyuma yo kwica arashe abaturage 13. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo uyu musirikare yarasiye bariya bantu biganjemo abana n’abagore mu rugo rwe ruherereye mu ntara ya Ituri. Umuvugizi w’ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye intara ya […]
Perezida Paul Kagame yagabiye Denis Sassou N’guesso inka
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yagabiye inka mugenzi we Denis Sassou N’guesso wa Congo-Brazzaville uri mu Rwanda. Perezida N’guesso kuva ku wa Gatanu ari mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu ari kuhagirira. Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu Umukuru w’Igihugu yamutembereje mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga mu karere ka […]
Fortunat Biselele wari ufunzwe azira u Rwanda yarekuwe
Fortunat Biselele wahoze ari umujyanama wihariye wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafunguwe by’agateganyo nyuma y’amezi arindwi afunzwe. Biselele yari yaratawe muri yombi n’Urwego rushinzwe iperereza muri RDC (ANR) ku wa 20 Mutarama, mbere yo kujya kumugungira muri gereza ya Makala. Ubushinjacyaha bwa RDC bumukurikiranyeho ibyaha bitatu birimo ubugambanyi, kubangamira […]
Umuti Dr Habineza abona ukwiriye ikibazo cy’ubushomeri bwugarije urubyiruko nyarwanda
Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda], Dr Frank Habineza, yatangaje ko mu gihe yaba atorewe kuyobora u Rwanda yashyira imbere gahunda yo gushaka uburyo urubyiruko rw’Abanyarwanda babona akazi, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ubushomeri kirwugarije. Dr Habineza yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Nyakanga, ubwo […]
Tshisekedi ategerejwe i Kiev kwa Zelensky
Perezida Félix Tshisekedi Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe i Kiev muri Ukraine mu ruzinduko ruzasiga agiranye ibiganiro na mugenzi we w’icyo gihugu Volodymyr Zelensky. Africa Intelligence yatangaje umutima w’ibiganiro bya Tshisekedi na Zelensky ari amasezerano yerekeye ibinyampeke byo muri Ukraine u Burusiya buheruka guhagarika. Ni amasezerano yari yashyizweho umukono muri Nyakanga […]
Nyamasheke: Abageni bakoreye ubukwe mu bitaro
LUmugeni wo mu karere ka Nyamasheke witwa Nyirandagijimana Winifride yasezeraniye mu bitaro, nyuma y’uko imodoka yari imutwaye ajya ku rusengero yakoze impanuka yaguyemo se umubyara. Byabereye mu kagari ka Rugali ho mu murenge wa Macuba, ku wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga. Impanuka yabaye ubwo ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yavaga i Nyamasheke ijya […]
Kenyatta yiyemeje guhangana na Perezida Ruto ashinja kwibasira umuryango we
Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya yashinje William Ruto wamusimbuye ku butegetsi gutoteza umuryango we, avuga ko igihe kigeze ngo awurengere. Kenyatta yabitangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru. Ni ikiganiro yakoze nyuma y’igihe gito Leta ya Kenya ifashe icyemezo cyo kwambura abarimo nyina umubyara abapolisi bari bamaze imyaka hafi 50 bashinzwe kumucungira umutekano. Mu […]