COVID-19 ishobora kuzasiga ubukene bunuma mu makipe ya ruhago

Umupira w’amaguru ni rumwe mu nzego icyorezo cya Virusi ya Corona cyagizeho ingaruka, zishobora kuzasigira ubukene bukomeye abawubamo mu gihe icyorezo cyaba kitagenjeje amaguru make.Aho ingaruka za kiriya cyorezo zatangiye kwigaragaza, ni ku mugabane w’Uburayi aho ruhago itunze umubare utari muke w’abantu. Amezi akabakaba atatu ni yo ashize icyorezo cya Coronavirus cyadutse, mbere y’uko gikwira […]

Ubuhinde: Hari abahisemo kwiturira mu biti mu rwego rwo kwirinda COVID-19

Bamwe mu baturage b’igihugu cy’Ubuhinde baretse kuba mu ngo zabo bajya kwiturira mu biti, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. BBC ivuga ko abahisemo kujya kwibera mu biti nk’akato ari abo mu giturage cya Vangidi, mu karere ka Balarampur ho muri Bengal y’Uburengerazuba; nyuma yo kugera iwabo bavuye mu mujyi wa […]

Ubushinwa: Umujyi wa Shenzhen wahagaritse kurya inyama z’imbwa n’iz’injangwe

Shenzhen yabaye Umujyi wa mbere mu gihugu cy’Ubushinwa uhagaritse ubucuruzi bw’inyama z’imbwa n’iz’injangwe, nyuma y’uko bigaragaye ko icyorezo cya Virusi ya Corona cyugarije Isi cyakomotse mu nyamaswa z’agasozi. Itegeko ryo kurya inyama z’imbwa n’iza nyirahuku muri Shenzhen rizatangira kubahirizwa guhera ku itariki ya 01 Gicurasi uyu mwaka. Umuryango Humane Society International uvuga ko muri Aziya […]

Nyarugenge: Umubyeyi w’abana 16 arataka inzara-Video

Umubyeyi witwa Uwase Jeane wabyaye abana 16 , utuye mu mudugudu wa Byimana, mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara w’akarere ka Nyarugenge, arataka inzara ikomeye muri iki gihe cya guma mu rugo cyashyizweho mu rwego rwo kwirinda COVID-19. Uwase wemeza ko yavutse mu 1983, afite abana 13 muri 16 yabyaye. Ni abana yabyaranye […]

Uburusiya bwoherereje Amerika ubufasha bwo guhangana na COVID-19

Indege y’igisirikare cy’Uburusiya itwaye ibikoresho by’ubuvuzi, yahagurutse i Moscow kuri uyu wa 01 Mata yerekeza muri Leta Zunze ubumwe za Amerika mu rwego rwo gutanga ubufasha mu guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Antonov-124, yahagurutse itwaye ibikoresho birimo udupfukamunwa n’ibyifashishwa mu gusuzuma abarwayi, nk’uko Minisiteri y’Ingabo z’Uburusiya yabitangaje mu […]

Uko Imibare ya Coronavirus yifashe kuri uyu wa 01 Mata

Imibare y’urubuga Worldometers yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Mata iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 859 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 203 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Mu gitondo cyo […]

Bobi Wine yanenze Perezida Museveni utari gufasha abaturage ‘bagiye kwicwa n’inzara’

Umuhanzi akaba n’umunyapolitiki muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yanenze imyitwarire ya Perezida Museveni muri ibi bihe agaragaza ko ubutegetsi bwe ntacyo buri kumarira abaturage kandi ari bwo bari babukeneye by’umwihariko abakene bari basanzwe barya bavuye gupagasa ubu bakaba bari kwicwa n’inzara muri ibi bihe basabwa kuguma mu rugo. Kyagulanyi yahaye ubutumwa bw’ihumure […]

Umunya-Sénégal Diouf wayoboye Olympique de Marseille yishwe na COVID-19

Umunya Sénégal Pape Diouf wigeze kuyobora ikipe ya Olympique de Marseille yo mu Bufaransa, yitabye Imana kuri uyu wa 31 azize Virusi ya Corona. Inkuru y’urupfu rwe yazanwe bwa mbere n’ibitangazamakuru byo muri Sénégal, mbere yo guhabwa umugisha n’ikinyamakuru L’équipe cyo mu Bufaransa. Kuri uyu wa kabiri ni bwo uyu mugabo wapfuye afite imyaka 68 […]

Ngororero: Yatawe muri yombi nyuma yo kwigomeka ku buyobozi akoresha ubukwe

Umugabo witwa Rimenyande Jean Damascène wo mu kagari ka Kajinge mu murenge wa Hindiro w’akarere ka Ngororero, yatawe muri yombi azira kwigomeka ku myanzuro ya Minisitiri w’intebe igamije kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus. Uyu mugabo w’imyaka 36 y’amavuko, yatawe muri yombi ejo ku wa 30 Werurwe, ku bufatanye bw’abaturage n’inzego zishinzwe umutekano nka DASSO […]

Umuhanzi Diamond Platnumz ashobora kuba yaranduye Coronavirus

Hari impungenge ko umuhanzi w’ikimenyabose muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz ko yaba afite virusi ya Covid-19 n’ubwo nta bimenyetso byayo aragaragaza. Izi mpungenge zije nyuma y’uko umureberera inyungu, Sallam SK amaze iminsi atangaje ko nyuma yo kigaragaza mi bimenyetso ibipimo byagaragaje ko yanduye iki cyorezo cya Coronavirus. Nyuma y’ibi kandi, umutunganyiriza umuziki wihariye, […]

Umurwayi wa mbere yahitanwe na Coronavirus muri Tanzania

Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania kuri uyu wa 31 Werurwe 2020 yatangaje urupfu rw’umurwayi wa mbere wa Coronavirus muri iki gihugu akaba yari umugabo w’imyaka 49 wo muri mu Mujyi wa Dar es- Salaam. Itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Ubuzima muri iki gihugu, Ummy Mwalimu muri iki gitondo rivuga ko uyu mugabo w’imyaka 49 yari asanzwe afite […]

Gatsibo: Abanyerondo basinze bakomerekeye mu mirwano n’abaturage

Abagabo batatu bakora irondo ry’umwuga mu Mudugudu wa Ngaju, Akagari ka Bukomane, mu Murenge wa Gitoki w’Akarere ka Gatsibo, bari mu maboko y’ubugenzacyaha nyuma yo kujya kurwana n’abaturage basinze ku gicamunsi cy’itariki ya 29 Werurwe. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bukomane, Muhire Etienne, yabwiye Bwiza.com ko bariya banyerondo bari babanje kujya kunywa inzoga, mbere yo kujya […]

Umugabo arembeye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa n’igisirikare cya Uganda

Umugabo w’Umunyarwanda witwa Nambajimana Emmanuel wakoreraga akazi ko gucuruza ubuki mu guhugu cya Uganda arembeye mu Bitaro bya Byumba nyuma yo gukorerwa iyicarubozo n’igisirikare cya Uganda ashinjwa gushaka kwanduza abenegihugu Coronavirus. Nambajimana avuga ko nyuma yo kwaduka kwa Coronavirus yabonye nta mikorere agahitamo gutaha. Ageze i Kabale ubwo yari kumwe na mugenzi we, Polisi yarabafashe […]

Uko imibare ya Coronavirus ihagaze kuri uyu wa 31 Werurwe

Imibare y’urubuga Worldometers yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Werurwe iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 785 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Mu gitondo cyo […]

Undi muhanzi wamamaye mu njyana ya Country Music yishwe na Coronavirus

Umuhanzi Joe Diffie wamamaye mu njyana ya Country Music, yaraye yitabye Imana azize icyorezo cya Virusi ya Corona. Diffie w’imyaka 61 y’amavuko, yavukiye mu gace ka Tulsa muri Leta ya Oklahoma iri mu zigize Leta zunze ubumwe za Amerika, akaba yari afite imizingo 13 y’indirimbo. Uyu muhanzi yitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri atangaje ko yasanzwemo […]

Uganda: Gen. Muhoozi yasabye imbabazi abagore baherutse gukubitwa n’urwego rw’umutekano

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi yasabiye imbabazi mu ruhame abagore batatu baherutse gukubitwa n’abashinzwe umutekano babahora kuba bari bishe amabwiriza yari yatanzwe na Perezida Yoweri Museveni. Ku wa 25 Werurwe ni bwo Perezida Museveni yari yatanze ayo mabwiriza, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Perezida Museveni yavuze ko […]

Umunyeshuri wa UR akurikiranweho gusambanya abakobwa babiri barimo uw’imyaka 17

Izabayo William wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ari mu maboko y’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha aho akurikiranweho icyaha cyo gusambanya abakobwa babiri barimo utarageza ku myaka y’ubukure. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 30 Werurwe ni bwo Izabayo w’imyaka 29 y’amavuko wiga mu Ishami ry’ubuvuzi no gucunga imiti muri Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri […]

Mushiki wa Diamond yamusabye kugarura Wema Sepetu mu muryango

Nyuma y’ibyumweru bisaga bitatu umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania no muri Afurika, Diamond Platnumz atandukanye n’uwari umukunzi we, Tanasha Donna ubu mushiki we Queen Darlen aramushishikariza kongera gusubirana na Wema Sepetu bahoze bakundana na mbere. Queen Darlen ukunze kuvugwaho kuba akunda Wema Sepetu mu bakobwa bose bazwi na musaza we Diamond,noneho yamugaragarije ko yifuza ko bakongera […]

Impunzi z’abanya-Sudani zikomeje kwinjira muri Uganda

Mu gihe Perezida Museveni wa Uganda yafashe ingamba zikomeye mu kurwanya icyorezo cya Coronavirus harimo no gufunga imipaka yose, umugambi we ukomeje gukomwa mu nkokora kuko hari impunzi ziri guturuka muri Sudani y’Epfo ziza muri iki gihugu hakaba hari impungenge ko zishobora gukwirakwiza Coronavirus. Minisitiri muri Minisiteri ishinzwe Ibiza n’Impunzi muri Uganda, Musa Ecweru mu […]

‘Kigali International Peace Marathon’ yari kuzaba muri Gicurasi yimuwe kubera Coronavirus

Nyuma y’uko imikino itandukanye mu Rwanda no ku Isi ibaye ihagaze muri aya mezi kubera Icyorezo cya Coronavirus gikomeje kuyogoza Isi, irushanwa Mpuzamahanga ry’umukino ngororamubiri wo gusiganwa ku maguru rizwi nka ‘Kigali International Peace Marathon naryo ryimuriwe igihe ryagombaga kuzaberaho. Iri siganwa ryagombaga kuba ku itariki 17 Gicurasi 2020 rikaba ryigijwe inyuma ho ukwezi aho […]

Umucamanza wagombaga guca urubanza rwa Gen. Tumukunde yabuze

Urubanza Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde aregwamo na Leta ya Uganda ibyaha byo gutunga intwaro n’amasasu mu buryo butemewe n’amategeko, rwasubitswe kubera ko umucamanza wagombaga kuruca yabuze. Urubanza rw’uyu wahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, rwari ruteganyijwe kuri uyu wa 30 Werurwe, gusa ruza kwimurwa kubera ko Valerian Tuhimbise wagombaga kuruca atabonetse. […]

Trump yabwiye igikomangoma Harry ko atazacyishyurira umutekano

Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yabwiye igikomangoma cyo mu Bwongereza Harry n’umufasha we Meghan Markle ko bagomba kwikora ku mufuka, kugira ngo Leta zunze ubumwe za Amerika zibacungire umutekano. Perezida Trump yabitangaje nyuma y’uko Harry na Meghan bageze muri Amerika bavuye muri Canada, aho bari bamaze igihe baba. Perezida Trump abinyujije […]

Gisagara: Umugabo watemye abantu batatu yatawe muri yombi

Umugabo witwa Nzirorera Emmanuel utuye mu karere ka Gisagara, Umurenge wa Ndora, Akagari ka Cyamukuza mu Mudugudu w’Urusenyi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano aho akurikiranweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we, umwana muto yari ahetse ndetse n’umugabo w’umuturanyi wari atabaye. Ibi byabaye kuri iki Cyumweru ahagana saa 15:30 bikaba bivugwa ko uyu Nzirorera yarasanzwe […]

Uko imibare ya Coronavirus ihagaze kuri uyu wa 30 Werurwe

Imibare y’urubuga Worldometers yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 700 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Mu gitondo cyo kuri iyi tariki ya 30 Werurwe abari bamaze […]

Koreya y’Epfo irashinja iya Ruguru gukora ibisasu mu gihe Isi ihanganye na Coronavirus

Koreya y’Epfo yongeye gushyira mu majwi Koreya ya Ruguru iyishinja kuba yo idahangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije Isi yose ahubwo yo ikaba igishyize imbere gahunda zo kwikorera ibitwaro bya kirimbuzi. Ni nyuma y’aho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru Koreya ya Ruguru igerageje kohereza ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa roketi mu Nyanja y’Ubuyapani bikaba […]

Kenya: Umumotari yishwe na moto ahunga polisi yamwirukagaho

Polisi yo mu gihugu cya Kenya irashinjwa kuba inyuma y’urupfu rw’umumotari wapfuye atwaye moto nyuma y’uko imwirutseho imuhora kutubahiriza ibwiriza ryo kuguma mu rugo muri ibi bihe byo guhangana na Coronavirus. Ibi byabereye ahitwa Isiolo muri Kenya ubwo polisi ya Kenya ikomeje gushinjwa gukoresha imbaraga z;umurengera mu guhana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus yirutse […]

Gisagara:Umugabo ari gushakishwa nyuma yo gutema abantu batatu

Umugabo witwa Nzirorera Emmanuel utuye mu karere ka Gisagara,umurenge wa Ndora,akagari ka Cyamukuza,mu mudugudu w’Urusenyi ari gushakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gutema umugore we,umwana muto yari ahetse ndetse n’umugabo w’umuturanyi warutabaye. Iri bara ryaguye kuri iki Cyumweru ahagana saa 15:30 bikaba bivugwa ko uyu Nzirorera yarasanzwe agirana ibibazo n’umufasha we gusa ikirego umugore yari yaratanze […]

Niyonzima Salomon wakubiswe ashinjwa kwiba igitoki yitabye Imana

Umusore witwa Niyonzima Salomon wo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu, yitabye Imana mu ijoro ryakeye nyuma yo gukubitwa n’abaturage bamushinja kwiba igitoki. Ku wa gatanu, tariki 27 Werurwe, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’abaturage bakubitiraga Niyonzima mu kirere ku wa 25 Werurwe, bamushinja kwiba igitoki. Muri iyo Videwo abaturage bumvikanaga […]

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yandikiye ibaruwa buri rugo rwo mu gihugu cye

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson yandikiye urwandiko Abongereza aha kopi yarwo buri rugo ababurira ku cyorezo cya Coronavirus aho yabasabye gukomeza kwitwararika kuko ngo ibintu bizarushaho kuba bibi muri iki gihugu mu gihe cy’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere. Minisitiri Boris kuri ubu wishyize mu kato nyuma yo gusuzumwa bagasanga yaranduye iki cyorezo yakomeje gusaba […]

Leta yatangiye kugoboka Abanyarwanda b’amikoro make (Amafoto)

img-20200328-wa0009.jpg

Leta y’u Rwanda yatangiye guha ibyo kurya Abanyarwanda bafite amikoro make, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwicwa n’inzara mu gihe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ibyo kurya byatangiye gutangwa birimo umuceri, akawunga, amakaroni, ifu y’igikoma, isukari, ibishyimbo, umunyu, amavuta yo guteka, n’ibindi. Ibiri gutangwa kandi birimo ibikoresho by’ibanze, byiganjemo iby’isuku. Leta yafashe […]

Kenya: Leta yakoresheje imbaraga z’umurengera ngo abaturage bagume mu rugo

img-20200328-wa0021.jpg

Bamwe mu baturage bo muri Kenya,mu mujyi wa Mombasa bahuye n’uruva gusenya ubwo bageragezaga kurira ubwato ngo bafate urugendo kandi itegeko rya Perezida Uhuru Kenyatta ryarabibujije mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Aba baturage batewe ibyotsi biryana mu maso ndetse baranakubitwa bikomeye ibintu byaviriyemo abarenga 12 gukomereka. Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Kenya,igeze kuri 20 yose […]

Agakingirizo kabaye imbonekarimwe ku Isi kubera Coronavirus

Agakingirizo muri iyi minsi kabaye imbonekarimwe mu bice bitandukanye by’Isi kubera ifungwa ry’uruganda runini ku isi, Karex Bhd, rwo mu gihugu cya Malaysia rusanzwe rutunganya udukingirizo. Mu bice bitandukanye by’isi, ibikorwa byinshi byarahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus. Ibi bikaba byaragize ingaruka no ku ruganda, Karex Bhd, ruzwiho gufasha ibihugu byinshi kubona udukingirizo rukaba rusanzwe rukorera […]

Uganda yanze kugira icyo itangaza ku Banyarwanda barenga 300 yirukanye

Leta ya Uganda yanze kugira icyo itangaza ku makuru avuga ko iheruka kwirukana ku butaka bwayo Abanyarwanda barenga 300 ikabajugunya ku bice byo ku mipaka itandukanye ihuza kiriya gihugu n’u Rwanda. Ku wa Gatanu ku wa 27 Werurwe, ni bwo amakuru avuga ko Abanyarwanda 342 birukanwe ku butaka bwa Uganda yagiye ahagaragara, ashimangirwa na Guveri […]

Tanzania yareze Uganda muri CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryareze iryo muri Uganda (FUFA) muri CAF ko Uganda yarenze ku mategeko agenga irushanwa ubwo hakinwaga imikino yo gushaka itike yo kwitabira igikome cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 mu bagore. Tanzania yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikaba ishinja Uganda kuba yarakinishije abakinnyi bari hejuru y’imyaka 17 […]

Nta wemerewe gukumira Umunyamakuru uri mu kazi ke-Minisitiri Shyaka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko abanyamakuru ari abafatanyabikorwa ba Leta mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, bityo ko nta wemerewe kubakumira mu gihe bari mu kazi kabo. Minisitiri Shyaka yatangaje ibi, mu kiganiro kivuga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19 aheruka kugirana na KT Radio. Icyo gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu […]

Uganda: Abatubahirije amabwiriza ya Museveni bakubiswe iz’akabwana (Amafoto)

img-20200327-wa0048.jpg

Inzego z’umutekano muri Uganda zakubise iz’akabwana abaturage, nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza yashyizweho na Perezida Yoweri Museveni mu rwego rwo gukumira Coronavirus. Ku wa gatatu ku wa 25 Werurwe, Perezida Museveni yashyizeho amabwiriza arimo guhagarika ingendo rusange na bumwe mu bucuruzi, gusa Abagande bamwe ntibahita batangira kuyubahiriza. Amafoto yafashwe n’umunyamakuru wa Daily Monitor, Essagala Alex, […]

Rihanna yagarutse mu muziki nyuma y’igihe acecetse

Umuhanzikazi Rihanna yongeye kugaruka mu ruhando rwa muzika nyuma y’imyaka ine adasohora indirimbo ye bwite ubu akaba yasohoye iyo yise ‘Believe it’ yakoranye n’Umunya Canada PartNextDoor. Rihanna yaherukaga gukora igikorwa cya muzika mu mwaka wa 2016 ubwo yasohoraga Alubumu yise “Anti”. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo yatangaje ko arimo gukora indirimbo ye nshya avuga […]

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yanduye COVID-19

Kuri uyu wa 27 Werurwe ibiro bya minisitiri w’intebe w’Ubwongereza byatangaje ko Boris Johnson bamusanzemo icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru Minisitiri Boris Johnson yahamije abinyujije kuri Twitter ye agira ati” mu masaha 24 ashize nagize ibimenyetso byoroheje bansuzumye bansangamo coronavirus.” Yongeyeho ati “Ubu nishyize mu kato, ariko nzakomeza kuyobora guverinoma mu nama kuri […]

Karongi: Abubaka Hoteli Cleo Amantis baratabaza

Abakora imirimo yo kubaka Hoteli Cleo Amantis iherereye mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, baratabaza basaba kwishyurizwa amafaranga bakoreye mbere y’uko imirimo yo kubaka iriya Hoteli isubikwa. Hoteli Cleo Amarantis ni iy’umushabitsi Nyagahene Eugène akaba na ari nyir’ikigo cya Télé 10, ikaba iherereye mu mudugudu wa Gacumba, mu kagari ka Kibuye ho mu […]

Uganda: Polisi yarashe babiri barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus

Abantu babiri muri Uganda bari bari kuri moto barashwe na polisi nyuma yo kurenga ku mabwiriza yatanzwe n’Umukuru w’igihugu, Yoweli Museveni avuga ko gutwara abantu kuri za moto bihagaritswe mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza indwara ya Coronavirus. Abarashwe ni Alex Olyem na Kasim Ssebude bajyanwe mu bitaro bya Mukono nyuma yo kuraswa na polisi batwaye […]

Amerika ni iya mbere ifite umubare munini w’abanduye Coronavirus ku Isi

Leta Zunze ubumwe za Amerika zikomeje kwibasirwa n’icyorezo cya Coronavirus kurusha ibindi bihugu ku Isi ubu kikaba ari cyo kimaze kugira umubare munini w’abanduye aho cyaciye ku bihugu nk’Ubushinwa bwatangiriyemo iki cyorezo n’Ubutaliyani. Umunsi ku wundi imibare y’abanduye Coronvirus ku Isi igenda irushaho kwiyongera hakaba ibihugu bigenda bizamura umubare by’umwihariko kurusha ibindi. Leta Zunze Ubumwe […]

Uko imibare ya Coronavirus yifashe kuri uyu wa 27 Werurwe 2020

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kwandurwa n’abarenga ibihumbi 500 hirya no hino ku Isi. Abantu bo mu bihugu 199 hirya no hino ku Isi ni bo bamaze kwandura kiriya cyorezo. Saa tatu n’iminota 10 kuri uyu wa 27 Werurwe abarirwa […]

Abantu 35 barimo Abanyarwanda birukanwe muri Uganda

Abantu 35 barimo Abanyarwanda 32 n’Abarundi batatu, bashyizwe mu kato i Kagitumba mu Karere ka Nyagatare nyuma yo kwirukanwa muri Uganda. Abaganiriye n’umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamajuru RBA, bavuze ko birukanwe muri Uganda kubera icyorezo cya Coronavirus. Ngo byabaye ngombwa ko banyura mu nzira zitemewe n’amategeko, bahinguka mu Karere ka Nyagatare, bijyanye n’uko ari yo mahitamo […]

Umuntu wa mbere yishwe na Coronavirus muri EAC

Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Kenya, yatangaje ko umuntu wa mbere muri iki gihugu yitabye Imana kuri uyu wa 26 Werurwe azize Icyorezo cya Virusi ya Corona. Itangazo iyi Minisiteri yasohoye rivuga ko uwitabye Imana ari ” umugabo w’umunya-Kenya ufite imyaka 66 y’amavuko wari urwariye mu bitaro bya Agha khan.” Iyi Minisiteri yavuze ko uwitabye […]

Musanze: Umugabo akurikiranweho gukubita DASSO

Kuri station y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ( RIB) iherereye mu Murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, hafungiye umugabo witwa Maniriho Jean Damascène ukurikiranweho gukubita umukozi w’Urwego rwunganira akarere mu by’umutekano (DASSO) akamukomeretsa. Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Mme Marie Michelle Umuhoza, yabwiza Bwiza.com ko ufunzwe Maniriho akaba akurikiranweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. Umuhoza yagize ati […]

Perezida Kagame yifatanyije n’abayobozi ba G20 mu nama yigaga kuri COVID-19

Kuri uyu wa 26 Werurwe, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu kiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD), yifatanyije n’abakuru b’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku Isi (G20) mu nama idasanzwe yigaga ku cyorezo cya Coronavirus. Ni inama Perezida Kagame yitabiriye ari muri Village Urugwiro, abayitabiriye […]

Musanze: Utubari tw’inzagwa twimukiye mu ngo z’abaturage

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ishyizeho ingamba zikomeye mu rwego rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona, hari abaturage bo mu murenge y’akarere ka Musanze basigaye bihisha bakanywera inzagwa mu ngo. Uwahaye Bwiza aya makuru, yavuze ko mu murenge wa Remera w’akarere ka Musanze, iyo hari nk’umuturage wamanuye urwagwa, atumira inkoramutima ze zikarunwa ku […]

Kagame yashimiye Canada na Ethiopia urukundo bagaragarije u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Ahmed Abiy na mugenzi we wa Canada, Justin Trudeau ku nkunga ku rukundo bakomeje kwereka u Rwanda muri ibi bihe Isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ku neza bagiriye u […]

Uganda: Pasiteri yatanze imfashanyo ku miryango 500 muri ibi bihe bya Coronavirus

Pasiteri witwa Robert Kayanja wo mu gihugu cya Uganda yashyikirije inkunga y’ibiribwa imiryango isaga 500 mu kuyifasha guhangana n’ibihe bigoye bya Covid-19 iki gihugu kirimo. Mu gihe bamwe mu bashumba b’amatorero bakomeje gutungwa agatoki kuba bakomeza kwaka amaturo abakirisitu babo bagereranywa n’intama baragiye, Pasiteri Kayanja wo mu gihugu cya Uganda ufite itorero ryitwa Robert Kayanja […]

Umukecuru w’imyaka 97 yakize Coronavirus

Mu gihe Covid-19 ikomeje guhitana umubare munini w’abatuye isi cyane cyane abageze mu za bukuru, umukecuru w’imyaka 97 wo mu gihugu cya Koreya y’Epfo yabaye undi mu bantu bake bakize iyi ndwara bari mu bakuze cyane ku isi. Mu ntangiriro z’uku kwezi, Ibiro ntaramakuru by’Ubushinwa (Xinua) byari byatangaje ko umusaza w’imyaka 100 yakize Coronavirus, uyu […]

Kizza Besigye yiteguye gusubira mu kazi k’ubuganga akifatanya n’abavura Coronavirus

Umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda (Rtd) Col Dr. Warren Kizza Besigye Kifefe yatangaje ko yiteguye kuba yasubira mu mwuga w’ubuganga amazi igihe adakora igihe cyose yaba yitabajwe ngo atange ubufasha mu rugamba igihugu cye kirimo rwo guhangana na Coronavirus. Besigye ubusanzwe wize iby’ubuvuzi akaba yarabaye na muganga wihariye wa Museveni avuga ko ibyo […]

Uko imibare ya COVID-19 yifashe kuri uyu wa 26 Werurwe 2020

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 198 hirya no hino ku Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 472,030 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 21,297 Abantu 114,713 ni bo bamaze Gukira […]

Museveni yahagaritse ingendo rusange na bumwe mu bucuruzi

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko ingendo rusange mu gihugu ziba zihagaritswe mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Museveni yabitegetse ku mugoroba wo kuri uyu wa 25 Werurwe, ubwo yagezaga ku Banya-Uganda ingamba zo guhangana na Coronavirus ku ncuro ya gatanu. Umukuru w’igihugu cya Uganda yategetse ko […]

Kenyatta yemeye gukurwaho 80% by’umushahara we mu guhangana na COVID-19

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yatangaje ko Guverinoma igiye kugoboka abaturage bayo bafite amikoro make binyuze mu kwigomwa kwa bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga menshi bazagabanyirizwa ku mishahara yabo uhereye no kuri we aho yemeye gukurwaho 80% by’umushahara we ngo ufashe abatishoboye bari kuzahazwa n’ingaruka z’ibihe bidasanzwe bya COVID-19. Ibi Perezida Kenyatta yabitangaje […]

Uganda yashyize abasirikare ku mupaka uyihuza n’u Rwanda

Leta ya Uganda yamaze gushyira abasirikare bayo ku mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda kugirango gikumire Abanyarwanda kivuga ko bashobora kwambuka bajyayo bagakwirakwiza icyorezo cya Coronavirus (COVID-19). Ni nyuma y’uko ibihugu byombi bitangaje ko imipaka ibihuza ifunzwe ariko ibitangazamakuru byo muri Uganda bigakomeza gukwirakwiza inkuru zivuga ko hari Abanyarwanda bari guca mu rihumye bakambuka bajya […]

Mfitiye impuhwe abibwira ko batsinda Museveni- Gen. Muhoozi

Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wihariye akaba n’imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yatangaje ko afitiye impuhwe abumva ko bazatsinde Se afata Nk’umuntu wa mbere muri Afurika waharaniye impinduramatwara. Yabitangaje kuri uyu wa gatatu itariki 25 Werurwe, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ni ubutumwa bwari buherekeje ifoto ya Se yo […]

Igikomangoma Charles cy’Ubwongereza cyanduye Coronavirus

Igikomangoma cy’Ubwami bw’Ubwongereza, Charles ibisubizo byo mu ijoro ryo kuwa Kabiri byagaragaje ko bamusanzemo virus ya Covid-19 nk’uko byatangajwe n’umuvugizi we. Charles yageze muri Scotland ku Cyumweru aza gusuzumwa n’Ikigo cy’Ubuzima (NHS0 ubwo yarageze aho bisaba kumufata ibizamini nyuma ibisubizo biza gusohoka mu ijoro ryo kuwa Kabiri bigaragaza ko afite ubwandu bwa Covid-19. Gusa avuga […]

Messi yatanze asaga Frw miliyari mu rwego rwo gukumira Coronavirus

Umunya-Argentine, Lionel Messi ukinira FC Barcelona yo muri Espagne, yahaye Ibitaro bya Barcelona inkunga ya miliyoni imwe y’ama-Euro mu rwego rwo kubifasha guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe n’ibyo bitaro bibinyuhije kuri Twitter yabyo, mbere y’uko ikinyamakuru Mundo Deportivo cyandikirwa i Catalunya gitangaza ko Messi yatanze miliyoni imwe y’ama-Euro. Ibi bitaro byitwa […]

Musanze: Abacuruza ibiribwa bazamuye ibiciro mu buryo butubahirije amabwiriza

Abaturage bahahira mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze (Kariyeri) baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro byatumbagiye nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe atangiye amabwiriza yo gusaba abantu kuguma mungo za bo nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus. Aba baturage muri ibi bihe bidasanzwe igihugu kirimo ubwo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoraga amabwiriza asaba abaturarwanda kuguma mu rugo mu […]