Gitifu yabajije RFL niba hari icyo yakora ku marozi y’ibihuherano ahitana abaturage

Lt Col. Dr Karangwa yasubije Gitifu ko iby'amarozi y'amahuherano birenze ubushobozi bwa RFL

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yabajije Umuyobozi Mukuru wa Laboratwari y’igihugu y’ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (RFL), niba hari icyo yakora ku kibazo cy’amarozi y’amategano n’amahuherano ahitana abaturage. Gitifu Nkurikiyimana yabarije iki kibazo mu bukangurambaga bwo kumenyekanisha serivisi za RFL bwakomereje mu karere ka Huye, intara y’Amajyepfo kuri […]

Uganda: Menya amateka y’umwami wishe abagabo banze kuryamana na we

Umugabane wa Afurika ni wo uvugwaho kutihanganira abaryamana bahuje ibitsina bazwi nk’abatinganyi. Ibihugu 30 muri 54 biwugize bihana byihanukiriye ugaragayeho uyu muco, muri 11 nta tegeko rigira icyo ribivugaho, mu bindi bisigaye bisa n’aho byemewe n’ubwo nta tegeko rirengera ubikora. Abanyafurika benshi ndetse na leta z’ibihugu kuri uyu mugabane, bavuga ko ubutinganyi ari imico y’abanyaburayi […]

Perezida Kagame yakiriye abagize Inteko ya USA batangiye uruzinduko mu Rwanda

Muri Village urugwiro habereye ikiganiro hagati y'iri tsinda n'abayobozi bo mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye abagize inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) batangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje iby’uruzinduko rw’aba badepite n’abasenateri kuri uyu wa 19 Kanama 2022, bigira biti: “Uyu munsi muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yahuye n’itsinda ry’abagize Inteko ya US bayobowe […]

Twirwaneho na Gumino barashinjwa kwica abaturage barindwi

Umuvugizi wa Mai Mai-Bilozebishambuke, Nabulizi Aimable, avuga ko kuwa 17 Kanama uyu mwaka abaturage barindwi bishwe na Twirwaneho na Gumino, bicirwa muri kariyeri bacukuramo amabuye y’agaciro iri ahitwa Bikarakara iherereye mu birometero 13 uvuye mu isanteri ya Minembwe. Ni mu mirwano yasakiranyije iyi mitwe yombi yabereye muri gace ka Bikarakara muri Teritwari ya Fizi, mu […]

Manchester United yegukanye umukinnyi ukomeye wakiniraga Real Madrid

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza yageze ku bwumvikane na Real Madrid yo muri Espagne bwo kugura umunya-BrĂ©sil Casimiro Carlos Henrique uzwi nka Casemiro. Umunyamakuru Fabrizio Romano yatangaje ko amakipe yombi kuri ubu ari gutegura kontaro, nyuma y’uko Madrid yemeye bid ya miliyoni 60 z’ama-Euro zigomba kwiyongeraho izindi 10 Manchester United yemeye kuyiha. Uyu […]

Espagne: Umukobwa wa Do Santos yajuririye icyemezo cyo kohereza umurambo wa se muri Angola

Umukobwa w’uwahoze ari perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos, yajuririye icyemezo cy’urukiko rwo muri Espagne gitegeka guha umurambo we umupfakazi we ugasubizwa mu rugo kugira ngo ashyingurwe. Iki kirego cy’ubujurire cyatanzwe kuri uyu wa Kane ushize na Tchize dos Santos, umukobwa wa Eduardo dos Santos w’imyaka 44 nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga. […]

Rwandan girl dragged to court over ‘indecent’ dressing

Rwandan authorities have arrested and taken to court a young woman over ‘indecent’ dressing, after a photo of her in a fish net attire at a music concert appeared on social media. If convicted, the 24-year-old faces six months to two years in prison.? On Thursday, a judge at Kigali-based Kicukiro Primary court declined to […]

Butembo: MONUSCO ntivuga rumwe na RDC ku igenda ry’abasirikare bayo

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntivuga rumwe na MONUSCO ku ngabo zo muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zigomba kuva mu mujyi wa Butembo. Guverinoma w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa Gisirikare, Lt Gen Constant Ndima Kongba, yabwiye itangazamakuru ryo muri Congo Kinshasa ko ubutumwa bwa ziriya ziriya ngabo muri Butembo bwamaze kurangira. […]

Diamond Platnumz aravuga ko Zuchu nashaka kuva muri Wasafi azishyura miliyari 10 z’Amashilingi

Umuyobozi wa Wasafi Record label, Diamond Platnumz, yatangaje ko umuhanzikazi Zuchu yasinyishije muri iyi label ye azishyura miliyari 10 z’amashilingi naramuka ashatse kuyivamo amasezerano bagiranye atarangiye. Diamond yavuze ko imibare ya Zuchu yiyongereye bidasanzwe ari yo mpamvu bizamsaba amafaranga menshi naramuka ashatse kuva muri label. Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bike ashinjwe gukama abaririmbyi babarizwa muri […]

California: Indege ziteguraga kururuka zagonganiye mu kirere

Abayobozi muri Amerika bavuze ko “hapfuye abantu ” nyuma y’impanuka y’indege ebyiri nto zagonganiye mu kirere ubwo zashakaga kugwa ku kibuga cy’indege cyo muri California. Iyi mpanuka yabaye mbere gato ya saa cyenda z’umugoroba ku isaha yaho ku Kibuga cy’Indege cya Watsonville muri Watsonville, agace k’ubuhinzi gaherereye nko mu bilometero 80 mu majyepfo ya San […]

Minisitiri w’ingabo wa RDC yasuye uruganda rw’intwaro zigezweho mu Burusiya

Aha yari mu nama mpuzamahanga y'umutekano, MCIS

Minisitiri w’ingabo n’abahoze ari abasirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Gilbert Kabanda, yasuye intwaro nto n’iziremereye zigezweho mu Burusiya. Minisitiri Kabanda ari mu Burusiya kuva tariki ya 15 Kanama 2022, aho yahagarariye igihugu cye mu nama mpuzamahanga y’umutekano izwi nka MCIS (Moscow Conference on International Security). Nyuma yo kugeza ijambo ku bitabiriye […]

Kenya: Uwatorewe kuba Visi Perezida ababajwe n’uko Uhuru Kenyatta atakivugana na Ruto uzamusimbura

Rigathi Gachagua watorewe kuba Visi Perezida wa Kenya, yagaragaje ko ababajwe n’uko Perezida Uhuru Kenyatta atakivugisha Dr William Ruto ugiye kumusimbura. Gachagua wiyamamarije hamwe na Dr Ruto, kuri uyu wa 18 Kanama yatangaje ati: “Kugeza ubu, Perezida Kenyatta ntaravugana n’uwatsinze amatora ya Perezida, haba kuri telefone cyangwa mu bundi buryo.” Uyu munyapolitiki yakomeje ati: “Ni […]

Imirwano hagati ya FARDC na M23 ikomereje mu gace ka Tanda

Umuvugizi wa M23 igice cya gisirikare, Maj. Willy Ngoma, atangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kanama, mu birindiro byabo biri ahitwa Tanda, hagabwe ibitero n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ifatanyije na FDLR ndetse na Nyatura. Mu butumwa Maj. Ngoma yanyujije kuri paji ye ya Twitter, yavuze ko batewe ariko bakirwanaho. […]

Nyuma ya Blinken izindi ntumwa z’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika zitegerejwe mu Rwanda

unnamed-16.jpg

Nyuma y’uruzinduko rwa minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Anthony Blinken, mu Rwanda, itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Amerika kuri ubu riri mu gihugu cya Kenya naryo ritegerejwe mu Rwanda. Iri tsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Amerika ryageze muri Kenya mu minsi ishize rigiye kubonana na Perezida watowe, Willam Ruto […]

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi zisaga 100 zivuye muri Libya

U Rwanda kuwa 18 Kanama rwakiriye impunzi 103 zo mu cyiciro cya 10 cy’abavuye muri Libya. Muri izi mpunzi harimo: Abanya-Eritrea 68, Abanya-Sudan 33, umwe wo muri Sudan y’Epfo n’umwe wo muri Ethiopia, nk’uko bitangazwa na minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi. Aba ni ababa baheze muri Libya mu rugendo rwabo rwo kwerekeza i Burayi gushakisha imibereho […]

Kiyovu Sports yasinyishije rutahizamu w’Umurusiya

Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mwaka utaha w’imikino, barimo rutahizamu Vladislav Kormishin ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya. Uyu rutahizamu w’imyaka 27 y’amavuko usanzwe akina nka numĂ©ro 9, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira iyi kipe yo ku Mumena. Kormishin yari asanzwe akinira FC Peresvet Podolsk yo mu cyiciro cya […]

Huye: Urukiko rwashyikirijwe dosiye y’umugabo ukekwaho kwica umwana amuziza se wabo

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 17 Kanama 2022, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 34 ukekwaho kwica umwana w’imyaka 9 amunize. Ubushijacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buravuga ko iki cyaha cyakozwe ku wa 02 Kanama 2022, mu gihe cya saa moya z’ijoro, mu Mudugudu wa […]

U Bufaransa: Ubutabera bwatangiye gufatira imitungo bivugwa ko ari iy’umuhungu wa Perezida Sassou Nguesso

Umuhungu wa perezida wa Congo-Brazzaville arakekwaho n’ubutabera bw’u Bufaransa kuba yaranyereje miliyoni 19 z’amayero mu Bufaransa nk’uko byatangajwe n’urubuga Mediapart ruvuga ko rwabonye icyemezo cyo gufatira imitungo ye itimukanwa, cyo ku ya 20 Kamena, gisobanura imyaka myinshi y’iperereza ku mibereho ya Denis Christel Sassou Nguesso mu Bufaransa. Nk’uko Mediapart ibitangaza, ubutabera bw’u Bufaransa bwatangiye gukurikirana […]

Minisitiri Patel yateye utwatsi inyandiko za Leta zivuga ko mu Rwanda abantu bicwa bakanatotezwa

Umunyamabanga muri guverinoma y’u Bwongereza (Minisitiri) ushinzwe umutekano w’imbere, Priti Patel, yateye utwatsi inyandiko zo muri Leta zivuga ko mu Rwanda abantu bicwa bakanatotezwa, zifashishijwe mu mugambi wo kuburizamo gahunda yo kohereza abimukira. Mu rukiko rwo mu Bwongereza tariki ya 17 Kanama 2022, hagaragajwe inyandiko zaturutse mu biro bishinzwe ububanyi n’amahanga, umuryango Commonwealth n’iterambere, FCDO, […]

Etincelles FC yasimbutse mpaga yashoboraga guterwa na AS Kigali

Ikipe ya Etincelles FC ivugwamo ibibazo bikomeye by’amikoro, yabonye amafaranga y’itike yo kuyijyana i Kigali aho igomba guhurira na AS Kigali yashoboraga kuyitera mpaga. Iyi kipe y’umutoza Bizumuremyi Radjab irasura AS Kigali ya Cassa Mbungo AndrĂ©, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ku munsi w’ejo ni bwo […]

AntĂłnio Guterres avuga ko kwangiriza uruganda rw’ingufu kirimbuzi rwa Zaporizhzhia ari ukwiyahura

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) AntĂłnio Guterres yavuze ko “ahangayikishijwe bikomeye” n’imirwano hafi y’uruganda rw’ingufu kirimbuzi rwa Zaporizhzhia mu majyepfo ya Ukraine. Yabivugiye mu nama hamwe na Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky na Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan mu mujyi wa Lviv mu burengerazuba bwa Ukraine. Guterres yaburiye ati: “Kwangiza uko ari ko kose […]

Polisi yahaye ababyeyi umukoro wo kurinda abana babo ‘kwambara ubusa’ no ‘gukora ibiterasoni’ mu ruhame

Polisi y’Igihugu yasabye ababyeyi kwigisha abana babo no kubarinda kwambara ubusa, gukora ibiterasoni mu ruhame no kubaha inzoga batarageza ku myaka y’ubukure, kuko biri mu bigize icyaha. Ni mu butumwa Polisi yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Iti: “Rwanda Police iributsa abaturarwanda ko umuntu wese wambara ubusa, ukora ibiterasoni mu ruhame ndetse n’uha inzoga umwana […]