Umuhungu wa Habyarimana kwa Ndayishimiye gutegura ibitero ku RwandaÂ

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana JuvĂ©nal wigeze kuba Perezida w’u Rwanda amaze iminsi muri iki gihugu, bikavugwa ko ari mu mugambi wo kugaba ibitero ku Rwanda. Imakuru BWIZA yahawe n’imboni zayo mu Burundi yemeza ko Jean-Luc Habyarimana ari muri iki gihugu, ndetse umwe mu bahaye […]
Karongi: Bane bakekwaho kunyereza arenga Frw miliyoni 200 batawe muri yombiÂ

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko bariya bantu uko ari bane “bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo ufitiye […]
Umugande n’Abanyanijeriya 2 bafatanwe ibikoresho bya gisirikare

Abategetsi ba Uganda bataye muri yombi abakekwaho kuba abanyabyaha mpuzamahanga, barimo umwe utuye muri Paruwasi ya Gasiza, mu Murenge wa Nyakabande mu Karere ka Kisoro, hamwe n’abenegihugu babiri ba Nigeria. Ifatwa ryakurikiye umuburo wa Polisi Mpuzamahanga (Interpol) hamwe n’amakuru yatanzwe n’abaturage ku myitwarire iteye inkeke babonaga. Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano imbere mu gihugu, Simon Peter […]
Uganda: Polisi yataye muriyombi umugore wategetse umwana kumira inshinge 8 badodesha

Polisi yo mu Karere ka Mitooma ho muri Uganda, yataye muri yombi umugore w’imyaka 45 ukekwaho guhatira umwana w’umuhungu w’imyaka umunani, abereye mukase kumira inshinge. Uyu mugore witwa Juliet Tushabeomwe utuye mu Mudugudu wa Rweibare II, Paruwasi ya Kyanzire, mu Murenge wa Kashenshero, yatawe muri yombi ku wa 1 Gicurasi 2026. Afungiye kuri sitasiyo ya […]
Urukiko rw’i Paris rwategetse ko Agathe Kanziga akomeza gukorwaho iperereza

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi rwanzuye ko iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana JuvĂ©nal, Agathe Kanziga, akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu itegurwa ryayo rikomeza. Uru rubanza rwagombaga gusomwa tariki 8 Mata, rusubikwa ku mpamvu zitatangajwe. Kuri uyu wa Gatatu, umucamanza w’urukiko yavuze ko abacamanza […]
Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar agiye kuburanishwa

Kuva mu Kuboza, Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar ategereje kwiregura ku birego byatanzwe n’urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko. Bivuze ko azaburanishwa adahari kuko ari mu buhungiro kuva yahirikwa ku butegetsi mu 2025. Ni ibirego byo kunyereza umutungo, ikoreshwa ry’amafaranga akoreshwa na leta ritavugwaho rumwe, hamwe n’ibyemezo yafashe mu gihe bitera cya Covid. Nk’uko […]
Perezida Kagame yageze i Gaborone

Perezida Paul Kagame yageze i Gaborone mu murwa mukuru wa Botswana, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Umukuru w’Igihugu akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cyitiriwe Sir Seretse Khama, yakiriwe na mugenzi we wa Botswana, Duma Boko ari na we wamutumiriye gusura igihugu cye. Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame i Gaborone rwabanjirijwe n’inama ya kabiri y’Ihuriro […]
Kinshasa: Icyicaro cy’ishyaka PPRD rya Kabila cyatwitswe n’abayoboke ba UDPS

Umujinya ukomeje kwiyongera muri sosiyete sivili ya Congo nyuma y’itwikwa ry’icyicaro cy’Ishyaka ry’Abaturage riharanira Kwiyubaka na Demokarasi (PPRD), ishyaka ry’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila, i Kinshasa. Ku wa Kabiri, itariki ya 5 Gicurasi, abanyamakuru ba Radio Okapi basuye aho hantu, babonye ibimenyetso bigaragara by’umuriro ku nyubako irimo icyicaro cy’ishyaka, giherereye kuri Boulevard ya Sendwe mu […]
Sudani irashinja Ethiopia na UAE kugira uruhare mu gitero cya drones ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum

Ingabo za Sudani zashinje Ethiopia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kugira uruhare mu gitero cy’indege zitagira abapilote ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum, kikaba ari kimwe mu bitero byahungabanije umutuzo wari umaze amezi mu murwa mukuru mu ntambara hagati y’abaturage imaze imyaka itatu. Kuri uyu wa Kabiri ushize, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ethiopia yamaganye icyo yise […]
M23 n’ingabo za Kinshasa mu mirwano y’injyanamuntu hafi ya Uvira

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu umutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa baramukiye mu mirwano ikomeye cyane iri kubera ku ntera nto uvuye mu mujyi wa Uvira. Amakuru atandukanye yemeza ko imirwano iri kubera mu duce twa Kigoro, Kigurwe na Kabunambo […]
Gaborone: Minisitiri Nduhungirehe na mugenzi we wa Botswana bayoboye inama ya JPCC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe na mugenzi we, Phenyo Butale, Uyu munsi i Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana, kuri uyu wa Kabiri i Gaborone bayoboye inama ya 2 ya Komisiyo Ihoraho Ihuriweho y’ubufatanye (JPCC) hagati y’u Rwanda na Botswana. Mu ijambo rye, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje umubano ukomeye uri hagati y’ibihugu byombi anashimangira […]
Yategetswe gusubiza inkwano nyuma yo gusaba gatanya

Umugore witwa Fatima Usman, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi, yitabaje Urukiko rwa Shari’a rwa Magajin Gari ruherereye muri Leta ya Kaduna, asaba gutandukana n’umugabo we Sulaiman Adamu bari bamaze amezi atatu bashakanye. Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakuru muri Nigeria (NAN), Fatima yasabye ko urukiko rusesa ubukwe bwabo binyuze mu buryo bwa Khul’i, […]
MINISPORTS yihanangirijwe ku micungire mibi ya za Stade

Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yasabye Minisiteri ya Siporo gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bigaragara mu micungire no mu ikoreshwa ry’ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu. Ibi byagarutsweho ku wa 5 Gicurasi 2026, ubwo Komisiyo ishinzwe Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko yatangaga raporo ku isesengura rya politiki ya siporo ya 2020-2030. Perezida w’iyi Komisiyo, Depite Rubagumya […]
Boko Haram yishe abasirikare 23 ba Tchad

Kuri uyu wa Kabiri, abayobozi ba Tchad bavuze ko abarwanyi ba Boko Haram bishe byibuze abashinzwe umutekano 23 mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare. Igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Mbere cyibasiye ikigo cya gisirikare ku nkombe z’ikiyaga cya Tchad, gihuriraho ibihugu bya Tchad, Niger, Nigeria na Cameroun. Abandi basirikare benshi bo mu […]
Iran irigamba intsinzi nyuma y’aho Amerika ihagaritse “Project Freedom” mu Muhora wa Hormuz

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kabiri nimugoroba yatangaje ko igikorwa cya gisirikare cyo kuyobora amato yaheze mu Kigobe cy’Abarabu akanyura mu Muhora wa Hormuz, kizaba gihagaritswe by’”igihe gito”, ibintu Iran ifata nk’intsinzi. Perezida Trump yavuze ko icyo gikorwa cya gisirikare, cyiswe “Project Freedom”, cyatangiye ku wa Mbere, kizahagarikwa […]
Gen. Mubarakh Muganga yaganiriye na Gen. Selçuk Bayraktaroğlu wa TAF

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’ingabo za TĂĽrkiye (TAF), Gen. Selçuk BayraktaroÄźlu. Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byombi bahuriye mu mujyi wa Instanbul muri TĂĽrkiye, ahari kubera imurikabikorwa rya gisirikare rya 2026 rizwi nka SAHA 2026 International Defence, Aviation and […]
Perezida Kagame yacyeje Arsenal yageze kuri ‘final’ ya Champions leagueÂ

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza, nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league. Iyi kipe yageze kuri final ya Champions league, nyuma yo gutsinda Atletico Madrid yo muri Espagne bari bahuriye mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza igitego 1-0, bikarangira iyisezereye ku giteranyo cy’ibitego […]