Venezuela izayoborwa na Washington kugeza habonetse uzasimbura Maduro

MADURO AND TRUMP

Ejo hazaza ha politiki ya Venezuela ntiharamenyekana nyuma y’igitero cya Amerika ku murwa mukuru, Caracas, no gufata mpiri Perezida Nicolas Maduro mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki 3 Mutarama 2026. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko Venezuela izayoborwa na Washington kugeza igihe hazabera ihererekanya ry’ubutegetsi ritekanye. Urukiko rwo muri […]

MONUSCO yamaganye igitero cy’indege za FARDC cyahitanye abasivili i Masisi

zE3zQBo0

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwamaganye ku wa Gatandatu igitero cy’indege zitagira abapilote z’Ingabo za Congo kuwa Gatanu mu mujyi wa Masisi, cyahitanye nibura abasivili bane. Igitero bivugwa ko cyari kigendereye kwibasira ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 mu gace ka Mont Ngaliema, cyibasiye ingo z’abasivili, cyangiza […]

Lubero: Liyetona koloneli na majoro mu basirikare 8 ba FARDC bashinjwa ubwicanyi

lubero centre un lieutenant colonel et un major fardc parmi les poursuivis pour meurtre pht ks 02 janv 2026 png 711 473 1

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 31 Ukuboza 2025, abasirikare umunani mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo umuliyetona koloneli na majoro, bitabye Urukiko rwa Gisirikare rwa Kivu y’Amajyaruguru, muri Lubero-centre bakurikiranweho ubwicanyi. Uru rubanza rufatwa mu rwego rwo kwigisha, rukomoka ku iyicwa ry’undi musirikare wa FARDC. Uyu avugwaho kunyanyagiza amasasu […]

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko

G3RuDs4WQAEYSQi

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko kubera ibikorwa bijyanye na ruswa. Undi mucamanza yahagaritswe kubera imyitwarire idahwitse y’umwuga, nk’uko bigaragazwa n’imyanzuro yemejwe mu nama njyanama yabaye ku wa Gatatu, itariki 31 Ukuboza, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa. Iyi nama yirukanye Dalaus Kamanzi, umucamanza mu Rukiko Rukuru, Zozime Hategekimana, Umucamanza mu Rukiko […]

U Busuwisi: Inkongi y’umuriro yahitanye nibura 40 mu kabari ku Bunani

Swiss ski banner

Nibura abantu 40 barapfuye abandi bagera kuri 115 barakomereka, mu gihugu cy’u Busuwisi, ubwo ikongi y’umuriro yibasiraga akabari kari Crans-Montana karimo abantu benshi mu birori byo kwizihiza umwaka mushya. Iyi nkongi y’umuriro yibasiye akabari kaba karimo abantu benshi muri Crans-Montana ahantu hakinirwa umukino wa ski mu rukerera rwo ku wa Kane ubwo abantu bizihizaga umwaka […]

Amsterdam: Iyahoze ari kiliziya yahindutse ahabera ibirori yahiye irakongoka

image 1767252468032

Kiliziya ya Vondel i Amsterdam, yari yarahinduwe ahantu habera ibitaramo, hafi y’imwe muri parike zizwi cyane muri uyu mujyi, yasenyutse igice kinini kubera inkongi y’umuriro yarwibasiye mu gihe ibirori byo kwizihiza umwaka mushya byari birimbanyije, nk’uko ibitangazamakuru byaho byatangaje ku wa Kane. Umunara w’urusengero rwahoze ari urwa Kiliziya Gatolika ufite uburebure bwa metero 164 (metero […]

Kinshasa imaze kwanga kwitabira inama 2 ku ihagarikwa ry’imirwano – Corneille Nangaa

Capture decran 2025 06 30 115412

Ihuriro rya politiki na gisirikare, Alliance Fleuve Congo / M23 rirashinja Guverinoma ya Kinshasa gushyira imbere ibikorwa bya gisirikare nk’igisubizo ku kibazo cy’umutekano gikomeje kuba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuhuzabikorwa wa politiki, Corneille Nangaa, avuga ko iki kibazo ari uko abona ko abayobozi ba Kinshasa badashaka kubahiriza ibyo biyemeje mu rwego […]

Congo-Brazza: Sassou Nguesso agiye guhatanira indi manda nyuma y’imyaka 41 ari perezida

hq720 2

Muri Congo-Brazzaville, abantu 3.000 bitabiriye kongere ya gatandatu y’Ishyaka ry’Abakozi muri Congo (PCT) riri ku butegetsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, bemeje Perezida Denis Sassou Nguesso, w’imyaka 82, n’imyaka irenga 40 amaze ku butegetsi, nk’umukandida wabo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Werurwe 2026. Denis Sassou Nguesso yahiswemo, bidatunguranye, […]

Mu Budage habaye ubujura bushobora kuba ari bwo bwa mbere bukaze mu mateka

410808784 1767013906 v16 9 1200

Abajura bibye imitungo ibarirwa muri miliyoni mirongo z’amayero yari mu dusanduku tubitse mu mutamenwa wa banki yo mu Budage bacukuye ku wa Mbere mu gihe cy’ikiruhuko nk’uko byatangajwe na polisi. Polisi na banki bavuze ko abakiriya ba banki bagera ku 2700 bagizweho ingaruka n’ubujura bwakozwe mu ishami rya Sparkasse bank riherereye mu Mujyi wa Gelsenkirchen. […]

USA: Umwuzukuru wa JF Kennedy yapfuye akiri muto azize uburwayi

251230 tatiana schlossberg 2 es

Tatiana Schlossberg, umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Amerika, John F Kennedy, yapfuye afite imyaka 35 y’amavuko azize uburwayi. Umuryango we watangaje ko yapfuye ubinyujije mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga bwatanzwe na John F Kennedy Library Foundation, yanditse ngo: “Tatiana mwiza wacu yitabye Imana muri iki gitondo. Azahora mu mitima yacu.” Mu Gushyingo, nibwo Schlossberg, umunyamakuru […]

Guinea: Doumbouya yatsinze amatora ya perezida

images 11

Mamadi Doumbouya wari uyoboye  Guinea mu nzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi, yatsinze amatora ya perezida ku majwi 86% nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara na komisiyo y’amatora bivuga. Bisobanuye ko igihugu kigiye kuyoborwa mu butegetsi bwa gisivile butanzwe mu nzira y’amatora nyuma y’uko mu 2021, Mamadi Doumbouya ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé wari […]

Kinshasa: Undi muyobozi mu ishyaka PPRD rya Kabila yafunzwe

IMG 0389

Dunia Kilanga Nyembo Christian, umunyamabanga akaba n’umukangurambaga w’ishyaka PPRD, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, ahagana mu saa 00h30 za mu gitondo, uvuye mu munsi wo kuwa Mbere, afashwe n’abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bamusanze iwe mu karere ka Lemba. Nyuma yajyanywe ahantu hatazwi, nk’uko amakuru ava mu muryango […]

Khaleda Zia wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh yapfuye ku myaka 80

BNP Chairperson Khaleda Zia Passes Away 1767061554

Khaleda Zia, wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh akaba n’umwanzi ukomeye w’umuyobozi uherutse guhirikwa, Sheikh Hasina, yapfuye ku myaka 80 azize indwara yari amaranye igihe kirekire. Muri Gashyantare, Zia yari afite intego yo kwiyamamariza manda ya gatatu ya minisitiri w’intebe, ubwo iki gihugu kizaba gitora ku nshuro ya mbere abayobozi bashya kuva haba […]

RDC: Barasaba ko Gen. Ekenge yahanwa by’intangarugero nyuma yo guhagarikwa

jad20251229 ass rdc rwanda sylvain ekenge sanction

Umuryango w’abaturage urwanya imvugo zibiba urwango (ACLDH) wishimiye ihagarikwa rya General Sylvain Ekenge, wari Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ariko usanga bidahagije. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, Umuvugizi w’umuryango, Gloire Manesa, yamaganye amagambo “avangura” yavuzwe n’umuyobozi mukuru mu gisirikare ku itariki ya 27 Ukuboza […]

Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

2025 08 31T131335Z 2066790942 RC2OHGAPQH4R RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS HAMAS GAZA 1024x683 1

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya ⁠Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka. Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje […]

Burundi: Amarondo ya nijoro yagizwe itegeko mu bice byegereye u Rwanda

IMG 20251229 WA0025

Muri Komini ya Kirundo, ihana imbibi n’u Rwanda mu Ntara ya Butanyerera, mu majyaruguru y’u Burundi, ingamba z’umutekano zafashwe zateje impungenge zikomeye mu baturage. Ku dusozi twinshi duteganye n’Ikiyaga cya Cyohoha n’Umugezi w’Akanyaru, amarondo yagizwe itegeko, ibintu ngo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mibereho ya buri munsi y’abaturage no guteza ibibazo by’uburenganzira bwa muntu. Nk’uko […]

Kikwit: Imirwano hagati ya FARDC na Mobondo yaguyemo abagera kuri 20

WhatsApp Image 2022 08 12 at 10.00.07

Nibura abarwanyi 15 ba Mobondo n’abasirikare batanu bo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) baguye mu mirwano iherutse kubera i Kikwit, mu Ntara ya Kwilu. Kuwa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza, igisirikare cyeretse abanyamakuru intwaro n’inyandiko by’abarwanyi ba Mobondo byafashwe. Nk’uko FARDC ibitangaza, ibintu byafashwe birimo imbunda 29 za calibre 12, imbunda […]

Kinshasa: Haravugwa itabwa muri yombi rya Col. Makoko wo mu barinda perezida

G9Vh8ZkX0AAVz9X

Kuri uyu wa Mbere, undi musirikare mukuru wa FARDC, Colonel Serge Makoko Bwanamoya, wo muri Batayo y’Ingabo zirinda Perezida, yoherejwe muri Gereza ya Ndolo, kandi dosiye ye yamaze gushyikirizwa umushinjacyaha mukuru.   Amakuru amaze kujya ahagaragara agera kuri Bwiza avuga ko akurikiranweho ibyaha byinshi bikomeye birimo: kugirana ibiganiro kuri telefone n’umwe mu bagize AFC / […]

FARDC yitandukanyije n’ibyatangajwe n’Umuvugizi wa yo

image editor output image1806833594 1757880183150

Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo buravuga ko bwamaganye imvugo yo kwibasira Abatutsi y’Umuvugizi w’Ingabo, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC) kuwa Gatandatu, itariki 27 Ukuboza, kubw’ibyo hakaba hafashwe icyemezo cyo kumukura ku mirimo ye y’Umuvugizi wa FARDC. Itangazo rya FARDC ryashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt. Gen. Banza Mwilambwe […]

Turkiya: Abapolisi 3 biciwe mu mirwano na Islamic State abandi barakomereka

turkish police injured

Abapolisi batatu bishwe abandi icyenda bakomeretswa n’amasasu mu gikorwa cyo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Yalova, nyuma y’uko Turkiya itaye muri yombi abantu barenga 100 bakekwaho kuba bateguraga ibitero mu biruhuko. Ubuyobozi bwavuze ko abapolisi batatu ba Turkiya bishwe abandi icyenda barakomereka ubwo barasanaga n’abakekwaho kuba mu mutwe wa Leta ya Kisilamu (IS) mu gikorwa […]

Bunia: Umunyamakuru wa RTNC yishwe n’abantu bataramenyekana

IMG 20250821 WA0017

Umunyamakuru Thierry Banga Lole, ukorera ishami rya Radio na Televiziyo by’Igihugu ( RTNC ) muri Bunia, yapfuye azize ibikomere bikomeye nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje intwaro bamusanze iwe mu rugo mu Mujyi wa Bunia. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, abantu bitwaje imbunda batamenyekanye binjiye iwe nijoro, ahagana mu ma […]

Imirwano iri kubica hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Katogo kugeza Kambiba

602311587 842326958788881 3902893368463987065 n

Imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC-M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishyigikiwe na Wazalendo, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, yabereye mu midugudu ya Katogo, Kigogo, Kambiba, no mu turere tuyikikije. Iyi mirwano nk’uko amakuru atarasobanuka neza abivuga, iri kubera muri Gurupoma ya Kalungwe, Sheferi ya Bavira, Teritwari ya Uvira, mu […]

Centrafrica: Perezida Touadera aritegura kuyobora manda ya 3 nyuma y’amatora

000 89687ZB

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) habaye amatora atarigeze abaho. Miliyoni hafi 2.4 z’abaturage ba Centrafrica babyukiye gutora Perezida wa Repubulika, abadepite, abajyanama b’amakomine, n’abahagarariye uturere. Amatora yagenze neza nta kibazo gikomeye cyabaye. Ku biro by’itora No 6 ku ishuri rya Lakouanga, mu murwa mukuru wa Repubulika ya […]

U Bushinwa bwagose Taiwan mu myitozo yiswe “Just Mission 2025”

3d178790 0f83 11f0 9d28 c5001aaa1699

Taiwan irashinja u Bushinwa iterabwoba rya gisirikare nyuma y’uko Beijing itangaje imyitozo ikoreshwamo amasasu ya nyayo. Bije nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani avuze ko Tokyo ishobora kugira icyo ikora kugira ngo irengere ikirwa cyigenga. Kuri uyu wa Mbere, u Bushinwa bwatangaje imyitozo ya gisirikare “ikomeye” izenguruka Taiwan mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera n’u […]

Nduhungirehe yamaganye imvugo y’Umuvugizi wa FARDC yibasira Abatutsi

nduhungirehe 4 2

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yamaganye imvugo y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Major. Sylvain Ekenge, watangarije kuri Radio na televiziyo by’igihugu kuwa Gatandatu ko gushakana n’Umututsi ari ukwitonda. Nk’uko Gen. Sylvain Ekenge yabitangaje: “Iyo ushyingiranywe n’umugore w’umututsi, ugomba kwitonda. Iyo uri mu mwanya w’ubutegetsi, nk’umutware gakondo wo mu rwego rwo […]

Burundi: Gen. Bunyoni mu bindi bitaro mu ibanga rikomeye

Bunyoni 3800x2138 c 1840x1035 1

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko uwahoze ari minisitiri w’intebe, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wari mu Bitaro bya Gitega kuva mu Kwakira 2025, yimuriwe ku itariki ya 27 Ukuboza 2025, mu bitaro byigenga bya Kira i Bujumbura. Iyimurwa ryakozwe mu ibanga no mu mutekano bihambaye, ryongeye gutera kwibaza ku buzima bwe ndetse n’uko […]

Abajenerali bafunzwe ni abakoreshejwe n’u Rwanda – Gen. Ekenge

ekengee1 98245 1ccc7

Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Sylvain Ekenge, yashinje u Rwanda icyo yise umugambi wo gukomeza guhungabanya Congo n’nzego zayo, aho yemeza ko abasirikare bakuru bafunzwe bazira gukoreshwa n’u Rwanda. Abasirikare bakuru barenga 20 barimo Gen. Christian Tshiwewe, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, ubu barafunzwe. Abo basirikare bakuru hafi ya bose […]

Madagascar: Uwahoze ari perezida wa sena yatawe muri yombi

images 10

Muri Madagascar, ubutabera bwataye muri yombi uwahoze ari Perezida wa Sena, Richard Ravalomanana. Uyu wari isura y’ubutegetsi bwa Rajoelina, wamaganwe n’abigaragambyaga mu gihe cy’imyigaragambyo ya Gen Z iherutse, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 27 Ukuboza, akuwe iwe i Antananarivo. Mu minsi yashize yari yanze kwitaba ihamagazwa rya Gendarmerie. Abashinzwe iperereza […]

MONUSCO yafashije FARDC kuva mu gace kafashwe n’inyeshyamba za Lubanga

G8YC6UsWwAAaYum

Nyuma y’ifatwa rya centre ya Bule yafashwe n’inyeshyamba za CRP, kuri uyu wa Gatandatu ushize, MONUSCO, ku bufatanye n’Ingabo za Uganda, bavanye Abasirikare ba FARDC bafashwe mu nkambi y’inyeshyamba i Rhoo, iherereye mu birometero bitanu uvuye i Bule. Aba basirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bafashwe cyangwa bagoswe n’inyeshyamba baherekejwe kugera mu […]

Drones zongeye guhungabanya akazi ku Kibuga cy’Indege cya Hannover

hannover aiport

Ingendo zo mu kirere zahungabanijwe i Hanover muri Leta ya Lower Saxony mu majyaruguru y’u Budage nyuma y’uko indege zitagira abadereva zitamenyekanyekanye zigaragaye ku Kibuga cy’Indege cya Hannover nk’uko byatangajwe kuwa Gatandatu. Biravugwa ko gufunga Ikibuga cy’Indege cya Hannover byatangiye saa 9h45 z’ijoro ku isaha yaho (20:47 UTC) kuwa Gatanu bigeza saa 12:16 z’amanywa kuwa […]

Walikale: Habaye imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo kuri AFC/M23

Carte Walikale2

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 27 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo muri Ihula, muri Gurupoma ya Kisimba iherereye muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri Gurupoma ya Kisimba abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zateye ibirindiro by’inyeshyamba za AFC/M23 ahagana mu ma […]

Kindu: Byabaye ngombwa ko basimbuka kugirango basohoke mu ndege kubera kubura ingazi

Capture2 1

Mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo habaye agashya ubwo abagenzi benshi bari muri Boeing 737-800 bahatiwe gusohokamo basimbutse metero hafi eshatu uvuye ku muryango w’indege, kubera ko nta ngazi zari zihari. Nyuma yo gutegereza amasaha menshi kandi nta makuru babona ava muri komanyi y’indege, bamwe bahisemo […]

RDC: Gen. Padiri Muhizi wa FARDC yatawe muri yombi

IMG 20250616 WA0650

General Major Padiri Muhizi Jonas, Komanda w’Akarere ka 11 ka Gisirikare ka FARDC, yatawe muri yombi kuwa Kabiri i Kinshasa, nk’uko amakuru atandukanye yizewe aturuka mu nzego z’umutekano abyemeza. Biravugwa ko yahamagajwe n’ubuyobozi bwe, ariko atigeze agaruka ku kazi, ibyateye impuha ku itabwa muri yombi rye. Abamwegereye bavuga ko urwikekwe ari rwose hajuru mu buyobozi […]

Nigeria: Igitero cya bombe mu musigiti cyahitanye batanu

603861048 1470026331159363 1054588755686040919 n

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Ukuboza 2025, byibuze abantu batanu bapfuye abandi 35 barakomereka ubwo igisasu cyaturikiye ku musigiti mu masengesho ya nimugoroba muri Leta ya Borno mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, nk’uko Umuvugizi wa Polisi, ASP Nahum Daso Kenneth, yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook. Nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, abayobozi bakeka […]

Impanuka ya kajugujugu ku Musozi wa Kilimanjaro yahitanye abarimo ba mukerarugendo

helicopter crash jpg

Kuri uyu wa Kane, kajugujugu yaguye ku Musozi wa Kilimanjaro muri Tanzaniya, ihitana abantu batanu, nk’uko byatangajwe ibitangazamakuru byaho byavuze ko indege yari mu butumwa bwo gutabara. Iyi kajugujugu yaguye hafi y’inkambi ya Barafu kuri uyu musozi, nkuko byatangajwe n’ikigo cy’indege za gisivili muri Tanzaniya. Ikinyamakuru Mwananchi na East Africa TV , byasubiyemo umuyobozi wa […]

Tanzania: Hateguwe imyigaragambyo ku munsi wa Noheri

900x506 cmsv2 ad1fa1c1 bae0 5eaa 8274 4314ae576110 9533134

Muri Tanzaniya, impirimbanyi zahamagariye abaturage imyigaragambyo kuri uyu wa Kane, itariki 25 Ukuboza, ku munsi wa Noheri. Barashaka kwibuka abazize urugomo rwakurikiye amatora ya perezida yo mu Kwakira. Ariko nyuma y’ubukangurambaga bwananiranye ku itariki ya 9 Ukuboza, ntihazwi urwego iyi myigaragambyo ishobora kwitabirwaho hakurikijwe ukuntu ubutegetsi bumaze iminsi bwarakajije ingamba z’umutekano no gukumira imyigaragambyo yose. […]

Ituri: Imirwano ikaze yahuje FARDC n’inyeshyamba za Thomas Lubanga

Des elements du commando deployes en Ituri DR 3800x2138 c scaled 1

Ku wa Gatatu, itariki ya 24 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba z’umutwe wa Convention pour la Révolution Populaire (CRP), uyobowe na Thomas Lubanga. Iyi mirwano yabereye i Bule, umujyi uherereye mu birometero byinshi uvuye i Bunia, muri Teritwari ya Djugu mu Ntara ya Ituri. Nk’uko amakuru […]

Kindu: Umuyobozi w’umujyi yaburiye umuntu wese uzafatwa yambaye Visit Rwanda

000 1VK0DM

Umuyobozi w’Umujyi wa Kindu, Augustin Atibu Mulamba, yatangaje ko bibujijwe kwambara, kugurisha, gutunga, no gukwirakwiza imyenda cyangwa ibindi bintu byanditseho “Visit Rwanda.” Iki cyemezo cyatangajwe ku mugaragaro mu mpera z’icyumweru gishize ubwo umuyobozi w’umujyi yari mu kiganiro n’abanyamakuru baho. Nk’uko Augustin Atibu Mulamba abitangaza, ngo serivisi z’umutekano ziherutse gusenya umuyoboro ugira uruhare mu kugurisha no […]

Umunsi nzaba ndi ku rugamba nta muntu uzemererwa guhunga – Gen. Kapend

G82a2QzXQAA5inw

Umuyobozi w’Akarere ka 22 ka Gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Eddy Kapend, yatangaje ko yazamuye urwego rwo kuba maso ku mitwe ye yose yo mu ntara za Haut-Katanga, Lualaba, Tanganyika, na Haut-Lomami, mu rwego rwo guhangana n’ibitero bishoboka by’inyeshyamba za AFC / M23, ashimangira ko igihe azaba ari ku rugamba […]

Moscow: Abapolisi 2 baturikanwe n’igisasu hafi y’aho Gen. Sarvarov yiciwe

f2cd8ea0 df2f 11f0 a8dc 93c15fe68710

Abashinzwe iperereza baravuga ko aba bapolisi bombi begereye umuntu wari uteye amakenga i Moscow igihe igisasu cyaturikaga. Iri turika bivugwa ko ryabereye hafi y’aho igisasu cyari giteze mu modoka cyahitaniye undi mujenerali w’u Burusiya muri iki cyumweru.   Kuri uyu wa Gatatu, Komite ishinzwe Ubugenzacyaha mu Burusiya yatangaje ko abapolisi babiri n’undi muntu umwe baguye […]

Amerika ntabwo yemera ko AFC/M23 yavuye muri Uvira uko bikwiye

Umuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko ubuyobozi bwa Trump n’uko inyeshyamba za AFC/M23 zavuye mu mujyi w’ingenzi mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe kuwa Kabiri habaye imirwano hafi yaho nk’uko abaturage babitangaje. M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, hafi y’umupaka n’u Burundi, ku itariki ya 10 Ukuboza, nyuma y’iminsi […]

Walikale: Wazalendo yasabye buri mudugudu ihene bazarya mu minsi mikuru

milice 0 0

Abatuye mu midugudu ya Baruko, Mukondoli, Banamatumo, na Banankoyo muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale) iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, barimo gutabaza bamagana ihohoterwa bari gukorerwa n’inyeshyamba za wazalendo zo mu mutwe wa NDC-Rénové. Nk’uko aba baturage babitangaza, mu cyumweru gishize, basabwe gutanga umusanzu wihariye wo kugura ihene kuri buri mudugudu, zizahabwa NDC-Rénové mu minsi […]

Cabo Delgado: Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yasuye ingabo n’abapolisi b’u Rwanda

G83NUSzWsAAvShb

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambike, Margarida Adamugi Talapa, kuwa Kabiri yasuye Abashinzwe umutekano b’u Rwanda (RSF) boherejwe i Mocímboa da Praia, Intara ya Cabo Delgado. Yari aherekejwe n’intumwa zo mu rwego rwo hejuru zirimo Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, hamwe n’umuyobozi w’ingabo za Mozambike (FADM), Maj. Gen. André Rafael Mahunguane. […]

RCS na ADEPR baganiriye ku bimaze kugerwaho mu bufatanye hagati y’impande zombi

DSC0670 1 768x500 1

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2025, Komiseri mukuru wa RCS CG Evariste Murenzi yakiriye Umushumba Mukuru w’Itorero ADEPR Rev. Ndayizeye Isaie ku Cyicaro Gikuru cya RCS, bagarira ku Ntambwe imaze guterwa ku masezerano y’ubufatanye bagiranye mu mwaka wa 2023 ajyanye n’ivugabutumwa mu Magororero, iterambere n’imibereho myiza y’abagororwa no guteza imbere uburezi n’ikoranabuhanga […]

Umuyobozi w’Ingabo za Libya yapfiriye mu mpanuka y’indege muri Turkiya

libyan chief of staff general mohammed al haddad attends a graduation ceremony of libyan cadets at the war academy in tripoli libya sunday jan 23 2022ap photoyousef murad 2MCB3BJ

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Intebe wa Libya, Abdul-Hamid Dbeibah, yemeje urupfu rw’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Libya, Gen. Mohammed al-Haddad, hamwe n’abandi bane bazize impanuka y’indege yabereye muri Turkiya. Minisitiri w’umutekano mu gihugu wa Turkiya Ali Yerlikaya yavuze ko abashinzwe umutekano mu kirere batakaje kuvugana n’indege ya ‘private jet’ ya Falcon 50 yari itwaye Umuyobozi […]

U Bushinwa busanga MONUSCO idakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki

202208243703f46bb91c45a294a60d0fd8284536 754c0f5d 87a5 4dcc 830d bce76db09f7d

Manda nshya y’umwaka umwe y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga Umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) izemerera gukora ibikorwa byo kugenzura ibijyanye n’ihagarikwa ry’imirwano rishobora kuba mu burasirazuba bwa DRC, ariko u Bushinwa busanga izi ngabo zidakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki. Mu gihe byari biteganijwe ko izarangira kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki […]

Perezida Tshisekedi yakiriye umuhuza Gnassingbé i Kinshasa

G8zP8dEWkAAMlyM

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, Perezida Felix Tshisekedi, yakiriye umuhuza Faure Gnassingbé, Perezida wa Togo, wari mu ruzinduko rwe rw’akazi i Kinshasa.     Perezida w’Inama Njyanama ya Togo akaba n’umuhuza mu bibazo bya Congo wagenwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Faure Gnassingbé, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya […]

RDC: AFC/M23 yatangiye gukoresha ingabo zirwanira mu mazi

post 1765309830

Imirwano yarakomeje umunsi wa kabiri wikurikiranya ku wa Mbere i Makobola no mu karere byegeranye. Ni nyuma y’uko Wazalendo iteye inyeshyamba za AFC/M23, bivugwa ko zitabaje n’imitwe irwanira mu mazi, ariko ntiyabasha kubirukana. Nk’uko amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza ngo inyeshyamba zohereje umutwe w’ingabo zirwanira mu mazi mu Kiyaga cya Tanganyika, kandi zigira […]

IGP Namuhoranye yasabye ba ofisiye basoje amahugurwa gukora kinyamwuga

WhatsApp Image 2025 12 23 at 07.09.47

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza, mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa ya ba ofisiye bato 145 ajyanye n’ubunyamwuga n’ubuyobozi.   Ni amahugurwa yitabiriwe n’abaturutse mu nzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zitandukanye mu Rwanda, mu gihe kingana n’amezi ane (4) barimo abapolisi 132 […]

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’Ikigo cya Gitagata

rib vraie

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, rwatangaje ko rwataye muri yombi uyobora Ikigo Ngororamuco cya Gitagata. Rubinyujije kuri X, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagize ruti: “RIB yafunze Bahame Hassan, Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata ukekwaho gukora icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu bwite no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri […]

RDC: Amasasu ari kuvuza ubuhuha mu misozi yitegeye Uvira

MSB222195

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, mu Mujyi wa Uvira, humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwaturukaga mu bice bya Kalundu, Mulongwe kugera Kasenga. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, inyeshyamba za Wazalendo zirimo kugerageza kuburizamo imyigaragambyo y’abaturage bashyigikiye AFC/M23, mu gihe andi avuga ko bateye ibirindirobya M23 bikiri mu bice byegereye Uvira. […]

Uganda: Umunyapolitiki Kiiza Besigye na mugenzi we Lutale basubiye mu rukiko

home06pix data

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Kizza Besigye na mugenzi we bareganwa, umunyapolitiki Obed (Obeid) Lutale, biteganijwe ko bongera kwitaba urukiko. Ni ku nshuro ya kane baba bitaba urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ibyongera impaka zerekeye ifungwa ry’igihe kirekire n’uburenganzira bw’abafunzwe bageze mu zabukuru muri gahunda […]

Moscow: U Burusiya burashinja ubutasi bwa Ukraine kwica undi mujenerali wabwo

1385744 011141 updates

Kuri uyu wa Mbere, Komite ishinzwe Ubugenzacyaha mu Burusiya yatangaje ko yatangiye iperereza ku “iyicwa” rya Lt. General Fanil Sarvarov, wari ukuriye ishami rishinzwe amahugurwa mu bakozi bakuru. Abashinzwe iperereza baravuga ko igisasu cyari giteze mu modoka cyahitanye umujenerali mukuru w’u Burusiya mu majyepfo ya Moscow. Abashinzwe iperereza bashinzwe gusuzuma ibyaha bikomeye, bavuze ko uyu […]

Nigeria: Abandi bana 130 mu baherutse gushimutwa babohojwe

rescued Niger State schoolchildren

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 21 Ukuboza, abategetsi ba Nigeria batangaje irekurwa ry’abanyeshuri 130 mu bari barashimuswe ku itariki ya 21 Ugushyingo. Ni bamwe mu bana n’abakozi 315 bo mu ishuri ry’Abagatolika rya St Mary bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda muri Leta ya Niger, hagati mu majyaruguru y’igihugu. Mu ntangiriro z’Ukuboza, abandi banyeshuri bagera ku 100 […]

U Budage bumaze kwinjirirwa na drones zisaga 1000

251003 TMB Drones over Munich

Umuyobozi w’ikigo cya polisi gishinzwe ubugizi bwa nabi (BKA) mu Budage yatangarije ku Cyumweru ikinyamakuru Bild cyo mu Budage ko kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2025 bamaze kubarura drones zisaga 1000 zinjiye mu kirere cy’igihugu mu buryo butemewe. Umuyobozi wa BKA, Holger Münch, yavuze ko kugaragara kw’indege zitagira abapilote byerekana ko uko ibintu bimeze […]

Sudani: Igitero cya drone mu isoko cyahitanye nibura abantu 10

Sudan 87706 MAIN

Abantu byibuze icumi baguye mu gitero cy’indege itagira umupilote, kuwa Gatandatu, ku isoko riherereye mu gace ka Malha muri Darfur y’Amajyaruguru nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi baho. Malha, iherereye nko mu birometero 210 mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa leta, El Fasher, hafi y’umupaka na Libya, kuva muri Werurwe, iyobowe n’inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF). Uyu […]

Museveni yakiriye intumwa z’u Rwanda na Congo

G8sAP9NXoAANUIw

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yakiriye intumwa z’u Rwanda na Congo mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Izi ntumwa z’ u Rwanda, ziyobowe na Minisitiri w’Umutekano, Dr Vincent Biruta, ndetse n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ziyobowe na Minisitiri ushinzwe kwishyira hamwe kw’akarere, Floribert Anzuluni, zakiriwe i […]

FARDC ntabwo yemera ko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri Uvira

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250110080623383228 Ekenge

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kirashinja umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 kubeshya ko wavuye mu mujyi wa Uvira, nyuma yo gutangaza ko bitarenze kuwa Kane abarwanyi ba wo bazaba bamaze kuva muri uyu mujyi bari bamaze icyumweru kirenga bafashe. Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ukuboza, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC), Umuvugizi wa FARDC, […]

Kalemie: Abasirikare n’abapolisi 124 bakurikiranweho guhunga umwanzi mu ifatwa rya Uvira

G8qz911WMAEnHNW

Abasirikare n’abapolisi 124 baburanishijwe i Kalemie kubera guta akazi igihe cy’ifatwa rya Uvira. Abo abantu 124 bo mu gisirikare n’igipolisi, barimo abasirikare 68 n’abapolisi 56, kuwa gatanu, itariki 19 Ukuboza, bitabye urukiko rwa gisirikare bashinjwa guhunga umwanzi. Iburanisha rya mbere, ryahariwe kumenya abaregwa, aho byafashije kumenya imyirondoro y’abantu 66 mu baregwa, inzira izakomeza mu iburanisha […]