Sinwar yari afite mu biganza bye amaraso y’abantu ibihumbi – Biden
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishimiye urupfu rwa Yahya Sinwar nyuma yo kumenya iby’urupfu rwa Yahya Sinwar ari mu ndege yerekeza mu Budage . Mu itangazo yahise asohora yagize ati: “Uyu ni umunsi utagira uko usa kuri Israel, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’Isi yose.” “Nk’umukuru w’umutwe w’iterabwoba wa Hamas, Sinwar […]
Kenya: Abasenateri nabo batoye ko Visi Perezida Gachagua yeguzwa
Kuri uyu wa Kane, itariki 17 Ukwakira 2024, Sena ya Kenya yatoye kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua ku mirimo ye kubera ibirego bitanu kuri 11 bamushinjaga, mu ntambwe itarigeze ibaho ishobora gusunikira n’ubundi igihugu mu bibazo bya politiki. Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite yari yatoye mu cyumweru gishize kwirukana Gachagua, wafashije Perezida William Ruto gutsinda […]
Burundi: Umupolisikazi yari yishwe n’abaturage nyuma yo kurasa akica mugenzi wabo
Icyaha cyabaye kuri uyu wa Gatatu ushize nijoro, mu gace ka Gatongati. Ni muri Zone ya Rugari, muri Komini n’Intara ya Muyinga (mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Burundi). Abaturage bahise bafata umupolisikazi warashe umuntu baramukubita bikomeye imbunda ye iribwa. Uyu mupolisikazi ukorera mu Mujyi wa Muyinga. Azwi cyane ku izina rya “Mama wa Reta”. Uwishwe ni […]
Ibihugu 10 bya mbere bituwe cyane ku Isi na bitanu bya nyuma

Mu bihugu 10 bya mbere bituwe cyane ku Isi, igihugu cya Nigeria na Ethiopia nibyo byonyine biza kuri uru rutonde n’abaturage 232,679,000 na 132,060,000 nk’uko tubikesha icyegeranyo cya worldpopulationreview.com cya 2024, mu gihe mu bya nyuma harimo n’ibidafite abaturage 10,000. Dore ibihugu 10 bya mbere bituwe cyane 1. U Buhinde ubu nibwo bwa mbere butuwe […]
Kenya: Visi Perezida Gachagua ushobora kweguzwa yafashwe n’uburwayi
Kuri uyu wa Kane, itariki 17 Ukwakira 2024, impaka ku kweguza Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, zahagaritswe mu buryo butunguranye nyuma y’uko Gachagua ananiwe kwigaragaza mu nama ya nyuma ya saa sita. Byari biteganijwe ko Gachagua yitaba Sena iri kujya impaka ku kibazo cye nyuma ya saa sita kuri uyu wa Kane, ari nawo […]
Iran yongeye kuburira Israel mu gihe yagerageza kwihorera
Kuri uyu wa Kane, Umuyobozi w’Ingabo z’Indashyikirwa z’Impinduramatwara muri Iran, yihanangirije Israel ayisaba kwirinda gutera Repubulika ya Kisilamu mu rwego rwo kwihorera kubera ibisasu bya misile bayirasheho mu gihe Israel yahise ikaza umurego mu kurwanya umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Tehran muri Liban. Ubwoba bw’amakimbirane yagutse mu Burasirazuba bwo Hagati bwariyongereye mu gihe Israel iteganya […]
Umusore yiciwe mu mirwano yamuhuje na mubyara we bapfa ibisheke
Umusore w’imyaka 21 yiciwe mu mirwano na mubyara we bapfa ibisheke ahitwa i Turkuito, mu Ntara ya Kericho mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa Gatatu, itariki 16 Ukwakira 2024. Nk’uko abapolisi babitangaza, imirwano yavutse kubera amakimbirane ashingiye ku butaka ubwo Nicholas Kipkoech w’imyaka 21 yaranduraga ibisheke byatewe mu isambu ya mubyara we, Kelvin Kibet. […]
Abapolisi b’u Rwanda 180 bari mu butumwa muri Centrafrica bambitswe imidali

Abapolisi b’u Rwanda 180 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), kuwa Kabiri itariki ya 15 Ukwakira 2024, bambitswe imidali y’ishimwe ku kazi bakoze kajyanye n’ubutumwa bw’uwo muryango. Umuhango wo kwambika imidali abo bapolisi bagize itsinda RWAFPU 3-2 rikorera mu mujyi wa Bangassou, wayobowe n’Umuyobozi w’Ishami ry’abapolisi mu gace […]
FARDC iri kurambagiza indege z’indwanyi zikorwa n’u Buhinde za Tejas Mk1

Igisirikare cyo mu kirere cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FAC) kirashaka cyane kuvugurura indege zacyo, kandi ubu u Buhinde nibwo buhanzwe amaso mu gushakisha indege za gisirikare ziteye imbere. Muri Kanama, intumwa zikomeye zaturutse mu Gisirikare cya Congo (FARDC) zasuye New Delhi kugira ngo baganire ku bijyanye no kubona indege z’indwanyi za Tejas Mk1 […]
Burundi: Umucuruzikazi w’ibitenge yishwe n’abapolisi
Umugore witwa Belyse Nimpagaritse yapfuye mu gitondo cyo ku itariki ya 15 Ukwakira 2024 aguye mu Bitaro bya Rumonge (mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Burundi) akekwaho kugurisha ibitenge mu buryo butemewe n’amategeko, aho yakubiswe n’abapolisi mbere yo gupfira mu bitaro yari yimuriwemo. Umuryango we urasaba iperereza ryigenga. Belyse Nimpagaritse yafatiwe mu gace ka Nkayamba, mu Mujyi […]
Liam Payne wahoze muri One Direction yahanutse ku igorofa ahita apfa ku myaka 31
Igipolisi kiravuga ko Liam Payne wahoze ari umwe mu bahanzi bagize itsinda rya One Direction, yapfuye ku myaka 31 apfiriye muri Argentine nyuma yo guhanuka ku igorofa rya gatatu rya hotel i Buenos Aires. Mu itangazo ryabo, abapolisi bavuze ko bavumbuye umurambo wa Payne nyuma y’uko itsinda ry’ubutabazi ritabajwe byihutirwa mu gace ka Palermo. Payne […]
USA: Igihano cy’urupfu kiravuza ubuhuha, batandatu mu minsi 12

Kuri uyu wa Kane, abagabo babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Derrick Dearman wo muri Leta ya Alabama na Robert Roberson wo muri Leta ya Texas bagomba kunyongwa, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko iki gihano gihangayikishije . Derrick Dearman w’imyaka 35 y’amavuko, yahamijwe ibyaha byo guhotora abantu byibura batanu bose mu kwezi kwa munani […]
Polisi yafashe abacyekwaho kwiba inka 17 zafatiwe mu Ntara y’Iburasirazuba
Polisi y’u Rwanda yatahuye inka 17 zari zaribwe mu duce dutandukanye two mu Ntara y’Iburasirazuba, hafatwa na bamwe mu bacyekwaho kuziba . Izi nka zagarujwe ziri muri 25 zibwe hagati y’ukwezi kwa Nyakanga na Nzeri uyu mwaka, mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare, aho abagera kuri 63 bacyekwaho kuziba bahise batabwa muri yombi. Umuvugizi […]
Kenya: Sena yatangiye kujya impaka ku kweguza Visi Perezida Gachagua
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 16 Ukwakira 2024, Sena ya Kenya yatangiye kujya impaka ku kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua, nyuma gato y’aho urukiko i Nairobi ruteye utwatsi icyifuzo cye cyo guhagarika iki gikorwa. Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite mu cyumweru gishize yari yatoye ku majwi menshi kweguza Visi Perezida Gachagua ushinjwa ibirego 11 bitandukanye […]
Abantu 94 bahitanwe n’iturika ry’ikigega cya lisansi muri Nigeria
Polisi yemeje ko byibuze abantu 94 bapfuye abandi 50 barakomereka muri Nigeria. Bivugwa ko abaturage bari bateraniye hafi y’ikigega cyaguye batangira kuyora lisansi yamenetse . Kuri uyu wa Gatatu, itariki 16 Ukwakira 2024, Igipolisi cyo muri Nigeria cyemeje ko byibuze abantu 94 bapfuye abandi 50 barakomereka. Ibi byabereye mu majyaruguru ya Leta ya Jigawa ku […]
Masisi: Abawazalendo bagerageje gutera ibirindiro bya M23 bitandukanye ntibyabahira
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 15 Ukwakira 2024, umutekano wari ukomeje kuba mubi kandi uhindagurika mu turere twinshi two muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikaze yabaye ku wa Mbere hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba z’Abawazalendo mu duce tumwe na tumwe two mu Mujyi wa Sake, nko muri Sheferi ya Bahunde no […]
Kinshasa: Bus z’ikigo cy’igihugu z’ubwikorezi zahiye zirakongoka

Bus z’Ikigo cy’ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Transco, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 15 Ukwakira 2024, zafashwe n’inkongi y’umuriro aho zari ziparitse ku bubiko bw’iki kigo mu gace ka Siforco, i Masina, mu burasirazuba bwa Kinshasa. Amakamyo abiri ashinzwe kuzimya inkongi y’umuriro yatabaye aturutse ku kibuga cy’indege cya N’djili kugira […]
RDC: Haravugwa imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati ya Kenya na Nepal

Ingabo zishinzwe gutabara byihuse z’Abanyakenya (QRF) na bagenzi bazo bo muri Nepal mu cyumweru gishize basoje imyitozo ihuriweho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) kugira ngo barusheho kwitwara neza igihe bahamagariwe kurinda abaturage no guteza imbere umutekano. Iyi myitozo, nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Kenya (KDF), yahujwe na “Operation Kulinda” kandi hagaragaramo imirimo ikomeye yakozwe […]
Ukraine irashinjwa guha drones inyeshyamba zo muri Mali
Ukraine yahakanye ibivugwa ko yahaye indege za drones inyeshyamba zirwana n’Ingabo za Mali hamwe n’abacanshuro bashyigikiwe n’u Burusiya . Ibi bibaye nyuma y’uko ikinyamakuru Le Monde gikorera mu mujyi wa Paris kivuze ko indege zitagira abadereva zo muri Ukraine zifasha inyeshyamba z’Aba-Tuareg “zungukirwa n’inkunga y’ibanga ariko ifatika ya Kyiv”. Guverinoma iyobowe na Mali yahagaritse ubufatanye […]
Israel yahawe iminsi 30 cyangwa igakatirwa inkunga ya gisirikare ya Amerika
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zandikiye Israel, ziyiha iminsi 30 yo kongera ubufasha bw’ikiremwamuntu muri Gaza cyangwa igahura n’ibyago byo guhagarikirwa inkunga ya gisirikare ihabwa na Amerika . Iyi baruwa yoherejwe ku Cyumweru, ni yo nyandiko ikomeye izwi yanditswe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yihanangiriza inshuti zayo kandi ije mu gihe igitero gishya cya […]
Kenya: Urukiko rwanze guhagarika amatora ya Sena ku kweguza Visi Perezida
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Ukwakira 2024, Urukiko Rukuru rwa Kenya rwanze guhagarika amatora ya Sena yo muri iki cyumweru ku bijyanye no kwegiza Visi Perezida Rigathi Gachagua . Umucamanza Chacha Mwita yagejeje ikibazo ku mucamanza mukuru kugira ngo ashyireho itsinda ry’abacamanza ngo bafate umwanzuro wa nyuma. Mu cyumweru gishize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe […]
Nyarugenge: Abajyanama b’ubuzima batojwe kubungabunga ibimenyetso by’ihohotera
Ku wa 10 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku bufatanye n’umuryango “Happy Family Organization (HFRO)”, bwahuguye Abajyanama b’Ubuzima bo mu Karere ka Nyarugenge ku bijyanye no gukumira no kubungabunga ibimenyetso ku byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina n’ iribera mu ngo. Aya mahugurwa yabereye muri “Saint Famille Hotel”, yatanzwe n’Umushinjacyaha Ukuriye Ubushinjacyaha ku […]
Byibuze 12 bapfuye, 33 barakomereka mu mpanuka ya bus y’abanyeshuri mu Misiri
Minisiteri y’ubuzima ya Misiri yavuze ko ku wa Mbere byibuze abantu 12 bishwe abandi 33 barakomereka nyuma y’uko bus yibiranduye mu muhanda uhuza Cairo n’inkombe z’Inyanja Itukura mu gihugu cya Misiri . Mu itangazo ryayo yavuze ko imbangukiragutabara 28 zoherejwe aho impanuka yabereye ku muhanda wa Al-Galala uhuza Cairo n’imijyi yo ku Nyanja Itukura harimo […]
ICC igiye gukora iperereza ku byaha byakorewe muri DRC kuva mu 2022
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki 14 Ukwakira 2024, Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha yatangaje “iyuburwa” ry’iperereza rye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iki cyemezo gikurikira uruzinduko Minisitiri w’ubutabera wungirije wa Congo, Samuel Mbemba Kabuya, aherutse kugirira i La Haye mu cyumweru gishize. Kuva mu 2004, abantu barindwi muri Repubulika ya […]
Taiwan yabaze indege z’intambara 153 n’amato 14 by’u Bushinwa hafi yayo
Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y’ingabo ya Taiwan yatangaje ko yabaze indege za gisirikare 153 z’u Bushinwa zikikije ikirwa cyigenga mu gihe u Bushinwa bwakoraga umunsi w’imyitozo minini ya gisirikare. Minisiteri yavuze ko indege zagaragaye kuva saa saba z’ijoro kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku wa Kabiri (2200 UTC), minisiteri ikomeza ivuga ko […]
Juba: RDF yavuguruye Ishuri Ribanza rya Kapuri

Ku wa Mbere, itariki 14 Ukwakira 2024, Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’u Rwanda zagize uruhare mu kuvugurura no gusiga amarangi ishuri ribanza rya Kapuri. Batanze kandi ibikoresho by’uburezi, batera ibiti by’imbuto kandi bakuraho ibihuru mu gihe cy’umuganda rusange witabiriwe n’ababyeyi, abanyeshuri ndetse n’abaturage. Iri shuri ry’ibyumba umunani n’ibiro bibiri by’abakozi, riherereye mu nkengero za Juba, […]
USA: Ubuzima bwa Donald Trump bukomeje kugerwa amajanja
Igipolisi cyatangaje ko umuntu wari ufite imbunda ebyiri ntoya zitemewe n’amategeko yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa hafi y’aho Donald Trump yari arimo kwiyamamariza i Coachella muri Leta ya California . Uyu mugabo w’imyaka 49, Vem Miller, yari atwaye imodoka ubwo yahagarikwaga n’abashinzwe umutekano kuri bariyeri bakamusaka bakamusangana izo mbunda. Yatawe muri yombi ajya gufungwa […]
EU irasaba u Rwanda na RDC gushyira mu bikorwa ibyo byiyemeje i Luanda
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi wishimiye ibisubizo bishimishije by’inama ya gatanu y’ibihugu bitatu yabaye ku itariki ya 12 Ukwakira i Luanda, ku kibazo cy’umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’akanama k’Ububanyi n’Amahanga na politiki y’umutekano k’Ubumwe bw’u Burayi, Nabila Massrali, abinyujije kuri konti ye ya X ku Cyumweru, itariki ya 13 […]
Umunyapolitike ukomeye mu Buhinde yishwe arasiwe i Mumbai

Umunyapolitike wo mu Buhinde yarasiwe mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Mumbai, kuri iki Cyumweru, itariki 13 Ukwakira 2024 . Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, ngo abantu bitwaje imbunda barasiye Baba Siddique w’imyaka 66, hafi y’ibiro by’umuhungu we, akaba n’umunyapolitiki. Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho ubwo bwicanyi. Siddique wahoze ari minisitiri, yari umuntu w’inararibonye muri politiki ya […]
Paris: Iperereza kuri Callixte Mbarushimana ryahagaze kubera kubura ibimenyetso
Nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ngo Callixte Mbarushimana wahoze ari umukozi wa Loni mu Rwanda wari ukurikiranwe n’ubutabera mu Bufaransa kubera uruhare ashinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ntagikorwaho iperereza kubera kubura ibimenyetso. Amaze imyaka 20 nk’impunzi ya politiki mu Bufaransa. Inzego z’ubutabera z’u Bufaransa zarangije ibikorwa byazo kuri Callixte Mbarushimana. Mu […]
Uganda irabwira u Rwanda na DRC ko ‘amafaranga ahindagurika’ kenshi atari meza ku bucuruzi
Banki Nkuru ya Uganda ifata amafaranga y’u Rwanda (Rwf) na DRC (CDF) nk’amafaranga ashingiye kuri politiki kandi atari meza ku bucuruzi muri Uganda . Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Banki ya Uganda (BOU), Kenneth Egesa yabwiye abanyamakuru ko banki nkuru ihitamo kudatanga amakuru mashya ayo ari yo yose ku bijyanye n’agaciro n’imikorere y’amafaranga yombi. Egesa yasobanuye […]
Abasirikare ba Israel biciwe mu gitero cya Hezbollah rwagati mu gihugu
Igitero cya Hezbollah muri Israel rwagati nicyo cya mbere kishe cyane kuva Israel yatangiza intambara yo ku butaka muri Liban mu byumweru bibiri bishize . Hagati aho, ibitaro byo mu Mujyi wa Gaza biravuga ko igitero cy’indege cya Israel cyahitanye benshi muri Nuseirat nk’uko bitangazwa na Deutsche Welle. Abasirikare bane ba Israel nibo biciwe mu […]
Zongeye kubyara amahari hagati ya Taiwan n’u Bushinwa
Abayobozi ba Taiwan batangaje ko ubwato butwaye indege z’u Bushinwa bwarimo kwerekeza mu majyepfo y’icyo kirwa kuri iki cyumweru mu gihe Igisirikare cy’u Bushinwa cyasohoye videwo ivuga ko bwiteguye intambara . Muri Taiwan hari impungenge ko u Bushinwa bushobora gutangira ubushotoranyi bugamije intambara kuri iki kirwa bufata nk’imwe mu ntara zabwo. Ministeri y’ingabo ya Taiwan […]
RDC: Ishyamba si ryeru hagati ya Minisitiri w’Ubutabera n’Umushinjacya Mukuru
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rw’Iremezo rw’umurwa mukuru, Kinshasa, arasaba ko hashakishwa byimazeyo abatorotse bava muri Gereza Nkuru ya Makala ku itariki ya 1 Nzeri 2024. Bagomba “gufatwa” no “kuzanwa imbere y’inkiko zibifitiye ububasha ”nk’uko yabisabye umucamanza. Ni Umuhamagaro uje mu gihe havugwa amakimbirane hagati y’ubucamanza na Minisitiri w’ubutabera, […]
Tshisekedi yaba yaranze guhura n’Intumwa Idasanzwe ya EU ku bwende?

Inama zose zari ziteganijwe zari zigijweyo, kandi inama ya Johan Borgstam na FĂ©lix Tshisekedi yemejwe. Icyakora, uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu Biyaga Bigari na perezida wa RD Congo ntibabonanye, kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 10 Ukwakira, ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Perezidansi ya Congo […]
Ese Mirage z’Abafaransa zizamura ubwirinzi bwo mu kirere bwa Ukraine ?
U Bufaransa bugiye kohereza indege z’intambara za Mirage muri Ukraine nyuma yo kongererwa ubushobozi, ariko amezi make nyuma y’igihe cyari giteganyijwe. Muri Kamena, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasezeranyije ko indege za mbere z’intambara za Mirage 2000 zizashyikirizwa Ukraine mbere y’impera z’umwaka wa 2024. Ubu ariko, Kyiv ntizakira izi ndege kugeza mu mwaka utaha. Ku […]
Hezbollah yigambye kuba inyuma y’imvura ya missiles yibasiye Haifa
Umutwe wa Hezbollah watangaje ko warashe urufaya rw’ibisasu bya misile ku nkambi y’ingabo za Israel kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 12 Ukwakira, mu gihe abasirikare bayo bari bahanganye n’uyu mutwe muri Libani no mu Ntara ya Gaza, ku munsi wa Yom Kippur ufatwa nk’umutagatifu mu ngengabihe y’Abayahudi . Imijyi yo muri Israel yari ituje, […]
Polisi yafashe amabalo 24 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafashe amabalo 24 y’imyenda ya caguwa, hafatwa n’umugabo w’imyaka 33 y’amavuko, ucyekwaho kugira uruhare mu kuyinjiza mu gihugu mu buryo bwa magendu . Yafatiwe mu cyuho afite amabalo 13 y’imyenda ya caguwa mu isoko rya Nyabugogo mu murenge wa Kimisagara, akarere ka Nyarugenge, ahagana saa […]
Kivu y’Amajyepfo: Harabarwa bariyeri zirenga 4000 zitemewe
Bariyeri zirenga 4000 zagaragaye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Raporo ya komisiyo isuzuma izo bariyeri ivuga ko zashyizweho n’inyeshyamba z’abanyagihugu kandi zibungwabunzwe n’abayobozi ba Congo, ingabo na polisi. Abatwara abantu ni bo ba mbere barenganira kuri izi bariyeri. Nta muntu ucika izo bariyeri zigaragara mu turere 8 […]
Paris: Abari Ingabo z’u Bufaransa bakomeje gushinjura Onana uhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Abahoze mu ngabo z’u Bufaransa ndetse banakoreye mu Rwanda bakomeje gushinjura umwanditsi w’ibitabo Charles Onana ufite ubwenegihugu bwa Cameroun n’u Bufaransa ukurikiranweho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 . kuri uyu wa Kane, itariki 10 Ukwakira 2024 mu Rukiko Mpanabyaha rwa Paris hakomeje kumvwa abatangabuhamya bashinjura uyu mwanditsi ureganwa na Damien ukuriye inzu y’ibitabo […]
Igitero cya Israel i Beirut rwagati cyahitanye 22 umuyobozi wa Hezbollah ararusimbuka
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko ku wa Kane, ibitero bya Israel byahitanye abantu 22 bikomeretsa abarenga 100 mu mujyi wa Beirut rwagati ariko umuyobozi muri Hezbollah ararusimbuka . Mu majyepfo ya Libani, Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro zakomerekejwe n’igisasu cy’igifaru cya Israel cyarashwe ku munara w’uburinzi ku cyicaro gikuru cy’ingabo i Naqoura, […]
Pakistan: Abantu bitwaje imbunda bishe abantu 20 mu birombe abandi barakomereka
Igipolisi cyavuze ko abantu bitwaje imbunda bishe abacukuzi 20 abandi 7 barakomereka mu gitero cyagabwe ku kirombe gito gicukurwamo charbon mu majyepfo y’iburengerazuba bwa Pakisitani. Umupolisi Humayun Khan Nasir yagize ati: “Itsinda ry’abantu bitwaje imbunda bateye mu birombe bya sosiyete ya Junaid Coal mu gace ka Duki mu masaha ya saa sita bakoresheje intwaro zikomeye.” […]
Ibigwi by’amashyaka amaze imyaka 15-47 ku butegetsi mu karere
Umuryango w’Akarere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ugizwe n’ibihugu bitandatu: Kenya, Tanzania, Uganda, u Rwanda, u Burundi na Sudani y’Epfo. Havuyemo Kenya na Tanzania, ibindi bihugu biyobowe n’amashyaka ya politiki amwe mu gihe kiri hagati y’imyaka 20 na 47 bitewe n’ibikorwa by’ubutsinzi byagiye biyaranga, umuntu yavuga ko ari ibigwi by’aya mashyaka . U Rwanda ruyobowe n’ishyaka rya […]
Goma: Imiryango y’abishwe n’impanuka y’ubwato yemerewe kwishyingurira abayo
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 09 Ukwakira 2024, habonetse ubwumvikane hagati y’abayobozi ba Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo n’imiryango y’abazize irohama ry’ubwato bwa MV Merdi, yabaye ku itariki ya 3 Ukwakira hafi y’inkombe z’Ikiyaga cya Kivu. Iyi miryango, yasabaga Guverinoma uruhushya rwo guhabwa imirambo y’ababo bakitegurira imihango yo gushyingura mu cyubahiro aho bavuka, yari yateguye imyigaragambyo yo […]
Amerika yafatiye ibihano umuvandimwe wa Gen Dagalo uyobora RSF

Muri Sudani, Algoney Hamdane Daglo, murumuna wa Gen. Mohamed Hamdane Dagalo, Umuyobozi wa Rapid Support Forces, yafatiwe ibihano n’Abanyamerika. Ishami rishinzwe imari rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryo ku itariki ya 8 Ukwakira 2024, ryasobanuye uruhare rwe mu kugura intwaro n’ibikoresho bya gisirikare bigenewe inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF), […]
Abaturanye na Stade Amahoro basabye kwihanganirwa umwaka mu gihe bahawe amezi 2
Abafite imitungo hafi ya Stade Amahoro basabye kwihanganirwa igihe cy’umwaka umwe nyuma y’uko Umujyi wa Kigali (COK) ubategetse gutanga ibishushanyo mbonera by’uko bazavurura inzu zabomu gihe cy’amezi abiri hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi. Amabwiriza y’Umujyi, yatanzwe mu ibaruwa yemewe, arasaba ba abafite ubutaka hariya hantu gutangira ibikorwa by’ubwubatsi bitarenze ukwezi babonye ibyangombwa. Kutubahiriza ibi, ibaruwa iburira […]
RDC: Hatangiye urubanza rw’abapolisi barashe ku banyeshuri bari mu myigaragambyo
Ku mabwiriza ya Guverineri w’Intara ya Kongo Central, Grace Nkuanga Masuangi Bilolo, ku wa Kabiri, itariki ya 8 Ukwakira 2024, mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Matadi hafunguwe urubanza rw’abapolisi babiri barashe amasasu ya nyayo ku banyeshuri bari mu myigaragambyo gusubukura amasomo mu Mujyi wa Matadi Ku wa Mbere, itariki 7 Ukwakira . Kuri ubu aba […]
Sudani: Igisirikare cya Misiri kirashinjwa kurasa ku Ngabo za RSF
Umuyobozi w’umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces, RSF, Mohamed Hamdan Dagalo, kuri uyu wa Gatatu, itariki 09 Ukwakira, yashinje igihugu cya Misiri kuba cyaragize uruhare mu bitero by’indege ku birindiro by’uyu mutwe uhanganye n’igisirikare cya Sudani. Gen. Dagalo yanashinje Misiri gutanga imyitozo ya gisirikare no guha indege za drone abasilikare ba Sudani mu gihe […]
Perezida Macron arahura n’Abasirikare ba Ukraine bari gutorezwa mu Bufaransa
U Bufaransa bwatangaje bwa mbere ko buzafasha gutoza Abasirikare ba Ukraine mu Kwakira 2022, kandi gahunda yo gushyira batayo yose ku rundi rwego ubu iragenda neza. Biteganijwe ko kuri uyu wa Gatatu, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aza gusura inkambi ya gisirikare mu burasirazuba bw’u Bufaransa aho aza guhura n’abasirikare ba Ukraine barimo gutozwa n’Ingabo […]
Perezida Kagame yagaragaje impamvu zo gushyigikira inganda nto n’iziciriritse

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inama ya Kabiri y’Ihuriro ry’Ubukungu rigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA Business Forum), izwi nka Biashara Afrika ashimangira ko hakwiye gushyigikirwa inganda nto n’iziciriritse. Iyi nama y’iminsi itatu yitabiriwe n’abantu basaga 1200 barimo abayobozi mu nzego zitandukanye ku Mugabane wa Afurika iteraniye muri Kigali Convention Centre. Mu […]
Abatwara ibinyabiziga bishora mu cyaha cya ruswa bongeye kuburirwa
Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya icyaha cya ruswa cyane cyane mu bashoferi n’abamotari bagaragara mu makosa atandukanye yo mu muhanda, bakagerageza gutanga ruswa bashaka kutayahanirwa. Kuva uku kwezi k’Ukwakira kwatangira, hamaze gufatwa abantu 9; barimo abashoferi n’abamotari, bose bafatiwe mu makosa atandukanye yo mu muhanda arimo gutwara badafite Uruhushya cyangwa ubwishingizi, gutwara banyoye […]
USA: Hafashwe umuntu wateguraga igitero ku munsi w’amatora
Minisiteri y’ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ukwakira 2024, yatangaje ko umunyagihugu wa Afghanistan yafatiwe muri Leta ya Oklahoma akekwaho gutegura igitero ku munsi w’amatora. Nk’uko bivugwa mu nyandiko y’ibirego, uyu musore w’imyaka 27 yateguye gutanga “inkunga y’ibikoresho” ku mutwe wa Leta ya Kisilamu (IS) maze abona imbunda […]
Paris: Gen Lafourcarde na Joseph Matata bumviswe mu bashinjura Onana

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 8 Ukwakira 2024, mu rubanza rw’umwanditsi w’ibitabo, Charles Onana, ushinjwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, humviswe abatangabuhamya ba mbere barimo Gen. Jean-Claude Lafourcade, wari umusirikare w’u Bufaransa uri mu kiruhuko cy’izabukuru, Johan Swinnen, wabaye Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, na Joseph Matata wahoze ayobora umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda […]
Cameroun: Guverinoma irizeza ko Perezida Biya ameze neza mu gihe akomeje kutagaragara
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ukwakira 2024, Guverinoma yatangaje ko Perezida wa Cameroun, umukambwe Paul Biya, w’imyaka 91, afite ubuzima bwiza, bitandukanye n’ibikomeje guhwihwiswa . Biya ntiyigeze agaragara mu ruhame kuva yitabira inama yahuje u Bushinwa na Afurika i Beijing mu ntangiriro za Nzeri. Kuba ataragaragaye nk’uko byari biteganijwe mu nama yabereye mu Bufaransa […]
Sudani: Inyeshyamba za RSF zatangiye kuvanwa mu bice bimwe bya Khartoum zafashe
Ingabo z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) zatangiye kuva mu Karere ka Nile y’Iburasirazuba (East Nile) ko muri Leta ya Khartoum mu gihe Igisirikare cya Sudani cyagabye igitero cya mbere gikomeye ku butaka kugira ngo kigarurire umurwa mukuru, Khartoum. Bivugwa ko impande zombi zirimo gukusanya ingabo muri Khartoum y’Amajyaruguru, zitegereje intambara ikomeye yo kugenzura ako […]
Lubero: Abavanwe mu byabo mu bice bigenzurwa na M23 bakomeje gutaha ku bwinshi
Ku Cyumweru, itariki ya 6 Ukwakira, Perezida w’imiryango itegamiye kuri leta i Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, Muhindo Tafuteni, yatangaje ko abavanwe mu byabo benshi bari barahunze imijyi imwe n’imwe yo mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero nyuma yo gutera imbere kwa M23 no gufata ibice byinshi. Nk’uko uyu abitangaza, ngo imibereho mibi y’ahantu bacumbikiwe yatumye […]
Amerika igiye gutanga undi muburo ku bakora ingendo mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Ukwakira 2024, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC) kizatanga icyiciro cya kabiri cy’umuburo wo gukora ingendo mu Rwanda, gisaba abantu kwirinda ingendo zidakenewe kubera icyorezo cya Marburg gikomeje kuhagaragara. Ishami rishinzwe serivisi z’umubuvi ryatangaje ko CDC izatangira gupima abagenzi […]
Paris: Hatangiye urubanza rwa Charles Onana ushinjwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Ukwakira 2024 rwatangiye kuburanisha urubanza ruregwamo umwanditsi w’Umunyakameruni ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, Charles Onana ushinjwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Charles Onana areganwa Umufaransa, Damien Sirieix, uyobora inzu y’ibitabo ya Artilleur yamufashije gusohora ibitabo. Uyu mwanditsi ashinjwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no kubiba […]
Komite ya Nobel yahembye abavumbuye uturemangingo duto cyane twitwa microRNA
Igihembwe cy’ibihembo Nobel 2024 cyatangiye kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 07 Ukwakira 2024, gihereye ku gihembo cy’ubuvuzi. Cyahawe Abanyamerika babiri Victor Ambros na Gary Ruvkun. Victor Ambros (w’imyaka hafi 71 y’amavuko) ni mwarimu n’umushakashatsi mu ishuri rikuru ry’ubuganga rya Kaminuza ya Massachusetts, mu mujyi wa Worcester muri Leta ya Massaschusetts. Naho Gary Ruvkun (w’imyaka […]
Polisi iraburira abakora magendu n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka butemewe
Polisi y’u Rwanda yatanze umuburo ku bishora mu bucuruzi bwa magendu n’ubw’ibitemewe gucururizwa mu Rwanda kimwe n’ibindi byaha byambukiranya umupaka . Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko bamwe mu bishora muri ubu bucuruzi bwambukiranya umupaka butemewe, bashaka no kurwanya abapolisi bari mu kazi ko gucunga umutekano. Yagize […]