Ibiza bitwara u Rwanda agera kuri miliyoni 300$ buri mwaka – Raporo

Raporo nshya yaturutse muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki 7 Ugushyingo 2024, ivuga ko guverinoma ifite intego yo kuzongera ingufu mu guhangana n’ibiza kuva kuri 46% kugeza kuri 60% mu 2030 kuko igihombo cy’ibiza gitwara igihugu hagati ya miliyoni 200 na miliyoni 300 z’Amadolari buri mwaka. Ibyavuye mu […]

Huye: Umusore w’imyaka 19 aravugwaho kwica umugabo yasanze mu buriri bwa nyina

Kuwa Gatatu, itariki ya 06 Ugushyingo 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umuhungu w’imyaka 19 ukekwaho gukubita isuka umugabo w’imyaka 55 bikamuviramo gupfa. Bivugwa ko icyaha akurikiranyweho yagikoreye mu Mudugudu wa Rugege, Akagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama, mu Karere ka Gisagara ku itariki ya 31/10/2024 ubwo […]

Biden yemeye intsinzi ya Trump yemera kuzatanga ubutegetsi mu mahoro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, kuri uyu wa Kane ushize mu ijambo rye ryerekeye amatora yo ku itariki 5 Ugushyingo 2024, yemeye ko Donald Trump yatsinze kandi ko azakora ihererekanyabubasha mu mahoro . Ni ijambo ryari rigufi ariko ribumbatiye ingingo atahwemye kuvugaho mu gihe cyose amaze ku butegetsi bwa Amerika. Yatangaje […]

U Budage bwafashe Umunyamerika ukekwaho kuba intasi y’u Bushinwa

Kuri uyu wa Kane, Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Budage bwatangaje ko bwafashe Umunyamerika witwa Martin D., ukekwaho gushaka kuba intasi y’u Bushinwa. Abashinjacyaha bagize bati: “Ushinjwa arakekwaho cyane kuba yaratangaje ko yiteguye gukorera ibikorwa by’ubutasi inzego z’ubutasi z’amahanga”. Uyu mugabo yafatiwe mu mujyi wa Frankfurt mu burengerazuba bw’u Budage nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. […]

Mozambike: Igipolisi gihanganye n’abigaragambya bashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi

Kuri uyu wa Kane, abapolisi bo muri Mozambike batatanyije abantu babarirwa mu magana bakoresheje ibyuka biryana mu maso ubwo bageragezaga kuva mu gace ka Maxaquene, mu nkengero za Maputo, berekeza mu murwa mukuru wa Mozambike rwagati mu rwego rw’imyigaragambyo yo kwamagana ibyavuye mu matora rusange aheruka mu kwezi gushize . Abapolisi bacakiranye bwa mbere n’abigaragambya […]

Abagenzi bajyaga Uganda bava Nairobi barusimbutse bus irakongoka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 7 Ugushyingo 2024, abagenzi barenga 20 berekezaga muri Uganda bava i Nairobi barokotse urupfu nyuma y’uko bus yari ibatwaye ifashwe n’inkongi y’umuriro igeze ahitwa Morendat, mu Ntara ya Naivasha nyuma yo kugira ikibazo cya mekanike. Ibyo abantu bari bafite ku giti cyabo n’ibicuruzwa byahindutse umuyonga muri iyi […]

Singapore: Rwangombwa yijeje ko politiki y’ifaranga y’u Rwanda izakomeza kuba nziza

Politiki y’ifaranga mu Rwanda ishobora gukomeza kuba nziza kuko biteganijwe ko izamuka ry’ibiciro rizakomeza kuba munsi ya 5% kugeza mu 2025, nk’uko byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa. Aganira na Reuters, yamusanze muri Festival ya FinTech ijyanye n’ibintu by’ikoranabuhanga ibera muri Singapore kuva kuwa 6 kugeza kuwa 8 Ugushyingo 2024, Rwangombwa […]

U Budage: Ihuriro riri ku butegetsi ryasenyutse nyuma y’aho Scholz yirukanye minisitiri w’ingenzi

Ihuriro riri ku butegetsi mu Budage ryasenyutse nyuma y’uko Chancellor Olaf Scholz yirukanye minisitiri w’ingenzi akavuga ko azahamagaza amatora yo kugaragaza niba guverinoma ye ikizewe mu ntangiriro z’umwaka utaha . Scholz yavuze ko atizeye Minisitiri w’Imari, Christian Lindner, uyobora ishyaka rihanganye n’irye ryari muri iryo huriro hamwe n’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza rya Scholz n’amashyaka […]

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Nigeria yapfuye ku myaka 56

Perezida Bola Tinubu yatangaje kuri uyu wa Gatatu ushize ko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Nigeria, Lt. Gen. Taoreed Abiodun Lagbaja wagize uruhare mu kurwanya umutwe w’intagondwa z’Abayisilamu za Boko Haram yapfuye . Mu itangazo ryashyizwe kuri X n’Umuvugizi wa Perezida, Bayo Onanuga, Perezida Tinubu yagaragarije umuryango wa Lagbaja ko yifatanyije nawo mu kababaro abikuye ku […]

Mahama: Ubwiyongere bw’impunzi z’Abanyekongo bwateje ikibazo cy’aho bacumbikirwa

Impunzi nshya zirimo kugera mu Rwanda, cyane cyane Abanyekongo, biravugwa ko zigowe kubona amazu yo gucumbikamo mu nkambi ya Mahama. Ubuyobozi buri kubaka amazu mashya arenga 500 mu rwego rwo gushakira aho kuba izi mpunzi. Abafite ikibazo cyane ni Abanyekongo bimuriwe muri iyi nkambi bava mu nkambi ya Nkamira. Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, abarenga […]

Ukraine iravuga ko ingabo zayo zakozanyijeho n’iza Koreya ya Ruguru bwa mbere

Abayobozi bakuru ba Ukraine batangaje ko Abasirikare ba Koreya ya Ruguru bakozanyijeho n’Ingabo za Ukraine ku nshuro yabo ya mbere. Mu kiganiro yagiranye na Radio na Televiziyo bya Koreya y’Epfo, KBS, Minisitiri w’Ingabo muri Ukraine, Rustem Umerov, yavuze ko “itsinda rito” ry’abasirikare ba Koreya ya Ruguru ryagabweho igitero. Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, uherutse kwamagana […]

Nta gihugu na kimwe nigeze mbona gisabwa kuganira n’Abanazi – Nduhungirehe kuri FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, mu kiganiro yahaye BBC yongeye kwamagana ibivugwa n’Umuryango w’Abibumbye ko rufite ingabo zigera ku 4000 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari gufasha umutwe wa M23 ubu umaze kwigarurira igice kinini aha hantu, yongera gushimangira ko u Rwanda rutazigera rugirana imishyikirano na FDLR. Ni nyuma y’uko mugenzi we […]

EU yahakanye uruhare mu guhashya imyigaragambyo muri Mozambike nk’u Rwanda

Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) ubinyujije mu butumwa bwawo bw’ubufasha bwa gisirikare muri Mozambike, watangaje ko “ushyigikiye” iyoherezwa ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zoherejwe muri Cabo Delgado, kandi udatera inkunga ibikorwa byose byaba bivugwa ku Banyarwanda byo “guhashya” imyigaragambyo yabereye i Maputo. Ubutumwa bwa gisirikare, buzwi mu magambo ahinnye nka EUMAM MOZ (Ubutumwa bw’ubufasha bwa […]

Burkina Faso: Abasirikare bakuru barimo uwabaye perezida birukanwe mu gisirikare

Muri Burkina Faso, abasirikare bakuru benshi, barimo uwahoze ari perezida w’inzibacyuho, Paul-Henri Sandaogo Damiba, birukanwe mu gisirikare n’Umuyobozi uriho muri iki gihe, Captain Ibrahim TraorĂ©, binyuze mu byemezo byinshi byashyizweho umukono ku itariki ya 30 Ukwakira. Aba basirikare baregwa icyaha gifatwa nk’icyaha gikomeye: igitero ku cyubahiro cya gisirikare, cyaranzwe no gushaka gufata intwaro mu kurwanya […]

Sudani: RSF iravugwaho kugotera abaturage mu mujyi wa al-Hilaliya no kubahohotera

Abarwanyi b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) baravugwaho gukomeza ibikorwa byo guhohotera abasivili mu burasirazuba bwa leta ya al-Jazirah, aho bagaba igitero ku baturage. Muri iyi Leta, ubu bugizi bwa nabi bwakwirakwiriye ku rugero runini cyane. Urugero, muri al-Hilaliya, ku birometero 70 uvuye i Wad Madani, abaturage baragoswe. Ubwicanyi, gufata ku ngufu, gutukirwa hamwe, kwimurwa […]

Burundi: Haratangira ubujurire bw’abasirikare 272 banze gufatanya na FARDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Ugushyo 2024, mu Ntara ya Rumonge haratangira urubanza rw’ubujurire rw’abasirikare 272 b’u Burundi banze gufatanya na FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) mu kurwanya M23 mu burasirazuba bwa Congo. Bamwe muri bo barafashwa n’abavoka. Abasirikare 272 ba FDNB (Ingabo z’igihugu z’u Burundi) bafungiwe muri gereza eshatu. Izi […]

MONUSCO yatangiye ku mugaragaro ubufatanye bwayo na SAMIDRC

MONUSCO yatangije, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 4 Ugushyingo i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, amahugurwa ya ba ofisiye mirongo ine bo mu Ngabo za SADC muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (SAMIDRC), nk’abazigisha abandi. Muri icyo gihe, ubutumwa bwa Loni bwahaye izo ngabo imodoka y’umutamenwa hamwe na kontineri zigera kuri mirongo itatu. Uyu muhango […]

Korea ya Ruguru yarashe ibisasu byinshi mu gihe Abanyamerika bajya mu matora

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Ugushyingo 2024, Koreya ya Ruguru yarashe missile za ballistique ziraswa mu ntera iringaniye ku nkombe z’iburasirazuba, nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Koreya y’Epfo . Minisiteri y’Ingabo y’u Buyapani yavuze ko misile bikekwa ko zamanitse zigwa mu nyanja kandi ko nta makuru y’ibyangiritse yahise aboneka. Iraswa ry’ibisasu byinshi ryaje nyuma y’iminsi […]

Israel iravuga ko yishe komanda wa Hezbollah muri Libani

Mu butumwa ku rubuga rwacyo rwa Telegramu, Igisirikare cya Israel (IDF) cyavuze ko kishe komanda wa Hezbollah witwa Abu Ali Rida. Cyavuze ko yategekaga agace ka Baraachit mu majyepfo ya Libani. IDF yamusobanuye nk’umuntu wari “ufite inshingano zo gutegura no gushyira mu bikorwa ibitero bya roketi na misile ku Ngabo za IDF.” Mu makuru mashya […]

Fayulu yabajije Tshisekedi icyo yiteguye gukora ngo agaruze imijyi 120 imaze gufatwa

Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya twitter kuri uyu wa Mbere, Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko ahangayikishijwe n’ihungabana ry’umutekano rikomeje mu burasirazuba bw’igihugu, aho uduce dutandukanye dukomeje kwigarurirwa na M23. Fayulu yabajije Perezida FĂ©lix Tshisekedi icyo yiteguye gukora byihuse akagaruza imijyi avuga ko igera ku 120 […]

U Rwanda na RDC byemeje umushinga w’ibigomba gukorwa mu kugera ku mahoro

U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo byemeje umushinga w’ibigomba gukorwa mu kugera ku mahoro mu burasirazuba bwa Congo, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Angola nyuma yo guhura kw’inzobere mu bya gisirikare z’ibihugu byombi mu mpera z’icyumweru gishize . Izi mpuguke zasesenguye kandi zemeza inyandiko bise “Proposed Concept of Operations” (CONOPS) bahawe na Angola […]

Paris: Haratangira kumvwa ubujurire bwa Philippe Manier wahamijwe kugira uruhare muri jenoside

Urubanza rw’ubujurire rw’Umunyarwanda w’imyaka 67, wakatiwe mu 2023 igifungo cya burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rugomba gutangira kuri uyu wa Mbere imbere y’Urukiko rw’i Paris. Mu iburanishwa ry’ibyumweru birindwi mu Rukiko rw’i Paris mu 2023, Philippe Hategekimana wabaye umwenegihugu w’u Bufaransa mu 2005 akitwa izina rya Philippe Manier, yari yaracecetse. Amasaha make […]

Muri 2025,Leta ntizongera guha ibyangombwa byo gutwara abagenzi moto za lisansi

Guverinoma y’u Rwanda izahagarika kwandika moto zikoreshwa na lisansi zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali muri Mutarama 2025, hakazajya handikwa izikoreshwa n’amashanyarazi gusa, mu rwego rwa gahunda ya guverinoma yo gukoresha uburyo burambye butangiza ikirere. Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yemeje iyi politiki mu rwego rwo guharanira uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu bisukuye kandi bitagira ingaruka ku […]

Israel: Ibiro bya Netanyahu birashinjwa kumena amabanga yagize ingaruka ku irekurwa ry’imbohe

Umukozi wa hafi wa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, arakekwaho kuba yarasohoye inyandiko z’umutekano zikomeye mu rwego rwo gutegura gahunda yo kuburizamo amasezerano yo kurekura imbohe, nk’uko inyandiko z’urukiko zabigaragaje ku Cyumweru . Ibihuha kuri iyi dosiye byari bimaze iminsi mu baturage ndetse na mbere y’uko umucamanza w’urukiko rw’ibanze rwa Rishon Lezion, Menahem Mizrahi, […]

Maj. Gen. (Rtd) Muheesi wa UPDF yatsinzwe urubanza na sosiyete y’Umuhinde

Maj. Gen. Geoffrey Muheesi, yatsinzwe mu rukiko na sosiyete y’Umuhinde, Damanico Properties Limited, mu rubanza ku butaka bunini mu Karere ka Kiboga, hagati muri Uganda . Urukiko Rwisumbuye rwa Kampala ruherutse kwemeza ko umutungo ugizwe n’ubutaka buri mu gace Ka Kabulamulilo muri Kiboga ari uwa Damanico byemewe n’amategeko. Icyemezo cyatanzwe n’Umucamanza Ssekaana Musa, cyaje nyuma […]

RDC: Inyeshyamba za M23 zafashe Umujyi wa Kamandi Gîte wo muri Lubero

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, inyeshyamba za M23, zigaruriye Umujyi wa Kamandi GĂ®te muri Teritwari ya Lubero mu gitondo cyo ku Cyumweru, itariki ya 3 Ugushyingo. Ni mu birometero birenga 130 mu majyaruguru ya Goma . Inyeshyamba zafashe uyu mujyi nyuma yo kugaba igitero ku birindiro by’inyeshyamba za Wazalendo, zifatanije n’Ingabo za Congo. Imirwano […]

Gaza: Ibitero bishya bya Israel byahitanye abasaga 20

Nibura abantu 23 bishwe n’ibisasu indege z’intambara za Israel zarashe muri Gaza kuri iki cyumweru. Nk’uko byatangajwe n’abaganga muri Palestine . Kimwe cya kabiri cy’abantu bapfuye baguye mu majyaruguru y’iyi ntara aho Israel ivuga ko irasa mu rwego rwo kubuza abarwanyi b’umutwe wa Hamasi kwisuganya. Ku ruhande rwabo, Abanyepalestina baravuga ko ibi bitero by’indege z’intambara […]

Guinea: Perezida Doumbouya yihaye ipeti riruta ayandi

Perezida w’inzibacyuho ya Guinea, Mamadi Doumbouya, yazamutse ku ntera ya gĂ©nĂ©ral d’armĂ©e. Ku nshuro ya kabiri uyu mwaka, umuyobozi w’akanama ka gisirikare kari ku butegetsi (CNRD) w’imyaka 43 y’amavuko yizamuye mu ntera binyuze mu iteka rya perezida yashyize ahagaragara ku mugoroba wo ku wa Gatanu. Abandi basirikare bahiritse ubutegetsi bagera kuri cumi na batanu nabo […]

Bolivia: Abashyigikiye uwahoze ari perezida bashimuse abasirikare barenga 200

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 2 Ugushyingo2024, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Boliviya yashinje abashyigikiye uwahoze ari Perezida, Evo Morales, kuba barafashe bugwate abasirikare barenga 200. Abigaragambyaga batangiye gufunga imihanda mu byumweru bitatu bishize kugirango babuze ifatwa rya Morales ku byo akomeza avuga ko ari ibirego bishingiye kuri politiki. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Bolivia yavuze ko […]

Polisi yagiranye ibiganiro n’abanyamakuru bo mu Ntara y’Iburengerazuba

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Ugushyingo, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru bakorera mu Ntara y’Iburengerazuba . Ni ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’uko umutekano wifashe no gukomeza imikoranire mu bijyanye no gukumira no kurwanya ibyaha. ACP Rutikanga yasabye abanyamakuru gufatanya na Polisi mu kurwanya […]

Israel: Capt. Zakay wa IDF yishwe n’ibikomere yakuye mu mirwano muri Gaza

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 1 Ugushyingo 2024, ko Captain Yarden Zakay yapfuye azize ibikomere yakuye mirwano muri Gaza ku itariki 17 Nzeri 2024. Capt. Zakay, wari ufite imyaka 21, ukomoka i Hadera, yari umuyobozi wa platatoon yo muri Batayo ya Shaked, Brigade ya Givati. Nyuma y’urupfu […]

Muhanga: Akurikiranyweho gutema umugore we akamwica

Kuwa Gatatu, itariki 30 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwakiriye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 56 ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we. Icyaha akurikiranyweho yagikoreye mu Mudugudu wa Nyarushishi, Akagari ka Rwoga, Umurenge wa Kabagali, mu Karere ka Ruhango ku itariki ya 28/10/2024. Mu ijoro ryo kuri uwo munsi, ubwo yari atashye, yatonganye […]

Uganda na RD Congo birateganya gutangira gukorana imyitozo ya gisirikare

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ko habaho imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati y’Ingabo za Uganda n’iza Congo . Iyi gahunda, yaganiriweho mu nama yabaye kuri uyu wa Kane, itariki 31 Ukwakira 2024 hagati y’Umugaba Mukuru wa FARDC, Gen Christian Tshiwewe Songesa, n’Umugaba Mukuru wa UPDF ije ikurikira intambwe ishimishije imaze guterwa […]

Gen. Kainerugaba na Gen. Songesa wa DRC baganiriye ku mutekano w’akarere

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yabonanye na mugenzi we Gen. Christian Tshiwewe Songesa, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), mu rwego rwo gushimangira ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’ihungabanya ry’umutekano rusange . Iyi nama yabereye ku cyicaro gikuru cy’ubutasi n’umutekano i Mbuya, i Kampala, kuri uyu wa Kane, itariki […]

Minisitiri w’ubuzima wungirije wa Uganda yaje kwiga uko u Rwanda rwarwanyije Marburg

screenshot_2024-11-01_073135.jpg

Ku wa Kane, itariki ya 31 Ukwakira 2024, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima muri Uganda ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Margaret Muhanga Mugisa, yasuye ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya icyorezo cya Marburg, aho yahuye n’amakipe ayoboye urugamba rwo kurwanya virusi ya Marburg. Yahuye kandi n’ikipe y’Abagande muri iki gihe bari mu Rwanda aho baje gufasha mu rugamba […]

Imanza 2199 zarangiriye mu buhuza mu mwaka w’ubucamanza usojwe

Mu mwaka w’ubucamanza usojwe, imanza 2,199, eshanu muri zo zari zifite agaciro ka miliyoni zirenga 45 frw zarangiriye mu buhuza hagati y’uwakoze icyaha n’uwagikorewe nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Harrison Mutabazi. Mutabazi avuga ko muri rusange hakiri ikibazo cy’ubucucike bw’imanza zaregewe inkiko zitegereje kuburanishwa muri zo 70% zikaba ari imanza nshinjabyaha. Mu rwego rwo […]

Ingo 300 zashyikirijwe ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba

csm_gisagara_cb6490bb9d.jpg

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije bashyikirije ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba imiryango 300 y’abatishoboye bo mu midugudu ya Kigoyi na Bukamba mu kagari ka Kamukiza, umurenge wa Mukindo wo mu Karere ka Gisagara. Izi ngufu zisubira zikomoka ku mirasire zahawe abagenerwabikorwa batuye kure y’umurongo mugari w’amashanyarazi, kuri uyu wa Kabiri tariki […]

Kinshasa: Hatangiye imyigaragambyo yamagana guhindura itegeko nshinga

Abaturage ba Kinshasa bitabiriye imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Kane, itariki 31 Ukwakira 2024, mu Karere ka Tshangu, cyane cyane kuri Boulevard Lumumba. Iri ni itsinda ry’urubyiruko rwatwitse amapine kandi ruhagarika ibinyabiziga kugirango ruvuge ngo “Oya” ku kugerageza kuvugurura itegeko nshinga kwagaragajwe na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi. Nyuma y’iminota irenga […]

Korea ya Ruguru yagerageje igisasu gishobora kugera muri Amerika

Kuri uyu wa Kane, Koreya ya Ruguru yarashe misile yo mu bwoko bwa ballistique yambukira imigabane yerekeza mu nyanja ku mabwiriza y’Umuyobozi Kim Jong Un, nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, byongeraho ko igisasu cyageze kure kurusha igerageza ryabanje. KCNA yatangaje ko Kim yari ari aharasiwe iki gisasu. Ibiro Ntaramakuru by’Abanyakoreya byatangaje ko Kim […]

Gasabo: Umugore yiyiciye umwana agira ngo ababaze umugabo we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, kuwa Kabiri, itariki 29 Ukwakira 2024, bwakiriye dosiye y’umugore wiyiciye umwana we w’umukobwa ufite umwaka umwe n’amezi atandatu. Uregwa atuye mu Mudugudu wa Mbabe, Akagari ka Mbabe, Umurenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro. Icyaha akurikiranyweho cyakozwe ku itariki 20 Ukwakira2024 ubwo yicaga umwana we akamuryamisha ku buriri yararagaho […]

Paris: Rwamucyo yakatiwe imyaka 27 nyuma yo kumuhamya uruhare muri jenoside

Kuwa Gatatu, itariki 30 Ukwakira 2024, Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwakatiye Umunyarwanda Eugène Rwamucyo gufungwa imyaka 27 nyuma yo kumuhamya kugira uruhare muri Jenoside yakoreye Abatutsi . Ni mu isomwa ry’urubanza ryitabiriwe n’abantu benshi. Abaje gushyigikira uregwa, bagaragaje uburakari rurangiye, n’abaje gushyigikira abamureze bagaragaje ibyishimo. Polisi yagiye hagati yabo ngo hatabaho gushyamirana. Uru ni […]

Hezbollah yabonye umuyobozi mushya wari umaze imyaka 33 yungirije

Umutwe wa Hezbollah kuwa Kabiri washyizeho Naim Qassem w’imyaka 71 nk’umuyobozi mukuru mushya wawo nyuma y’iyicwa ry’uwawuyoboraga, Hassan Nasrallah wish we na Israel mu munsi ishize. Uwari umukuru wa Hezbollah, Abbas al-Musawi, mu 1991 yamugize umwungirije. Musawi amaze kwicwa na Israel mu 1992, Qassem yagumye mu mwanya we, Hassan Nasrallah asimbuye Musawi. Ku itariki 27 […]

UK: Uwahoze ari umucamanza wa Uganda yarezwe gukoresha ‘Ubucakara bugezweho’

Uwahoze ari umucamanza wa Uganda, Lydia Mugambe, w’imyaka 49, utuye Lyne Road, muri Kidlington, yashinjwe mu Bwongereza ibyaha byinshi bifitanye isano n’ubucakara bugezweho ndetse no kurenga ku mategeko agenga abimukira. Mu byaha Mugambe aregwa harimo no gucura umugambi wo koroshya kurenga ku mategeko agenga abimukira mu gihugu cy’u Bwongereza, gutegura cyangwa koroshya ingendo z’abantu bo […]

Somalia yahambirije umujyanama muri Ambasade ya Ethiopia i Mogadishu

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane ya Somaliya yatangaje kuri uyu wa Gatatu, itariki 30 Ukwakira 2024, ko yirukanye Ali Mohamed Adan, Umujyanama muri Ambasade ya Ethiopia i Mogadishu, ivuga ko ibikorwa “ bye bidahuye n’inshingano ze mu rwego rwa diplomasi” kandi birerekana ubwiyongere bukabije bw’umwuka mubi mu mibanire y’ibihugu byombi. Iyi ntambwe iragaragaza ubushake bwa Somaliya […]

FARDC yongeye kwigarurira ahantu 7 hacukurwa amabuye y’agaciro muri Djugu

Ku wa Kabiri, itariki ya 29 Ukwakira 2024, igisirikare cyavuze ko byibuze imidugudu irindwi yari yigaruriwe n’imitwe yitwaje intwaro yitwa Zaire na CODECO mu karere gacukurwamo amabuye y’agaciro muri Teritwari ya Djugu (Ituri) imaze icyumweru cyose igenzurwa na FARDC. FARDC ivuga ko yongeye kwigarurira uduce twa Galay, Lodjo, Pili Pili, Beba, Plito na Mulanday mu […]

Sudani: Amerika yamaganye ibitero bya RSF byibasira abasivili

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yamaganye ibitero byibasira abasivili by’ingabo za Rapid Support Forces muri Sudani kandi ibahamagarira guhagarika ihohoterwa rikorerwa abaturage. Ibi byatangajwe nyuma y’ubwicanyi bumaze iminsi buvugwa kuva ku wa Gatanu muri Leta ya al-Jazira, kugeza ubu yari ituje. […]

Uwashinze TikTok yabaye umuherwe wa mbere mu Bushinwa

Kuba TikTok yaramamaye cyane ku isi hose, byatumye umwe mu bashinze isosiyete ikomokaho, ByteDance, aba umuntu ukize cyane mu Bushinwa . Dukurikije urutonde rw’abakire rwakozwe n’Ikigo cy’Ubushakashatsi cya Hurun, Zhang Yiming ubu arabarirwa akayabo ka miliyari 49.3 z’amadorari (miliyoni 38 z’amapound) umutungo we ukaba wariyongereyeho hejuru ya 43% ugereranije no mu 2023. Uyu mugabo w’imyaka […]

Koreya y’Epfo yatangaje ko ishobora gutangira guha intwaro Ukraine

Koreya y’Epfo yatangaje ko ishobora gutangira guha intwaro Ukraine niba ingabo za Koreya ya Ruguru ziyemeje gushyigikira u Burusiya. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru yageze mu Burusiya kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Ukwakira 2024 mu biganiro bibaye mu gihe intambara iki gihugu kirwana na Ukraine yafashe indi ntera. Ni nyuma kandi y’uko […]

Malawi: Umunyapolitikekazi utavuga rumwe n’ubutegetsi arashinjwa gucura umugambi wo kwica perezida

Umunyapolitikekazi ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi mu gihugu cya Malawi, Patricia Kaliati, yashinzwe gucura umugambi wo kwivugana Perezida Lazarus Chakwera . Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UTM, Patricia Kaliati, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize acyekwaho “gucura umugambi afatanyije n’abandi wo gukora icyaha gikomeye”. Ubwo yitabaga mu rukiko rwo mu murwa mukuru Lilongwe, kuwa Mbere, itariki 28 Ukwakira […]

Pentagon iravuga ko Koreya ya Ruguru yohereje ingabo 10,000 mu Burusiya

Abasirikare bagera ku 10,000 bo muri Koreya ya Ruguru boherejwe mu Burusiya kwitoza no kurwanya Ukraine mu “byumweru biri imbere”, nk’uko Pentagon yabitangaje ivuga ko byongereye cyane umubare w’abasirikare boherejwe na Koreya ya Ruguru ndetse bikanatera ubwoba ko intambara yo muri Ukraine ishobora kwaguka biturutse ku gutabara kwa gisirikare kwa Pyongyang . Ku wa Mbere, […]

Singapore: Ambasaderi Uwihanganye yitabiriye itangizwa ry’inama ya SWITCH 2024

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 28 Ukwakira 2024, Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore, Jean De Dieu Uwihanganye, yitabiriye umuhango wo gutangiza icyumweru cya Singapore cyo guhanga udushya n’ikoranabuhanga (SWITCH) 2024, ari kumwe na bagenzi be bahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu n’intumwa mpuzamahanga. SWITCH 2024 yateguwe na Enterprises Singapore, ikigo cya leta cyiyemeje guteza […]

Paris: Rwamucyo ushinjwa uruhare muri jenoside yasabiwe imyaka 30 y’igifungo

Kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukwakira 2024, abashinjacyaha mu Bufaransa basabiye igifungo cy’imyaka 30 uwahoze ari umuganga waburanishijwe i Paris kubera gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu myaka mirongo itatu ishize. Eugene Rwamucyo, ufite imyaka 65, ni we muntu uheruka gushinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi muri Mata 1994 uburanishijwe […]

Abasirikare 600,000 b’u Burusiya bamaze gupfira mu ntambara – NATO

Umunyamabanga Mukuru mushya wa NATO, Mark Rutte, yemeje iyoherezwa ry’ingabo za Koreya ya Ruguru mu Burusiya kandi avuga ko bigaragaza “kwiyongera gukomeye” kw’amakimbirane. Rutte yavuze kandi ko Ingabo z’u Burusiya zirenga 600.000 zishwe cyangwa zikomerekera mu “ntambara ya Putin.” Hagati aho, Perezida wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk Yeol, yabwiye Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, Ursula […]

Donald Trump yashinje Kamala Harris gusenya Amerika

Donald Trump yashinje Kamala Harris gushaka gusenya Amerika, ubwo yibasiraga mukeba we mu kwiyamamaza kwabereye mu Mujyi wa New York. Uwahoze ari perezida yasabye kandi igihano cy’urupfu ku bimukira bose bishe Umunyamerika. Mu ijoro ryo ku Cyumweru, umukandida ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’Abarepubulikani, Donald Trump, yibasiye Visi Perezida Kamala Harris mu kwiyamamaza kwabereye mu gace ka […]

Kenya: Boniface Mwangi ushinjwa gushishikariza imyigaragambyo yo kwamagana leta yafunzwe

Boniface Mwangi, uzwi cyane mu guharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya, yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku Cyumweru afatiwe iwe. Polisi yamushinje “gukangurira urugomo”, igihe yahamagazaga imyigaragambyo yo kwamagana leta. Abamwegereye basaba ko arekurwa kandi bamagana icyo bita igitero ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo. Umugore we ni we wabitangaje bwa mbere ku mbuga nkoranyambaga […]

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongera mu 2024 ariko bugabanuke mu 2025 – IMF

Biteganijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buziyongera ku gipimo cya 7 ku ijana mu 2024 ariko bukagabanuka kugera kuri 6.5 ku ijana mu 2025, nk’uko bigaragara mu isuzuma mu rwego rw’ubukungu bw’akarere riheruka gukorwa n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF). Ikigega kandi giteganya ibiciro by’abaguzi ku kigereranyo cya 4.9 ku ijana muri uyu mwaka na 5.1 ku ijana […]

Korea ya Ruguru irashinja iy’Epfo kuvogera ikirere cyayo ikoresheje za drones

Minisiteri y’ingabo y’igihugu cya Koreya ya Ruguru yashinje ingabo za Koreya y’Epfo kohereza indege zitagira abapilote mu karere kayo ku mpamvu za politiki, ivuga ko ari ukurenga ku busugire bw’igihugu, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ukwakira 2024 . Minisiteri yatangaje ibyavuye mu iperereza ryayo nyuma yo kuvuga […]

Indege z’intambara z’u Bushinwa zongeye kuzenguruka Taiwani mu gisa nko kwitegura intambara

Taiwani yatangaje ko ku Cyumweru u Bushinwa bwohereje indege z’intambara zirimo izitagira abapilote mu bikorwa by’irondo ryo kuzenguruka icyo kirwa mu rwego rwo kwitegura ko igihe icyo ari cyo cyose hashobora kuvuka intambara . Ni mu gihe ku ruhande rwabwo u Bushinwa bwamaganye icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kugurisha intwaro Taiwani. Ministeri […]

Abaterabwoba ba Leta ya Kisilamu baba barageze muri Ghana

Abarwanyi ba kisilamu barwanira muri Burkina Faso baba barimo gukoresha mw’ibanga, ibice by’amajyaruguru ya Ghana, mu kubika intwaro n’ibikoresho harimo n’ibyo mu buvuzi, kugirango babashe gukomeza ibitero byabo nk’inyeshyamba. Mu batanze aya makuru harimo abashinzwe umutekano muri Gana ndetse n’abadipolomate bo mu karere. Bavuze ko abategetsi ba Ghana basa nk’abirebera hirya mu gihe inyeshyamba zambuka […]

Tel Aviv: Igitero gisa nk’iterabwoba cyakomerekeje 35 mu gace karimo icyicaro cya Mossad

Kuri iki Cyumweru, itariki, 27 Ukwakira 2024, ikamyo yagonze ahahagarara bus ahitwa Glilot i Tel Aviv, mu gace karimo icyicaro gikuru cya Mossad hamwe n’inzego nyinshi z’ubutasi z’Igisirikare cya Israel, IDF. Nibura abantu 35 bakomeretse, nyuma y’uko ikamyo yagonze station ya bus hafi y’Umujyi wa wa Tel Aviv muri Israel. Batandatu mu bakomeretse bameze nabi […]