FARDC yigaruriye ibiturage bibiri byagenzurwaga n’inyeshyamba umwe mu bayobozi ahasiga ubuzima

Igisirikare cya Congo kuri uyu wa Gatanu, itariki 16 kanama mu gitondo kigaruriye ibiturage bya Vusamba na Munoli, muri Sheferi (Chefferie) ya Baswagha, teritwari ya Lubero, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Teritwari ya Lubero, Richard Nyembo wa Nyembo, ngo FARDC yirukanye muri ibyo biturage abarwanyi b’umutwe wa Maà¯-Maà¯/ Mazembe nyuma yo gukozanyaho. […]

RDC: Ku nshuro ya mbere Ebola yageze muri Kivu y’Amajyepfo

Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu Mujyi wa Bukavu, ku nshuro ya mbere hagaragaye abantu babairi barwaye Ebola ndetse umwe muri bo yitabye Imana nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’ubuyobozi bw’intara ibaye iya gatatu muri Congo igezwemo na Ebola. Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwatangarije AFP ko abantu babiri basuzumwe bagasangwamo Ebola mu ijoro […]

Uganda: Ambasaderi w’u Bushinwa yahakanye ko Huawei ifasha leta kumviriza abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Ambasaderi w’u Bushinwa muri Uganda, Zheng Zhu Qiang yahakanye ibirego bishinja Ikigo cy’itumanaho cyo mu Bushinwa, Huawei, gukorana n’inzego z’umutekano za Uganda mu kuneka abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi. Ikinyamakuru The Wall Street Journal kuwa kabiri nibwo cyasohoye inkuru ivuga ko Huawei ifasha abakuru b’inzego z’umutekano za Uganda gutata abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi binjira muri telephone […]

Umurwayi wa Sida yasohowe nabi mu bitaro byo mu Misiri – Amafoto

Abategetsi mu Misiri bari gukora iperereza ku gikorwa cyo gusohora mu bitaro ku ngufu kandi bakurura hasi umugabo urwaye SIDA. Byabereye mu bitaro biherereye mu majyaruguru y’igihugu ahitwa Gharbia. Amashusho y’uko byagenze yatumye abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza agahinda n’umujinya batewe n’iki gikorwa. Amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugabo bamukurubana bamusohora mu […]

Koreya ya Ruguru iravuga ko nta bindi biganiro izagirana na Koreya y’Epfo

Koreya ya Ruguru yatangaje ko nta bindi biganiro ikeneye kugirana na Koreya y’Epfo ishimangira ko iki cyemezo cyafashwe kubera ibikorwa bya Koreya y’Epfo. Iki gihugu kikaba cyasohoye itangazo risubiza ijambo rya Perezida Moon Jae-in ryo kuri uyu wa Kane. Hagati aho, kuri uyu wa Gatanu kare Koreya ya Ruguru yagerageje ibisasu bibiri bya missiles ibirasa […]

Israel yakumiriye abadepitekazi bo muri Amerika b’Abasilamukazi

Igihugu cya Israel cyakumiriye abadepite babiri bo muri Amerika b’Abasilamukazi bakomoka mu ishyaka ry’Abademokarate, Ilhan Omar na Rashida Tlaib bagombaga mu cyumweru gitaha gusura Intara za West Bank na Yerusalemu y’Iburasirazuba  zigaruriwe  na Israel. Aba badepite bombi bakunze gushyigikira muvoma irwanya ibikorwa bya Israel, ariko itegeko rya Israel ryemera ko abayishyigikiye bakumirwa bakabuzwa gusura. Perezida […]

Libya: Ingendo z'indege i Tripoli zahagaritswe

Indege zabujijwe guhagurukira ku kibuga cy’indege kimwe rukumbi cyakoraga mu murwa mukuru wa Libiya kuri uyu wa kane. Ni nyuma y’ibitero bya rocket byatewe mw’ijoro ryose. Byatangajwe n’umuvugizi wa guverinoma y’ubumwe bw’igihugu. Moustafa al-Meiji wo muri Guverinoma ya Tripoli, yavuze ko rocket yarashwe mw’ijoro ryo kuwa Gatatu, yishe umusirikare wari kw’irondo, ikomeretsa abandi benshi barinda […]

Batatu bafatiwe mu bikorwa byo kurwanya ikwirakwizwa ry’ ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bishora mu biyobyabwenge kubireka kuko batazigera bihanganirwa. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa 14 Kanama  abantu batatu batandukanye Polisi ibafatanye ikiyobyabwenge cy’urumogi. Abafashwe ni  Rutayisire Bill Ronard  w’imyaka 21 wafatiwe mu Karere ka Nyabihu afite udupfunyika 389 tw’urumogi, mu Karere ka Nyagatare hafatirwa Semabumba Emile  w’imyaka 28 na Nkizumutoni Theophile […]

Joe Mwangi yahishuye amafaranga Wendy Waeni yahembwe na Perezida Kagame

Joe Mwangi, wahoze akurikirana inyungu (Manager) z’umwana w’umukobwa, Wendy Waeni, wo muri Kenya wamamaye mu mukino ngororamubiri wa Acrobatie, akaba yarigeze kuza mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri ushize yatangaje umubare w’amafaranga yahembwe icyo gihe na Perezida Kagame. Ibi yabishyize hanze nyuma y’aho Wendy Waeni amushinjije kumunyunyuza imitsi agasiga umuryango we mu bukene nyamara yarazengurutse […]

Perezida Tshisekedi yasubije inyuma urutonde rw’abazaba bagize guverinoma

Kubera kutubahiriza ihame ry’uburingaire no kudahagararirwa bihagije kw’urubyiruko cyangwa kutagaragara kw’amasura mashya ugereranyije n’asanzwe nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru nka AFP na Belga, byatumye Perezida Felix Tshisekedi asubiza inyuma urutonde rwa mbere yari amaze gushyikirizwa na Minisitiri w’Intebe rw’abo ateganya bazaba bagize Guverinoma Nshya. “ Perezida Tshisekdi yagaragarije Minisitiri w’Intebe (Sylvestre Ilunga) ko urutonde rutubahirije ibyasabwe ku […]

Amaherezo Facebook yemeye ko yumvirizaga ibiganiro by’abayikoresha bifashishije Messenger

Urubuga nkoranyambaga rwa facebook rwongeye gushinjwa kumviriza amajwi ya bamwe mu bakoresha uru rubuga nk’uko byahishuwe n’Ikinyamakuru Bloomberg. Biravugwa ko hari n’amagana y’abantu bahawe akazi na facebook ko gukoporora amajwi y’ibiganiro hagati y’abayikoresha. Amaherezo facebook yemeye ko yumviriza abayikoresha mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’uko yari yabanje kubihakana. Gukoresha micro ya telephone igikoresho cy’ubutasi mu […]

Perezida Kagame yanyomoje ikinyamakuru The Financial Times

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanyomoje ikinyamakuru cyo mu Bwongereza avuga ko ubutegetsi bw’u Rwanda budacura imibare itari yo ku iterambere bugamije kwigaragaza neza. Ni nyuma y’aho Ikinyamakuru The Financial Times cyo mu Bwongereza gitangaje inkuru kivuga ko icukumbuye  cyakoze ku mibare yatanzwe n’ikigo cy’ibarurishamibare cy’u Rwanda n’ibyatangajwe na bamwe mu bayikozeho ubushakashatsi. kuri uyu […]

Somalia: Abasirikare batandatu n’umunyamakuru bishwe n’intagondwa za Al Shabab

Abasirikare batandatu ba Leta ya Somalia ndetse n’umunyamakuru ufata amashusho kuri uyu wa Gatatu bishwe abandi 13 barakomereka ubwo intagondwa za Al Shabab zagabaga igitero ku kigo cya gisirikare kiri hafi y’umurwa mukuru nk’uko byemejwe n’abayobozi. Abategetsi ba Somalia batangaje ko imodoka yari itezemo igisasu yaturikiye ku nkambi iri mu mujyi wa Awdhegle, mu birometero […]

Nyanza: Bafatiwe mu cyuho bajya inama yo gushaka abakiriya b’urumogi

Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza k’ubufatanye n’abaturage yafatanye abagabo babiri udupfunyika tw’urumogi 900 ubwo barimo bajya inama yo kurushakira abakiriya. Kuwa kabiri, tariki ya 13 Kanama nibwo uwitwa Mpagazehe Haruna w’imyaka 40 y’amavuko yagaragaye apakiye agafuka kuri moto agana mu rugo kwa Ndatimana Hussein w’imyaka 48 ruherereye mu Mujyi wa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo […]

Mu Karere ka Nyaruguru harikangwa inzara ishobora kukibasira

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ishami ry’ubuhinzi n’umutungo kamere, Bwana MUHAYIMANA Nelson yasezeranyije abahinzi bo muri aka Karere kubaha ishwagara, ifumbire ndetse n’imbuto z’indobanure kugira ngo ahumurize abakeka ko aka Karere gashobora guhura n’icyorezo cy’inzara nyuma y’aho igihembwe cy’ihinga gishize cyabahombeye. Ibi yabivuze nyuma y’uko aba baturage biganjemo abakora umwuga w’ubuhinzi bavuze ko hatagize igikorwa […]

Rusizi: Rwanda Revenue yiseguye ku muturage wari waciwe amande azira kutamenya gusoma

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kiseguye ku muturage witwa Nsabimana Dominique wo mu Karere ka Rusizi wari waciwe amande y’amafaranga 2,000 kubera ko atazi gusoma agahabwa n’inyemezabwishyu ya RRA. Ni inyemezabwishyu yatangiwe mu Karere ka Rusizi mu Murenge w’icyaro wa Nyakarenzo mu Burengerazuba bw’u Rwanda. Umwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda yerekanye iyi nyemezabwishyu kuri twitter […]

Mu myaka ibiri inyeshyamba zishe abasivili 1,900 zishimuta abasaga 3000 muri Kivu — HRW

Raporo nshya yasohowe kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Kanama, y’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, yafatanyije n’Itsinda ryiga kuri Congo rifite icyicaro muri Kaminuza ya New York, iragaragaza ko imitwe yitwaje ibirwanisho yishe abasivili 1,900 igashimuta abandi 3,300 hagati y’ukwezi kwa Kamena 2017 na Kamena 2019 mu Ntara za Kivu. Ibipimo bigaragaza […]

Goma: Umubyeyi n'umwana we bari barwaye Ebola bavuwe barakira

Abarwayi babiri ba Ebola bari bamaze ibyumweru bigera muri bibiri bavurirwa mu Kigo kivura Ebola cya Goma, mu burasirazuba bwa Congo, batangajwe ko bakize iyi ndwara bakaba basubiye mu iwabo kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Kanama. Ababishinzwe batangaje ko gukira kwabo kwatewe n’akazi ko kubakurikiranira hafi kakozwe n’itsinda ry’ubuvuzi ryabashije no gutahura no gukingira […]

RIB yashyikirije Interpol BMW 3 zibwe mu Burayi zafatiwe mu Rwanda – Amafoto

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kabiri, rwashyikirije Ibiro bya Interpol I Kinshasa moto eshatu zo mu bwoko bwa BMW zafatiwe ku mupaka wa Rubavu nyuma yo kwibwa mu Burayi. Nk’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwabitangaje ku rukuta rwarwo rwa Twitter, izi moto zafatiwe ku mupaka wa Rubavu uhuza u Rwanda na Congo zimaze kwinjizwa […]

Espagne yimye ubuhungiro abana 31 b'abimukira b'Abanyafurika

Leta ya Espagne yangiye ubuhungiro abana b’abimukira 31 b’Abanyafrika. Dosiye yabo yari yagejejwe ejo kuwa mbere muri Ambasade ya Espagne mu Kirwa cya Malte n’ishyirahamwe ryo muri Espagne ryitwa Proactiva Open Arms. Uyu munsi, umwe mu bagize guverinoma ya Espagne yatangaje kuri televiziyo ko badashobora kubona ubuhungiro kuko dosiye yabo yatanzwe “mu buryo bunyuranije n’amategeko.” […]

Ubushinjacyaha bwashyikirije urukiko dosiye ku butekamutwe buherutse muri Kigali Convention Center 

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko bwamaze gukora iperereza ku kibazo cy’Abanyakenya batatu n’Umunyarwanda umwe bashinjwa ubutekamutwe no gukoresha inama itemewe bizeza abantu ibintu baje gusanga ari ukubabeshya. Ubushinjacyaha bukaba buvuga ko bwarangije iperereza kandi bwamaze gushyikiriza dosiye urukiko rubifitiye ubushobozi. Nk’uko bigaragara kuri twitter y’ubushinjacyaha, ngo inzira y’amategeko kuri iki kibazo yatangiye, bugasaba abantu kwirinda […]

Hagiye gutangizwa uburyo bwo guhangana n’abagabo babeshya abakobwa ko bazabashaka

Guverineri w’Intara ya Dar Es- Salaam, Paul Makonda atangaza ko hagiye gutangizwa uburyo bwo kurwanya abagabo bubatse babeshya abakobwa ko bazashyingiranwa nabo nyuma bakabivamo. Makonda avuga ko hagiye kuzajya habikwa ibyemezo by’ugushyingirwa  kuri interinteri mu ntara ayoboye mu rwego rwo kugabanya umubare w’abakobwa babeshywaga n’abagabo bubatse. Uyu muyobozi yabwiye abanyamakuru kuwa 13 Kanama ko  iki […]

Burundi: Ishyaka CNDD riratangaza ko rishobora kutazitabira amatora yo mu 2020

Mukiganiro n’abamenyeshamakuru co kuri uyu wa mbere itarike 12 myandagaro uyu mwaka, Gasupari Kobako umuvugizi w’umugambwe Inama y’igihugu ingwanira Demokarasi CNDD (mu mpfunyapfunyo y’igifaransa) avuga ko umugambwe wabo uzitaba amatora y’imirije mu mwaka uza w’2020 ariko uwo mugambwe ukongera ukavuga ko ushobora kutazitaba ayo amatora canke ukazoyikuramwo mugihe cose utoroherejwe. Umuvugizi w’ishyaka CNDD ( Conseil […]

Vuba aha Ebola iraba ari indwara ishobora kuvurwa igakira – Ubushakashatsi

Mu gihe cya vuba kiri imbere, Ebola ishobora kuba igiye kuba indwara “ishobora kwirindwa kandi ikavurwa igakira” nyuma yaho igerageza ry’imiti ibiri rigaragaje gutanga ikigero giteye imbere cyo gukira, nkuko bivugwa n’abahanga muri siyansi. Imiti ine yageragerejwe ku barwayi ba Ebola barenga 700 muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, ahagaragara iyi ndwara muri iki gihe. […]

Kenya: Indege yiteguraga gufata ikirere  yafashwe mu kinogo

Umupilote ku kibuga cy’Indege cya Manda mu gace ka Lamu muri Kenya yasabwe gusubika urugendo rwe nyuma yaho umupine w’indege ufashwe mu kinogo kiri ku kibuga. Iyi ndege yerekezaga mu Mujyi wa Nairobi itwaye abantu 33 ntiyabashije kurenga ikinogo kugira ngo ifate ikirere. Byasabye ko abakozi bo ku kibuga bifashisha amasuka n’ibindi bikoresho kugira ngo […]

Abayobozi baremeza ko Minisitiri Sezibera ari mu bitaro i Nairobi bagahakana iby’irogwa rye

Nyuma yo kutaboneka nk’uko byari bisanzwe kwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, bigakurikirwa n’impuha zakwirakwijwe n’ibinyamakuru byo muri Uganda by’uko yaba yararozwe akaba ari mu bitaro I Nairobi, Leta y’u Rwanda irabeshyuza izo mpuha nubwo yemera ko ari mu bitaro koko. Hashize ukwezi Minisitiri Richard Sezibera atagaragara mu ruhame. Yaherukaga kuva mu gihugu kuwa […]

Abana batanu bo mu muryango umwe bishwe n’inkongi y’umuriro

Abana batanu bo mu muryango umwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Kanama bahitanwe n’inkongi y’umuriro muri Kikwit, Umujyi wa kabiri w’Intara ya Kwilu, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Usibye aba bana iyi nkongi yahitanye, biravugwa ko hari n’ibindi bintu byangiritse nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga. Nk’uko ababibonye babitangaje, […]

USA: Umuherwe Jeffrey Epstein yiyahuriye muri gereza yari afungiyemo

Umuherwe Jeffrey Esptein wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafashe icyemezo cyo kwiyahurira muri gereza yari afungiyemo muri New York, akurikiranweho gusambanya abana bataragira imyaka y’ubukure. Umurambo wa Jeffrey Epstein wasanzwe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Kanama, mu cyumba yari afungiyemo ahagana saa 6h30 za mu gitondo. Ibinyamakuru byo muri Amerika bikaba byatangaje […]

RDC: Umuririmbyi Defao wari umaze imyaka 18 mu buhungiro yaratahutse

Umuririmbyi w’Umunyekongo, General Defao Matumona wari umaze imyaka 18 mu buhungiro I Nairobi, yagarutse iwabo ku Cyumweru gishize nyuma y’aho Congo ibonye perezida mushya, Felix Tshisekedi. General Defao yari yahunze Kinshasa mu 2002 ubwo Joseph Kabila yajyaga ku butegetsi. Uyu muririmbyi wamamaye mu ndirimbo yakunzwe cyane yitwa ‘Sala Noki’ yatashye nyuma y’aho mu minsi ishize […]

Mourinho agiye kugaragara nk’umusesenguzi w’imikino kuri Televiziyo

Ku nshuro ya mbere Mourinho aragaragara kuri televiziyo ya Sky Sports nk’umusesenguzi ku mukino uhuza Man U na Chelsea kuri iki cyumweru tariki 11 Kanama 2019 Umutoza Jose Murinho wari umaze iminsi ntakazi afite kuri ubu yamaze kukabona kuri tereviziyo yerekana imikino yo mu Bwongereza aho azajya akora nk’umusesenguzi w’imikino, kunshuro ya mbere aragaragara kumukino […]

Mu Burusiya haravugwa imyigaragambyo itarigeze ibaho kuva Putin yongera gutorwa mu 2012

Abantu babarirwa mu bihumbi bahuriye i Moscow mu murwa mukuru w’u Burusiya mu myigaragambyo yo kwamagana ihezwa rya bamwe mu bakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora y’abayobozi b’imijyi. Iyi myigaragambyo yabereye i Moscow niyo yitabiriwe n’abantu benshi kuva Vladimir Putin yongeye gutorwa mu mwaka wa 2012. Mu yindi mijyi naho habaye imyigaragambyo. Umuryango utegamiye kuri […]

As Kigali yanganyije na KMC

Mu wabereye kuri stade ya Kigali i nyamirambo, wahuje As Kigali na KMC yo muri Tanzaniya, mu marushanwa ya CAF confederation cup mu ijonjora ry’ibanze warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa. As Kigali ni yo ihagarariye u Rwanda mumikino ya Caf Confedration Cup mugihe KMC bakinaga ihagarariye Tanzaniya. Ni umukino watangiye ku isaha y’i […]

Polisi iraburira abantu kwirinda inkongi z’umuriro nyma yo gutabara umuryango

Ibi Polisi y’u Rwanda ibitangaje nyuma y’aho mu cyumweru dusoje habaye inkongi z’umuriro ebyiri zangije ibintu bitandukanye, ikanatabara umuryango wo mu Karere ka Rusizi ifatanyije n’abaturage. Kuri uyu  wa mbere w’icyumweru dusoje mu Karere ka Nyarugenge muri Nyabugogo ahazwi nko ku Mashyirahamwe inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro hashya imiryango yakorerwagamo ubucuruzi butandukanye aho yatewe n’imbabura […]

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’ishami muri Kaminuza y’u Rwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umuganga mukuru wari ushinzwe ishami ryigisha ibijyanye n’ikinya (Head of Anaesthesia Department) muri Kaminuza y’u Rwanda, mu Ishami rya College of Medicine & Health Sciences  kubera gusaba ruswa. Nk’uko RIB yabitangaje ibinyujije kuri twitter, ngo uyu muyobozi akurikiranweho kwaka ruswa abanyeshuri ngo abahe amanota. Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha ruka […]

Burundi: Visi Perezida yasabye abanyapolitiki bahunze gutaha nubwo bahunze batabagishije inama

Visi Perezida w’u Burundi yabwiye abanyapolitiki bo mu ihuriro CNARED bagaragaje icyifuzo cyo gutaha bagakorera mu gihugu mu rwego rwo kwitegura amatora, ko mu guhunga batabagishije inama ariko bataha bakazumva ibitekerezo byabo nk’uko abandi bumvwa. Ibi Visi Perezida wa Mbere w’u Burundi, Gaston Sindimwo, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, itariki 09 Kanama, ubwo yasuraga Radio […]

Kenya: Hitabajwe umubavu mu guhangana n’umusuzi w’umudepite

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Intara ya Homa Bay muri Kenya,  bifashishije umubavu (perfume) kugira ngo bazimye umunuko w’umusuzi w’umwe muri bo. Aba bafashe uyu mwanzuro nyuma yo kumara  iminota 10  binubira mugenzi wabo wabasuriye, ubwo bari basubukuye imirimo y’Inteko nyuma y’amafunguro ya saa sita. Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Homa Bay, Edwin Kakach yasabye […]

Uko abantu bitabiriye gutanga kandidatire bashaka kuba abasenateri ntibyigeze bibaho – NEC

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Bwana Charles Munyaneza, yavuze ko uburyo abantu bitabiriye gutanga kandidatire uyu mwaka bitari byarigeze bibaho, kuko ngo muri buri Ntara nibura haturutse abakandida barindwi. Itariki ya nyuma yo gutanga kandidatire z’abakandida bazatorwa mu matora y’abasenateri ateganyijwe mu kwezi gutaha, ni kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Kanama 2019. Komisiyo […]

Harakekwa ‘gupangirwa’ kuri Gitifu wa Muhanga ushinjwa gusambanya umukobwa ukora mu kabari

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi ashinjwa gufata ku ngufu Umukobwa ukora mu kabari. Abazi iby’iki kibazo bavuga ko  uyu gitifu yari afitanye ibibazo na Meya mu gihe abandi bavuga ko yaguye mu mutego yapangiwe. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice avuga ko yamenye ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uriya Murenge […]

Abantu 57 biganjemo abamotari baguye mu iturika ry’ikamyo ya Peteroli

Abantu 57  biganjemo abamotari nibo bimaze kumenyekana ko baguye mu iturika ry’ikamyo ya peteroli ryabereye ahitwa Morogoro muri Tanzania. Ikinyamakuru cya Leta, TBC gitangaza ko 65 bakomerekeye muri iyi mpanuka yabereye mu birometero 200 uvuye mu Mujyi wa Dar Es- Salaam. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Umuvugizi wa Leta,  Hassan Abbasi yavuze ko bababajwe n’uubuzima […]

Rayon Sports yasubijwe imodoka yayo yari yarafatiriwe

Ubuyobozi bw’Akagera Motors bwasubije Ikipe ya Rayons Sports imodoka nini yayo yari imaze amezi abiri ifatiriwe. Uku gufatirwa kwari kwaratewe ahanini no kutishyura ikiguzi cyose cy’imodoka. Rayon Sports yabanje kwishyura miliyoni 50 Frw muri miliyoni 100 Frw zaguzwe iyi modoka, aho andi mafaranga yagombaga gutangwa nyuma angana na miliyoni 2.7 Frw ndetse n’ay’ubukanishi bw’iyi modoka […]

Umunyarwandakazi Judith heard ntakiri kumwe n’uwo babyaranye

Umunyarwandakazi Kantengwa Judith Heard umaze kubaka izina mu kumurika imideli muri Uganda, ari mu rukundo n’umuhanzi witwa Eddie Profit. Uyu munyamideli ubusanzwe wari ubanye nabi n’uwo babyaranye umwana, bigaragara ko yaba yatangiye gushakira ahandi. Ibi biravugwa hashingiwe ku mafoto yakwirakwiye mu binyamakuru n’imbuga nkoranyambaga muri Uganda. Muri ayo mafoto, Kantengwa agaragara ari kumwe n’umuhanzi Eddie […]

Ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni bizagira icyo bitanga – Uganda

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Ruhakana Rugunda atangaza ko ibiganiro biri hagati ya PerezidaYoweli Museveni  na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ku mubano mubi w’ibihugu byombi bizatanga umusaruro. Rugunda wari mu kiganiro n’abadepite kuwa 9 Kanama nk’uko tubikesha Chimpreports, yavuze ko hari ubushake ku mpande zombi kuko “ u Rwanda na Uganda ni ibihugu by’ibivandimwe.” […]

RDC: Perezida Tshisekedi yategetse ubuyobozi bwa FARDC kurangiza ubwicanyi bubera muri Beni

Perezida Felix Tshisekedi wa Congo kuri uyu wa Gatanu, itariki 09 Kanama yahaye Etat-major ya FARDC umukoro wo kurangiza ubwicanyi bukorerwa muri Beni. Aya mabwiriza yayatangiye mu nama yamuhuje n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo. Perezida Felix Tshisekedi, akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, yateze amatwi yahawe n’umugaba mukuru w’ingabo kuri iyi ngingo, […]

HCR irasaba amahanga guha ubuhungiro abaturage ba Mali bahunga

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi HCR, rirasaba ibihugu korohereza abaturage ba Mali babihungiramo babaha ubuhungiro. HCR yemeza ko igihugu kiri mu bihe bigoye kandi ko abaturage bakomeje guhohoterwa no gutakaza ubuzima. Ibi ni nyuma yuko amasezerano y’amahoro n’ubwiyunge yasinywe mu 2015 ameze nkayasambutse dore ko imitwe myinshi irimo iyinyeshyamba yari yarayashyizeho umukono atayubahiriza. Ibi […]

Amafoto: Perezida Kagame yasabye urubyiruko kubyaza umusaruro Kigali Arena

Ubwo kuri uyu wa Gatanu, itariki 9 Kanama 2019 yafunguraga ku mugaragaro inzu y’imikino igezweho ya Kigali Arena, bivugwa ko ari yo nini mu karere, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kuyibyaza umusaruro kuko itubakiwe kuyireba gusa. Perezida Kagame yashimiye ikigo cy’ubwubatsi cyo muri Turkiya cyitwa “Summa” cyubatse Kigali Arena mu gihe gito […]

Rulindo: Babiri bafatanywe udupfunyika tw'urumogi dusaga 9,000

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Kanama ryafashe abantu babiri bafite udupfunyika tw’urumogi 9,218 baruvanye mu karere ka Rubavu baruzanye mu mujyi wa Kigali. Abafashwe ni Hakizimana Melani w’imyaka 30 y’amavuko na Tuyishimire Jack w’imyaka 18 y’amavuko bafatiwe mu kagari ka Kirenge, umurenge wa Rusiga mu karere […]

Uganda: Gen. Tumwine yibasiye Inteko Nshingamategeko, na we atukwa kutagira ikinyabupfura

“Ntimumbwire perezida wanyu n’inteko ishinga amategeko yanyu, igisirikare ntigishobora gutegekwa n’abasivili”, aya ni amwe mu magambo minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwine ashinjwa kuvuga mu gihe akomeje gukurikiranwaho gutera ubwoba abagize inteko ishinga amategeko. Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubuzima ya Uganda, Sarah Opendi yatangaje ko abona mugenzi we w’umutekano, Gen. Elly Tumwine nk’umuntu […]

Amerika n’u Bwongereza biramagana ubutabera bwa Tanzania ku birego bishinjwa umunyamakuru Kabendera

Ambasade za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza muri Tanzania kuri uyu wa Gatanu zamaganye idohoka ry’imikorere y’ubutabera bw’iki gihugu nyuma yo guhindura ibirego byashinjwaga umunyamakuru Erick Kabendera uzwiho gukora inkuru zicukumbuye, watawe muri yombi mu mpera za Nyakanga. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’izi ambasade zombi rivuga ko zihangayikishijwe n’idohoka ry’ubutabera bwa Tanzania, rirangwa no […]

DIGP Marizamunda yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi ya Eswatini

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2019, umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Bwami bwa Eswatini aho azitabira umuhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi y’ubwo Bwami. Uyu muhango wo kwizihiza isabukuru ya Polisi ukaba uteganyijwe kuba uyu munsi tariki ya 09 Kanama, […]

RDC: Abaganga batatu barashinjwa uruhare mu iyicwa ry’umuganga wa OMS 

Abaganga batatu b’Abanyekongo barakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’impuguke mu bijyanye n’ibyorezo ikomoka muri Cameroun yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. Ubutabera bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Kanama, bukaba bwemeje ko bufite abaganga batatu mu baganga bane b’Abanyekongo bashinjwa kugira uruhare mu gitero cyagabwe ku itsinda […]

Huye: Iduka rimwe ryafatiwemo amapaki y’amasashi ibihumbi 40

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Huye, umurenge wa Kigoma, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Kanama, yafatiye mu iduka ry’uwitwa Uwera Francoise amapaki y’amasashi 40,000 yinjije mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko apfunyikiramo abakiriya. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko  ayo […]

Umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa ICC washyizwe ku isoko ry’umurimo

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwashyize ku isoko ry’umurimo umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru mu gihe habura igihe gito ngo amasezerano y’akazi ya Fatou Bensouda agere ku musozo. Biteganyijwe ko manda y’imyaka 10 ya Bensouda izarangira ku itariki 15 Kamena 2021, akaba kuri ubu akurikiranye uwahoze ari inyeshyamba ya LRA, Dominic Ongwen, ku byaha ndengakamere ashinjwa gukorera mu […]

Uganda: Haravugwa urupfu rw’Umunyarwanda wicishijwe ibuye

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Rukiga kiravuga ko cyatangiye iperereza ku iyicwa ry’Umunyarwanda w’imyaka 29 wakubiswe ibuye mu mutwe bikamuviramo urupfu mu giturage cya Kigara, mu Murenge wa Kamwezi, hafi y’umupaka uhuza Uganda n’u Rwanda. Umuvugizi w’igipolisi muri Kigezi, Elly Maate, yemeje aya makuru, avuga ko nyakwigendera ari uwitwa Augustine Kwizera, ukomoka mu Rwanda […]

U Rwanda rugiye kwakira abimukira 500 baturutse muri Libya

U Rwanda na Libya biri gukora ku mugambi wo kwimura abimukira Magana bafungiye mu bigo byo muri Libya bakazanwa mu Rwanda nk’uko byemejwe na bamwe mu bayobozi. Diyana Gitera, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibibazo bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yabwiye The New Times ko u Rwanda u Rwanda rurimo kwiga ku gitekerezo cy’abafatanyabikorwa cyo gukura […]

Bugesera: Abahinzi n’ubuyobozi ntibavuga rumwe ku bihombo byagaragajwe n’igenzura

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera barataka igihombo gikabakaba miliyoni Magana abiri cyagaragajwe n’igenzura (audit)rimaze gukorwa incuro ebyiri. Ubuyobozi bwa koperative CORIMARU bwo buvuga ko audit yakozwe nabi, naho umugenzuzi akavuga ko iyo ikorwa nabi itaba yarakiriwe (reception) ngo n’uwayikoze abe yarishyuwe. Tariki ya 29 ukwakira nibwo bwiza.com yasuraga abahinzi muri […]

Amajyaruguru: Umuhanda Base—Rukomo wasize bamwe mu baturage mu manegeka

Bamwe mu baturage baturiye umuhanda mushya wa kaburimbo uhuza uturere twa Rulindo na Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko uyu muhanda wabasize mu manegeka. Ibyobo byacukuwe birarangaye, imihanda mito iwujyamo irafunze, ndetse amazi awuvamo arabasenyera. Mu mudugudu wa Gatete, akagari ka Kamushenyi mu murenge wa Kisaro, ku gasongero k’umusozi hahindutse ibihanamanga, zimwe mu nzu ziranugitse. […]