Perezida Ndayishimiye yiyemeje kubakisha ingoro ze mu ntara zose

Iyi ni yo ngoro yafunguwe muri Kirundo

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yiyemeje kubakisha ingoro-shami z’Umukuru w’Igihugu mu ntara zose, kugira ngo zizamurinde kujya yakirirwa muri za hoteli mu gihe azigiriramo uruzinduko. Iyi yabivuze ku wa 5 Ugushyingo 2023 ubwo yatahaga ingoro yavuguruwe mu ntara ya Kirundo. Ni na yo yayoboreyemo inama y’abaminisitiri yigaga ku ngingo zitandukanye zirebana n’ubuzima bw’igihugu kuri uyu […]

Brussels: Umubiligi wafashije Habyarimana gutegura Itegekonshinga yatanze ubuhamya

Umwarimu muri kaminuza akaba n’inzobere mu mateka y’akarere k’ibiyaga bigari, Prof. Filip Reyntgens, yatanze ubuhamya ku mateka ya jenoside yakorewe Abatutsi mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2023 ni bwo Prof. Reyntgens yahawe umwanya. Yasobanuye […]

Umugaba Mukuru wa FARDC yaraye i Goma kubera intambara

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC), GĂ©nĂ©ral Christian Tshiwewe Songesa, yaraye mu mujyi wa Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kubera intambara iri kubera muri teritwari ya Nyiragongo na Masisi. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2023, GĂ©n. Tshiwewe wazanye n’itsinda ry’abofisiye ba FARDC yakiriwe na Guverineri w’agateganyo wa […]

Brussels: Umutangabuhamya yavuze ko Twahirwa yafataga nka musaza we yamwimye amakuru y’abe bishwe

Urubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre baburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwakomeje kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2023 nyuma y’icyumweru abacamanza bamaze mu kiruhuko. Iburanisha ry’uyu munsi ryatangiranye n’ubuhamya bw’umutangabuhamya wo ku ruhande rw’abaregera indishyi, akaba umwe mu biciwe abo mu muryango tariki ya 7 Mata […]

Ku bufatanye bwa FARDC-MONUSCO, Major Willy Ngoma yaseye atanzitse

Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Major Willy Ngoma, yavuze amagambo akomeye ku bufatanye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo ziteganya kugirana n’igisirikare cy’iki gihugu kizwi nka FARDC. Komanda w’ingabo za MONUSCO, Lieutenant General OtĂ ÂĄvio Rodrigues De Miranda Filho, tariki ya 3 Ugushyingo 2023 yatangarije abanyamakuru bari i […]

U Rwanda rwasabwe gushaka uburyo rutabura imiti ya VIH/SIDA mu gihe inkunga yahagarara

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS) mu Rwanda, Hind Hassan, yasabye iki gihugu gushaka uburyo rutazabura imiti y’agakoko gatera iyi ndwara mu gihe inkunga yazaba yahagaze. Hassan yasobanuriye The New Times ko impamvu u Rwanda rukwiye gutekereza kuri ubu buryo ari uko inkunga zitazahoraho. Ati: “Ni ubuvuzi bw’igihe kirekire kandi ntabwo twiteze ko […]

Imirwano irasubiriye muri Kibumba nyuma y’agahenge k’iminsi mike

Imirwano hagati y’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, abafatanyabikorwa bazo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 yasubiriye muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo, mu bilometero bike ugana mu mujyi wa Goma. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2023 yatangaje ko ingabo za RDC, abacancuro, FDLR n’imitwe ya Wazalendo ari rwo […]

M23 yatangaje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi

Ubuyobozi bw’umutwe witwaje intwaro wa M23 bwatangaje ko wafashe mpiri abasirikare benshi barwaniraga uruhare rwa Leta ya Repubulika ya demukarasi ya Congo barimo abasirikare b’u Burundi. Aya makuru yemejwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2023, aho yagize ati: “Nyuma y’igitero cyabo mu gitondo muri Bwiza na Kitshanga, ingabo z’abagizi […]

Afurika y’Epfo: Ntwari Fiacre yongeye gutabara ikipe ye, rugeze mu mahina

Umuzamu w’Umunyarwanda Ntwari Fiacre yongeye gutabara ikipe ye, TS Galaxy FC mu irushanwa rya Telkom Carling Knockout Cup rihuza amakipe yitwaye neza muri Afurika y’Epfo. Kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2023, TS Galaxy yari ifite mu izamu ryayo Ntwari yakinnye na Sekhukhune United muri kimwe cya kane cy’iri rushanwa, iminota 90 amakipe yombi adashoboye gutsindana. […]

Dr Mbonimana yasubije abavuga ko acinya inkoro kuri Perezida Kagame ko ari we akesha ‘PhD’

Dr Mbonimana Gamariel wabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yasubije abavuga ko acinya inkoro kuri Perezida Paul Kagame ko n’iyo yabikora ntacyo byaba bimutwaye kuko ari we akesha impamyabumenyi y’ikirenga, PhD cyangwa ‘Doctorat’. Mbonimana kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2023 yagize ati: “Abo bose bavuga ko ndi gucinya inkoro. Nibasome uko nigize kubasubiza […]

Imirwano ya FARDC,Wazalendo na M23 yubuye muri Masisi

Imirwano y’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, abafatanyabikorwa bacyo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 irubuye muri Kitshanga na Bwiza muri teritwari ya Masisi yubuye mu gitondo cy’uyu wa 5 Ugushyingo 2023. Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryazindutse rigaba igitero gikomeye ku birindiro byabo. Bisimwa yagize ati: […]

Dadis Camara wari watorokeshejwe n’abakomando yafashwe

Captain Moussa Dadis Camara wabaye Perezida wa Guinea Conakry kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2023 yasubijwe muri gereza nyuma y’amasaha make atorokeshejwe n’abakomando. Inkuru yo gutoroka kwa Dadis yatangajwe mu gitondo, aho muri gereza irinzwe cyane ya Conakry yumvikanyemo urusaku rw’amasasu menshi yarashwe n’abakomando bari muri iyi operasiyo n’abacungagereza bageragezaga kuburizamo umugambi. Umunyamategeko we, Jocameh […]

Komanda w’ingabo za Uganda ziri mu butumwa bwa EAC yazisabye kwitegura

Komanda w’ingabo za Uganda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Colonel Michael Walaka Hyeroba, yazisabye kwitegura guhangana n’uwazishotora. Uyu musirikare yatangarije aya magambo mu nama yahuriyemo n’abofisiye bo mu ngabo za Uganda ziri muri ubu butumwa, yigaga ku kibazo cy’uburyo ibice zigenzura bikomeje kuvogerwa n’imitwe yitwaje […]

MONUSCO na FARDC wazindua Operesheni “Springbok” kuilinda Goma dhidi ya tishio la M23

Kikosi cha MONUSCO na Vikosi vya Wanajeshi vya DRC (FARDC) vilitangaza Ijumaa hii, Novemba 3, huko Goma (Kivu Kaskazini) uzinduzi wa operesheni ya pamoja inayoitwa “Springbok”. Tangazo hili lilitolewa wakati wa mkutano na waandishi wa habari ulioandaliwa kwa pamoja na kamanda wa kikosi cha MONUSCO na msemaji wa gavana wa kijeshi. Operesheni hiyo inalenga kulinda […]

MONUSCO na FARDC byiteguye urugamba rwa Goma na Sake

Komanda w'ingabo za MONUSCO, Lt Gen. Miranda, yavuze ko M23 itazafata Goma na Sake

Komanda w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo buzwi nka ‘MONUSCO’, Lieutenant General OtĂ ÂĄvio Rodrigues De Miranda Filho, yatangaje ko azafasha ingabo z’iki gihugu mu rugamba rwo gukumira umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gihe wagerageza gufata umujyi wa Goma na Sake. Mu kiganiro cyahuje Lt Gen. Miranda, Umuvugizi […]

Rwanda ratifies the ILO Convention on Violence and Harassment

On 1 November 2023, the Republic of Rwanda deposited the instrument of ratification of the Violence and Harassment Convention, 2019 (No. 190) with the Director-General of the ILO. By submitting the instrument of ratification, the Republic of Rwanda becomes the 36th country in the world, and the 9th country in Africa, to ratify Convention No. […]

Kampala: Umunyemari Katanga yiciwe iwe mu rugo arashwe, harakekwa umugore we

Igipolisi mu Mujyi wa Kampala kiri gukora iperereza ku kuntu umunyemari wo muri uyu mujyi witwa Henry Katanga yarashwe akicirwa iwe mu rugo. Ubu bwicanyi bivugwa ko bwakorewe Mbuya Hill, mu nkengero za Kampala muri Division ya Nakawa, bwakozwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ushize. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agera kuri Daily […]

Austria irashaka kwigana gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda

Guverinoma ya Austria irashaka kwigana gahunda y’u Bwongereza yo kohereza abimukira mu Rwanda, ndetse yanamaze kunoza uburyo bwo kuyishyira mu bikorwa. Nk’uko The Guardian yabitangaje, Umunyamabanga wa Austria ushinzwe umutekano w’imbere, Gerhard Karner na mugenzi we w’u Bwongereza, Suella Braverman, kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2023 bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’abimukira n’umutekano. Aya […]

FARDC iraregwa umugambi wo gushaka kumara Abanyamulenge binyuze mu kubacamo ibice

Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Minembwe, mu Karere ka Uvira ho muri Kivu y’Amajyepfo, iravuga ko hari ibikorwa bikomeje kugirwamo uruhare na FARDC bitegura umugambi wo kumaraho Abanyamulenge binyuze mu kubanza kurandura umutwe wa Twirwaneho usanzwe ubarinda. Mu intabaza yasinyweho na visi perezida wayo, Mufashi Santos kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2023, yahaye umutwe […]

RDC: Kandida depite Kalinda w’i Masisi yiciwe mu Mujyi wa Goma

Uwitwa Dogo Kalinda, wahoze ari umuyobozi w’agace ka Lac-Vert akaba yari na kandida depite wo muri Masisi (Kivu y’Amajyaruguru) yishwe n’amabandi yitwaje intwaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu ushyira ku wa Kane, itariki ya 2 Ugushyingo 2023. Ubu bwicanyi bwabereye mu gace ka Ndosho muri Komini ya Karisimbi mu Mujyi wa Goma. Aya makuru […]

Igisirikare cya Mali cyahaye urw’amenyo ingabo za UN

Colonel Major Souleymane, Umuvugizi wa FAMA

Igisirikare cya Mali, FAMA, kirabona ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSMA, zaragize ubugwari ubwo zavaga bitunguranye mu birindiro zari zifite bya Kidal biherereye mu majyaruguru y’igihugu. Tariki ya 31 ni bwo izi ngabo zavuye muri ibi birindiro. MINUSMA yasobanuye byatewe n’uko umutekano wazo wari ugeramiwe. Iti: “Uburyo bwo kuva muri ibi birindiro byose […]

Abadepite 2 basabye ko amafaranga ya interineti yishyurwa muri za bisi ahita ahagarikwa

Depite Begumisa Safari ThĂ©oneste na Bitunguramye DiogĂšne basabye ko Leta yahita ihagarika amafaranga ya interineti nziramugozi (WiFi) amaze igihe yishyurwa muri za bisi kandi abagenzi batayikoresha nk’uko babisezeranyijwe. Ni icyifuzo bagaragarije Inteko Rusange y’umutwe w’abadepite ku wa 1 Ugushyingo 2023 ubwo yagezwagaho ubusesenguzi bwa komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo n’imari by’igihugu kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru […]

Shikama wagereranyije amagambo ya Mukuralinda n’aya Mugesera yakatiwe, acibwa n’amafaranga

Shikama Jean de Dieu wagereranyije amagambo Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, yavuze kuri Bannyahe n’ayo LĂ©on Mugesera yigeze kuvuga, yakatiwe igifungo cy’imyaka 10, acibwa n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe. Ni icyemezo cyafashwe n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2023 nyuma yo guhamya Shikama icyaha cyo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi no […]

Zambian ex-president stripped of retirement benefits

Zambia’s government has withdrawn retirement benefits and privileges from former President Edgar Lungu following his commitment to return to Strenuous politics. Mr Lungu lost the presidency to Hakainde Hichilema in 2021, after which he announced his retirement. After six years in office, he left the country facing serious economic hardships as Africa’s most indebted nation. […]

Kayumba, ancien professeur de l’UR, condamnĂ© avec sursis dans une affaire de viol

La Haute Cour a condamnĂ© l’ancien professeur de l’UniversitĂ© du Rwanda (UR), Christopher Kayumba, à  deux ans de prison avec sursis, aprĂšs l’avoir reconnu coupable de complicitĂ© dans le crime de viol. Selon le verdict du tribunal rendu le 2 novembre, il a commis le crime contre son ancienne servante. L’ancien universitaire a Ă©galement Ă©tĂ© […]

Burundi: Ndayishimiye yashinje ikigo cy’igihugu cy’imisoro kwifatanya n’abanzi b’igihugu

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aravuga ko ababazwa no kumva ashinjwa kurya ruswa kandi azi ko bikorwa n’abantu bo mu kigo cy’igihugu cy’imisoro nyuma yaho Banki y’Isi n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) bishinje ubutegetsi bwe kumungwa ruswa. Mu nama yagiranye kuri uyu wa Kabiri ushize n’inzego zitandukanye zirimo iza gisivili ndetse n’iz’umutekano yabereye mu Ntara ya […]

Adil aranenga abanyamahanga bakinira APR FC

Mohamed Adil Erradi watoje APR FC aranenga abakinnyi b’abanyamahanga bakinira iyi kipe, havuyemo umuzamu Pavel Ndzila ukomoka muri Repubulika ya Congo. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radio, Adil udafite akazi muri iyi minsi yatangaje ko abanyamahanga APR FC ifite ubu barutwa n’Abanyarwanda yakinishaga. Ati: “Usibye umuzamu, abakinnyi b’abanyamahanga ba APR FC ntibarusha abakinnyi b’Abanyarwanda nari […]

Umukozi wa RICA yasabye Inteko y’Umuco kureba niba inyama z’imbwa zakongerwa mu ziribwa

Umukozi ushinzwe kugenzura isuku, ubuziranenge n’akato k’ibikomoka ku matungo mu rwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa no kurengera umuguzi, RICA, Simbarikure Gaspard, yasabye Inteko y’Umuco kureba niba inyama z’imbwa zakongerwa mu ziribwa mu Rwanda. Tariki ya 11 Ukwakira 2023, abaturage bo mu kagari ka Ruhango, umurenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo bafatiye mu cyuho […]

UPDF irigamba kwica benshi mu baherutse kwicira ba mukerarugendo muri pariki

Abaterabwoba bagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe ba mukerarugendo b’abanyamahanga babiri n’umushoferi wabo w’Umugande ubwo bari muri Pariki yitiriwe Elisabeth muri Uganda bishwe. Ibi byabaye nyuma y’ibyumweru hafi bibiri bishize, ubwo ba mukerarugendo babiri, ukomoka mu Bwongereza n’undi ukomoka muri Afurika y’Epfo, hamwe n’uwari ubayoboye w’Umugande, bicwaga n’abantu bitwaje intwaro bagabye igitero ku modoka bari barimo […]

Umwami Charles III yemeye amarorerwa abakoloni b’Abongereza bakoreye Abanyakenya

Umwami w’u Bwongereza, Charles III yemeye ibikorwa by’urugomo bibabaje kandi bidafite ishingiro byahitanye abantu ibihumbi by’inzirakarengane mu gihe Kenya yari iyobowe n’abakoloni b’Abongereza. Kuri uyu wa Kabiri ushize, mu birori byabereye mu ngoro y’umukuru w’igihugu i Nairobi, umwami yagaragaje ko yicujije cyane ku bikorwa byahise kandi ashimangira akamaro ko guhangana n’amateka nta buryarya n’imitima ifunguye. […]

FARDC yatangaje ko M23 idashobora kuyingeganyeza

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa M23 udashobora kukinyeganyeza mu birindiro byacyo biherereye muri teritwari ya Nyiragongo. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Ndjike Guillaume Kaiko, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radio Okapi. Ndjike uhamya ko M23 ari ingabo z’u Rwanda, […]

Umunyamakuru Nkundineza yasabiwe guhanwa by’intangarugero

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bwifuriza umunyamakuru Nkundineza Jean Paul guhanwa ku buryo bibera urugero bagenzi be bahuriye mu mwuga. Iki cyifuzo bwakiragararije mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2023, ubwo uyu munyamakuru yaburanaga ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Bwasabye urukiko ko bikwiye ko Nkundineza afungwa by’agateganyo kuko ngo byatuma adatoroka, bikaba byanatuma adakomeza gukora […]

Brig. Gen. Kapend yatangiye akazi aburira abanyapolitiki

Komanda w’akarere ka 22 ka gisirikare kari mu ntara ya Haut-Katanga, Brigadier GĂ©nĂ©ral Eddy Kapend, yatangiye iyi nshingano aheruka guhabwa na Perezida FĂ©lix Tshisekedi, aburira abanyapolitiki bagerageza guhungabanya inzego z’umutekano. Kapend ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Lubumbashi kuri uyu wa 31 Ukwakira 2023, yatangarije abanyamakuru ko intego afite ari ukurinda ubutaka bwa Repubulika ya […]

Umushoferi wa WASAC amaze amezi 3 ahembwa amafaranga ibihumbi 11

Umushoferi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, WASAC Group, witwa Murwanashyaka Eric, aratakamba nyuma y’aho amaze amezi atatu ahembwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 11 (Frw 11,260) kandi akaba yarategujwe ko bizamara amezi 27. Murwanashyaka ukorera mu ishami rya Musanze agaragaza ko agomba guhembwa Frw 173,555 ku kwezi, ariko ko mbere y’uko amugeraho, guhera muri Kanama 2023 […]

Abanyarwanda turyanye, ntaho guhungira: Gen (Rtd) Kabarebe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, General (Rtd) James Kabarebe yavuze ko Abanyarwanda babaye baryanye, batabona aho guhungira mu karere bitewe n’amateka y’ubuhunzi bafite. Ibi Kabarebe yabivugiye mu ihuriro rya 16 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri, mu kiganiro yasobanuriyemo amateka yaranze Abanyarwanda kuva mu mwaka w’1959. Ashingiye ku ijambo ryavuzwe na Jeannette Kagame, Kabarebe […]

Tshisekedi aremeza ko umugambi wa SADC wo kumwoherereza ingabo ugeze kure

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, aremeza ko umugambi w’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC, wo kohereza ingabo mu burasirazuba bw’igihugu ayoboye ugeze kure unozwa. Ibi Tshisekedi yabivuze nyuma yo kugirana inama idasanzwe n’abakuru b’ibihugu byo muri SADC, kuri uyu wa 31 Ukwakira 2023, hifashishijwe ikoranabuhanga rya video conference rihuza […]

Kenya: Igipolisi cyanze ko ibirego bishinjwa ingabo z’u Bwongereza bitangazwa mbere y’uruzinduko rwa Charles III

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi ba Kenya bahagaritse ikiganiro n’abanyamakuru cyagombaga gutambuka ku maradiyo kigamije kwerekana ibirego by’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ibidukikije ryakozwe n’ingabo z’Abongereza muri iki gihugu, amasaha make mbere y’uko Umwami Charles ahagera mu ruzinduko rw’iminsi ine guhera kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Ukwakira. Ingoro ya Buckingham yavuze ko uruzinduko rwa Charles […]

At least 3 dead in Mozambique election protests

Violence broke out in Mozambique’s capital Maputo on Saturday between Mozambican security forces and demonstrators protesting the results of the local elections. Confrontations were also reported in the cities of Nampula and Nacala. Security forces are said to have been using disproportionate force, including tear gas and live bullets, to disperse the protesters. At least […]

Nari nzi ko ngomba kwica umuntu: Uwiciwe muri jenoside ubwo yatangaga imbabazi

Kalinda hamwe n'abagabo batatu mu bamwiciye

Kalinda Pierre CĂ©lestin wiciwe abo mu muryango mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi yatangaje ko yari yararahiye ko agomba kwica umwe mu bamuhemukiye, ariko ko ubu imyumvire ye yamaze guhinduka. Ibi yabivugiye mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa 30 Ukwakira 2023 ubwo itorero ADEPR ryasozaga ukwezi kwahariwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda. […]

Kenya: Abapolisi kabuhariwe bitambitse Guverineri wa Kisii bamubuza kwinjira mu biro

gsu_officers_outside_kisii_governor_simba_arati_office_at_gusii_stadium_0.jpg

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi benshi ba Kenya bo mu ishami rishinzwe serivisi rusange (GSU) bagose ibiro bya guverineri wa Kisii, Simba Arati biri muri Stade ya Gusii bamubuza kwinjira. Amakuru aturuka aha avuga ko Guverineri yabujijwe kwinjira kuri sitade aho afite ibiro bya kabiri. Aba bapolisi bajyanywe muri iyi stade mu gikamyo cya polisi […]

Ikibanza kigurishwa amafaranga make ku Muyumbu kirimo n’inzu ntoya

ibyangombwa_by_ubutaka.jpg

Hafi y’ibiro by’umurenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana, ku muhanda, haragurishwa ikibanza gifite ubuso bwa metero kare 500 (metero 25 kuri 20) kirimo n’inzu ntoya ifite icyumba na salon. Iki kibanza gisanzwe kirimo inzu ntoya, uwakigura yayivugurura cyangwa se akaba yayisenya, akiyubakira bushya. Ukeneye andi makuru, wabariza kuri nimero ya telefone 0788554010/0788302082.

Masaka: Abana bitiranwa bahitanwe n’inkongi yibasiye aho abanyeshuri barara

f9qtd8txwaagtyw.jpg

Byibuze abana babiri bapfuye abandi icyenda barakomereka nyuma y’aho inkongi y’umuriro yibasiye aho abanyeshuri b’abahungu barara mu ishuri rya Kasana Junior School mu Mujyi wa Masaka saa kumi zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere. Abayobozi bavuga ko abana bapfuye ari Aloysius Katende na Malik Katende. Dortoir yibasiwe n’inkongi yararagamo abana bagera kuri 15 […]

Le général Muganga discute de la coopération avec son homologue chinois

f9nwsddxyaay_pb.jpg

Le chef d’Ă©tat-major des Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF), le lieutenant gĂ©nĂ©ral Mubarakh Muganga, est en visite en Chine oĂ Âč il s’entretient avec son homologue le gĂ©nĂ©ral Liu Zhenli, chef d’Ă©tat-major interarmĂ©es de la Commission militaire centrale (CMC) du Parti communiste chinois. Un communiquĂ© partagĂ© par le ministĂšre de la DĂ©fense via Twitter dimanche 29 […]

Bujumbura: Abaturage bazajya batangira imisoro bimwe mu byo batunze mu nzu

Meya wa Bujumbura, Jimmy Hatungimana

Mu mujyi wa Bujumbura i Burundi byateganyijwe ko kuri uyu wa 30 Ukwakira 2023 hatangira ibarura ry’imitungo abaturage bafite mu nzu zabo kugira ngo itangire kubarirwa imisoro. Iki gikorwa kirashingira ku cyemezo cyafatiwe mu nama y’abayobozi b’amakomini n’abo mu zindi nzego yayobowe na Meya wa Bujumbura, Jimmy Hatungimana, tariki ya 27 Ukwakira 2023. Meya Hatungimana […]

Dr Mbonimana ‘wiyirukanye mu Nteko’ kubera ubusinzi yandikiye urubyiruko

Dr Mbonimana Gamariel uhamya ko yiyirukanye mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yari abereye umudepite kubera ubusinzi, yanditse igitabo gishishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge. Nk’uko uyu mwanditsi yabisobanuriye ku rubuga rwa X kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023, iki gitabo cyitwa “Imbaraga z’Ubushishozi’ kizasohoka mu Gushyingo 2023. Iki gitabo kirimo igice yise ‘Kugenda mu nzira y’ubushishozi’ […]

Hahishuwe uruhare rukomeye rwa CIA mu rupfu rwa Patrice Lumumba

Umunyamerika w’umunyabigwi mu nkuru zicukumbuye, Stuart Reid, yahishuye uruhare rw’urwego rw’ubutasi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, CIA, mu rupfu rwa Patrice Emery Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya demukarasi ya Congo icyitwa ‘Congo’. Reid mu bucukumbuzi yise ‘The Lumumba Plot’ mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Laurent Correau kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023, yasobanuye […]

Umugaba Mukuru wa RDF ari i Beijing

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lieutenant General Mubarakh Muganga kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023 ari i Beijing mu Bushinwa. Lt Gen. Muganga yitabiriye inama ngarukamwaka ya dipolomasi y’igisirikare cy’u Bushinwa, Beijing Xiangshan Forum, ibaye ku nshuro ya 10. Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Lt Gen. Muganga yaganiriye n’umuyobozi mu ngabo z’u Bushinwa ushinzwe […]

Hari abayobozi b’amadini babona kwimakaza ubumwe nko kwivanga muri politiki: Minisitiri Bizimana

Minisitiri ushinzwe ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean DamascĂšne, yatangaje ko hari abayobozi b’amadini n’amatorero badashishikariza abayoboke bayo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa, bavuga ko byaba ari ukwivanga muri politiki. Ibi Minisitiri Bizimana yabivuze mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ihuriro rya 16 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023. Yagize ati: “Bamwe mu […]

Igitutu kuri Netanyahu nyuma yo kwitakana igisirikare n’ubutasi

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ari ku gitutu nyuma y’aho agaragaje ko inzego zishinzwe umutekano, by’umwihariko igisirikare n’ubutasi, zitigeze zimuteguza ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa Hamas. Hamas yatangiye kugaba ibitero mu majyepfo ya Israel tariki ya 7 Ukwakira 2023. Mu ijoro rimwe yohereje amagana ya za roketi, ifata bugwate abasivili ndetse n’abashinzwe umutekano. Uwo munsi […]

Kivu y’Amajyaruguru: Guverineri wungirije arabona ibiganiro byahagarika intambara

Guverineri wungirije w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Komiseri Romy Ekuka Lipopo, arabona imishyikirano na dipolomasi byahagarika intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC. Komiseri yagize ati: “Ibiganiro na dipolomasi ni bwo buryo buruta ubundi bwatugeza ku mahoro arambye, cyane bitewe n’ibiri kuba muri RDC muri iki gihugu.” Radio Okapi yagaragaje ko […]

Tshisekedi yarahiriye kubaka inkuta zitandukanya RDC n’abaturanyi

Tshisekedi mu nama yo kubungabunga amashyamba n'inzuzi i Brazaville

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yarahiriye kubaka inkuta ndende zitandukanya igihugu cye n’ibituranyi byo mu burasirazuba, mu rwego rwo kurinda umutekano w’abagituye. Mu nama yo kubungabunga uruzi rwa Congo, Amazon na Borneo Mekong n’amashyamba yakomereje i Brazaville muri Repubulika ya Congo kuri uyu wa 28 Ukwakira 2023, Tshisekedi yavuze ko abaturanyi […]

Musanze: Umuturage arashinja ‘umukire inzego zose zitinya’ kumutwarira isambu ku mbaraga

screenshot_20231024-071946_1.jpg

Bazimaziki Aimable wo mu murenge wa Muko w’akarere ka Musanze, arasaba inzego bireba kumurenganura nyuma y’uko umucuruzi ukomeye witwa Habyarimana Pierre amutwariye ubutaka mu buryo yita ubw’imbaraga. Uyu muturage wa ‘Ntahonikora’ avuga ko ikibazo cye n’uyu mukire cyatangiye muri Mata 2022. Avuga ko icyo gihe yashyizwe ku gitutu n’umugore we witwa Mukamana Claudine amusaba ko […]

Kayishema trial postponed as investigation is still ongoing

A Rwandan national wanted for genocide crimes made another brief appearance in the Cape Town Magistrates Court on Friday. Fulgence Kayishema was tracked down to a farm in Paarl in May where he has allegedly been living under an alias for years. He’s believed to have evaded arrest for more than two decades since being […]

Umunyamakuru Manirakiza arasaba abo yagiriye neza kwitura abana be

Umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogĂšne ufite ikinyamakuru Ukwezi Media Group Ltd arasaba abo yagiriye neza kubizirikana, bagafasha abana be yasize ubwo yatabwaga muri yombi. Manirakiza yatawe muri yombi tariki ya 11 Ukwakira 2023, akurikiranweho kwakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 ngo adatangaza inkuru, icyaha cyaje guhinduka icyo gukangisha gusebanya. Ifungwa rye ryagizwemo uruhare n’umushoramari Nzizera Aimable […]

Cape: Kayishema ushinjwa uruhare muri jenoside yitabye urukiko na bibiliya mu ntoki

Kuri uyu wa Gatanu, Umunyarwanda ushakishwa kubera ibyaha bya jenoside yongeye kwitaba urukiko rw’ibanze rwa Cape Town. Muri Gicurasi, Fulgence Kayishema yarakurikiranwe asangwa mu isambu iherereye ahitwa Paarl aho bivugwa ko yari amaze imyaka atuye munsi y’izina. Uyu yari amaze myaka irenga makumyabiri ahunga ubutabera kuva yatangira gushakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda akurikiranweho […]

U Burusiya bwaburijemo igitero cya drone ku ruganda rutunganya ingufu za nikeleyeri

Abayobozi ba gisivili n’abasirikare baravuga ko igitero cya Ukraine kirimo indege zitagira abaderevu nyinshi cyahagaritswe mu mujyi wa Kurchatov mu Burusiya, ahari urugomero rw’ingufu za nikeleyeri rwa Kursk. Amakuru ataremezwa yavuze ko imwe mu ndege yangije ububiko bw’imyanda ya nikeleyeri. Ibi byabereye kuri uyu wa Kane ushize nimugoroba mu karere ka Kursk gahana imbibi na […]

Iburasirazuba: Polisi yaburijemo ubujura bwa toni zisaga 1000 z’imbuto n’ifumbire

Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaburijemo ibikorwa bikomeye by’ubujura bwa toni zirenga 1.000 z’imbuto n’inyongeramusaruro. Ibicuruzwa bya magendu byafashwe byagurishwaga mu ntara cyangwa bikajyanwa ahantu hatandukanye. Bimwe muri ibi byari bimaze koherezwa mu bihugu by’ibituranyi, bitera impungenge ku bijyanye n’urwego ubu bucuruzi butemewe bugezeho. Umuyobozi w’igipolisi mu karere ACP Innocent Rutagarama Kanyamihigo aganira n’abaturage bo mu […]

Uwari umwana wahamijwe uruhare muri jenoside yatanze ubuhamya kuri Twahirwa

Nkurunziza Saleh wamenyekanye nka Sakade, washinjwe kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe yari afite imyaka 17 y’amavuko yatanze ubuhamya kuri Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 26 Ukwakira 2023, Sakade yasobanuye ko mu mwaka w’1994 wabereyemo jenoside yakorewe […]

Indege z’intambara za Amerika zasenye ububiko 2 bw’intwaro muri Syria

Kuri uyu wa Gatanu, indege ebyiri z’intambara za Amerika zagabye ibitero ku bubiko bw’intwaro n’amasasu muri Syria mu rwego rwo kwihorera ku bitero byagabwe ku ngabo za Amerika n’inyeshyamba zishyigikiwe na Irani mu gihe impungenge zikomeje kwiyongera ko amakimbirane ya Israel na Hamas ashobora gukwirakwira mu Burasirazuba bwo Hagati. Pentagon yavuze ko Perezida wa Leta […]