Abandi bantu bashobora gupfa- Joe Biden
Joe Biden yaburiye ko “abantu bashobora gupfa” niba ubutegetsi bwe bwiteguraga kujyaho bukomeje kubangamirwa na Donald Trump. Avugira muri leta ya Delaware, uyu perezida watowe yavuze ko hacyenewe guhuza ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus. Yavuze ko “nta gushyira mu gaciro na busa” biri mu kuba Perezida Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe […]
Uganda yungukiye mu gutsindwa kwa Dr Ugirashebuja?

Mu minsi ishize, manda y’Umunya-Uganda nk’umucamanaza mu rukiko mpuzamahanga (ICJ) rukorera i Hague, Julia Sebutinde ni bwo yari irangiye hategerejwe andi matora. Mu guhatanira uyu mwanya, kuwa 12 Ugushyingo 2020, Sebutinde na we ari mu bamamajwe na Perezida Museveni ubwe ngo azongere yiyamamaze gusa hari n’abandi bakandida bari bawukeneye ku mugabane wa Afurika. Sebutinde ari […]
Nairobi: Abana baribwa bakagurishwa agera ku Frw ibihumbi 300
Abana baribwa bakajyanwa ku isoko rya magendu aho bagurishwa. Ishami Africa Eye rya BBC ryinjiriye aba bacuruza abana ku mafaranga ashobora no kugera ku 300,000Frw. Inkuru ya Peter Murimi, Joel Gunter, na Tom Watson. Soma inkuru ya BBC : https://www.bbc.com/gahuza/amakuru-54957284
Ingabo za Uganda ziryamiye amajanja ku mipaka na Congo
Ingabo za Uganda (UPDF) zamaze kugera ku bwinshi mu duce tw’imipaka duhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ku ikubitiro, agace k’Ikiyaga cya Albert kose gakora kuri Congo, ingabo za UPDF zirahari n’intwaro ziremereye, imbunda zirasa kure ndetse n’izo mu kirere. UPDF kandi iri mu gace ka Rwenzori, kagizwe n”imisozi nk’uko byari bisanzwe […]
Huye: Abaturage 8 bavuye mu murenge umwe bajya kurwana mu w’undi
Ku wa Gatatu ni bwo abantu 8 bo ku Musozi wa Musasu mu Murenge wa Rusatira bagiye i Mara mu Murenge wa Ruhashya ho mu Karere ka Huye bagiye kwihimura nyuma yo gukubitirwa mu kabari k’urwagwa. Amakuru avuga ko aba bagabye igitero bafite ubuhiri bajya aho bakubitiwe baharwanira n’uwitwa Izabayo Anselme ahasiga ubuzima naho uwitwa […]
Hatangajwe igihe urukingo rwa COVID-19 ruzabonekera
Umusaruro w’urukingo rwa Covid-19 uzatangira kwigaragaza cyane ku mpeshyi y’umwaka utaha naho ubuzima busanzwe bwo bwagakwiye kuba bwagarutse ku isi mu mpera y’uwo mwaka, nkuko bivugwa n’umwe mu bakoze uru rukingo. Profeseri Ugur Sahin, umwe mu bashinze ikigo cy’ubushakashatsi no gukora imiti cya BioNTech, yavuze ko guhera kuri iyi mpera y’uyu mwaka kugeza mu ntangiriro […]
Uganda: Umusirikare ufite abana 18 yakatiwe gufungwa imyaka 90
Urukiko rwa gisirikare muri Uganda rwakatiye Private Lutokei Paul gufungwa imyaka 90 nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwicanyi. Uwkatiwe iki gifungo afite abagore bane n’abana 18. Uru rukiko rwa diviziyo irwanira mu misozi ruri i Muhoti mu Mujyi wa Fort Portal rwakatiye Lutokei iki gifungo kuko yahamwe no kuba yarishe arashe umugore witwa Nayebale Pamela n’umwana […]
Ibikorwa by’agaciro karenze za miliyari 100 Rwf byaradindiye
Raporo ya Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu yagejejwe ku nteko ishinga amategeko igaragaza ko hari ibikorwa 55 bifite agaciro ka miriyari zirenga 100 byadindiye kubera imikorere itanoze y’inzego yitandukanye. Aho Inteko ishinga amategeko yemeje ubusabe bwa PAC bwo gusaba Minisitiri w’intebe gutanga raporo ku nteko ishinga amategeko mu gihe kutarenze amezi 8 hagaragazwa […]
RIB irashakisha babiri bakekwaho kwica umuntu bagacika

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha abitwa Shumbusho Emmanuel w’imyaka 28 na Ndayisaba Charles w’imyaka 43 barakekwaho icyaha cyo kwica Uwimana Boniface w’imyaka 28 bagahita bacika. Aba bombi nk’uko RIB ibivuga, bakekwaho gukora iki cyaha mu Mudugudu wa Matyazo, Akagari ka Kiyabo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba kuwa 10 […]
Kamonyi: Abayobozi batatu batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020 rwafunze Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, Niyonshuti Jean Damascene (DASSO) na Habyarimana Jean Marie Vianney ushinzwe Reserve Force (Inkeragutabara). Aba bayobozi batawe muri yombi kuko bakurikiranweho icyaha cyo kunyereza umutungo no kwaka ruswa nk’uko […]
BNR: Ubukungu bw’u Rwanda bwarahungabanye mu gihembwe cya kabiri 2020
Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko kubera ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya COVID-19, ukungu bw’u Rwanda bwahungabanye ku gipimo cya 12.4% mu gihembwe cya kabiri cya 2020 BNR isobanura ko mu gihembwe cya 2 cy’umwaka wa 2020 ubukungu bw’u Rwanda bwahungabanye ku gipimo cya 12.4% by’umusaruro mbumbe w’igihugu kubera gufunga ibikorwa bimwe na […]
Joe Biden yakoze amateka ku bademukarate muri Leta ya Georgia
Amateka agaragaza ko Perezida watowe w’Amerika Joe Biden yatsinze muri leta ya Georgia, aba umukandida wa mbere w’umudemokarate utsinze muri iyi leta guhera mu mwaka wa 1992. Uko gutsinda muri Georgia gushimangiye intsinzi ya Bwana Biden, ubu ugize amajwi 306 y’intumwa zitora – uburyo Amerika ikoresha mu gutora perezida. Bigaragara ko Perezida Donald Trump atsinda […]
Nyanza: Umukobwa yanyoye umuti wica udukoko two mu murima
Mu Mudugudu wa Bukinankwavu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, Umugore witwa Judith yagerageje kwiyahura Imana ikinga akaboko. Yavuze ko yari agiye kwiyambura ubuzima kuko umugabo wamuteye inda ari kubihakana. Mu ijoro ryo ku wa 12 ugushyingo 2020 ahagana saa tanu z’ijoro, Mukansanga w’imyaka 18 y’amavuko ngo yagerageje kwiyahura […]
Sinakwiba utuntu tw’amafuti nka turiya- Tom Byabagamba
Tom Byabagamba wakatiwe n’Urukiko rw’Ubujurire igifungo cy’imyaka 15, uyu munsi ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw ku cyaha cy’ubujura bwa telephone akekwaho, we avuga ko ari akantu k’amafuti atakwiba. Uregwa yireguye avuga ko kiriya cyaha ari igihimbano ngo kuko “Atari umuntu wakwiba utuntu tw’amafuti nka turiya.”‘ Ubwo yari amaze kwiregura, Ubushinjacyaha […]
Rutsiro: Umuturage ashinja umupolisi gukoresha imodoka ye impanuka
Umuturage witwa Gandika Jean Bosco utuye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Kanyefurwe mu Mudugudu wa Kiyovu, yagejeje ikirego kuri Polisi y’igihugu ayisaba ko yamufasha gukoresha imodoka ye, yagushijwe n’umupolisi witwa PC Bikorimana Jean Claude. Avuga ko uwo mupolisi witwa PC BIKORIMANA Jean Claude yakuye umushoferi w’imodoka ye yo mu bwoko bwa […]
RCS ntivuga rumwe n’umuryango wa Rusesabagina ku buzima bwe
Umuryango wa Paul Rusesabagina uvuga ko aho afungiye i Kigali yababwiye ko arwaye, kandi ubuzima bwe bukomeje kumera nabi kubera indwara asanganywe zisaba imiti ihoraho, mu gihe RCS ivuga ko ari muzima nta n’igicurane arwaye. Uyu mugabo afungiye mu Rwanda aregwa ibyaha by’iterabwoba, bishingiye ku bitero byiciwemo abantu mu 2018 na 2019 byakozwe n’umutwe wa […]
Byinshi ku muco w’abantu bataburura abapfu, bakabambika imyenda nyuma bagatemberana, banifotoza
Buri mwaka, mu kirwa cyitwa Sulawesi agace ka Ana Toraja muri Indonesia, abapfu baratabururwa, bagahindurirwa imyenda nyuma bakabatembereza muri ako gace ari nako bifotozanya nabo. Uyu muco witwa Ma’nene uzwi ku bantu bitwa Toraja, bizera ko iyo umuntu apfuye aba akiri kumwe nabo bityo ko bakwiriye gukomeza kumwitaho, bakamuhindurira imyenda. Muri ako gace, iyo umuntu […]
Muhanga: Bamudodeye ikanzu mu mwenda wa matera ku bw’amikoro-Amafoto

Umwana w’umukobwa utaramenyekana amazina wo mu Karere ka Muhanga, yagaragaye mu mashusho yashyizwe kuri Twitter, yambaye ikanzu ikozwe mu mwenda wa matera ya Rwandafoam. Patrick Bizimana ukora akazi ko gufotora no gutunganya amashusho, yabinyujije kuri Twitter avuga ko uyu mwana w’umukobwa yadodewe iyi kanzu kuko ababyeyi be batabasha kubona amikoro yo kumugurira imyenda.” Ku ipaji […]
USA: Abashinzwe amatora bamaganye ibirego bya Trump
Abategetsi bashinzwe amatora ku rwego rwa Amerika bavuze ko amatora ya perezida ya 2020 ariyo “matora yizewe kurusha ayandi mu mateka ya Amerika” – batesha agaciro ibivugwa na Trump ko yaranzwe n’uburiganya. Komite ishinzwe iby’umutekano mu matora mu gihugu yavuze ko “nta gihamya ko uburyo bwo gutora bwasibye, bwataye, bwahinduye amajwi, cyangwa ikindi kidasobanutse”. Aba […]
Igice cy’Agakiriro ka Gisozi cyahiye
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020, inyubako y’isoko ryo mu Gakiriro ko ku Gisozi mu Karere ka Gasabo yafashwe n’inkongi y’umuriro. Hahiye igice cyo hagati cy’iyo nyubako gisanzwe gicururizwamo imyenda hejuru, aho bita muri Duhahirane hazwi ku izina rya ‘Morden Market Gisozi’. Kugeza ubu ntiharameneyekana icyateye iyi nkongi. shami rya […]
Bad Black yahishuye ko asigaye aryamana na nyirarume

Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, Shanita Namuyimbwa uzwi nka Bad Black yahishuye ko mu minsi ishize yamenye ko asigaye aryamana na nyirarume. Mu muco w’Abaganda (ubwoko) ni kirazira ko umwishywa yaryamana na nyirarume (incest). Ibi ariko ni nk’aho ari icyita rusange kuri Bantu bose. Akoresheje Snapchat, Bad Black avuga ko yari atazi ko Asha […]
Tanzania: Igitego cyatsinzwe n’uwakiniye Rayon Sports cyatumye umuntu apfa
Ku mukino w’abakeba uhuza amakipe abiri akomeye muri Tanzania, Simba SC na Yanga, umufana wa Simba SC, Shaban Balwe yitabye Imana nyuma y’uko Yanga yabonye penaliti yatsinzwe na rutahizamu Michael Sarpong. Ibi byabaye ku mukino wahuje Yanga Simba SC ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo amakipe yombi yanganyaga 1-1. Balwe akaba n’umunyamuryango w’iyi kipe wari […]
Safi yagaragaje amarangamutima kuri Parfine bivugwa ko bongeye gukundana
Umuhanzi Safi Madiba uba muri Canada yaciye amarenga ko yaba yarongeye gukundana na Parfine bakanyujije bakaza gutakundana agiye gukora ubukwe na Niyonizera Judithe. Nyuma y’aho umuhanzi Safi Madiba agiriye muri Canada mu mpera za Gashyantare 2020, byavuzwe ko yongeye gukundana na Parfine ndetse bimuteranya n’umugore we basezeranye Niyonizera Judithe. Hari ubutumwa bwagiye hanze bugaragaza ibiganiro […]
Umuryango wa Rusesabagina urabyinira ku rukoma nyuma y’aho abanyamategeko babiri bivanye mu rubanza
Umuryango wa Paul Rusesabagina utangaza ko wishimiye kuba abanyamategeko; Me David Rugaza na Me Emelyne Nyembo barikuye mu rubanza rwa mwenewabo. Soma: https://bwiza.com/?Abanyamategeko-bunganiraga-Rusesabagina-bikuye-mu-rubanza Mu rubanza rwo ku wa kabiri tariki ya 10/11/2020, Gatera Gashabana yagejeje ubutumwa mu rukiko arumenyesha ko adashobora kuboneka kuko ari hanze y’u Rwanda. BBC yavuganye n’abo mu muryango wa Rusesabagina ku […]
Ruhango: Imyaka itatu irashize abahinzi b’umuceri bataha amara masa
Abahinzi b’ umuceri bo mu gishanga cya Kigogo giherereye mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango baravuga ko baheruka umusaruro wo mu mwaka wa 2017 bitewe n’uko iyo imvura iguye ari nyinshi ibangiriza. Umwe muri aba bahinzi yatangarije TV1 ati ” N’ubwo ubona uyu muceli ugiye kwera na bwo ntitwizeye ko tuzawusarura. N’ubu ushobora […]
Hahindutse ururimi rukoreshwa mu rubanza rwa Munyagishari
Urukiko rw’Ubujurire rwatangiye kuburanisha mu bujurire urubanza rwa Bernard Munyagishari, uheruka guhamwa n’ibyaha bya Jenoside agakatirwa gufungwa burundu, Inteko y’abacamanza itangaza ko rugomba kuburanwa mu rurimi rw’Igifaransa nk’uko byemeranyijweho n’ababuranyi. Ku wa 20 Mata 2017 nibwo Urukiko Rukuru rwahamije Bernard Munyagishari icyaha cya Jenoside, rumukatira gufungwa burundu. Bernard Munyagishari yoherejwe mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpuzamahanga […]
Leta ya Tigray yasabye abaturage kwambarira urugamba bagahangana na Ethiopia
Abategetsi bo mu karere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia bategetse abaturage baho kwambarira urugamba, bababwira ko bagomba “kwirwanaho” kubera “ubushotoranyi bugaragara” bwa leta ya Ethiopia. Hakomeje kwiyongera ubwoba ko intambara ishobora gukwira muri iki gihugu cyo mu ihembe ry’Afurika. Mbere yaho, Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yari yanze ubusabe bw’abategetsi ba Tigray bw’ibiganiro […]
Joe Biden yashyizeho umuyobozi wa mbere nyuma yo gutorwa
Perezida biboneka kugeza ubu ko yatowe muri Amerika Joe Biden yatoranyije uwitwa Ron Klain kuba umuyobozi w’ibiro bya perezida, nk’uko bivugwa n’ikipe imukorera. Bwana Klain yakoze nk’umujyanama wa Bwana Biden kuva mu myaka ya 1980 ubwo yari muri sena na nyuma ubwo yatorerwaga kuba visi perezida. Bwana Klain uzi iby’imbere cyane muri Washington, yanabaye umujyanama […]
Uburusiya buvuga ko bufite urukingo rwa COVI-19 ku kigero cya 92%
Uburusiya bwatangaje ko urukingo Sputnik V rurinda umuntu kwandura Covid-19 ku gipimo cya 92% nk’uko byerekanwa n’ibipimo by’agateganyo byavuye mu igerageza. Byatangajwe n’ikigega cya leta gishinzwe iby’imari uyu munsi ku wa gatatu nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Reuters. Ibi byavuye mu cyiciro cya nyuma cy’igerageza ry’urukingo ku bantu bibaye ibya kabiri ku isi, mu muhate wo […]
Rusizi: Abajura bakomeje kujujubya aborozi
Mu cyumweru gishize, Bwiza.com yabagejejeho inkuru aho abaturage batuye mu Karere ka Rusizi batangaza ko barembejwe n’abajura, kuri ubu amatungo aracyibwa. Wasoma: https://bwiza.com/?Rusizi-Ubujura-bw-amatungo-bwakajije-umurego kuri uyu wa 11 Ugushyingo, haravugwa ubundi bujura bw’inka nk’uko Umuseke ubitangaza. Muri iri joro ryakeye, mu Mudugudu wa Kanoga mu Kagari ka Rwega, mu Murenge wa Giheke Akarere ka Rusizi, haraye […]
Musanze: Undi mwana mu bakubiswe ku bwo kurya ibiryo by’umuturanyi yapfuye
Umwana wa kabiri muri batatu bakubiswe n’umugabo witwa Izabayo Théodore utuye mu Murenge wa Muhoza, Akagari ka Kigombe, Umudugudu wa Rukereza, abaziza ko bahoraga bajya iwe gusaba abana be ibiryo, na we byemejwe ko yitabye Imana azize ibikomere. Ni amakuru yamenyekanye ahagana saa moya za mugitondo kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020, aho urupfu rw’uyu […]
Kinshasa: Abaminisitiri babiri basohowe mu ndege ikitaraganya
Aba minisitiri babiri bo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo; Néné Nkulu ushinzwe umurimo na Willy Kitobo ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro basohowe igitaraganya mu ndege ubwo bari bagiye guhaguruka ku kibuga cya Kinshasa berekeza mu ntara rwagati. Ibitangazamakuru byo muri Congo bivuga ko aba baminisitiri basohowe mu ndege kuwa 10 Ugushyingo n’abakozi b’Urwego rushinzwe Abainjira […]
Abacururiza mu isoko rya Rwamagana baratabaza
Abacururiza mu isoko rya Rwamagana riherereye mu Murenge wa Kigabiro, barinubira ko rishaje cyane ndetse ngo iyo imvura iguye amazi arabatera akangiza ibicuruzwa byabo mu gihe ubuyobozi bwo buvuga ko butazarisana ahubwo ko buteganya kubaka irya kijyambere nubwo ntagihe bazi rizubakirwa. Aba bacuruzi bavuga ko mu minsi yashize hari abaje gusana imireko aho kugira ngo […]
Kuba Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe ‘biteye isoni’ – Biden
Joe Biden yavuze ko kuba Perezida Donald Trump yaranze kwemera ko yatsinzwe amatora ya perezida yo mu cyumweru gishize “biteye isoni”. Ariko uyu perezida watowe – ukomeje kuvugana n’abategetsi batandukanye ku isi – yashimangiye ko nta kintu na kimwe kizabuza ko habaho ihererekanya ry’ubutegetsi. Hagati aho, Bwana Trump yanditse kuri Twitter ko bizarangira atsinze aya […]
Kabuga aritaba urukiko mu Buholandi
Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo biteganyijwe ko Félicien Kabuga ushinjwa ibyaha bya Jenoside yitaba urukiko i La Haye mu Buholandi, nyuma y’iminsi yoherejwe gufungirwa muri icyo gihugu. Urubanza rwa Kabuga ruratangira saa munani z’amanywa yo mu Buholandi, bikaba ari saa cyenda zo mu Rwanda. Ku cyumweru nibwo umucamanza lain Bonomy wahawe kuburanisha urubanza […]
Musanze: Umugabo yishe umwana, undi amugira intere kubera ibiryo
Umugabo uzwi ku izina rya Muganga utuye mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze yishe umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 10 ndetse agira intere undi w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 6 kuko bagiye iwe bakarya ibiryo babihawe n’abana b’uyu mugabo. Bwiza.com yageze ahabereye ubu bwicanyi, bamwe mu baturage […]
Amajyepfo: Nyamagabe ni iya nyuma mu gutanga serivisi ku baturage

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwagaragarije Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo uko dukurikirana mu mitangire ya Serivisi aho Akarere ka Nyamagabe kaje ku mwanya wa nyuma n’amanota 54.8% Ibi RGB yabigaragaje ubwo yerekaga inzego z’Ibanze zo mu Ntara y’Amajyepfo uko zihagaze muri raporo y’ubushakashati bukorwa buri mwaka bugaragaza ishusho y’imiyoborere n’imitangire ya Serivisi izwi nka […]
Nyamagabe: Imodoka ya paruwasi yahiye mu buryo bw’amayobera
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ugushyingo 2020, imodoka ya Paruwasi ya Kitabi muri Diyoseze ya Gikongoro yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka. Nk’uko bivugwa na Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kitabi, Padiri Gaspard Nkurikiyimana, iyo modoka ngo yari ihaparitse, nyuma basohotse basanga irimo irashya. Yagize ati “Twasohotse tuvuye kunywa icyayi, kuko tubanza […]
Amazina 10 asekeje abanyamakuru Rutura na Sandrine bahabwa igihe baba ari itsinda ry’abahanzi

Abakurikira Radio Kiss FM bahawe urubuga ngo batange izina ryahabwa Arthur Nkusi uzwi nka Rutura na Isheja Sandrine Butera igihe baba bagize itsinda ry’abaririmbyi. Aba bombi banditse kuri Facebook babaza abakurikiye radio uko bakwita iri tsinda ry’abanyamakuru bakunzwe aho iyi radiyo yumvikana mu Rwanda. Itsinda ry’aba babiri ryahawe amazina akurikira yaba aseekeje kuri bamwe: 1. […]
Zari na Diamond baravugwaho gusubirana
Nyuma y’imyaka ibiri umunyamideli Zari Hassan atandukanye na Diamond Platnumz bari bamaze imyaka itatu babana nk’umugore n’umugabo, ubu biravugwa ko aba bombi baba bagiye gusubirana. Zari yari amaze imyaka ibiri atandukanye na Diamond gusa muri iki gihe yaje muri Tanzania. Akigera muri Tanzania, Zari yabwiye itangazamakuru ko azaniye abana Diamond kuko yari abakumbuye. Yagize ati […]
Abajya mu ntara bagiye gushyirirwa interineti mu modoka
Hashize imyaka 5 inzego zishinzwe ubwikorezi mu Rwanda zishyizeho interineti abagenzi bakoresha mu modoka rusange mu mujyi wa Kigali. Kuri ubu, bamwe mu bakora ingendo zijya zikanava mu ntara barasaba ko nabo bahabwa internet mu modoka bagendamo kuko bakora urugendo rurerure badafite ikindi bahugiraho. Umwe mubaganiriye na TV10 ari mu rugendo ziva zikanajya mu ntara […]
Rwanda: Guma mu rugo ishobora gusubizwaho
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase avuga ko Abanyarwanda nibakomeza kudohoka ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bashobora gusubira mu bihe byo kuguma mu rugo. Aganira na RBA, Shyaka yatangaje ibi ubwo yavugaga ku bimaze iminsi bigaragara by’abantu bandura ndetse n’abafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Minisitiri Shyaka yavuze ko Guma mu rugo ishobora […]
Habonetse urukingo rushobora kurinda COVID-19 ku kigero cya 90%
Isesengura ry’ibanze ryerekanye urukingo rwa mbere rushobora kurinda umubiri w’umuntu kwandura Covid-19 ku kigero cya 90% . Kompanyi zarukoze – Pfizer na BioNTech – zavuze ko uyu ari “umunsi ukomeye kuri siyanse n’abantu”. Zivuga ko urukingo rwabo rwasuzumiwe ku bantu 43,500 mu bihugu bitandatu kandi nta bibazo rwateye abaruhawe. Mu mpera z’uku kwezi, izi kompanyi […]
Tanzania: Hitezwe imvura izamara iminsi itatu igwa
Ikigo Gishinzwe iby’Ikirere muri Tanzania (TMA) gitangaza ko imvura izamara iminsi itatu igwa ubudaharara mu ntara esheshatu z’igihugu kuva kuwa 8 Ugushyingo 2020. TMA ivuga ko imvura izagwa mu Ntara zikurikira: Dar es Salaam, Morogoro, Tanga, Ibirwa bya Mafia, Unguja na Pemba nk’uko itangazo ryashyizwe hanze ribivuga. Byitezwe ko inzu, imihanda n’ibindi bikorwaremezo bishobora kuzahangirikira. […]
Kigali: Kompanyi yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru
Kompanyi yitwa Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru Didas Niyibizi wayikozeho inkuru, aho abagore bane bashinja bosi wayo, Rukundo Samuel kubasaba kuryamana kugira ngo abishyure amafaranga babaga barakoreye bacururiza kompanyi ye. Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) kuwa 6 Ugushyingo 2020 yatsinzwe urubanza rwari mu Rukiko rw’Ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali aho ivuga […]
Bugesera: Uwafatanwe umukobwa w’imyaka 17 muri loji yararekuwe

Umugabo bivugwa ko ari mu myaka 40 ku mugoroba wo kuwa 18 Ukwakira 2020, yasanzwe mu macumbi (Lodge) ari ahazwi nko mu Irango mu Murenge wa Mareba, Bugesera, aryamanye n’umwana w’imyaka 17 y’amavuko, nyuma yaje kurekurwa. Ababyeyi b’umwana bavuga ko bumiwe babonye uwafashwe akekwaho gusambanya uyu mwana arekuwe, nyamara ibyangombwa byaba ifishi yakingirijweho( intyoza.com yabashije […]
Musanze/Kabaya: Mudugudu yeguye nyuma yo gukubitwa n’amabandi yitwaje imihoro
Uwari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, Celestin Bimenyimana yeguye ku mirimo ye nyuma yo gukubitwa n’itsinda ry’amabandi yitwaje imihoro kuwa 16 Ukwakira 2020 ahagana saa yine z’ijoro. Bimenyimana yatangarije Bwiza.com ko yeguye ku mpamvu ze bwite nyuma y’imyaka 12 yari amaze ayobora aka gace ahanini […]
Gasabo: Hoteli yafatiwemo abasinzi basaga 100 bavuga ko bari mu bukwe
Abaturage basinze basaga100 biganjemo urubyiruko bafatiwe muri Hoteli ya Landmark Suites iri mu Murenge wa wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo barenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, ihita ifungwa. RBA itangaza ko aba bafashwe na polisi mu masaha ari hagati ya saa sita z’ijoro na Saa kenda. Bafashwe banywa inzoga, babyina, banegeranye. Abafashwe bajyanwe […]
Nta byinshi byatangajwe ku butumwa Tshisekedi yoherereje Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye ubutumwa buvuye kwa mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi Tsilombo Antoine kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2020. Ubutumwa buri kuri Twitter ya perezidansi y’ u Rwanda (Village Urugwiro) buvuga gusa ko Kagame yakiriye intumwa za Tshisekedi bakaganira ku mubano mwiza hagati y’ibihugu byombi […]
Abanyeshuri b’Abarundi basaga 100 batakaje buruse zo kwiga mu Rwanda
Abanyeshuri basaga 100 b’Abarundi bigaga muri Kaminuza zo mu Rwanda batakaje buruse bishyurizwaga n’umugiraneza, Marguerite Barankitse binyuze mu kigo cye cyitwa Maison Shalom ku mpamvu zitaramenyekana. Aba banyeshuri nk’uko SOS Media Burundi ibitangaza, bakiriye ubutumwa bwa imeli (e-mail) bubabwira ko ubufasha mu byo kwiga bahabwaga na Maison Shalom, bwahagaritswe. Gusa muri ubwo butumwa nta mpamvu […]
Gahunda y’ingendo ku batahiwe gutangira amasomo yahindutse
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje ko hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo yatangajwe, ku wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo 2020, hateganyijwe gusubukura amasomo ku banyeshuri bari mu cyiciro cya kabiri. Biteganyijwe ko abari batahiwe gutangira amasomo ari abanyeshuri biga mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa kane w’amashuri yisumbuye n’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) muri level 3 biga […]
Burundi: Umugore uzageza saa mbili z’ijoro atari mu rugo azajya ahanwa
Umuyobozi wa Komini ya Ruhororo, Mamert Birukundi yategetse ko abagore bagomba kuba bageze mu rugo bitarenze saa mbili z’ijoro bitaba ibyo bagahanwa n’amategeko. Iki cyemezo nk’uko UBM News ibitangaza, cyafashwe nyuma y’aho bigaragaye ko abaturage cyane abagore basigaye bamara amasaha menshi mu kabari, bakibagirwa inshingano zo kwita ku ngo zabo. Ni ikibazo uyu muyobozi atagaragaza […]
Joe Biden yongeye kuvuga ko yizeye gutsinda amatora ya Perezida wa Amerika
Joe Biden yongeye kuvuga ko yizeye intsinzi mu gihe bigaragara ko ari kwegereza gutsinda Donald Trump mu matora ya perezida w’Amerika yabaye ku wa kabiri. Uyu mukandida w’abademokarate amaze kugira amajwi y’intumwa zitora (electoral votes) 253 mu gihe haba hacyenewe 270 ngo umukandida atsindire kuba perezida. Bwana Trump afite amajwi nkayo 214 kugeza ubu. Bwana […]
Imbuga nkoranyambaga: Biravugwa ko FDLR ishobora kugubwa gitumo mu nama igiye guteranira ahitwa Kazaroho
Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ni uko ahitwa Kazaroho muri Makomalehe, Gurupoma ya Tongo,Teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru hashobora guteranira inama y’abayobozi b’inyeshyamba za FDLR kuri uyu wa 07 Ukwakira 2020. Iyi nama ikaba ije gukemura amakimbirane amaze iminsi arangwa muri uyu mutwe aho bamwe bashinjanya kugambanirana,abandi bagashinjanya gukorana n’uRwanda n’ingabo za Congo. […]
Rwamagana/ Fumbwe: Umugizi wa nabi yagize intere umugore wari uvuye guhaha
Mu ijoro ryo ku italiki 04 Ugushyingo rishyira taliki 05 Ukwakira 2020, nibwo hamenyakanye amakuru avuga ko umugore witwa Yandereye Clementine w’imyaka 26 aho yakomerekejwe bikomeye na Bukibaruta Samuel ufite imyaka 31 y’amavuko wo mu Mudugudu w’Ingara, mu kagali ka Nyarubuye, mu Murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana. Mwene wabo na Yandereye, Sibomana Innocent, […]
Gushyiraho Komini nshya ya Minembwe: Igisubizo cyangwa kujijisha Abanyamulenge?
Mu gihe gishize, hashyizweho Komini nshya ya Minembwe. Iyi komini iza yiyongera ku zindi zigize Kivu y’Amajyepfo. Minembwe ni agace kakunze kurangwa n’ubushyamirane hagati y’amoko atuye muri ako gace harimo: Abanyamulenge, Abafulero, Ababembe n’Abanyindu. Aya makimbirane yateje ubuhunzi ku batari bake, imitungo irangirika, ibikorwa by’amajyambere birahadindirira gusa ikibazo gikomeye ni ubuzima bw’abaturage ba buri bwoko […]
Muhanga: Abantu barimo uruhinja bagwiriwe n’ikirombe barapfa
Abantu batanu barimo n’uruhinja rw’amezi ane bo mu Karere ka Muhanga bitabye Imana bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko kuko cyari cyarafunzwe. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ugushyingo 2020 ikaba yabereye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga. Imirambo y’abapfuye […]
Ishuri rya ETEFOP: Yasinze Nguvu yangiriza ibifite agaciro k’asaga ibihumbi 100
Umunyeshuri utatangajwe amazina wiga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya ETEFOP giherereye mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze yafashwe yasinze inzoga yitwa Nguvu ari nako amenagura ibirahuri, yangiza indi mitungo yahawe agaciro ka Frw ibihumbi 136. Ibyo byabaye kuwa Gatanu tariki 6 Ugushyingo 2020 ubwo ikigo cyatabazaga inzego z’umutekano ko hari umunyeshuri w’imyaka 19 […]
Nyagatare: Bimwe mu bigo by’amashuri byafunze imiryango
Ibigo by’amashuri bigera kuri bine biri mu Karere ka Nyagatare byafunze imiryango nyuma y’aho kuwa 2 Ugushyingo 2020, amashuri yasubukuye amasomo yari yarahagaze kubera COVID-19. Umwarimu utarashatse ko amazina ye atangazwa wigishaga mu ishuri ryigenga ‘Hillside Matimba’ avuga ko bagiye ku kazi ubwo amasomo yatangiraga, bagasanga ishuri rirafunze. Uyu mwarimu avuga ko batazi icyo bagomba […]
Musanze/Muko: Abana babiri bishwe n’imyumbati
Abana batatu umwe yari mu kigero cy’imyaka umunani undi itanu bo mu Murenge wa Muko Akagari ka Kivugiza kuwa 5 Ugushyingo 2020 bahitanwe n’imyumbati bagiye gucukura nyuma yuko nyina wabo yari yabahaye ihiye nyuma bakamuca muri humye bagasubira mu murima gucukura imibisi babiri bahita bapfa undi umwe ajyanwa kwa muganga atarapfa. Aba bana bose barererwa […]