Kamonyi: Imibiri isaga 100 y’abishwe muri jenoside yavumbuwe mu kigo cy’ababikira
Nibura imibiri 108 y’abantu bishwe muri jenoside yataburuwe mu Karere ka Kamonyi mu gihe hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Sylvere Ndahayo, yabitangarije The New Times. Abayobozi bavuga ko iyi mibiri izashyingurwa mu cyubahiro mu cyumweru gitaha. Ndahayo yavuze ko muri iki cyumweru imibiri 37 y’abishwe muri jenoside […]
Abakomando kabuhariwe b’u Bwongereza bo mu mutwe wa SAS baba bari kurwana muri Ukraine
U Burusiya burimo guperereza niba ba kabuhariwe mu kuvangira umwanzi (sabotage) bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe z’u Bwongereza zirwanira mu kirere (SAS) baroherejwe mu burengerazuba bwa Ukraine. Ku wa Gatandatu, urwego rukuru rw’iperereza rw’u Burusiya rwatangaje ko rurimo kureba muri raporo y’itangazamakuru ry’u Burusiya rivuga ko abakomando ba SAS boherejwe mu karere ka Lviv mu […]
Gen. Nkashama uyobora Intara ya Ituri arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore utwite
Umugore utwite ufungiye muri gereza nkuru ya Bunia kugeza ubu arashinja Guverineri w’umusirikare wa Ituri, Lt. Gen. Luboya Nkashama kuba yaramukoreye iyicarubozo mu biro bye ubwo yahajyanwaga ngo amwerekwe. Mu ibaruwa isaba ubuvuzi bwihutirwa yohereje mu miryango myinshi iharanira uburenganzira bwa muntu kandi ko buniaactualite.com yashoboye kubonaho, Solange Lotsove, ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza intwaro ku […]
Muhanga: Urukiko rwakatiye umwarimu washinjwaga ibyaha birimo kuriganya abaturage
Umwarimu wari ukurikiranweho n’Ubushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rwa Nyamabuye icyaha cyo kwihesha amafaranga y’abaturage akoresheje uburiganya, kuri uyu wa Kane, itariki 21 Mata, yakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 5 n’ihazabu ya miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda. Kuva mu mwaka wa 2019, Ubushnjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko uyu mwarimu wo mu Murenge wa Nyarusange, Akarere […]
Urukiko mu Bushinwa rwakatiye Umunyamerika igihano cy’urupfu
Kuri uyu wa Kane, itariki 21 Mata 2022, urukiko rwo mu Bushinwa rwakatiye Umunyamerika Shadeed Abdulmateen igihano cyo kwicwa azira kwica nkana umukobwa w’imyaka 21, wahoze ari umukunzi we, nk’uko byatangajwe na Televiziyo y’u Bushinwa, CCTV. Mu cyemezo cyarwo Urukiko Rwisumbuye rw’Abaturage rwa Ningbo mu Ntara ya Zhejiang rwasanze nyuma y’uko batumvikanye ku gutandukana kwabo […]
Mwai Kibaki wahoze ari Perezida wa Kenya yapfuye
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 22 Mata 2022, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yatangaje ko uwahoze ari Perezida Mwai Kibaki yapfuye ku myaka 90 y’amavuko. Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko Kibaki yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, itariki 21 Mata, ariko ntiyatangaje icyamwishe. Kibaki yabaye perezida wa gatatu wa Repubulika ya Kenya kuva […]
Kampala: Rwandair ivuga ko buri sosiyete izita ku bagenzi bagizweho ingaruka n’ibyabaye
RwandAir yerekanye ko buri sosiyete y’indege ifite abagenzi bagizweho ingaruka n’ibyabaye ku wa gatatu zizishyura amafaranga y’indishyi z’abakiriya bazo. Bisobanuye ko niba Rwandair yari itwaye abagenzi yahawe n’indi sosiyete ari yo izabitaho muri ibi bibazo byatewe n’impanuka yorohereje yabereye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe, i Kampala kuwa Gatatu. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane […]
Le Kenya accueillera des pourparlers entre la RD Congo et les rebelles
Nairobi accueille ce vendredi des pourparlers entre les rebelles opĂ©rant dans l’est dĂ©chirĂ© par la violence de la RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo et le gouvernement de Kinshasa, a annoncĂ© jeudi la prĂ©sidence kenyane. Jeudi, les dirigeants du Kenya, de l’Ouganda, du Burundi, du Rwanda et de la RDC se sont rĂ©unis Ă Nairobi pour discuter […]
RDC: Umunyamakuru yiyahuye kubera imiterere y’imyanya ndangagitsina ye
Umunyamakuru Muhindo Sirasi Samuel, w’imyaka 26, wakoreraga Radiyo Ijwi rya Ruwenzori, ivugira i Mutwanga, mu birometero 35 mu burasirazuba bw’umujyi wa Beni, muri Groupement ya Bolema, mu Ntara ya Kivu, yiyahuye yimanitse, ku wa Gatatu itariki 20 Mata 2022, mu murima uri mu Mudugudu wa Kalembo, Umurenge wa Ruwenzori ku muhanda wa Kasindi. Mu itangazo […]
Carlos Ghosn wayoboraga ihuriro Renault Nissan (RNBV) arashakishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa

Ubutabera bw’u Bufaransa bwasohoye impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi Carlos Ghosn wahoze ari umuyobozi w’ihuriro Renault Nissan (RNBV), mu rwego rw’iperereza ryakorewe i Nanterre (Hauts-de-Seine) cyane cyane ku gukoresha nabi umutungo w’ibigo no kunyereza amafaranga nk’uko ubushinjacyaha bwa Nanterre bwabitangarije AFP kuri uyu wa Gatanu. Uyu mugabo ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, ubwa Libani n’ubwa […]
L’OIF envoie 45 professeurs de français au Rwanda
Au total, 45 enseignants envoyĂ©s par l’intermĂ©diaire de l’Organisation internationale de la francophonie (OIF) sont arrivĂ©s au Rwanda, a confirmĂ© le ministère de l’Éducation. Cette dĂ©cision fait partie d’un plan plus large de l’organisation visant Ă envoyer jusqu’Ă 100 enseignants au Rwanda au cours des deux prochaines annĂ©es dans le cadre d’un projet visant Ă […]
Niba mudashaka koherezwa mu Rwanda mugume mu Bufaransa – Minisitiri abwira abimukira
Abashaka ubuhungiro bari mu Bufaransa bagomba kuhaguma niba bashaka kwirinda koherezwa n’u Bwongereza mu Rwanda, nk’uko minisitiri muri guverinoma yabihanangirije. Gahunda ya minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu w’u Bwongereza, Priti Patel yo kwimurira abimukira bahageze mu mato mato mu burasirazuba bwa Afurika, mu Rwanda, yateje impaka n’ubu zigikomeje. Ikinyamakuru The Independent dukesha iyi nkuru kivuga […]
UAE yahaye Maroc indege z’intambara zose za Mirage 2000-9 yakoreshaga
Ubwami bwa Maroc bwahawe indege zose z’intambara za Mirage 2000 zari zitunzwe na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ( UAE). Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zirateganya gusimbuza izi ndege zo mu bwoko bwa Dassault Mirage 2000-9 igihe izaba yakiriye indege nshya 80 zo mu bwoko bwa Dassault Rafale F4s yatumije mu Bufaransa umwaka ushize. Nibikora, Maroc izakira […]
Kabila ntashobora kongera kuba perezida – Uwari umucamanza w’urukiko rurinda itegeko nshinga
Uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Joseph Kabila Kabange, ntashobora kongera kuba Perezida muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, itegeko nshinga rirasobanutse, “twavuze ko manda y’imyaka itanu ishobora kongerwa rimwe gusa, ntabwo twavuze ko ishobora kuvugururwa cyangwa nyuma y’urubibi “, ibi ni ibyatangajwe na Prof. Eugène Banyaku wahoze ari Umucamanza w’Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga. Uyu […]
U Rwanda rwungutse abarimu 45 b’Igifaransa boherejwe na OIF
Minisiteri y’uburezi yemeje ko abarimu 45 boherejwe binyuze mu Muryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) bageze mu Rwanda. Iki cyemezo kiri muri gahunda yagutse y’umuryango yo kohereza abarimu bagera ku 100 mu Rwanda mu myaka ibiri iri imbere, umushinga ugamije kuzamura imyigishirize y’Igifaransa mu bihugu bigize uyu muryango. Amakuru avuga ko abarimu baturuka muri BĂ©nin, Senegali, […]
Sudani: Amashusho ya Omar Bashir yidegembya mu bitaro arwariyemo yateje urunturuntu
Benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Sudani bararakaye cyane nyuma yo kubona videwo yagaragayemo uwari perezida, wavanywe ku butegetsi, Omar al-Bashir, yidegembya agenda azenguruka ibyumba by’ibitaro aho yimuriwe ku mpamvu z’uko yari arembye cyane muri gereza, nubwo bamwe bavuze ko bamushyigikiye. Bashir wavanywe ku butegetsi mu myaka irenga itatu ishize ahiritswe n’igisirikare nyuma y’amezi y’imyigaragambyo, […]
Tariki 21 Mata 1994: Umunsi wishweho Abatutsi benshi kurusha iyindi mu gihugu
Itariki 21 Mata 1994 niwo munsi wishweho Abatutsi benshi icyarimwe mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu umunsi umwe. 1. Inama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Amahoro ku isi yatse inshingano MINUAR igabanya umubare w’abasilikare bayo mu Rwanda Tariki ya 21/4/1994, Akanama ka Loni gashinzwe amahoro […]
U Burusiya bwagerageje igisasu buvuga ko nta bwirinzi bwa misile buhari bwagihagarika
U Burusiya bwavuze ko bwagerageje misile yabwo nshya yambukiranya imigabane yo mu bwoko bwa ballistique yiswe Sarmat yo mu bwoko bwa misile yo mu bwoko bwa ballistique, ikaba ari inyongera ku ntwaro za kirimbuzi butunze, aho Perezida Vladimir Putin yavuze ko bizaha abanzi ba Moscou ikintu cyo gutekerezaho mbere yo kugira icyo bakora. Perezida w’u […]
Icyo nshyize imbere ni ugushora ubushobozi bwose MINUSCA ifite mu mutekano wa Centrafrica – Rugwabiza

“Icyo nshyize imbere ni ugukoresha, gushora ubushobozi bwose MINUSCA ifite mu mutekano n’ituze muri Repubulika ya Centrafrica ”, ibi ni ibyatangajwe na Valentine Rugwabiza, Intumwa nshya Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrica akaba n’Umuyobozi wa MINUSCA. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yatangiraga gushyira mu bikorwa inshingano ze yahawe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, […]
Abacanshuro bagera ku 20,000 barimo aba Wagner Group baba bari kurwana muri Ukraine
Kuri uyu wa Kabiri, umuyobozi mu Burayi yavuze ko abacanshuro bagera ku 20.000 bo mu kigo cy’Abarusiya cyigenga kimaze kwamamara kitwa Wagner Group hamwe n’abaturutse muri Syria na Libya bari gufatanya n’ingabo z’u Burusiya muri Ukraine. Uyu muyobozi yabitangarije abanyamakuru i Washington, agira ati: “Ku bijyanye n’ubushobozi bwabo, ni abarwanira ku butaka. Nta modoka nini […]
Entebbe: Indege ya Rwandair yaguye nabi yarimo n’abitabiriye ibirori bya Lt. Gen. Muhoozi bavuye i Kigali
Indege itwara abagenzi ya Rwandair yaguye nabi ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu yari itwaye abantu bagera kuri 60 barimo abashyitsi bagera kuri 20 bari baturutse I Kigali bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 48 y’umugaba mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba. Indege […]
RDC: Batayo ya FARDC iri gutozwa n’Abafaransa kurwanira mu mashyamba

Batayo ya kabiri y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), izobereye kurwanira mu mashyamba, yatangiye imyitozo irimo guhabwa n’abarimu b’Abafaransa. Ibi byatangajwe na Ambasade y’u Bufaransa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 19 Mata 2022. Nk’uko amakuru amwe agera ku rubuga rwa Actu7.cd dukesha iyi nkuru […]
Abayobozi bo mu karere bagiye kongera guhurira mu nama yiga kuri M23 i Nairobi
Nyuma y’umutekano muke wongeye kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), n’igaruka ry’umutwe w’inyeshyamba wa M23 ukomeje ukomeje kotsa igitutu abategetsi ba Congo ushinja kutubahiriza amasezerano bagiranye mu 2013, biravugwa ko kuri uyu wa Kane, itariki 21 Mata abayobozi bo mu karere barimo Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni, Kenyatta na Ndayishimiye, bahurira i […]
Le vol Rwandair WB464 a Ă©tĂ© impliquĂ© dans une sortie de piste Ă l’aĂ©roport international d’Entebbe

Le vol Rwandair WB464 a eu un petit accident mercredi matin lors de son atterrissage Ă l’aĂ©roport international d’Entebbe en Ouganda. Un communiquĂ© de la compagnie aĂ©rienne rwandaise a indiquĂ© que l’accident a Ă©tĂ© causĂ© par le mauvais temps. “Le vol Rwandair WB464 lors de son atterrissage Ă l’aĂ©roport international d’Entebbe tĂ´t ce matin, a […]
Indege ya Rwandair yakoreye impanuka ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe

Indege ya Rwandair numero WB464 yakoze impanuka idakanganye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ubwo yari irimo kugwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe muri Uganda. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iyi sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere yo mu Rwanda, rivuga ko indege yaguye nabi kubera ikibazo cy’ikirere cyari kifashe nabi. Biravugwa ko umupilote byabaye ngombwa […]
NYAMAGABE: Trois arrestations dans un braquage de banque déjoué
Le lundi 18 avril, la Police nationale du Rwanda (RNP) a arrĂŞtĂ© trois hommes dans le district de Nyamagabe, qui s’Ă©taient introduits par effraction dans une succursale bancaire locale de la BPR Ă Musange et avaient volĂ© plus de 5,5 millions de Frw. Le commissaire de police (SP) Theobald Kanamugire, porte-parole de la police pour […]
Ethiopia: Kuri Ambasade y’u Burusiya hagaragaye imbaga ishaka akazi ko kujya kurwana muri Ukraine

Kuri uyu wa Kabiri, abasore benshi bo muri Ethiopia bagaragaye kuri Ambasade y’u Burusiya mu murwa mukuru, Addis Ababa, nyuma y’ibihuha bivuga ko hashakwa abasirikare bo kujya kurwana mu ntambara yo muri Ukraine. Ariko umuvugizi wa ambasade, Maria Chernukhina, yavuze ko nta bikorwa byo gushaka barwanyi biri kubera muri Ethiopia. Yavuze ko iyo mbaga y’abantu […]
Cote d’Ivoire: Minisitiri w’Intebe uherutse kwegura na guverinoma ye yasubijweho
Patrick Achi, yongeye ugirwa Minisitiri w’Intebe wa Cote d’Ivoire nyuma y’aho yari yeguye ku mrimo ye mu cyumweru gishize nk’uko byatangajwe na Perezida wa Sena, Jeannot Ahoussou-Kouadio mu nteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kabiri nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. Ubwo yatangaga ubwegure ubwe kuwa Gatatu ushize, itariki 13 Mata, Perezida Allasane […]
Nyamagabe: Batatu batawe muri yombi nyuma yo kugerageza kwiba banki
Kuwa mbere tariki ya 18 Mata, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe yafashe abagabo batatu bakurikiranweho gucura umugambi no kugerageza kwiba Banki y’abaturage (BPR) ishami rya Musange riherereye mu murenge wa Musange, akagari ka Masizi, umudugudu wa Karama, nyuma y’aho umwe muri bo yuriye agatobora igisenge akiba amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 5. Umuvugizi […]
USA, u Buyapani, u Butaliyani, mu bihugu bya mbere ku Isi birimo imyenda myinshi
Umwenda wa Leta uhuye n’imihigo yose y’imari yakozwe mu buryo bw’inguzanyo na Leta, inzego za Leta n’imiryango iyishamikiyeho. Usuzumwa hakurikijwe GDP cyangwa Umusaruro mbumbe w’imbere mu Gihugu, ni ukuvuga ibikorwa by’ubukungu bw’igihugu, bigena iterambere ryacyo. Hano hari imibare yemewe yashyizwe ahagaragara n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) muri 2018 igaragaza ibihugu bya mbere birimo imyenda myinshi ku […]
RDC: Abasirikare ba FARDC basinze bishe barashe abantu 15
Abasirikare babiri ba FARDC barashe abantu 15 mu bitero bitandukanye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Abahohotewe hafi ya bose bari abasivili. Ibi bibaye nyuma y’uko abandi bantu batandatu bakomeretse ubwo na none abasirikari bateraga grenade mu mbaga y’abantu bageragezaga kubafata. Umwe mu bayobozi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yavuze ko umusirikare wasinze […]
Inteko Ishinga Amategeko ya Somalia yarashweho za bombe igihe abayigize bari bateranye
Umutwe w’iterabwoba al-Shabab wavuze ko ari wo uri inyuma y’ibisasu bya bombe byatewe ku Nteko Ishinga Amategeko ya Somalia kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Mata byakomerekeje byibuze abantu batandatu mu gihe inteko yari iteranye. Ibisasu byumvikanye bigwa mu nteko ishinga amategeko. Abantu benshi bakomeretse, ariko nta bayobozi batowe bafashwe n’ibisasu birimo ibyaguye ku nyubako […]
Valentine Rugwabiza yatangiye ku mugaragaro inshingano ze zo kuyobora MINUSCA
Kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Mata 2022, Umunyarwandakazi Valentine Rugwabiza, Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrica, ari nawe ugiye kuyobora ubutumwa bw’umuryango bwo kubungabunga amahoro, MINUSCA, yatangiye inshingano ze ku mugaragaro. Nyuma yo gusesekara i Bangui ku Cyumweru, itariki 17 Mata, kuri uyu wa Mbere nibwo Rugwabiza, wahoze uhagarariye u Rwanda mu […]
Buruseli: Faustin Twagiramungu yapfushije umuhungu we wari umuhanzi uri kuzamuka

Rodolphe Nshimwe Twagiramungu, umuhungu wa Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuri ubu ubarizwa mu buhungiro, yapfuye urupfu rutunguranye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru cya Pasika itariki 17 Mata 2022. Amakuru dukesha Ijwi rya Amerika aravuga ko Rodolphe Twagiramungu yari yaraye ajyanye na bagenzi be kubyina, abaganga bakaba bari gushakisha icyamwishe. Uyu […]
Le président Kagame rend une visite de courtoisie au président Macky Sall

Le prĂ©sident Paul Kagame du Rwanda qui revient de la Barbade et de la JamaĂŻque a rencontrĂ© le prĂ©sident Macky Sall du SĂ©nĂ©gal lors d’une escale. Le prĂ©sident Macky Sall est l’actuel prĂ©sident de l’Union africaine – il a Ă©tĂ© Ă©lu Ă ce poste lors de la trente-cinquième session ordinaire de l’AssemblĂ©e de l’Union par […]
Rugwabiza ugiye kuyobora MINUSCA yasesekaye i Bangui
Intumwa nshya Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Centrafrica, igiye kuyobora MINUSCA, Umunyarwandakazi Valentine Rugwabiza, kuri iki Cyumweru itariki ya 17 Mata, yageze mu murwa mukuru, Bangui. Rugwabiza asimbuye Umunyasenegali, Mankeur Ndiaye ku buyobozi bwa Minusca, Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo Kubungabunga Amahoro muri Repubulika ya Centrafrica, mu bihe bikomeye. Umubano hagati y’Umuryango w’Abibumbye […]
Burundi: Umuhanzi Baraka Olègue afunzwe akurikiranweho gusebya Kiliziya
Kuva ku wa Gatanu ushize, umuhanzi w’Umurundi Baraka Olègue, ufite imyaka 20, afungiye muri kasho ya polisi mu Mujyi wa Bujumbura. Uyu muhanzi urimo kuzamuka ukundwa cyane ku mbuga nkoranyambaga akurikiranyweho “Gutuka Kiliziya Gatolika”. Umuryango we n’umwunganizi we barasaba ko yarekurwa, bashimangira ko “abayobozi ba kiliziya batigeze bamurega.” Ibibazo uyu muhanzi arimo byatangiye kuwa Kabiri […]
OIF ifatwa na Mushikiwabo nk’Umunara wa Babel igiye gufungura ibiro muri Quebec na Beirut

Umuryango wa La Francophonie ufite inshingano zo kurengera “ururimi rw’Igifaransa “, ugiye gufungura ibiro biwuhagarariye muri Quebec na Beirut muri uyu mwaka, nkuko Umunyamabanga Mukuru wawo, Louise Mushikiwabo, uwufata nk’ “Umunara wa Babel”, yabitangarije i New York kuwa Gatandatu. Umuryango wa OIF ngo Louise Mushikiwabo afata nk’ “Umunara wa Babel” nk’uko iyi nkuru dukesha Arabnews […]
Ishoramari ry’u Rwanda mu mahanga ryinjije asaga miliyari 2 z’Amadolari muri 2021
Amafaranga u Rwanda rwinjije mu mwaka ushize wa 2021 aturutse ku bicuruzwa na serivisi rwohereza hanze yavuye kuri miliyari 1,9 z’amadolari agera kuri miliyari 2,1 z’amadolari bisobanuye ko agaciro kabyo kiyongereyeho 9,4% ugereranyije na 2020 mu gihe serivisi gusa zazamutse kugera kuri 11%. Ibi nibyo Abanyarwanda bamaze gushora imari hanze y’igihugu mu bihugu byasinyanye amasezerano […]
Tariki ya 17 Mata 1994: Hashyizweho ba perefe bashya bo kwihutisha jenoside
Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 17 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 17 Mata mu 1994. 1. Leta y’abicanyi yashyizeho ba perefe bashya bagombaga kwihutisha Jenoside muri za Perefegitura Tariki ya 17/4/1994, Leta […]
RDC: Umusirikare wa FARDC wavangiwe yishe arashe abantu 8 barimo abakoloneli
Nibura abantu umunani bahitanywe n’amasasu yarashwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 17 Mata 2022, ahitwa Bambu, muri Teritwari ya Djugu, mu majyaruguru ya Bunia, umurwa mukuru wa Ituri. Hakurikijwe ubuhamya bw’umuryango w’umwe mu bishwe, ngo “umusirikare ufite ikibazo cyo mu mutwe yaba yaratse intwaro umusirikare mugenzi we” mbere yo kurasa mu bantu. […]
Koreya ya Ruguru yagerageje intwaro zitezweho kuzamura ingufu kirimbuzi zayo

Umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yakurikiranye igeragezwa ry’ubwoko bushya bw’intwaro ziyoborwa zitezweho kuzamura ingufu za kirimbuzi z’igihugu nk’uko ibitangazamakuru bya Leta bibitangaza. Amakuru yatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu Munsi wa Pasika, itariki 17 Mata, yaje mu gihe Koreya y’Epfo na Amerika byaburiye ko Pyongyang ishobora guhita isubukura igerageza ry’intwaro za kirimbuzi […]
Kinshasa yamaganye iyicwa ry’Umunyekongo wishwe n’umupolisi w’umuzungu muri Michigan

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yamaganye iraswa n’iyicwa ry’umwimukira w’Umunyekongo wishwe n’umupolisi w’umuzungu muri Leta ya Michigan, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu byumweru hafi bibiri bishize, nk’uko bigaragara mu nyandikomvugo y’inama ya guverinoma yagaragaye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Mata 2022. Patrick Lyoya, w’imyaka 26, bivugwa ko umuryango we wimukiye muri Amerika […]
U Burusiya burigamba guhanura indege yari yuzuye intwaro zari zigenewe Ukraine
Intwaro zishinzwe guhangana n’ibitero byo mu kirere z’u Burusiya kuri uyu wa Gatandatu zahanuye indege yari yuzuyemo intwaro zigenewe Ukraine, Ibiro Ntaramakuru by’Abarusiya, TASS, bivuga ko zari zivuye mu bihugu byo mu burengerazuba. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko iyi ndege yahanuriwe hafi y’Umujyi wa Odessa wo muri Ukraine. Amakuru ava mu Gisirikare […]
Nyamasheke: Polisi yafashe abakekwaho kwica umucuruzi wa Mobile Money
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyamasheke yafashe abagabo batatu bakurikiranweho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa wacuruzaga mobile money mu Karere ka Nyamasheke. Abafashwe ni Uwimpuhwe Denis, Nsengimana Paul, na Ishimwe Steven bakaba bafatiwe ahantu hatandukanye biturutse ku iperereza ryakozwe ku rupfu rw’uyu mugore witwa Nyampinga Eugenie wishwe ku itariki ya 13 Mata mu Karere […]
Ikiremwamuntu cyatangiye kwishyura gikoresheje microship iteye mu mubiri

Patrick Paumen, Umuholandi wimyaka 37, agira ububabare igihe cyose yishyuye ikintu mu iduka cyangwa muri resitora. Ntabwo akeneye gukoresha amafaranga, ikarita ya banki cyangwa terefone igendanwa kugirango yishyure. Ahubwo, ashyira ikiganza cye cy’ibumoso hafi y’akuma gasoma ikarita iri mu mubiri we ubwo akaba arishyuye. Uyu mukozi ushinzwe umutekano, Paumen, ashobora kwishyura akoresheje ukuboko kwe gusa […]
Wari uzi ko New Zealand ari cyo gihugu cyari gikize ku Isi mu 1900 Ghana ari iya 39? – Urutonde

Mu myaka isaga gato ijana ishize, igihugu cya New Zealand giherereye ku mugabane wa Oceania nicyo cyari icya mbere gikize ku Isi gikurikiwe n’umuturanyi wacyo, Australia, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari ku mwanya wa gatatu naho u Bushinwa buri ku mwanya wa 34. Ibihugu bya Afurika byari bikize cyane icyo gihe ni […]
Le calendrier de rĂ©ouverture de l’Ă©cole est dĂ©voilĂ©
L’AutoritĂ© nationale des examens et de l’inspection scolaire (NESA) a publiĂ© un calendrier national de transport «de retour Ă l’Ă©cole» pour les Ă©lèves en internat. Le troisième trimestre dĂ©butera le 18 avril et se terminera le 5 juillet. Les responsables de l’Ă©ducation aux niveaux du district et du secteur ont Ă©tĂ© chargĂ©s de superviser les […]
Uganda: Gen. Bainababo, umugore wa mbere uyoboye Special Forces Command (SFC) ni muntu ki?

Ku itariki ya 12 Mata 2022 nibwo Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda ari nawe mukuru w’igihugu, Perezida Museveni, yazamuye mu ntera bamwe mu basirikare bakuru barimo Brig. Gen. Charity Bainababo, ndetse anabohereza mu myanya bagomba gukoreramo. Charity Bainababo yakuwe ku ipeti rya Colonel agirwa Brig. General ndetse agirwa umuyobozi wungirije wa Special Forces Command (SFC), […]
Abantu 68 ni bo baketsweho ingengabitekerezo mu cyumweru cyo kwibuka – RIB
Amakuru aheruka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku ngengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano na byo byakozwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (kuva ku ya 7 kugeza ku ya 13 Mata) yerekana ko hari abantu 68 bakekwaho icyaha, muri dosiye 53. Nk’uko uru rwego rubitangaza, ngo 43 muri […]
Igitero cy’abapolisi ba Israel ku Musigiti wa Al Aqsa cyakomerekeyemo abagera ku 100

Abapolisi ba Israel bagabye igitero ku nyubako y’Umusigiti wa Al-Aqsa iherereye mu burasirazuba bwa Yeruzalemu, aho abaganga bavuga ko byibuze Abanyapalestine byibuze 100 bakomerekeye mu ihohoterwa ryakurikiye. Abayisilamu bita kuri uyu musigiti bavuga ko abapolisi ba Israel bahinjiye ku ngufu mbere y’uko bucya neza kuri uyu wa Gatanu (Ijumaa) ibihumbi n’ibihumbi by’abari bagiye gusenga bari […]
Ukraine irigamba kurohamisha ubwato bwari ikimenyetso cy’imbaraga z’igisirikare cy’u Burusiya

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yatangaje ko ubwato bw’intambara bw’u Burusiya bwitwa Moskva bwangijwe n’igiturika cyari kirimo ku wa Gatatu bwarohamye, mu gihe Ukraine yemeza ko ari missile zayo zabwangije. Ubutumwa bwa minisiteri buvuga ko Moskva, ubwato bw’intambara bw’Abarusiya bwari icyamamare mu Nyanja y’Umukara bwari burimo kujyanwa ku cyambu igihe “umuyaga ukabije wo mu nyanja waburohamishaga. […]
Umuherwe Elon Musk usanganwe imigabane 9% muri Twitter arashaka kuyigura yose
Umuherwe Elon Musk wa mbere ku Isi kugeza ubu arifuza kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter rwose uko rwakabaye asanzwe afitemo imigabane 9%. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane bibaye nyuma y’iminsi mike uyu muyobozi mukuru w’uruganda rwa Tesla rukora imodoka zikoreshwa n’amashanyarazi, avuze ko atazongera kwitabira inama y’ubuyobozi bw’uru rubuga nkoranyambaga. Twitter Inc yavuze mu […]
Amafoto: Ibyamamare muri Hollywood byitabiriye ubukangurambaga busaba ifungurwa rya Rusesabagina

Ibyamamare muri Hollywood birimo Don Cheadle (wakinnye ari Rusesabagina muri Hotel Rwanda) byitabiriye ubukangurambaga bwiswe #FreeRusesabagina bugamije gusaba ifungurwa rya Paul Rusesabagina wakatiwe n’ubutabera bw’u Rwanda imyaka 25 y’igifungo nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo iterabwoba no guhungabanya umutekano w’igihugu. Urugaga rw’Abavoka b’Abanyamerika na Clooney Foundation for Justice, Inama mpuzamahanga y’abavoka, ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa […]
Kagame arrive en JamaĂŻque pour une visite historique

Le prĂ©sident Paul Kagame est arrivĂ© en JamaĂŻque pour une visite d’État de trois jours, qui vise Ă renforcer la coopĂ©ration mutuellement bĂ©nĂ©fique. Kagame a Ă©tĂ© accueilli mercredi par le gouverneur gĂ©nĂ©ral Patrick Allen et le premier ministre jamaĂŻcain Andrew Holness Ă l’aĂ©roport international Norman Manley. « Cet après-midi, Son Excellence Paul Kagame, PrĂ©sident de […]
Amerika: Amashusho agaragaza umupolisi w’umuzungu yica Umunyekongo yateje urunturuntu

Umuturage w’Umunyekongo w’imyaka 26 aherutse kwicwa na polisi yo muri Amerika ku itariki 04 Mata, ariko video y’ibyabaye yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu ushize yateje urunturuntu. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye birimo France24 avuga ko umwuka mubi wongeye kuzamuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera uyu mwirabura w’Umunyekongo ufite abana babiri wishwe na polisi […]
Burundi: Umuhinzi wemeye guha imfashanyo impunzi zo muri Ukraine ari mu bwihisho
Umurundi w’umuhinzi witwa Adrien Nimpagaritse uherutse kugaragara mu itangazamakuru ashaka guha imfashanyo abanya-Ukraine bugarijwe n’intambara, biravugwa ko kuva kuwa Kane w’icyumweru gishize ari mu bwihisho yihisha abantu bakorera urwego rw’iperereza bashatse kumunyereza. Amakuru urubuga UBMNews ruvuga ko rukesha SOS Medias Burundi, avuga ko uyu yahamagawe kuri telephone kuwa Kane ushize n’abantu biyita abanyamakuru ba BBC […]
Nyaruguru: Polisi yafashe magendu amabaro 19 y’imyenda ya caguwa
Polisi ikorera mu karere ka Nyaruguru ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Mata, yafashe umugabo witwa Sindayigaya Patrice afite magendu amabaro 7 y’imyenda izwi nka caguwa , yakuraga mu gihugu cy’u Burundi. Yafatiwe mu Murenge wa Ngoma, Akagali ka Mbuye, Umudugudu wa Rurambo. Hanafashwe kandi magendu y’amabaro 12 […]
Biden agiye guha Ukraine ibikoresho bya gisirikare bya miliyoni 800$ byo guhangana n’u Burusiya

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko ubuyobozi bwe buzatanga miliyoni 800 z’amadolari y’Amerika y’inyongera ari mu nkunga ya gisirikare yo gufasha Ukraine gukaza ubwirinzi bwayo imbere y’ibitero by’u Burusiya mu burasirazuba bw’igihugu. Inkunga izaba igizwe n’ibikoresho birimo intwaro zirasa kure n’amasasu yazo, imodoka z’imitamenwa zitwara ingabo na za kajugujugu nk’uko […]
JamaĂŻque: Le parti d’opposition veut dĂ©cerner Ă Kagame « l’Ordre d’excellence » au nom du peuple jamaĂŻcain
Le Parti national populaire de l’opposition en JamaĂŻque salue la visite imminente du prĂ©sident rwandais Paul Kagame et espère qu’il recevra la plus haute distinction qui puisse ĂŞtre dĂ©cernĂ©e Ă n’importe quel chef de gouvernement. Kagame doit arriver en JamaĂŻque le 13 avril pour une visite d’État de trois jours. Il devrait rendre visite au […]