Rwamagana: Abandi bantu babiri bishwe na Covid-19

emffmkjxuams4gv.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abagabo babiri barimo uw’imyaka 45 n’uwa 50 y’amavuko bo mu Karere ka Rwamagana bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 9 Ugushyingo, na none habonetse abandi bagabo babiri bishwe n’iki cyorezo, bombi bafite imyaka 45 y’amavuko. Abanduye uyu munsi bo […]

Musanze: Umugabo yishe umwana, undi amugira intere kubera ibiryo

Umugabo uzwi ku izina rya Muganga utuye mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze yishe umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 10 ndetse agira intere undi w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 6 kuko bagiye iwe bakarya ibiryo babihawe n’abana b’uyu mugabo. Bwiza.com yageze ahabereye ubu bwicanyi, bamwe mu baturage […]

Amajyepfo: Nyamagabe ni iya nyuma mu gutanga serivisi ku baturage

emc62hiw8ae-7wm.png

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwagaragarije Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo uko dukurikirana mu mitangire ya Serivisi aho Akarere ka Nyamagabe kaje ku mwanya wa nyuma n’amanota 54.8% Ibi RGB yabigaragaje ubwo yerekaga inzego z’Ibanze zo mu Ntara y’Amajyepfo uko zihagaze muri raporo y’ubushakashati bukorwa buri mwaka bugaragaza ishusho y’imiyoborere n’imitangire ya Serivisi izwi nka […]

Tundu Lissu yamenyeshejwe ko azicwa, ahungira kuri Ambasade y’u Budage

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu yamenyeshejwe ko yapangiwe kwicwa nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ahatanyemo, ahitamo guhungira kuri Ambasade y’u Budage i Dar es Salaam. The Citizen TV yavuganye na Lissu wari kuri iyi Ambasade ku murongo wa telefone , avuga ko hari abantu yizeye neza bamubwiye ko umugambi wo kumwica wamaze […]

Abakinnyi b’Amavubi bakoze imyitozo ikomeye yo kubongerera ingufu (Amafoto)

img_20201110_160824.jpg

Abakinnyi b’Ikipe y’igihugu’Amavubi’ kuri uyu wa Kabiri, bakoze imyitozo yo kubongerera ingufu, bitegura umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon uzabahuza na Cape-Vert. Ni umukino uzabera i Praia ku wa Kane w’iki cyumweru. Mu kanya kashize ni bwo abasore ba Mashami basoje imyitozo yo muri gym, bajya kuruhuka mbere yo kujya […]

Donald Trump agiye gusiga yirukanye uwari minisitiri w’ingabo

Mu gihe asigaje amezi atageze kuri abiri ngo asohoke muri White House, Perezida Donald Trump asize yirukanye uwari minisitiri w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mark Esper. Ibi Perezida Donald Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 09 Ugushyingo abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter. Perezida Trump kandi yatangaje ko Christopher Miller, wari ukuriye […]

Abakinnyi bane mu bo umutoza wa Cap-Vert yahamagaye ngo bitegure Amavubi ntibazaboneka

Ikipe y’igihugu cya Cap-Vert yakoze imyitozo ya mbere ku wa Mbere yitegura umukino w’umunsi wa gatatu wo mu itsinda F izahuramo n’Amavubi y’u Rwanda. Ni umukino uteganyijwe ku wa Kane tariki ya 12 Ugushyingo saa Kumi n’ebyiri z’i Kigali. Imyitozo ya mbere yayobowe n’umutoza Bubista, yitabiriwe n’abakinnyi icyenda gusa nyuma y’uko abandi bahamagawe batinze kugera […]

Procès Rusesabagina: Audience d’appel poussée à la demande de l’accusé

Le tribunal intermédiaire de Nyarugenge a pour la deuxième fois reporté l’audience en appel de Paul Rusesabagina, à la demande du suspect parce que son avocat n’était pas présent. La semaine dernière, Rusesabagina avait demandé que son audience soit reportée au mardi 10 novembre, affirmant qu’aucun de ses avocats n’était disponible à l’époque. Avant l’audience […]

Nyamagabe: Imodoka ya paruwasi yahiye mu buryo bw’amayobera

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ugushyingo 2020, imodoka ya Paruwasi ya Kitabi muri Diyoseze ya Gikongoro yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka. Nk’uko bivugwa na Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kitabi, Padiri Gaspard Nkurikiyimana, iyo modoka ngo yari ihaparitse, nyuma basohotse basanga irimo irashya. Yagize ati “Twasohotse tuvuye kunywa icyayi, kuko tubanza […]

USA: Minisitiri w’Ubutabera yategetse ko hakorwa iperereza ku matora aheruka

Minisitiri w’Ubutabera wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, William Barr, kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yategetse ko hakorwa iperereza ku matora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba. Ni nyuma y’aho Donald Trump watsinzwe na Joe Biden bari bahanganye cyane, amaze kuvuga inshuro nyinshi ko yibwe amajwi muri leta zimwe na zimwe. Minisitiri Barr yategetse abanyamategeko ba leta […]

Amazina 10 asekeje abanyamakuru Rutura na Sandrine bahabwa igihe baba ari itsinda ry’abahanzi

capture-28.png

Abakurikira Radio Kiss FM bahawe urubuga ngo batange izina ryahabwa Arthur Nkusi uzwi nka Rutura na Isheja Sandrine Butera igihe baba bagize itsinda ry’abaririmbyi. Aba bombi banditse kuri Facebook babaza abakurikiye radio uko bakwita iri tsinda ry’abanyamakuru bakunzwe aho iyi radiyo yumvikana mu Rwanda. Itsinda ry’aba babiri ryahawe amazina akurikira yaba aseekeje kuri bamwe: 1. […]

Zari na Diamond baravugwaho gusubirana

Nyuma y’imyaka ibiri umunyamideli Zari Hassan atandukanye na Diamond Platnumz bari bamaze imyaka itatu babana nk’umugore n’umugabo, ubu biravugwa ko aba bombi baba bagiye gusubirana. Zari yari amaze imyaka ibiri atandukanye na Diamond gusa muri iki gihe yaje muri Tanzania. Akigera muri Tanzania, Zari yabwiye itangazamakuru ko azaniye abana Diamond kuko yari abakumbuye. Yagize ati […]

Covid-19: «Nyunganira mwana », inzira nshya ishora abana mu muhanda

11-2.jpg

Covid-19 yahungabanyije ubushobozi mu bukungu, muri rusange, ariko cyane cyane ku bari basanzwe bafite imibereho iciriritse. Ku «bana bo mu muhanda» basanzwe, ibi byongereye abanyeshuri benshi mu mubare w’abishakishiriza, ngo bongere ubushobozi bwo kubona ifunguro ry’umuryango. Binyuze mu ngeso mbi nyinshi, abenshi batumwe n’ababyeyi! Ni hagati ya saa kumi n’ebyiri n’igice na saa moya z’umugoroba. […]

Abajya mu ntara bagiye gushyirirwa interineti mu modoka

Hashize imyaka 5 inzego zishinzwe ubwikorezi mu Rwanda zishyizeho interineti abagenzi bakoresha mu modoka rusange mu mujyi wa Kigali. Kuri ubu, bamwe mu bakora ingendo zijya zikanava mu ntara barasaba ko nabo bahabwa internet mu modoka bagendamo kuko bakora urugendo rurerure badafite ikindi bahugiraho. Umwe mubaganiriye na TV10 ari mu rugendo ziva zikanajya mu ntara […]

Umusirikare wa FARDC yishe Abofisiye babiri bagenzi be

Umusirikare wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), yishe bagenzi babiri bo ku rwego rwa ba ofisiye, nyuma y’ubushyamirane bwabahuje ku wa Mbere tariki ya 9 Ugushyingo 2020. Byabereye muri Teritwari ya Nyunzu ho mu Ntara ya Tanganyika mu majyepfo ya RDC. Umuyobozi wa Teritwari ya Nyunzu, yabwiye 7Sur7.cd ko uwo musirikare yarashe bagenzi be […]

Gatsata: Abakora uburaya barasaba amakarita y’akazi

Bamwe mu bakora akazi ko kwicuruza ahitwa mu Kiderenka, mu Murenge wa Gatsata, ho mu Karere ka Gasabo, bavuga ko ubuzima bwabaye bubi kubera Covid-19, barifuza ko ubuyobozi bwabaha amakarita yemeza icyo bari cyo bakajya gushakira no mu tundi turere. Umwe muri aba waganiriye n’umunyamakuru wa Bwiza TV, witwa Iradukunda avuga ko mbere abakiriya babaga […]

Amadou Toumani Toure wahoze ari Perezida wa Mali yapfuye ku myaka 72

Gen. Amadou Toumani Toure wahoze ari Perezida wa Mali, washimiwe imbaraga yashyize mu gukurikira demokarasi muri iki gihugu mbere yo guhirikwa ku butegetsi n’abasirikare mu 2012, yapfuye ku myaka 72 nk’uko byatangajwe n’umuryango we kuri uyu wa Kabiri. Mwishywa we witwa Oumar Toure yabwiye AFP ati: “Amadou Toumani Toure yapfiriye mu ijoro ryo kuwa Mbere […]

Rusesabagina yavuze ko umunyamategeko yasigaranye ari muri Tanzania

Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha 13 yasubiye imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2020, asobanura ko umunyamategeko Me Gatera Gashabana yasigaranye, ari muri Tanzania. Yabitangaje mu gusobanura impamvu agomba guhabwa ikindi gihe cyo kujuririra inyongera y’igifungo cy’agateganyo yakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, bitewe n’uko nta banyamategeko bamwunganira afite. Rusesabagina yasobanuye ko impamvu […]

Twibukiranye uko APR FC yigeze gusezerera Gor Mahia iyandagaje

Tombora y’uko amakipe agomba guhura mu ijonjora ry’ibanze rya Total CAF Champions league yabereye i Caïro mu Misiri ku munsi w’ejo, yasize ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda itomboye Gor Mahia y’i Nairobi muri Kenya. Gor Mahia ikipe ya APR FC yatomboye, ni imwe mu makipe azwi hano mu Rwanda dore ko ikunda guhura […]

Inshinge za cabotegravir 89% zikora neza mu kurinda virusi itera sida ku bagore – UNAIDS

Ubushakashatsi bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku kurwanya Sida (UNAIDS) buherutse gushyirwa ahagaragara burerekana ko urushinge rwa cabotegravir rufite ubushobozi hafi 90% bwo gukumira ubwandu bwa virusi itera SIDA ku bagore. Mu itangazo yashyize ahagaragara UNAIDS yanejejwe n’ibyavuye mu bushakashatsi bwerekana ko imiti igabanya ubukana ya cabotegravir, iterwa mu nshinge buri mezi abiri, irinda virusi itera […]

Ibihano bikakaye ku Murundi uzafatwa yinjiza ibiribwa mu Rwanda cyangwa RDC

Umuyobozi w’Intara ya Cibitoke mu Burundi, Bizoza Garême, yatangarije abaturage ayoboye ibihano bikakaye ku uzafatwa agerageza kwinjiza ibiribwa mu bihugu bituranyi. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryo ku wa 22 Nzeri 2020, uyu muyobozi yavuze ko hafashwe iyi ngamba mu rwego rwo gusigasira umusaruro n’ubutunzi bw’intara ya Cibitoke. Ati: “Kirazira kikaziririza kwambukana ibiribwa mu bihugu duhana […]

Ingurube zisaga 350 zimaze guhitanwa n’indwara yadutse iri kuzibasira

Icyorezo cya Swine Erysipelas kimaze guhitana ingurube zigera kuri 379, cyangwa 0,67% by’ingurube 56,706 zibarurwa mu turere twibasiwe n’iki cyorezo ari two; Rwamagana, Kicukiro, na Gasabo, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kivuga. Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu kuri uyu wa Mbere, RAB ivuga ko iyi ndwara yitwa na none […]

Dr. Mukwege yahishuye ko yifuza indi ‘Rapport Mapping’

mukwege3.jpg

Muganga wamamaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr. Denis Mukwege kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020, yahishuye ko yifuza indi raporo (Rapport Mapping) ivuga ku bibazo by’umutekano muke byaranze igihugu cye. Ni nyuma y’aho mu 2010 hasohotse indi yabanje, yakozwe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye k’Uburenganzira bwa muntu, yavugaga ku byaha by’intambara byakorewe ku butaka […]