Uko Ingabo z’u Burundi zashutse Abanyamulenge mbere yo gutangira kubakorera amabi

FiU9LbGXkAAkuzN

Umunyapolitiki Me Moise Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umusenateri, yagaragaje uburyo ingabo z’u Burundi zikomeje gukorera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge igisa n’ubukoloni bushya, anamagana ibyaha byibasira inyoko muntu ziriya ngabo zikomeje gukorera ku butaka bwa Congo. Nyarugabo mu kiganiro yanyujije kuri BWIZA TV ku wa Gatanu tariki […]

Umuhanzikazi Olisha yapfuye abyara

Olisha M edited

Amarira n’akababaro byasakaye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda nyuma y’inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Olisha M, umwe mu bahanzi b’abagore bari batangiye kwigarurira imitima ya benshi mu njyana ya Afrobeat n’urukundo. Amakuru yemejwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo MBU Uganda, avuga ko Olivia Mildred Namubiru wamenyekanye nka Olisha M, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya […]

Amerika yafatiye ibihano Perezida wa Colombia

AP25297693034982

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025 ko ishyizeho ibihano bikomeye kuri Perezida wa Colombia Gustavo Petro, umugore we, umuhungu we Nicolás Petro, ndetse n’Umunyamabanga w’imbere mu gihugu Armando Benedetti aho byatangajwe n’Ikigo gishinzwe ibikorerwa mu bukungu muri Amerika. Amerika ivuga ko aba bayobozi “bananiwe guhagarika ubwiyongere bw’itunganywa […]

Madagascar: Andry Rajoelina wahiritswe ku butegetsi yambuwe ubwenegihugu 

tananarivo retire la nationalite a l ex president andry rajoelina 5817 1306984

Leta ya Madagasikari yatangaje ko yambuye uwahoze ari Perezida Andry Rajoelina ubwenegihugu bw’igihugu cye, nk’uko biteganywa n’iteka ryasinywe na Minisitiri w’Intebe Herintsalama Rajaonarivelo, ryasohotse ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu. Ni icyemezo gikomeye cyafashwe na leta ya Madagasikari ku wa Gatanu, tariki ya 24 Ukwakira 2025, leta yatangaje ko uwahoze ari Perezida Andry Rajoelina yambuwe […]

U Rwanda rwasabye u Burundi kureka kubangamira amasezerano y’amahoro rwasinyanye na RDC

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuba u Burundi bufite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biri mu bibangamiye amasezerano y’amahoro rwasinyanye na kiriya gihugu, ibusaba gutera intambwe bukareka “kongera amavuta mu muriro”. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’umuyoboro wa YouTube wa Ukweli Times. Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje […]

Perezida wa Nigeria yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

WhatsApp Image 2025 06 26 at 15.46.32 6799d917

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu yirukanye General Christopher Musa, wari Umugabo Mukuru w’Ingabo za Nigeria, nyuma y’aho havuzwe amakuru y’ibihuha by’igeragezwa ryo gukora coup d’état mu gihugu. Nk’uko byatangajwe n’umujyanama wa Perezida mu by’itangazamakuru, Sunday Dare, izi mpinduka “zigamije gukomeza gushimangira umutekano n’ikwirakwizwa ry’ubunyamwuga mu ngabo za Nigeria.” Perezida Tinubu yahise ashyiraho abayobozi bashya mu […]

Perezida Kagame yakiriye indahiro y’abasenateri barimo Dr. Frank Habineza na Evode Uwizeyimana

20251024 163012

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025, yakiriye indahiro y’abasenateri bashya baheruka kwinjira muri Sena y’u Rwanda, barimo abo aherutse gushyiraho ndetse n’abatowe n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki. Umuhango wo kwakira indahiro y’aba basenateri wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda iherereye ku Kimihurura. Abarahiye ni Prof. Dusingizemungu […]

Burundi: Abanyeshuri 25 ba Green Hills International College batawe muri yombi

FzahQmtXwAI3Jek

Abanyeshuri 25 bo mu ishuri Green Hills International College riherereye mu gace ka Bwoga, mu Ntara ya Gitega mu gihugu cy’u Burundi batawe muri yombi na polisi nyuma y’inyubako y’ubuyobozi y’iryo shuri yafashwe n’inkongi y’umuriro. Aba banyeshuri bakekwaho kwangiza inyubako y’ubuyobozi, irimo n’ibiro by’umuyobozi w’iryo shuri, yahiye burundu, ndetse no kumena amadirishya y’amashuri. Nk’uko byatangajwe […]

Amakipe atatu yo muri Sudani agiye gukina Shampiyona y’u Rwanda 

20251024 114934

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko amakipe atatu akomeye yo muri Sudani yemerewe kuzakina Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka wa 2025–2026. Amakipe yemerewe ni: Al Merrikh S.C, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani zose zo muri Sudani y’Epfo. FERWAFA ivuga ko iki cyemezo kigamije guteza imbere ubufatanye mu karere, kongera urwego […]

Ibiganiro bigamije guhuza ibikorwa byo kurwanya FDLR bizakomeza mu Gushyingo

000 64466M9

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 21 Ukwakira no ku wa Gatatu, itariki 22 Ukwakira 2025, abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo, u Rwanda, Amerika, Qatar, na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yateraniye i Washington, DC, mu nama ya gatatu y’urwego ruhuriweho rwo guhuza ibikorwa by’umutekano (JSCM). Ibiganiro bigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano […]

FBI yafunze abakinnyi 30 n’umutoza

hi res 81225817 crop north scaled

Urwego rw’ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) rwafunze abantu 31, barimo umutoza wa Portland Trail Blazers, Chauncey Billups, n’abakinnyi barimo Terry Rozier wa Miami Heat na Damon Jones wahoze akinira Cleveland Cavaliers. Abo bose bakurikiranyweho kugira uruhare mu bikorwa byo kugena ibiva mu mikino no gukina imikino y’urusimbi mu buryo butemewe, bakoranye n’imiryango […]

MINEMA yateguje icyumweru cy’imvura ikabije ishobora guteza imyuzure

umuhindo

Kuva ku itariki 23 kugeza ku ya 31 Ukwakira, Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), yateguje Abanyarwanda imvura nyinshi ishobora gutera imyuzure n’inkangu basabwa kwitwararika. MINEMA yavuze ko mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi ishobora kugwa muri aya matariki y’impera z’Ukwakira 2025, igira inama Abaturarwanda yo kubahiriza inama zitangwa n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye. Iti:”Irinde urinde n’abandi ukurikize inama […]

Kisangani: Abantu bitwaje intwaro bateye ibitaro barabisahura

Entree de lhopital general de reference de Kabondo

Abagabo bitwaje imbunda bateye ibitaro bikuru bya Kabondo mu mujyi wa Kisangani mu ijoro rishyira ku wa kane, itariki ya 23 Ukwakira, ahagana mu ma saa munani za mu gitondo abarwayi n’abashinzwe ubuzima barahahamuka, abashinzwe umutekano barabohwa, ndetse n’ibintu byinshi biribwa. Byari ijoro riteye ubwoba kuri iki kigo nderabuzima nk’uko byatangajwe na ACTUALITE.CD. Raporo yagejejwe […]

AFC/M23 yakomoje ku biganiro by’ibanga yavuzwemo na Ndayishimiye 

20251024 071437

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko nta biganiro ibyo ari byo byose wigeze ugirana na Leta y’u Burundi bivugwa ko iheruka gusaba kureka imikoranire n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikinyamakuru Africa Intelligence gisanzwe cyandikirwa i Paris mu Bufaransa, giheruka gutangaza ko mu ntangiriro z’uku kwezi Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye i Bujumbura itsinda ry’intumwa za […]

Ishimwe rya Perezida Kagame ku bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko

20251024 062751

Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 23 Ukwakira, yashimiye abantu bose bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko. Ku itariki nk’iyo mu 1957 ni bwo ababyeyi ba Perezida Paul Kagame (DĂ©ogratias Rutagambwa na Asteria Bisinda Rutagambwa) bamwibarutse, ibivuze ko yari yujuje imyaka 68 abonye izuba. Abantu batandukanye biganjemo Abanyarwanda n’abaturanyi bafashe umwanya bifuriza Umukuru w’Igihugu Isabukuru […]

M23 igiye kuvugutira umuti CH-4 za FARDC zimaze iminsi ziyisumbirije

20251021 170748

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ugiye gutangira kurasa drone z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze igihe zirasa ibirindiro byayo no mu duce dutuwe n’abaturage. Kuva mu mezi make ashize AFC/M23 yakunze gushinja ingabo za Leta kuyirasaho zikoresheje drone zo mu bwoko bwa CH-4 Kinshasa yaguze mu Bushinwa. Ibitero by’izi ndege zitagira abapilote […]

Abanyeshuri 25 ba Green Hills barafunzwe 

1761236426468

Abanyeshuri 25 biga muri Green Hills International College yo mu ntara ya Gitega mu gihugu cy’u Burundi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma y’imvururu zikomeye zabaye kuri iyi wa 22 Ukwakira 2025, zikangiza bikomeye ibikoresho by’ishuri. Ahagana saa mbiri z’ijoro, bamwe mu banyeshuri batangiye gukora imyigaragambyo ikomeye, bangiza kamera ya videwo, televiziyo, ndetse bagerageza no […]

Itsinda ry’intumwa zo mu Bwami bwa Eswatini zasuye Polisi y’u Rwanda

IMG 9532

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira, Polisi y’u Rwanda yakiriye ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, itsinda ry’intumwa icyenda (9) zo muri Eswatini ziri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Izi ntumwa ziyobowe na Gideon Mhlongo, Umuyobozi mukuru w’Inama y’igihugu ishinzwe imihanda muri Eswatini, zakiriwe mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda na Commissioner of […]

Abasirikare ba FDNB bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n’amaguru bazira kwishyuza umushahara barwaniye muri RDC

1761221006868

Amakuru ava mu Burundi aravuga ko hari abasirikare b’iki gihugu bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu cyose n’amaguru, bazira kwishyuza amafaranga bakoreye ubwo barimo barwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba basirikare banahoze mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri Somalia, amakuru avuga ko mbere yo guhanishwa kiriya gihano bagombaga gusanga […]

P-Diddy yagabweho igitero muri gereza

1761175519388218607036580667831 1761175537

Umuhanzi w’icyamamare w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya P-Diddy yagabweho igitero muri gereza ya MDC Brooklyn aho afungiye muri iki gihe. Nk’uko byatangajwe n’inshuti ye Charlucci Finney, P-Diddy ngo yabyutse nijoro asanga imfungwa yamufatiye icyuma ku ijosi, hafi yo kumuhitana. Finney yabwiye Daily Mail ko atazi niba abashinzwe umutekano aribo batabaye cyangwa niba […]

Mwenga: Uruganda rwa Twangiza Mining rugenzurwa na M23 rwongeye kugabwaho igitero

Capture 8

Sosiyete ya Twangiza Mining itunganya amabuye y’agaciro ya zahabu, kuri uyu wa kane saa 1:12 za mu gitondo, byongeye kugabwaho igitero n’indege ya gisirikare y’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yarashe ibigega bya lisansi hamwe na ‘groupes Ă©lectrogènes’ zatangaga umuriro nyuma yo gusenya kontineri za Aggrecko zahatangaga umuriro mbere. Igitero cyo […]

Gasabo: Ubushinjacyaha bwakiriye dosiye iregwamo abashinjwa kwica umukecuru bamutwitse

GasaboDist

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa Gatatu, itariki 22 Ukwakira, bwakiriye dosiye iregwamo abagabo babiri bakekwaho kwica umukecuru w’imyaka 71 bamutwikishije lisansi.  Icyaha bakekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 mu Mumudugudu wa Kamusengo, Akagari ka Indatemwa, Umumurenge wa Rutunga, mu Karere ka Gasabo ubwo uyu mukecuru bamumenagaho lisansi bakamutwika akajyanwa kwa muganga […]

Jacob Zuma yategetswe kwishyura leta cyangwa agaterezwa cyamunara

FQ336E3EFZKJJAYNWMR7Z4DWRE

Urukiko Rukuru rwa Pretoria rwategetse uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo Jacob Zuma kwishyura R28.9 miliyoni (miliyari 2 Frw) ku biro by’umushinjacyaha wa Leta kuko ari amafaranga yagiye akoreshwa mu manza zaregwaga Zuma ku giti cye. Aya mafaranga akubiyemo n’inyungu azunguka kugeza yishyuwe yose. Urukiko rwavuze ko niba Zuma atishyuye mu minsi 60 uhereye igihe […]

Polisi yarashe mu kico umwarimu wari uri mu myigaragambyo

900x506 cmsv2 5e89c9ab a213 5fe0 bbe4 baf8ac9fbc5b 9522033

Mu gihugu cya Cameroun, umwarimu witwa Zouhairatou Hassana yarashwe arapfa mu mujyi wa Garoua ku wa kabiri, ubwo habaga imyigaragambyo ikaze ikurikiye amatora ya perezida yateje umwuka mubi hagati ya Perezida Paul Biya n’umukandida utavuga rumwe na we, Issa Tchiroma. Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko amasasu yarashwe n’umupolisi, ubwo abigaragambyaga basabaga ko amajwi y’amatora asubirwamo. […]

RDC: Umunyamerika arashinja abashinzwe kurinda perezida kugerageza kumwivugana

WhatsApp Image 2022 02 12 at 10.03.34

Umunyamerika ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Nyembo JosuĂ© Kalonji, yitabaje Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamagana umugambi wo kugerageza kumwica ndetse n’ibitero yagabweho kenshi n’abasirikare barinda perezida. Bivugwa ko ibyo bikorwa byabaye ku itariki ya 11 Kanama, iya 17 Nzeri, ndetse na 25 Nzeri 2025, i Ngaliema (Basoko), aho bivugwa ko […]

U Rwanda na RDC byateye indi ntambwe igana ku gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi 

rdc 25 dd3e4 f2d13

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byamaze gutera intambwe igana ku gusenya umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe. Byatangajwe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos, nyuma y’inama ya gatatu y’urwego ruhuriweho […]

Minisitiri w’ingabo yagaragaje ko ubufatanye mu mahugurwa ari ingenzi mu kubaka ahazaza ha Afurika

csm 1 0c973aa949

Inama mpuzamahanga yari imaze iminsi ibiri ibera i Kigali yahuje abagaba b’ingabo zirwanira ku butaka, yasojwe n’ibiganiro by’ingirakamaro byakanguriye abayobozi b’Afurika kugira uruhare rugaragara n’ubufatanye mu guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano bikibangamiye iterambere ry’umugabane.Yasojwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda. Iyi nama yagaragaje umuhate wa Leta y’u Rwanda mu guteza imbere ubufatanye mu […]

FERWAFA yahagaritse abasifizi barimo ‘Cucuri’

WhatsApp Image 2025 10 22 at 23.45.15 3e3f8cef

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahagaritse abasifuzi batatu barimo Ishimwe Claude uzwi nka Cucuri, nyuma yo gukora amakosa mu mikino ya shampiyona y’u Rwanda baheruka gusifura. Abahagaritswe barimo Habumugisha Samuel wasifuye umukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona Gasogi United yaguyemo miswi na Rayon Sports ibitego 2-2. Uyu musifuzi yahagaritswe mu […]

Igipolisi cy’u Budage cyarasanye n’abasirikare bari mu myitozo

6506846

Kuri uyu wa Gatatu ushize, abayobozi bavuze ko umusirikare yarashwe n’abapolisi ubwo yari mu myitozo minini y’Igisirikare cy’u Budage (Bundeswehr), mu mujyi wa Erding wo mu majyepfo ya Bavaria. Umuvugizi w’ubuyobozi bukuru bwa Bundeswehr yatangarije itangazamakuru ry’u Budage ko kwibeshya kwatumye habaho kurasana hagati y’abasirikare bitabiriye imyitozo n’abapolisi bari bahamagawe n’abaturage baho. Uyu musirikare warashwe […]

Gasabo:Uwishe mugenzi we bakoranaga amuziza imyenda yarakatiwe

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 3

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, mu ntangiriro z’icyumweru rwasomye urubanza mu mizi rw’umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wari ukurikiranyweho kwica mugenzi we bakoranaga mu igaraje amunize.  Ni icyaha cyakozwe ku itariki ya 02 Kanama 2025, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata, Akagari ka Karuruma ubwo uregwa yagiranaga amakimbirane na mugenzi we akamufata akamuniga kugeza apfuye nk’uko […]

ZAMBIA: Abagabo bashinjwa kuroga Perezida bakatiwe

images 17

Urukiko rwa Zambia rwakatiye abagabo babiri imyaka ibiri y’igifungo nyuma yo kubahamya icyaha cyo gukoresha uburozi, buzwi nka juju, mu mugambi wo kwivugana Perezida Hakainde Hichilema. Aba bagabo, Leonard Phiri, Umunyazambiya, na Jasten Mabulesse Candunde wo muri Mozambique, bahamwe n’icyaha hashingiwe ku mategeko ahana ibikorwa by’uburozi muri Zambia (Witchcraft Act). Polisi yabafashe mu Ukuboza 2025 […]

Ingabo z’u Rwanda zahawe imidari y’ishimwe muri Sudani y’Epfo

csm 1 4a2d480dbe

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (RWANBATT-3 na RAU-13) zahawe imidari y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera ibikorwa by’indashyikirwa zakoze mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Bahawe iyi midali mu muhango wabereye mu kigo cya gisirikare cya Durupi, hafi y’umurwa mukuru Juba. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo, […]

Umujyanama wa Trump mu by’ukwemera ategerejwe mu Rwanda

1761143594917

Umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ukwemera, Pasiteri Paula White, agiye kugirira uruzinduko mu bihugu bine byo mu karere k’ibiyaga bigari, birimo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha k’Ugushyingo, ni bwo uriya muvugabutumwakazi wahawe inshingano zo kugira Perezida Donald Trump inama mu bijyanye […]

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano iravuza ubuhuha hagati ya M23 na FARDC muri Businga

IMG 20250827 WA0002

Kuri uyu wa Kabiri ushize habaye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za M23 na Wazalendo i Businga, agace gaherereye hagati ya Nyangezi na Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, imirwano yongeye kubura muri Businga kandi iracyakomeza kugeza na n’ubu twandikaga iyi nkuru nk’uko bitangazwa n’urubuga TazamaRDC. Mu gace ka […]

Tshisekedi yashyizeho umusimbura wa Gen. Mwaku wapfiriye muri Uvira

20251022 160247

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyizeho umuyobozi w’akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uw’ibikorwa bya gisirikare bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bizwi nka OpĂ©rations Sokola 2. GĂ©nĂ©ral de Brigade Ilunga Kabamba Jean-Jacques ni we wahawe kuyobora akarere ka […]

Masisi: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo/FARDC muri Kazinga

66324315 605

Umujyi wa Kazinga, mu murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 22 Ukwakira, hari kubera imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo. Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko AFC / M23 ari yo yatangije imirwano nubwo yo ntacyo irayivugaho. […]

Ibirego bishyikirizwa Umuvunyi byiyongereyeho 45% muri uyu mwaka

G3zHzwjXIAAiund

Ibiro by’Umuvunyi byatangaje ko by’ibirego byakiriwe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025 byiyongereyeho 45%, nk’uko raporo y’uru rwego ya buri mwaka yashyikirijwe Inteko Ishinga Amategeko ku itariki ya 21 Ukwakira ivuga. Raporo yerekanye ko ibirego 2.305 byakiriwe kandi bigakemurwa binyuze mu nyandiko zanditse no mu bikorwa byo kuri terrain, ugereranije n’ibirego 1.587 byakiriwe mu 2024. […]

Rurageretse hagati ya KNC n’umusifuzi Umutoni Aline

IMG 20251022 WA0011

Umusifuzi mpuzamahanga Umutoni Aline yatangaje ko agiye kurega Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), nyuma y’amagambo uyu muyobozi yavuzeho amushinja kuba yaravuganye n’abantu bashobora kuba baragize uruhare mu buriganya bw’umukino Gasogi United yanganyijemo na Bugesera FC 0-0. Mu kiganiro cya Radio & TV1 cyitwa “Rirarashe” cyatambutse ku wa 21 Ukwakira 2025, KNC yavuze […]

Ibindi bitero bya Drones za FARDC byibasiye M23 muri Masisi na Walikale 

A245 2

Umutwe wa M23 wongeye gushinja ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” two muri za Teritwari za Masisi na Walikale, zikoresheje drones z’intambara. Ni ibitero umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka yavuze ko byagabwe mu duce twa Nyarushyamba muri Teritwari ya Masisi na Kashebere ho muri […]

Undi muyobozi wa CHADEMA yafunzwe

Screenshot 20251022 1040532

Umuyobozi wungirije w’Ishyaka rya Demokarasi n’Amajyambere (CHADEMA), John Heche, yatawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ubwo yari hanze y’Urukiko Rukuru rwa Tanzania aho yari agiye gukurikirana urubanza rwe n’urwa bagenzi be bo muri CHADEMA, ndetse n’urubanza ku cyaha cy’ubugambanyi gishinjwa Tundu Lissu, umuyobozi w’iri shyaka. Nk’uko byatangajwe na John Mnyika, Umunyamabanga […]

Ukraine yibasiye uruganda rw’ibiturika mu Burusiya

ukraine 20102024 01 1729433191

Ukraine ivuga ko yagabye igitero kinini cya misile n’igitero cy’indege ku ruganda rukora ibiturika (explosives) mu Karere ka Bryansk mu Burusiya ivuga ko ari ingenzi cyane mu nganda z’intambara za Moscou. Igisirikare cya Kyiv cyavuze ko misile za Storm Shadow zanyuze ku bwirinzi bw’ikirere by’u Burusiya, nubwo ibyagezweho muri iki gitero bikiri gusuzumwa. Hagati aho […]

RDF na Croix Rouge baganiriye ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihe cy’intambara

csm 1 c4897f8ac2

Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare (ICRC), uyu munsi bakoze inama y’umunsi umwe yiga ku mategeko mpuzamahanga yubahirizwa mu gihe cy’ intambara. Iyi nama yabereye i Kigali,  yari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Amategeko Mpuzamahanga yubahirizwa no kurengera abasivili mu ntambara z’iki gihe.” Iyi nama yahuje abahagarariye inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ingabo, Minisiteri […]

Perezida wa Côte d’Ivoire yarakariye ba minisitiri be

20251022 084611

Amakuru aturuka muri CĂ´te d’Ivoire aravuga ko Perezida Alassane Dramane Ouattara, akaba n’umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi RHDP, ari mu mujinya mwinshi kubera bamwe mu ba minisitiri be. Nk’uko byatangajwe n’umwe mu bantu begereye Perezida wavuganye n’ikinyamakuru Nouvelles Afrique ariko agasaba kudatangazwa amazina ku mpamvu z’umutekano, Perezida Ouattara ababajwe cyane n’uko bamwe mu bagize guverinoma […]

FARDC yavuze ku makuru y’uko yatangiye guhungishiriza intwaro zayo ziremereye i Bujumbura

Gk9iYk WAAEbhXV

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyahakanye amakuru avuga ko cyatangiye guhungisha intwaro zacyo ziremereye kizivana mu mujyi wa Uvira zijyanwa i Bujumbura mu Burundi. Amakuru avuga ko FARDC yatangiye guhungisha izi ntwaro nyuma yo kumenya ko isaha n’isaha M23 ishobora kwigarurira umujyi wa Uvira imaze igihe igose bikarangira izifashe. FARDC ibinyujije muri […]

Kagame yakiriye abayoboye ibigo biyoboye mu ikoranabuhanga mu itumanaho muri Afurika

G3yoV9PWAAAkXem

Perezida Kagame yakiriye kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, abayobozi ba Airtel, Axian Telecom, Ethio Telecom, MTN, na Orange bagize itsinda G6, ihuriro riyoboye ry’imiyoboro ya telefone ngendanwa muri Afurika rikorana na GSMA mu kwihutisha impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga ku mugabane.   Iri huriro ryibanda ku ivugurura rya politiki, ishoramari ry’ibikorwa remezo, no kubungabunga […]

CH-4 za FARDC yarashe kuri M23 i Nzibira na Mpeti 

20251021 170748

Umutwe wa AFC/M23 watanze impuruza, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryongeye kwica agahenge impande zombi zumvikanye. Muri uku kwezi ni bwo AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basinyiye i Doha muri Qatar amasezerano y’agahenge, banemeza gishyiraho urwego rugomba gukurikirana iyubahirizwa ry’ako. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence […]

Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda

G3u4S99XIAANdrf

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 20 Ukwakira 2025, General Pierre Schill, Umugaba w’Ingabo z’u Bufaransa zirwanira ku butaka, yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Maj. Gen. Vincent Nyakarundi, ku cyicaro cya RDF ku Kimihurura. Mbere y’ibiganiro byabo, Gen.Schill yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDF, General Mubarakh Muganga. Ibiganiro byombi byibanze ku gushimangira ubufatanye buriho hagati […]

Rutshuru: Inyeshyamba za Wazalendo zateye ibirindiro bya AFC/M23 muri Tongo

56907088 902

Abantu bitwaje intwaro bivugwa ko ari inyeshyamba za Wazalendo bagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Tongo, Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko igitero cyibasiye ibirindiro bya Bungushu, mbere yo kwimukira […]

‘Umuhanuzi’ Bucyanayandi wasabaga abantu amafaranga ngo badapfa yatawe muri yombi 

20251021 121314

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije na Polisi y’Igihugu, bataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugamutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by’urupfu, indwara  cyangwa ngo bakubirwe inshuro 5 ibyo batanze nk’ituro. RIB ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko uyu mugabo afungiye kuri Station yayo ya […]

Mutatsineza ushinjwa kwica umugabo we yajuririye igifungo cya burundu yahawe

FutedStWIAA3vC4

Umugore w’imyaka 27, Assoumpta Mutatsineza, wakatiwe igifungo cya burundu kubera uruhare yagize mu iyicwa ry’umugabo we, Theogene Twagiriezu, yajuririye igihano yahawe hamwe n’abafatanyacyaha be bane. Muri Gicurasi 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze Mutatsineza n’abandi bane, Alphonse Uyisenga, Vianney Rubabaza, Evariste Ndizihiwe, na Athanase Habiryayo, bahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa rya TwagiragĂ©su, ryabaye […]

U Rwanda na RDC mu biganiro bishya kwa Trump

000 64466M9

Intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva ku wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira ziteraniye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu nama ya gatatu y’urwego ruhuriweho rw’umutekano rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena uyu mwaka. Ni inama byitezwe ko ishobora kuba intambwe ikomeye […]

Misiri yibitseho izindi ndege z’indwanyi zigezweho zikorerwa mu Bufaransa

559585550 1322942636510389 16709051760562743 n

Ingabo zirwanira mu kirere za Misiri (EAF) zakiriye izindi ndege eshatu z’indwanyi za Rafale zikorerwa mu Bufaransa n’uruganda Dassault Aviation, zatumijwe mu masezerano ya miliyari 4 z’amayero yasinywe mu 2021. Izi ndege eshatu z’indwanyi za Misiri zakiriwe mu ntangiriro z’uku kwezi kandi zirimo ebyiri z’umwanya umwe wa pilote (EM10 na EM11) n’imwe imyanya ibiri (DM21). […]

Perezida Kagame yatangije inama mpuzamahanga y’abagaba b’ingabo zirwanira ku butaka

f57f150b f2bb 4374 9dc7 c6658dcb2bdb

Mu gitondo cyo kuri yu wa Kabiri, itariki 21 Ukwakira, Perezida Kagame yafunguye Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku Butaka, yahuriyemo abayobozi b’ingabo zirwanira ku butaka n’abayobozi b’ingabo baturutse mu bihugu birenga 30 bya Afurika ndetse no hanze yaho kugira ngo baganire ku ngamba zo kuzamura amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika. Abitabiriye inama nyobozi […]

RDC: AimĂ© Boji wari minisitiri w’inganda yeguye ku mirimo ye

20251020 220322

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 20 Ukwakira, Minisitiri w’Inganda wa RDC, AimĂ© Boji Sangara, yatanze ubwegure mu bagize guverinoma ya Minisitiri w’Intebe, Suminwa Judith. Uku kwegura kwaje nyuma yo kwemezwa n’ubuyobozi bukuru bw’ihuriro riri ku butegetsi, Union SacrĂ©e, nk’uko amakuru yizewe agera kuri mediacongo.net yabitangaje. Nk’uko benshi mu babikurikiranira hafi babitangaje, ukwegura k’uyu wari […]

Sudan: Drones yaturikije ikibuga cy’Indege cya Khartoum

khartoum airport jpg

Abaturage bo mu murwa mukuru wa Sudani bavuze ko bumvise amajwi ya drones n’urusaku rw’iturika mu gice kiri hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, umunsi umwe mbere y’uko ubuyobozi bwa Sudani bufungura ikibuga ku ngendo z’imbere mu gihugu nyuma y’imyaka 2 gifunze. Abatangabuhamya babwiye AFP ko ayo majwi […]

Umugore wa mbere yabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani

74413607 803

Mu mateka y’Ubuyapani, Sanae Takaichi w’imyaka 64 yemejwe kuba Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore nyuma yo guhabwa uburenganzira n’Umwami Naruhito ku wa kabiri. Takaichi, uyobora Ishyaka ry’Abademokarate ba Liberal (LDP), yabonye intsinzi mu matora yabaye mu nteko ishingamategeko, aho yegukanye ijambo rikomeye mu cyiciro cya mbere cy’amatora mu Nteko y’Abadepite. Takaichi yasezeranye gushyiraho guverinoma ifite […]

Congo: Urupfu rw’umwalimu wamenyekanye kuri TikTok ruri gushengura benshi

69395020 adf2 11f0 b2a1 6f537f66f9aa.jpg

Minisiteri y’Uburezi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko ari “agahinda gakomeye” kumenya urupfu rwa Bonette Élombe, umwalimu w’ishuri ribanza wabaye icyamamare kubera amashusho yashyiraga ku rubuga rwa TikTok, agaragaza umuhate n’urukundo yashyiraga mu myigishirize ye. Ibinyamakuru byo muri Congo byanditse ko Élombe wigishaga ku ishuri Yolo Sud i Kinshasa yari amaze ibyumweru bicye […]

Trump agiye kugabanyiriza igihano P-Diddy 

416fe37e5aa34486be45a99675c43413 md

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aratekereza kugabanyiriza igihano umuhanzi w’icyamamare Sean “Diddy” Combs, muri iki cyumweru, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi bakuru muri White House. Diddy, ubu ari mu gihano cy’amezi 50 (ni ukuvuga imyaka ine n’amezi abiri), yakatiwe azira kurenga ku itegeko rya Mann Act, rigenga urujya n’uruza rw’abantu ku […]

Perezida ushaje kurusha abandi ku Isi yongeye gutsinda amatora

jad20251014 ass cameroun presidentielle rdpc

Komisiyo ishinzwe amatora muri CamĂ©roun, yatangaje ko umukambwe Paul Biya umaze imyaka 43 ayobora iki gihugu ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu minsi umunani ishize. Iyi Komisiyo yatangaje ko Biya w’imyaka 92 y’amavuko yatsinze ku majwi ari hagati ya 53 na 54%, ibivuze ko uyu Perezida ukuze kurusha abandi ku Isi agomba gukomeza […]