Kigali: Davido yashatse gusohoka muri Hoteli atishyuye

markup 28685

I Kigali mu mpere z’icyumweru habaye ikibazo gikomeye hagati ya Davido na hoteli yari acumbitsemo, ubwo uyu muhanzi yashatse gusohoka muri hoteli atishyuriye ibyo we n’itsinda rye bari bakoresheje nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru UkweliTimes. Amakuru yatanzwe n’umuntu wari hafi aho wahisemo kudatangazwa amazina ku mpamvu z’umutekano yemeza ko ku wa 6 Ukuboza 2025 Davido n’itsinda ryamuherekeje […]

FARDC yasubiranye na Wazalendo muri Kivu y’Amajyepfo, hapfa benshi

20251208 091411

Abantu 36 ni bo byamekanye ko baguye mu mirwano yasakiranyije abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, mu gace ka Sange gaherereye muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imirwano yabaye ku Cyumweru tariki ya 7 Ukuboza 2025. Amakuru aturuka muri aka gace, avuga […]

Miss Kalimpinya Queen yegukanye Shampiyona y’u Rwanda 

whatsapp image 2025 12 07 at 9.29 09 pm 482cb

Nyuma y’amezi arindwi y’imikino itanu ikomeye, Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa mu modoka yabonye umuryango mushya w’ubatwara igikombe: Kalimpinya Queen. Uyu mukobwa wahoze ari igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017 yegukanye iri rushanwa ku wa 6 Ukuboza 2025, ubwo yari kumwe na Ngabo Olivier, batsindaga isiganwa rya Rallye des Mille Collines ribera mu Karere […]

Darest wo muri Juda Muzik yarongoye (Amafoto)

054a7124 0eba0

Ishimwe Prince, uzwi cyane nka Darest wahoze aririmba mu itsinda Juda Muzik, yakoze ubukwe n’umukunzi we Iradukunda A. Souvenir, utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Imihango yo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana yabereye Golden Garden i Rebero ku wa 7 Ukuboza 2025, mbere y’uko abageni bakira abari bitabiriye. Ubukwe bwitabiriwe n’abantu […]

P. Kagame yatanze umucyo ku watumye ibiganiro ku bibazo bya Congo byaberaga muri Afurika bijyanwa mu mahanga

afp 20251204 876b4dv v1 midres usrwandadrcdiplomacytrump

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibiganiro ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari bimaze igihe bibera i Luanda na Nairobi byajyanwe hanze y’umugabane wa Afurika, ku busabe bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Umukuru w’Igihugu yemeje ayo makuru mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni ikiganiro Perezida Kagame yahaye kiriya gitangazamakuru, […]

Loni yongeye kwibasira u Rwanda

csm 5 6a441436ec

Mu gihe ku wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, DRC n’u Rwanda byemeje amasezerano i Washington, agamije guhagarika amakimbirane mu burasirazuba bwa DRC, raporo y’igihembwe y’abashakashatsi bashyizweho n’Akanama gashinzwe Umutekano ka Loni irenda gusohoka. Aba bashakashatsi baremeza ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) zagize uruhare rutaziguye muri ibyo bikorwa bya M23 byo kurwanya inyeshyamba za FDLR. […]

Uvira: FARDC iravuga ko yafashe intasi 3 za AFC/M23

trois presumes espions du m23 afc arretes par les fardc a luvungi pht ks 07 dec 2025 jpg 711 473 1

Ku Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza 2025, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko hafashwe abantu batatu bakekwaho kuba intasi zifitanye isano n’inyeshyamba za AFC/M23 i Luvungi, muri Teritwari ya Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko byatangajwe na Lieutenant Mbuyi Kalonji Reagan, Umuvugizi wa Operation Sukola 2 Kivu y’Amajyepfo, ngo aba batawe […]

ECOWAS igiye kohereza ingabo muri Benin nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi

afp.com 20030217 PH PAR APP2003021733001 highres 1690891377

Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) ku Cyumweru wategetse kohereza ingabo z’akarere muri Bénin nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi. Nk’uko byatangajwe na ECOWAS, ngo ingabo zizaba zirimo abasirikare baturutse muri Nigeria, Sierra Leone, Cote d’Ivoire, na Ghana. Itangazo rivuga ko izo ngabo zizafasha guverinoma n’Igisirikare cya Bénin “kubungabunga umutekano w’itegeko nshinga n’ubusugire bwa Repubulika […]

Benin: Abantu 14 batawe muri yombi bashinjwa kugerageza coup d’etat

Screenshot 2025 12 07 at 12.03.19 PM 1765098223

Kuri iki Cyumweru, Guverinoma ya Benin yavuze ko ingabo zayo zahagaritse umugambi wo guhirika ubutegetsi nyuma y’uko itsinda ry’abasirikare bo muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba bavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko bafashe ubutegetsi. Abantu 14 batawe muri yombi. Kugerageza guhirika ubutegetsi niko guheruka muri ako karere, kamaze iminsi kabamo guhirika ubutegetsi mu baturanyi ba Benin […]

Masisi: Drones ziri kurasa ubutitsa ibirindiro bya AFC/M23 n’ibice igenzura

rdc drone

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza, mu mujyi wa Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyateye ibisasu ku birindiro bibiri bya AFC / M23. Ngo ni ibirindiro biri ku gasozi k’ingenzi ka Kahongole gateganye na komini ya Masisi y’icyaro, n’ibirindiro biri hafi y’ibiro by’ubuyobozi bwa teritwari. Nk’uko amakuru […]

Kayonza: Abagize Komite Nyobozi y’Akarere barimo Meya Nyemazi bahagaritswe

G7jnPNMXcAADit

Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Kayonza barimo Umuyobozi w’Akarere Nyemazi John Bosco birukanwe ku mirimo yabo. Usibye Umuyobozi w’Akarere, Nyemazi John Bosco, abandi RBA itangaza ko birukanwe ni Munganyinka, Hope, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu na Harelimana Jean Damascène, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage. Itangazo ry’akarere rivuga ko aba bayobozi bahagaritswe kubera […]

Twirwaneho irigamba guhanura kajugujugu yakoreshwaga n’abacanshuro

e3acd730 d49e 4313 b388 35c043f01f78 1

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uravuga ko ari wo wahanuye indege ya kajugujugu yakoreshwaga n’abacanshuro b’abazungu mu gutera amabombe mu bice bituwe mu biturage birimo Mikalati na Mikenke. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 7 Ukuboza 2025, MRDP-Twirwaneho, ivuga ko “Igisirikare cy’u Burundi kitabaje kajugujugu 3 zitwawe n’abacanshuro b’abazungu, zarashe amabombe mu midugudu ya Mikalati, […]

Afurika y’Epfo: Abantu 11 biciwe mu kabari

2025 12 06T154504Z 486299498 RC21BIAFBJ9G RTRMADP 3 SAFRICA CRIME 1024x683 1

Nibura abantu 11 bishwe barimo umuhungu w’imyaka itatu, nyuma y’amasasu yarasiwe kuri uyu wa Gatandatu mu kabari katemewe mu Mujyi wa Pretoria wo muri Afurika y’Epfo, aho igipolisi gikomeza kivuga ko batangiye guhiga abantu batatu bakekwaho icyaha batamenyekanye. Abandi bantu 14 bakomeretse muri ubu bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Saulsville, nk’uko igipolisi cyabitangaje mu itangazo […]

Benin: Haravugwa ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Patrice Talon

G7jWAO6XgAAvPbV

Amakuru aturuka mu gihugu cya Benin aravuga ko kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza 2025, muri Bénin habaye kugerageza guhirika ubutegetsi.Umutwe w’abasirikare wavuze ko wafashe ubutegetsi i Cotonou maze ukuraho Perezida Patrice Talon. Mu itangazo ryanyujijwe inshuro nyinshi kuri SRTB (umuyoboro wa televiziyo y’igihugu ya Benin), abasirikare batangaje iseswa ry’inzego za Leta ndetse n’ikurwaho […]

FARDC yongeye gukozanyaho n’inyeshyamba za Mai-Mai Simba muri Lubutu

FARDC au front

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe witwa “Mai-Mai Simba”, uyobowe n’uwiyise General Bukui, ahitwa Lubutu, mu Ntara ya Maniema. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, kurasana hagati y’impande zombi byatangiye saa munani z’amanywa ku isaha yo mu Mujyi […]

Lt. Col Manirakiza wa FDNB yakomerekeye bikomeye mu mirwano na AFC/M23

20240614053843000000 scaled

Umuyobozi wa batayo ya 18 y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Col Manirakiza Patrice, yakomerekeye mu mirwano yasakiranyije ingabo yari ayoboye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Lt. Col Manirakiza yakomerekeye mu mirwano yabereye mu gace ka Luvungi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ejo ku wa Gatandatu tariki ya […]

AFC/M23 yongeye gusaba u Burundi kuvana bwangu ingabo zabwo muri RDC

images 2

Umutwe wa AFC/M23 wongeye gusaba igihugu cy’u Burundi gucyura “by’aka kanya kandi nta mananiza” ingabo zabwo ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko kuhaba kwazo biteje ikibazo gikomeye ku mutekano wa kiriya gihugu n’uw’akarere. U Burundi kuva muri 2023 bufite mu burasirazuba bwa RDC ingabo zirenga 10,000 ziyongeraho abarwanyi bo mu mutwe […]

Nyabihu: RIB yafashe umuyobozi ushinzwe imirimo mu karere

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruravuga ko rwataye muri yombi Twagirayezu Jean Paul, Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na RIB muri iku gitondo cyo ku Cyumweru rivuga ko akurikiranweho ibyaha byo kwigwizaho umutungo no kutawumenyekanisha ku Rwego rw’Umuvunyi nkuko biteganywa n’amategeko. Ubu uyu afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo […]

Gabiro: Gen. Mubarakh yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo ya Advanced Infantry Course

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa y’Ingabo ku rwego rwa Brigade yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare cya Gabiro.   Iyo Brigade yari imaze amezi atanu n’icyumweru kimwe mu mahugurwa yisumbuye y’ ingabo zirwanira ku butaka (Advanced Infantry Course). Mu ijambo rye, Gen Mubarakh yashimiye abasirikare barangije […]

Inyeshyamba za Twirwaneho na AFC/M23 zikomeje gufata imisozi ikikije Uvira

MONUSCO1

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Ukuboza, abarwanyi ba Twirwaneho, bafatanya na AFC / M23, bigaruriye umujyi wa Rurambo, umujyi wo mu misozi ya Uvira, nyuma y’imirwano bagiranye na Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi. Ku wa Gatanu, imirwano yari yamaze gukomera hagati y’impande zirwanira muri ako karere. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko inyeshyamba […]

U Buhinde: Abantu 23 barimo ba mukerarugendo bapfiriye ku kabyiniro

da8502f upload 1 hdax0bhgfefr da8502f upload 1 nuazlh90mapu screen shot 2025 12 06 at 3 42 02 pm

Abayobozi mu Buhinde baravuga ko byibuze abantu 23 baguye mu nkongi y’umuriro mu kabyiniro (nightclub) kazwi cyane mu karere ka Goa. Benshi mu bahuye n’insanganya ngo ni abakozi muri ako kabyiniro gaherereye Arpora, mu majyaruguru ya Goa, mu gihe ba mukerarugendo, batavuzwe umubare, nabo bari mu bapfuye.   Polisi yemeza ko icupa rya gaz ryaturikiye […]

AFC/M23 yafashe Luvungi, FARDC na FDNB bakwira imishwaro

20251204 163510

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza wigaruriye agace ka Luvungi gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. M23 yafashe Luvungi nyuma y’iminsi itanu yari imaze iyirwaniramo mu buryo bukomeye n’ingabo zirimo iza Leta ya RDC (FARDC), iz’u Burundi […]

Imirwano ya M23 n’abarimo FDNB igeze ku munsi wa 5: Amakuru avugwa ku rugamba

20251206 122411

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza 2025, imirwano yakomeje gusakiranya ingabo zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano igeze ku munsi wayo wa gatanu yikurikiranya, nyuma y’iminsi ine y’indi ikomeye yasakiranyije AFC/M23 n’ihuriro ririmo FARDC, Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR. Kuri ubu […]

Ni iki cyatumyevJuno Kizigenza na Ariel Wayz basomanira muri Arena 

4 whatsapp image 2025 12 05 at 22.02 12 5dbae164 98d59

Mu gitaramo cya Davido cyabereye muri BK Arena ku wa 5 Ukuboza 2025, Juno Kizigenza na Ariel Wayz bemeje abafana ubwo basomaniraga ku rubyiniro, ibintu byahise byongera amarangamutima y’abari babyitabiriye. Nyuma y’iki gikorwa cyavugishije benshi, Juno Kizigenza yasubije abanyamakuru avuga ko byatewe n’umunezero bari bafite icyo gihe. Yagize ati: “Ni uko twari twishimye cyane.” Ariel […]

The Ben ari Dubai 

whatsapp image 2025 12 06 at 07.59 45 0fe2e

Umuhanzi The Ben wari utegerejwe n’Abanyarwanda batuye Dubai, yahageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nyuma yo kubanza kwitabira ibirori bya Zacu Gala byabereye i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025, mu rwego rwo kubahiriza gahunda yari yemereye Zacu Entertainment. Nubwo byari biteganyijwe ko agera i Dubai mbere, gahunda yahindutse kubera ibyo birori batarangije […]

U Burundi bwagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi nyuma yo gusubizwa na AFC/M23

Screenshot 20251206

Guverinoma y’u Burundi yagaragarije umujinya w’umuranduranzuzi umutwe wa AFC/M23, nyuma y’uko ingabo zawo zirashe ku butaka bwa kiriya gihugu. Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yarashe ibisasu bibiri muri Zone Rugombo iherereye mu yahoze ari intara ya Cibitoke. Amakuru avuga ko kimwe muri ibyo bisasu cyashenye imwe mu mbunda nini Ingabo […]

U Rwanda na Amerika byasinyanye amasezerano mashya afite agaciro ka Frw miliyari 330

20251206 082919

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byaraye bisinyanye amasezerano ya kabiri y’imikoranire mu bijyanye n’ubuzima. Ku ruhande rw’u Rwanda ayo masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku rwa Amerika yasinywe na Jeremy Lewin, Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Inkunga mpuzamahanga, Ibibazo by’Ubutabazi ndetse no kwishyira ukizana kw’amadini. Amasezerano […]

Ba Jenerali ba FARDC na ba Ofisiye ba Polisi ya RDC bahamijwe guta Goma bakayisigira M23

20251206 075023

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatanu rwakatiye ibifungo bitandukanye ba Ofisiye bahoze bayoboye Ingabo na Polisi mu mujyi wa Goma, nyuma yo kubahamya icyaha cyo guta uyu mujyi bikarangira ufashwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Aba barimo ba Jenerali Dany Yangba Tene na Papy Lupembe Mobenzo, cyo […]

Perezida Kagame yitabiriye tombola y’Igikombe cy’Isi

20251206 073040

Perezida Paul Kagame ari mu banyacyubahiro baraye bitabiriye tombola y’Igikombe cy’Isi cya 2026 yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye, barimo Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino. Ku wa 11 Kamena 2026 ni bwo ririya rushanwa rizakinirwa muri Leta […]

Lt. Col Minani wa FDNB yivuganwe na M23

GridArt 20251205 230837508

Lieutenant-Colonel Athanase Minani wari umuyobozi wa batayo ya munani y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwanira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishwe n’umutwe wa AFC/M23. Lt. Col Minani wahoze mu ngabo za kera z’u Burundi (Ex FAB), amakuru avuga ko yiciwe muri Operasiyo abasirikare bo mu mutwe w’abakomando na AFC/M23 baheruka gukorera mu gace ka Luvungi, […]

Juno na Ariel Wayz basomaniye ku rubyiniro

4 whatsapp image 2025 12 05 at 22.02 12 5dbae164 98d59

Mu gitaramo cyaranzwe n’ubushyuhe bw’amarangamutima n’akanyamuneza k’abakunzi b’umuziki, abahanzi Juno Kizigenza na Ariel Wayz bongereye igicucu cy’akarusho ubwo basomaniraga ku rubyiniro, ibintu byahise bihindura umwuka w’abitabiriye igitaramo. Byari mu masaha y’umugoroba, ubwo Juno yari ageze ku ndirimbo Away yakoranye na Ariel Wayz. Ku rubyiniro rwari ruhanzwe amaso n’imbaga, Juno yahamagaye Ariel Wayz ngo baze bayiririmbane […]

Abasirikare baregwa muri dosiye ya APR FC bakatiwe

83781 23e0f

Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwasomye urubanza ruregwamo Maj Vincent Murigande, Capt Peninah Mutoni na Capt Peninah Umurungi, bashinjwaga ibyaha bijyanye no gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, byakozwe binyuze muri Minisiteri y’Ingabo. Ibyaha byabashinjwaga bifitanye isano n’urugendo rwa APR FC yakoreye mu Misiri muri Nzeri […]

AFC/M23 yavuze umubare w’abamaze kugwa mu bitero bya FARDC na FDNB muri Kivu y’Amajyepfo 

20251205 172821

Abantu 23 ni bo bamaze kwicirwa mu bitero birimo iby’indege z’intambara, za drone n’imbunda ziremereye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kugaba mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko umutwe wa AFC/M23 wabitangaje. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza, […]

Intambara ya Congo u Burundi bwishoyemo yatangiye kugera ku butaka bwabwo

20251205 164537

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza warashe ku butaka bw’u Burundi, nyuma y’igihe ingabo z’iki gihugu zisuka amabombe mu bice bituwe n’abaturage benshi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ma saa 10:00 z’igitondo AFC/M23 yarashe igisasu ahitwa Nyakagunda, muri Zone Rugombo iherereye mu yahoze […]

Sinkeka ko intambara yamaze imyaka 30 yarangizwa n’isinywa ry’amasezerano gusa – Kayikwamba

G7UmV8DW8AAis2F

Nyuma y’amasaha make hasinywe amasezerano y’amahoro y’i Washington hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Vagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, yatanze ibisobanuro ku masezerano ndetse n’amahirwe y’amahoro mu burasirazuba bw’igihugu. Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane, itariki 4 Ukuboza 2025, Minisitiri Kayikwamba yavuze ko ibyo abaturage biteze ari byinshi, […]

U Burundi bwacuze ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano ya RDF

20251205 133833

U Burundi buravugwa mu mugambi wo gukora ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru y’uwo mugambi yatanzwe na bamwe mu bakozi b’uruganda rukorera imyambaro mu Burundi rwitwa ‘East African Textile Manufacturers’. Ku wa 28 Ugushyingo ni bwo uru ruganda rukorera mu mujyi wa Gitega rwatashywe […]

Cary-Hiroyuki Tagawa yapfuye

tagawa abb60

Umukinnyi wa filime w’Umuyapani wari ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burusiya, Cary-Hiroyuki Tagawa, witabiriye bwa nyuma ku wa 4 Ukuboza 2025 nyuma yo kurwara igihe kitari gito. Yari afite imyaka 75. Tagawa yavukiye mu Buyapani, ku mubyeyi witwaga Mariko Hata wari umunyamideli/umukinnyi w’ikinamico, n’umusirikare w’Umunyamerika ufite inkomoko mu Buyapani. Bitewe n’akazi […]

Ingingo z’ingenzi mu masezerano yashyizweho umukono hagati ya Kagame na Tshisekedi

93399

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, ba perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bashyize umukono ku Masezerano y’i Washington, bagaragaza nk’ivugurura ryuzuye ry’inzira ya dipolomasi yatangiye mu mpeshyi hagati ya DRC, u Rwanda, na Amerika. RFI yashoboye gusuzuma bimwe mu bikubiye mu nyandiko zashyizweho umukono. Aya yiswe “Amasezerano y’i Washington y’amahoro n’umutekano,” arashimangira […]

M23 yahanuye drone ya Bayraktar TB2 

20251205 121035

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza, zahanuye indi drone y’intambara y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka imbere muri AFC/M23 avuga ko iyi drone yo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 RDC yaguze mu Bushinwa yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura mu Burundi ikajya kurasa […]

Lubero: Igitero cy’abantu batamenyekanye cyahitanye abawazalendo 3

G7Kz9PIWEAEswOD

Mu Mudugudu wa Liboyo, uherereye muri Teritwari ya Lubero, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibirindiro by’inyeshyamba za Wazalendo kuri uyu wa Kane, itariki 4 Ukuboza byagabweho igitero n’abantu bitwaje intwaro ngo batamenyekanye, batatu muri wazalendo bahasiga ubuzima. “Abantu batatu bo mu mutwe wa UPLC bishwe imbunda 3 za AK-47 zijyanwa n’abateye, umwirondoro wabo utaramenyekana,” […]

AFC/M23 ikomeje guhangana na Sukhoi na drones za Kinshasa muri Kivu zombi

Ihuriro ry’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatanu ryakomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bigezurwa na AFC/M23 mu ntara za Kivu zombi nyuma y’iminsi y’imirwano ikaze muri Teritwari ya Uvira. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko “Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 5 Ukuboza 2025, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa […]

Nigeria: Umupadiri yashimutiwe aho yari acumbitse

pexels mart production 7220067 e1753388129331 990x619 1

Diyosezi Gatolika ya Zaria yavuze ko umupadiri gatolika yashimuswe kuwa Gatatu akuwe aho yari acumbitse muri Leta ya Kaduna, mu majyaruguru ya Nigeria. Rev. Fr. Emmanuel Ezema yafashwe bitinze ku wa kabiri ahagana saa 11h30 z’ijoro (0030 GMT Ku wa Gatatu) akuwe muri Kiliziya Gatolika ya Mutagatifu Petero i Rumi, nk’uko Diyosezi yabitangaje mu itangazo […]

Yampano aricuza kuba yarakunze abantu kurusha imbwa

Yampano yababaje abakunzi be nyuma yo gushyira hanze ifoto arira, aherekeje amagambo yuzuye intimba, anasezera ku nshuti ze avuga ko bazasubira guhura mu ijuru. Umuhanzi Yampano yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza abamukurikira ifoto imugaragaza arimo kurira, ayiherekesha ubutumwa bukomeye bw’akababaro avuga ko bwakomotse ku muntu yizeraga wamukojeje isoni. Mu magambo ye […]

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo guhuza ubukungu 

20251205 070547

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaraye bisinyanye amasezerano yo kwihuza k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’ay’amahoro yashyizweho umukono na ba Perezida b’ibihugu byombi. Ayo masezerano azwi mu rurimi rw’Icyongereza nka Regional Economic Integration Framework (REIF), ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku ruhande […]

Khalfan yagiye kwirega kwa Sebukwe 

img 20251204 wa0029 97f7f

Oxygen ari mu byishimo byinshi nyuma y’uko Khalfan asuye umuryango we kugira ngo yiyerekane, nyuma y’uko bafashe umwanzuro wo gutangira kubana nubwo ubukwe butaraba. Uyu muhango wabereye i Rubavu ku wa 29 Ugushyingo 2025, aho Khalfan yageze iwabo wa Oxygen ari kumwe n’ababyeyi be n’abakuru bo mu muryango. Uyu munsi ukaba wari ugamije kumwerekana no […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Trump (Amafoto)

2025 12 04 23 36 08 2

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, yagiranye ibiganiro byibanze ku mubano w’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na mugenzi we Donald Trump. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu bombi byanitabiriwe n’abandi bayobozi ba Amerika, barimo Visi-Perezida JD Vance, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, Umujyanama wa […]

Ibya drone ya CH-4 yahanuwe na M23 na Operasiyo y’Abakomando yahekuye FDNB

GridArt 20251204 223900785

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, zahanuye drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4 y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru BWIZA yamenye ni uko iyi drone yahanuriwe ku musozi wa Ngomo, aho yari yajyanwe no kurasa imbunda nini ya M23 iri hejuru yawo. Ni drone amakuru […]

Perezida Kagame na Tshisekedi basinyanye amasezerano y’amahoro 

20251204 212009

Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza bashyize umukono ku masezerano y’amahoro y’ibihugu byombi. Ni umuhango wabereye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyoborwa na Perezida Donald Trump. Uyu muhango kandi witabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo William […]

Rurageretse hagati ya Bwiza na Prince Kiiiz

0 3

Ku mbuga nkoranyambaga hazamutse umwuka mubi hagati ya Prince Kiiiz na Bwiza hamwe n’umujyanama we, Uhujimfura Jean Claude. Prince Kiiiz yashinje aba bombi kwitirira undi muntu igihangano cye, ibintu yise ubuhemu budakwiye mu muziki. Ibi byakurikiye isohoka ry’indirimbo nshya ya Bwiza yitwa “Boda Boda”. Ako kanya Prince Kiiiz yanditse ubutumwa bukarishye avuga ko “Bwiza n’umujyanama […]

UK na Norway byemeranyije gufatanya guhiga amato y’u Burusiya

type 26 new contract

U Bwongereza na Noruveje byashyize umukono ku masezerano yo kwirwanaho azatuma amato y’ibi bihugu afatanya kujya guhiga amato y’u Burusiya agendera munsi y’amazi (submarines) mu majyaruguru ya Atalantika. Minisiteri y’ingabo ivuga ko aya masezerano agamije kurinda insinga zo mu nyanja, abayobozi b’u Bwongereza bavuga ko zigenda zirushaho kubangamirwa na Moscou, aho amato y’u Burusiya yagaragaye […]

Uregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano yasabye ko na we akurikiranwa

img 20220621 wa0017

Mu rubanza rwo kureba niba Ishimwe Patrick Pazzo Man na Kalisa John KJohn bakomeza gufungwa by’agateganyo, umwunganizi wa Pazzo Man yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko n’umuhanzi Uworizagwira Florien Yampano na we atangira gukurikiranwa, kuko ari we wabanje gushyira amashusho ku murongo wa Email ye azi ko atari we uyikoresha wenyine. Ubushinjacyaha buvuga ko Pazzo […]

AFC/M23 yirukanye FARDC n’abayifasha mu birindiro 2 by’ingenzi i Kaziba

thumbs b c 58e45fa2b35c846439fca0883b5a2f71

Ku munsi wa gatatu wikurikiranya w’imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 hamwe n’Ingabo za FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) ifatanyije na Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi kuri uyu wa Kane yakomeje i Kaziba, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru agera ku rubuga rwa Tazama RDC aturuka muri icyo gice, aravuga ko M23 imaze kwirukana […]

Ibisasu byaguye ku butaka bw’u Burundi byateje ubwoba abaturiye umupaka na Congo

Un policier hisse le drapeau burundais sur la frontiere de Rubenga

Kuva ku wa Kabiri, itariki ya 2 Ukuboza, imirwano hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Congo (FARDC), zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo hamwe n’Ingabo z’igihugu cy’u Burundi (FDNB), iratuma ibisasu  byumvikana kugeza ku misozi y’u Burundi ihana imbibi n’umugezi wa Rusizi. Ibisasu byaguye ku butaka bw’u Burundi byateje ubwoba, mu gihe Abanyekongo bahunze imirwano bangiwe kwinjira […]

Amasezerano hagati ya DRC n’u Rwanda ntabwo ari ukugurisha amabuye y’agaciro Abanyamerika – Tina Salama

G7QOVBWXwAAVV3o

Amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda, Perezida Félix Tshisekedi na Paul Kagame bitegura kwemeza kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, i Washington, “ntabwo ari ukugurisha amabuye y’agaciro Abanyamerika.” Ibi byashimangiwe n’Umuvugizi wa Perezida wa Congo, Tina Salama, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Washington ari kumwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya. Ubusugire ku mutungo […]

Washington: Tshisekedi na Ndayishimiye baganiriye mu muhezo 

20251204 101345

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo. Ni ibiganiro aba bagabo bombi bagiraniye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC. Perezidansi y’u Burundi (Ntare Rushatsi House) […]

AFC/M23 irashinja FARDC n’abo bafatanyije gukora ibyaha by’intambara

G7REehsXkAI7NwN

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibitero simusiga by’ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa, zirimo FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, abacanshuro, Imbonerakure, n’Ingabo z’igihugu cy’u Burundi, ryibasiye abaturage b’abasivili ndetse n’imirongo yose y’imbere y’urugamba byakomeje n’ubugome bukabije kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 20 Ukuboza 2025. Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yavuze ko ubutegetsi bukoresha indege zabwo z’intambara, indege […]

Bugarama: U Rwanda rwakiriye impunzi hafi 200 z’Abanyekongo

93337

Ku wa Gatatu, itariki ya 3 Ukuboza, impunzi z’Abanyekongo 190, cyane cyane abagore n’abana, bahungiye mu Rwanda mu Karere ka Rusizi, bashaka umutekano nyuma y’imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ku mugoroba wo ku wa gatatu, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba, yemeje aya makuru […]

Mukunzi Yannick yatandukanye na Sandvikens IF

20251203 224225

Umukinnyi wo hagati w’Umunyarwanda, Mukunzi Yannick, yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF yo mu gihugu cya Suède nyuma y’imyaka itandatu ayikinira. Yabitangaje mu butumwa yashyize kuri Instagram ku mugoroba wo ku wa 3 Ukuboza 2025. Mu magambo ye, yashimiye cyane buri wese bakoranye muri iyi kipe kuva yayigeramo mu 2019, avuga ko yakiriwe neza, agahabwa […]