Perezida Kagame yakiriye umuteramakofe Takam n’umunyonzikazi Vallieres

G19iNC0W8AASAy6

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabonanye  n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga w’Umufaransa ukomoka muri Cameroun, Carlos Takam. Kuri iki Cyumweru, Fondasiyo ya Carlos Takam yatangije ishuri rya Boxe rya Carlos Takam i Kigali, hagamijwe kumenyekanisha no guteza imbere siporo y’iteramakofe muri Afurika. Carlos Takam yahaye kandi Perezida umukandara w’umwimerere wa Champion w’Isi muri WBC mu rwego […]

FARDC yibasiye ibindi birindiro bya M23 muri Kisimba n’indege

b91a6cfd486ababbe86066cebc1ac926

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Nzeri, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyarashe ibirindiro bibiri bya AFC / M23, ku misozi ireba Mpety muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale), Kivu y’Amajyaruguru. Aya makuru yanemejwe na M23 yavuze ko iki gitero cyasenye burundu ikiraro cya Mpety. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko drone yanyuze […]

Lubero: Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be bapfa abagore

bitmap 1200 nocrop 1 1 20241203133429027549 WhatsApp Image 2024 12 03 at 12.36.05

Umusirikare wo mu Ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yarasiye mu kabari ko muri Lubero centre, yica bagenzi be babiri b’Abakomando ahagana mu ma saa saba zijoro zo ku wa Gatanu. Ibi byabereye muri Teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko ayo makuba […]

Ingabo n’abapolisi bari muri UNMISS basannye ishuri riherutse gusenywa n’imvura

G13uhOGWwAAOWDq

Abanyarwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri UNMISS; ingabo na Polisi; hamwe na diaspora y’u Rwanda muri Sudani y’Epfo, bongeye gufatanya mu gusana ishuri ry’ibanze rya Kapuri nyuma yo kwangizwa cyane n’imvura nyinshi. Kimwe mu bice by’ishuri cyatakaje igisenge mu gihe cy’imvura, bituma abanyeshuri bahurira mu byumba by’amashuri bisigaye. Kugira ngo iki kibazo gikemurwe, […]

Maniema: Indi mirwano hagati ya FARDC na Wazalendo yiciwemo 1 benshi barakomereka

AP24324772368680

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 27 Nzeri, Inyeshyamba za Wazalendo z’uwiyise General Bukuyi zarwanye na FARDC muri Lubutu centre. Umuyobozi wa Teritwari ya Lubutu, mu Ntara ya Maniema, yatangaje ko umuntu umwe yapfuye undi yakomeretse ku ruhande rwa FARDC, kandi umwe yakomeretse ku ruhande rwa Wazalendo, ndetse n’umusivili umwe na we arakomereka. Kugeza mu […]

India: Kwiyamamaza k’umukinnyi wa filimi wahindutse umunyapolitiki kwapfiriyemo 39

Abayobozi bavuga ko byibuze abantu 39 bapfuye barimo abana, bahitanywe n’umubyigano wadutse muri mitingi ya politiki yabereye mu majyepfo y’u Buhinde muri Tamil Nadu, aho ku wa Gatandatu, abantu ibihumbi mirongo bari bateraniye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cy’umukinnyi wa filimi wahindutse umunyapolitiki, Vijay, mu Karere ka Karur ko mu majyepfo. Joseph Vijay Chandrasekhar wavutse mu […]

Perezida Kagame yahawe umudari na UCI mu birori byitabiriwe na Prince Albert II wa Monaco

G14eRmVWkAEPTyk

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera i Kigali, (UCI Road Championships 2025) kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame, Igikomangoma Albert II wa Monaco na Perezida wa UCI David Lappartient bitabiriye UCI Gala Dinner. Umukuru w’Igihugu yanaherewe umudari ugenewe abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino w’amagare muri iki gikorwa cyabereye muri Kigali Convention […]

Bitunguranye Israel yahaye Ukraine ubwirinzi kabuhariwe bwa Patriot

2023 02 07T150613Z 2131061017 RC266Z9784QO RTRMADP 3 UKRAINE CRISIS POLAND PATRIOTS 1024x683 1

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Nzeri, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko igisirikare cye cyakiriye ubwirinzi bw’ibitero by’indege bukorwa na Amerika cyahawe na Israel buzwi nka Patriot, kandi bumaze ukwezi kibukoresha. Yavuze kandi ko Kyiv izabona ubundi bwirinzi bubiri bw’ibitero by’indege bwo mu bwoko bwa Patriot mu minsi iri imbere, ariko ntiyagaragaza aho […]

Centrafrica: Abapolisi b’u Rwanda barenga 180 bambitswe imidali y’ishimwe

WhatsApp Image 2025 09 27 at 20.43.37 6a641413

Abapolisi b’u Rwanda 188 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, bambitswe imidali yo kubashimira igihe cy’umwaka bamaze bacungira umutekano abaturage b’abasivili muri icyo gihugu . Abambitswe imidali ni abapolisi 180 bagize itsinda RWAFPU-3 n’abandi umunani badakorera mu matsinda (IPOs). Umuhango […]

Imirwano mishya ya FARDC na Wazalendo muri Uvira

images 5

Abantu batatu baguye mu mirwano mishya yasakiranyije ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko mu bapfuye harimo umusirikare umwe wa FARDC ndetse n’abasivile babiri. Ku ruhande rwa Wazalendo, amakuru avuga ko iziyita Lunyuki ikigo zabagamo […]

Uko Ndayishimiye ari gushyira u Burundi mu makuba biciye mu ntambara ya Congo

GtJL8DkWcAAdIly 1

Muri 2023 ubwo Perezida Évariste Ndayishimiye yoherezaga ingabo z’u Burundi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Guverinoma ye yavuze ko ari igikorwa kigamije kuzimya “urugo rw’umubanyi” rurimo gushya. Izi ngabo zifatanya na FARDC (ingabo za Congo) ndetse n’indi mitwe irimo FDLR mu ntambara bahanganyemo n’umutwe wa AFC/M23 kuri ubu ugenzura ibice birimo […]

M23 yaba igiye kwatsa umuriro muri Walikale

20221001 LDP002

Amakuru akomeje guturuka muri Walikale aravuga ko 23  ikomeje kongera ingabo nyinshi, ibikoresho biremereye harimo n’imbunda zihanura ingege nkuko amakuru aturuka muri aka gace abivuga. Amakuru aturuka mu bice by’ingabo za FARDC aremez ako M23 imaze ibyumweru bibiri izana ingabo nyinshi n’ibikoresho biremereye muri Walikale no mibice byerekera yo. Amakuruavugwa ko hari ibice by’imidugudu igera […]

Drone ya CH-4 yaturutse i Bujumbura yarashe i Nzibira

20250927 103857

Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Umujyi muto wa Nzibira wagabweho igitero cya drone. Amakuru avugwa ko iyi drone yo mu bwoko bwa CH-4 yarashe i Nzibira saa 07:10 iturutse i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi. Ikibuga cy’indege cya Bujumbura kimaze igihe cyarahindutse ibirindiro ingabo […]

Amerika yemeje ko M23 iri kuganira na RDC ku kuzinjizwa muri FARDC

20250927 101326

Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Massad Boulos, yagaragaje ko ubuhuza bwa Qatar ari bwo zingiro ry’umuti w’amakimbirane ari hagati ya leta ya RDC n’umutwe wa M23. Yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, iruhande rw’Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubera i New York. […]

Gutakaza Nzibira kwa FARDC bivuze ko M23 ishobora kugera Kisangani n’ahandi

vlcsnap 2025 09 27 09h43m55s191

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, Umugaba wungirije w’ingabo za M23 , Gen Byamungu Bernard uzwi nka Tiger 1, yakoresheje inama mu gace k’ingenzi mu rugamba (points strategiques) ka Nzibira, ashimangira ko bumvishe amarira y’abaturage ba Walungu,Mwenga, Shabunda na Uvira, ibi kandi bigaragaza ko kujya mu cyerecye cya Nzibira ari gutakaza gufite […]

Perezida wa FIFA yasabye Tshisekedi gushyiraho umuyobozi wa federasiyo vuba 

WhatsApp Image 2025 09 26 at 16.33.23 2

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yahuye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ku wa 25 Nzeri 2025 i New York. Nyuma y’iyi nama, Infantino yavuze ko yishimiye guhura na Perezida Tshisekedi, amwise umukunzi w’umupira w’amaguru. Infantino yasobanuye ko baganiriye ku mishinga itandukanye ya FIFA igenewe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irimo kubaka sitade, ibibuga, amashuri […]

Nyamasheke: Abanyerondo bafashwe biba mu iduka barindaga

IMG 20250925 WA0080 1

Abanyerondo babiri bo mu Murenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, batawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu iduka barimo kwiba. Abo ni Ndayishimiye Elie w’imyaka 19 na Dusingizimana Emmanuel w’imyaka 25, basanzwe bacunga umutekano mu isantere y’ubucuruzi ya Banda. Bafashwe n’abagenzi babo bari kumwe mu irondo, babasanze mu iduka rya Bankundiye Odette. Nyir’iryo duka yari […]

Uwashoraga abakobwa mu busambanyi buteye ubwoba i Dubai arafunzwe

p0m2hfvp

Charles Mwesigwa, uzwi cyane ku izina rya “Abbey”, yatawe muri yombi mu Mujyi wa Dubai nyuma y’iperereza ryihariye rya BBC Eye Investigations ryamugaragaje nk’uyoboye urusobe rw’icuruzwa ry’abagore mu duce tugezweho muri uwo mujyi. Mwesigwa yafatiwe muri Central Prison Centre i Al Awir nk’uko byemejwe n’urugereko rw’amategeko rwa Dubai. Ku rwego mpuzamahanga, Interpol Uganda yari yamushyiriyeho […]

Umujyi wa Kigali wananiwe gushyira mu bikorwa ibishushanyombonera

remote

Raporo yakozwe muri Mata 2025 ku ruhushya rwo kubaka rwagiye rutangwa kuva Nyakanga 2021 kugeza Ukuboza 2024, yagaragaje ko Umujyi wa Kigali wananiwe kugera ku ntego zo gukora ibishushanyombonera byimbitse nk’uko byari biteganyijwe. Depite Tumukunde Hope Gasatura, uyobora Komisiyo y’Abadepite, yavuze ko Umujyi wa Kigali wasobanuye ko ikibazo cyatewe ahanini no kuba gukora ibyo bishushanyo […]

Gen. Byamungu yasobanuriye abatuye Nzibira impamvu M23 yahisemo kuhafata

20250926 203132

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général de Brigade Bernard Maheshe Byamungu, yasobanuye ko uyu mutwe wahisemo kwigarurira umujyi muto wa Nzibira mu rwego rwo gushyira iherezo ku bitero ihuriro ry’ingabo za Leta byagabaga mu duce dutandukanye zikoresheje kariya gace. Gen. Byamungu yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, ubwo yagiranaga inama n’abatuye […]

Museveni yafunguye uruganda rukora bisi nshya

G1x IeXMAA74S6 scaled 1

Perezida Yoweri Museveni ni we watashye ku mugaragaro uruganda rukora imodoka zitwara abantu benshi rwubatswe i Jinja, ruzwi nka Kiira Vehicle Plant. Museveni yavuze ko ubukungu bwa Uganda buri gukura ku muvuduko wa 7%, yizera ko buzagera kuri 10% mu gihe igihugu kizaba gitangiye gucukura no gucuruza peteroli. Yagize ati: “Dufite icyerekezo cy’ukuri gishobora guhindura […]

Kayonza: Yashatse umugore bageze mu rugo aramwima 

Screenshot 20250926 162619 1

Mu karere ka Kayonza hagaragaye inkuru idasanzwe y’umugabo witwa Muhawenimana, wasezeranye n’umukunzi we Tumukunde Alice, ariko bageze mu rugo rwabo rushya, umugore yanga ko batera akabariro. Ibi byabereye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rusave, umurenge wa Murama, mu karere ka Kayonza. Uko byatangiye Nk’uko byatangajwe na Masengesho Clementine, uyobora isibo, Muhawenimana yari amaze gutandukana […]

Karongi: Uwashinjwaga gutera inda umwana we yakatiwe igifungo cya burundu

images 4 2

Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi ruri ku cyicaro cyarwo i Karongi, kuwa Kane, itariki 25 Nzeri, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umugabo w’imyaka 46 wakekwagaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 14 rumuhamya icyaha, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu.  Icyaha yahamijwe yagikoreye mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi ubwo yari […]

Ba Perezida 2 bari gusaba Tshisekedi ngo akureho ibirego Kabila ashinjwa

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na mugenzi we Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, bari kugerageza kumvisha Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo akureho ibirego ubutegetsi bwe bushinja Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi. Kabila amaze iminsi aburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC ku byaha bitandukanye aregwa, birimo kugambanira igihugu, iby’intambara ndetse […]

Rwamagana: Ishyaka Green Party ryahafunguye ibiro hanateranira kongere ku rwego rw’intara

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Nzeri 2025, mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba, habereye Kongere y’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) hanafungurwa ibiro by’ishyaka muri ako karere mu gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye n’abashyitsi baturutse mu bihugu by’amahanga. Perezida w’ishyaka Democratic Green Party, Hon. Frank Habineza, niwe wafunguye  ibiro by’ishyaka mu Karere ka […]

Abarundi 32 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda 

bahawe ubwenegihugu bw ubunyarwanda 1536x1024 1

Abarundi 32 bari mu banyamahanga babarirwa muri 70 baheruka guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda. Ku wa 23 Nzeri ni bwo amazina y’aba 74 banyamahanga bakomoka mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi yasohotse mu igazeti ya Leta, biba ubwa mbere abangana kuriya baherewe ubwenegihugu icyarimwe. Usibye Abarundi bigaragara ko bakomeje gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda […]

RDC: Hatangiye intambara ikaze yo kurwanira ubuyobozi bw’inteko hagati ya Mboso na Tshilumbayi

kamerhe evince la rude bataille tshilumbayi mboso pht ks 26 sept 2025 jpg 711 473 1

Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umutwe w’abadepite, biravugwa ko umunsi wo kuwa Kane, itariki 25 Nzeri 2025, uzandikwa mu mateka. Nyuma yo kwegura kwa Vital Kamerhe nyuma yo kotswa igitutu kinshi, ubu haravugwa intambara hagati y’abagabo babiri bari bamwungirije,  visi-perezida we wa mbere, Jean-Claude Tshilumbayi, na visi perezida wa kabiri […]

Mugisha Moïse yikuye muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

dsc05443 67af7

Ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, byatangajwe ko umunyarwanda Mugisha Moïse utari mu bakinnyi b’u Rwanda bagombaga gukina isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) muri Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, yasimbujwe kubera ikibazo cy’uburwayi bw’amenyo. Mugisha yagize ikibazo cy’amenyo ubwo yagwaga muri Tour du Rwanda 2025 yabaye muri Gashyantare, agahita atakaza […]

Espagne yasohoye impapuro zo guta muri yombi Gen. Kayumba Nyamwasa

20250926 103710

Umucamanza mu rukiko rwa Espagne, José Luis Calama, yasohoye impapuro zisaba gushakisha no guta muri yombi Kayumba Nyamwasa wahoze ari Lt. Gen. mu ngabo z’u Rwanda ari gukoraho iperereza ku byaha birimo iterabwoba, itoteza, Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Ikinyamakuru El Confidencial mu nyandiko isaba ko Kayumba atabwa muri yombi kivuga ko cyashoboye kubona, […]

Umukinnyi wakiniye Arsenal yapfuye ku myaka 21

images 37 1758840062

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wahoze mu ikipe ya Arsenal, Billy Vigar yitabye Imana afite imyaka 21 nyuma yo gukomeretswa bikomeye mu mutwe mu mukino yakinnyemo ku wa Gatandatu ushize. Uyu musore wakiniraga Chichester City yakomeretse mu mukino wa Isthmian League Premier Division bahuragamo na Wingate & Finchley. Nyuma y’iminota 13 gusa y’umukino, yahise asohorwa mu kibuga, […]

RDC: Maj. Gen. Masangura yagizwe komanda mushya w’umutwe udasanzwe wa MONUSCO (FIB))

Capture 10

Umutwe wa Force Intervention Brigade (FIB): Umutwe wa mbere w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye wemerewe kugaba ibitero, kuri ubu ufite umuyobozi mushya, Umunyatanzaniya, Major Gen. Alexander Masangura umaze nk’iminsi muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma y’izindi ngabo zigize uyu mutwe zimaze ibyumweru bibiri zoherejwe. Mu kiganiro yagiranye na channel yitwa Kuna Nini News yo muri Reubulika ya Demokarasi ya […]

Burundi: Inka yabyaye inyana itagira umutwe

1758873790657

Muri komine Kiganda, ku musozi wa Munyinya, zone ya Mushikamo, habaye igikorwa cyatangaje aborozi n’abaturage ku wa 23 Nzeri 2025 aho inka yabyaye inyana itagira umutwe. Ubwo inka yari igeze igihe cyo kubyara, nyirayo yagerageje kuyifasha mu kuyibyaza gusa inyana yanga gusohoka. Yahise atabaza muganga w’amatungo muri ako gace, Innocent Bigirimana. Uwo muganga yahise akora […]

U Rwanda rwagaragarije Loni uko RDC ikomeje gukorana na FDLR n’abacanshuro

20250926 093014

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igishyize imbere umugambi w’intambara, n’ubwo imaze amezi atatu isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, ubwo yagezaga ijambo ku Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye. Yavuze ko n’ubwo muri Kamena […]

USA: James Comey wahoze ayobora FBI yajyanwe mu nkiko

download

Kuri uyu wa Kane, uwahoze ari umuyobozi wa FBI, James Comey, yashinjwaga icyaha cyo gutangaza ibinyoma no kubangamira ubutabera. Umushinjacyaha wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu burasirazuba bwa Virginie, Lindsey Halligan, yatangaje ibyo aregwa, anavuga ko Comey ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka itanu aramutse ahamwe n’icyaha. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, […]

RDC: Abasaga 10 bafatiwe mu mukwabu wakorewe i Goma

FB IMG 16425158150790045

Abantu benshi batawe muri yombi mu mukwabu wakorewe mu gace ka Kasika mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 25 Nzeri, n’ubuyobozi bwa AFC-M23. Mu bafashwe harimo abagabo, abasore, ndetse n’abayobozi b’amadini, barimo umupasiteri, abadiyakoni, n’abavugabutumwa bari mu nzira bajya gusenga mu gitondo nk’uko bitangazwa na Radio Okapi. Abatangabuhamya benshi bavuze ko […]

Tshisekedi yahuye rwihishwa na ‘boss’ w’abacanshuro ba Blackwater

GridArt 20250925 182336999

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuye rwihishwa na Erik Prince, Umunyamerika washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater. Aba bombi bahuriye i New York muri Leta Zunze Ubumwe, aho Tshisekedi yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Erik Prince asanzwe afitanye na RDC amasezerano yo kuyifasha gukusanya imisoro ituruka mu mabuye y’agaciro ndetse no […]

Croix-Rouge yavuze ku ifoto y’umukorerabushake wayo iri kuvugisha benshi

20250925 162816

Umuryango utabara imbabare, Croix-Rouge Rwanda watangaje ko ifoto ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga igaragaza umukorerabushake wayo ari kumwe n’umukinnyi w’umuzungu muri Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare iri kubera mu Rwanda, ntaho ihuriye n’ukuri kuri kuyivugwaho. Iyo foto yagaragaje umukorerabushake w’igitsina gore ahagararanye n’umukinnyi, bigasa nk’aho bari guhana nimero za telefoni. Nyuma y’aho igiye hanze, […]

Gen. Nyamvumba yahanuye Rayon Sports mbere yo kurira umusozi wo gusezerera Singida

20250925 152046

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, yasuye Rayon Sports ikomeje umwiherero yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup uzayihuza na Singida Black Stars. Rayon Sports ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko mu mpanuro Gen. Nyamvumba yahaye iriya kipe “yibukije abakinnyi ko gutsindwa umukino ubanza bitavuze ko gukomeza bidashoboka.” […]

Uganda: Polisi mu mvururu n’abashyigikiye Bobi Wine

b2408ecf8854beab62bba9f86a5493ae44ca2472

Polisi ya Uganda yagize icyo ivuga nyuma y’uko hagaragaye amashusho anyuranaho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi basenya ibirango byamamaza Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida w’ishyaka NUP (National Unity Platform), ku munsi wa gatatu wo ku wa 24 Nzeri 2025. Amashusho yafatiwe mu mujyi wa Mbale ndetse no mu gice cy’ubucuruzi cya Kampala, agaragaza […]

Iyo myitwarire irashaje: Perezida Kagame ku bihugu birimo u Bubiligi

g1rbuq1xsaatiuu d8ade

Perezida Paul Kagame yanenze ibihugu byarwanyije ko u Rwanda rwakira Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare, abibwira ko imyitwarire bikomeje kugaragaza ishaje. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nzeri, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ya 194 y’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), yabereye muri Kigali Convention Centre. Ni Inteko Rusange yahuriranye na […]

Bugesera: Yishe umugore we bamaze gutera akabariro mu rutoki

images 2 1

Mu karere ka Bugesera, umurenge wa Mayange, akagari ka Mbyo mu mudugudu wa Cyaruhirira, haravugwa umugabo ukurikiranyweho kwica umugore babanaga nk’umugabo n’umugore, nyuma yo kurangiza igikorwa cyo gutera akabariro mu rutoki, nk’uko byemezwa n’abaturage. Abahaturiye bavuga ko aba bombi bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane, nubwo babanaga ntabwo bari barasezeranye mu mategeko. Bivugwa ko umugore yari […]

Perezida Kagame yatangije ishuri rigiye gutyaza abayobozi babereye Afurika y’ejo hazaza

G1rs0EWWsAA9oGO

Kuri uyu wa Kane, itariki 25 Nzeri 2025, Perezida Kagame yifatanyije na Hailemariam Desalegn, wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, abayobozi mu nzego zitandukanye, abashakashatsi, abarimu muri kaminuza n’abandi mu muhango wo gutangiza Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere [African School of Governance].  The African School of Governance, ni ishuri ryavuye ku gitekerezo cyatanzwe n’abarimo Perezida Paul Kagame, Hailemariam […]

Miliyoni 31 Frw nizo yanyereje! Akantu ku kandi ku byavugiwe mu rukiko ubwo Camarade yaburanaga

20250925 122411

Urubanza ruregwamo Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), rwongeye gusubukurwa kuri uyu wa Kane taliki ya 25 Nzeri 2025. Me. Bizimana Emmanuel, umwunganizi wa Camarade, yongeye kuzamura inzitizi asaba ko urubanza rwaregerwa urukiko rubifitiye ububasha, kuko ibyaha aregwa byose yabikoze akiri ku mwanya w’Umunyamabanga wa FERWAFA […]

Myugariro wa Arsenal Real Madrid yateganyaga gutwarira ubuntu yemeye kongera amasezerano

skysports william saliba arsenal 5919417

Umufaransa William Saliba ukinira Arsenal yo mu Bwongereza, yemeye kongera amasezerano yo gukomeza kuyikinira. Saliba w’imyaka 24 y’amavuko, yifuzwaga cyane na Real Madrid yashakaga kumusinyisha ku buntu, ubwo yari kuzaba asoje amasezerano. Ikinyamakuru The Athletic biciye mu munyamakuru wacyo, David Ornstein, cyatangaje ko William Saliba ufite amasezerano azarangira mu mpeshyi ya 2027 yemeye kongera amasezerano […]

RDC: Abadepite 173 banze kuvugurura amasezerano yo kuba indahemuka kuri Tshisekedi

IMG 20250924 WA0053

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Nzeri 2025, Umunyamabanga Mukuru w’ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrée de la Nation  (USN) yashyize ahagaragara urutonde rw’abadepite 173 ku rwego rw’igihugu batarashyira umukono ku cyifuzo cyo kuvugurura ubudahemuka bwabo kuri Félix Tshisekedi, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo akaba n’umuyobozi mukuru w’iri huriro rifite ubwiganze ku […]

Ukraine yaturikije indege y’igisirikare cy’Uburusiya 

20250925 115817

Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zatangaje ko mu masaha ya mu gitondo yo ku wa 25 Nzeri 2025 zarashe indege ya gisirikare y’Uburusiya yo mu bwoko bwa Su-34 fighter-bomber mu gice cya Zaporizhzhia. Iyi ndege bivugwa ko yari irimo kugaba ibitero ku mujyi wa Zaporizhzhia ikoresheje amabombe. Ingabo za Ukraine zavuze ko iyi Su-34 […]

RIB yinjiye mu kibazo cy’umuturage wagaragaye ahondagurirwa mu biro by’akagari

GridArt 20250925 115540352

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwinjiye mu kibazo cy’umuturage wagaragaye ahondagurirwa mu biro bya kamwe mu tugari tugize umurenge wa Nyakabanda. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abakora irondo ry’umwuga batatu n’uwo bikekwa ko ari umuyobozi mu nzego z’ibanze bakurubana uwo musore bakekagaho ubujura, bamwerekeza mu biro by’Akagari ka Munanira ya I. Uwari wafashwe bigaragara ko […]

Kagame Opens UCI congress in Kigali

kagame opens uci

President Kagame opens UCI congress as Rwanda hosts historic cycling world championships President Paul Kagame officially opened the UCI Congress in Kigali on Thursday, marking a historic moment as Rwanda hosts the UCI Road World Championships for the first time on the African continent. Addressing delegates, Kagame highlighted the impressive global participation, with 108 countries […]

Kisangani: Ingabo za Gen. Masunzu zirigamba gufata abarwanyi 15 ba M23

Capture3 1

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kibinyujije muri Zone ya 3 ya Gisirikare iyoborwa na Gen. Pacifique Masunzu, i Kisangani, mu Ntara ya Tshopo, cyatangaje ko abarwanyi 30 ba M23, bishyize mu maboko y’igisirikare nyuma yo gutoroka. Nk’uko igisirikare kibitangaza, hafashwe izindi nyeshyamba 15 za M23 zarafashwe. Ku wa Gatatu, itariki ya 24 […]

Ethiopia yemerewe kwakira umukino wayo na Guinea Bissau kuri Stade Amahoro

qatar 2022 fifa world cup qualifier ethiopia removebg preview

Ethiopia yahawe uruhushya rwo kuzakirira umukino, wo gushaka itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2026 uzayihuza na Guinea-Bissau, kuri Stade Amahoro mu Kwakira. Ethiopia iri mu bihugubifite stade zitujuje ubuziranenge mpuzamahanga ku buryo zakwakira amajonjora y’Igikombe cy’Isi. Mu bihugu byahawe uruhushya n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) rwo gukinina hanze y’imipaka yabyo harimo Ethiopia, ishaka […]

U Rwanda na RDC byaba byemeranyije itariki yo gutangiriraho guhiga FDLR 

arton45922

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko byamaze kumvikana ku gihe bizatangirira gushyira mu bikorwa ingamba zirebana n’umutekano zikubiye mu masezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena. Amakuru avuga ko ibihugu byombi byumvikaniye mu nama yahurije ababihagarariye i Washington, hagati y’itariki ya 17 n’iya 18 Nzeri. Itangazo rihuriweho n’ibihugu byombi ariko ryanasohowe […]

Bobi Wine aravuga ko amatora ya 2026 ntaho azaba ataniye n’intambara

reuters 68d42133 1758732595

Umukandida ku mwanya wa perezida muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine yavuze ko amatora yo mu 2026 ntaho azaba ataniye no kujya mu “intambara.” Uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki ugiye kuba umukandida ku mwanya wa perezida ku nshuro ya kabiri kandidatire ye yemejwe na komisiyo y’amatora ku wa Gatatu kugira ngo […]

Denmark: Drones z’u Burusiya zagaragaye ku bibuga by’indege bine

newsarticle 270694 scaled 620x0 1

Indege zitagira abadereva zagaragaye hejuru y’ibibuga by’indege bya Aalborg, Esbjerg, Sonderborg na Skrydstrup muri Denmark mu ijoro ryo ku wa Gatatu no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nyuma y’iminsi ibiri gusa ibibuga by’indege bya Copenhagen na Oslo muri Norvege bifunze kubera drones nk’izi. Indege zitagira abapilote zagaragaye ku bibuga by’indege bine hirya no […]

Rwanda seeks diplomatic solution after soldier arrested in Burundi

rdf

The Rwanda Defence Force (RDF) has confirmed that one of its soldiers, Sergeant Sadiki Emmanuel, was arrested in Burundi after accidentally crossing the border at Gasenyi–Nemba. RDF says the soldier, who serves as a driver, got lost while near the frontier and unintentionally entered Burundian territory on September 24, 2025. In a statement issued the […]

RDF yemeje ko Polisi y’u Burundi ifunze Sergeant wayo

rwanda burundi

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu bwemeje ko hari umwe mu basirikare bazo ufungiye i Burundi, nyuma yo gufatirwa ku butaka bwa kiriya gihugu. RDF mu itangazo yasohoye, yavuze ko Sgt Sadiki Emmanuel afunzwe na Polisi y’u Burundi nyuma yo “kuyoba atabigambiriye” akisanga ku butaka bw’u Burundi. Nk’uko Igisirikare cy’u Burundi cyari cyabitangaje […]

Rwanda slams Tshisekedi’s Genocide claims at UN: ‘Look in the mirror first’

nduhungirehe

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs, Amb. Olivier Nduhungirehe, has criticized Congolese President Félix Antoine Tshisekedi, saying he has no moral ground to ask the world to recognize “a genocide against Congolese people” while his government collaborates with groups responsible for the 1994 Genocide against the Tutsi in Rwanda. Nduhungirehe made the remarks on Wednesday, September […]

Uganda: Bobi Wine yemerewe kongera guhatana na Museveni mu 2026

WhatsApp Image 2024 01 31 at 07.55.33 5a594c10

Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, umuhanzi w’icyamamare wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine, yemerewe kwiyamamariza kuba perezida, akaba agiye guhangana na Yoweri Museveni ku nshuro ya kabiri. Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yabanje guhangana na Museveni bwa mbere mu matora yo mu 2021 ariko aza ku mwanya wa […]

Nduhungirehe yasabye Tshisekedi kwiheraho mbere yo gushinja abandi Jenoside

nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi atakabaye asaba Isi kwemera ko mu gihugu cye habayeho Jenoside, mu gihe asanzwe akorana bya hafi n’umutwe wa FDLR wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nzeri, nyuma y’amasaha make Tshisekedi […]

Burundi’s army says it arrested Rwandan soldier near border

rwanda burundi

Burundi’s National Defense Forces (FDNB) have announced the arrest of a soldier from Rwanda’s Defense Forces (RDF). According to a statement released on Wednesday, September 24, the soldier, identified as Sergeant Sadiki Emmanuel, was taken into custody by police in Busoni Commune, Butanyerera Province (formerly Kirundo) around midnight. The FDNB said the soldier, reportedly a […]