Nyiramajyambere uzwi ku mvugo “ariko ahari nashonje” yarapfuye

Muri iyi minsi imvugo ya Nyiramajyambere Esperance igira iti “…ariko ahari nashonje…” yongeye kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro by’abanyarwanda batandukanye, aho ikomeje gukoreshwa mu buryo bwo gusetsa no kwishimisha. Amashusho acicikana kuri izo mbuga agaragaza uyu mubyeyi ashimira ubuyobozi bw’u Rwanda bwamuhaye inzu yo guturamo nk’umwe mu basigajwe inyuma n’amateka. Ariko kandi […]
Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zigiye gucyurwa ku ngufu

Impunzi z’Abarundi zicumbitse mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zikomeje gutabaza, zivuga ko iki gihugu kiri kubahatira gusubira mu gihugu cyabo ku ngufu. Ku wa 1 Ukwakira 2025, habaye inama idasanzwe yabereye mu nkambi ya Nyarugusu, iyobowe na Bwana Georges Ndalo, ushinzwe ibijyanye n’uburezi muri UNHCR. Iyi nama yahuje abagenzuzi, abahagarariye amashuri ndetse […]
Burundi: Uruhinja rwapfuye ruvuka ruburirwa irengero

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ijoro ryo ku itariki ya 21 Nzeri, umuryango wabuze umwana wabo wa mbere, wapfuye avuka mu ivuriro ryita ku babyeyi ry’Ibitaro by’Akarere ka Ruyigi mu Ntara ya Buhumuza, mu burasirazuba bw’igihugu. Ariko ibyo byago byafashe indi ntera ibabaje, aho umubiri w’uruhinja wabuze mu buryo bw’amayobera, umuryango ukaba urimo […]
Rutshuru: Drones na Sukhoi-25 bya FARDC byasenyeye abaturage

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye rigabye ibitero mu duce dutuwe two muri Teritwari za Rutshuru na Lubero rikoresheje indege na za drones z’intambara. Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko biriya bitero by’ubugizi bwa nabi byaturukaga mu mijyi ya Bujumbura mu Burundi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Kanyuka […]
Nyarugenge: Abahagarariye amavuriro yo ku rwego rw’ibanze bakebuwe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 01 Ukwakira 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Wungirije, Madamu Uwamahoro Genevieve yahuye n’abayobozi b’amavuriro yo ku rwego rw’Ibanze (Health Posts) bungurana ibitekerezo by’ukuntu barushaho gukora neza akazi kabo bashyira umuturage ku Isonga. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Wungirije yabasabye gushyira Umuturage ku Isonga mu byo bakora […]
New York: Indege 2 zagonganiye ku kibuga

Kuri uyu wa Gatatu ushize, indege ebyiri zagonganye i New York ku kibuga cy’indege cya LaGuardia, hakomereka byibuze umuntu umwe mu byo abayobozi bavuze ko ari “impanuka ku muvuduko muto.” Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe ibyambu bya New York na New Jersey, ngo impanuka hagati y’indege ebyiri za Delta Air Line, zari zitwaye abagenzi n’abakozi 93 […]
Tshisekedi yahaye ishimwe umupolisi w’Umubiligi ku bwo gufasha abanye-Congo kwigaragambya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yambitse umudali w’ishimwe umupolisi w’Umubiligi uri mu kiruhuko cy’izabukuru ku bwo gufasha abanye-Congo baba mu Bubiligi kwigaragambya. Inspector of Police Patrick Boenders, yambitswe uriya mudali witiriwe intwari Kabila na Lumumba ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira, mu muhango wabereye ku cyicaro cya Ambasade […]
Beni: Abasirikare ba FARDC bamaze amezi 8 badahembwa bigaragambije

Mu Mujyi wa Beni, umurwa mukuru w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri ubu, kuwa Kabiri, itariki 30 Nzeri habaye imyigaragambyo y’Abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bavuga ko bamaze amezi 8 badahembwa. Abigaragambyaga bahagaritse gato urujya n’uruza ku muhanda wa Beni-Kasindi, cyane cyane kuri bariyeri ya Paida. Iyi nyigaragambyo yabayemo ibikorwa bimwe na […]
APR FC itsinzwe na Pyramids FC

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yatsinzwe na Pyramids FC yo mu Misiri ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2025. Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025, aho abafana ba APR FC bari bitabiriye ku bwinshi baje gushyigikira ikipe yabo. Mu gice cya […]
Diamond Platnumz yavuze ku byo kurongora undi mugore nyuma ya Zuchu

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarongoye undi mugore nyuma ya Zuchu, umukunzi we banabana byemewe. Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye mu kwezi kwa Nyakanga 2025, ibintu byatangaje benshi mu bakunzi babo. Nyuma yaho hakomeje gucicikana ibihuha bivuga ko […]
Nyagatare: Abayobozi b’ibanze bakurikiranweho gusaba no kwakira ruswa

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyagatare bwakiriye dosiye iregwamo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali hamwe n’Ushinzwe Umutekano mu Kagari (Cell commander), bakurikiranweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa ingana n’ibihumbi ijana (100.000frw). Ibi byabaye nyuma y’aho umuturage w’umuhinzi usanzwe ugura ifumbire n’abaturage akayikoresha mu buhinzi arunze ifumbire hafi y’umuhanda ubuyobozi bw’akagari bukamusaba kuyihavana kuko iteje umwanda. Nyuma […]
Rutahizamu wa APR FC agiye kumara amezi abiri adakina

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko rutahizamu w’Umunya-Burkina Faso, Djibril Quattara, azamara igihe kingana n’amezi abiri atagaragara mu kibuga, kubera uburwayi yakuye mu mikino ya Cecafa Kagame Cup yabereye muri Tanzania. Uyu mukinnyi yasubiye mu rugo adasoje iryo rushanwa, nyuma yo kugerwaho n’indwara. Kuva icyo gihe kugeza ubu ntiyongeye gukinira APR FC. N’ubwo hari amakuru […]
Rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda yaguye mu maboko y’ubutasi bwa RDC

Umunyarwanda Rutayisire Vianney wari usanzwe ari rwiyemezamirimo, biravugwa yapfiriye mu maboko y’Urwego Rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DEMIAP). Mu Ugushyingo 2022 ni bwo Rutayisire yari yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi za RDC zimujyana i Kinshasa zimushinja gukorana n’umutwe wa M23 wari umaze umwaka urwana n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC). […]
Muhanga: Yaraye asambanya umwana wari waje gusura mushiki we

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yatangaje ko Polisi ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kibangu, Akarere ka Muhanga. Amakuru avuga ko uwo mwana yabuze ku wa 27 Nzeri 2025, hanyuma akaza kuboneka ku itariki ya 28 […]
Perezida Trump ashaka igihembo Nobel hasi hejuru

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Kanama, perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika uri kunoza umushinga w’amahoro muri Gaza, yatangaje ko adahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel byaba ari “igitutsi” kuri Amerika. Trump yabwiye abajenerali Ubwo yari yabatumiye muri Virginia hafi ya Washington, ko kutabona igihembo cy’amahoro byaba ari igitutsi ku gihugu cyabo. Trump […]
Bujumbura: Igipolisi cy’u Burundi kiri guhiga bukware Abanyekongo bahaba

Kuva ku wa Gatanu ushize, Abanyekongo benshi batuye mu duce dutandukanye two mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi barimo guhigwa bukware n’abapolisi b’iki gihugu. Igikorwa giheruka, cyabaye mu gitondo cyo kuwa Mbere ushize mu gace ka Cibitoke, cyateye ubwoba kandi gitera abaturage b’Abanyekongo kumva badatekanye. Bivugwa ko umukwabu wagutse wakozwe n’abapolisi b’u Burundi wateje ubwoba […]
Hafashwe ibitenge bifite agaciro ka Frw miliyoni 18 byinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), ku wa Kabiri tariki 30 Nzeri cyafashe ibitenge 1,200 bifite agaciro ka Frw miliyoni 18 byinjizwaga mu Rwanda binyujijwe mu nzira zitemewe. Ibyo bitenge byari byahishwe mu ikamyo ipakiye isima yari iturutse mu Karere ka Rusizi yerekeza mu Mujyi wa Kigali. RRA yaburiye abakomeza kwishora mu bikorwa bya magendu, kuko […]
Ingabo z’u Rwanda na Uganda zikorera ku mupaka zahuriye i Kabale

Inama ya gatandatu y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’umuaka hagati y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Uganda (UPDF) kuri uyu wa Kabiri yafunguwe ku mugaragaro mu Mujyi wa Kabale, muri Uganda; kugirango baganire kandi bakemure ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka. Iyi nama kandi yitabiriwe na ba Defence Attachés muri ambasade z’u Rwanda na Uganda. Mbere y’inama, izo […]
Icyo AFC/M23 ivuga ku gihano cy’urupfu cyahawe Kabila wiswe umuyobozi wayo

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko igihano cy’urupfu cyahawe Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kwitirirwa kuba umuyobozi wawo, kigize kwica amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara wasinyanye na Leta ya RDC. Ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri ni bwo Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwakatiye […]
Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahagaritse imirimo

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yinjiye ku mugaragaro mu cyo bita “shutdown” cyangwa guhagarika akazi kubera ko abasenateri b’Ademokarate n’Abarepubulikani bananiwe kumvikana ku bijyanye n’ingengo y’imari. Ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump bwakangishije ko abakozi benshi bahagarikwa ku kazi mu gihe hagaragaye ihagarikwa ry’imirimo. Ihagarikwa ry’imirimo, nk’iryaherukaga mu […]
Benshi batawe muri yombi mu mukwabu wa M23 i Bukavu

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri, itariki 30 Nzeri, abayobozi b’inzego z’Ihuriro AFC / M23 bakoze umukwabu n’isaka mu nzira nyinshi zo mu gace ka Nyalukemba ka komini ya Ibanda i Bukavu (Kivu y’Amajyepfo). Iyi gahunda, yakozwe mu gihe hakomeje kugaragara ihungabana ry’umutekano, yatumye abantu benshi batabwa muri yombi muri kariya gace. Amagana y’abagabo, abagore, […]
FARDC yatangije ibitero byo kwisubiza Nzibira

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, batangije ibitero byiswe ibyo kwisubiza umujyi muto wa Nzibira wigaruriwe na AFC/M23. Iri huriro ryatangije ibi bitero ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri, nyuma y’icyumweru kimwe AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi uherereye muri Teritwari ya Walungu ho mu […]
Amerika yakiriye ibiganiro bya nyuma by’u Rwanda na RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zakiriye icyiciro cya nyuma cy’ibiganiro byahuzaga intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zaganiraga kuri gahunda ihuriweho igamije guteza imbere ubukungu bw’akarere ibihugu byombi bihuriyemo (REIF). Ni ibiganiro byayobowe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos. Uyu mugabo abinyujije ku rubuga […]
Joseph Kabila yakatiwe urwo gupfa

Urukiko Ruguru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu urwo gupfa nyuma yo kumuhamya ibyaha bitandukanye yaregwaga. Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019, yaregwaga ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi ndetse n’ibyaha by’intambara. Ni ibyaha yashinjwe muri Kamena uyu […]
Musanze: Umugore arashinjwa kwica umugabo we amukubise ishoka

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikiranye umugore w’imyaka 30 y’amavuko wishe umugabo we amutemesheje ishoka mu mutwe nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha Bukuru kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nzeri. Icyaha akurikiranyweho cyakorewe mu Mudugudu wa Musekera, Akagari ka Runoga, Umurenge wa Gitovu, mu Karere ka Burera mu ijoro ryo ku italiki ya 12 Nzeri 2025 […]
One year after her kidnapping, Gisele Nebale demands that Muyaya joins his accomplices in prison

One year ago today, on the afternoon of September 30, 2024, businesswoman Gisèle Busima walked into her office in Gombe, the high-end district of Kinshasa. She did not walk out freely. According to her official complaint filed in both Belgium and the United States earlier this year, Busima was forcibly taken from her office by […]
Un an après son enlèvement, Gisele Nebale demande que Muyaya rejoigne ses complices en prison

Il y a un an jour pour jour, dans l’après-midi du 30 septembre 2024, la femme d’affaires Gisèle Busima entrait dans son bureau à Gombe, le quartier huppé de Kinshasa. Elle n’en est pas ressortie librement. Selon sa plainte officielle déposée en Belgique et aux États-Unis plus tôt cette année, Busima aurait été enlevée de […]
France: Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yiciwe muri hotel y’i Paris

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Nzeri, Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, Emmanuel Mthethwa, yasanzwe yapfiriye, “kuri Hotel Hyatt” kuri 17e arrondissement, mu murwa mukuru hafi ya Arc de Triomphe, nk’uko ubushinjacyaha bwa Paris bwabwiye Le Figaro, bwemeza amakuru yatanzwe na Le Parisien. Ibimenyetso bya mbere by’iperereza byerekana ko uyu mugabo w’imyaka 58 […]
Ababiligi 22 bakiriwe nk’intwari mu Rwanda

Itsinda ry’abantu 22 bakomoka mu mujyi wa Bertrix mu Ntara ya Luxembourg, mu Bubiligi, ryageze i Kigali mu rwego rwo gushyigikira umukinnyi wabo Remco Evenepoel mu marushanwa y’Isi yo gusiganwa ku magare yabereye bwa mbere ku mugabane wa Afurika. Baje bitwaje amabendera y’u Bubiligi, n’ay’u Rwanda ndetse n’ibirango by’umujyi wa bo. Aba baturage, bamwe muri […]
Karasira Aimable azafungurwa mu mezi 7 ari imbere

Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwahanishije Uzaramba Karasira Aimable igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu ariko imitungo ye yafatiriwe ikarekurwa. Byari nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gukurura amacakubiri, ibindi byose yaregwaga abigirwaho umwere. Karasira Aimable wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, amaze imyaka irenga ine afungiye muri Gereza ya Nyarugenge. Ubushinjacyaha bwamuregaga ibyaha […]
Trump na Netanyahu barahamagarira Hamas kwakira umushinga wo guhagarika intambara muri Gaza

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump yavuze ko ibihugu byinshi by’Abarabu bishyigikiye umugambi we wo guhagarika intambara imaze imyaka ibiri i Gaza, We na Minisitiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu bahamagariye Hamas kwemera uwo mugambi. Perezida wa Amerika Donald Trump na Minisitiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu, baganiriye kuri gahunda y’ingingo 20 […]
Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyahindutse indiri y’abacanshuro bo mu bihugu 4

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze amezi menshi agura ibikoresho bishya bya gisirikare, mu rwego rwo guhangana n’umutwe wa M23 umaze imyaka hafi ine mu ntambara n’igihugu cye. Ni ibikoresho Kinshasa ikomeje kugira, mu gihe inakomeje ibiganiro na AFC/M23 bamaze amezi abiri basinyanye amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika iriya ntambara. […]
Ubushinwa bwubatse ikiraro cya mbere ku isi mu burebure

Ubushinwa bwubatse ikiraro Huajiang Grand Canyon kinini ku isi gitangaje kandi cyubatse hagati yimisozi ibiri kuri metero 625 z’uburebure kuko gikubye kabiri ikiraro cya Viaduct de Millau. Ikiraro cyasabye hafi imyaka itatu yo kubaka, gipima toni 22.000 za beto n’ibyuma, Huajiang Grand Canyon, imodoka zagitashye kiba kimwe mu gikorwa remezo gihambaye cyatunguye isi. Iki kiraro […]
Uburayi: Igihe cyaba kigeze ngo bwigobotore Amerika?

Imyaka irashize Uburayi bwifuza kugira igisirikare gihuriweho kandi kigenga, gusa buri guhura n’ikibazo cyo kudahuza kuri iyi ngingo, mu isesengura ryimbitse rigaragaza imbogamizi zituma budahuriza hamwe mu bwirinzi nyamara bwarahurije hamwe mu bukungu. Uburayi bumaze igihe kinini buri mu maboko y’Amerika kuko intwaro zigera kuri 64% bukoresha zituruka muri leta z’ubumwe z’Amerika ndetse bugakoresha miliyari […]
RDC: Batangiye kwikanga M23 i Kisangani

Brig. Gen. Jean Daniel Batambombi, Umuyobozi wungirije ushinzwe uburere mboneragihugu no gukunda igihugu mu buyobozi bukuru bwa FARDC, yahamagariye abaturage ba Kisangani, mu Ntara ya Tshopo, kugira uruhare rugaragara mu kurwanya gucengera kw’inyeshyamba za M23 muri uyu mujyi. Uyu muhamagaro watanzwe ku wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri, mu nama yabereye ku Rubuga rw’Abahowe Imana, […]
Madagascar: Perezida yasheshe guverinoma nyuma y’imyigaragambyo y’urubyiruko

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nzeri, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yasheshe guverinoma ye nyuma y’iminsi y’imyigaragambyo yiciwemo abantu Umuryango w’Abibumbye uvuga ko bagera kuri 22. Mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo, Perezida Rajoelina yagize ati: “Nahisemo guhagarika imirimo ya Minisitiri w’intebe na guverinoma.” Yavuze ko Minisitiri w’intebe Christian Ntsay hamwe n’abandi baminisitiri bazagumaho by’agateganyo […]
Netanyahu wa Israel yasabye imbabazi Qatar

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasabye imbabazi Qatar kubera ibitero igihugu cye cyayigabyeho muri uku kwezi. Netanyahu wari muri White House yasabye imbabazi ejo ku wa Mbere, ubwo yaganiraga kuri telefoni na mugenzi we wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar mu itangazo yasohoye, yavuze ko usibye gusaba imbabazi […]
RDC: Hateganyijwe isomwa ry’urubanza rwa Kabila

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Nzeri, abacamanza baza gutanga umwanzuro wabo mu rubanza rw’uwahoze ari umukuru w’igihugu, Joseph Kabila, waburanishijwe adahari. Joseph Kabila akurikiranweho ibyaha byinshi, birimo kugira uruhare mu mutwe wigometse ku butegetsi, ibyaha byo guhungabanya amahoro n’umutekano w’ikiremwamuntu, kwica nkana hakoreshejwe amasasu, ubuhemu, […]
Minisitiri wo muri RDC yirase abacanshuro ba Blackwater

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango, yemeje ku mugaragaro ko iki gihugu cyamaze kwakira abacanshuro bo mu mutwe w’abanyamerika wa Blackwater. Uyu mugabo yabitangarije mu butumwa busa n’ubujimije yanditse ku rubuga rwe rwa X. Ubutumwa ‘Black Water’ uyu mugabo yashyize ku rubuga rwe rwa X bwari buherekeje ifoto […]
Rema yanze kwishyura uwamwubakiye inzu

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Divine Ikubor uzwi cyane nka Rema, ari mu bibazo by’amategeko nyuma y’uko Amaka Obasi, nyir’ikigo Arden Lifestyle Company, yamushinje kumusebya no kumwambura amafaranga yari yishyuye mu mushinga wo gusana no gushushanya inzu. Nk’uko byatangajwe na Sahara Reporters, aba bombi bari basinye amasezerano ku itariki ya 4 Mata 2025, agamije gukora imirimo yo gushushanya […]
Ngoma: Batatu barimo umugabo wa nyakwigendera bakurikiranweho ubwicanyi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nzeri, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma bwatangiye gukurikirana abagabo batatu bakekwaho kwica umugore w’imyaka 50 y’amavuko bamukase ijosi. Icyaha bakekwaho cyakozwe ku itariki ya 26 Kamena 2025 mu Mudugudu wa Bacyoro, Akagari ka Sibagire, Umurenge Kigabiro ubwo uyu mugore yasangwamo mu nzu yapfuye yaciwe ijosi. Umugabo wa nyakwigendera […]
U Rwanda ntiruzongere gusabwa inzira y’abacanshuro batsindiwe muri Congo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yanenze bikomeye amagambo aherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wavuze ko guverinoma yabo izakomeza gukoresha abacanshuro mu ntambara. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibyo ari ibikorwa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, arimo amasezerano ya OAU/AU yo mu 1977 […]
Kicukiro: Uwari umunyonzi yavuye kureba amagare agerageza kwiyahura

Ingabire Clementine, utuye mu mudugudu wa Nyagafunzo, Akagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga mu karere ka Kicukiro, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gusangwa mu rugo rwe yataye ubwenge ku wa mbere tariki ya 29 Nzeri 2025. Amakuru aturuka mu baturanyi be avuga ko Ingabire, wigeze no gukina umukino w’amagare mu marushanwa ya Ferwacy, yari aherutse […]
Perezida Trump agiye kwishyurwa miliyari 31 na Youtube yafunze shene ye

Kompanyi ya YouTube, iyoborwa na Alphabet Inc., yemeye kwishyura amafaranga agera kuri miliyari 31 y’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo irangize urubanza yarezwemo na Perezida Donald Trump, nyuma yo guhagarikwa ku muyoboro we mu mwaka wa 2021 ubwo habaga imyigaragambyo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mwanzuro ushyira Google mu […]
VISIT RWANDA igiye kwamamazwa muri NBA na NFL

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (Rwanda Development Board, RDB) rwatangije ubufatanye bushya n’amakipe abiri akomeye yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariyo Los Angeles Clippers yo muri NBA na Los Angeles Rams yo muri NFL. Ni ubwa mbere ikirango cy’ubukerarugendo cy’ Afurika kibashije kuba umuterankunga icyarimwe mu makipe akomeye yo muri NBA na NFL, bikaba […]
Rutshuru: Abarwanyi ba M23 biriwe mu mirwano na Wazalendo mu midugudu ine

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri, imirwano mishya yadutse, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP mu midugudu ya Lurere, Makomalehe, Kitunva, na Kashavu, muri Gurupoma ya Bukombo muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri sosiyete sivile yo muri ako karere […]
FIFA yeteye mpaga Bafana Bafana yitegura guhura n’Amavubi

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yateye mpaga ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo, Bafana Bafana, nyuma yo gukinisha umukinnyi utabyemerewe ubwo yahuraga na Lesotho. Afurika y’Epfo yakuweho ariya manota nyuma yo gukinisha Teboho Mokoena wari ufite amakarita abiri y’umuhondo uriya mukino wabaye muri Werurwe uyu mwaka. FIFA mu itangazo yasohoye yagize iti: “Komisiyo ishinzwe imyitwarire […]
U Budage: Abagera ku 4000 bagiye kubura akazi na 13,000 muri Bosch kubera AI

Isosiyete y’indege y’Abadage, Lufthansa, irateganya kugabanya imirimo myinshi y’ubuyobozi mu 2030 ikayisimbuza ikoranabuhanga rigezweho. Iri tsinda rivuga ko AI n’ikoranabuhanga rya digitale bizasimbura imirimo imwe n’imwe mu gihe ivugurura uburyo indege zayo zikora. Kuri uyu wa Mbere, iyi sosiyete y’ubwikorezi y’igihugu cy’u Budage, Lufthansa, yemeje aya makuru ivuga ko bigamije kugabanya imyanya 4000 y’ubuyobozi mu […]
Drones zaturutse i Bujumbura na Uvira zarashe mu Mikenke

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ryarashe mu midugudu ituwe b’Abanyamulenge mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, rikoresheje drones z’intambara. Amakuru y’ibi bitero bishya yemejwe n’umutwe wa M23 biciye mu muvugizi wawo, Lawrence Kanyuka. Kanyuka yifashishije urubuga rwe rwa X, yavuze ko […]
Yigize umusirikare wa UPDF ndetse aniha ipeti rya Majoro

Ingabo za Uganda (UPDF) zatangaje ko zataye muri yombi Mugwanya Shaban, wiyitaga “Major Shaban”, nyuma yo kumushinja ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo gushimuta abantu, kwiyitirira ubuyobozi no gukoresha inyandiko mpimbano. Mugwanya yafashwe ku wa 27 Kanama 2025 kuri sitasiyo ya lisansi ya Shell mu Karere ka Wakiso, yambaye umwambaro wa gisirikare wa UPDF uriho ipeti […]
Urukiko rwategetse ko Kalisa Adolphe afungwa iminsi 30

Ku wa 29 Nzeri 2025, Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwasomye icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Kalisa Adolphe, uzwi nka Camarade, mu gihe cy’iminsi 30. Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma akurikiranwaho ibyaha, kandi ko kuba ari hanze bishobora kubangamira iperereza ririmo gukorwa. Mu gihe hasomwaga umwanzuro, nta muryango we witabiriye, ariko abanyamakuru bari bahari biteguye […]
Israel yasohoye urutonde rw’ibihugu 77 byanze kumva ijambo rya Netanyahu igomba kwitaho
Ijambo rya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ryagarutsweho cyane mu itangazamakuru ku Isi hose, atari ukubera ibikubiyemo, ahubwo kubera ukuntu abari mu nama basohotse mu cyumba mbere y’uko avuga. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Israel ikaba yasohoye urutonde rw’ibihugu imyanya yabyo yasigayemo ubusa mu gihe cy’iminota 41 yamaze avuga […]
Tshisekedi yohereje i Washington intumwa zo kwihutisha amasezerano yo kumurinda

Repubulika ya Demokarasi ya Congo biravugwa ko ishaka kwihutisha amasezerano arimo kuganirwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi ni bimwe mu byashyizwe imbere na Perezida wa Congo igihe yari i New York, aho yari yitabiriye Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye. Félix Tshisekedi yagiranye inama nyinshi, cyane cyane na Massad Boulos, Umujyanama wa White […]
Kinshasa: Impungenge nyuma y’uko leta yohereje FARDC kurwanya “embouteillages”

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje iyoherezwa ry’abasirikare ba FARDC gufasha Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda guhangana n’umubyigano w’imodoka (embouteillages) umaze kuba akasamutwe i Kinshasa, guhera kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri. Iki cyemezo gikurikira amabwiriza ya Perezida wa Repubulika mu Nama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 19 Nzeri, agamije […]
Perezida Museveni yavuze ko Eddy Kenzo ari umwana wa Brig. Chef Ali

Umuhanzi w’Umunya-Uganda wamenyekanye ku rwego mpuzamahanga, Eddy Kenzo yatangaje ku mugaragaro ko se ari nyakwigendera Brigadier Chef Ali, umwe mu basirikare 27 ba NRA barwanye urugamba rwashyize Perezida Yoweri Museveni ku butegetsi mu 1986. Ibi byemejwe nyuma y’uko Perezida Museveni ubwe mu muhango wo kumurika alubumu ye i Speke Resort Munyonyo, ku wa Gatandatu, yagaragaje […]
Abafana baherekeje Rayon Sports muri Tanzania bafatiwe nzira

Abakunzi ba Rayon Sports bari bajyanye ikipe yabo muri Tanzania bahagaritswe n’inzego zishinzwe umutekano ubwo bari mu rugendo rwo gusubira mu Rwanda. Byabaye nyuma yo gusanga imodoka bari batwaye yarengeje ibiro byemewe. Aba bafana bari bagendeye mu modoka ya kompanyi ya Ritco, bageze i Dar es Salaam ku wa Gatanu nijoro, aho ikipe yabo yakinaga […]
Michigan: Abantu 4 biciwe mu kiliziya 8 barakomereka nyuma yo kuraswa

Abayobozi baravuga ko umugabo yishe byibuze abantu bane abandi benshi barakomereka mu iraswa ryabereye mu muri Kiliziya ya Jesus Christ of Latter-day Saints i Grand Blanc, muri Leta ya Michigan, mbere yo kwicwa na we arashwe n’abapolisi. Kuri iki Cyumweru, itariki 28 Nzeri, byibuze abantu bane bishwe nyuma y’uko umugabo witwaje imbunda w’imyaka 40 wahoze […]
Perezida Kagame yakiriye umuteramakofe Takam n’umunyonzikazi Vallieres

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabonanye n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga w’Umufaransa ukomoka muri Cameroun, Carlos Takam. Kuri iki Cyumweru, Fondasiyo ya Carlos Takam yatangije ishuri rya Boxe rya Carlos Takam i Kigali, hagamijwe kumenyekanisha no guteza imbere siporo y’iteramakofe muri Afurika. Carlos Takam yahaye kandi Perezida umukandara w’umwimerere wa Champion w’Isi muri WBC mu rwego […]
Kigali: Tadej Pogačar yegukanye UCI Road World Championships 2025 ku nshuro ya 2 yikurikiranya

Kuri iki Cyumweru, itariki 28 Nzeri, Umunya-Slovenia Tadej Pogačar w’imyaka 27 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yaberaga i Kigali. mu gusiganwa mu muhanda ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. Yegukanye umwanya wa mbere mu gusiganwa mu muhanda ku nshuro ya kabiri yikurikiranya akoresheje 6h21’20” ku ntera y’ibilometero 267,5.
FARDC yibasiye ibindi birindiro bya M23 muri Kisimba n’indege

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Nzeri, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyarashe ibirindiro bibiri bya AFC / M23, ku misozi ireba Mpety muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale), Kivu y’Amajyaruguru. Aya makuru yanemejwe na M23 yavuze ko iki gitero cyasenye burundu ikiraro cya Mpety. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko drone yanyuze […]