Hategekimana Philippe agiye kujurira

Umunyarwanda Hategekimana Philippe wamenyekanye nka ‘Philippe Manier’ na ‘Biguma’ arateganya kujuririra icyemezo cy’urukiko rwa rubanda rwa Paris, rwamukatiye igifungo cya burundu. Iki cyemezo cyafashwe tariki ya 28 Kamena 2023 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu. Ni ibyaha bikomoka kuri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko ikinyamakuru Le Monde cyabitangaje kuri uyu wa 4 […]

Igitero cya drones za Ukraine i Moscow cyahungabanyije ingendo z’indege

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko Ukraine yagabye igitero cy’indege zitagira abadereva i Moscou, bituma indege ziva ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Vnukovo zihagarikwa . Indege zitagira abaderevu eshanu zakoreshejwe mu gitero cyo kuri uyu wa Kabiri, cyibasiye ahantu mu karere kanini gakikije umurwa mukuru. Minisiteri y’ingabo yavuze ko indege zitagira abapilote zose zarashwe kandi […]

UK: Abanyamategeko bakora muri gahunda yo gukumira abimukira batemewe bagiye kongezwa amafaranga

Guverinoma y’u Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongeza amafaranga abanyamategeko bakora muri gahunda yo gukumira abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butemewe bakoresheje ubwato buto. Ni icyemezo cyafatiwe hamwe n’ibiro bishinzwe umutekano w’imbere (Home Office) na Minisiteri y’ubutabera nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Financial Times. Ibi biro biyoborwa na Minisitiri Suella Braverman byasabye ko abanyamategeko bongezwa umushahara […]

RDC: Muzito aremeza ko atazitabira amatora atarimo Kwamouth, Masisi na Rutshuru

Perezida wa Komisiyo yigenga y’amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENI), Denis Kadima yunguranye ibitekerezo ku ya inzira y’amatora kuri uyu wa Mbere, itariki ya 3 Nyakanga, n’umunyapolitiki Adolphe Muzito, perezida w’ishyaka “Nouvel à‰lan”, uzaba ari umukandida mu matora ya Perezida yo mu Kuboza 2023 . Kuri uyu wahoze ari Minisitiri w’intebe, ngo nta […]

Uwakoraga ikiyede i Nyamirambo mu myaka 5 ishize aravuga ko ubu atunze Frw miliyari 7

Umusore w’imyaka 23 y’amavuko, ukomoka mu Burundi, Nishishikare Jean de Dieu aravuga ko mu myaka 5 ishize yakoraga akazi ko gufasha abafundi kazwi nk’ikiyede i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, ubu akaba afite umutungo abarira mu gaciro ka miliyoni 7 z’amadolari ya Amerika. Nishishikare uba muri Sweden, mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yasobanuye ko […]

Senegal: Perezida Macky Sall yemeje ko ataziyamamariza manda ya gatatu

Perezida wa Senegal, Macky Sall, yatangaje ko ataziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umwaka utaha, birangiza imyaka yo gushidikanya ku bijyanye n’ahazaza he muri politiki kwateje imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu kwezi gushize . Mu ijambo rye ryatambutse ku rubuga rwe rwa Facebook, Macky Sall kuri uyu wa Mbere ushize yashimangiye ariko ko itegeko nshinga […]

Geneva: Intumwa za Leta y’u Burundi zivumbuye, zisohoka mu nama

Intumwa za Leta y’u Burundi ziri i Geneva mu Busuwisi zanze guhurira mu nama n’uyirwanya, zihitamo gusohoka mu cyumba yari igiye kuberamo cya Palais Wilson. Muri iyi nama, izi ntumwa zagombaga gutanga no gusobanura raporo y’uko uburenganzira bw’ikiremwamuntu ihagaze mu Burundi. Ni gahunda yo kuri uyu wa 3 n’uwa 4 Nyakanga 2023. Mu gihe ziteguraga […]

UN yishimiye igifungo Hategekimana Philippe yakatiwe

Umujyanama wihariye w’Umuryango w’Abibumbye (UN) mu gukumira jenoside, Alice Wairimu Nderitu, yatangaje ko yishimiye ikatirwa rya Hategekimana Philippe wahamijwe uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Tariki ya 28 Kamena 2023 ni bwo urukiko rwa rubanda rwo mu Bufaransa rwaburanishaga Hategekimana wamenyekanye nka ‘Biguma’ igifungo cya burundu. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko mu gihe yari umuyobozi wungirije […]

General Kayihura n’abandi ba ‘Generals’ 10 bagiye gusezererwa

Umugaba w’Ikirenga w’ingabo za Uganda, Yoweri Museveni, agiye gusezerera abasirikare 10 bafite amapeti ari mu cyiciro cya General barimo Edward Kalekezi (Kale) Kayihura wari ugikurikiranwa n’ubutabera. Itangazo ryo kuri uyu wa 3 Nyakanga ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brigadier General Felix Kulayigye, risobanura ko aba basirikare bazasezererwa ku mugaragaro tariki ya 31 Kanama 2023. […]

Rwanda-UK: Abambutsa abimukira bari kwifashisha icyemezo cy’urukiko biyamamaza

Abambutsa abimukira mu buryo butemewe n’amategeko bari kwifashisha icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire rw’u Bwongereza kibuza iki gihugu kohereza abimukira mu Rwanda, bamamaza ibikorwa byabo. Icyemezo cy’uru rukiko cyafashwe tariki ya 29 Kamena 2023. Cyavuguruje icyo urukiko rukuru rwari rwarafashe, rwo rwasobanuraga ko gahunda ya guverinoma y’u Bwongereza ko kuzana abimukira yemewe n’amategeko. Ikinyamakuru The Telegraph cyatangaje […]

FSB iravuga ko yaburijemo umugambi wo kwivugana Guverineri wa Crimea

Urwego rushinzwe ubutasi rw’u Burusiya (FSB) rwatangaje ko umugabo witeguraga kwica Guverineri wa Crimea yafatiwe mu Burusiya kuri uyu wa Mbere. Urwego rwatangaje ko uyu yahawe akazi na Ukraine kandi akahatorezwa ibyo gutega ibisasu . FSB ivuga ko uyu mugambi waburijwemo ubwo uwo muntu ufite ubwenegihugu bw’u uri mu mpera z’imyaka 30, yakusanyaga ibikoresho bikora […]

La construction du port de Rusizi en cours

La construction du port de Rusizi, visant à  faciliter le transport des personnes et des marchandises sur le lac Kivu, a repris. Le port de Rusizi fait partie d’une initiative plus large visant à  amĂ©liorer le transport par voie d’eau et à  renforcer le commerce entre le Rwanda et la RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo. Le […]

Paul Rusesabagina amemshambulia Rais Paul Kagame na serikali yake

Mwanasiasa Paul Rusesabagina ame mshambulia Rais Paul Kagame na serikali ya Rwanda, baada ya muda kuachiliwa kutoka kwa huruma yake. Ni katika ujumbe wa video ambao mwanamume huyo alichapisha Ijumaa hii, Julai 01, 2023. Machi mwaka huu, Rusesabagina, ambaye alihukumiwa kifungo cha miaka 25 jela baada ya kupatikana na hatia ya uhalifu wa ugaidi, aliachiwa […]

Civil society in North Kivu wants to participate in the Rwanda-DRC-HCR tripartite

The provincial coordination of civil society in North Kivu published, on Saturday July 1 in Goma, a declaration entitled: “No to the tripartite on Congolese refugees without the participation of the representatives of the people” . In this declaration, this structure says that it does not give a tripartite without the representatives of the people […]

Ndayishimiye yahembye ba Minisitiri 2 amafaranga miliyoni 10 mu yo agenerwa

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahembye Minisitiri w’umutekano w’imbere n’ubutegetsi bw’igihugu n’uw’inyubako rusange n’imihanda kubera imirimo myiza bakoze mu nshingano zabo. Kuri Minisitiri w’inyubako n’imihanda, Perezida Ndayishimiye yagize ati: “Uvuga rimwe, akumva gatanu. Ngira ngo abakoraga urugendo rwa Bujumbura-Gitega, ubu igitoro musigaye munywa cyaragabanyutse, n’imodoka zagendaga zita ibyuma mu nzira, bu ntizikibita.” Kuri Minisitiri w’umutekano […]

Senateri wa RDC yashinje Umuryango Mpuzamahanga kuba icyitso cy’u Rwanda mu Nteko ya EU

Muri iki cyumweru gishize impaka zabaye nyinshi mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burayi, i Buruseli, umurwa mukuru w’U Bubiligi, ahari bamwe mu senateri bavuye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, barimo Senateri Laddy Yangotikala, watowe mu Ntara ya Tshopo, washinje Umuryango Mpuzamahanga gufatanya n’u Rwanda mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo . Mu gutangira […]

Abanyekongo binjiriye urubuga rwa FERWAFA

Umutwe w’Abanyekongo binjira mu makuru y’ikoranabuhanga y’abandi mu buryo butemewe n’amategeko (hackers) witwa DRC-Hacktiviste winjiriye urubuga (website) rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda. Uwageragezaga gusura urubuga rwa FERWAFA mu gitondo cy’uyu wa 3 Nyakanga 2023 kugeza nka saa moya n’igice, ntabwo yabonaga amakuru yose yari ahasanzwe, ahubwo yari yasimbuwe n’ubutumwa rukumbi buvuga ku ntambara iri kubera […]

Nyagatare: Urugendo rwo Kwibohora rwitabiriwe n’abarimo Guverineri Gasana

f189deb9e83d2f1b280703ad4b479ffe.jpg

Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare biganjemo urubyiruko, kuri iki Cyumweru bitabiriye urugendo rwo kwibohora (Liberation Walk) rubanziriza kwizihiza Umunsi wo Kwibohora wizihizwa buri mwaka ku itariki 4 Nyakanga . Ni urugendo rwahereye kuri Stade y’Akarere ka Nyagatare, rusorezwa ahitwa Gikoba mu Murenge wa Tabagwe ahabitse amateka akomeye y’urugamba rwo kubohora igihugu, kuko ari ho […]

Umubyeyi utwite akwiye kwitwararika mu gihe akoresha telefone

Umugore utwite aba afite ibyago byinshi byo guhungabanywa bikomeye n’ibyibasira ubuzima, kandi ntibigarukira aho kuko abahanga bagaragaza ko bifata n’umwana atwite. Ni muri urwo rwego mu gihe akoresha telefone ngendanwa, aba akwiye kwitwararika cyane. Umuhanga mu bumenyi bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, yatanze inama abinyujije mu gitabo aherutse gushyira hanze cyitwa “Proper Utilization of Technology […]

Nyamasheke: Yasanzwe hejuru mu kiziriko nyuma yo gutongana n’umugore

Abaturage b’umudugudu wa Rugarama, akagari ka Bisumbo,umurenge wa Cyato, akarere ka Nyamasheke, bari mu rujijo nyuma yo kubwirwa mu gitondo cy’uyu wa 2 Nyakanga, ko umuturanyi wabo Hagenimana Emmanuel w’imyaka 45 yimanitse mu gikoni nyuma yo gutongana n’umugore we bari bamaranye imyaka myinshi mu makimbirane, bamwe bakavuga ko yaba yishwe akahamanikwa. Ni amakuru akomeje guteza […]

Umutekano w’ibizamini bya Leta urinzwe kuva muri Gicurasi: NESA

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), Dr Bahati Bernard, aravuga ko umutekano w’ibizamini bya Leta biratangira muri uku kwezi kwa Nyakanga urinzwe mu buryo buhambaye kuva muri Gicurasi 2023. Dr Bahati yasobanuye ko ibi bizamini byamaze gutegurwa, ikiri gukorwa ubu kikaba ari ugutubura kopi zabyo, ibyo bigakorwa hari abantu bashinzwe kubirinda, […]

Biguma: Ijwi ry’abahohotewe b’i Nyanza ryumvikaniye i Paris

Amasaha 288, ibyumweru 7, iminsi 31 y’iburanisha, abatangabuhamya n’abaregera indishyi bagera ku 106, biganjemo abahohotewe: ni rwo rubanza rwa Hategekimana Filipo, alias « Biguma », mu mibare. Ku wa 28 Kamena, mu rukiko rwa rubanda rwa Paris, mu Bufaransa, byasabye impaka z’amasaha arenga 8 kugira ngo inyangamugayo n’abacamanza bamufatire icyemezo: igihano cy’igifungo cya burundu! Bagendeye ku kuri […]

U Bwongereza bwaburiye Uganda ko ishobora kwibasirwa n’ibitero by’iterabwoba

U Bwongereza bwaburiye Uganda ko ibyihebe bishobora kuyigabaho ibitero by’iterabwoba nubwo butasobanuye urwego bizaba biriho nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga . Muri uyu muburo w’u Bwongereza, bwavuze ko ibitero “bishobora kutarobanura cyangwa bikibasira abanyamahanga cyangwa ahantu hagendwa cyane n’abanyamahanga,” “Mugomba kuba maso igihe cyose, by’umwihariko ahantu haba hari abantu benshi n’ahantu rusange nk’amahoteli, […]

Tshisekedi yabaye Umunyekongo wa mbere uhawe indangamuntu nyuma y’imyaka 40

Nyuma y’igihe kirekire nta ndangamuntu y’igihugu, Abanyekongo ubu nabo batangiye kuzihabwa nyuma y’igikorwa cyatangijwe kuwa Gatanu, itariki ya 30 Kamena 2023, Perezida wa Repubulika FĂ©lix Tshisekedi akaba ari we wayihawe bwa mbere . Mu muhango wabereye kuri Minisiteri y’umutekano , Perezida Felix Tshisekedi niwe muturage wa mbere wakiriye ikarita y’indangamuntu ku biro by’igihugu bishinzwe kumenyekanisha […]

NESA irahumuriza abavuga ko ibizamini itegura bikomera

Umunyeshuri Mugisha Julius

Abanyeshuri n’abarezi bo mu rwunge rw’amashuri rwa Nkanga mu karere ka Bugesera bavuga ko ibizamini bya NESA bajya kubikora babanje kwiga no kubyitondera kubera uburyo biba biteguye kandi bikomeye ugereranyije n’ibindi bakora. Mugisha Julius wiga mu ishami rya HEG, yiteguye gukora ikizamini gisoza amashuri yisumbuye. Avuga ko ikizami cyateguwe na NESA kuri ubu ari cyo […]

Paris: Urugo rwa meya rwatewe n’abigaragambya abasaga 700 batabwa muri yombi

U Bufaransa bwabonye ijoro rya gatanu ry’imvururu, ubwo habaga imirwano ikomeye hagati y’abapolisi n’abigaragambyaga mu mujyi wa Marseille wo mu majyepfo y’igihugu . Abantu bagera kuri 719 batawe muri yombi ijoro ryose, nyuma y’abasaga 1000 bafashwe mu ijoro ryabanje nk’uko tubikesha BBC. Polisi ivuga ko abigaragambyaga mu majyepfo y’umujyi wa Paris bateye inzu y’umuyobozi w’akarere […]

Boris Johnson asanga atari aha “abacamanza i Londres” kwemeza umutekano w’u Rwanda

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yasabye Rishi Sunak kurenga inkiko nyuma yo kwemeza ko gahunda yo kohereza impunzi mu Rwanda itemewe n’amategeko . Boris yakoresheje umwanya wo kunyuzamo ibitekerezo bye yahawe na Daily Mail kugira ngo ashyigikire gahunda yo kujuririra iki cyemezo cy’abacamanza – ariko anavuga ko igihe kigeze ngo “duhindure amategeko” […]

Perezida Ndayishimiye yageneye umugore we ishimwe, asobanura impamvu

Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko n'amahanga yamenye ibikorwa byiza bya Angeline

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yageneye umugore we Angeline Ndayubaha ishimwe kuri uyu wa 1 Nyakanga 2023, mu gihe bizihizaga imyaka 61 ishize igihugu cyabo kibonye ubwigenge. Iri shimwe yarihawe nk’uwagize uruhare mu iterambere ry’Abarundi n’uwaranzwe n’ibikorwa by’ubugiraneza, nyuma yo gutorwa na komite yihariye yashyizweho ngo itoranye abakwiye amashimwe kuri uyu munsi. Perezida Ndayishimiye yagize […]

Ukraine: Kiev yongeye kugabwaho igitero cya za drones nyuma y’ikiruhuko

Kuri iki Cyumweru, u Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote kuri Kyiv nyuma y’ikiruhuko cy’iminsi 12, nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’igisirikare cya Ukraine,wemeje ko uburyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere bwangije drones zose zabusatiraga . Mu nyandiko yanditse ku rubuga rwa Telegram, Colonel General Serhiy Popko, ukuriye ubuyobozi bwa gisirikare muri Kyiv, yagize ati: “Ikindi […]

Rusesabagina arahamya ko ikirahuri cyamukozeho

Rusesabagina Paul uherutse gusohoka muri gereza ya Nyarugenge nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, yatangaje ko ikirahuri yahawe ari cyo cyatumye yisanga mu maboko ya Polisi y’iki gihugu n’urwego rw’ubugenzacyaha. Uyu mugabo wahamijwe ibyaha by’iterabwoba yatawe muri yombi muri Kanama 2020 ubwo yururukaga indege yihariye y’ikigo GainJet Aviation, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya […]

Guverinoma iri gukosora ibikorwaremezo bibangamira ibindi: Dr Ngirente

Dr Ngirente imbere y'abagize inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Gatanu

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangaje ko guverinoma y’u Rwanda iri gukosora ibikorwaremezo bibangamira cyangwa bisenya ibindi, by’umwihariko imihanda n’ibigo by’amashuri. Ni igisubizo yahaye umudepite Dr Frank Habineza kuri uyu wa 30 Kamena 2023, ubwo yasobanuriraga abagize inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, gahunda za guverinoma zo gucunga no guhangana n’ibiza. Dr Habineza, mu mwanya wo […]

Kocha wa PSG akamatwa katika uchunguzi wa ubaguzi

Kocha wa Paris Saint Germain, Christophe Galtier, alishikiliwa kwa mahojiano pamoja na mwanawe kama sehemu ya uchunguzi wa madai ya ubaguzi, mwendesha mashtaka wa Nice aliambia AFP siku ya Ijumaa . Hatua hiyo inafuatia uchunguzi ulioanzishwa mwezi Aprili, kufuatia madai kwamba alitoa matamshi ya ubaguzi wa rangi na chuki dhidi ya Uislamu kuhusu wachezaji alipokuwa […]

FARDC na UPDF byishe umuyobozi muri ADF ukomoka muri Tanzania n’umugore we

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’icya Uganda (UPDF), kiratangaza ko kivuganye undi muyobozi wa ADF mu murenge wa Ruwenzori muri Teritwari ya Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru . Aya makuru yatangarijwe abanyamakuru muri Teritwari ya Beni kuri uyu wa Gatanu, itariki 30 Kamena 2023, nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga. […]

MINEMA yashimiye umusore wakusanyije amafaranga yo gufasha abibasiwe n’ibiza

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA, yashimiye by’umwihariko umusore witwa Harerimana Tito watangije ku rubuga rwa Twitter igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gufasha bagizweho ingaruka n’ibiza. Ibiza byibasiye uburengerazuba, amajyaruguru n’amajyepfo mu ijoro rya tariki ya 2 rishyira iya 3 Gicurasi 2023. Byishe abantu 135, bikomeretsa 110, byimura 20,326. Harerimana tariki ya 4 Gicurasi yatangije igikorwa […]

Urubanza rwa Mwangachuchu: Ubushinjacyaha bukomeje kumushinja kuba Umunyarwanda

Depite à‰douard Mwangachuchu, uri mu butabera, mu iburanisha ryo ku wa Gatanu ushize, yatanze inyandiko yo gupimwa covid yakoreye i Kigali na Gisenyi mu Rwanda. Abamwunganira, bavuga ko icyemezo “cy’umwimerere” cyatanzwe na Mwangachuchu, kigaragaza ko yigaragaje ku mupaka nk’Umunyekongo, kandi ko atari Umunyarwanda nk’uko ubushinjacyaha bukomeza bubivuga, bushaka kwerekana ko uyu mudepite yegereye u Rwanda […]

Tshisekedi aremeza ko imbaraga za FARDC ziyongereye

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, aremeza ko imbaraga z’igisirikare cyabo, FARDC, n’izindi nzego z’umutekano ziri kwiyongera ku buryo mu gihe kiri imbere abazagerageza gutera igihugu cyabo bazaba bameze nk’abiyahura. Mu butumwa yatanze kuri uyu wa 30 Kamena 2023 mu gihe RDC yizihiza umunsi w’ubwigenge ku nshuro ya 63, Tshisekedi yabwiye Abanyekongo […]

Taiwan iravuga ko indege z’intambara z’u Bushinwa zongeye kuyivogera

Minisiteri y’ingabo ya Taiwan yavuze ko indege 11 z’igisirikare cy’u Bushinwa zambutse umurongo ugabanya impande zombi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu gihe u Bushinwa bukomeje gutoteza iki kirwa kiyobowe muri demokarasi bukoresheje ingufu zabwo za gisirikare . Taiwan, u Bushinwa buvuga ko ari intara yabwo bwite nubwo iki kirwa cyabyanze, mu myaka […]

HRW irashinja igisirikare cya Ukraine gukoresha ibisasu byaciwe ku ngabo z’u Burusiya

Kuri uyu wa Gatanu, Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu (HRW) wavuze ko wavumbuye ibimenyetso bishya byerekana ko ingabo za Ukraine zikoresha mu buryo butavangura ibisasu bya mine byaciwe ku ngabo z’u Burusiya zateye Ukraine mu 2022 . Uyu muryango wahamagariye Guverinoma ya Ukraine kubahiriza amasezerano yiyemeje mu ntangiriro z’uku kwezi yo kudakoresha izo ntwaro, gukora […]

Serikali ya Uingereza kukata rufaa dhidi ya uamuzi wa mahakama kuhusu Rwanda

Serikali ya Uingereza itataka kukata rufaa dhidi ya uamuzi wa mahakama kwamba mpango wake wa kuwafukuza makumi ya maelfu ya watu wanaotafuta hifadhi nchini Rwanda ulikuwa kinyume cha sheria, Waziri Mkuu Rishi Sunak alisema Alhamisi . Mahakama ya Rufaa ilihitimisha kwamba Rwanda isingeweza kuchukuliwa kama nchi ya tatu salama. “Ingawa ninaheshimu mahakama kimsingi sikubaliani na […]

U Burusiya burigamba guhitana abajenerali 2 ba Ukraine mu gitero muri Kramatorsk

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko abajenerali babiri ba Ukraine n’abandi basirikare bakuru ba Ukraine bagera muri 50 biciwe mu gitero cya missile muri Kramatorsk kuwa kabiri ushize nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya, RIA . Ku ruhande rwabo, abayobozi ba Ukraine batangaje ko abantu 12 bishwe abandi 60 bagakomereka nyuma y’igitero cya missile cy’u […]

Musenyeri mukuru wa Lubumbashi asanga Tshisekedi akwiye kwikiza abantu bamukikije

Mu gihe umubano ukomeje kuzamo igitotsi hagati y’abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Kiliziya Gatolika, Arkiyepiskopi wa Lubumbashi, Fulgence Muteba Mugalu, yashinje ubuyobozi gushakisha uwo bugerekaho amakosa y’ibibazo biri mu gihugu. Muri kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ku itariki ya 20 Kamena, Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu yashimangiye ko : kiliziya atari “umufatanyabikorwa w’abatavuga […]

London: Urukiko rwatesheje agaciro icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda

Icyemezo cy’Urukiko Rukuru cyateshejwe agaciro hemezwa ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda bitemewe kugeza igihe hazaba impinduka kuri gahunda y’ubuhunzi mu Rwanda, nk’uko Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye kuri uyu wa Kane, itariki 29 Kamena 2023 . Lord Burnett, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, yabwiye urukiko ko babiri mu bacamanza batatu banzuye ko ibitagenda neza muri gahunda yo gusaba […]

Le projet d’envoi de demandeurs d’asile au Rwanda jugĂ© illĂ©gal

La dĂ©cision de la Haute Cour est annulĂ©e et le renvoi des demandeurs d’asile vers le Rwanda est illĂ©gal jusqu’à  ce que des changements soient apportĂ©s au systĂšme d’asile là -bas, selon la Cour d’appel . La Cour d’appel de Londres devrait statuĂ© ce jeudi sur la lĂ©galitĂ© d’un plan britannique d’expulsion des demandeurs d’asile vers […]

Kigali: Amakipe yose y’u Burundi na Tanzania yasezerewe azira uburiganya

Mu mukino wahinduwe uwa gicuti, Abarundikazi batsinze abo muri Tanzania

Amakipe abiri ahagarariye u Burundi na Tanzania mu irushanwa ry’akarere ka Zone muri Basketball ry’abatarengeje imyaka 16 riri kubera i Kigali, yasezerewe nyuma y’aho bigagaragaye ko afite abakinnyi barengeje uru rugero. Muri iri rushanwa ryo gushaka itike y’igikombe nyafurika rizabera muri Tunisia muri Nyakanga 2023, byari byateganyijwe ko amakipe yombi (iy’abahungu n’iy’abakobwa) akina n’amakipe ahagararariye […]

Walikale: Umugore w’umusirikare yambitse ubusa, akubitirwa mu kigo cya gisirikare

Umugore w’umusirikare ukorera mu kigo cya gisirikare cya Biruwe muri Walikale, Isabel Ukunabo, yakakubiswe bikomeye nyuma yo kwambikwa ubusa, ubwo yari yagiye kuvuganira umugabo we witwa Kanimba Mutamba. Ukunabo yasobanuriye Radio Okapi ko yagiye muri iki kigo kuri uyu wa 28 Kamena 2023 kubaza agahimbazamusyi k’urugamba umugabo we atishyuwe, komanda waho ategeka abasirikare babiri kumukuramo […]

London: Urukiko rw’ubujurire ruranzura niba kohereza abimukira mu Rwanda byemewe

Kuri uyu wa Kane, itariki 29 Kamena 2023, Urukiko rw’Ubujurire rwa Londres ruranzura niba umugambi w’u Bwongereza wo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda wemewe n’amategeko, mu cyemezo gishobora gutuma umuhigo wa Minisitiri w’intebe Rishi Sunak wo guhagarika abimukira ku bwato ugerwaho cyangwa ukangizwa . Mu masezerano yabaye mu mwaka ushize, Guverinoma y’u Bwongereza irateganya kohereza […]

RIB ishobora guhabwa ububasha bwo gufunga amadosiye amwe atageze mu bushinjacyaha

Umushinga w’itegeko rishya urashaka guha ububasha Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyahamu (RIB) bwo gufunga amadosiye amwe n’amwe atabanje koherezwa mu bashinjacyaha . Dukurikije itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ririho, abashinzwe ubugenzacyaha ntibafite ububasha bwo gufunga amadosiye kabone niyo baba babona ari ngombwa. Basabwa gushyikiriza dosiye z’imanza mu bushinjacyaha bukuru (NPPA) kugirango hafatwe icyemezo. NPPA ifite ububasha bwo […]

Paris: Hategekimana yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 28 Kamena 2023 rwakatiye igifungo cya burundu Hategekimana Philippe wamenyekanye nka ‘Biguma’ nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu. Hategekimana wari umuyobozi wungirije muri jandarumori muri Nyanza mu 1994 yashinjwe gutegeka ko Abatutsi bicirwa kuri za bariyeri, bamwe akabiyicira ubwe. Ni ibyaha ubushinjacyaha buvuga […]

Rutsiro: Murekatete aravuga ko atagizwe Meya na Gatabazi

Meya ucyuye igihe w’akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose, arahakana amakuru avuga ko yari yarashyizwe muri iyi nshingano na Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Mbere y’uko kuri uyu wa 28 Kamena 2023 ibiro bya Minisitiri w’Intebe bisohora itangazo risesa inama njyanama y’akarere ka Rutsiro, mu biro by’aka karere habanje guhwihwiswa amakuru y’imikorere n’imikoranire […]

Nyamasheke: Umurambo w’umukecuru wari warabuze wasanzwe ku ruzi

Umurambo w’umukecuru w’imyaka 60 witwaga Nyirangirinshuti FĂ©licitĂ©, wari utuye mu mudugudu wa Gakenke, akagari ka Rugali, umurenge wa Cyato, akarere ka Nyamasheke, wabuze ku wa 23 Kamena, wasanzwe ku nkengero z’uruzi rwa Karundura mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Kamena. Nk’uko umunyamakuru wa Bwiza.com yabitangarijwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rugali, Mubayire Eliel, ngo uyu […]

Perezida wa Koreya y’Epfo yoherereje uw’u Rwanda ubutumwa bwihariye

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Kamena, Minisitiri w’intebe, Edouard Ngirente, yakiriye Sung Min Jang, intumwa idasanzwe ya Perezida wa Repubulika ya Koreya, waje azanye ubutumwa bwihariye bwa Perezida Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame . Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga […]

M23 yasubiyemo ko itazaba mu kigo cya Rumangabo

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wasubiriyemo amahanga ko utazemera kohereza abarwanyi bawo kuba by’agateganyo mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo butarubahiriza ibyo wabusabye. Tariki ya 20 Kamena 2023, Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yasohoye itangazo, avuga ko uyu mutwe wubahirije ibyo wasabwaga […]

The DRC will coordinate the actions of the various forces deployed in the east

The SADC, EAC, CIRGL and AU Quadripartite Summit ended on Tuesday, June 27 in Luanda with the establishment of a framework for coordinating the actions of various forces deployed in eastern DRC. The leadership of this framework has been entrusted to the DRC. Congolese Minister of Foreign Affairs, Christophe Lutundula Apala, welcomed the decision during […]

RDC yahawe guhuza ibikorwa by’ingabo z’amahanga zoherejwe mu burasirazuba

Inama ya SADC, EAC, CIRGL, CEEAC hiyongereyeho na AU, yarangiye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 27 Kamena i Luanda hashyizweho urwego rwo guhuza ibikorwa by’ingabo zinyuranye zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo, Christophe Lutundula Apala, mu kiganiro na Radio Okapi, yishimiye ko ubuyobozi bw’uru rwego bwahawe […]

Le chef de l’armĂ©e kenyane reà§u par son homologue rwandais

22179.jpg

Le chef des forces de dĂ©fense du Kenya, le gĂ©nĂ©ral Francis Ogolla, a rendu visite aux Forces de dĂ©fense du Rwanda (RDF) et a eu des entretiens bilatĂ©raux avec les dirigeants de l’armĂ©e rwandaise . Les pourparlers visaient à  approfondir les relations existantes entre les deux armĂ©es. A son arrivĂ©e, il a Ă©tĂ© reà§u par […]

Ubutumwa bwo kubungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) burarangirana n’uku kwezi

Inshingano z’imyaka icumi z’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Mali zizarangira ku itariki ya 30 Kamena, nk’uko abadipolomate babitangaje kuri uyu wa Kabiri ushize, mbere y’uko Akanama k’Umutekano gatora umushinga w’uyu mwanzuro, wabonywe na Reuters, uzaha abasirikare ibihumbi 13 amezi atandatu yo kuhava . Iherezo riteganyijwe ry’ubutumwa bwa MINUSMA rije nyuma y’umwuka mubi umaze […]

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Kuba Umunyarwanda, kuvuga Ikinyarwanda, kugira ibikorwa mu Rwanda cyangwa se umutungo muri iki gihugu birasa n’aho byahindutse ikizira mu maso y’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo guhera mu mwaka ushize, ubwo bwatangiraga kurushinja gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Kuva icyo gihe ni bwo urwego rwa RDC rushinzwe iperereza (ANR) rwatangiraga gukora umukwabu muri […]

Mkuu wa Jeshi la Ulinzi la Kenya amefanya ziara nchini Rwanda

Mkuu wa Jeshi la Ulinzi ya Kenya (KDF), Jenerali Francis Ogolla amefanya ziara nchini Rwanda, Jumanne Juni 27, 2027, ambapo alipokelewa na kufanya mazungumzo na mwenzake wa Rwanda, Luteni Jenerali Mubarakh Muganga. Wizara ya Ulinzi nchini Rwanda imetangaza kuwa mazungumzo kati ya Wakuu wa Ulinzi yalilenga ushirikiano katika kudumisha usalama katika eneo hilo, pamoja na […]

TotalEnergies yongeye kujyanwa mu rukiko kubera imishinga yayo muri Uganda

Amatsinda atanu y’impirimbanyi yongeye gutanga ikirego mu rukiko rw’imbonezamubano rwa Paris kirega sosiyete y’Abafaransa yitwa TotalEnergies (TTEF.PA) ku nshuro yayo ya kabiri kubera imishinga y’iki kigo muri Uganda na Tanzania , nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko igerageza rya mbere muri Gashyantare ryari ryatewe utwatsi . Amatsinda y’Abafaransa n’Abagande, ayobowe n’Umuryango “Inshuti z’Isi” […]