Amavubi yasesekaye i Dar aho azakirirwa na Ethiopia (Amafoto)

20220824_193330.jpg

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yamaze kugera i Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania aho igomba guhurira na Ethiopia, mu mukino ubanza w’ijonjora ryo gushaka itike ya CHAN. Mu kanya kashize ni bwo iyi kipe yageze ku kibuga cy’indege cyitiriwe Julius Nyerere, nyuma yo guhaguruka i Kigali mu masaha yatambutse. Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier, […]

Abiy Ahmed yakiriye umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen. Kainerugaba

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yakiriye umuhungu wa Perezida wa Uganda usanzwe ari n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa 24 Kanama 2022. Lt Gen. Kainerugaba wari waherekejwe n’itsinda ry’abantu batatu yatangaje ko yagiranye na Abiy Ahmed ikiganiro cyari gifite intego yo gushakira ibisubizo amakimbirane ari muri Ethiopia. Yagize […]

Ubukangurambaga bwa Laboratwari y’igihugu bwakomereje mu mujyi wa Kigali

Meya Rubingisa yahaye ikaze abitabiriye ubu bukangurambaga

Ubukangurambaga bwo kumenyekanisha serivisi za Laboratwari y’igihugu y’ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera, RFL, bwakomereje mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa 24 Kanama 2022. Ni igikorwa cyabereye muri Kigali Convention Center, kiyoborwa n’Umuyobozi Mukuru wa RFL, Lt Col. Dr Karangwa Charles, cyitabirwa n’abo mu nzego zitandukanye z’igihugu barimo Meya w’Umujyi wa Kigali, Dr Pudence […]

Ambasaderi wa Ukraine i Vatican yanenze ibyatangajwe na Papa ku rupfu rwa Darya Dugina

Ambasaderi wa Ukraine i Vatican yanenze Papa Fransisiko kubera kugereranya Darya Dugina, umukobwa w’umwe mu bagabo bavuga rikijyana mu Burusiya bivugwa ko ari inshuti ya Perezida Putin, nk’inzirakarengane y’intambara. “Inzirakarengane zishyura intambara,” ibi byatangajwe n’Umushumba wa Kiliziya Gaturika mu iteraniro rusange ryo kuri uyu wa Gatatu, avuga ko “uriya mukowa ubabaje wajugunywe mu kirere na […]

Le gĂ©nĂ©ral major Nkubito prend les rĂȘnes au Mozambique en tant que commandant de la force conjointe

Le gĂ©nĂ©ral major Eugene Nkubito, qui a Ă©tĂ© promu au rang la semaine derniĂšre, devrait prendre la relĂšve en tant que force opĂ©rationnelle conjointe de la sĂ©curitĂ© rwandaise au Mozambique, en remplacement du gĂ©nĂ©ral major Innocent Kabandana, qui achĂšve sa pĂ©riode de service. Le gĂ©nĂ©ral major Nkubito, le nouveau commandant de la Force opĂ©rationnelle interarmĂ©es […]

Gicumbi: Umugabo w’imyaka 65 arashinjwa gusambanya no gutera inda umwana w’imyaka 16

Urukiko rw’Ibanze rwa Byumba kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Kanama, rwafunze iminsi mirongo 30 y’agateganyo umugabo w’imyaka 65 y’amavuko, uturuka mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabuga, Ubushinjacyaha bukurikiranyeho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko akanamutera inda. Ubshinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buravuga ko iki cyaha yagikoze mu mpera […]

Boris Johnson yasubiye muri Ukraine bitunguranye

Boris na Zelensky bari barindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, kuri uyu wa 24 Kanama 2022 yasubiye mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu buryo butunguranye. Uyu muyobozi amaze gutangariza kuri Twitter ati: “Ibibera muri Ukraine biratureba twese. Ni yo mpamvu ndi muri Kyiv uyu munsi. Ni yo mpamvu UK izakomeza gushyigikira inshuti zacu zo muri Ukraine. Nizera ko […]

Thailand: Urukiko rwahagaritse minisitiri w’intebe bisabwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwa Thailand rwahagaritse Minisitiri w’intebe, Prayuth Chan-ocha, ku mirimo ye nyuma yo gufata icyemezo cyo kumva icyifuzo cyo gusuzuma manda ye y’imyaka umunani yemerewe n’amategeko. Urukiko rwatangaje icyemezo cyarwo mu itangazo ryohererejwe itangazamakuru. Ntibyamenyekanye igihe ruzatangira icyemezo cya nyuma ku cyifuzo cyazanywe n’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe […]

Kivu y’Amajyepfo: Ibirindiro bya MONUSCO byatewe n’abantu bataramenyekana

Ibirindiro by’ingabo za MONUSCO mu Mujyi wa Balaka, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo byagabweho igitero n’umutwe w’inyeshyamba utaramenyekana zai zitwaje intwaro zirimo n’iza gakondo. Igitero cyagabwe ahagana saa saba z’ijoro kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Kanama 2022. Amakuru aturuka mu nzego za leta agera kuri ACTU7.CD, ntabwo avuga umubare w’abantu bahasize ubuzima cyangwa […]

Ba Gen Murasira na Karuretwa bari muri Botswana (Amafoto)

20220824_131532.jpg

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, ari i Gaborone mu gihugu cya Botswana aho yatangiye uruzinduko rw’akazi. Ni uruzinduko kumara iminsi itatu nk’uko Minisiteri y’Ingabo z’rugombau Rwanda yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. RDF yavuze ko muri uru ruzinduko Gen Murasira yasinyiyemo amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, hagati yayo ndetse n’Igisirikare cya […]

Zelensky yatangaje ko Ukraine izisubiza Crimea ifitwe n’u Burusiya, bidasabye ko ifashwa n’amahanga

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igisirikare cyabo kizisubiza umwigimbakirwa (peninsula) wa Crimea kuri mu maboko y’u Burusiya, kandi ngo ntibisazaba ko gikenera ubufasha bw’amahanga kugira ngo iyi ntego igerweho. Zelensky yabitangarije mu nama mpuzamahanga ya ‘Crimea Platform’ yahuje Ukraine n’ibindi bihugu bigera kuri 60 yabaye kuri uyu wa 23 Kanama 2022. Uyu Mukuru […]

Uko Umunyakenyakazi yazengereje abakoloni b’Abongereza

Mekatilili wa Menza yari umuhanuzi utagira icyo atinya akaba n’indwanyi yayoboye Abanyakenya ba Giriama bigometse ku bakoloni b’Abongereza. Yavutse mu mwaka w’1860. Yibukirwa ku kuba ari umwe mu bagore b’Abanyakenya babaye intwari, akaba yarahangaye uwari uhagarariye abakoloni bitewe nuko batumvikanye kungamba bafatiraga abanyakenya harimo kubakoresha imirimo yabo ku gahato. Abanya-Giriama bakomokaga ku Banyakenya bitwa Mijikenda […]

Rwongeye kwambikana hagati y’Ingabo za Ethiopia n’inyeshyamba za TPLF

Imirwano yongeye kubura hagati y’Ingabo za Leta ya Ethiopia n’inyeshyamba z’ishyaka TPLF riyoboye intara ya Tigray, nk’uko amakuru aturuka muri kiriya gihugu abivuga. Ni nyuma y’amezi menshi impande zombi zarahagaritse imirwano. Imirwano hagati y’impande zombi kuva kuri uyu wa Gatatu iri kubera hafi y’Umujyi wa Kobo, nk’uko umuhinzi utuye muri kariya gace yabihamirije Ibiro Ntaramakuru […]

Ingabire Immaculée yahishuye ko hari uwigeze kumuhigisha imbunda ku biro bye

Umuyobozi w’ishami ry’umuryango Transparency International urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, yahishuye ko hari uwitwaje imbunda wigeze kumuhiga ku kazi afite umugambi wo kumurasa. Ingabire yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru GĂ©rard Mbabazi, cyagiye hanze ku wa 22 Kanama 2022, cyibanze ku buzima bwe. Uyu muyobozi yavuze ko ku kigero cy’imyaka agezeho, nta muntu […]

Kenya yatangaje iyoherezwa ry’abasirikare bayo basaga 200 muri RDC

Umuyobozi wungirije w’ingabo z’igihugu cya Kenya, Lt. Gen. Francis Ogolla yatangaje kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 22 Kanama, iyoherezwa ry’Ingabo za Kenya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu mutwe udasanzwe ushinzwe gutabara byihuse wa Monusco. Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya leta muri Kenya (KBC), abasirikare barenga 200 ba KDF bazaba bagize itsinda ryo […]

Brussels Airlines yatangaje ko itagishoboye gukora ingendo i Kinshasa

Isosiyete y’indege ya Brussels Airlines yatangaje ko itagishoboye guhuza Kinshasa na Bruxelles nk’uko tubikesha urubuga interview.cd rwo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko iyi kompanyi y’indege ibitangaza, iki cyemezo kizatangira gukurikizwa kugeza hagati muri Nzeri, cyafashwe kubera impamvu z’ibura ry’amavuta yo gukoresha ku kibuga cy’indege cy’umurwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iyi […]

ICRC ivuga ko ari ngombwa kumenyekanisha amategeko agenga ibihe by’intambara

Abarimo abarimu baganira kuri aya mategeko kugira ngo na bo bajye bayigisha

Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare , ICRC, ivuga ko ari byiza ko abantu bo mu Rwanda bamenya amategeko agenga intambara, nubwo nta yo iri kubera muri iki gihugu. Byatangajwe na Namahoro Julien, Umuyobozi w’ishami rishinzwe itumanaho no gukumira muri ICRC Rwanda, muri iki gihe hari kuba ibiganiro nyunguranabitekerezo ku nshuro ya 5 n’abarimu bigisha muri […]

Amerika igiye guha Ukraine indi nkunga ya gisirikare ya miliyari 3$

Leta Zunze Ubumwe za merika zirateganya gutangaza inkunga ya gisirikare ya miliyari 3 z’Amadolari kuri Ukraine kuri uyu munsi igihugu cyizihiza Umunsi w’Ubwigenge ndetse n’amezi atandatu ashize gitewe n’u Burusiya. Itangazo rya White House riteganyijwe kuri uyu wa Gatatu mu masaha akuze nk’uko byemejwe n’umuyobozi muri Amerika, nyuma yaho Washington itanze umuburo ivuga ko u […]

Mozambique: Intagondwa zongeye kubura ibitero noneho zisatira n’amajyepfo

Intagondwa z’Abayislamu muri Mozambike zongeye kubura ibitero mu majyaruguru y’igihugu mu Ntara ya Cabo Delgado, aho byongereye ku mubare w’abaturage bavanwe mu byabo abagera ku 80,000. Ibi bitero bikaba bije gukoma mu nkokora ibyatangazwaga na leta ko yaciye intege intagondwa z’abayisilamu zigeze kwigarurira iyi ntara hafi ya yose muri za 2017. Ibitero bishyashya muri iyi […]

Rubavu: Wa mukobwa ‘wakuwe iryinyo na Gitifu kuko yanze ko baryamana’ yafunguwe

Urukiko rw’Ibanze rwa Gisenyi ejo ku wa Mbere tariki ya 23 Nyakanga rwarekuye by’agateganyo abantu batanu, barimo umukobwa washinje Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanzenze kumukubita akamukura iryinyo amuhora ko yamwangiye ko baryamana. Abari bafunzwe barimo uwitwa Dukuzumuremyi Jean Claude, Mutuyimana ThĂ©rĂšse, Uwamahoro Aline, Uwase Josiane Ketia na Uwimanimpaye Claudine. Uko ari batanu ubushinjacyaha bubarega icyaha […]

Umuyobozi wa Charity Bids yakiriwe na Perezida Paul Kagame

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Kanama, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Charity Bids cyifashishwa mu gushaka inkunga n’ubushobozi ku miryango idaharanira inyungu mu bikorwa byayo by’ubugiraneza. Nk’uko bigaragara ku rubuga rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro, Israel Schachter, yakiriwe na Perezida Kagame aherekejwe na Niyonkuru Zephanie, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu […]

Amafoto: Abagize guverinoma n’ibyamamare bitandukanye bizihije ubuzima bwa Buravan

Buravan yari afite imyaka 27 y'amavuko

Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju n’ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro mu Rwanda, bitabiriye umuhango wo kwibuka no kwizihiza ubuzima bw’umuhanzi Burabyo Yvan wamamaye nka Yvan Buravan, uherutse kwitaba Imana. Ibyamamare byitabiriye uyu muhango birimo abahanzi nka: Masamba Intore, Uncle Austin, Peace Jolis, Israel Mbonyi na Prosper Nkomeza bamenyekanye mu ndirimbo […]

Igisirikare cya Nigeria kivuga ko kurandura Boko Haram bizagitwara imyaka nka 30

Umuvugizi w’agateganyo w’igisirikare cya Nigeria, Brig. Gen. Folorunso Oyinlola yatangaje ko kurandura umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram bizagitwara imyaka igera kuri 30. Brig. Gen. Oyinlola yabitangarije mu nama y’akarere yerekeye umubano hagati y’igisirikare n’abaturage, yabereye muri Benin kuri uyu wa 23 Kanama 2022 nk’uko ikinyamakuru Sahara Reporters. Uyu musirikare yasobanuye ko Boko Haram ari umutwe […]