Uganda: Yajyanye idini , abayobozi n’ab’iyita Abayisilamu bose mu rukiko abaziza kwita Imana, Allah

Umugabo wo mu gihugu cya Uganda yitabaje Urukiko Rushinzwe kurinda itegeko nshinga arusaba kubuza Abayisilamu gukomeza kwita Imana, Allah cyangwa Imana ya Yesu no kugereranya Islam n’Ubukirisitu. Uyu mugabo witwa Ivan Samuel SSebadduka, wiyita Umukirisitu wemera Imana imwe (monotheist), ashimangira ko nubwo abayisilamu bafite uburenganzira bwo kgisenga nk’uko biteganywa mu itegeko nshinga, badafite uburenganzira bwo […]

RDC: Joseph Kabila wari umaze igihe acecetse yagarutse mu kibuga cya Politiki

Nyuma yo gusimburwa ku butegetsi na Perezida Felix Tshisekedi, Joseph Kabila yari amaze iminsi atigaragaza mu bikorwa bitandukanye bya politiki, ubu bikaba bitangazwa ko yagarutse. Nk’uko byatangajwe n’ishyaka rye, PPRD, ngo Perezida waryo w’icyubahiro, Joseph Kabila agarutse mu kibuga aho agiye gukomeza ibikorwa bya politiki. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019, umunyamabanga […]

Namenye ko umugore wa pasiteri aboneza urubyaro kandi twe babitubuza, ubwo si ubugome koko? 

Abo dusangiye urugendo rugana mu ijuru ndabaramukiza mu izina ry’umwami Yesu, nkaba nabagisha inama. Mu by’ukuri ntabwo ndibutangaze aho nsengero, gusa ni muri Kigali. Itorero ntabwo ndivuga kuko byangiraho ingaruka bamenye. Mu itorero duhabwa inyigisho, ndetse tukanagisa inyigisho zihariye nk’abashakanye bityo pasiteri akatwumvisha uburyo ki kuboneza urubyaro ari icyaha, hari n’ababihanirwa iyo bimenyekanye. Icyanteye agahinda […]

Haribazwa icyo u Burusiya bwifuza ku bayobozi b'ibihugu bya Afurika

Perezida w’Uburusiya yatumiye abategetsi benshi ba Afurika mu nama y’iminsi ibiri igiye kubahuza kuva uyu munsi tariki ya 23 Ukwakira 2019, hakibazwa icyo iki gihugu cy’igihangage cyaba kifuza ku bihugu bya Afurika. Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zahoze cyane muri Afurika zitarasenyuka, Perezida Vladimir Putin avuga ko gukomeza umubano n’ibihugu bya Afurika ari kimwe mu byo […]

Abasenateri bakomoje ku bivugwa ko ingabo z’u Rwanda, Burundi na Uganda ziteguye kujya mu ntambara

Mu gihe hari amakuru akomeje gukwirakwizwa mu binyamakuru n’imbuga nkoranyambaga ko ingabo z’u Rwanda, iz’u Burundi na Uganda zaba zigiye kwerekeza muri Congo mu rugamba zizahuriramo harwanywa imitwe y’inyeshyamba, aya makuru yabajijwe mu nteko nshingamategeko ya Congo. Senateri Mabaya Gizi wabajije iki kibazo mu nteko rusange avuga ko aya makuru nk’abagize inteko nshingamategeko bakabaye bayaziho […]

Mureke guhora mugurizwa, mucuruze ibitsina byanyu-Huddah Monroe

Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umushabitsi muri Kenya, Huddah Monroe yagiriye inama abagore yo kuva mu bukene bifashishije ibitsina byabo. Avuga ko kuba umugore yamara icyumweru cyose ateze amaboko ku wundi muntu ko bibabaje, asaba abagore kugira icyo bakora kuri iki kibazo. Avuga ko ibi byaba intangiriro yo kugira ikindi bakora. Yifashishije instgram ati “  […]

Ingabire Marie Immaculee yamaganye umuyobozi muri Islam wagereranyije abagore n’imirima

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculee, yamaganye bikomeye inyigisho z’umuyobozi mu idini ya Islam wagereranyije abagore n’imirima, yumvikanisha ko umurima utajya impaka na nyirawo ahubwo wicisha bugufi akawuhingira igihe ashakiye. Uyu muyobozi mu idini ya Islam yari arimo gutanga inyigisho mu bukwe, yumvisha umugeni uko agomba kuzitwara imbere y’umugabo we. Video yashyizwe […]

Gen. Elias Rodrigues Filho wayoboraga ingabo za Monusco yasoje manda ye

Uwari umuyobozi w’ingabo za Monusco, Gen. Elias Rodrigues Martins Filho, yasoje manda ye, aho kuri uyu wa 22 Ukwakira yambitswe imidari y’ishimwe n’Umuyobozi wa Monusco, Leila Zerougui, kubera akazi yakoze. Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni yaboneyeho kugeza kuri Gen Elias Rodrigues ikimenyetso cy’uko ashimirwa na Loni, nyuma y’amezi 18 y’imirimo myiza no kubaha inshingano […]

Kigali: Hari abataka uburwayi baterwa n'amazi mabi bavoma

Imwe mu miryango itishoboye  yiganjemo abakuze n’abafite ubumuga yatujwe mu mudugudu wa Makaga mu murenge wa Kigali irasaba ko bafashwa kubona amazi meza nyuma y’aho ayo bakoresha yatangiye kubatera indwara zituruka ku mwanda. Ni ikibazo iyi miryango ihuriyeho n’abatuye mu Kagali ka Rwesero aho uyu mudugudu wa Makaga wubatse bavuga ko nta mazi meza aharangwa […]

AMAFOTO: Rayon Sports yagiye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Bugesera FC 2-1

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukwkira 2019, nibwo hakinwaga imikino yo ku munsi wa Kane wa Shampiyona, aho Rayon Sports yagiye ku mwanya wa Mbere nyuma yo gutsinda umukino wayihuza ga na Bugesera fc, ibitego 2-1. Ni umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye (18H00’) kuri stade ya kigali i Nyamirambo, umukino watangiye Rayon […]

Kampala: Uwari mu bahataniye kuba Nyampinga w'u Rwanda yafunguwe by'agateganyo

Umunyarwandakazi Uwimbabazi Alliance wari mu bahataniye kuba Nyampinga w’u Rwanda mu 2018  yarekuwe na Polisi ya Uganda nyuma y’iminsi ibiri afunzwe akurikiranyweho guteza impanuka yahitanye umuntu umwe. Radio/TV 10 itangaza ko uyu mukobwa ni umwe mu basimbuye Teta Sandra mu kabari kitwa Hideout Lounge aho afatanya n’undi munyarwandakazi gutegura ibirori bikaberamo byitwa ‘Wednesday Bosslady’ buri […]

Ingabo z’Uburundi zacakiranye n’inyeshyamba

Abantu bitwaje intwaro bivugwa ko bavuye mu ntara ya Kivu y’Epfo muri DR Congo bateye mu ntara ya Bubanza mu burengerazuba bw’u Burundi barwana n’ingabo z’igihugu abaturage bamwe barahunga nk’uko babivuga. Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana mu gitondo uyu munsi kuwa kabiri, abaturage bamwe batangaje ko bahise bahunga imirwano hagati y’ingabo n’aba bateye. Uruhande rwa leta […]

Ni uku umuhango wo gusezera kuri Nyakwigendera Brig. Gen. Rwigamba wagenze

Kuri uyu wa 22 Ukwira habaye umuhango wo gusezera kuri Nyakwigendera Brig. Gen. Andrew Rwigamba watabarukiye mu bitaro by’i Caà¯ro mu Misiri ku wa 17. Umujyanama wa Perezida mu bya gisirikare, Gen. James Kabarebe yitabiriye uyu muhango, asoma ubutumwa bwihanganisha umuryango mu izina ry’Umukuru w’Igihugu ndetse avuga n’ubutwari bwa Brig. Gen. Rwigamba mu rugamba rwo […]

RDC: Umumotari yafatanwe ibiturika nyuma yo kugongana n’imodoka

Umumotari yafatanywe ibisasu bya bombes bikoze mu buryo bwa gakondo mu marembo y’Umujyi wa Butembo nk’uko aya makuru yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere n’Umuyobzi w’Umujyi wa Butembo avuga. Ibi ngo byabaye kuwa Gatandatu, itariki 19 Ukwakira, ubwo uyu mumotari yagonganaga n’imodoka y’ivatiri. Umuyobozi w’Umujyi wa Butembo, Sylvain Kanyamanda, yemeje ko inzego zishinzwe umutekano zari […]

Rubavu: Urujya n'uruza rw'abantu n'ibintu rwasubukuwe nk'uko bisanzwe ku mupaka

Ku mupaka wa Gisenyi na Goma urujya n’uruza rw’abantu rwongeye kuba nk’urusanzwe nyuma y’uko ku ruhande rw’u Rwanda babuzwaga kwambuka kubera indwara ya Ebola yavugwaga hakurya i Goma muri DR Congo. Ubwo Ebola yageraga mu mujyi wa Goma mu kwezi kwa karindwi, uruhande rwa Gisenyi mu Rwanda batangiye kugabanya urujya n’uruza rw’abambuka umupaka w’imijyi yombi […]

Ndara nikinisha kandi ndyamanye n'umugabo wanjye, antera agahinda cyane- Nkore iki?

Uku kwikinisha mbiterwa n’umugabo wanjye, ni ibintu maranye imyaka ine, mfite agahinda kandi ingeso y’ubusambanyi ntabwo nyikunda. Ndiumugore ufite umugabo, nkaba umubyeyi w’abana babiri. Umugabo wanjye yarahindutse, ntabwo akita ku nshingano z’urugo, ahubwo akenshi aba ashishikajwe n’akabari. Twabanye yarakijijwe, mbese yararetse inzoga, yaje kugira akabazo afungwaho amezi make, aho afunguriwe asubira ku nzoga none zamuhindiye […]

Burundi: Harikangwa intambara bitewe n'abitwaje intwaro ziremereye baturutse muri Congo

Mu rukerera rw’uyu wa 22 Ukwakira 2019, abitwaje intwaro ziremereye binjiye mu Burundi baturutse muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bica umu-ofisiye wa polisi ndetse bashimuta n’abaturage 20. Aya makuru yemejwe n’ubuyobozi bw’intara ya Bubanza ndetse n’inzego z’umutekano (SOS Media), avuga ko mu makuru bakuye mu baturage bavuze ko aba bitwaje itwaro baje mu dutsiko […]

Nimuhitamo ubukene nzabasezeraho- Min. Shyaka abwira abaturage ba Nyamasheke

Ibi ni bimwe mu byo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu prof. Shyaka Anastase,nk’imboni ya Guverinoma muri aka karere  ka Nyamasheke yabwiye imbaga y’abaturage bako yari yateraniye mu bikorwa byiswe ‘Kivu belt festival’, byateguwe n’ubuyobozi bw’aka karere n’abafatanyabikorwa bako bagaragariza abashoramari n’abakerarugendo banyuranye aho bakwiye gushora imari  no gufatanya mu kugateza imbere bihereye ku bukerarugendo kuko ngo ari […]

APR FC yahagaritse Sugira Ernest igihe kitazwi ku bw'amagambo yavuze ku Mavubi

Ubuyobozi bwa APR FC bwahagaritse rutahizamu Sugira Ernest ku bw’amagambo yatangaje nyuma yo guhesha Amavubi itike yo kujya muri CHAN 2020. Sugira Ernest yatsinze igitego cyo kunganya ku mukino wahuzaga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) na Ethiopia, umukino warangiye ari igitego 1-1. Byarangiye Amavubi ayoboye ku bitego 2-1 kuko umukino ubanza wabereye muri Ethiopia yari […]

Nyanza: Urubanza rwa Mugimba ukurikiranweho jenoside rwasubitswe

Urukiko Rukuru urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rufite ikicaro mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, rwasubukuye urubanza ruregwamo Mugimba Jean Baptiste woherejwe n’igihugu cy’u Buholandi kuburanira mu Rwanda ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyokomuntu akurikiranyweho kuba yarakoreye mu duce dutandukanye tw’umujyi wa Kigali mu mwaka wa 1994. Mu isubukurwa […]

Rwanda Premier League: Umunsi wa 5 wa championa uraba ishiraniro

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira ni bwo harakinwa imikino itatu ikomeye  yo ku munsi wa Gatanu wa Shampiyona aho Rayon Sports FC iri buhure na Bugesera FC, APR FC igahura na MARINE FC. Umukino witezwe cyane ni uwa Gasogi United na Police FC. Ku isaha y’isaa cyenda i Kigali kuri sitade ya […]

Uganda: Umucungagerezakazi yibwe imbunda ari kuri Whatsapp

Umucungagerezakazi mu Karere ka Mpigi muri Uganda, Hadijah Katono yibwe imbunda n’umuntu utaramenyekana ubwo we yari ahugiye kuri whatsapp. Katono ku gicamunsi cyo kuwa Mbere tariki ya 21 Ukwakira yibwe imbunda yo mu bwoko bwa Karacinikovu (AK 47) aho yari acunze  umutekano w’imfungwa za Gereza ya Mpigi. Ukuriye Polisi mu Karere ka Mpigi,  Joab Wabwire […]

Abagerageje gutoroka mu nyeshyamba ziherutse kugaba igitero mu Rwanda bicishijwe udufuni

Umwe mu bofisiye bo ku rwego rwa Liyetona wishyikirije Monusco mu mpera z’icyumweru gishize yatangaje ko byibuze mu cyumweru abarwanyi bari hejuru ya batatu bari kwicwa bakubiswe agafuni mu nyeshyamba za RUD URUNANA, ziherutse kugaba igitero mu Rwanda zikica abaturage basaga 10. Uyu wari umurwanyi ukomeye muri RUD dore ko yigeze kungiriza Kapiteni Nshimiyimana Cassien […]

Rubavu: Abayobozi bane b’akarere batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha rwatangaje kuri uyu wa 22 Ukwakira 2019 ko abayobozi bane b’akarere ka Rubavu batawe muri yombi ku bwo gukoresha nabi umutungo wa rubanda rutishoboye n’urwasenyewe n’ibiza. Abatawe muri yombi ni Umujyanama w’Umuyobozi w’akarere, Umukozi ushinzwe ubuyobozi n’abakozi, umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage n’ushinzwe imicungire y’ibiza. Mu minsi ishize ni bwo hamenyekanye inkuru […]

 Umunyarwanda yafashwe akekwaho kwibisha imbunda muri Mbarara na Ntungamo

Umugabo w’Umunyarwanda Sam Nkurunziza n’abandi bantu umunani bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda bashinjwa ubujura bwitwaje imbunda bwabereye mu Turere twa Ntungamo, Mbarara n’agace ka Bwebajja mu murwa mukuru wa Kampala, Uganda mu bihe bitandukanye. Nkurunziza na bagenzi be bafatiwe mu bice bitandukanye byo muri Uganda ku bufatanye bwa polisi ya Uganda, agashami kayo ka ‘Flying […]

Zari yavuye ku izima asohoka mu nzu Diamond yaguriye abana be

Umuherwe Zari Hassan ukomoka mu gihugu cya Uganda, ubu akaba aba muri Afurika y’Epfo, nyuma yo gutandukana n’umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz bamaze kubyarana kabiri, benshi bakunze kumusaba kuva mu nzu y’abana be, ubu bikaba bitangazwa ko yayisohotsemo. Ni abafana ba Diamond bakunze gusaba uyu muherwekazi kuva muri iyi nzu bitangazwa ko yayiguriye aba […]

Burundi: Ni iki cyaba cyaratumye Perezida Ndadaye yicwa?

Iki ni ikibazo ngo cyasubizwa n’ababikoze bonyine Hagati aho, mu gihe uwahoze amurinda, Bwana Rukindikiza avuga ko abamwishe bamuhoye kutabona ibintu kimwe, Sylvestre Ntibantunganya, wahoze ari perezida w’u Burundi, ndetse n’umwe mu bayobozi ba FRODEBU, we hari ukundi abibona. Kuri we, ngo kuza kwa demokarasi mu Burundi ntabwo kwari kwizweho neza ngo Abarundi bose bayitegure. […]

Umunyarwanda ukomoka i Butare yiciwe muri Malawi

Umugabo ukomoka i Butare mu Rwanda witwa Augustin Barabasha yishwe n’abantu bataramenyekana ku Cyumweru gishize tariki ya 20 Ukwakira uyu mwaka, mu nkambi y’impunzi ya Dzaleka iri mu Karere ka Dowa. Barabasha w’imyaka 71 utabanaga n’umugore, yari asanzwe acuruzwa inzoga zisanzwe mu Mujyi wa Burantaya (Blantyre) abifashijwemo n’umukozi we w’imyaka 27 witwa  Alick Chioza, ukomoka […]

Umusoro udatangirwa gitansi mu isoko rya Rwamagana urakemangwa

Abacuruzi bakorera mu isoko rya Rwamagana bavuga ko uwinjije igicuruzwa ku mutwe cyangwa ku igare mu isoko, kurisohokamo bimusaba gutanga amafaranga y’u Rwanda angana na 200 ariko ntahabwe urupapuro rugaragaza ko yishyuye kandi ntanamenyeshwe n’icyo asoreye, ku buryo urenze kuri iri bwiriza ashobora gufatirwa ibicuruzwa yasigaje cyangwa agafungirwa igare. Kuba winjira mu isoko ujyanye ibicuruzwa […]

Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza akomeje guhura n'imbogamizi zo kubuvana muri E.U

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza John Bercow kuri uyu wa mbere yatambamiye icyifuzo cy’abadepite cyo kongera gutora kuri gahunda yo kuvana Ubwongereza mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (BREXIT). Iyi n’indi mbogamizi Minisitiri w’Intebe Boris Johnson ahuye nayo mu kugerageza gukura u Bwongereza mu muryango w’Uburayi nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga. Ku wa gatandatu, abadepite […]

Kicukiro: Hafashwe umumotari ukekwaho gukorana n’abajura abatwarira ibyo bibye

Polisi y’u Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 20 Ukwakira, yafashe umumotari witwa Tuyishimire Benjamin w’imyaka 22 mu Kagari ka Cyimo, mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, wafatanyaga n’abajura gutwara ibyo bibaga ahantu hatandukanye. Uyu mumotari usanzwe akora umwuga w’ubumotari mu karere ka Kicukiro, ifatwa rye ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Umuvugizi wa […]

Rwamagana :  Abaturage barashinja Umuryango Ejo Heza Family  ubutekamutwe

Abaturage batuye mu turere twa Rwamagana na Kayonza barashinja umuryango witwa Ejo Heza Family for Charity kubatekera umutwe bakabambura amafaranga ibihumbi 10,000 babizeza kubateza imbere . Abaturage baganiriye na Bwiza.com bavuga ko batanze amafaranga yabo bizezwa ko bazajya bahabwa inyungu kubera abanyamuryango bashya bazanye . Umuturage wo mu karere ka Kayonza utasahatsee ko amazina ye […]