Amerika yagabanyije ubufasha yahaga RDF

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyize u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bikoresha abana mu gisirikare, ibyatumye zigabanya ubufatanye mu bya gisirikare ibihugu byombi bisanzwe bifitanye. U Rwanda rwabaye igihugu cya 19 gishyizwe kuri ruriya rutonde ruzwi nka CSPA. Ni urutonde Amerika ikora ishingiye ku iteka rigamije gukumira ikoreshwa ry’abana mu gisirikare. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi […]

Perezida Nana Akufo-Addo yasabye Amerika n’u Burayi guha Afurika indishyi

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi guha Afurika indishyi, mu rwego rwo gusana ibyangirijwe n’icuruzwa ry’abacakara Perezida wa Ghana yatanze iki cyifuzo ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yagezaga ijambo ku nteko rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubera i New. Yibukije Amerika n’ibihugu by’u Burayi ko ubukungu […]

Kazungu ukekwaho kuba umwicanyi ruharwa yagejejwe mu rukiko, umucamanza atera utwatsi icyifuzo cye

Kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Nzeri 2023, Kazungu Denis ucyekwaho kuba umwicanyi ruharwa yagejejwe imbere y’Urukiko rw’ibanze rwa Kagarama ruherereye mu karere ka Kicukiro. Uyu mugabo ukekwaho kwica abantu barenga 10 akabashyingura mu nzu yakodeshaga iherereye mu Busanza ho mu murenge wa Kanombe w’akarere ka Kicukiro, yageze ku rukiko atwawe n’imodoka y’Urwego rw’Igihugu […]

Urupfu rwa Mwishywa wa Masamba uherutse gupfira muri Canada ruracyateye urujijo

Umubyeyi wa Young CK yasobanuye uko yamenye urupfu rw'umuhungu we

Mu ntangiro z’iki Cyumweru nibwo hamenyekanye amakuru y’umuhanzi w’Umunyarwanda, Calvin Kagahe Ngabo uzwi nka Young CK uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutaramenyekana. Uyu musore ubusanzwe wavukiye mu Rwanda muri Nyamirambo ndetse akanahiga amashuriye harimo abanza n’ayisumbuye utibagiwe na Kaminuza yigiye muri IPRC Kicukiro, ariko nyuma aza kujya muri Canada 2017 ari naho yaguye. Aha niho […]

U Bubiligi bugiye guha imyitozo abasirikare 7,000 ba FARDC

U Bubiligi bwemereye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guha imyitozo abasirikare 7,000 bo mu ngabo zayo. Byemejwe na Ambasaderi w’u Bubiligi i Kinshasa, Roxane de Bildering, ubwo ku wa Gatatu yahuraga na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Jean Pierre Bemba. Uyu mudipolomate yavuze ko guha imyitozo bariya basirikare biri mu rwego rw’amasezerano ya gisirikare Congo isanzwe […]

The Ben yemeye ko hari abarimo kugera amajanja igitaramo azakorera i Burundi

Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben mu muziki, yemeje ko igitaramo yitegura gukorera i Burindi cyatangiye kugerwa intorezo n’abantu atatangaje amazina. Uyu muhanzi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga , yavuze ko hari abantu bakomeje gushaka kumurwanya ngo baburizemo igitaramo cye ariko ngo ntabwo bamutsinda. Ibyo kuburizamo iki gitaramo byatangiye kunugwanugwa mu minsi ishize ariko amakuru akavuga […]

André Onana yishinjije gutuma Manchester United itsindwa na Bayern Mà¼nich

Umunya-Caméroun André Onana yishinjije gutuma Manchester United akinira itsindwa na Bayern Mà¼nich, ubwo amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa UEFA Champions league mu ijoro ryakeye. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wo mu tsinda rya mbere warangiye Manchester United itsinzwe ibitego 4-3. Onana yakoze amakosa akomeye cyane ku gitego cya mbere yatsinzwe, ubwo yacikwaga […]

Kenya: Abatinganyi bashobora kuzajya bafungwa kugeza ku myaka 50

Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya iri kwiga ku mushinga w’itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina, ku buryo uwabihamijwe azajya ahanishwa igifungo gishobora kugera ku myaka 50. Igitekerezo cy’uriya mushinga wa ririya w’itegeko ryiswe ko rigamije kurengera umuryango cyazanwe na Despite Peter Kaluma uhagarariye agace ka Homa Bay mu nteko ya Kenya. Ni itegeko rigamije gukumira ibikorwa […]

Umurambo w’umuhanzi w’Unya-Nigeria ‘MohBad’ ugiye gutabururwa

Amagana y’abafana b’injyana ya Afrobeats biraye mu mihanda bigaragambya nyuma y’urupfu rw’umuhanzi wari ukunzwe muri iyi njyana ‘MohBad’ basaba ko hatangwa ubutabera. Uyu muhanzikazi w’imyaka 27, amazina ye nyakuri ni Ilerioluwa Aloba, yapfiriye mu bitaro i Lagos muri Nigeria kuri iki cyumweru ariko ntihagaragazwa intandaro y’urupfu rwe. Ku wa kabiri, guverineri wa Lagos Babajide Sanwo-Olu […]

Inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi zashyizwe mu murage w’Isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), ryatangaje ko ryamaze kwandika mu murage w’Isi inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Inzibutso UNESCO yemeje ko yamaze gushyira mu murage w’Isi harimo urwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Nyamata mu karere ka Bugesera, urwa Murambi mu karere ka Nyamagabe ndetse n’urwa Bisesero mu […]

Itangazamakuru ryatangiye gukomanyiriza ‘Onana’Ufatira Manchester Utd

Itangazamakuru ryatangiye kugaragaza inenge ribona ku munyezamu Andre Onana ukomeje kugenda yitwara nabi mu mikino iyi kipe ikomeje gukina by’umwihariko muri shampiyona y’abongereza. Umunyamakuru ukomeye Jones yabwiye GIVEMESPORT ko adashimishijwe nibyo yabonye kugeza ubu, yatangaje ko United ishobora kuza kwicuza kuba yarasinyishije uyu mukinnyi ukomoka muri Cameron. Ati: “Ntabwo mbona ko Onana rwose ari kuzamura […]

Al Hilal yakuriye inzira ku murima Rayon Sports

Ikipe ya Al Hilal Benghazi yamenyesheje Rayon Sports ko umukino izabakiramo i Kigali nta mufana n’umwe wemerewe kujya kuwureba. Amakipe yombi azahura ku wa 24 Nzeri, mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup uzabera kuri Kigali Pele Stadium. Ni mu mukino wakabaye warakiniwe muri Libya tariki ya 15 Nzeri 2023, gusa uza kwimurwa kubera ibiza […]

Uwatangaje ko Titi Brown yiziritsweho n’ibikomerezwa bibiri yatanze indi mpuruza

Peacemaker akomeje gutanga Impuruza

Kuri uyu wa kabiri nibwo hasakaye inkuru ku mbuga nkoranyambaga zigaruka ku karengane kavugwa ko umubyinnyi Titi Brown yakorewe nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa utarageza ku myaka y’ubukuru. Ako karengane kavugwa, ni uko yasubikiwe urubanza inshuro zigera kuri eshanu mu gihe kigiye kugera hafi imyaka ibiri atarahamwa n’icyaha ngo […]

Tshisekedi wananiwe kuganira n’abaturage be ni njye tuzaganira?_Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuri ubu kuba yagirana ibiganiro na mugenzi we, Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntacyo byatanga; nyuma y’uko mu bihe byashize baganiriye kenshi ariko ntibigire icyo bitanga. Perezida Kagame yabitangaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Ni ikiganiro cyibanze ku ngingo zitandukanye, zirimo n’ibibazo byo muri Repubulika Iharanira […]

Perezida Kagame yasobanuye intandaro yo kugira ngo u Bubiligi bwange Amb. Karega

Perezida Paul Kagame yasobanuye ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari yo yatumye u Bubiligi bwanga Vincent Karega u Rwanda rwari rwatanze nka Ambasaderi ugomba kubuhagararira i Bruxelles. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo Karega yari yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, asimbuye muri izo nshingano Dieudonné Sebashongore wari wasoje manda ye. Mbere yo gutangira […]

Ibyorezo bishobora kwaduka Libya nyuma yo kwibasirwa y’umwuzure

Nyuma y’umwuzure uherutse kwibasira igihugu cya Libya ugahitana abagera ku bihumbi 20, kuri ubu ngo hari ibyago byinshi ko iki gihugu gishobora kwibasirwa n,ibyorezo bikomoka ku mwanda by’umwihariko mu gace Ibiza byibasiye cyane. Ibyo byagarutsweho n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi( UNHCR) ,aho ritangaza ko kubera ko Ibiza biba byarasize bisakumye ibinyabutabire bitandukanye n’imyanda bigasakara […]

Mwene Karangwa uzwi kuri Twitter arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ishimwe Claude Karangwa wamenyekanye ku rubuga rwa X yahoze yitwa Twitter. Amakuru avuga ko uyu musore yatawe muri yombi ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeri, akaba akurikiranweho ibyaha birimo icyo gukubita no gukomeretsa ndetse n’icyo gukoresha ibikangisho. Ikinyamakuru IGIHE cyatangaje ko ibyaha uyu musore akekwaho gukora byakorewe […]

P. Kagame yagaye impuguke za Loni zashinje RDF guha ubufasha M23

Perezida Paul Kagame yanenze impuguke za Loni zagaragaje ko hari ubufasha Ingabo z’u Rwanda zaba zarahaye umutwe wa M23, azishinja kubogamira kuri Congo Kinshasa zigatangaza ibinyoma ku Rwanda. Perezida Kagame yabitangarije mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique. U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bimaze umwaka urenga birebana ay’ingwe, kubera amakimbirane amaze […]

Ahantu ha mbere mu Rwanda handitswe mu murage w’Isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), ryatangaje ko ryamaze kwandika Pariki y’Igihugu ya Nyungwe ku rutonde rw’umurage w’Isi. UNESCO yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Nyungwe yahise iba ahantu ha mbere mu Rwanda hinjiye mu murage w’Isi. Ni icyemezo UNESCO yashyize mu bikorwa, nyuma y’uko muri 2021 […]

Abasirikare ba KDF bapfiriye mu mpanuka ya kajugujugu

Abasirikare ba Kenya bataramenyekana umubare bapfuye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeri, ubwo kajugujugu barimo yakoraga impanuka. Igisirikare cya Kenya mu itangazo cyasohoye kuri uyu wa Kabiri, cyavuze ko impanuka yabereye mu ntara ya Lamu. KDF ntiyigeze itangaza umubare w’abaguye muri iriya mpanuka, gusa yavuze ko abasirikare n’abakozi bose b’iriya ndege […]

Kazungu Denis agiye kugezwa imbere y’ubutabera

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje bwamaze kuregera urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro dosiye ya Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu akabashyingura iwe mu rugo. Umuvugizi w’ubushinjacyaha, Nkusi Faustin yatangaje ko ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeri ari bwo ubushinjacyaha bwaregeye dosiye ya Kazungu Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro. Kugeza ubu itariki urubanza rwa Kazungu ruzatangiriraho ntabwo iratangazwa, gusa […]

Diamond ntashaka ko umukobwa ajya mu muziki kubera ubusambanyi

Icyamamare muri Tanzaniya, Diamond Platnumz, yatangaje ko atazigera yemera ko umukobwa we Princess Tiffah gukora umuziki bitewe n’ibibazo abakobwa bawukora ngo bahura nabyo. Ashingiye ku bunararibonye bwe mu muziki, Diamond yavuze ko umwuga wa muzika ari umushinga uteje akaga umwana w’umukobwa. Yiboneye ubusambanyi bw’abacuranzi b’abakobwa mu myaka yashize, akavuga ko atazemera ko umukobwa we akorerwa […]

Sukhoi-30 za UPDF zasutse umuriro kuri ADF

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize indege z’intambara z’igisirikare cya Uganda zarashe ibirindiro by’umutwe wa ADF biri rwagati muri Congo. Museveni yavuze ko ibyihebe byarashweho n’indege zo mu bwoko bwa Sukhoi-30 byari byihishe mu gace ka Mambasa, mu ntara ya Ituri. Ni agace gafatwa nk’amatware akomeye y’umutwe wa […]

Mu bantu 14 Kazungu ashinjwa kwica babiri yabatetse mu isafuriya

Kazungu Denis uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho kwica abantu akabataba mu cyobo yacukuye aho yakodeshaga mu karere ka Kicukiro, byatahuwe ko hari abo yatetse. Iperereza ryakozwe rigaragaza ko abantu Kazungu yishe bagera kuri 14 ariko hakaba harabonetse imibiri 12 aho ngo ibiri yayitetse mu isafuriya. Ubwo yatabwaga muri yombi, RIB yatangaje ko uyu mugabo w’imyaka […]

Part2:Ni izihe caresses wakora ku mugore ukurikije urwego rw’ubusabane mufitanye?

Ubushize twari twabagejejeho uburyo umugabo ashobora gukaresa umugore we kugeza ku rwego yumva abishatse.Gusa kuri iyi nshuro tugiye kurebera hamwe ese ushobora ku mukaresa gute bigendanye n’urwego rw’ubushuti mufitanye. Uburyo bwa caresses ku rwego rwo hasi Urugero mu gihe mukimenyana, . Koresha aya mayeri: Sa nkaho ushaka kumukura akantu kamugiye ku ngohe (birumvikana, ntakaba gahari), […]

Ibihembo bya AFRIMA 2023: Meddy yatashye imbokoboko ahigitswe na Diamond

Umuhanzi Ngabo Médard Jobert uzwi mu muziki nyarwanda nka Meddy, yatashye imbokoboko mu bihembo bya All Africa Muzik Magazine Awards (AFRIMMA 2023) yari ahagarariyemo u Rwanda. Ni ibihembo biheruka gutangirwa i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku ncuro yabyo ya 10. Meddy ufatwa na benshi nk’uyoboye umuziki nyarwanda yari ahatanye mu cyiciro cy’umuhanzi […]

Umuyobozi wa Rayon Sports wutswe inabi azira APR FC yeguye

Rukundo Patrick wari ukuriye komite nkemurampaka muri Rayon Sports, yeguye kuri izo nshingano nyuma yo kotswa igitutu n’abafana b’iriya kipe. Uyu mugabo yiswe “umunyenda nini ndetse n’umugambanyi” n’abafana ba Rayon Sports, nyuma yo kugaragara mu ruhame yambaye umwambaro wa APR FC. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari yagiye kuyishyigikira ku Cyumweru, ubwo yari yakiriye Pyramids FC […]

Uko Ndayishimiye yapfubije gahunda ya SADC yo kohereza ingabo zayo muri Congo

Ku itariki ya 05 Nzeri 2023 Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo kongera manda y’Ingabo za EAC zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugeza mu Ukuboza. Ni icyemezo Congo yafashe mu gihe hari hashize igihe gito Perezida Félix Antoine Tshisekedi anenga umusaruro w’izi ngabo, nyuma y’uko zanze kujya mu mirwano n’inyeshyamba zo […]

Nyamirambo:Inkongi y’umuriro yibasiye isoko ryo mu Miduha

Inkongi yangije byinshi ariko Polisi yahise ihagoboka

Kuri uyu wa Mbere taliki 18 Nzeri 2023 mu karere ka Nyarugenge umurenge wa Nyamirambo Akagali ka Rugarama hagaragaye inkongi y’umuriro yibasiye Isoko rizwi nk’irya Miduha yangiza ibirimo imyaka n’ibindi bikoresho. Ni inkongi yabaye ahagana mu masaha ya Saa 14h:00 aho benshi bahise bakwira imishwaro bakimara kubona uwo muriro bagerageza kwirwanaho barokora bimwe mu bicuruzwa […]

Kiyovu Sports yatakambye isaba kurenganurwa

20230918_120023.jpg

Ikipe ya Kiyovu Sports yandikiye FERWAFA iyisaba kuyirenganura, nyuma y’”akarengane” imaze iminsi ikorerwa n’abasifizi. Ni ibikubiye mu ibaruwa Perezida w’iyi kipe, Ndorimana Franà§ois Régis ‘Jenerali’ yandikiye FERWAFA. Muri iyi baruwa Kiyovu Sports yavuye imuzi uburyo yagiye yibirwa mu mikino ya shampiyona iheruka guhuriramo n’amakipe ya Muhazi United na Gasogi United; ibyo ivuga byatumye itakaza amanota […]

Kirehe:Rurageretse hagati y’abaturage na Gitifu hafi gufatana mu mashati

Mu Ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Kirehe umurenge wa Kirehe, haravugwa ubushyamirane bw’umumurengera hagati y’abaturage n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Nyabikokora, aho uyu muyobozi abatuka mu ruhame. Aba baturage bashinja uyu gitifu ko abatuka akanabacyocyora mu ruhame kugeza ubwo hari umuturage bari bagiye gufatana mu mashati ariko bakabakiza ku bw’amahirwe bigarukira hafi.Aha abaturage batanga urugero ko […]

Nyaruguru: Umubyeyi yabyaye impanga eshatu

Uwimana Josiane w’imyaka 32, mu ijoro ryo ku wa 15 Nzeri 2023 yabyariye neza abana batatu (babiri b’abahungu n’umwe w’umukobwa) mu kigo nderabuzima cya Kabilizi giherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru. Ni ibintu bidasanzwe kuko ubusanzwe amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, avuga ko umubyeyi agomba kwipimisha agitwite, yasanga ari impanga akazabyarira mu bitaro. […]

Gusenga biri mu bintu bifasha umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe-Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bugaragaza ko gufata umwanya ugasenga biri mu bintu bifasha umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe ariko ku bantu bataragera ku rwego rwo gufata imiti. Inzobere mu mitekererezo ya muntu muri minisiteri y’Ubuzima, bavuga ko uburyo bwiza bwo gukira uburwayi bwo mu mutwe harimo no gusenga, ariko bikarushaho iyo ufite umuntu ubwira ibibazo byawe wizeye […]

Umuhanzi w’Umunyarwanda yapfiriye muri Canada

Kagahe Ngabo Calvin wamenyekanye mu muziki nyarwanda nka Young CK, yapfiriye muri Canada. Kugeza ubu ntibizwi intandaro y’urupfu rw’uyu muhanzi byamenyekanye ko yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2023. Young CK wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Umurava’, ‘Umugabo,…yari atuye i Ottawa mu murwa mukuru wa Canada. Yaherukaga kwitabira igitaramo yahuriyemo […]

Yataye urugo agaruka nyuma y’imyaka 51 baramwibagiwe

Umuryango utuye mu gace ka Homa Bay Sub-County urimo kwishimira kugaruka k’umusaza w’imyaka 81 wari warataye urugo imyaka 51 nyuma yo kutumvikana na murumunawe ahagana mu 1972. Joseph Odongo yavuye iwe mu mudugudu wa Riwa, mu burengerazuba bwa Kanya afite imyaka 30. Ibi byabaye nyuma yo kutumvikana na bamwe mu bagize umuryango we ariko by’umwihariko […]

Aba-Rayon bakije umuriro ku muyobozi wabo wagaragaye yaserutse mu mwambaro wa APR FC

Abafana b’ikipe ya Rayon Sports bibasiye bikomeye Rukundo Patrick ukuriye komite nkemurampaka muri iriya kipe, nyuma yo kugaragara yambaye umwambaro wa APR FC. Ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri ni bwo Rukundo yagaragaye muri Kigali Pele yambaye umupira w’ibara ryera w’Ikipe ya APR FC. Uyu mugabo ni umwe mu bari bagiye gushyigikira iyi kipe y’Ingabo […]

Congo yanyomoje iby’ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Sassou N’guesso

Guverinoma ya Repubulika ya Congo-Brazzaville yanyomoje amakuru yavugaga ko muri kiriya gihugu habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Denis Sassou N’guesso. Inkuru y’uko i Brazzaville haba hageragejwe Coup d’état ya gisirikare yavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga no muri bimwe mu bitangazamakuru, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri 2023. Byavugwaga ko Gen Serge […]

CAF Champions league: Young Africans yakosoreye Al-Merrikh i Kigali

Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze Al-Merrikh yo muri Sudani ibitego 2-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya CAF Champions league wabereye i Kigali. Abanya-Sudani bari bakiriye abanya-Tanzania kuri Kigali Pele Stadium. Ibitego byo mu gice cya kabiri cy’umukino bya Kennedy Musonda na Clement Mzize ni byo byafashije Young Africans gukura impamba i Kigali. […]

Minisitiri Utumatwishima yamaganye umusore umaze igihe yirata kuba Umututsi, Twagiramungu na I. Victoire

Minisitiri w’Urubyiruko, Utumatwishima Abdallah, yamaganiye kure umusore umaze igihe agaragara yirata kuba Umututsi n’abanyapolitiki nka Ingabire Victoire Umuhoza na Twagiramungu Faustin, ku bwo gukwirakwiza ubutumwa bukubiyemo ivangura rishingiye ku moko. Ku mbuga nkoranyambaga hashize igihe hakwirakwira amashusho y’umusore umaze igihe yirata kuba yaravukiye “mu muryango w’Abatutsi.” Uyu musore bivugwa ko ataba mu Rwanda by’umwihariko akunze […]

Young Africans yageneye Perezida Kagame impano

Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yageneye Perezida Paul Kagame impano y’umwambaro wayo. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi iri mu Rwanda aho yitabiriye umukino wa CAF Champions league uri buyihuze na Al Merrick yo muri Sudani. Impano iyi kipe yageneye Umukuru w’Igihugu yatanzwe n’Umuyobozi Mukuru wayo, Eng Hersi Said; ikaba yakiriwe na Minisitiri wa […]

Uburasirazuba: Mukandanga yatorewe guhagararira abagore muri DGPR

Mukandanga Jeanne wo mu karere ka Rwamagana ni we watowe nk’uhagarariye abagore bo mu ishyaka Democratic Green Party ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba. Mukandanga yatowe ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri, ubwo mu karere ka Kayonza haberaga Kongere y’ishyaka Green Party yahuje abagore baturuka mu turere turindwi tugize Intara y’Uburasirazuba. Uyu mugore wari usanzwe ahagarariye […]

U Burundi bwavuze ku makuru ya ‘Coup d’état’ yabwikanzwemo

Leta y’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu yanyomoje amakuru avuga ko muri iki gihugu haba hari ubwoba bwa Coup d’état. Amakuru y’uko mu Burundi haba hari ubwoba bwa Coup d’état yiriwe avugwa ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2023. Ni nyuma y’uko kuri Radiyo na Televiziyo by’iki gihugu (RTNB) hagaragaye abasirikare barimo n’abo mu […]

Niba RDC idashaka kwitwa Congo mu bice bituwe n’abavuga Ikinyarwanda, igomba kugenda: B. Bisimwa

M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yaburiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko niba idashaka ko abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitwa abaturage bayo ikwiye kubirukana, gusa bakajyana n’ubutaka bwabo. Bisimwa yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana na Kivu Press Agency. Ni ikiganiro cyabaye mu gihe M23 imaze imyaka igera kuri ibiri yubuye imirwano n’Ingabo za Repubulika […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Maduro wa Venezuela

Perezida Paul Kagame uri i Havana muri Cuba, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Nicolas Maduro wa Venezuela. Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko ibiganiro by’abakuru b’ibihugu byombi byibanze “ku ngingo zitandukanye zirimo n’ubufatanye mu by’ubukungu hagati y’ibihugu byombi.” Usibye Maduro, i Havana Perezida yanahahuriye na mugenzi Joà£o Lourenà§o wa Angola na we bagiranye ibiganiro. Ni ibiganiro […]

Libya:Harabarurwa abarenga ibihumbi 20 bakomeje kuburirwa irengero

Nyuma y’iminsi micye muri Libya habaye Ibiza byahitanye abantu barenga ibihumbi 15, imibare iragaragaza ko ababuriwe irengero aribo benshi kugeza ubu. Umuryango w’Abibumbye watangaje ko hakenewe ubufasha bw’abantu barenga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha muri Libya, ubu abakora mu nzego z’ubutabazi baracyahugiye mu gushakisha abantu barenga ibihumbi 20 baburiwe irengero i Derna, umujyi uri ku nkombe […]

Young Africans yahaye ubufasha abo mu majyaruguru n’uburengerazuba bibasiwe n’ibiza

Ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yahaye u Rwanda inkunga yo gufasha Abanyarwanda bo mu ntara z’amajyaruguru n’Iburengerazuba bibasiwe n’ibiza byabaye muri Gicurasi uyu mwaka. Inkunga iyi kipe yatanze igizwe n’imifuka 200 ya sima ndetse n’amabati byose bifite agaciro ka Frw miliyoni 4. Young Africans biciye mu muyobozi wayo, Hersi Ally Said, […]

Judith wahoze ari umugore wa Safi yaterewe ivi bundi bushya

Ubukwe buri mu minsi iri imbere

Niyonizera Judith wabaye umugore w’umuhanzi Niyibikora Safi wahoze mu itsinda rya Urban Boys yaterewe ivi yambikwa impeta n’umukunzi we nk’ikimenyetso kibanziriza ibirori byo gushyingiranwa . Ni ibirori bivugwa ko byabereye muri Mexique, aho umukunzi we yari yagiye kumutegurira aho yagombaga kwizihiriza isabukuru ye y’amavuko ari nabwo yamutunguraga akamwambika impeta. Judith abinyujije ku mbuga Nkoranyambaga, yashimye […]

Iri joro haramenyekana uwigiza nkana mu rugamba Cindy ahanganyemo na Sheebah

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu taliki 15 Nzeri 2023 nibwo hari bumenyekane umunyamuziki nyakuri mu rugamba ruhanganyemo abahanzikazi babiri ba banya Uganda aribo Cindy na Sheebah nyuma yo kumara ukwezi kurenga umwe avuga ko arenze kuri undi mu muziki. Sheebah na Cindy, baraza guhurira ku rubyiniro mu gace ka Kololo Ceremonial Grounds.Igitaramo kiratangira […]

Impungenge rukumbi APR FC ifite mbere yo guhura na Pyramids FC

APR FC yatangaje yatangaje ko yiteguye guhangana na Pyramids FC, gusa igaragaza impungenge ku mukino wo kwishyura uzabera mu Misiri. APR FC izahura na Pyramids FC yo mu Misiri ku Cyumweru, mu mukino ubanza wa CAF Champions league uzabera kuri Kigali Pele Stadium. Mu ijoro ryakeye ni bwo iyi kipe yageze i Kigali. Umuyobozi wa […]

Prince Kid yishyize mu maboko y’Umucamanza nyuma yo kwisobanura

53188881863_067112805e_b.jpg

Isimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid yongeye kwisobanura imbere y’Urukiko aho akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina. Kuri uyu wa Gatanu rero ubwo Ishimwe yageraga imbere y’Urukiko rwisumbuye rwa Nyamirambo, ngo aburane ku byaha aregwa.Nk’uko bisanzwe abunganira Ishimwe ni Me Nyembo Emelyne na Me […]

Musanze: Umusaza wa 2 muri 3 bamenyekanye kubera gusetsa na we yapfuye

Buhigiro Andereya (André) uri mu basaza batatu bo mu karere ka Musanze bamamaye kubera gusetsa, yapfuye. Inkuru y’Urupfu rwa Buhigiro yamenyekanye ku mugoroba bo ku wa Kane tariki ya 14 Nzeri, akaba yazize uburwayi. Buhigiro wari ufite imyaka 86 y’amavuko, ni we wari mukuru mu bavandimwe be batatu. Yapfuye nyuma ya murumuna we Rudakubana Paul […]

Luis Rubiales uherutse gusoma Jennifer aragezwa imbere y’Urukiko

Kuri uyu wa gatanu, Luis Rubiales wahoze ayobora umupira w’amaguru muri Espagne aritaba umucamanza w’Urukiko Rukuru kubera ikirego cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rituruka ku kuba yarasomye ku munwa w’umukinnyi Jenni Hermoso bitumvikanweho. Ibi byabaye muri Kanama taliki 20 ubwo yishimiraga intsinzi y’ikipe y’igihugu y’igikombe cy’isi cyabereye i Sydney maze uyu mugabo agasoma uyu Jenni.Byabaye nk’ibiteje […]

RDC yubuye ibirego byayo ku Rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Kane yubuye ibirego byayo ku Rwanda, irushinja kuba nyirabayazana w’ibibazo byugarije abaturage bo mu burasirazuba bwayo. Hari mu kiganiro Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, Patrick Muyaya na mugenzi we Rose Mutombo w’Ubutabera bagiranye n’abanyamakuru. Muri iki kiganiro cyabereye i Kinshasa, aba baminisitiri bombi bakunze gusubiramo ibirego by’uko u Rwanda ruha […]

Kagame i Havana mu nama ya G77 n’u Bushinwa

Perezida Paul Kagame mu ijoro ryakeye yageze i Havana muri Cuba, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma z’ibihugu 77 bikize kurusha ibindi ndetse n’u Bushinwa. Ni inama y’iminsi ibiri iteganyijwe hagati yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri ndetse n’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri 2023. Perezida Kagame ari […]

Senateri muri Amerika ntashaka ko abasaza bakomeza kuyiyobora

Mitt Romney umwe mu basenateri bakomeye wanigeze kwiyamamariza kuba Perezida, yasabye Donald Trump na Perezida Joe Biden “kwigirayo” bagaha umwanya igisekuru (ikiragano) gishya . Yavuze ayo magambo ubwo yaganiraga n’abanyamakuru kuri gahunda ye na we yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru. Yavuze ko yahisemo kutongera kwiyamamaza kuko igihe kigeze cy’”igisekuru gishya cy’abategetsi”. Romney, w’imyaka 76, amaze […]

U Rwanda rwungutse abapolisi kabuhariwe barenga 200 (Amafoto)

20230914_173020_copy_990x666.jpg

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kane yungutse abapolisi bashya kabuhariwe, nyuma yo gusoza amahugurwa y’ibanze y’Ibikorwa byihariye bya Polisi (Basic Special Forces Course). Ni amahugurwa bari bamaze icyenda bakorera mu kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye mu murenge wa Mayange w’akarere ka Bugesera. Abapolisi 228 ni bo bari bitabiriye ariya mahugurwa. […]

U Burusiya bwirukanye abadipolomate ba Amerika bubashinja kuba intasi

U Burusiya kuri uyu wa Kane bwatangaje ko bwirukanye ku butaka bwabwo abakozi babiri bakoraga muri Ambasade ya Amerika i Moscow, nyuma yo kubakekaho kuba intasi. Abirukanwe bashinjwa kugira imikoranire na Robert Shonov, Umurusiya wahoze akora muri Consulate ya Amerika i Vladivostok ushinjwa n’igihugu cye kuba intasi ya Amerika. Uyu Moscow imushinja kuba yarahaga abadipolomate […]

EU yemereye Mozambique ibikoresho byo kuyifasha gutsinsura ibyihebe

Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi watangaje ko uteganya guha Mozambique inkunga y’ibikoresho, mu rwego rwo kuyifasha kurwanya iterabwoba. Byatangajwe n’umunya-Portugal commodore Rogério Brito uheruka gusoza inshingano ze nk’umuyobozi w’Ingabo za Portugal zagiye guha imyitozo iza Mozambique zo mu mutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye watangiye gukora mu cyumweru gishize. Ni imyitozo yatanzwe biciye mu itsinda ry’u Burayi […]

P Fla utagikoma yaba yarasubiye ku biyobyabwenge?

0x2a8467-scaled.jpg

Hakizimana Amani uzwi nka P Fla amaze igihe kirenga amezi atatu atigaragaza cyane mu bitangazamakuru nk’uko byari bimeze mu minsi ishize aho kumubona kugeza ubu bigoye bityo hakibazwa icyo arimo gukora. Uyu mugabo wamenyekanye cyane mu ndirimbo za kunzwe nka Ntuzankinishe, Ntibishoboka nizindi nyinshi zitandukanye, akaba yaranabaye mu insinda rya Taff Geng hamwe na Bull […]

Vumilia wakiniye Amavubi yapfuye ari kubyara

Vumilia Aline wakiniye amakipe atandukanye hano mu Rwanda ndetse n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abari n’abategarugori, yapfuye ari kubyara. Inkuru y’urupfu rwa Nyakwigendera usanzwe ari mushiki wa Mwemere Ngirincuti ‘Sebanani’ na we wakiniye Amavubi y’u Rwanda, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Nzeri. Vumilia Aline amakuru avuga ko yaguye muri Repubulika Iharanira […]