Niger: Abahiritse ubutegetsi bategereje igisubizo cya ECOWAS nyuma y’aho nyirantarengwa bahawe irangiye

Kuri uyu wa Mbere, Niger itegereje igisubizo cy’umuryango w’ubukungu w’akarere ka Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS)nyuma y’uko abayoboye coup d’Etat i Niamey birengagije igihe ntarengwa bahawe cyo kugasubiza ubutegetsi perezida bahiritse, icyemezo umuryango waburiye ko gishobora kuganisha ku ikoreshwa ry’ingufu za gisirikare. Umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) wavuze ko uza gusohora itangazo ku ntambwe ziza gukurikiraho […]

Rutshuru: Imirwano yahuje M23 na Wazalendo biravugwa ko imaze kugwamo abantu 10

Imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba za Wazalendo yatangiye mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru mu giturage cya Marangara, muri Gurupoma ya Tongo, muri Teritwari ya Rutshuru, biravugwa ko yaguyemo abantu byibuze icumi. Muri iyi mirwano yatangiye saa cyenda z’igicuku, biravugwa ko ko hatwitswe amazu ndetse n’indi mitungo myinshi, aho mu masaha ya mugitondo byavugwaga […]

Centrafrica ntiyanyuzwe no kudakurirwaho burundu ibihano biyibuza kugura intwaro

Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano kateye intambwe iganisha ku koroshya ibihano byo kugura intwaro byafatiwe Repubulika ya Centrafrica (CAR), gatanga uruhushya rwemera guha intwaro zimwe ingabo za leta. Icyakora, nubwo iki cyemezo cyafashwe, Guverinoma ya Centrafrica yagaragaje ko itishimiye iki cyemezo ivuga ko ari “agasuzuguro. ” Akanama gashinzwe umutekano mu mpera z’ukwezi gushize kemeje ko […]

Guhuza ikirere hagati ya Barbados n’u Rwanda bizafasha gushimangira umubano – Min. Edghill

Minisitiri w’ubukerarugendo n’ubwikorezi mpuzamahanga wa Barbados, Ian Gooding-Edghill, yabishimangiye ubwo hatangiraga inama hagati y’abacuruzi baturutse mu Rwanda n’ihuriro ry’abo muri Barbados, ibera muri Hilton Resort Barbados, yatangiye kuva ku itariki ya 3 ikazageza ku ya 8 Kanama. “Mu byukuri, guhuza ikirere hagati y’ibihugu byacu byombi ni ingenzi mu kugera ku cyerekezo kimwe duhuriyeho cyo gushimangira […]

Le forum d’affaires Pak-Africa envisage le Rwanda comme porte d’entrĂ©e du continent

Dans le but d’explorer de nouveaux horizons commerciaux et de renforcer les liens Ă©conomiques, le Pak-Africa Business Forum a organisĂ© un High Tea en l’honneur du Haut Commissaire pakistanais nommĂ© pour le Rwanda, M. Naeem Khan. L’Ă©vĂ©nement a Ă©tĂ© prĂ©sidĂ© par M. Omar Shahid Butt, prĂ©sident du Pak-Africa Business Forum, qui a soulignĂ© le potentiel […]

Pakistan irifuza kongera ubuhahirane bwayo na Afurika iciye ku Rwanda

Perezida w’ihuriro ry’ubucuruzi hagati ya Pakistan na Afurika (Pak- Africa Business Forum ), Omar Shahid Butt muri iki cyumweru dusoza yavuze ko u Rwanda rwaba irembo rya Pakistan ryinjira muri Afurika. Omar Shahid Butt wavuganaga n’abacuruzi mu rwego rwo guha icyubahiro uwahawe inshingano zo guhagararira Pakisitani mu Rwanda, Naeem Khan, yagize ati: “Kongera ubucuruzi na […]

Zelensky arashinja u Burusiya kugaba igitero ku kigo gitangirwamo amaraso

Perezida wa Ukraine yavuze ko igisasu cyo mu kirere cyari kiyobowe cy’u Burusiya cyibasiye ikigo gitangirwamo amaraso mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, gihitana abantu ndetse gikomeretsa abandi. Volodymyr Zelensky yavuze ko abatabazi bari barimo kugerageza guhangana n’umuriro nyuma y’igitero cyagabwe ku baturage ba Kupiansk mu karere ka Kharkiv mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira kuri […]

Uganda: Ibiro by’ishami rya Loni rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu byafunzwe

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 5 Kanama, Umuryango w’Abibumbye wafunze ibiro by’ishami ryawo rishinzwe uburenganzira bwa muntu, i Kampala muri Uganda, nyuma y’ubwumvikane bucye hagati ya Guverinoma n’ubuyobozi bw’iri shami. Komiseri mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Turk, kuwa gatanu nibwo yatangaje ko ibiro by’iri shami i Kampala bizahagarika imirimo kuri uyu wa […]

Ethiopia yatangaza hali ya hatari katika eneo la Amhara ili kudhibiti ghasia

Ethiopia ilitangaza hali ya hatari kudhibiti ghasia zinazozidi kuongezeka katika eneo la Amhara, eneo la pili kwa ukubwa la utawala katika taifa hilo. Tangazo la Baraza la Mawaziri nchini Ethiopia lilikuja siku ya Ijumaa kufuatia siku za mapigano makali ambayo yamesababisha wasiwasi na ukosefu wa utulivu katika eneo hilo. Eneo la Amhara, linalojulikana kwa utajiri […]

Goma: Minisitiri w’ingabo na mugenzi we wa Kenya mu biganiro ku bufatanye mu bya gisirikare

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 04 Kanama 2023, Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba, yageze i Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho yahahuriye na mugenzi we wa Kenya, Aden Barre Duale, ngo baganire bibazo bifitanye isano n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi. Ubwo bufatanye hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya […]

Abasirikare 2 ba Amerika bafashwe baha u Bushinwa amakuru y’ibanga y’ubwirinzi

Kuri uyu wa Kane ushize, abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko abasirikare babiri bo mu gisirikare kirwanira mu mazi ba Amerika batawe muri yombi bakurikiranweho guha amabanga y’umutekano y’igihugu u Bushinwa. Abayobozi bavuga ko Petty Officer (ipeti wagereranya na Sergeant mu gisirikare gisanzwe), Wenheng Zhao, ufite imyaka 26, ashinjwa ubugambanyi no kwakira […]

Masisi: Ingabo za EAC zongeye gukezwa nyuma yo gufungura umuhanda wari wafunzwe na Wazalendo

Abaturage bo muri Teritwari ya Masisi, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bongeye kugarurira icyizere ingabo za EAC zaturutse mu Burundi nyuma yo gufungura kuri uyu wa Kane umuhanda Kaluba-Sake wari wafunzwe n’inyeshyamba za Wazalendo zigatangira kubasoresha no kubambura. Uyu muhanda wari wafungiwe mu birometero bigera kuri 36 uvuye mu Mujyi wa Goma, […]

USA: Donald Trump yitabye urukiko ahakana icyaha akurikiranweho

Kuri uyu wa Kane, itariki 3 Kanama 2023, Donald Trump yahakanye icyaha ashinjwa cyo kuba yarateguye umugambi wo kugerageza guhindura ibyavuye mu matora yo mu 2020 yatsinzwe mu byo abashinjacyaha bo muri Amerika bise ibintu bitari byarigeze bibaho byakozwe n’uwari perezida w’icyo gihe kugira ngo yangize inkingi za demokarasi y’Abanyamerika. Umushinjacyaha, Jack Smith, wahagarikiye iperereza, […]

Drones za Ukraine zagabye igitero ku birindiro by’ingabo zo mu mazi z’u Burusiya

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko drones zo mu mazi za Ukraine zagabye igitero ku birindiro by’ingabo zo mu mazi z’u Burusiya hafi y’icyambu cya Novorossiysk, ihuriro rikuru ry’ibicuruzwa u Burusiya bwohereza hanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu kandi ngo izo drones zangijwe n’amato y’intambara y’u Burusiya. Iki gitero cyatumye icyambu cya Novorossiysk […]

President Rajoelina expected on official visit to Rwanda

The President of the Republic of Madagascar, Andry Rajoelina, will make an official visit to Rwanda on August 7 and 8, announced the report of the Council of Ministers of Wednesday August 2. This trip follows the invitation of Rwandan President Paul Kagame, an African president who was a special guest of Madagascar during the […]

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar na madamu we bategerejwe mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Madagascar, Andry Rajoelina na madamu we, bazasura u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri guhera ku itariki ya 7 kugeza ku ya 8 Kanama 2023. Uru rugendo rukurikiye ubutumire bwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, wari Perezida wo muri Afurika wari umushyitsi udasanzwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bwa Madagascar […]

Uko Abafaransa n’Abanyamerika basahuye Haiti bakayishora mu bukene izigobotora biyigoye

Iperereza ryakozwe na “New York Times” ryerekana amateka y’umwenda uhambaye Haiti yashyizwemo ku ngufu kandi risobanura cyane cyane uburyo u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byategetse iki gihugu kwishyura amamiliyoni amagana y’amayero nyuma y’ubwigenge mu 1804. Ku itariki ya 1 Mutarama 1804, Abanyahayiti batangaje ubwigenge bwabo nyuma y’imyivumbagatanyo y’abacakara barwanya abakoloni b’Abafaransa. Nyuma […]

Igisubizo gitangaje Kagame yahaye uwamubajije impamvu byari ngombwa ko u Rwanda rugira isuku

“Buri munsi Ntekereza kucyo byasaba Zimbabwe kugirango ihinduke. Byinshi mubyo ndeba mu gihe cy’urugendo rwanjye rwa buri munsi birataka biti: “Mpindura!” Mu gihe ntekereza icyo ibinzengurutse binsaba, narahindutse mu buryo bwinshi,” uyu ni Trevor Ncube, rwiyemezamirimo n’umunyamakuru wo muri Zimbabwe ubu ubarizwa muri Afurika y’Epfo akanakora inkuru kuri ibi bihugu byombi, mu gitekerezo cye gishingiye […]

Niger: Amerika yategetse gucyura igice cy’abakozi ba ambasade yayo i Niamey

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zategetse kwimura igice cy’abakozi bazo muri Ambasade yazo muri Niger nyuma y’ihirika ry’ubutegetsi ryo mu cyumweru gishize. Abanyamahanga magana bamaze kwimurwa bava muri iki gihugu, kandi ku Cyumweru Ambasade y’u Bufaransa yibasiwe n’abigaragambyaga. Uwayoboye ihirika ry’ubutegetsi, Gen Abdourahamane Tchiani, yihanangirije “kwivanga kose mu bibazo by’imbere by’igihugu”. Niger ikungahaye cyane ku […]

USA: Donald Trump aratangira kuburanishwa ku cyaha cyo gushaka guhindura ibyavuye mu matora

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aragezwa mu rukiko kuri uyu wa Kane, aregwa umugambi wo kugerageza guhindura ibyavuye mu matora yo mu 2020. Ku mugoroba ubanziriza urwo rubanza, yamaganye uru rubanza avuga ko ari ikimenyetso kigaragaza “ruswa, urukozasoni, & kunanirwa” kwa Amerika ku butegetsi bwa Joe Biden. Umutekano urimo […]

Le prix du carburant au Rwanda a augmenté de plus de 120 Frw le litre

L’AutoritĂ© de rĂ©gulation des services publics du Rwanda (RURA) a annoncĂ© mercredi 2 aoà»t une augmentation des prix de l’essence, citant les ajustements du marchĂ© mondial du pĂ©trole. à€ compter de jeudi, le prix de dĂ©tail maximum de l’essence (Premium Motor Spirit) sera de 1 639 Frw le litre, soit une augmentation de 122 Frw […]

Burundi: Hibutswe urupfu rwa Lt. Gen. Nshimirimana wari ukuboko kw’iburyo kwa Nkurunziza

Mu gihugu cy’u Burundi kuri uyu wa gatatu, itariki ya 2 Kanama 2023, bibutse urupfu rwa Lt. Gen. Adolphe Nshimirimana wiciwe mu gitero cya rokete i Bujumbura mu 2015 mu gihe igihugu cyari mu mvururu zakurikiye igerageza ry’ihirika ry’ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza. Adolphe Nshimirimana wavutse kuwa 12 Nzeri 1964 (Yavukiye i Nyabiraba muri Komini ya […]

Ethiopia: Hadutse imirwano hagati y’igisirikare n’umutwe wagifashije kurwanya TPLF

Kuri uyu wa Gatatu, Ingabo za Ethiopia zahanganye n’abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro mu karere ka Amhara, mu bushyamirane bushobora gufata intera hagati y’abahoze ari abafatanyabikorwa barwanya inyeshyamba zo muri Tigray. Abantu basaga 10 bakomerekeye muri iyi mirwano. Fano, umutwe witwara gisirikare udafite imiterere y’ubuyobozi yemewe, washyigikiye ingabo za leta mu ntambara yamaze imyaka […]

Tunisia: Perezida KaĂ ÂŻs SaĂ ÂŻed yirukanye ku mirimo Minisitiri w’Intebe Najla Bouden

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Kanama 2023, Perezida wa Tunisia, KaĂ ÂŻs SaĂ ÂŻed, yafashe icyemezo cyo “guhagarika ku mirimo ye” Minisitiri w’Intebe, Najla Bouden, umugore wa mbere wayoboye guverinoma muri Tunisia. Nta bisobanuro byatanzwe nyuma yo kwirukanwa ku wa Kabiri, mbere gato ya saa sita z’ijoro, kwa Minisitiri w’intebe Najla Bouden. Perezida […]

Félix Tshisekedi appoints Daniel Lusadisu Kiambi as head of National Intelligence Agency

President FĂ©lix-Antoine Tshisekedi appointed this Tuesday, August 1, new officials at the head of security institutions. Daniel Lusadisu Kiambi becomes new boss of the National Intelligence Agency. He replaces Jean-HervĂ© Mbelu in this position. Jean-Louis Esambo Kangashe has been appointed special security adviser to President FĂ©lix Tshisekedi, replacing Jean-Claude Kabongo. Dean of the Faculty of […]

Biashara kati ya Rwanda na Uganda imepata mabadiliko makubwa tangu kufunguliwa tena kwa mpaka

Biashara kati ya Rwanda na Uganda, haswa katika Wilaya ya Burera, imepata mabadiliko makubwa tangu kufunguliwa tena kwa mpaka kati ya nchi hizo mbili mnamo Januari 2022. Mpango mmoja wa hivi karibuni uliotekelezwa na wilaya hiyo unahusisha makubaliano yaliyofikiwa miezi miwili iliyopita na Kampuni ya Jari Investment Ltd kukodi Soko la Cyanika Cross Border, lengo […]

USA na AU birasanga nta gisubizo cya gisirikare gikwiye mu gukemura ikibazo cyo muri Niger

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 1 Kanama 2023, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken hamwe na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat bemeje ko nta gisubizo cya “gisirikare cyemewe ” mu gukemura ikibazo cya Niger. “Blinken yavuganye na Mahamat kuri telefoni kugira ngo […]

RDC: General Major wa FARDC yagejejwe mu rukiko ashinjwa kunyereza imodoka y’akazi

Gen. Major Ilondo Efondo Hugo wahoze ayobora akarere ka 14 ka Gisirikare ka FARDC, akurikiranweho, hamwe n’abo bareganwa, imbere y’urukiko rukuru rwa gisirikare kunyereza imodoka yo mu bwoko bwa K-RAZ y’akarere ka 17 ka gisirikare muri Kongo Central . Umucamanza ukuriye urukiko rwa gisirikare yagize ati “Uregwa General Major Ilondo Efondo Hugo wahoze ayobora akarere […]

Henri Konan BĂ©diĂ© wabaye perezida wa 2 wa Cote d’ivoire yapfuye ku myaka 89

Henri Konan BĂ©diĂ© wahoze ari Perezida wa Repubulika ya CĂ´te d’Ivoire kuva mu 1993 kugeza Ukuboza 1999 akaba yari afite n’uruhare rukomeye mu buzima bwa politiki bw’igihugu kugeza uyu munsi, cyane cyane nk’umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi rya CĂ´te d’Ivoire, ryashinzwe na FĂ©lix Houphouà«t-Boigny, yapfuye ku myaka 89 y’amavuko . Ku mugoroba wo kuri uyu wa […]

1500 affaires réglées par négociation de plaidoyer en 8 mois

Les chiffres du système judiciaire montrent une augmentation du nombre de personnes souhaitant rĂ©gler leurs affaires à  l’amiable. Selon les chiffres, 1 500 affaires ont Ă©tĂ© rĂ©glĂ©es par des nĂ©gociations de plaidoyer au cours des huit derniers mois. En droit, la nĂ©gociation de plaidoyer est la pratique consistant à  nĂ©gocier un accord entre l’accusation et […]

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

special_naval_warfare_force.jpg

Twese twubaha cyane abagabo n’abagore baba bariyemeje kwitangira ibihugu byabo mu kubirinda abanzi bo hanze ndetse n’imbere, ariko hariho irindi tsinda rihora ryitabazwa mu bihe bibi cyangwa aho rukomeye. Aba bakura akaga mu nzira kandi binjira ahantu hakomeye ab’umutima ukomeye gusa batinyuka kwegera. Aba ni bo usanga mu mitwe y’ingabo zidasanzwe (Special Forces). Dore Special […]

USA: Mushiki wa Biden abona Meghan Markle nk’umugore yashyigikira ashatse kuba perezida

Mushiki wa Perezida Joe Biden witwa Valerie Biden Owens, akaba ari umuhanga mu bya politiki, yatangaje ko abona Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry, nk’umugore yashyigikira ku mwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nubwo nta matora n’amwe yigeze yiyamamazamo, Meghan wahoze ari umukinnyi wa filimi ari ku isonga mu matora mu bademokarate babajijwe […]

RDC: Umunyapolitiki Delly Sesanga aravuga ko yasimbutse urupfu

Kuri iki Cyumweru gishize, umunyapolitiki Delly Sesanga aganira n’abanyamakuru i Kananga, yababajwe n’ibikorwa yita iby’ubunyamaswa byamukorewe hamwe n’abari kumwe nawe ku wa Gatandatu ageze mu murwa mukuru wa Kasai Central . Ati: “Natewe ikintu, binkomereye kumenya uburemere bwacyo. Narakomerekejwe, mva amaraso. Narokotse gushaka kunyica …” Nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ikomeza ivuga, yakomeje avuga ko […]

Rubavu: Ushinjwa kwica umugore we yaburanishijwe mu ruhame

Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu, mu cyumweru gishize rwaburanishije mu ruhame urubanza rw’umugabo wishe umugore we amuteye icyuma mu mutima nyuma y’uko umugore we yari yaramuhunze asubira iwabo . Ni icyaha Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru, buvuga ko cyakozwe ku itariki ya 11 Kamena 2023 mu Mudugudu wa Gaseke , Akagali ka Rutagara , Umurenge wa […]

Staromaiorske: Ingabo za Ukraine zahuye n’urugamba rukomeye zitari ziteze inyinshi zirahagwa

“Binjiye mu gace k’urupfu. Igihe nticyari gikwiye. Abagabo benshi bapfuye. Amaherezo, bigaruriye umudugudu wangiritse wa Staromaiorske”, ibi ni ibyatangajwe na bamwe mu basirikare ba Ukraine nyuma y’imirwano ikomeye cyane bahanganyemo n’ingabo z’u Burusiya nyuma yo kugwa mu gico cyabo . Ingabo ziri ku isonga ry’ibitero bya Ukraine byo gusubiza inyuma ingabo z’u Burusiya zivuga ko […]

A new biosafety bill to regulate genetically modified organisms (GMOs)

A new draft law governing biosafety has been approved by the Rwandan government, in a move towards the regulation of genetically modified organisms (GMOs) . The bill, approved on July 13, 2023, aims to address potential risks associated with GMOs, protect biodiversity and preserve the integrity of the environment, according to the Rwandan Environment Management […]

Le Rwanda déploie une force au Mozambique

Le chef d’Ă©tat-major des Forces rwandaises de dĂ©fense (RDF), le gĂ©nĂ©ral major Vincent Nyakarundi, ainsi que l’inspecteur gĂ©nĂ©ral adjoint de la police chargĂ© des opĂ©rations, le CP Vincent Sano, ont, le lundi 31 juillet, vu les Forces de sĂ©curitĂ© rwandaises se diriger, pour relever leurs collègues, à  Cabo Delgado, au Mozambique . Le contingent qui […]

Niger: U Bufaransa bwaba burimo gutegura igitero cyo kubohoza Perezida Bazoum

Inteko ya gisirikare yafashe ubutegetsi muri Niger mu cyumweru gishize irashinja igihugu cy’u Bufaransa cyahoze kibakolonije, kuba burimo gutegura ibitero byo kugerageza kubohora Perezida Mohamed Bazoum no gusubizaho guverinoma ye. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa ntabwo yemeje cyangwa ngo ihakane iki kirego ariko yavuze ko Paris yemera gusa ko Bazoum ari we perezida wemewe w’iki […]

Gen. Nyakarundi yahaye impanuro abasirikare bagiye gusimbura bagenzi babo muri Mozambike

f2w0p6sxwaadun8.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Nyakanga, mu izina ry’Umugaba mukuru w’ingabo, Umuyobozi w’ingabo zirwanira ku butaka za RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi hamwe n’umuyobozi mukuru wungirije wa polisi ushinzwe ibikorwa, CP VB SANO bahaye impanuro Ingabo z’u Rwanda n’abapolisi berekeje muri Cabo Delgado, muri Mozambike gusimbura bagenzi babo . Ingabo ziyobowe na Maj Gen […]

ECOWAS yahaye icyumweru abahiritse ubutegetsi muri Niger cyangwa igakoresha ingufu

000_33qb3kn.jpg

Kuri iki Cyumweru, itariki 30 Nyakanga, abayobozi bo muri Afurika y’iburengerazuba bahaye abahiritse ubutegetsi muri Niger, icyumweru kimwe kugira ngo basubize ubutegetsi, baburira ko batazabura “gukoresha ingufu”, maze banabafatira ibihano by’imari . Uyu muryango w’ubukungu w’ibihugu 15 bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wasabye ko Perezida Mohamed Bazoum watowe ahita arekurwa byihuse kandi agasubizwa ku buyobozi bwigaruriwe […]

Umusirikare wa UPDF arashinjwa gusambanya no gutera inda umwana yibyariye

Igipolisi cya Uganda muri Njeru, mu Karere ka Buikwe, cyataye muri yombi umusirikare wa UPDF ushinjwa gusambanya kenshi umukobwa we w’imyaka 15 akanamutera inda . Uyu mwana w’umukobwa yiga mu mwaka wa karindwi w’amashuri abanza muri Njeru nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga. Umuvugizi wa polisi muri Ssezibwa, Hellen Butoto, yavuze ko ukekwa yatawe […]

RDC: Uwiyita pasiteri asanga bakwiye gucura intwaro za kirimbuzi bagasenya Kigali

Umupasiteri wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri iki Cyumweru ubwo yari imbere y’abagize itorero rye, mu byo yabwirije yazanyemo n’igitekerezo cy’uko Kinshasa yakora intwaro za kirimbuzi maze ikazazitera i Kigali, aho avuga ko ari igisubizo ku cyo yita ubushotoranyi u Rwanda rukomeje gukorera igihugu cye . Uyu wiyita umupasiteri witwa Masambukidi avuga ko […]

Perezida Zelensky yateguje ko intambara igiye gusubira ku butaka bw’u Burusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yateguje ko intambara irimo gusubira mu Burusiya nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote ku murwa mukuru Moscow. Zelensky yavuze ko ibitero ku butaka bw’u Burusiya ari “inzira utakwirinda, karemano kandi ifite impamvu rwose” y’intambara hagati y’ibihugu byombi. Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yavuze ku Cyumweru, ko indege zitagira abaderevu eshatu zo muri […]

Pakistan: Nibura abantu 44 bishwe n’igisasu cyaturikiye ahaberaga mitingi y’ishyaka

Nibura abantu 44 bapfiriye mu iturika ry’igisasu cyaturikiye muri Pakistan muri mitingi yari yateguwe n’ishyaka rya kisilamu . Abantu barenga 100 na bo bakomerekeye muri iryo turika ryabereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’akarere ka Bajaur, aho ishyaka Jamiat Ulema-e-Islam-Fazl (JUI-F) ryakoreraga mitingi. Polisi yabwiye BBC ko babonye ibimenyetso byerekana ko iturika rishobora kuba ari igitero cy’ubwiyahuzi. […]

Bukavu: Ibikoresho birimo imashini z’itora 900 byakongokeye mu nkongi yibasiye ububiko bwa CENI

Imashini 900 zirimo imashini zikoreshwa mu matora zakongokeye mu nkongi y’umuriro yo kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 29 Nyakanga 2023, yibasiye ububiko bwa Komisiyo Yigenga y’Amatora (CENI) buherereye mu nyubako za sosiyete y’igihugu ishinzwe imihanda ya gari ya moshi (SNCC) i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo . Nk’uko byatangajwe na Gaudens Maheshe, umunyamabanga nshingwabikorwa wa […]

Congo-Brazzaville denies allegations of destabilization of the DRC

Brazzaville denied, Saturday, July 29, its possible involvement in the destabilization of power in Kinshasa . The spokesperson for the Government of Congo-Brazzaville, Thierry Moungala has thus reframed the opinion which spreads the idea that his country maintains relations with Rwanda likely to cause destabilization of the DRC. “We support the need to find all […]

Igitero cya drone i Moscou cyafunze gato ikibuga cy’indege cya Vnukovo

U Burusiya bwashinje Ukraine igitero cy’indege zitagira abapilote kuri Moscou, kuri iki Cyumweru, cyangije inyubako ebyiri kandi gifunga gato ikibuga cy’indege cy’umujyi . Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ivuga ko drone yarasiwe hejuru y’akarere ka Odintsovo, mu burengerazuba bw’umujyi rwagati, izindi ebyiri zirahagarikwa ariko zigwa mu nyubako z’ibiro. Ibiro ntaramakuru by’u Burusiya, TASS, bitangaza ko umuntu […]

Congo-Brazzaville inakanusha madai ya kuvuruga utulivu wa DRC

Brazzaville ilikanusha, Jumamosi, Julai 29, kuhusika kwake katika uwezekano wa kuvuruga mamlaka huko Kinshasa . Msemaji wa Serikali ya Kongo-Brazzaville, Thierry Moungala kwa hivyo amebadilisha maoni ambayo yanaeneza wazo kwamba nchi yake inadumisha uhusiano na Rwanda uwezekano wa kusababisha kuyumba kwa DRC. “Tunaunga mkono haja ya kutafuta suluhu zote za amani kwa kila aina ya […]

Sudani: RSF yasabye ikintu gikomeye kugirango yemere imishyikirano y’amahoro

Kuri iki Cyumweru, umuyobozi w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), Mohammed Hamdan Dagalo, uhanganye n’Igisirikare cya Sudani kuva muri Mata, yatangaje ko uyu mutwe witeguye kugera ku masezerano mu masaha 72 mu gihe haba hakozwe impinduka mu buyobozi bw’ingabo . Dagalo yabitangaje mu mashusho yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa RSF avuga ko yiteguye kumvikana niba […]

RDC: Minisitiri w’ubutabera arashinja E.U kuvugira Abatutsi itita ku bandi Banyekongo

Nyuma y’iminsi itari mike Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi umusabye kugira icyo akora ku magambo y’amacakubiri ya Justin Bitakwira yibasira Abatutsi / Abanyamulenge, Minisitiri w’ubutabera, Rose Mutombo, yaje kugira icyo avuga nawe anenga uyu muryango awushinja kubogama . Mu ibaruwa yandikiwe Ambasaderi w’intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Rose Mutombo, bigaragara […]

Brazzaville yasubije abayishinja gufatanya n’u Rwanda mu gushaka guhungabanya RDC

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 29 Nyakanga, Congo-Brazzaville yahakanye ibirego bikomeje kuyishinja ko ishobora kuba yinjiye mu bikorwa byo guhungabanya ubutegetsi bwa Kinshasa . Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo-Brazzaville, Thierry Moungala, rero yongeye kugaruka ku bitekerezo bikomeje gukwirakwizwa by’uko igihugu cye cyaba gifitanye umubano n’u Rwanda ugamije guteza umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi […]

Umuyobozi wa Wagner yakeje abahiritse ubutegetsi muri Niger abizeza ubufasha

Umuyobozi mukuru w’abacanshuro ba Wagner, Yevgeny Prigozhin, ukomeje ibikorwa bye nubwo yayoboye imyivumbagatanyo yananiwe gukuraho ubuyobozi bw’ingabo z’u Burusiya mu kwezi gushize, yashimye ihirika ry’ubutegetsi rya gisirikare muri Niger avuga ko ari inkuru nziza kandi yizeza serivisi z’abarwanyi be kugarura umutekano . Ubutumwa bw’ijwi bivugwa ko ari irya Prigozhin bwatambutse ku miyoboro ya porogaramu ya […]

Rwanda yatupilia mbali madai ya kuvuka mpaka na kuingia Kivu Kaskazini

Jeshi la Ulinzi la Rwanda (RDF) lilikanusha shutuma za vikosi vya jeshi la DR Congo (FARDC) kwamba wanajeshi wa Rwanda mnamo Alhamisi, Julai 27, walivuka mpaka na kuingia jimbo la Kivu Kaskazini. RDF imesema jeshi la Kongo limeendelea kushirikiana na FDLR, kundi la Umoja wa Mataifa lililowekewa vikwazo vya mauaji ya halaiki lenye makao yake […]

Rutshuru: Imirwano hagati ya M23 na Wazalendo yaguyemo umuntu abandi barakomereka

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa gatanu, itariki 28 Nyakanga, mu gace ka Rugarama muri Gurupoma ya Busanza, habereye imirwano hagati ya M23 na Wazalendo . Nk’uko bigaragara ku nkuta z’ibinyamakuru n’abanyamakuru batandukanye bo muri Congo kuri […]

Kevin Hart partage son expérience au Rwanda

kevin-4-96667.jpg

Le comĂ©dien et acteur de cinĂ©ma populaire Kevin Hart a dĂ©clarĂ© qu’il chĂ©rirait à  jamais l’accueil chaleureux et l’amour qu’il a reà§us lors de sa rĂ©cente visite au Rwanda . Kevin Hart, aux cĂ´tĂ©s de sa femme Eniko Hart et de ses enfants, a Ă©tĂ© aperà§u pour la première fois à  Kigali le mardi 18 […]

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ku wa Gatatu, itariki 26 Nyakanga 2023, abarinzi b’umukuru w’igihugu muri Niger bafatiye Perezida Mohamed Bazoum mu ngoro ye mu murwa mukuru Niamey, aho Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bita kugerageza guhirika ubutegetsi . Ni ihirikwa ry’ubutegetsi rya cyenda cyangwa kugerageza gufata ubutegetsi mu myaka irenga itatu gusa […]