Kenya: Imiryango ikennye yugarijwe nâinzara
Abakomoka mu miryango ikennye muri Kenya bugarijwe nâikibazo cyâinzara ikabije kubera igabanuka ryâimvura nâubuke bwâ ibyo kurya. Ibyo bikaba bigira uruhare mu izamuka ryâibiciro bitoroheye Abanyakenya benshi. Iki kibazo kikaba cyibasiye cyane abatuye mu byaro bakorera amafaranga make ndetse nâabatuye mu kajagari mu migi. Nkâuko byemejwe nâabashizwe ibyâubumenyi bwâikirere, ibice byinshi byo muri Kenya bizakomeza […]
DRC: Ebola imaze guhitana abarenga 700
 Icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana abantu benshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kugeza ubu kimaze guhitana abarenga 700 kuva icyi cyorezo cyagera muri Congo mu kwezi kwa Kanama 2018. Minisiteri yâubuzima muri iki gihugu yatangaje ko Umubare wâabahitanwe nâiki cyorezo ukomeje kwiyongera aho mu byumweru bitatu gusa, Ebola yahitanye abarenga 100 , […]
Abakuru bâibihugu nâAbaminisitiri baje kwifatanya nâAbanyarwanda mu âKwibuka 25â
Ku munsi wâejo, tariki ya 7 Mata, Abanyarwanda nâisi yose turaba twibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ku nshuro ya 25. Abayobozi batandukanye baturuka hanze yâu Rwanda, baje kwifatanya nâAbanyarwanda muri iki gikorwa. Uyu munsi, ku wa 6 Mata, Perezida wa Niger, Mahamadou Issoufou, Minisitiri wâIntebe wâUbubiligi, Charles Michel, Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia, […]
Guverineri Mukuru wa Canada yunamiye inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Kigali- AMAFOTO
Guverineri Mukuru wa Canada, Julie Payette, ari mu Rwanda aho yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hamwe nâintsinda bari kumwe mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Mata 2019, bashyize indabo ku rwibutso rwa jenoside rwa Kigali, ruri ku Gisozi, rushyinguyemo imibiri yâinzirakarengane zisaga ibihumbi 250, […]
Amajyaruguru: Abagabo nâabagore barashinjanya kuba intandaro yâamakimbirane mu miryango
Abagabo nâabagore mu Ntara yâAmajyaruguru baritana ba mwana abagore bashinja abagabo kuba ba nyirabayazana bâamakimbirane mu miryango akomeje kugaragara muri iyi ntara mu gihe abagabo bo babashinja kumva nabi ihame ryâuburinganire. Abagore barashinja abagabo kuba intandaro yâamakimbirane mu miryango, abagabo nabo bakavuga ko abagore bumvise ihame ryâuburinganire nabi bikaba bituma barengera bakanashaka gutegeka abagabo no […]
Nta kigero cyâihakana cyahindura ibyabaye- Min.wâUbutabera wa Gambia
Min. wâUbutabera wa Gambia, Ba Tambadou atangaza ko uko ihakana nâipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryangana kose ntacyo byahindura ku kuba yarabaye kandi isi yose ikaba ibizi. Ibi uyu  muyobozi wabaye nâUmushinjacyaha mu Rukiko Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) yabitangarije abantu 500 bari bitabiriye inama mpuzamahanga yigaga kuri jenoside kuri uyu wa Gatanu. Min. Tambadou […]
Perezida Nkurunziza yakiriye umuryango wa Ntaryamira wicanwe na Habyarimana Juvenal
Mu gihe Abarundi bibuka kuri iyi tariki ya 6 Mata, urupfu rwa Perezida wabo, Ntaryamira Cyprien wiciwe mu Rwanda, umukuru wâigihugu Pierre Nkurunziza yakiriye uwari umugore we n’abana be. Nkâuko byatangaje na Perezidansi yâu Burundi, Perezida Nkurunziza yakiriye umupfakazi wa Ntaryamira, abakobwa be babiri ndetse nâumwuzukuru umwe, ngo akaba yabakomeje muri ibi bihe bibuka umubyeyi […]
Gasabo: Babiri bakekwaho kuba mu gatsiko kâabajura ba za moto batawe muri yombi
Abantu babiri, kuri uyu wa Gatanu itariki 05 Mata, batawe muri yombi na polisi bavugwaho kuba mu gatsiko kâabajura ba za moto mu Murenge wa Gisozi, mu Karere ka Gasabo. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Marie Goretti Umutesi yavuze ko abatawe muri yombi ari Jean Nshimiyimana nâundi witwa Niyonsenga bakunze kwita Rukara. […]
RDC: Umuyobozi wâinyeshyamba yafashwe na FARDC amaze kuraswa
Umuyobozi wâinyeshyamba za Raia Mutomboki, Masudi Alimasi Kokodiko, zishinjwa gufata abagore nâabakobwa ku ngufu yafashwe nâigisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Nkâuko byemezwa nâumuvugizi wâigisirikare cya Congo, Â Capt. Dieudonne Kasereka, avuga ko Masudi Alimasi Kokodiko, yayoboraga inyeshyamba za Raia Mutomboki, yafatiwe ahitwa i Shabunda mu Ntara ya Kivu yâamajyepfo ku wa kabiri wâiki […]
Isezerano ry'Imana ntiribura gusohora kubera uko uteye
Zakariya abaza marayika ati ” ibyo nzabibwirwa nâiki, ko ndi umusaza nâumugore wanjye akaba ari umukecuru?” Aya magambo aboneka mu gitabu cyâinkuru nziza nkuko cyanditswe na Luka 1:18, aho Zakariya yagaragarizaga marayika wâImana ugushidikanya gukomeye ubwo yari amaze kumugezaho isezerano ryâuko azabyara Yohani. Uko gushidikanya kwa Zakariya kwarimo kwizera guke kandi wasuzuma neza ukaba wabona […]
Igipolisi cya Tanzania cyemeje ko kimaze kwica Abarundi 24
Igipolisi cya Tanzania, mu Karere ka Kigoma, gitangaza ko kimaze kwica Abarundi 24 bashinjwa ibyaha, binjiraga ku butaka bwâiki gihugu mu buryo bunyuranyije nâamategeko. Aba barundi 24 ngo bishwe mu mikwabo inzego zâumutekano za Tanzania zakoze mu mashyamba ari ku mupaka, aho ihana imbibi nâu Burundi. Uyu mukwabo ukaba warakozwe mu gihe hari abantu bitwaje […]
Umugore wari urembejwe nâinkari, yanyaye muri Banki Nkuru yâigihugu
Umugore utatangajwe amazina yihagaritse muri Banki Nkuru yo muri Afurika yâEpfo, nyuma yo kumara igihe kirekire ategereje guhabwa serivisi. Uyu mugore asobanura icyamuteye kunyara muri Banki, yagize ati âNagerageje gusunika, isaha yose yashize ngerageza, ubwiherero bwari bufunzeâ. Uyu mugore wamanuye ikariso akanyara ahagaze muri iyi banki, ahagatiye imyenda yo hasi yari yambaye nâisakoshi ye, avuga […]
U Rwanda rwaje mu bihugu 10 byambere ku isi byateje ubukerarugendo imbere muri 2019
 U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatandatu(6) ku isi mu guteza imbere urwego rwâubukerarugendo mu buryo bwihuse muri 2019. Nkâuko tubikesha raporo yâikigo gishinzwe ibijyanye nâingendo nâubukerarugendo ku isi cyitwa World Travel and Tourism Council , igihugu cya Ethiopia nicyo kiyoboye ibindi ku isi mu guteza ubukerarugendo imbere muri 2019 naho Uganda iza ku […]
Umugande yareze u Rwanda mu rukiko
Umuturage wa Uganda, Steven Kalali yareze u Rwanda mu rukiko rwâUbutabera rwâAkarere ka Afurika yâIburasirazuba ku cyaha yise icyo gufunga imipaka bitemewe mu gihe gisaga ukwezi. Kuwa 28  Gashyantare 2019 u Rwanda rwatangaje ko  ku mupaka wa Gatuna hari gukorerwa imirimo yâubwubatsi ko amakamyo aremereye yakoresha indi mipaka. Ibi Uganda yabifashe nko gufunga […]
Amerika yatesheje agaciro visa ya Fatou Bensouda kubera iperereza yatangije
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatesheje agaciro visa yâUmushinjacyaha Mukuru wâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, Fatou Bensouda, nyuma yâuko uyu atangije mu buryo butunguranye iperereza ku byaha byakorewe muri Afghanistan nâabasirikare bâAbanyamerika. Nyuma yo kunengwa nâabatari bacye guhanagura ibyaha ku wahoze ari Perezida wa Cote dâIvoire, Laurent Gbagbo nâUmunyekongo Jean Pierre Bemba, kuri ubu Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha […]
Ubuhinde: Umwana yahembwe nk'intwari nyuma yo kuvuna inkoko akayijyana kwa muganga
Derec Lalchhanhima, umwana wâimyaka 6 mu gace ka Mizoran mu Buhinde yajyanye umushwi kwa muganga nyuma yo kuwukomeretsa, ahabwa igihembo ku bwâumutima mwiza. Ni inkuru yasakaye kuri murandasi kuri uyu wa 5 Mata, ivuga ku gihembo(certificat) uyu mwana yahawe nyuma ko kugaragaza umutima wo gutabara umushwi wavunitse awirukaho, yifashishije amafaranga ababyeyi bamuhaye ngo ayagure icyo […]
Paris: Perezida Nkurunziza yatsinzwe mu rubanza yaregagamo abamushinje ubwicanyi
Perezida Nkurunziza wâu Burundi yatsinzwe mu rubanza aregamo Umunyamategeko wâUmubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi wâUmurundi, David Gakunzi ndetse na Televiziyo France 3, ashinja kumuharabika. Mu 2015 ubwo ibintu byari bikomeye mu Burundi, byâumwihariko mu murwa mukuru Bujumbura, uyu munyamategeko wakunze kunenga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza yaje kwakira amafoto agaragaza ubwicanyi bwari burimo burakorwa. Nyuma […]
RDC: Abantu 10 barimo abasivili babiri baguye mu mirwano hagati yâinyeshyamba
Abantu bagera ku 10 barimo abasivili babiri nibo bivugwa ko baguye mu mirwano yahuje kuwa Kane ushize inyeshyamba za NDC/RĂ©novĂ© zifatanyije na Nyatura zihanganye nâinyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wâuwitwa Janvier Kalahiri. Ni imirwano yabereye ahitwa Rukenge, muri Lukweti, muri groupement ya Bashali Mukoto, ho muri Teritwari ya Masisi nkâuko Radio Okapi dukesha iyi […]
Nyarugenge: Umugabo yafatanwe ibikoresho yifashishaga mu gukora amafaranga y'amiganano
Kuri uyu wa 05 Mata, Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kigali yafatanye Bikorimana Fulgence ibikoresho bitandukanye yifashishaga akora amafaranga yâamiganano. Bimwe muri ibyo bikoresho uwo mugabo ukomoka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Kivumu yafatanwe bigizwe na wino, akamashini kamufasha kuyakora, ipamba yifashisha ayahanagura nâurundi rusobe rwâimiti yifashisha […]
Ubushomeri na bamwe mu bakoresha, bimwe mu bidingiza kwishyura inguzanyo ya buruse
Kuva mu mwaka wa 1980 nibwo Leta yâu Rwanda yatangiye gutanga amafaranga ya Buruse ku banyeshuri biga muri Kaminuza, aho ishyiriyeho gahunda yo kuyishyuza, bamwe bavuga ko batarabona ubushobozi ngo babashe kuyishyura mu gihe batari babona akazi, na bamwe mu bafite akazi, abakoresha babo bakaba babahishira. Bamwe mu baturage bavuga ko byaba byiza abahawe aya […]
Se wa Lionel Messi mu maboko ya polisi
Umubyeyi wa Lionel Messi, Jorge Messi ari mu maboko ya polisi mu iperereza nyuma yo kugonga umusore wâimyaka 24 wari utwaye moto mu mugi wa Rosario muri Argentine. Muri iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa 4 Mata, uyu musore akimara kugongwa na Jorge Messi watwaraga imodoka yo mu bwoko bwa BMW, yahise ajyanwa ku bitaro […]
France: Perezida Macron yategetse ko hakorwa iperereza ku ruhare rwâUbufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994
 Perezida wâUbufaransa Emmanuel Macron yashyizeho itsinda ryo gukora iperereza ryâimbitse ku ruhare rwâigihugu cyâUbufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994. U Rwanda rushinja Ubufaransa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko iki gihugu cyagiye kibihakana inshuro nyinshi. Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu mwaka 1994 aho Abatutsi barenga miliyoni bishwe mu gihe cyâiminsi ijana. […]
Uwari umugore wâumuherwe wa mbere ku isi mu bagore bane bakize nyuma yâubutane
MacKenzie Besos, umugore wari uwa Jeff Besos, umuherwe wa mbere ku isi, Kuwa 04 Mata 2019, mu butumwa bwe yashize ku rukuta rwe rwa Twitter yagaragaje ko barangije gukora ibisabwa kugira ngo batandukane. Ibyo byatumye asigarana miliyali $35.6 mu migabane yâikigo cyabo cyâubucuruzi cya Amozon.com, Inc. MacKenzie yavuze ko yishimiye guha uwari umugabo we 75 […]
Lt. Irakoze DieudonnĂ© watorotse igisirikare cyâu Burundi âyagaragayeâ i Kigali
Irakoze DieudonnĂ© wari ufite ipeti rya Liyetona mu gisirikare cyâu Burundi yatorotse, ngo yagaragaye i Kigali mu gihe afite nâibindi byaha ashinjwa birimo nâubutekamutwe. Amakuru agera kuri SOS Medias/ Burundi avuga ko Liyetona Irakoze yagaragaye mu mujyi wa Kigali ari kumwe nâinshuti ze zâAbarundi, bari mu kabari kâi Remera, aho bafatiraga icyo kunywa banareba umukino […]
RDC : Ibiciro bya Rwandair birariza abakeba ayo kwarikaÂ
Nyuma yo kumva ko indege za Rwandair zigiye gutangira gukorera ingendo i Kinshasa abayobora amasosiyete yâ indege muri Congo-Kinshasa batangiye kwinubira ibiciro  bya Rwandair bivugwa ko biri hasi. Rwandair izatangira ingendo tariki ya 17, Mata 2019 muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Congo, biravuga ko yazishyizeho ibiciro byo hasi ugereranyije ni uko byari bisanzwe ku indege […]
Imyaka 25 irangiye umubano wâUbufaransa nâ U Rwanda ucumbagira
Amateka ya politiki agaragaza ko Ubufaransa bwari bufitanye imikoranire ya hafi cyane na Perezida Juvenal Habyarimana ariko kuva nyuma ya jenoside yakorewe Abatusti muri 1994, umubano wâ ibi bihugu byombi wakomeje gucumbagira. Nâubwo bimeze bityo, kuva Perezida Emmanuel Macron yatangira kuyobora Ubufaransa muri 2017 hagiye hagaragara ibimenyetso byerekana ko umubano wâ igihugu cye nâ U […]
Uganda: Abanyarwanda 40 batawe muri yombi.
Polisi ya Uganda mu karere ka Kasese, iratangaza ko kuva ku wa kane, tariki ya 4 Mata ifunze Abanyarwanda 40 bazira kutagira ibyangombwa nâibyemezo byâingendo. Aba banyarwanda bose ngo bari muri bisi eshatu zifite ibirango bya UBD 338D, UBA 841D na UBE 325P, zanyuraga muri pariki yitiriwe Umwamikazi Elizabeth (Queen Elizabeth National Park). Chimp Reports […]
Kiliziya yari Leta, Leta ikaba Kiliziya- Gen. Kabarebe avuga impamvu Kiliziya Gatolika itarezwe ibyaha bya jenoside
Umujyanama wa Perezida mu byâUmutekano nâIgisirikare, Gen James Kabarebe avuga ko nta bisobanuro afite ku mpamvu Kiliziya Gatolika itigeze igezwa imbere yâubutabera kandi itungwa agatoki mu kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kuvuga Kiliziya Gatolika mu magambo akomeye, ubwo yasubizaga ikibazo cyâumwe mu mu rubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye bya Afurika rwitabiriye […]
Abifuza kwinjira mu gisirikare cyâu Rwanda ku rwego rwa Ofisiye bafunguriwe amarembo
Ubuyobozi bwâIngabo zâu Rwanda bwasohoye itangazo aho bushishikariza ababyifuza kwinjira mu ngabo z’igihugu ko amarembo afunguye ku bujuje ibisabwa bikubiye muri iryo tangazo. Iri tangazo ryashyizweho umukono nâUmuyobozi Ushinzwe Abakozi, Lt. Col Mutsinzi Peterson, ku wa 3 Mata 2019, asaba abifuza kwinjira mu gisirikare cyâu Rwanda ku rwego rwa Ofisiye, ko bakwihutira kwiyandikisha ku cy’icaro […]
Imbonerakure ishinjwa ubutasi yafatiwe mu nkambi yâimpunzi zâAbarundi muri Tanzania
Umwe mu rubyiruko rwâImbonerakure yafashwe ashinjwa kuba maneko ya Leta yâu Burundi mu nkambi yâimpunzi zâAbarundi ya Nduta muri Tanzania. Impunzi zâAbarundi zatunguwe nâuwo musore wâImbonerakure uzwi ku izina rya Mwarabu, zitangaza ko zifite impungenge zâumutekano wazo, mu gihe zibona Leta yâu Burundi bahunze ikomeje kubakurikirana kugera no mu bihugu bahungiyemo. Mwarabu wafashwe atagira ibyangombwa […]
Wema Sepetu yajyanwe mu bitaro nyuma yo kuvugwaho ubutinganyi
Icyamamare mu gikina filimi mu gihugu cya Tanzania, Wema Sepetu yajyanwe mu bitaro bitewe nâuburwayi bwâumuvuduko wâamaraso. Ibi bibaye nyuma yâaho nyina wâuyu mukobwa nkâuko Ghafla ibitangaza, amushyize ku karubanda avuga ko umukobwa we afite umukobwa wâinzobe babana mu nzu nkâincuti ye. Mu ijwi ryasakaye ku mbuga nkoranyambaga, nyina wa Wema Sepetu yumvikana yinginga incuti […]
Abarwanashyaka ba FDU-Inkingi bagejejwe mu rukiko bambaye amapingu ku maboko nâamaguru
Ku munsi wa Mbere wâiburana mu mizi ryâabarwanashyaka bâishyaka FDU-Inkingi ritari ryemerwa mu Rwanda, bagaragaye mu rukiko bambaye amapingu ku maboko nâamaguru. Mu cyumba cyâurukiko bari mu mpuzankano yâiroza iranga abagororwa, bari bambitswe amapingu ku maboko nâiminyururu ku maguru, uburyo butari busanzwe mu Rwanda. Abagabo bagejejwe mu rukiko, buri umwe yambitswe amapingu nâiminyururu ku maguru, […]
Telephone ya mbere ikoresha murandasi(internet) ya 5G yageze ku isoko.
Ikigo gikora ibikoresho byâitumanaho, Samsung, kuri uyu wa Gatanu cyashize hanze telephone ya Galaxy S10 5G, telephone yambere ikoresha ikoranabuhanga nâitumanaho rigezweho rya 5G muri Korea yâEpfo. Ku wa gatatu kandi ibigo bitatu byo muri Korea yâEpfo byishyize hamwe, byatumye Korea yâEpfo iba igihugu cya mbere ku Isi cyashyize ku mugaragaro itumanaho rishingiye kuri internet […]
Amerika yashyize igitutu kuri Leta yâu Burundi yahagaritse BBC na VOA
Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga nâUbutwererane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye Leta yâu Burundi kwisubiraho ku ngingo yafashe yo guhagarika radiyo Ijwi rya Amerika (VOA) ndetse na BBC. Iyi Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ya Amerika irasaba kandi Leta yâu Burundi kurekera abanyamakuru uburenganzira bwabo, bagakomeza gutara amakuru agatambutswa nkâuko byari bisanzwe kuri izi radiyo mpuzamahanga, bakishyira […]
U Rwanda rwasheshe amasezerano rwari rufitanye nâikigo cyeguriwe ibitaro bikuru byâUmwami Faisal
U Rwanda rwasheshe amasezerano yo gucunga ibitaro bikuru byitiriwe umwami Faisal, rwari rufitanye nâikigo cyigenga cyo muri Angola, Ocean Healthcare. Â Abahaye amakuru The East African bazi neza iki kibazo nâabandi baturuka mu nzego za leta bavuga ko iseswa ryâayo masezerano ryabaye muri iki cyumweru kubera gutanga serivisi mbi ku babagana. Umwe mu batanze amakuru […]
Ambasaderi  wâu Budage mu Rwanda yarahambirijwe
Amakuru atangazwa nâIkinya makuru cyo mu Budage âwelt.deâ agaragaza ko uwari uhagarariye u Budage mu Rwanda yasabwe kuva mu gihugu, kubwâikosa ryafashwe nkâirikomeye mu mikorere ye. Mu nkuru yacyo yiswe âDIPLOMATISHE SPANNUNGENâ bisobanuye intugunda muri dipolomasi (Tension diplomatique), WELT.DE ivuga ko Dr Peter Woeste , Ambasaderi wâu Budage mu Rwanda yasubiye mu gihugu cye ku […]
Icyegeranyo cyagaragaje ko abapilote ba Boeing 737 Max ya Ethiopian bakoze ibishoboka bikananirana
Icyegeranyo cy’ibanze ku cyateje impanuka y’indege yo mu bwoko bwa Boeing ya kompayi Ethiopian Airlines yakoze impanuka ku itariki ya 10 y’ukwezi gushize kwa gatatu, kivuga ko abapilote bayo “bakomeje” gukurikiza amabwiriza ateganywa na sosiyete Boeing yakoze iyo ndege. Dagmawit Moges, minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu wa Ethiopia, yavuze ko nubwo bwose abo bapilote bakurikije […]
Bobi Wine ntiyemeranya na Besigye wavuze ko nta Demukarasi yakura ku butegetsi Museveni
Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu muziki,yatangaje kuri uyu wa 4 Mata ko yatunguwe na Col. Dr Kizza Besigye nyuma yâaho atangarije ko kuvana ku butegetsi Museveni biciye muri demukarasi(amatora) bitashoboka. Tariki ya 2 Mata, Kizza Besigye utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Leta ya Uganda yatangaje ko […]
2019: Filimi 20 zimaze kwinjiza ari hejuru ya miliyari yâamadolari kugeza ubu.
Uko isi ikataza mu iterambere ni ko nâuruganda rwa filimi rukomeje gutera imbere mu myidagaduro. Umuntu ukina filimi yatungwa na zo, akanabarwa muri bamwe mu baherwe hano ku isi. Muri uyu mwaka wa 2019, hasohotse urutonde rwa filimi zimaze kwinjiza amadolari asaga miliyari. Wowe ukunda kureba filimi, ndakwizeza ko inyinshi uraba warazirebye harimo âAVATARâ iri […]
Ubushyamirane hagati yâibihugu byâibihangage bushobora guhungabanya ubukungu bwâisi muri 2019.
Ubucuruzi mpuzamahanga bushobora kuzagabanukaho 2.6% muri uyu mwaka kurusha mu mwaka wa 2018. Ibi byatangajwe nâ umuryango mpuzamahanga wita ku bucuruzi, WTO(World Trade Organization), ku wa 2 Mata 2019 i Geneva mu Busuwisi. Uyu muryango uvuga ko bishobora guterwa nâubushyamire hagati yâibihugu byâibihangange nkâAmerika nâUbushinwa. Iyi nkuru dukesha The New Vision, ivuga ko WTO yari […]
Mozambique: Umugore yabyariye mu giti cyâumwembe mu gihe cyâumwuzure
 Umugore witwa Amelia wo mu gihugu cya Mozambique, yibarukiye mu giti cyâumwembe aho yari yahungiye kubera ikibazo cyâumuyaga nâumwuzure udasanzwe uri muri icyo gihugu aho umaze guhitana abarenga 700. Uyu mubyeyi wibarutse ari mu giti hejuru, yabyaye umwana wâumukobwa ahita amwita Sara. Akaba yamubyaye ari kumwe nâumuhungu we wâimyaka ibiri aho bari bahungiye mu […]
Rusizi: Ubuke bw'amarerero buracyari imbogamizi mu burezi bw'abana bato
Ubuyobozi bwâakarere ka Rusizi buvuga ko bugifite ikibazo gikomeye cyane cyâamarerero yâabana bato, aho kugeza ubu ngo ari 132 gusa mu midugudu 596 ikagize kandi buri mudugudu wagombye kurigira, bikaba bikibangamiye uburezi bwâabana bari munsi yâimyaka 5 yâamavuko. Ni bimwe mu byo umuyobozi wâakarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza yâabaturage, Nsigaye Emmanuel yavuze ubwo […]
Umufotozi yamaze amasaha abiri arangariye Gasumbashyamba yabyaraga- REBA AMAFOTO
Umufotozi witwa Richard Lane wâimyaka 46 yâamavuko avuga ko yamaze amasaha abiri ahanze amaso kuri Gasumbashyamba (giraffe) yabyaraga. Ni Gasumbashyamba yo muri pariki ya Masai Mara muri Kenya. Richard avuga ko bwari ubwa mbere abonye iyi nyamaswa ibyara. Yagize ati âYari amahirwe kuri njye ya mbere yo kubona iki gikorwa cyâumwimerere gishamajeâ. Nkâuko DM ibitangaza, […]
Umwana wâimyaka icyenda yashyingiranwe nâuwâimyaka itandatu bicaye ku nzoka
Abaturage bo mu cyaro cya Nakapyata mu Karere ka Buyende mu Burasirazuba bwa Uganda bitabiriye ubukwe bwâumwana wâumuhungu wâImyaka icyenda nâumukobwa wâimyaka itandatu. Aba bana bombi biga mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza bakoze ubukwe kuwa Mbere wâiki cyumweru. Bivugwa ko aba bombi bavukanye amenyo abiri. Abaturage bemeza ko aba bana batangiye kurambagizanya ubwo umuhungu […]
Ruhago: Amavubi yasubiye inyuma imyanya itatu ku rutonde rwa FIFA
 Ikipe yâigihugu yâu Rwanda yâumupira wâamaguru âAmavubiâ yasubiye inyuma imyanya itatu ku rutonde rusange rusohorwa nâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku isi (FIFA) , rugaragaza uko ibihugu bikurikiranye ku isi. Kuri uyu wa kane tariki ya 4 Mata 2019, nibwo ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku isi ryasohoye urutonde rwâuko amakipe yâibihugu akurikiranye ku isi. U Rwanda rukaba […]
Amerika ihangayikishijwe nâibisasu bishobora guhanura indege 80 icyarimwe Turikiya igura nâu Burusiya
Visi-Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pence, yaburiye Turukiya ku kugura n’u Burusiya uburyo bw’ubwirinzi bwa misile bwo guhanura indege buzwi nka S-400, Amerika ibona ko bubangamiye indege zayo. Yavuze ko Turukiya “igomba guhitamo” hagati yo kuguma ari umunyamuryango w’umuryango OTAN w’ubwirinzi w’ibihugu by’i Burayi no ku mugabane w’Amerika, cyangwa ikabura ubwo bwirinzi […]
Paris: Komisiyo izafungura inyandiko ku ruhare rwâu Bufaransa mu Rwanda yateje impaka itaratangazwa
Mu gihe biteganyijwe Komisiyo ishinzwe iperereza ku ruhare rwâu Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 izatangazwa mu mpera zâiki cyumweru, abayigize batangiye kutavugwaho rumwe nâabanyamateka batangiye kunenga ubwigenge izaba ifite. Impuguke 2 zâAbafaransa ngo zaba zamaze no gushyirwa ku ruhande. Mu gihe biteganyijwe biteganyijwe ko izatangazwa mu mpera zâicyumweru na Perezidansi yâu […]
Habayeho ukurasana mu nkambi yâimpunzi muri Tanzania
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 3 Mata 2019, humvikanye urusaku rwâamasasu mu nkambi yâimpunzi zâAbarundi ya Nduta, muri Tanzania. Aya masasu yatangiye kumvikana ahagana saa tatu zâijoro (21:00) amara igihe kigera ku minota 40, impunzi zâAbarundi ziyikambitsemo zikaba zitangaza ko zitarasobanukirwa ikiyihishe inyuma. Umwe mu mpunzi aganira na SOS Medias/ Burundi yagize […]
Ntimwibagirwe ko ndi numero 4 mu gisirikare inyuma ya Yoweri Museveni, Salim Saleh…- Gen Kyaligonza
â Ntimwibagirwe ko ndi numero 4 mu gisirikare inyuma ya Yoweri Museveni, Salim Saleh na Elly Tumwine ,â ibi ni ibyatangajwe na Ambasaderi Maj. Gen. Matayo Kyaligonza uhagarariye Uganda mu Burundi ariko kuri ubu ukomeje guhakana guhohotera umupolisikazi, Esther Namaganda amusanze mu kazi ke ko gucunga umutekano wo mu muhanda ndetse nâumunyamakuru. Ni mu kiganiro […]
Umuvandimwe wa Brig. Abel Kandiho ari mu bashinja Abanyarwanda bakekwaho ubujura bwitwaje imbunda
Umuvandimwe wa Brig. Abel Kandiho, Umuyobozi wâUrwego rwâUbutasi bwâIgisirikare cya Uganda (CMI), Mukama Moses Kandiho ari mu batanga ubuhamya bushinja Abanyarwanda babiri Emmanuel Rwamucyo na Augustin baburanira mu rukiko rwa Gisirikare, Makindye mu Mujyi wa Kampala. Aba bombi batawe muri yombi kuwa 26 Gicurasi mu Mujyi wa Mbarara. Byatangiye aba bagabo baregwa gutunga intwaro mu […]
RDC: Inyeshyamba za ADF zashimuse abasivili 36 nyuma yâigitero kuri FARDC
Sosiyete sivile yo mu Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu ushize abantu babarirwa muri 30 bashimuswe nyuma yâigitero cyâumutwe wa ADF ahitwa Samboko, mu burasirazuba bwa Komini Oicha, yo muri iyi Teritwari ya Beni. â Hari Saa kumi nâimwe za mugitondo uyu munsi. Icyo twabonye […]
KU MUNSI NK'UYU: Mu 1968, Martin Luther King yaratabarutse.
 Mbahaye ikaze mu cyegeranyo gishingiye ku mateka, KU MUNSI NK’UYU. Uyu munsi ni tariki ya 4 Mata. Ese ni iki cyawuranze kuva mu myaka yo ha mbere? 1841: Umukuru wa leta Zunze Ubumwe za Amerika wa 9, William Henry Harrison yatabarukiye mu ngoro ya White House. 1865: Umukuru wa USA, Abraham Lincoln yarose yapfuye, […]
Umunyamerika yafashwe bugwate muri Uganda
Umugore wâUmunyamerika, Kimberley Sue, hamwe nâumushoferi wari umutwaye, bafashwe bugwate mu ishyamba ryo muri Pariki iri mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Uganda. Abagizi ba nabi babafashe bugwate barasaba ibihumbi 500 byâamadolari ya Amerika ngo babarekure ari bazima. Â Itangazo ryashyizwe ahagaragara nâumuvugizi wâigipolisi wungirije cya Uganda, riravuga ko Kimberley Sue Endecott, ufite imyaka 35, na Jean […]
Abanyeshuri bangije ifoto ya Perezida Nkurunziza iri mu gitabo bahawe igihano gikakaye
Ubuyobozi bw’ishuri Ecofo Akamuri ryo mu Ntara ya Kirundo, mu gihugu cyâu Burundi, Â bwirukanye burundu abanyeshuri batandatu bashinjwe konona ifoto yâumukuru wâigihugu Pierre Nkurunziza iri mu gitabo bigiragamo. Iki cyaha cyashinjwe abana batandatu, batatu bâabakobwa barafunzwe ndetse bagezwa no mu rukiko baza kurekurwa byâagateganyo, nyuma yâubusabe bwa benshi barimo nâimiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yasabaga […]
Ngoma: Abagororwa b'abagore bibasirwa n'ihungabana baterwa no kudasurwa n'imiryango yabo
Bamwe mu bagore bafungiye muri gereza ya Ngoma iherereye mu karere ka Ngoma, Intara yâUburasirazuba, bavuga ko bahura nâikibazo cyâihungabana bitewe no kudasurwa nâimiryango yabo. Ubuyobozi bwa gereza butangaza ko abagore 15% aribo bagerwaho nâimiryango yabo, abandi bakaba basa nâabo yahaye akato bitewe nâibyaha bafungiye. Gusa ngo bibagiraho ingaruka cyane ku buzima bwabo. Uyu aragira […]
Rubavu: Umushoferi yafashwe agerageza guha ruswa umupolisi
Umushoferi witwa Musafiri Francois wâimyaka 42 yafashwe akekwaho guha ruswa yâamafaranga 10,000frw umupolisi nyuma yo kujya gusuzumisha ubuziranenge bwâimodoka ye igasanganwa amakosa. Uyu mugabo yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 02 Mata 2019. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâIburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira […]
Ibyemezo byâInama yâAbaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 03.04.2019
None ku wa Gatatu, tariki ya 03 Mata 2019, Inama yâAbaminisitiri yateranye iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. 1. Inama yâAbaminisitiri yemeje imyanzuro yâInama yâAbaminisitiri yo ku itariki ya 28 Mutarama 2019. 2. Ashingiye ku bubasha ahabwa nâAmategeko, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama yâAbaminisitiri ko yahaye imbabazi abagore nâabakobwa magana atatu na […]
Kwanga ubutegetsi bisobanuye kwanga igihugu? Gukunda ubutegetsi bivuga gukunda igihugu?
Umusomyi wa bwiza.com, ntaribuze kuvuga amazina ye kubera ibanga ryâumurimo, aherutse kumbaza ibyo bibazo mubona hejuru maze numva arampamije byâukuri. Nibajije aho mpera ndacanganyikirwa ariko nihagararaho kigabo ngo ataza kundunguruka kandi basanzwe banyemera. Yabanje kuntera ubwoba ati ariko Muzehe wowe inkuru zawe zose ziba ari ibibazo gusa? Musubiza bwangu ko no ku ntebe yâishuli ariko […]
Ijisho riramutse rihorewe irindi, abatuye isi bose bakwisanga ari impumyi- Amwe mu magambo Gandhi yasize avuze
Mbere yâuko mbagezaho amawe muri ayo magambo yâubwenge, reka mbanze mbabwire muri make uyu mugabo uwo ari we. Ubusanzwe ni umuhindi witwa Mohandas Karamchand Gandhi, wavutse tariki ya 2 Ukwakira, 1869 yitaba Imana tariki ya 30 Mutarama 1948. Yabaye impirimbanyi ya politiki mu gihugu cye, aharanira ubwigenge arwanya ubukoloni bwâAbongereza. Akoresheje inzira yo kutubahiriza amategeko […]
Burundi: Pasiteri yatawe muri yombi azira kuvuga ko ikipe y'igihugu itazigera itsinda muri CAN
Umuyobozi wâitorero rya Faith Practice Miracles, Kayihura Modeste uzwi nka Prophete Modeste, yatawe muri yombi nâinzego zâumutekano nyuma yo kuvuga ko ikipe yâigihugu yâumupira wâamaguru mu Burundi nta mukino nâumwe izatsinda mu irushanwa rihuza ibihugu byâAfurika, CAN kubera ko abakinnyi batamuhaye icya 10 cy’amaturo. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata abitewe nâuko ngo âAbakinnyi […]