Umuyobozi Mukuru wa Vodacom Tanzania yatawe muri yombi

Umuyobozi mushya w’ikigo cy’itumanaho cya Vodacom Tanzania, Hisham Hendi, ndetse n’abandi bakozi batavuzwe umubare kuri uyu wa Kabiri batawe muri yombi i Dar es Salaam bashinjwa imikorere idahwitse. Vodacom Tanzania kuri uyu wa gatatu yavuze ko Bwana Hendi n’abandi bakozi bari guhatwa ibibazo kuri iyo mikorere yabo. Itangazo yashyize ahagaragara rikaba rigira riti: “ Turi […]

Ngoma: Ubushinjacyaha bwasabiye gufungwa burundu abishe umuntu bakamutwika

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije urubanza ruregwamo Rukundo Juliette bita Mama Witonze, Nzabagerageza Jean D’amour bita Toto na Twagirayezu Julien bita Mafene   ku cyaha cy’Ubwicanyi buturutse ku bushake bwakorewe uwitwa Sibomana Jean de Dieu barangije baramubaga, kuri buri wese Ubushinjacyaha bukaba bwaramusabiye igihano cy’igifungo cya burundu. Uru rubanza  rwaburanishirijwe imbere y’imbaga y’abaturage aho icyaha cyabereye […]

Abanyeshuri babiri ba Kaminuza y’u Rwanda batorokeye muri Suwede

Abanyeshuri babiri bo muri  Kaminuza y’u Rwanda (UR) ishami ry’Itangazamakuru n’Itumanaho (SJC) bimenyerezaga mu gihugu cya Suwede baratorotse. Aba banyeshuri ni Emmanuel Munyaneza na Emmanuel Tuyishime bari baremerewe kujya muri Suwede kwimenyereza umwuga mu gihe cy’ukwezi kuva kuwa 18 kugeza 19 Nyakanga 2018. Ku munsi wo kugaruka aba bombi bahisemo kuhafata baburirwa irengero. Bagenzi babo […]

Tanzania: Mu karere ka Kibondo Abarundi batagira ibyangombwa barahigwa bukware

Kuva ku cyumweru tariki ya 31 Werurwe 2019, ubuyobozi bw’akarere ka Kibondo muri Tanzania bwashyizeho amabwiriza yo guhiga bukware Abarundi bahaba batagira ibyangombwa. Aya mabwiriza yashyizweho nyuma y’igitero cyagabwa mu gasantere k’ubucuruzi gaherereye muri Kibondo, ngo abantu batandatu barimo abarundi batatu bahaburira ubuzima mu gihe abopolisi b’abofisiye babiri ngo nabo barahakomerekera. Mu nama yabaye kuri […]

Brunei: Hatangijwe itegeko ryo kwicisha amabuye abaryamana bahuje igitsina

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 03 Mata, mu gihugu cya Brunei hatangijwe amategeko mashya ya Shariya akakaye arimo igihano cyo kwicisha amabuye indaya n’abaryamana bahuje igitsina binengwa n’abanyapolitiki, ibyamamare n’abaharanira uburenganzira bwa muntu batandukanye. Aya mategeko ahana akakaye yo muri iki gihugu gito giherereye mu Kirwa cya Borneo, kiyobowe na Sultan Hassanal Bolkiah, yatangiye kubahirizwa […]

Umugore wa Bahati avuga ko ubukwe bwabo bwagezwe amashoka keshi

Diana Marua washakanye n’umuhanzi wo muri Kenya, uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Kevin Bahati, avuga ko bitari byoroshye kugira ngo ubukwe bwabo butahe. Mbere y’uko ubukwe bwabo buba, ngo hari byinshi byavuzwe byagombaga kubaca intege, ndetse uyu mugore Diana we atanamenyereye iby’itangazamakuru. Yagize ati “Ku bwanjye byambereye impinduka kuko Bahati yari umuntu uzwi, […]

Nyanza: Ikoranabuhanga ryabaye imwe mu mbogamizi yo kutesa umuhigo wa Mituweli

Mu bukangurambaga bwo gukangurira abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de santĂ©)bwatangijwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (Minaloc ) mu karere ka Nyanza, mu murenge wa Mukingo , bamwe mu bahatuye  bagaragarije  inzego zitandukanye ko zimwe mu mbogamizi zo kutarangiza kwishyura ubu bwisungane  byatewe n’ikibazo  cy’ikoranabuhanga ritakoze neza bikababera inkomyi yo kutagera  ku ijana kuko ubu […]

Umusore dukundana namuhishuriye ko nkiri isugi none byamubujije amahoro- NKORE IKI?

Nitwa Uwera, nkaba ndi umukunzi w’ikinyamakuru cyanyu, mu by’ukuri iwacu ni mu Burasirazuba akarere ni Gatsibo. Ndi umukobwa w’imyaka 27, nkaba mfite umusore tumaranye imyaka igera kuri itatu dukundana. Nabyirutse ndi umukobwa ukunda gusenga cyane, si ukwigira mwiza cyane wenda kurusha abandi bakobwa, ariko uko niko kuri kwanjye, gusa ntabwo nigeze ngira igihe cyo kumva […]

Umunyarwanda wayoboraga ADEPR muri Uganda n’abandi batatu bafashwe

Umunyarwanda wayoboraga ADEPR mu gihugu cya Uganda, Ntakirutimana Theoneste,yafashwe n’inzego z’umutekano mu Mujyi wa Kampala kuwa 29 Werurwe 2019. Si we gusa kuko kuwa 22 undi wo muri iri torero, Cyusa Jean Paul na we yafashwe. Kuri aba hiyongeraho, Peace Lydia Mahoro  wafashwe kuwa  18  na Habimana Issa wafashwe kuwa 19 Werurwe 2019. Aba bombi […]

RDC: Inyeshyamba za Mai-Mai zigera kuri 200 zarambitse intwaro hasi zishyikiriza FARDC

Byibuze inyeshyamba zigera kuri 200 zo mu mutwe wa Mai-Mai kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 01 Mata bashyize ibirwanisho hasi ahitwa Lowa muri Teritwari  ya Tshopo imbere y’umusirikare mukuru wa FARDC. Izi nyeshyamba ngo zikaba zari zisanzwe zihanganye n’ingabo za leta. Umutuzo waragarutse kuva mu cyumweru gishize, abaturage nabo basubira mu byabo gahoro gahoro […]

Abashaka kwangiza umutekano w’u Rwanda baracyahari- Guv. Munyantwari abwira abaturiye Nyungwe

Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, burasaba abaturage bo mu Murenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, Intara y’Uburengerazuba, kuba maso kugira ngo hatagira ababinjirana bakaba bahungabanya umutekano w’igihugu. Ibi ni ibyatangajwe n’abayobozi b’Intara ubwo bagiriraga uruzinduko muri uyu Murenge, uruzinduko rwabo rugahurirana n’inteko y’abaturage yo ku wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2019. Abayobozi bakaba basaba abaturage […]

Arabia Saoudite yahaye impozamarira itubutse abana b’umunyamakuru Jamal Khashoggi

Abana b’umunyamakuru Jamal Khashoggi wiciwe Instanbul muri Turkiya kuwa 02 Ukwakira 2018, bahawe n’abategetsi ba Arabia Saoudite akomokamo impozamarira y’amazu n’amamiliyoni menshi y’amadolari nk’uko byahishuwe n’ikinyamakuru The Washington Post. Nk’uko The Washington Post, umunyamakuru Khashoggi yanandikiraga ivuga, ngo inzu abana be bahawe ziherereye Djeddah, ahantu hameze nk’umudugudu kandi buri imwe ifite agaciro ka miliyoni 4 […]

Rubavu: Abaturage batabaye uruhinja rwajugunywe mu musarani

Abaturage bo Mudugudu wa Kinyandaro, Akagali ka Gasiza, Umurenge wa Busasamana, ho mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Kabiri batabaye ubuzima bw’uruhinja rwari rwajugunywe mu musarani. Uru ruhinja rwari rwavugunywe mu musarani na nyina akimara kurubyara nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Burengerazuba, CIP Innocent Gasasira. Yagize ati: “ Kuwa Kabiri ahagana saa munani, […]

Imirambo ibiri yakuwe mu kiyaga cya Kivu

Ku wa Mbere tariki ya 1 Mata 2019, imirambo ibiri yarerembaga mu Kiyaga cya Kivu, hafi y’Umujyi wa Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yakuwemo.  Sosiyeti Sivile mu muri uyu mujyi wa Bukavu, itangaza ko iyo mirambo ibiri bicyekwa ko ari iy’abantu bishwe n’amabandi mbere y’uko abajugunya mu mazi.  Perezida wa Sosiyeti Sivile i Bukavu, […]

Gambia yujuje umubare fatizo kugira ngo isoko rusange ry’Afrika ritangire

Gambia yujuje umubabare fatizo w’ibihugu byari bikenewe kugira ngo isoko rusange ry’Afrika ribe ryatangira. Ni amakuru yashyizwe hanze n’ umuyobozi ushinzwe ubucuruzi n’inganda mu muryango w’Afrika yunze ubumwe, Albert Muchanga, kuwa 02 Mata 2019 abinjujije ku rubuga rwa Twitter. Muri ubutumwa bwe yavuze ko ari amakuru meza kuba inteko ishinga amategeko ya Gambia yemeje ko […]

Algeria: Perezida Bouteflika yeguye

Perezida wa Algeria Abdelaziz Bouteflika yamaze kwegura ku mirimo yo kuyobora iki gihugu nyuma y’imyigaragambyo ikaze          y’abaturage bamusabaga kuva                         kubutegetsi,nk’uko byatangajwe n’ikigo           cy’itangazamakuru cya leta (ACP). Uyu mukambwe w’imyaka 82 y’amavuko, yeguye nyuma yuko kuva muri […]

Justin Bieber yasabye imbabazi nyuma yo kwibasirwa abeshya ko umugore we atwite.

Ku munsi wo kubeshya, tariki ya 1 Mata, 2019, icyamamare mu muziki kuri iyi si, Justin Bieber yabeshye abamukurikira ku rubuga rwa Instagram ko umugore we, Hailey Baldwin atwite. Nyuma y’aho byagaragariye ko abeshya, abantu ntibamworoheye. Justin Bieber yashyize amafoto atatu ku rukuta rwe, harimo iy’umwana uri mu nda, abantu batangira kubyizera, ndetse banamwandikira ubutumwa […]

UN: Abaturage barenga miliyoni 113 bugarijwe n’ikibazo cy’inzara ku Isi

  Abaturage barenga miliyoni 113 mu bihugu bigera kuri 53 ku isi bugarijwe n’ikibazo cy’inzara mu buryo bukomeye bitewe n’ibibazo by’intambara, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi. Muri raporo yasohowe n’ ishami ry’umuryango w’Abibumbye ry’ita ku biribwa n’ ubuhinzi FAO( Food and Agriculture Organisation) , igaragaza ko ibihugu nka Yemen, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Afghanistan na Syria […]

Generali Kayumba Nyamwasa: Twiteguye kugaruka mu Rwanda mu mahoro.

Umwe mu bahoze mu gisirikare cy’u Rwanda nyuma akaza guhunga, Generali Kayumba Nyamwasa yatangarije eNews/Zambia ko biteguye kugaruka mu Rwanda mu mahoro ngo “Kubera ko ibiciro by’intambara biri hejuru”. Mu kiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru, Gen. Kayumba Nyamwasa yavuze ko amakimbirane adashobora kugeza abantu kuri demukarasi cyangwa iterambere. “Inzira y’amahoro izadutwara imbaraga nyinshi. Iyo tuvuze amahoro, […]

RIB yataye muri yombi abakozi babiri b’Inama y’Igihugu y’Ababyaza n’Abaforomo

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB ruratangaza ko rwataye muri yombi abakozi babiri b’Inama y’Igihugu y’Ababyaza n’Abaforomo, NCNM, nk’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa RIB. Abatawe muri yombi ni Munyandinda Jean Bosco wari umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imari, na mugenzi we Gashabizi Egide, wari ushinzwe kubika amakuru. Itangazo rya RIB riravuga ko batawe muri yombi bakekwaho ibyaha […]

Uburengerazuba: Guverineri Munyantwali arizeza imikoranire inoze n'itangazamakuru

Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Munyantwali  Alphonse avuga ko mu rwego rwo kurushaho kumenyekanisha ibibera mu Ntara ayoboye,we n’abandi bakorana barimo na ba Meya b’uturere twose tugize iyi ntara bihaye gahunda yo gukorana neza n’itangazamakuru. Ni bimwe mu byo uyu muyobozi yabwiye abanyamakuru b’ibitangazamaukuru bitandukanye bikorera muri iyi Ntara mu kiganiro  bagiranye, aho bamwe mu banyamakuru bagaragazaga […]

Ese ntiwava kuri Uncle ukaba Papa Austin?- Meddy asaba Uncle Austin

Umuhanzi Meddy yasabye mugenzi we,Uncle Austin kureka gukomeza kwitwa gutyo ko ahubwo yaba Papa Austin bitewe n’igihe amaranye iri zina. Ubu ni ubutumwa bwa Meddy ku munsi mukuru w’amavuko w’umuhanzi Uncle Austin mu minsi ishize. Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Meddy yamwifurije umunsi mwiza w’amavuko ariko anamukebura amusaba kureba uko yashaka akaba umupapa. Meddy […]

Ambasaderi w’u Bufaransa yagize icyo avuga ku mubano wa Uganda n’u Rwanda

Ambasaderi w’u Bufaransa muri Uganda aravuga ko atemera ko Perezida Museveni na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame baba bashaka guhungabanyana. Ni mu kiganiro n’Umunyamakuru wa The Independent, Ronald Musoke amubaza kubyo amaze kubona mu myaka ibiri n’igice amaze mu kazi k’ubudipolomate. Ambasaderi Stephanie Rivoal yatangiye asobanura ko dipolomasi y’iki gihe ikora ku bintu bitatu […]

RDC: Monusco yiyemeje guhashya burundu inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda

Ingabo za Loni zishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) nyuma yo kongererwa igihe cyo kuba ziri kuri ubu butaka, zitangaza ko zigiye guhangana n’umutwe wa ADF, ukomoka muri Uganda. Umuyobozi w’izi ngabo za Monusco, Gen. Patrick Dube, yemeje kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Mata 2019, ubwo yagiranaga inama n’umuyobozi […]

Urakoze ku bw’igitekerezo cyawe ariko Kenzo na Bobi Wine bakurenzeho- Fresh Kid

Fresh Kid, umwana w’imyaka irindwi y’amavuko, wo muri Uganda, ukomeje kuvugwa cyane mu itangazamakuru kubera ubuhanga akomeje kugaragaza mu muziki, yatangaje ko Bebe Cool arushwa ubuhanga na Bobi Wine ndetse na Eddy Kenzo. Nk’uko bitangazwa na Galaxyfm, ngo uyu mwana w’imyaka irindwi yasabwe na Minisitiri w’urubyiruko guhagarika ibitaramo akora mu tubari akagana ishuri. Iyi nama […]

Abayoboke ba Agathon Rwasa bakubiswe n’Imbonerakure zabahatiraga kujya muri siporo

Abayoboke batandatu b’ishyaka CNL (Congres National Pour la Liberation) rya Agathon Rwasa, bakubiswe n’Imbonerakure, ngo rwabahatiraga kujya muri siporo ya mu gitondo. Aba bayoboke bakubitiwe mu gace ka Minago, muri Komini Rumonge, Intara ya Rumonge, ngo bakaba barasabwaga kujyana n’Imbonerakure muri siporo, bagenda baririmba indirimbo z’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi kandi bataribarizwamo. Amakuru aturuka […]

Kizito wahawe imbabazi na Perezida Kagame yasohoye indirimbo ‘Kubabarira ntibivuga kwibagirwa’

Umuhanzi Kizito Mihigo umaze amezi agera kuri atandatu ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, agafungurwa, yasohoye indirimbo ivuga ku kubabarira. Kizito ni umuhanzi wamenyekanye ku ndirimbo zo kwibuka ndetse n’iza Kiliziya. Mu mwaka wa 2015 nibwo urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo n’icy’ubugambanyi bwo kugirira nabi Ubutegetsi buriho cyangwa […]

Gatsibo: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwiba ihene 30

Polisi mu Karere ka gatsibo yataye muri yombi umugabo w’imyaka 31 ukurikiranweho kwiba ihene 30. Uyu witwa Emmanuel Ntirenganya watawe muri yombi kuwa 31 Werurwe, kuri ubu afungiye kuri station ya polisi ya Rwimbogo. Umuvugizi wa polisi mu burasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana yemeje aya makuru, avuga ko ukekwa yafashwe nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage. Yasobanuye […]

Perezida Tshisekedi mu bitaro byo muri Maroc mu ibanga rikomeye nyuma yo kuva i Kigali

Perezida mushya wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aherutse mu bitaro bya gisirikare bya Rabat muri Maroc mu ibanga rikomeye aho yamaze iminsi igera kuri itatu nyuma y’uko yari akubutse I Kigali. Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru kiravuga ko nyuma yo gusubira muri Congo aturutse I Kigali,aho yari yitabiriye inama ya Africa CEO Forum, […]

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abavugwa ko ari abakozi b’Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI) bashimuse Abanyarwanda 13 kuwa 29 Werurwe 2019 ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rwa Uganda (Mirama Hills). Ikinyamakuru Virunga Post kizwiho kwandika ahanini inkuru ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda, gitangaza ko  umwe mu bashimuswe ariko akabasha gutoroka avuga ko uwabashimuse koko […]

Perezida Kagame yibukije ko i Kisangani UPDF yatsinzwe na RDF inshuro eshatu

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asanga ikibazo cy’umwuka mubi uri mu mibanire y’u Rwanda na Uganda kitakemuka binyuze ku muhuza ahubwo cyakemuka Museveni abishatse kuko ari we giturukaho, naho ku kijyanye n’imirwano yigeze guhuza ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda I Kisangani, yavuze ko ingabo za Uganda zatsinzwe inshuro eshatu zose. Ibi Perezida Paul Kagame yabitangaje […]

Birababaje kubona cyamunara nkiriya iba ibintu bikanyagwa ku manywa y’ihangu- Rwigara Anne

Umucamanza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, yanzuye ko ubujurire bw’Uruganda rw’Itabi rwa Rwigara Assinapol ruregamo ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’umuhesha w’inkiko w’umwuga, Me Habimana Vedaste  kurutereza imitungo mu cyamunara  mu buryo ruvuga ko butubahirije amategeko, nta shingiro bufite. Umuyobozi warwo Rwigara Anne avuga ko atanyuzwe n’uyu mwanzuro. Umucamanza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, mu […]

Imashini zatwaye leta akayabo ka miliyari 3,7 zimaze imyaka isaga 3 zitarakoreshwa icyo zaguriwe

Imashini zaguzwe akayabo ka miliyari 3,7 y’Amanyarwanda zigomba gukoreshwa mu gutunganya umusasruro w’imyumbati zimaze imyaka isaga 3 zidakoreshwa icyo zaguriwe none abagize inteko ishinga amategeko barabibonamo guteza leta igihombo bagasaba ababigizemo uruhare gukurikiranwa. Kuwa Gatatu ushize, nibwo minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Soraya Hakuziyaremye, yageze imbere y’Inteko Ishinga Amategeko agiye gusubiza ibibazo 23 byanditse byazamuwe muri Gashyantare […]

ALGERIA : Perezida Bouteflika azegura bitarenze 28 Mata 2019

Perezida wa Algeria Abdelaziz Bouteflika azegura ku mwanya w’umukuru w’igihugu mbere yuko manda ye irangira tariki ya 28 Mata 2019 nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya leta( APS). Mu itangazo ryavuye mu biro by’umukuru w’iki gihugu rigira riti’’Perezida azakomeza kugenzura ko ibigo bya leta bikomeza gukora muri iki gihe cyo guhindura ubuyobozi . Iyegura rye rizaba […]

Papa Francis arasaba abafana ba Lionel Messi kutamugereranya n’Imana

  Umushumba wa Kiliziya Gatorika ku isi Papa Francis, arasaba abafana ba rutahizamu wa FC Barcelona Lionel Messi kureka kumugereranya n’Imana . Ubwo Papa Francis yaganiraga na televiziyo ya ‘Spanish TV’ , mu kiganiro cyitwa ‘Salvados ‘ yabajijwe n’umunyamakuru niba ashobora kwita Lionel Messi Imana nk’uko bamwe mu bafana bamwita Imana y’umupira w’amaguru. Papa Francis […]

Ibintu 6 abaherwe ba mbere ku Isi nka Bill Gates na Jeff Bezos bakora kugira ngo babyaze umusaruro iminsi y’akazi.

Hari ibintu byinshi ushobora kugira akamenyero kugira ngo ubashe gutanga umusaruro. Ariko, ni gute uhitamo ibyo kwibandaho? Benjamin Spall, umunyamakuru wa CNBC akaba n’umwanditsi w’ibitabo, yize anaganira n’abantu barenga 300 bageze ku bintu bihambaye kuri iyi isi. Muri abo, harimo umuherwe wa mbere ku Isi, Jeff Bezos n’uwa kabiri, Bill Gates. Agendeye ku buzima bwabo […]

Col. Haziyo wagaragaye ku rutonde rw’abashinjwe kwica Perezida Ndadaye yatawe muri yombi

Col. Haziyo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi (EX-FAB) mbere y’uko havangwa ingabo, wanagaragaye ku rutonde rw’abashinjwa kwica Perezida Melchior Ndadaye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano z’u Burundi. Ahagana saa saba zo kuri uyu wa mbere tariki ya Mata 2019, nibwo uyu musirikare yafatiwe iwe mu rugo mu gace ka Ngagara, Komini Ntahangwa, mu mujyi wa […]

Uganda: Urubanza rw’Umunyarwanda Moses Ishimwe rwasubitswe

Urubanza rw’Umunyarwanda, Moses Ishimwe, rwagombaga gutangira kuburanishwa kuri uyu wa Mbere rwasubitswe nyuma y’aho umucamanza wagombaga kuruburanisha agiriye mu kiruhuko bikaba biteganyijwe ko ruzasubukurwa kuwa Gatanu, itariki 05 Mata. Ku itariki 10 Werurwe nibwo Moses Ishimwe Rutare, wari uherutse gushinjwa mu Rukiko rwa Nakawa muri Kampala icyaha cyo kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo […]

Rusizi/ Bweyeye: Bwa mbere mu mateka hageze imodoka nini itwara abagenzi

Abaturage b’umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi bashimira cyane Perezida Kagame uburyo akomeje kubateza imbere no kubakura mu bwigunge, kuko nyuma y’aho  baherewe umuriro w’amashanyarazi, bagakorerwa umuhanda neza Pindura-Bweyeye ubasha kubahuza n’abatuye utundi turere,ubu noneho bashyikirijwe imodoka nini itwara abagenzi. Bavuga ko muri iyi myaka Itanu ishize iterambere ryabo ryihuse cyane kuko bahawe amashanyarazi […]

Venezuela: Juan GuaidĂ Âł ushyigikiwe na Trump akarwanywa na Putin arasaba igisirikare kumujya inyuma

Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’igihugu cya Venezuela, Juan GuaidĂ Âł, ushyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aremeza ko ubutegetsi bushobora guhinduka mu gihe gusa igisirikare cy’igihugu cyamujya inyuma. Juan GuaidĂ Âł arashaka izindi mbaraga z’igisirikare mu gihe kikiri kuri Perezida w’iki gihugu, NicolĂ ÂĄs Maduro ushyigikiwe na Leta y’u Burusiya. Muri Mutarama uyu mwaka,  GuaidĂ Âł yatangaje ko […]

Isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 9 ritaruzura, inzitizi ku iterambere ry’abacuruzi

Abacuruzi bo mu Mujyi wa Rubavu , mu Karere ka Rubavu bavuga ko ubucuruzi bwabo rimwe na rimwe bukomwa mu nkokora no kutagira isoko rya kijyambere rijyanye n’igihe. Iryo babona ryabafasha kwagura ubucuruzi bwabo, rimaze imyaka icyenda ryubakwa ariko ritarangira. Abacuruza bavuga ko ari ikibazo kuba umujyi wa Rubavu, ugendererwa na benshi bagiye kuruhukira ku […]

U RWANDA: Abagore batunze ubutaka bwinshi kurusha abagabo-GMO

Ubushakashatsi bwashizwe hanze n’ umuryango wita ku buringanire mu Rwanda, Gender monitoring office GMO, kuwa 29 Werurwe 2019, bwagaragaje ko mu Rwanda abagore ari bo bafite ubutaka bwinshi kurusha abagabo. Kugeza ubu, abagore ku giti cyabo bihariye 24% by’ubutaka ugereranije n’abagabo bafite 14%. Abashyingiranwe bafite ubutaka nk’umutungo ni 58.3%, nk’uko ubu bushakashatsi bubigaragaza. Ubutaka mu […]

Umutwe wa P5 ukomeje gukusanya ibikoresho by’intambara mu baturanyi – Loni

Inyeshyamba z’Abanyarwanda ngo zishobora kongera gushora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara ikomeye nk’uko Ambasaderi wa Congo mu Muryango w’Abibumbye yabitangarije Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni. Ambasaderi Ignace Gata Mavita wa Lufuta yabwiye aka kanama kigaga ku mutekano mu Biyaga Bigari, ko umutwe wa P5, uhuriyemo amashyaka atandukanye arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ayobowe na […]

Amwe mu mateka yaranze uyu munsi: Abanazi batangiye kwica Abayahudi.

Mbahaye ikaze na none mu cyegeranyo gishungiye ku mateka “KU MUNSI NK’UYU”, kibagezaho amateka yaranze isi kuri buri tariki. Uyu ni umunsi wa 91 mu 2019. Ni umunsi mpuzamahanga w’ubujiji cyangwa se ubucucu(Fool’s Day), umunsi w’imkino, aho umuntu ashobora kukubeshya ngo mu rugo bagusuye kandi bitigeze biba. Umuntu babeshye cyangwa uwabeshye bamwita ‘Injiji ya Mata’. […]

Se wa Diamond agiye kugeza abanyamakuru mu nkiko

Se w’umuhanzi Diamond Platnumz ari we, Abdul Juma atangaza ko agiye kwitabaza inkiko areaga abanyamakuru batangaje ko yapfuye. Byinshi mu bitangazamakuru muri Tanzania mu minsi micye ishize byatangaje ko uyu mugabo yapfuye ariko we avuga ko ari muzima. Abinyujije ku mbuga nkoranyamabaga yagize ati “  Ndabwira abanyamakuru n’abandi bose banditse ko napfuye ko ngiye kubageza […]

Iyo Imana iba iha agaciro gacye umugore, Yezu ntiyari kubyarwa n’umugore- Ingabire ImmaculĂ©eñ€

Impirimbanyi mu kurwanya ruswa n’akarengane akaba n’Umuyobozi wa Transparence International Rwanda,  Ingabire  Marie  ImmaculĂ©e, avuga ko abumva nabi ijambo ry’Imana bakemeza ko umugore asuzuguritse kubera ko yavutse mu rubavu rw’umugabo, ataribyo. Ingabire yabitangaje abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, mu bitekerezo yagiye ahanahana na bamwe mu basaga ibihumbi bibiri bamukurikiraho, aho bamwe bagaragazaga akamaro k’ubwuzuzanye […]

Umukecuru w’Umunyarwanda ari mu basizwe iheruheru n’umwuzure muri Zimbabwe

Umunyarwandakazi Magdalena Niragire ari mu mpunzi zikomoka mu bihugu bitandukanye ziba mu gihugu cya Zimbabwe zasizwe iheruheru n’umwuzure wibasiye aka gace karimo n’igihugu cya Mozambique cyane umwe mu mijyi yo muri iki gihugu witwa Beira. Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 70 y’amavuko, imvi ni uruyenzi, asanzwe aba mu nkambi ya Tongogara muri Zimbabwe avuga ko […]

Tanzania: Icyumweru gishize Umurundi w’impunzi aburiwe irengero

Mu gihe bivugwa ko mu nkambi y’impunzi muri Tanzania hari aboherezwa na Leta y’u Burundi kujya gushimutayo impunzi zitavuga rumwe nayo, rimwe na rimwe ngo yifashishije urubyiruko rw’Imbonerakure, kuri ubu haravugwa ibura rya Ndayisenga Francois, wari impunzi umaze icyumweru yaraburiwe irengero. Bitangazwa ko Ndayisenga yatwe n’abantu bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye bambaye imyenda ya […]

RDC: Muri Beni-Butembo na Yumbi nabo batoye nyuma yo kudatora kuwa 30 Ukuboza 2018

Abaturage basaga miliyoni bo muri Beni-Butembo na Yumbi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabo noneho bahawe amahirwe yo gutora kuri iki cyumweru, nyuma y’aho batabashije gutora mu matora yo kuwa 30 Ukuboza. Muri iki gice cya Beni-Butembo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bw’igihugu, ntibari bashoboye gutora ku italiki ya 30 Ukuboza kubera […]

Rwamagana: Polisi yatabaye umugore wa guye mu cyobo cya metero 18 ahetse umwana

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kurwanya inkongi no gutabara abari mu kaga  kuri uyu Gatandatu itariki 30 Werurwe, yatabaye umugore uhetse umwana waguye  mu cyobo gifite m18 z’ubujyakuzimu. Uwajeneza Josiane w’imyaka 26 y’amavuko n’umwana we Niyonkuru Omar w’amezi 10 batuye  mu murenge wa Muyumbu, akagari ka Nyarukomo  mu mudugudu wa Gatuza  nibo batabawe nyuma yo […]

Salax Awards 2019: Bruce Melody yikubiye ibihembo

Ku wa 31 Werurwe, ni wo munsi wari uteganyijwemo gutangaza umuntu wegukanye irushwana ry’abahanzi mu ngeri zitandukanye, Salax Awards 2019, ariko biza kugera kuri uyu wa 1, Mata ku mpamvu z’ubukererwe. Gahunda y’ibirori yatangiye mu masaa yine, ubwo abakunzi b’aba bahanzi bakomeje gutegereza ngo barebe ikivamo muri Serena Hotel. Hari n’abarambiwe bataha batabonye umutsinzi. Kwihangana […]

Rayon Sports inganyije na AS Kigali byongerera APR FC amahirwe yo kwegukana shampiyona

  Ikipe ya Rayon Sports inaniwe gutsinda AS Kigali aho amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe bituma Rayon Sport irushwa amanota atandatu ku rutonde rwa Shampiyona. Uyu mukino wahuje Rayon Sport na As Kigali wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Wari umukino w’ikirarane cyo ku munsi wa 22 wa shampiyona utarabereye igihe kubera […]

Diamond Platinumz aragaruka mu Rwanda muri Kanama.

Icyamamare mu muziki hano muri Afurika, cyane muri Afurika y’iburasirazuba na Tanzania, agiye kugaruka kuririmbira abanyarwanda tariki ya 17 Kanama. Umujyanama wa Diamond mu bijyanye n’umuziki, Sallam Ahmed yashyize ku rubuga rwe rwa instagram ingengabihe y’ibitaramo uyu muhanzi arakora mu minsi iri imbere, harimo iki cyo mu Rwanda kiri ku mwanya wa 6. Ni ibitaramo […]

Ndi umwungeri mwiza!

Muraje rero mutangire kwibaza uko njye umuntu ukomeye nkanjye nubahwa n’abantu bose naba umwungeri, umushumba! Reka reka, sinabishobora pe kandi kwihara ni bibi kuko ngiye kwivugira undi mwungeri ntabasha gufungura n’imishumi y’inkweto ze! Niwe wivugira ati: “Ndi umwungeri mwiza.” Ngaho re, nsanzwe numva iyo bashatse kuvuga umuntu utagira uburere, urangwa n’ingeso mbi, umushizi w’isoni, bamugereranya […]

Imbwa zakwifashishwa mu gutahura umurwayi w’Igicuri, Diyabete, Malariya na Kanseri.

Ku wa 28 Werurwe, itsinda ry’abashakashatsi muri Kaminuza ya Rennes mu Bufaransa ryabonye ko imbwa zishobora gutahura umurwayi w’igicuri, bikaba byamufasha kumenya igihe kizamufatira, agasaba ubufasha mbere y’igihe cyangwa akajya ahantu hatekanye. Burya ngo hari impumuro umurwayi w’igicuri agira mu gihe cy’igicuri! Ibi byashobora gupimwa n’imbwa ndetse n’amazuru akoreshwa n’amashanyarazi. Si ibi gusa kandi, ngo […]

Junior Multisystem, icyamamare mu gutunganya umuziki,yakoze impanuka.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Werurwe, Icyamamare mu gutunganya umuziki(producer), Junior Multisystem yagonzwe n’imodoka i Remera, mu mugi wa Kigali. Iyi modoka yamugonze na yo yagonzwe n’imodoka ya gisirikare, Junior wagendaga n’amaguru abigenderamo nk’uko Inyarwanda ibitangaza. Junior yagize ikibazo mu mugongo, ku mutwe, cyane avunika n’ukuboko ku buryo byari biteye inkeke ko bari […]

Ihuriro ry’imitwe ya politiki rirateganya gutana n’ubukode bumaze kuritwara miliyoni 300

Ihuriro Nyunguranabitekerezo y’Imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda (NFPO) irimo gushakisha inkunga y’amafaranga yo kubaka ibiro byayo biteganyijwe ko bizatwara miliyari 1,7 y’Amanyarwanda. Iri huriro rihuriyemo amashyaka ya politiki agera kuri 11 akorera mu Rwanda, aho ahurira akaganira ku bibazo byihutirwa bibangamiye igihugu igatanga inama ku cyakorwa. Iyi nkuru dukesha The New Times iravuga ko […]