Alpha Blondy aranenga abaperezida b'Afurika bivuriza mu mahanga

Umuhanzi w’ icyamamare ku Isi mu njyana ya Reggae, Alpha Blondy yikomye bikomeye abaperezida bo muri Afurika bajya kwivuriza mu bitaro bihenze mu mahanga mu gihe abaturage babo bakomeje gupfa babura imiti. Ahereye ku ndirimbo zigaragara kuri iyi Album “ Human Race” nka” Nos Hopitaux sont malades” na “Les Paiens” , Alpha Blondy yasobanuye impamvu […]

Isesengura :Ingaruka 3 ku Burundi nyuma yo guhagarika imiryango mpuzamahanga

Iki cyemezo cya Perezida Pierre Nkurunziza cyo guhagarika imikorere y’ imiryango itari ya Leta mu Burundi gifashwe nyuma yaho Visi Perezida wa Kabiri wa Sena y’u Burundi, aherutse kubwira iyo miryango ko igomba kujya itanga akazi ku bahutu bangana na 60%, no ku batutsi 40%. Isesengura rya Bwiza.com yifashije umwe mu banyapolitiki b’ Abarundi rigaragaza […]

Rusizi: Imodoka yagonze inzu ihitana umusore wari uyiryamyemo

Ahagana saa Sita n’igice z’igicuku cyo kuri uyu wa 28 Nzeri, aho bakunze kwita ku Kadashya mu mudugudu wa Mulindi, akagari ka Ruganda, mu murenge wa Kamembe mu mujyi wa Rusizi habereye impanuka ikomeye y’imodoka yakubise inzu ikinjiramo igahitana umusore w’imyaka 20 wari uyiryamyemo, undi agakurwa mu matafari nyuma y’amasaha hafi 4 agihumeka ariko yakomeretse. […]

Man Utd Vs Juventus: Cristiano Ronaldo ategerejwe i Old Trafford

Ikipe ya Juventus ifite rutahizamu Cristiano Ronaldo, igiye gucakirana na Manchester United mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League). Ni umukino utegerejwe na benshi kuko uyu musore azaba akina n’ikipe yagiriyemo ibihe byiza. Ni umukino uteganyijwe mu kwezi gutaha, ku wa 23 Ukwakira 2018, ku kibuga cya Man Utd (Old Trafford) umukino wo […]

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Urwego rw’ubukerarugendo, cyane cyane gusura Ingagi, ni ingenzi mu kwinjiriza U Rwanda amadevize ariko nyuma yo kuzamura ibiciro byo kuzisura muri Gicurasi umubare w’abasura waragabanyutse cyane bigira ingaruka no ku bakora ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukerarugendo. Kuri ubu ibi biciro byari byazamuwe byagabanyijweho 30% mu rwego rwo kureba ko ba mukerarugendo bakongera kwiyongera, aho ba mukerarugendo […]

Rusizi: Abana b’incuke bigiraga munsi y’ibiti bubakiwe amashuri y’icyitegererezo

Nyuma  y’igihe kirekire abana bo hagati y’imyaka itatu n’itanu bo mu kagari ka Ryamuhirwa,umurenge  wa Nkungu mu karere ka Rusizi bigira munsi y’ibiti, ababyeyi babo n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi barishimira ko gikemutse nyuma yo kubona ibyumba by’amashuri bitatu by’icyitegererezo. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’uhagarariye  umuryango nyafurika w’ivugabutumwa ( AEE)  mu karere ka Rusizi, Uwitonze Alfred Safi […]

Papa yambujije kubana n’umusore w’umumotari, ngo arashaka umukwe wize- NKORE IKI?

Nitwa Jeannette, mfite imyaka 24, ntuye mu karere ka Nyanza intara y’amajyepfo, mfite ababyeyi bombi ariko data arimo kumbangamira mu rukundo. Umusore dukundana, ni uwo twabyirukanye kuva nkiri muto, twiganye muri pirimeri ngira amahirwe ndakomeza ariko we agarukira mu w mwaka wa gatanu pirimeri. Ku bw’amahirwe yaje kubona perimi, ubu ni umumotari, yanyitayeho nkiri mu […]

Rihanna yakozwe ku mutima  n’uguhangayika kwa Chris Brown 

Umuhanzi Rihanna yanyuzwe n’uburyo Chris Brown amwitayeho nyuma yo gutangaza ko yiteguye kurinda umutekano we nyuma yo  kugabwaho igitero n’abajura. Imwe mu nshuti za hafi z’uyu mukobwa yatangarije Hollywoodlife dukesha iyi nkuru ko n’ubwo afite ubwoba bw’ibishobora kumubaho ngo yanejejwe no kubona uwo bahoze bakundana, Chris Brown amuhangayikiye. Iyi nshuti yagize iti”  Yashimishijwe no kuba […]

Moise Katumbi arashinja perezida Kabila kuba agiye guteza umutekano mucye mu karere

Umunyapolitiki Moise Katumbi uherutse muri Afurika y’Epfo, aho yari yagiye gusaba abayobozi ba Afurika y’Epfo n’aba SADC kumushyigikira ku kibazo cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kunenga imyiteguro y’amatora ndetse atangaza ko perezida Kabila ashaka guteza ikibazo gikomeye cy’umutekano mu karere. Mu kiganiro kirekire yagiranye n’ikinyamakuru cyo muri Afurika y’Epfo, CityPress, yamaganye uko imyiteguro […]

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Nyuma y’igihe kirekire atumvikana mu itangazamakuru, Joseph Sebarenzi, wigeze kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’U Rwanda, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 26 Nzeri yatanze ikiganiro muri Kaminuza ya Elon, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaruka ku mateka y’urugendo rwe ava mu busharirirwe agana ku kubabarira abamwiciye umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. […]

U Budage bwatsindiye kuzakira imikino y’Igikombe cy’Ibihugu by’u Burayi mu 2024

Igihugu cy’u Budage nicyo cyatsindiye kuzakira imikino ya nyuma y’Igikombe cy’umupira w’Amaguru cy’Ibihugu by’u Burayi mu 2024 nyuma yo gutsinda mu matora igihugu cya Turkiya. Kuri uyu wa Kane, itariki 27 Nzeri nibwo iki cyemezo cyafashwe mu matora y’akanama nshingwabikorwa k’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burayi, UEFA. Ibi bihugu byombi bikaba byari byagaragaje imigambi yabyo mbere […]

Hamisa Mobetto  yatunguranye ku cyo yari gukora iyo Diamond ashyingiranwa na Zari

 Umunyamideli Hamisa Mobetto yatunguye benshi ubwo yavugaga ko yari yiteguye kuba umugore wa kabiri w’umuhanzi, Diamond Platnumz iyo aza gushyingiranwa na Zari Hassan. Ibi uyu mugore w’abana babiri yabitangarije mu gihugu cya Kenya yavuze ko ntacyo byari bimutwaye kubana na Diamond kuko ngo bakundanye azi neza ko afite undi mugore witwa Zari. Yagize ati”  Ubwo […]

Uganda: Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi nawe yarusimbutse

Igipolisi cya Uganda cyatangiye iperereza ku mugambi wo kugerageza kwivugana Umuvugizi w’Igipolisi wungirije, Patrick Onyango. Biravugwa ko ubwo yari atashye iwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane yakubitanye n’abicanyi bari bari kuri moto ahitwa Kireka. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda birimo Chimpreports dukesha iyi nkuru, aravuga ko abo bantu bakubitanye na Onyango […]

Burundi: Uwagabye igitero kigahitana abantu 26 yafashwe

Igipolisi cy’u Burundi kivuga ko cyataye muri yombi umusore kivuga ko ari we wari uyoboye igitero cyo mu Ruhagarika mu Ntara ya Cibitoke kigahitana abantu 26 abandi 7 bagakomereka. Ni agace kari ku mbibi z’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyagabwe mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka. Dismas Ndayisaba w’imyaka 28 y’amavuko wemeza […]

Umumotari yahembwe moto nyuma yo kuburizamo umugambi wo kwiba umwana

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri Polisi y’u Rwanda yashyikirije Sebanani Emmanuel Moto y’ishimwe. Ni nyuma y’igikorwa cyo kuburizamo umugambi wo kwiba umwana cyari cyakozwe n’umukozi wo mu rugo. Sebanani Emmanuel ni umumotari w’imyaka 28, ubusanzwe atuye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo,arubatse afite umugore n’abana babiri. Ku gicamunsi cya Tariki 17 […]

Nyamasheke: Umusaza w’imyaka 66 yiyahuje umugozi wa supaneti

Mu mudugudu wa Rugano,akagari ka Kabuga,mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke haravugwa amakuru y’urupfu rw’umusaza Kayihura Thomas w’imyaka 66 y’amavuko basanze mu cyumba yari asanzwe araramo yiyahuje umugozi wa supaneti,  hagakekwa amakimbirane yagiranaga n’umugore we Mukantwari Bonifrida w’imyaka 63 y’amavuko  yashinjaga kuba amaze igihe kirekire yaramwangiye ko bakorana imibonano mpuzabitsina. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe […]

Uganda: Umunyarwandakazi  Fille ararira ayo kwarika

Umunyarwandakazi ukorera umuziki mu gihugu cya Uganda, Fille Mutoni ari mu gahinda kenshi bikekwako yaba yatewe n’umukunzi we , Edwin Katamba uzwi nka MC Kats. Abinyujije ku rukuta rwe instagram, Fille  yashyize hanze ifoto iriho umugore urira ayo kwarika, iherekejwe n’ubutumwa budacira akari urutega abagabo avuga ko bose ari kimwe. Mu rurimi rw’Ikigande ruvanze n’Icyongereza […]

Urukundo hagati ya Nick Minaj na Lewis Hamilton rwafashe indi ntera-Amafoto

Nyuma y’amakuru yacicikanye avuga ko Nick Minaj yaba ari mu rukundo n’umushoferi wo muri Formula 1, Lewis Hamilton, aba bombi bakomeje kugaragaza ko iby’urukundo rwabo byaba ari impamo . Ikibihamya ni amafoto akomeje kugaragara mu ruhame Lewis Hamilton yishimanye na Nick Minaj. Kuri iyi nshuro, aba bombi  bagaragaye Dubai bari mu munyenga w’urukundo batwaye ikinyabiziga […]

Byinshi kuri Gen Mugisha Muntu warenze ku mubano w’umuryango we na Obote akajya gufasha Museveni kumuhirika

Maj. Gen. Gregory Mugisha Muntu wavukiye mu Karere ka Ntungamo mu gihugu cya Uganda, asobanurwa nk’umunyapolitiki n’umusirikare ugendera ku mahame kandi udapfa kunyeganyezwa. Ibi bikaba bisobanurwa n’icyemezo yafashe ajya gufatanya na NRM (NRA), yayoborwaga na Museveni mu 1982, mu rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bwa Milton Obote bikarakaza ababyeyi be bari inshuti za hafi za Obote. […]

RDC: Abatutse Perezida Kabila bahanishijwe igifungo cy'amezi 12

Bane biyita impirimbanyi za Demokarasi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Bakatiwe igifungo cy’amezi 12 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birino no gutuka Perezida Joseph Kabila. Abo bane batawe muri yombi mu kwezi kwa cumi na kabiri mu mwaka ushize wa 2017 ubwo bagendaga inzu ku yindi bashishikariza abantu kwitabira urugendo rwateguwe na Kiliziya Gatolika rwo […]

Nubona iyi myitwarire ku mugore wawe uzamenye ko umusangira n’abandi bagabo

Ikintu gishobora kubabaza umugore cyangwa umugabo, ni ugusanga uwo bashakanye arimo kumuca inyuma, ariko buryo nubwo waba utamufashe ariko hari bimwe mu bimenyetso bishobora kukwereka ko umugore wawe umusangiye n’abandi. Kugira ingendo za buri kanya Gukora ingendo zimwe na zimwe, ngaho ngo yagiye gusura umuntu biganye, yagiye gusura uwo mu muryango we, yagiye gusura abarwayi […]

Nyamasheke: Abitabira gahunda zo kuboneza urubyaro barikoma ababaca intege

Ubuyubozi bw’akarere ka Nyamasheke n’ubwa Minisiteri y’ubuzima buvuga ko gahunda yo kuboneza urubyaro ikigenda biguru ntege muri aka karere,ngo bigaterwa ahanini n’impamvu nyinshi zirimo imyumvire ikiri hasi n’impuha kuri bamwe baca abandi intege bababwira ko uburyo hafi ya bwose bukoreshwa bugira ingaruka mbi ku babukoresha. Ubwo mu murenge wa Gihombo muri aka karere hatangirizwaga icyumweru […]

U Rwanda rufite ubushobozi bwo kwishyura imyenda rufata – MINECOFIN

Abakozi ba minisiteri y’imari n’igenamigambi kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Nzeri basobanuriye abagize Inteko Ishinga Amategeko impamvu igihugu gifata imyenda ndetse babizeza ko U Rwanda rwishyura neza imyenda rufata. Mu ntangiriro z’iki cyumweru, abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’U Rwanda baherutse kurahira batangiye guhabwa amahugurwa ku buzima bw’igihugu, aho kuri uyu wa Gatatu bahawe […]

Dushime Divine arasaba guhindura amazina

Uwitwa Dushime Divine mwene Ibambasi Nicolas na Nyirarukundo Pascasie, utuye mu Mudugudu w’Uwanyange,  Akagari ka Ngiryi,  Umurenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yasabye uburenganzira  bwo kongera izina Cadeau mu mazina asanganywe  Dushime Divine akitwa  Dushime Cadeau Divine. Impamvu atanga ni uko iri zina Cadeau yaribatijwe mu Itorero ry’Abapantekote ndetse kuva ubwo […]

Abanyapolitiki batunguranye bakiri bato muri Politiki y’ibihugu bya Afurika

Mu bihugu bitandukanye bya Afurika, hagiye hagaragara abanyapolitiki bagifite amaraso ya kijeni bashaka impinduka mu bihugu byabo. Turibanda ku banyapolitiki batanu batunguranye bakigaragaza cyane muri politiki kandi ari bato. 1.Robert Kyagulanyi Ssentamu: Ni umuhanzi akaba n’umunyapolitiki, azwi ku izina rya Bobi Wine mu muziki, akaba ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda. Uyu mugabo […]

Ibintu bitatu by’ingenzi kuri Afurika Perezida Kagame yabwiye  Inteko Rusange ya 73 ya Loni

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’umukuru wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 25 Nzeri, yagejeje ijambo ku Nteko Rusange ya 73 y’Umuryango w’Abibumbye agira ibintu bitatu by’ingenzi avuga ku mugabane wa Afurika. Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye izwi mu magambo ahinnye y’Icyongereza nka UNGA, niyo yonyine buri gihugu […]

Chris Brown arifuza kurinda Rihanna uherutse kwibasirwa n’abajura

Umuhanzi Chris Brown arifuza kurinda uwo bahoze bakundana, Rihanna nyuma yaho amabandi yinjiye mu rugo rwe. Uyu mugabo ashaka kwirindira Rihanna nyuma yaho polisi mu mujyi wa Los Angeles yemeje ko “ Hari imitungo yibwe” mu rugo rwa Rihanna mu ijoro ryo kuwa 25 Nzeri 2018. Umwe mu nshuti za hafi za Chris Brown yabwiye […]

Kayonza: Umwarimu wakubise abagenzuzi yasabwe gusezera ku kazi

Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, nibwo havuzwe umwarimu wakubise abagenzuzi b’uburezi mu karere ka Kayonza. Bivugwa ko nawe yari amaze gukubitwa urushyi maze yirwanaho. Uyu mwarimu yaje gutumizwa ku karere, asabwa kwandika asezera ku mpamvu ze bwite, maze kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Nzeri 2018 arasinya. Mwumvaneza Geoffrey, yari umwarimu mu mwaka wa Gatandatu […]

Sudani y'Epfo: Abantu basaga 380,000 bamaze guhitanwa n'intambara n'ingaruka zayo kuva mu 2013

Ishuli ry’ubuganga ryitwa London School of Hygiene and Tropical Medicine ryo mu Bwongereza ryatangaje icyegeranyo kivuga ko abantu barenga ibihumbi 380 bahitanywe n’intambara n’inkurikizi zayo muri Sudani y’Epfo guhera mu kwezi kwa 12 mu 2013. Iri shuli risobanura ko iyi mibare iruta kure iyo abashakashatsi bakekaga. Intambara ya Sudani y’Epfo yatumye kandi abantu barenga miliyoni […]

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Armenia bafitiye icyizere inama ya OIF

Minisitiri w’Intebe wa Armenia yabonanye na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuwa 24 Nzeri, ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye I New York, bagirana ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi ndetse bagaragaza icyizere bafitiye inama ya Francophonie iteganyijwe kubera muri Armenia mu minsi iri imbere. Amakuru Ibiro Ntaramakuru bya Armenia, Armenpress, bikesha ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’iki […]

Polisi yafashe babiri bacyekwaho kwiba moto i Muhanga na Gasabo

Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Polisi kuri uyu wa 24 Nzeri 2018 yafashe abagabo babiri bakekwaho kwiba Moto muturere twa Gasabo na Muhanga. Abo bagabo ni Hakizimana Jean Bosco ukekwaho kwiba Moto ifite icyapa RE 567C ya Mbonabucya Pierre yibwe kuwa 11 Nzeri mu karere ka Gasabo na Ndayambaje Jean Bosco ukekwaho kwiba Moto […]

Bugesera: Gitifu w’akagari arashinjwa gukorana n’agatsiko k’abajura

Bamwe mu bagize agatsiko k’amabandi yiba abaturage mu murenge wa Gashora, akarere ka Bugesera, barashinja umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kimaranzara Dusabimana Theogene mu murenge wa Rilima, kubambura nyuma yo kubaha akazi ko kujya kumwibira ariko ntabishyure nyamara basanzwe bakorana. Umwe mu mabandi yaganiriye na TV1/Radio1 yavuze ko Dusabimana Theogene bakunze kwita Jerome, usanzwe ari umunyamabanga […]

Uganda: Icyamamare Ivan Byekwaso cyapfuye

Umugande Ivan Byekwaso wari ufite imyaka 41 y’amavuko, wamamaye mu mikino yo kwiyerekana kw’abubatse umubiri (bodybuilders), yapfuye. Byekwaso yapfiriye mu Budage kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Nzeri 2018, ariko icyaba cyateye urupfu rwe kikaba kitaramenyekana. Abicishije ku mbuga nkoranyambaga, Bon van Deer wari inshuti ya hafi ya Byekwaso, yatangaje akababaro yatewe n’urupfu rwe […]

RGB irasaba Abanyarwanda n’abayoboke b’amatorero kwirinda abiyita abahanuzi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB ruragira inama Abanyarwanda bose muri rusange n’abayoboke b’amadini n’amatorero by’umwihariko, kwirinda abiyita abahanuzi nyuma yo kugaragara ko hari inyigisho zerekeranye n’iyobokamana zitangwa n’aba bantu zigatuma batwara abantu imitungo yabo cyangwa bakabayobya. Soma hano itangazo RGB yasohoye kuri uyu wa 25 Nzeri    

Uganda: Uwiyita Yesu Kristo n’abayoboke be batawe muri yombi

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Lira cyataye muri yombi umugabo wiyita Yesu Kristo nyuma yo kubanza guta muri yombi abayoboke be bagera kuri 14. Igipolisi kiravuga ko cyakuye uyu witwa Alex Okello aho yari yihishe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki 25 Nzeri. “ Turamufite n’abayoboke be hano muri kasho yacu, ” […]

Amateka y’umugande Joseph Kibwetere wiyitaga umuhanuzi akoreka ubuzima bw’abasaga 1000

Amateka avuga ko umugabo witwa Kibwetere Joseph yavutse mu mwaka wa 1932, agace yavukiyemo muri Uganda ntabwo kazwi, akaba yari umuyobozi w’itorero ‘ Movement for the Restoration of the Ten Commandments of God’ by’umwihariko akaba yariyitaga umuhanuzi aza koreka ubuzima bw’abasaga igihumbi. Joseph Kibwetere yari afite urusengero muri Uganda, akaba yarabwiye abakirisitu b’itorero yayoboraga  ko […]

Nyagatare: Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abapolisi

Ku bufatanye bwa Polisi  n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha kuri station ya Polisi ya Mimuri mu karere ka Nyagatare hafungiye  abagabo babiri  bakekwaho guha abapolisi ruswa y’amafaranga asaga ibihumbi  Magana abiri (200,000 frw) Kuri uyu wa 24 Nzeri 2018 nibwo Byumviyimana Vincent   wafatanwe ibicuruzwa bya magendu, na Rukundo John  wenga inzoga  z’inkorano bashatse guha ruswa abapolisi  […]

U Burundi bwatangaje ko buteganya kwitandukanya n’umuryango wa EAC

Nyuma yo gutangaza ko gishobora kwitandukanya n’akanama ka Loni k’Uburenganzira bwa muntu, igihugu cy’u Burundi kuri ubu kiravuga ko gishobora kwitandukanya n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Impamvu u Buundi butanga ngo ishobora gutuma bwikura mu muryango wa East African Community, ni uko ngo muri uyu muryango hakoreshwa Icyongereza gusa mu bikorwa byawo. Ibi bikaba […]

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London

Uwahoze ari umugore wa Diamond Zari Hassan Tlale yatawe muri yombi mu gihe cy’amasaha 16 mu mujyi wa London (Soma Landani) mu gihugu cy’Ubwongereza. Uyu mugore  yafashwe kubera ibibazo by’ubwenegihugu byagaragaraga mu byangombwa bye by’inzira bitandukanye n’ amakuru yari yabanje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ko yatawe muri yombi bitewe na ‘Passport’ mpimbano agira ngo yinjire […]

RDC: Depite Zoe Kabila nawe arashima icyemezo cyafashwe na mukuru we Joseph Kabila

Depute Zoe Kabila uhagarariye Manono mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, yashimye icyemezo cyafashwe na mukuru we, Joseph Kabila, cyo kutaziyamamariza indi manda mu matora ataha. Yabitangaje ubwo yari mu bukangurambaga ku matora muri iyi teritwari ya Manono yo mu Ntara ya Tanganyika ahagarariye mu nteko. Depite Zoe kabila yashimye icyemezo cya Perezida Kabila cyo […]

Ni iki cyaba gikurura amakimbirane hagati y’Abasilamu n’Abanyaburayi? (igice cya Gatatu)

Ntagengwa Servil Omar usengera mu idini ya Islam, aratanga ibitekerezo bye ku mibanire y’iri dini n’abaturage b’ibihugu by’u Burayi bw’i Burengerazuba. Iki kikaba ari igice cya gatatu nyuma y’ibindi bibiri byatambutse. Aratangira yibutsa impamvu ebyiri za mbere twabonye : Impamvu ya mbere: Impamvu zishingiye ku iyobokamana ryemeza ko buri dini ariryo rifite Ukuri kuvuye ku Mana […]

Nyamasheke: Gerenade yatoraguwe mu bwiherero bw'umuturage

Mu mudugudu wa Gasharu, akagari ka Gako mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke abaturage 3 babonye gerenade mu bwiherero bw’urugo rucunzwe n’umukecuru witwa  Nyirasafari Daphrose  ubwo barimo  babuvidura. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’umwe mu baturage bahatuye, ngo  uru rugo ni urw’ uwitwaga Sehorana JMV witabye Imana mu 1997, umugore we witwaga Ayinkamiye Madeleine na […]

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Major General (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC ribarizwamo umunyapolitiki Dr Kiiza Besigye nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 25 Nzeri. Biravugwa ko Muntu agiye gushinga irindi shyaka rizabasha gushishikariza urungano rushya kuzahatanira ubutegetsi mu matora ataha. Mugisha Muntu yahise atumiza inama n’abanyamakuru kuri uyu wa kane I Kampala, aho agomba kubagezaho mu […]

Nta buzima Lionel Messi afite, abayeho nk’imfungwa

Ibi ni ibitangazwa na Dani Osvaldo, umutaliyani wahoze ari umwataka mu makipe atandukanye ku mugabane w’u Burayi ubu akaba yarasezeye mu kibuga atangira ubundi buzima bwa muzika. Dani Osvaldo w’imyaka 32 y’amavuko, avuga ko ubuzima Messi abayemo atabwifuza, ko ubuzima bujyanye na ruhago ntaho agihuriye nabwo, ati “Isi ya ruhago ntaho ngihuriye nayo”. Hashize imyaka […]

Abayobozi babiri ba FDLR bakatiwe igifungo cya burundu

Abayobozi babiri mu nyeshyamba za FDLR (Forces dĂ©mocratiques pour la libĂ©ration du Rwanda) bahanishijwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo ubwicanyi, iyicarubozo ndetse n’ubujura. Itangazo ryashyizwe hanze n’imiryango itatu itabogamiye kuri Leta, ku wa Kabiri tariki ya 25 Nzeri 2018, rivuga ko urukiko rwa gisirikare rw’i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo, rwahamije igifungo cya […]

Tanzaniya: Abantu 244 nibo baguye mu mpanuka y’ubwato yatewe na telefoni

Leta ya Tanzaniya yamaze gutangaza ko abantu 244 aribo baguye mu mpanuka y’ubwato yabaye kuwa Kane w’icyumweru gishize mu kiyaga cya Victoria. Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Imirimo, Itumanaho n’ Ubwikorezi Isaac Kamwele mu muhango wo gushyingura abantu umunani bazize iyi mpanuka. Uyu mugabo yavuze ko abitabye Imana barimo abagore basaga 126, 71 b’abagabo bakuze, […]

Hamisa Mobetto yavuze ingeso mbi yatumye atifuza kubana na Diamond Platnumz

Umunyamideli Hamisa Mobetto avuga ko Diamond Platnumz atari we mugabo yifuza kubana na we mu buzima bwe. Mu kiganiro na kimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu cya Kenya, Mobetto yavuze ko Diamond afite ingeso yo kuba atabasha kuba yakwicara ngo abane n’umgore umwe kandi ko muri Tanzaniya yamaze kuba imfizi izwi n’abagore benshi. Yagize ati” […]

Nyirahabineza arasobanura uburyo umugore yaryohereza umugabo mu gihe cy’imibonano

Izi ni impanuro zitangwa na Jeanne Nyirahabineza, umugore uvuga ko na we ubwe yarongowe neza, ararangiza mu gihe cy’akabariro bimufungura mu mutwe atangira kwiga imishinga ibyara inyungu, akaba yarinjije arenga miliyoni 100 abikesha uwo munezero. Nk’uko abisobanura mu mashusho ye agaragara ku mbuga nkoranyambaga, Jeanne avuga ko ubundi uzaba umugore ategurwa akiri umwana, akiri muto, […]

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Umuyobozi wa  Zion Temple, Ap  Paul Gitwaza atangaza ko ari we muhanuzi wa mbere ushoboye mu Rwanda ndetse no muri Afurika yose. Ari imbere y’imbaga y’abakiristo b’iri torero riherereye mu Gatenga, mu Mujyi wa Kigali, Ap Gitwaza yashimangiye ko ari we muhanuzi wa mbere, gusa akemeza ko bishoboka ko igihe gishobora kuzagera hakavuka undi nka […]

Nick Minaj aravugwaho kuba mu rukundo na Lewis Hamilton

Umuraperikazi Nick Minaj aravugwaho ko yaba ari mu rukundo n’umusore umenyerewe mu isiganwa ry’amamodoka, Lewis Hamilton. Aya makuru akomeje gucicikana nyuma yaho Nick Minaj na Hamilton bagaragaye bari kumwe inshuro ebyiri mu kwezi kumwe. Aba bombi bagaragaye mu birori bya NewYork Fashion Week ndetse ubu bikaba bivugwako bari mu mujyi wa Dubai. Imwe mu nshuti za […]

Burundi: Abo muri FNL barasaba ko ishyaka rishya rya Agathon Rwasa ritakwemerwa

Nyuma yaho Hon. Rwasa Agathon atangarije ko yashinze ishyaka rishya aryita FNL ( Front National de LibertĂ© ) hari hasanzwe hari irindi rya FNL ( Front National de Liberation ), abayobozi b’irisanzwe barasaba Leta kutazaryemera. Umuyobozi wa FNL yari isanzweho, Jacques Bigirimana avuga ko iri shyaka rishya rya Agathon Rwasa ridakwiye kwemerwa na Leta, ashimangira ko […]

Rayon sports igiye gucakirana na AS Kigali mu irushanwa ry'Agaciro

Mu mikino imaze kumenyererwa hano mu rwanda harimo n’imikino witiriwe agaciro iyi mikino iba buri mwaka igahuza amakipe ane yambere muri shampiyona y’imbere mu gihugu aha Rayon Sport ikaba yatomboye AS Kigali Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya gatatu risanzwe ribanziriza shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Kuri uyu wa mbere ku kicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira […]

Kaminuza y’Abadivantisiti 'AUCA' yatanze impamyabumenyi ku nshuro ya 24

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’Abadiventisiti yo muri Afurika yo hagati AUCA (Adventist University of Central Africa ), burishimira ko abayirangizamo baba barize ibikenewe ku isoko ry’umurimo, bamwe bakanarangizayo baramaze kubona akazi. Ibi ni ibyatangajwe n’Umuyobozi wayo, Dr Roger Ruterahagusha, ku cyumweru tariki ya 23 Nzeri 2018, ubwo Kaminuza y’Abadivantisiti yo muri Afurika yo hagati yahaga impamyabumenyi z’icyiciro […]

Uganda: Bobi Wine aragira inama Perezida Museveni z’uko agomba kwitwara

Umuhanzi w’umunyapolitiki, Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yabwiye Perezida Museveni ko hari igihe atazaba afite imbaraga n’ububasha afite muri iki gihe bityo amugira inama yo kuba urugero rwiza ku bo ayoboye, asaba n’abaturage gufatanya kubaka ahazaza heza h’igihugu. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Nzeri 2018, Bobi Wine yanenze Perezida […]

SHAKA UMUKUNZI

ANDIKA MUNSI AHAGENEWE IBITEKEREZO (Comments)  IBYIFUZO, UMUKUNZI USHAKA UKO YABA AMEZE UNAVUGA UKO UBONEKA TELEPHONE CG EMAIL MURAKOZE

Rubavu: Urubyiruko rurasabwa kwishakamo umuti w’ibibazo bihari

Urubyiruko rwo mu  Karere ka Rubavu rwasabwe guhuriza hamwe imbaraga zabafasha kubyaza umusaruro amahirwe rwahawe rukishakamo ibisubizo bigamije gukemura ibibazo igihugu gifite. Nyuma y’umuganda wo gutera ibiti ku musozi wa Rubavu kuri uyu wa 22 Nzeri wateguwe n’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha(RYVCP) abayobozi b’inzego zitandukanye zikorera muri aka Karere  zabasabye kuba […]

Ruhunde: Abaturage badafite ubwiherero bahawe iminsi 10 yo kuba babwubatse

Ubwo yasuraga Umurenge wa Ruhunde uherereye mu Karere ka Burera Kuwa Kane ushize, itariki ya 20 Nzeri 2018, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abaturage bo muri uwo Murenge basigaye batagira ubwiherero kuba barangije kubwubaka mu gihe kitarenze iminsi icumi. Mu butumwa yagejeje ku baturage b’Umurenge wa Ruhunde, Guverineri Gatabazi yavuze ko […]