Ibintu 10 ushobora kuba utari uzi kuri Gen Kale Kayihura

Gen Kayihura ni umwe mu basirikare bakomeye ba Uganda by’umwihariko akaba umutoni kuri Perezida Museveni, ubu afungishije ijisho ku byaha aregwa birimo no gushimuta Abanyarwanda baba muri Uganda. 1.Amazina ye yose ni Edward Kalekezi Kayihura Muhwezi, akaba azwi ku izina rya Kale Kayihura, ni umuhungu wa Johnston komuluyange kalekezi na Catherine Mukarwamo. 2.Kayihura yavutse ku […]

Abaturage bishe inzoka ipfana n’umukoloneri wahise yirasa

Col Eyong Tambong Ebot yiyahuye mu buryo budasobanutse mu gace ka Bamenda mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru ya Cameroun, ubwo abaturage bari bamaze kwica inzoka nini muri aka gace. Ubwo inzoka yicwaga n’abaturage, Koloneri yari mu biro ku nkambi ya gisirikare y’i Bamenda. Iyo nzoka yo ikaba yariciwe mu biro abaturage bafatiraho ibyangombwa bitandukanye. Nk’uko ikinyamakuru Afrikmag […]

Indaya 8 zacucuye umusaza ukomoka muri Ethiopia ajya kurega yambaye ishuka

Igipolisi cya Kampala muri Uganda cyataye muri yombi abakobwa bigurisha 8 bashinjwa kwiba umugabo ukomoka muri Ethiopia bakamucucura ntibamusigire n’umwenda wo kwambara nyuma yo kumwinjirana mu icumbi (lodge) iri kuri William Street. Biravugwa ko aba bakobwa bamutwaye Amadolari 700, Amashilingi, telephone yo mu bwoko bwa iPhone ndetse n’ibindi bintu. Uwahohotewe akaba ari umugabo w’imyaka 60 […]

Nick Cannon yeruriye Kanye West ku bijyanye na Kim Kadarshian

Umukinnyi wa filimi Nick Cannon yatangaje ko Kanye West adakwiriye kumwigisha ibyo adakwiriye kuvuga cyangwa kutavuga k’umugore we Kim Kadarshian. Ibi ni nyuma yaho  Kanye West avuze ko uyu mugabo adakwiriye kugira icyo avuga ku mugore we. Mu gusubiza, Nick Cannon nk’uko TMZ ibitangaza, Cannon yagize ati” Ntukambwire ibyo nkwiye kuvuga cyangwa ibyo ntakwiye kuvuga […]

Rusizi: Barasaba RAB gukora ubushakashatsi ku ndwara z’ibihingwa zikomeje gutubya umusaruro

Abaturage b’umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi bavuga ko hari zimwe mu ndwara  z’ibihingwa zisa n’izabaye akarande  kandi zibasira imyaka beza cyane, hakaba n’izindi ziza hato na hato zaterwa imiti zikaba nk’izigabanutse,bakifuza ko hakorwa ubushakashatsi bwimbitse kuri izi ndwara,ikibazo cyazo kigakemurwa burundu. Mu kiganiro na Bwiza.com ubwo uyu murenge watangirizwagamo igihembwe cy’ihinga 2019 A […]

Ingabire Victoire aravuga ko yiteguye gusubira muri gereza

Umunyapolitiki Ingabire Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritemewe n’amategeko y’u Rwanda, yatangaje ko yiteguye gusubira muri gereza mu rugamba rwe rwo guharanira uburenganzira bwa muntu n’ubwo kuvuga icyo umuntu atekereza. Ingabire Victoire ni umwe mu bantu basaga 2000 baherutse gufungurwa bahawe imbabazi na perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Imbabazi Ingabire Victoire avuga ko atigeze asaba kugirango […]

Umuhanzikazi Rihanna yagizwe ambasaderi wa Barbados

Umuririmbyi Rihanna yavuze ko adashobora “kwishima birenze” uko ameze ubu nyuma yo kongera kugirwa uhagarariye leta ya Barbados. Ku wa kane ni bwo Rihanna – ubusanzwe izina rye ryose uko ryakabaye rikaba ari Robyn Rihanna Fenty – yagizwe “Ambasaderi udasanzwe” n’iki gihugu cye cy’amavuko. Mu kazi ke gashya, ashinzwe kumenyekanisha uburezi, ubukerarugendo n’ishoramari. Mia Amor […]

Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina rwasubitswe nyuma yo kwanga umwe mu bacamanza

Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Nzeri rwasubitse iburanisha rya Diane Rwigara na nyina, Adeline Mukangemanyi nyuma y’aho aba bagaragarije ko batifuza umwe mu bacamanza bagombaga kubaburanisha. Nk’uko bisanzwe Diane Rwigara yageze ku rukiko ari kumwe n’umwunganizi we Me Buhuru Celestin mu gihe umubyeyi we Mukangemanyi Adeline Rwigara yari kumwe na Me Gatera […]

Tanzaniya: Telefoni yatikije ubuzima bw’abantu 196 mu mpanuka y’ubwato

Abaturage barokotse impanuka y’ubwato  bwarohamye kuwa Kane w’icyumweru gishize muri Tanzaniya bavuga ko byatewe n’umushoferi wari urimo kuvugira kuri telefoni. Bamwe mu barokotse iyi mpanuka, Ruben Mpande na Ochori Burana batangangarije televiziyo y’igihugu cya Tanzaniya, TBC1 ko uwari atwaye ubu bwato yavugiraga kuri telefoni ubwo ubu bwato bwegerezaga ku nkombe y’ikiyaga cya Victoria ku kirwa […]

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Igihugu cya Kenya cyarekuye abasirikare babiri ba Uganda bari bafungiye  kuri station ya polisi ya Busia mu gihugu cya Kenya nyuma yo gufatwa bambutse umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko banafite ibikoresho by’intambara. Irekurwa ry’aba basirikare ba UPDF rije nyuma y’amasaha y’ibiganiro mu muhezo byabaye hagati y’abashinzwe umutekano b’ibihugu byombi kuri iyi station ya polisi ya […]

Abanyamahanga barimo Abanyarwanda batunze indangamuntu za Uganda bahangayikishije abaturage

Abayobozi mu Karere k’Ikirwa ka Kalangala mu gihugu ya Uganda bagaragaje impungenge bafitiye abanyamahanga bakomeje kwinjira kuri iki kirwa kandi banafite indangamuntu za Uganda, aho benshi mu bafite izi ndangamuntu ngo ari Abanyarwanda, Abanyatanzaniya n’Abanyekongo. Willy Lugolobi, umuyobozi w’akarere ka Kalangala yavuze ko iperereza ryabo ryagaragaje ko abanyamahanga babonye indamuntu za Uganda babifashijwemo n’abayobozi b’ibiturage. […]

Ese kuba Bebe Cool yabonanye na Perezida Museveni abakunzi ba Bobi Wine barabyakira bate?

Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 23 Nzeri 2018, umuhanzi Moses Ssali nibwo yabonaniye na Perezida Museveni iwe mu gace ka Rwakitura, uku guhura kwabo kukaba gushobora kongera abanzi b’uyu muhanzi muri iyi minsi udakunzwe. Perezida Museveni ngo yasoje icyumweru gishize ari iwe i Rwakitura, umuhanzi Bebe Cool ngo akaba yaramusuye ari kumwe n’umuririmbyi […]

Nyamasheke: Min. Mutimura EugĂšne yanenze abashinzwe uburezi bakora nabi

Mu kiganiro n’abashinzwe uburezi bose mu karere ka Nyamasheke ,nyuma yo gusura amwe mu mashuri ahakorera, Minisitiri w’uburezi  Dr  Mutimura  EugĂšne  yagaragaje kunenga bikomeye bamwe mu bashinzwe uburezi mu mirenge igize aka karere n’abayobozi b’ibigo by’amashuri  barangwa n’imikorere mibi, asaba ubuyobozi bw’akarere kubakurikiranira hafi byaba ngombwa bagakurwa  ku mirimo yabo. Nk’uko yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru, […]

Ntaganda Bernard ashobora gusimbura Ingabire Victoire muri gereza

“Umuntu wese wiyitirira umutwe wa politiki atawurimo cyangwa yarawirukanywemo mu buryo bukurikije amategeko agenga uwo mutwe wa politiki; aba akoze icyaha”. Ibi nibyo Ntaganda Bernard yakoze kuri uyu wa kane, tariki ya 20 Nzeri 2018. Itegeko Ngenga n° 005/2018.OL ryo ku wa 30/08/2018 rihindura Itegeko Ngenga n° 10/2013/OL ryo ku wa 11/07/2013 rigenga imitwe ya […]

Rugenera Marc , Col.Serubuga na Twagiramungu bafashije Inkotanyi kubohora igihugu?

Nk’ umusomyi nagiye nsoma inyandiko zitandukanye zikubiyemo ibitekerezo by’ abahoze mu kazu k’ubutegetsi n’ abandi ari inkoramutima za Habyarimana bagiye bashyira mu majwi Twagiramungu, Rugenera Marc, Col.Serubuga ndetse n’abandi gufasha Inkotanyi mu guca intege ingabo za FAR n’ Interahamwe zakoze jenoside mu Rwanda mu 1994. Mbagejejeho iyi nyandiko nyuma y’ ibiganiro mpaka nagiye numva bihora […]

Rwanda: Urutonde rw’ abayobozi bamaze igihe kinini mu butegetsi

Mu Rwanda abantu binjira mu nzego z’ ubutegetsi mu buryo butandukanye harimo amatora cyangwa batowe n’ iteka rya Perezida wa Repubulika, bamwe bagatinda muri iyo myanya ariko hari n’abatamaramo kabiri. Usibye abagera ku butegetsi babikesheje amatora kuko baba bazi neza manda ikubiyemo ibihe bazamara abandi bo biragorana kumenya igihe bashobora kumara ku butegetsi. Hari nabandi […]

Impamvu Abanyarwanda basigaye baramba kurusha Abanyakenya

Abanyarwanda ngo baba baramba kurusha Abanyakenya nyuma yo kuvumbura icyo inzobere zita amabanga y’imibereho myiza. Muri Kenya icyizere cy’ubuzima ni imyaka 63, mu gihe muri Uganda na Tanzania ari imyaka 62, naho mu Rwanda icyizere cy’ubuzima kigeze ku myaka 65. Mu murongo ngenderwaho w’ahazaza h’ubuzima muri Afurika watangijwe I Nairobi kuri uyu wa Kane ushize, […]

RDC: Igitero cya ADF cyahitanye byibuze abagera kuri 18 barimo ingabo za leta

Abantu 18 bishwe abandi benshi benshi bakomeretswa n’amasasu mu gitero cyagabwe n’umutwe wa ADF mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, itariki 23 Nzeri muri Komini ya Rwenzori mu Mujyi wa Beni. Iyi mibare ngo iracyari iy’agateganyo nk’uko byemezwa na sosiyete sivile. Iyi sosiyete sivile ivuga ko hapfuye abasivili 14 n’abasirikare […]

Filimi ‘27 Guns’ igaragaza urugamba rwo kubohoza Uganda hari ibyo inengwa

Filimi yiswe Imbunda 27 cyangwa se ‘ 27 Guns ’ igaragaza urugamba rwo kubohora Uganda rwa Perezida Museveni ikomeje kwerekanwa mu nzu za cinema zitandukanye muri nka Cinema Magic na Metroplex Mall muri Kampala. Iyi filimi yagiye ahagaragara bwa mbere kuwa 08 Nzeri ishingiye ku rugamba rwa NRA rwo kubohoza Uganda nubwo hari bimwe irimo […]

Rwamagana: Minisitiri yasabye abayobozi gufasha abaturage guhindura imyumvire no gusobanukirwa gahunda za Leta

Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho n’imboni ya guverinoma kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Nzeri 2018 ubwo yasozaga umwiherero w’iminsi ibiri  w’abagize inama njyanama y’Akarere ka Rwamagana yibukije abayobozi n’izindi nzego zirimo abanyamadini ko bafite inshingano zo guhindura imyumvire y’abaturage kugirango Akarere ka Rwamagana gakomeze kwesa imihigo no gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza Minisitiri Rurangirwa asanga […]

U Bushinwa bwahamagaje ambasaderi wa Amerika nyuma yo gufatirwa ibihano bishya by’ubukungu

Mu gihe ibihugu byombi bikomeje intambara y’ubucuruzi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano umutwe wa gisirikare w’u Bushinwa kubera ko ngo waba waraguze indege z’intamaba mu Burusiya. U Bushinwa nabwo mu burakari bwinshi bwahise butumiza ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo bumumenyesh ko butishimye na gato. Abategetsi b’u Bushinwa bakaba batangaje ko […]

LOCA: Inyuguti 4 zibumbatiye icyerekezo abarezi bagomba kugenderaho muri uyu mwaka w’amashuri

” Abashima u Rwanda bagereranya aho rugeze ariko Abanyarwanda ntibarakagera aho bakagombye kugera .” Uyu ni Isaac Munyakazi  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ubwo yasobanuraga uburyo u Rwanda rwahisemo kugira icyerekezo hagamijwe kugera kure hashoboka. Bwana Munyakazi ati : « Umwana iyo adafashijwe kare aba apfuye ubuzima bwe bwose ». Kuwa 19 nzeri 2018, […]

Nyina wa Diamond  yinginze Hamisa Mobetto ku kibazo cy’umuhungu we

Umunyamideli Hamisa Mobetto yatangaje ko nyina wa Diamond, Sanura Kasimu Platnumz aherutse kumuhamagara amwinginga amusaba ko yasubirana na Diamond uherutse kumushinja gushaka kumuroga. Mu kiganiro na Playlist kuwa 21  Nzeri uyu mwaka, Mobetto yavuze ko n’ubwo yamaze gucana umubano na Diamond ku rukuta rwa  instagram rw’umwana babyaranye, nyina akomeje kureba uko yagarura umwuka mwiza hagati […]

Iran: Igitero ku karasisi ka gisirikare cyaguyemo benshi barimo abasivili

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, itariki 22 Nzeri mu gihugu cya Iran hagabwe igitero ku karasisi ka gisirikare mu Mujyi wa Ahvaz, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Abantu 11 nibo bamaze kumenyekana bishwe. Ibinyamakuru byo muri Iran mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu byatangiye gukwirakwiza amafoto y’abantu bakomeretse ndetse n’ay’iki gitero ubwacyo […]

New York: Perezida Kagame azafata ijambo nyamukuru mu Nama Ngarukamwaka ya Concordia

Perezida w’U Rwanda, Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe w’ U Bugiliki, Alexis Tsipras, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Alexander  Acosta, ni bamwe mu bantu bakomeye bazafata ijambo mu Nama y’Umuryango uharanira ubufatanye bw’abikorera na leta hagamijwe ahazaza heza witwa Concordia, mu nama yawo ngarukamwaka izabera I New York guhera ku […]

Chris Brown afite umukunzi mushya- Amafoto

Umuhanzi Chris Brown afite umukunzi mushya, umunyamideli Ammika Harris . N’ubwo abantu benshi bari bamaze iminsi bemeza ko Breezy  yaba akundana na Agnez Mo bitewe no kugaragara ahantu henshi bari kumwe ari nako  bifotoza amafoto ya buri kanya, biremezwa ko uyu mukobwa atari we bakundana. Ibinyamakuru bitandukanye byahamyaga ko aba bombi baba bari mu rukundo […]

RDF igiye kubona indege 2 nshya zizajya zitwara abarwayi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro

U Rwanda rugiye kubona indege 2 nshya zo mu bwoko bwa Cessna Grand Caravan zizajya zikoreshwa mu bikorwa by’ubutabazi (zitwara abarwayi) ndetse zinikorera imizigo itaremereye mu bikorwa by’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye byo kubungabunga amahoro muri Afurika nk’uko byahishuwe kuwa 20 Nzeri. Amakuru yaturutse mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo mu kirere (USAF) izi […]

Bwa mbere Safi yakoresheje umugore we mu mashusho y'indirimbo -amafoto

Niyibikora Safi wiyise  Madiba umuhanzi ukora umuziki ku giti wavuye mu itsinda rya Urban Boyz amaze yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise igifungo ikaba ari nayo ndirimbo ye yambere igaragayemo umugore we Niyonizera Judithe kuva basezerana tariki 1 ukwakira 2017. Ni nyuma yaho yari amaze iminsi ari kugitutu cyo kubazwa impamvu adakunda kwerekana umugore […]

RDC: Inyeshyamba 2 za Mai-Mai ziciwe mu mirwano yazihuje na FARDC

Inyeshyamba2 zo mu mutwe wa Mai-Mai kuri uyu wa gatanu, itariki 21 Nzeri ziciwe mu gitero ku ngabo za leta, FARDC, mu Mujyi wa Butembo muri Kivu y’Amajyaruguru, aho sosiyete sivile ivuga ko n’abaturage bakomerekejwe n’amasasu. Izo nyeshyamba zagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Rughenda, mu Karere ka Bulengera, bitera ubwoba abatuye Butembo bose […]

Denmark: Urukiko rw’ubujurire rwashimangiye ko Wenceslas Twagirayezu yoherezwa mu Rwanda

Urukiko rw’Ubujurire rwa Copenhagen mu gihugu Denmark kuri uyu wa Gatanu, itariki 21 Nzeri rwanzuye ko Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki gihugu yoherezwa mu Rwanda akaba ari ho aburanishirizwa ku byaha bya jenoside akurikiranweho. Uru rukiko rukaba rwashimangiye icyemezo cyari cyfashwe n’urukiko muri Mata. Abayobozi b’u Rwanda bashinja uyu mugabo, Wenceslas Twagirayezu, kuba yaragize uruhare mu […]

Mu turere dutandukanye tw’Igihugu Polisi yafashe ibicuruzwa bya magendu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byayo byo kurwanya ibicuruzwa byinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu. Ni ibikorwa byakozwe kuri uyu wa 19 Nzeri bibera mu turere dutandukanye tw’Igihugu. Mu turere twa Rubavu na Nyagatare hafatiwe  ibicuruzwa byiganjemo imyenda ya caguwa, inkweto n’amakarito ya sarisa byinjijwe mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Chief Inspector of […]

Dore ahantu 5 wakora umugore agahita ashaka cyane gukora imibonano mpuzabitsina

Abantu benshi bakunze kugira ibanga igice gishobora kubagusha mu mutego wo gukora imibonano mpuzabitsina, ariko hari ibice abahanga bahurizaho bavuga ko iyo bikozweho bitera umugore kumva agushatse cyane. 1.Rugongo (Clitoris):’ Iki ni kimwe mu bice by’ inyuma by’ imyanya y’ igitsina cy’umugore, yatowe ku manota (9,1/10) nk’igice cya mbere umugore wamukoraho agahita ashaka imibonano mpuzabitsina. […]

Perezida Tran Dai Quang wa Vietnam yasezeye ku Isi y’abazima

Perezida Tran Dai Quang wa Vietnam yitabye Imana kuri uyu wa gatanu, itariki 21 Nzeri ku myaka 61 y’amavuko. Uyu akaba yari azwiho gutsimbarara ku matwara ya gikomunisiti ndetse no kutorohera abatavuga rumwe nawe. Perezida Tran Dai Quang yari ku butegetsi kuva mu 2016, akaba yarakomeje imirimo ye kugeza ubwo yapfaga nubwo yari arwaye bikomeye […]

Umugabo yishe umuserebanya, ako kanya umuvandimwe we ahita apfa

Umupasiteri wo mu gihugu cya Nigeria atangaza ko imyuka mibi ikomeza kwibasira bamwe mu baturage b’iki gihugu, atanga urugero rw’umugabo wishe umuserebanya (lĂ©zard), muri ako kanya ukimara gupfa umuvandimwe we ahita yitaba Imana. Pasiteri Rabbai Ephraim Ononye abicishije ku rukuta rwe rwa Facebook, atangaza ko uyu mugabo utatangajwe amazina, yabyutse agasanga iruhande rw’uburiri bwe hari […]

Kanye West arareba ay’ingwe Drake na Nick Cannon bavuze ku miterere y'umugore we

Umuraperi  Kanye West ararebana nabi n’umuhanzi Drake na Nick Cannon bitewe n’amagambo bavuze ku mugore we, Kim Kadarshian by’umwihariko imiterere ya Kim Kadarshian. Uyu mugabo arihanangiriza Drake na Cannon ko badakwiye kuvuga, kuririmba cyangwa se kugira igitekerezo bamutangaho kuri Kim Kadarshian. Abinyujije muri videwo zinyuranye, Kanye West yagize ati” Ibi bintu ntibyanyuze roho yanjye” Kanye […]

Rulindo: Bamaze amezi atanu barabuze amazi kubera mubazi yibwe

Abaturage bo mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo baravuga ko bamaze iminsi bakoresha amazi mabi bavomye mu ruzi nyamara ayo bari basanganwe barayafungiwe ngo kuko hari icyuma cya mubazi cyibwe. Ku nkengero z’umugezi wa Nyabarongo mu Kagali ka Rubona gahana imbibi n’Akarere ka Gakenke, abaturage bavoma amazi muri Nyabarongo bigaragara nk’ibidashoboka ko yagereranywa […]

Nta muhanzi wansuye, ndabumva, bagize ubwoba bwo kwifatanya n’uwiswe mubi- Kizito Mihigo

Umuhanzi Kizito Mihigo uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, avuga ko mu myaka ine n’igice yamaze mu buroko nta muhanzi nyarwanda wigeze amusura. Ariko anavuga ko atabarenganya, ati, “bagize ubwoba bwo kwerekana ko bifatanije n’umuntu wiswe mubi, -igitwenge- si nabarenganya”. Mu kiganiro na Radio mpuzamahanga y’abadage Deutch Welle, Kizito Mihigo avuga ko yasuwe […]

Natanze miliyoni mu rusengero nahanuriwe kurongorwa vuba, none imyaka ine irihiritse- NKORE IKI?

Mbifurije amahoro ya nyagasani kandi mbagisha inama kubera icyo nakwita ikigeragezo nahuye nacyo, ntanga amafaranga kubera ibyishimo cyangwa se icyizere nari nashyizwemo, nizera ubuhanuzi ariko nza gusanga ari amayeri nakinwe. Mu mpera za 2014, nibwo nanjye natangiye gusengera mu itorero ryari riharawe cyane muri Kigali, n’umuyobozi waryo rwose aharawe twese ariho twirukira, ntabwo mvuga amazi […]

Ikirwa cya Migingo mu Kiyaga cya Victoria gikomeje guteza umwuka mubi hagati ya Kenya na Uganda

Ingabo za Uganda zitambitse umugambi w’igihugu cya Kenya wo kwigarurira Ikirwa cya Migingo kiri mu Kiyaga cya Victoria ibihugu byombi bimaze imyaka igera ku 10 biharanira kucyegukana. Ikirwa cya Migingo kitanafite hegitari y’ubugari ugisangaho abarobyi bava muri Kenya, Uganda na Tanzania bakibaho bitewe n’amafi menshi aba ahari ava mu ruzi rwa Nil. Bwana Gideon Ochanga, […]

Isesengura: Perezida Museveni atabaye menge yagenda nka Col.Muammar Gaddafi

Mu gihe cy’imyaka 42 nyakwigendera Muammar Mohammed Abu Minyar Gaddafi, uzwi nka  Col. Mouhamar Gadhafi yamaze ku butegetsi ntiyahwemye ku kugaruka ku ihame ryo kuba umutungo kamere wa Libya waba uwabenegihugu mbere na mbere, hagakurikiraho abanyafurika abandi bakaza nyuma. Nyamara ibihugu by’iburengerazuba byihishe inyuma y’iturufu y’abaturage batavugaga rumwe nawe byaramwivugana maze peteroli ya Libya barayivoma […]

Uganda: Bobi Wine yahawe uburinzi buyingayinga ubwa Perezida- REBA AMAFOTO

Umuhanzi akaba n’umunyapolitiki, Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine, ubwo yageraga mu gihugu (Uganda) avuye kwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasanze yiteguwe n’imbaga y’abaturage ariko n’inzego z’umutekano zimurinze mu buryo bujya kwegera ubwa Perezida w’igihugu. Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 20 Nzeri 2018, nibwo Depite Bobi Wine yari asesekaye […]

U Rwanda n’u Burundi bigiye guhurira I Geneve mu nama ku kibazo cy’impunzi

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’u Burundi, Pascal Barandagiye kuri uyu wa gatatu ushize, itariki 19 Nzeri, yatangaje ko inama ihuza impande 3; HCR, u Burundi n’U Rwanda ku kibazo cy’impunzi igiye guterana mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kw’Ukwakira ikazabera I Geneve mu Busuwisi mu rwego rwo kwigira hamwe ibijyanye n’itahuka ry’impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda. Ibi minisitiri […]

CNLG na Mémorial de la Shoah mu nzira z'ubufatanye mu kubika ibimenyetso bya Jenoside

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ‘ n’ Ikigo cy’Abayahudi gifite inshingano y’ububiko, Ubushakashatsi no kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi (MĂ©morial de la Shoah) barashaka kugira ubufatanye  kugira ngo iki kigo cyungure CNLG  ubumenyi  mu kubika ibimenyetso no  gushyira amateka mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi ni ibyibanzweho mu biganiro Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean-DamascĂšne yagiranye […]

Ruhango: Umuturage yaguwe gitumo mu rugo iwe atetse kanyanga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango ku bufatanye n’abaturage mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Nzeri  yafashe Hategekimana Marc w’imyaka 40 atetse ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Uyu wafashwe yafatiwe mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango,aho yatekeraga Kanyanga ari naho atuye,ubwo Polisi yamufataga yamusanganye litiro 08 z’iki kiyobyabwenge. Umuvugizi wa Polisi y’u […]

Nyamasheke: Barashaka kwisubiza igikombe cy'imihigo bamaze imyaka umunani badakozaho imitwe y’intoki

Akarere ka Nyamasheke mu ntara y’Uburengerazuba kigeze gutwara igikombe cy’imihigo mu mwaka w’imihigo wa 2010-2011. Kuva ubwo ntikongeye kugikoraho ahubwo kagiye gasubira inyuma  mu buryo abaturage kugeza ubu batumva, bakaba bagaragaza inyota yo kongera kucyisubiza. Hashize imyaka igera ku 8 muri Nyamasheke baririmba ko batwaye igikombe cy’imihigo n’icy’ubutaha bazacyegukana. Nyamara ngo  kuva  muri 2011 bagitwara […]

Gusazana umutwe utekereza, biruta kubyirukana uwikorera imizigo

Aya ni amagambo y’umukambwe Gakwavu Augustin w’imyaka 76, aho asanga umuntu agira imitwe ibiri: utekereza n’uwikorera imizigo. Gakwavu ni umuhinzi mworozi wo mu karere ka Kayonza, umurenge wa Nyamirama. Yoroye inka zirenga enye za kizungu, zikamwa litiro zisaga 60 ku munsi. Afite kandi urutoki ruvamo ibiro 250 buri cyumweru. Ibi byose ngo abikesha gutekereza akita […]

 Cibitoke/Burundi: Abaturage barinubira amarondo y’ijoro batangiye gukoreshwa ku mupaka w’u Rwanda

Abaturage bo muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi barinubira ibikorwa byo kubahatira kujya gukora amarondo ku mupaka w’iki gihugu n’u Rwanda bibaza icyo ingabo z’igihugu zishinzwe. Amakuru aturuka aha nk’uko tubikesha SOS Medias Burundi, aravuga ko ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo gushyiraho amarondo y’ijoro mu rwego rwo kwirinda imitwe y’inyeshyamba […]

Kigali: Reba amafoto y’umuhango wo gusezeraho bwa nyuma CSP Gashagaza

Kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Nzeri 2018, CSP Gashagaza Hubert uherutse kwicwa yasezeweho bwa nyuma mu rusengero rw’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi rw’i Remera, mbere yo kujyanwa gushyingurwa mu irimbi ry’i Rusororo. Mu gitondo cyo ku wa 18 Nzeri 2018, nibwo umurambo wa CSP Gashagaza Hubert wabonwe mu murenge wa Ndera mu karere ka […]

Selena Gomez arashaka umukunzi  mu rwego rwo kwiyibagiza Justin Bieber

Umuhanzi Selena Gomez yiteguye gukundana n’undi musore mu rwego rwo kwiyibagiza uwo bahoze bakundana Justin Bieber washatse kuwa 13 Nzeri 2018 mu ibanga. Inshuti ya hafi y’uyu mukobwa yabwiye Hollywoodlife  ko Gomez yiteguye kjjya muu rukundo n’ubwo atiteguye kubana n’umusore ubonetse wese kugira ngo yiyibagize Justin Bieber. Yagize ati”Selena yiteguye kuba yagira undi muhungu bakundana. […]

Rusizi: Babangamirwa no kudasobanukirwa amategeko abarengera

Bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko hari byinshi bashobora  guhura na byo bihungabanya uburenganzira bwabo bw’ibanze kubera kudasobanukirwa neza amwe mu mategeko abarengera. Mu kiganiro na Bwiza.com, bamwe muri bo bavuze ko nubwo Leta yashyize ho uburyo bwinshi bashobora kumenyamo amategeko, nko kuba muri buri karere hari inzu y’ubufasha mu by’amategeko, amaradiyo n’ibindi […]

RDC: Urutonde ntakuka rw’abakandida bemerewe kuzahatana mu matora ya perezida

Komisiyo y’igihugu y’Amatora muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 Nzeri yashyize ahagaragara urutonde ntakuka rw’abakandida 21 bemerewe guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza. Abakandida Samy Badibanga na Marie JosĂ© Ifoku  bemerewe kuziyamamaza mu gihe abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeye bagera kuri bane barimo; FĂ©lix Tshisekedi, […]

Bombori bombori hagati ya T.I n’umugore we itewe n’inshoreke irakomeje

Umwuka mubi hagati y’umuraperi  T.I n’umugore we  witwa Tameka Harris bakunze kwita Tiny uratutumba bitewe n’ibimenyetso by’uko uyu mugabo yaba agikururana n’inshoreke ye, Bernice Bourgos. Umubano mubi utangiye kuza nyuma yaho Tiny avumbuye ko T.I agikurikira Bernice kuri instagram kandi baratandukanye. Mu kiganiro cyihariye, inshuti ya hafi ya Tiny yatangarije Hollywodlife dukesha iyi nkuru, ivuga […]

Rwamagana: Abanyonzi barasaba ko hagaruzwa umutungo wabo wanyerejwe n’abahoze bayobora Koperative yabo

Abanyonzi bakorera umwuga wo gutwara amagare mu mujyi wa Rwamagana barasaba ko amafaranga yabo yanyerejwe n’abahoze bayobora koperative yabo Cotraverwa ikorera mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana . Abanyonzi bashinja abahoze bayobora koperative Cotraverwa ko uko bagiye basimburana ku buyobozi ariko bananyerezaga umutungo wa koperative aho kuwucunga neza. Banenga ababayoboraga kuba batarigeze batekereza […]

U Rwanda ruzakomeza gufatanya n’u Bushinwa kubw’inyungu rusange – Min. Dr Uzziel Ndagijimana

Minisitiri w’imari Uzziel Ndagijimana kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 Nzeri yongeye gushimangira ubushake bwa Guverinoma y’U Rwanda bwo kurushaho gukomeza umubano n’u Bushinwa kubw’inyungu rusange z’ibihugu byombi. Gusurana kw’abakuru b’ibihugu byombi ndetse perezida Kagame agasubira mu Bushinwa yitabiriye inama ku Bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa (FOCAC) yabereye I Beijing kuwa 3-4 Nzeri, byose biri […]

Leta ya Congo/Kinshasa yateye utwatsi abahoze muri FDLR bakeneye ibiganiro n’u Rwanda

Mu gihe Leta ya Congo Kinshasa itangaza ko mu mpera z’ukwezi kwa Cumi hazafungwa inkambi zicumbikiwemo by’agateganyo abahoze ari abarwanyi ba FDLR n’imiryango yabo, bamwe bifuza ko habanza kubaho ibiganiro na Leta y’u Rwanda, igitekerezo iya Congo Kinshasa ivuga ko ititayeho. Izi nkambi zirimo abantu 850, ni 200 bahoze ari abarwanyi ba FDLR n’imiryango yabo […]

Burundi: Umukuru w’Imbonerakure n’umugore bishwe acibwa umutwe urajyanwa

Uwitwa Daniel Ngendakumana wari umukuru w’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ruzwi nk’Imbonerakure mu Ntara ya Kayanza, komini Kabarore, zone ya Rugari, mu mudugudu wa Buyumpu yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 Nzeri. Ibiro Ntaramakuru by’u Burundi (ABP) byemeje aya makuru y’uko Ngendakumana yicanwe n’umugore we. Uyu ngo akaba yishwe aciwe […]

Igitekerezo: Imbabazi Perezida Kagame yatanze ni igipimo cy’imyumvire ye kuri demokarasi

Mu gihe ibitangazamakuru mpuzamahanga bitari bike bitahwemye gushimangira ko imbabazi Perezida Kagame aherutse gutanga ku bagororwa basaga  2,000 ari igitutu cy’ibihugu by’ureburengerazuba bw’isi by’umwihariko Ubufaransa, bigaragara ko ahubwo iyi ntabwe yatewe ari ubushake bwiza bwa politiki bw’ubuyobozi bukuru bw’igihugu. Mu gushimangira iki gitekerezo, twahera ku buryo bimwe muri ibi bihugu byo mu burengerazuba nka Leta […]

RDC: Umukuru w’inyeshyamba za Raia Mutomboki Kazimoto yiciwe mu mirwano

Umuyobozi w’umutwe wa Raia Mutomboki Kazimoto yishwe arashwe ubwo izi nyeshyamba zacakiranaga n’ingabo za FARDC kuwa Mbere ushize, itariki 17 Nzeri, mu gace ka Bamugaba muri Teritwari ya Shabunda muri Kivu y’Amajyepfo nk’uko byatangajwe na sosiyete sivile ya Shabunda. Ni mu mirwano yabereye ku muhanda Nduma-Nyambembe. Uyu mukuru w’inyeshyamba wishwe yayoboraga igice cya Raia Mutomboki […]