Mu turere dutandukanye hafatiwe ibicuruzwa bya magendu

Mu bikorwa byo kurwanya magendu  byakozwe na Polisi kuri uyu wa kabiri hafatiwemo ibicuruzwa birimo  ibikoresho by’ikoranabuhanga, inkweto n’imyenda ndetse n’inzoga z’amoko atandukanye byose byinjijwe mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni ibikorwa Polisi y’u Rwanda yakoreye muturere twa  Rubavu, Burera na Nyamagabe biturutse ku makuru Polisi yahawe n’abaturage Chief Inspector of Police (CIP) Innocent […]

Uganda: Itahuka rya Depite Bobi Wine ryashyize bamwe mu kaga

Nyuma y’uko hamenyekanye  inkuru y’ihumure ku bafana b’umunyapolitiki utavuga rumwe na leta ya Uganda, Robert Kyagulanyi, bamwe mu bakunzi be batawe muri yombi bazira gukora imyenda iriho amagambo amuha ikaze mu gihugu. Bakimenya inkuru y’itaha rye, bahise bakoresha imipira yo kwambara “T-Shirt” yanditseho amagambo cy’Icyongorereza aha ikaze uyu munyapolitiki. Bagira bati “Uhawe ikaze mu gihugu […]

Ubutabera: Urubanza rwa cyamunara ni amabombe gusa

Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Nzeri, mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge haburanishijwe urubanza rwajuririwe n’ubushinjacyaha ku bantu batatu bagize uruhare muri cyamunara ya sitasiyo ya Kicukiro. Urubanza rurimo udushya twinshi twakwita amabombe, nk’uko n’iri jambo ryagarutse mu majwi y’impande zose ziri mu rubanza. Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko abo bantu barimo uwateje […]

Uganda: Abayobozi, abajenerali n’abanyemari bakomeye bahawe uburinzi bw’abashinzwe kurinda perezida

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko kuri ubu abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu ari bo bahawe inshingano zo kurinda abayobozi bakuru muri guverinoma, abasirikare bakuru, n’abanyemari bakomeye mu gihugu nyuma y’iyicwa rikomeje kugaragara ry’abantu bakomeye barimo Depite Ibrahim Abiriga na Muhammad Kirumira wari komanda wa polisi mu karere. Amakuru agera […]

Ndera: Abaturage biyemeje kwishakamo ibisubizo

Abaturage bo mu Midugudu itatu ya Gatare, Karubibi na Gisura, yo mu Kagari ka Cyaruzinge, Umurenge wa Ndera, mu karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, bishyize hamwe bakodesha imashini iharura umuhanda mu rwego rwo kwishakamo igisubizo. Iyi midugudu Bwiza.com yasuye,  igaragara nkaho iri kwiyubaka kandi abaturage babigizemo uruhare dore ko igice kinini kigaragara nkaho ari […]

Muhanga: Abaturage begerejwe serivise z’ubuzima ku buntu aho bakorera

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga bavuga ko bishimiye ko  begerejwe serivizi z’ubuzima zirimo izo gupimwa indwara zitandura ndetse no kuboneza urubyaro  ,kandi bakabihabwa ku buntu ubusanzwe bajyaga bazishyura amafaranga. Muri gare ya Muhanga ni hamwe hakorewe iki gikorwa cyo gusuzuma no gupima indwara bamwe mu bitabiriye iki gikorwa […]

Ni iki cyaba gikurura amakimbirane hagati y’Abasilamu n’Abanyaburayi? (igice cya kabiri)

Ntagengwa Servil Omar usengera mu idini ya Islam, aratanga ibitekerezo bye ku mibanire y’iri dini n’abaturage b’ibihugu by’u Burayi bw’i Burengerazuba. Aratangira yibutsa impamvu ebyiri za mbere twabonye : Impamvu zishingiye kw’iyobokamana ryemeza ko buri dini ariryo rifite Ukuri kuvuye ku Mana (Din al haq : religion vraie) Ni iki cyaba gikurura amakimbirane hagati y’Abasilamu n’Abanyaburayi? […]

Iyo tutaza gutanga imbabazi ni abantu bangahe baba bakiri muri gereza? — Perezida Kagame

Mu ijambo yavugiye ku nteko ishinga amategeko mu muhango wo kurahiza abadepite muri manda nshya, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje ku mbabazi n’ifungurwa ry’agateganyo biherutse guhabwa abagororwa basaga 2000 barimo umunyapolitiki, Ingabire Victoire n’umuhanzi, Kizito Mihigo, asobanura ko iyo hatabaho gutanga imbabazi gereza zo mu Rwanda haba hakirimo abantu ibihumbi magana. Muri iri jambo […]

Urutonde rw’abayobozi b’u Burundi bashyigikiye Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo gutera u Rwanda

Bamwe mu bayobozi b’u Burundi batungwa agatoki kuba inyuma umugambi wa RNC ya Kayumba Nyamwasa wo gutera u Rwanda, abo bayobozi bakaba barimo n’umugaba mukuru w’ingabo, Gen. Prime Niyongabo. Nk’uko bitangazwa mu binyamakuru bitandukanye, ngo abayoboke b’ishyaka rya RNC (Rwanda National Congress) rya Kayumba Nyamwasa bajyanwa mu myitozo ya gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]

Hon Donatille Mukabalisa yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Hon. Mukabalisa Donatille yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku majwi 75 kuri 80 mu gihe Sheikh Musa Fazil yatorewe kuba visi perezida w’iyi nteko ushinzwe imari n’ubuyobozi ku majwi 76 kuri 80.   Kuri uyu wa gatatu, itariki 19 Nzeri 2018 nibwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yayoboye umuhango w’irahira ry’abagize Inteko […]

Koreya ya Ruguru yemeye gufunga kimwe mu bigo bigeragerezwamo ibisasu bya kirimbuzi

Igihugu cya Koreya ya Ruguru cyemeye gufunga kimwe mu bigo by’ingenzi bikorerwamo igerageza n’iterwa ry’ibisasu kirimbuzi bya missile nk’uko byemejwe na Perezida Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo wakoreye uruzinduko rutunguranye muri Koreya ya Ruguru kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Nzeri. Nyuma y’inama yabereye mu murwa mukuru Pyongyang wa Koreya ya Ruguru, Bwana Moon yavuze […]

Ari Evode Uwizeyimana na Victoire Ingabire ni inde wigiza nkana?

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubutabera, Me Evode Uwizeyimana, arashimangira ko Ingabire Victoire abeshya nyuma yo gutangaza ko nta mbabazi yasabye perezida wa repubulika ngo afungurwe. Ni mu Kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Nzeri, ubwo yabazwaga ku byagendeweho mu gufungura  abagororwa basaga 2000 bafunguwe kuwa 14 Nzeri bivugwa […]

Anita Pendo yamaganye abanenga Shaddy Boo uvuga icyongereza gipfuye

Umunyamakuru Anita Pendo yamaganiye kure abantu bakomeje gutunga agatoki ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga, Shaddy Boo nyuma y’icyogereza benshi bahamyako gikennye yavuze ubwo yari muri Tanzaniya mu mpera z’icyumweru gishize. Mu kiganiro amenyerewemo kuri Radiyo, Magic Fm cyitwa’ Magic Morning’ kuri uyu wa Mbere  Gatanu tariki ya 17 Nzeri  2018, Anita Pendo yavuze ko abantu badakwiye […]

Komisiyo ya Loni yakoze iperereza ku Burundi irashima uruhare rw’u Rwanda

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye yashinzwe gukora iperereza ku byaha byakorewe mu Burundi yashimiye u Rwanda ku ruhare rwagize mu kuyifasha muri iri perereza. Iyi komisiyo yashyizwe n’Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko u Rwanda rwakoze neza mu kureka iyi komisiyo igakora akazi kayo iri ku butaka bw’u Rwanda. Mu ijambo yavugiye mu nama […]

Kigali: Urupfu rwa (Rtd) CSP Gashagaza Hubert rukomeje kuba amayobera

Urupfu rwa CSP Gashagaza Hubert wari uherutse gusezererwa muri Polisi y’Igihugu, rukomeje kuba urujijo mu gihe hagikorwa iperereza. Umurambo we wasanzwe mu modoka mu murenge wa Ndera mu karere ka Kicukiro ariko atariho yari asanzwe atuye. Ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 18 Nzeri 2018, nibwo umuntu wa mbere wari […]

RDC: Ntihavugwa rumwe ku watangije imirwano yaguyemo 5 hagati ya FARDC n'inyeshyamba

Inyeshyamba 5 ziciwe mu mirwano yazihuje n’ingabo za leta ya Congo kuri uyu wa kabiri, itariki 18 Nzeri ahitwa Jiro, agace kari mu birometero 62 ugana mu majyaruguru ya Bunia, mu Murenge wa Walendu Tatsi, ho muri Teritwari ya Djugu. Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, avuga ko ari igitero cyagabwe ku nyeshyamba mu gihe umuyobozi […]

Muhanga: Polisi yafashe abamotari babiri batwaye amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Mushishiro, mu rucyerera rwo kuri uyu wa kabiri taliki ya 18 Nzeri, ku makuru yahawe n’abaturage yafashe abamotari babiri batwaye ibiro 70 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koruta  mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Abafashwe ni Ukurikiyumukiza Jean Damascene w’imyaka 32 ufite moto ifite icyapa […]

Gatsibo: Abayobozi bashinjwa kurya imitsi y’abaturage bahagaritswe ku kazi

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba  Mufurukye Fred aratangaza ko atazihanganira umuyobozi udakora neza inshingano ze, akavuga ko mu gihe atabikoze neza agomba gusezererwa ku buyobozi. Ni nyuma yaho afashe icyemezo cyo gusezerera ku mirimo ndetse no gusaba gukurikiranwa n’ubugenzacyaha bamwe mu bayobozi b’utugari two mu Karere ka Gatsibo bagaragayeho kunyereza umutungo w’abaturage ndetse n’indi myitwarire mibi. Ni […]

U Burusiya na Isiraheli ntibivuga rumwe ku ndege yabwo yahanuwe

Nyuma y’iraswa ry’indege y’u Burusiya muri Siriya, abantu 15 bari bayirimo bakahasiga ubuzima, Isiraheli yashinjwaga kubigiramo uruhare irabihakana yivuye inyuma. Indege y’u Burusiya ikusanya amakuru y’urugamba yarashwe yapfiriyemo abakozi babwo 15 bari mu kazi, u Burusiya bwari bwatangaje ko abasirikare ba Siriya bayirashe Isiraheri ibigizemo uruhare. Iyi ndege yarashe ku mugoroba wo ku wa Mbere […]

Dore ibanga abagabo benshi batazi ryo kunyaza umugore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina

Abagabo benshi bakunda kuvuga ngo hari abagore batanyara kandi atariko bimeze ahubwo akaba ari abagabo batazi gutunganya neza abo bagore. Hifashishijwe abashakashatsi ndetse n’impuguke mu bujyanye n’imibonano mpuzabitsina bavugako hari uburyo umugabo yanyaza umugore we bitamugoye. Umugabo uri kunyaza arinda igitsina cye kugwa, ndetse akamenya neza igihe umugore we arangiriza kuko bifasha kumenya nawe ukuntu […]

Umuhanzi Ben Rutabana ngo yaba yaratembereye muri Uganda arinzwe bikaze

Ben Rutabana ni umuhanzi wamamaye cyane mu Rwanda ubu akaba aba ku mugabane w’u Burayi, aho abarizwa mu ishyaka ry’Abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda rya RNC. Mu rugendo bitangazwa ko yakoreye muri uganga, ngo yari arinzwe mu buryo bukomeye. Mu cyumweru gishize ngo nibwo Ben Rutabana yagiye muri Uganda yakirwa na Col. Kaka Bagyenda […]

Burundi: Inzu ibamo Abahinde yafatiwemo imbunda n’amasasu

Igipolisi cy’u Burundi gitangaza ko cyafashe imbunda n’amasasu byari bihishe mu nzu icumbitsemo abahinde bakaba bahise batabwa muri yombi. Imbunda yafashwe ni imwe yo mu bwoko bwa AK47, magazini z’amasasu esheshatu, imwe irimo amasasu 15, izindi zigiye zirimo isasu rimwe rimwe,bikaba byafatiwe mu gace ka Kabondo, haruguru y’ahitwa Sabemelli. Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi,  Pierre Nkurikiye […]

USA: Umuhanzi Bobi Wine yatangiye kwigenza nta mbago

Umuhanzi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine umaze iminsi 15 yivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda avuga ko ubu yatangiye koroherwa. Robert Ssentamu Kyagulanyi ni Umunyamuziki akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, ku wa 13 Kanama 2018 nibwo yafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda arafungwa nyuma bitangazwa ko […]

Amafoto agaragaza ibihe byiza Diamond yagiranye na Shaddy Boo yasohotse

Diamond Platnumz yashyize hanze amafoto arikumwe n’umugore ukunzwe hano mu Rwanda ndetse no muri Afurika bitewe no gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane uzwi nka Shaddy   Boo bari muri Hotel bigaragara ko bishimanye. Ni nyuma yaho Diamond atumiye Shaddy Boo mu birori  byo gushakisha urusha abandi kubyina neza indirimbo ye nshya aherutse gushyira hanze yitwa Jibebe, […]

Rwamagana: Idindira ry’iyubakwa rya gare ribangamiye abagenzi banyagirirwa aho bategera

Abaturage bo mu mujyi wa Rwamagana n’abatwara abagenzi barasaba ko imirimo yo kubaka Gare ya Rwamagana yakwihutishwa bakava aho banyagirirwa. Kimwe n’abahategera ndetse n’abakora imirimo yo gucuruza amatike y’urugendo, bavuga ko babangamirwa no kutagira aho bugama imvura igihe iguye bitewe n’uko aho gare yashyizwe by’agateganyo ari kure y’umujyi. Gare ya Rwamagana irimo kuvugururwa iri mu […]

Umukobwa wa Chris Brown yasabiwe uburinzi bwo guhangana n'abashaka kwifotozanya na we

Umugore wabyaranye na Chris Brown ari we Nia Guzman yasabye ko  amafaranga yahabwaga yakwiyongera  kugira  ngo habungwabungwe umutekano w’umukobwa we, Royalty wibasiwe n’uruhuri rw’abashaka kwifotozanya na we. Nia Guzman mu nyandiko yashyikirike urukiko nk’uko ikinyamakuru Blast dukesha iyi nkuru kibitangaza, yasabye ko amafaranga yava ku $ 5,000 ni ukuvuga 4,400,000 Frw ku kwezi akagera kuri […]

Abarwanashyaka ba FDU-Inkingi bavuga ko Ingabire Victoire nta mbabazi yasabye Perezida Kagame

Abarwanashyaka b’Ishyaka rya Ingabire Umuhoza Victoire, FDU- Inkingi baba mu mahanga bavuga ko batazi niba koko umuyobozi wabo yaba yarasabye imbabazi Perezida Paul Kagame kugira ngo abe yarafungurwe  kuwa 15 Nzeri 2018 nk’uko byavuzwe mu itangazo ry’inama y’abaminisitiri ryo kuwa 14 Nzeri 2018. Umunyamabanga mukuru w’iri shyaka, Dr. Emmanuel  Mwiseneza mu kiganiro na Radiyo Ijwi […]

CSP Gashagaza Hubert wahoze ari umuvugizi wa Polisi mu Majyepfo yapfuye

Uwahoze ari umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana, ariko icyo yaba yazize ntikiramenyakana. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana mu ijoro ryakeye ryo ku wa Mbere tariki ya 17 Nzeri 2018, asanzwe mu modoka atagihumeka, urupfu rwe rukaba rwafashwe nko kuba yahotowe. Umuvugizi w’Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha RIB, Supt Modeste […]

Igisobanuro cya ‘People Power’ gikomeje kuba ingorabahizi hagati ya  Museveni na  Bobi Wine

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni  avuga ko Depite Robert Kyagulanyi Sentamu uzwi nka Bobi Wine n’abantu bashyigikiye icyitwa ‘People Power’ badasobanukiwe neza ibyo barimo gukora. Mu gihe icyo Bobi Wine yise ‘People Power’ ugenerekereje wavuga ko ari imbaraga za rubanda kigenda gifata indi ntera, Museveni avuga ko nta handi imbaraga za rubanda zagaragarira hatari […]

Umunyeshuri muri kaminuza ya Makerere yapfuye yiyahuye

  Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere (Makerere University), wapfuye yiyahuye.   Umunyeshuri Joshua Ajuna yigaga mu mwaka wa kabiri wa kaminuza, akaba yabaga mu nyubako izwi ku izina rya ‘Nsibirwa’. Ku cyumweru tariki ya 16 Nzeri 2018, nibwo yasanzwe mu cyumba yararagamo yapfuye, amakuru atangazwa n’abanyeshuri bagenzi be. […]

Shaddy Boo yihakanye Diamond, agira icyo avuga kuri Wema Sepetu

Umugore ukunzwe ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo yatangaje ko asanga muri Tanzaniya umukobwa w’intangarugero ari Wema Sepetu. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 17 Nzeri 2018, Shaddy Boo yavuze ko Wema Sepetu ari umukobwa w’intangarugero mu mico no myifatire bitewe. Ati” Ndamukunda Wema Sepetu ni umuntu uciye bugufi, ubona […]

Rusizi: Inyubako bari bitezeho serivisi zabafasha guhahirana n’Abarundi yaradindiye

Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi bw’aka karere n’ubw’ikigo cy’igihugu cy’imiturire kwihutisha inyubako yo ku mupaka ubahuza n’igihugu cy’u Burundi imaze imyaka 2 yose yaradindiye bikaba bituma ibyo bari bayitezeho itangira kubakwa batabibona. Iyi nyubako nk’uko bivugwa na bamwe mu batuye uyu murenge bayegereye,ngo yatangiye kubakwa ku wa 19 […]

Kigali: Urukiko rwateye utwatsi ikirego cya Dr Niyitegeka urega CNLG

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwateye utwatsi ikirego cyatanzwe na Dr Theoneste Niyitegeka wareze komisiyo y’u Rwanda yo kurwanya jenoside CNLG, ruvuga ko nta shingiro gifite. Ni umwanzuro wafashe umwanya muto cyane kandi nta n’umwe mu barebwa n’uru rubanza wari mu cyumba kiburanisha. Mu nteruro zitarenze ebyiri, umucamanza yavuze ko ikirego cya Dr Niyitegeka nta shingiro […]

Kizito Mihigo avuga ko nta siri yaciriwe ry’uko agiye kubabarirwa na Perezida Kagame

Umuhanzi Kizito Mihigo atangaza ko yatunguwe ubwo yumvaga mu makuru ko yagiriwe imbabazi n’umukuru w’igihugu agafungurwa, mbere na mbere arashima Imana yamukuye muri gereza ndetse na Perezida Kagame. Ku wa Gatanu tariki ya 14 Nzeri 2018, nibwo hasohowe itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri, yari iyobowe na Perezida Kagame. Ririmo ko Kizito Mihigo, Ingabire Victoire n’izindi mfungwa […]

Ibintu 10 byatera umugore guhita agusuzugura mukoranye imibonano mpuzabitsina bwa mbere

Ahangaha iyo tuvuze umunsi wa mbere, ni wa munsi abashakanye baba bakoze igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina bwa mbere, ku munsi basezeraniyeho cyangwa se undi munsi baba bateguye ariko akaba ari wo wa mbere kuri bo. Inyigisho zacu ziba zigenewe abubatse cyangwa abari mu nzira yabyo. 1.Kurangiza vuba: Hari abagabo barangiza mu masegonda atageze no kuri 50, […]

Inzego z’umutekano zakwiye imishwaro zishaka impeta Wiz Khalifa yahaye Amber Rose

Inzego z’umutekano Leta ya Los Angeres muri Amerika zakwiye imishwaro zijagajaga umujyi mu rwego rwo gushaka impeta  umuraperi Wiz Khalifa yahaye Amber Rose imyaka itandatu ishize. Polisi nk’uko inkuru dukesha TMZ ibivuga, ikomeje gushakisha iyi mpeta nyuma yaho Amber Rose ayishyikirije ikirego kuwa Kane w’icyumweru gishize avuga ko impeta ye yaburiwe irengero. Muri iki kirego, […]

Angola: Umubyigano ukabije ku mukino wa TP Mazembe na 1° de Agosto wahitanye abantu

Umubyigano ukabije waguyemo abantu batanu nyuma y’umukino w’igikombe cya Afurika cy’amakipe yitwaye neza hagati y’ikipe ya 1° de Agosto yo muri Angola n’ikipe ya Tout Puissant Mazembe yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umukino wabaye kuwa Gatandatu ushize, itariki 15 Nzeri ubera I Luanda. Nyuma y’iminsi 2 umukino ubaye haracyibazwa intandaro y’uyu mubyigano […]

Rwanda—Urundi-Congo-Belge: Abaperezida bakwiriye guhangana n’ ibisigisigi by’ Ubukoloni

Kuva mu bihe by’ ukoloni amateka ya politiki yagiye yerekana ko ibihugu bikomeye byaharaniraga imitungo kamere y’ ibihugu bifite intege nkeya mu rwego rwo kurushaho kubaka ubukungu n’ imbaraga za gisirikare. Iyo myimvure ntiyigeze ihinduka kuko no mu ntambara zombi z’ Isi nabwo ibyo bihangange byarushijeho gukoresha ibihugu bikennye ndetse no gusahura imitungo y’ ibihugu […]

Tariki ya cumi z’ukwacumi saa Kumi, nibwo hazamenyekana nyiri sitasiyo M LINE KICUKIRO

Urukiko rw’ubucuruzi rwa Kigali rwaburanishije urubanza rujyanye n’iteshwa gaciro rya cyamunara yakozwe tariki ya 23 Gashyantare 2018. Ni cyamunara yagurishijwemo station ya  Mukaremera Francine yegukanwa na Cyubahiro Ngarambe Christophe. Urubannza rwabaye ku wa Gatanu  tariki 14 Nzeri, ruzasomwa tariki 10 Ukwakira saa kumi. Iyi cyamunara yabaye ku busabe bw’umwanditsi mukuru (registrar general) wo muri RDB, […]

ICC: Jean-Pierre Bemba ahanishijwe igifungo cy'umwaka gisubitse n'amande y'Amayero 300,000

Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Nzeri, Jean-Pierre Bemba wigeze kuba visi perezida wa Congo, yakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) igihano cy’umwaka w’igifungo, wahise usubikwa kubera igihe yafunzwe, ndetse acibwa amande y’Amayero 300,000 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guha ruswa abatangabuhamya bagombaga kumurenganura ku byaha by’intambara yari akurikiranweho. Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa La Haye rwagize […]

Kizito Mihigo yakebuye abakundana bakihutira kuryamana

Umuhanzi Kizito Mihigo nyuma yo gusohoka muri gereza kuwa 15 Nzeri 2018. Yashyize hanze indirimbo yise ‘Ibyihishimo bibi’ aho akebura abantu bakundana maze bakihutira kuryamana ngo barimo kwishimisha. Iyi ndirimbo y’iminota  itandatu n’amasegonda 48, Kizito Mihigo avuga ku ngingo zitandukanye ziganjemo gukorera iguhugu no gushyira hamwe gusa  akananenga  abakundana bihutira kuryamana avuga ko ari ibyishimo […]

Ibyago 10 byakuruwe na Gen Niyombare wahubukiye ‘Coup d’Etat’ ikamupfubana

Gen Niyombare Godefroid yari umusirikare w’u Burundi ukomeye unakunzwe na Leta iriho, aza gushaka guhirika Perezida Nkurunziza ku butegetsi biramupfubana asigira bagenzi be ibyago na we atisize ndetse n’igihugu muri rusange. Ibyago umuntu yavuga ko Niyombare yakuruye bikamugiraho ingaruka hamwe na bagenzi be n’igihugu muri rusange, twavuga nka: 1.Kwivana ku mukati: Gen Niyombare Godefroid, w’imyaka […]

Bishop Bilindabagabo yanenze bikomeye uko abihaye Imana basigaye bayoboye amatorero

Itorero rya Angilikani mu Rwanda riranenga uko abihaye Imana basigaye bayoboye amatorero muri iki gihe, aho rivuga ko benshi bitwara nk’amakipe arwanira inyungu z’umuntu ku giti cye. “ Kuki mwarwana kandi muri abakozi b’itorero? Ntimuri gukorera ubutumwa bumwe? Murekere iby’itorero itorero kubera ko byose ari ibya Yesu Kristo. Ntabwo duhari ngo dukorere inyungu z’umuntu ”, […]

Kicukiro: Abaturage biyubakiye umuhanda wa Kaburimbo

Abaturage bo mu Mudugudu w’Ubumwe, Akagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro,  barimo  kwiyubakira umuhanda wa kaburimbo, nta nkunga n’imwe ivuye muri Leta cyangwa abandi baterankunga. Umuyobozi w’Umudugudu w’Ubumwe, Mudahemuka Jean Baptiste, abajijwe aho bakura imbaraga zituma bakataje mu bikorwa by’iterambere, atangaza ko we na komite ye badahwema kuganira n’abaturage batuye […]

Umuhanzi Jose Chameleone yatandukanye n’umugore we

Umuhanzi Joseph Mayanja uzwi nka  Dr Jose Chameleone yamaze gutanda n’umugore we Daniella Atim Mayanja nyuma y’imyaka icumi babana. Jose  Chameleone ni we wafashe iya mbere abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 16 Nzeri 2018, atangaza ko atandukane na Daniella avuga ko arambiwe guhora agerageza kubungabunga umubano wabo ariko akabona nta gihinduka. Uyu muhanzi […]

Tanzania: Umwe yafatanwe imbunda undi afatanwa umupanga ku biro by’itora

Igipolisi cya Tanzania muri Dar es Salaam cyataye muri yombi abantu babiri basanganywe intwaro ku biro by’itora ahitwa Ukonga ahatorwaga abazahagararira aka karere mu matora y’abadepite Umuyobozi w’igipolisi cya zone idasanzwe muri Dar es Salaam, Lazaro Mambosasa yavuze ko umwe yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa pistol yari irimo amasasu 14, mu gihe undi yafatanywe […]

Kicukiro: Urubyiruko rwiyemeje gufasha Akarere kwesa neza imihigo ya 2018-2019

Urubyiruko rw’Akarere ka Kicukiro ruravuga ko rugiye gukora uko rushoboye rugafasha ubuyobozi bw’Akarere kwesa neza imihigo kahize muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018-2019. Ibi ni ibyatangarijwe mu igikorwa cyo gusinya imihigo y’inama y’igihugu y’urubyiruko 2018-2019 no guhigura imihigo ya 2017-2018 cyahuje ubuyobozi bw’Akarere n’abahagarariye urubyiruko mu Mirenge igize Akarere ka Kicukiro. Ni igikorwa cyabanjirijwe […]

Mu mezi 9 Kampala izaba ari umujyi utandukanye kandi utekanye — Perezida Museveni

Perezida Yoweri Museveni yatangaje ko mu mezi icyenda ari imbere umujyi wa kampala uzaba utandukanye utekanye kandi usukuye, aho avuga ko kubona no gushyira aho byagenewe ibikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho byo gucunga umutekano nka za camera na za drones bizaba byamaze kurangira. Perezida Museveni yagize ati: “Nabizeza ko mu mezi 9, Kampala izaba ari umujyi utandukanye. […]

Abanyamusambira basabwe ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza

Aya ni amwe mu magambo agize ubutumwa Nyakubahwa  Guverineri Madame Mureshyankwano Marie Rose yagejeje ku Banya Musambira, mu ruzinduko yagiriyeyo, aho yari aherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Madame Kayitesi Alice, abayobozi batandukanye mu nzego z’ibanze n’iz’umutekano kuwa Kabiri ushize, italiki 11 Nzeri 2018. Mu ijambo rye ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, madame Kayitesi Alice, yagaragaje ibyishimo […]

Umugande ukina muri Sweden ashobora gusubizwa iwabo kubera ubutinganyi ashinjwa

Umusore w’Umugande ukinira ikipe y’umupira w’amaguru ya Bullermyrens ik, yo mu cyiciro cya 3 muri Sweden witwa Patrick Mulyanti ashobora gusubizwa muri Uganda kubera icyaha cy’ubutinganyi no kubushishikariza abandi akurikiranweho. Patrick Mulyanti uri mu myaka 20, ngo yavuye muri Uganda atorotse nyuma yo kumara igihe akwepana na polisi muri Mengo na Wakiso, aho yashinjwaga ko […]

Zambia: Abanyarwanda babiri birukanwe bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda batsinze urubanza

Abanyarwanda babiri bari impunzi mu gihugu cya Zambia; Innocent Habumugisha na Egide Rwasibo, bigeze kwirukanwa muri muri iki gihugu mu Ukuboza 2015 bashinjwa kuba intasi za Guverinoma y’u Rwanda no guhungabanya umutekano muri Zambia, batsinze urubanza mu Rukiko Rukuru rwa Zambia mu cyumweru gishize, umucamanza yemeza ko kwirukanwa kwabo bitari bifite impamvu. Urukiko rukaba rwanzuye […]

USA: Abantu 12 bamaze guhitanwa na Serwakira yiswe Florence

Serwakira yahawe izina rya Florence n’ibikurikizizi byayo birimo amazi arenga inkombe z’inyanja n’imigezi muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bimaze guhitana abantu 12. Leta za Carolina y’Epfo na Carolina ya Ruguru, ni zo zibasiwe cyane. Hafi amazu yo guturamo n’ay’ubucuruzi bigera kuri miliyoni ni byo bimaze kubura umuriro w’amashanyarazi kubera iyo serwakira, yatumye n’abantu benshi […]

Gatsibo: Abayobozi bahawe umukoro wo guhatanira umwanya wa mbere mu mihigo

Mu nama ya komite mpuzabikorwa yahuje abayobozi bose guhera ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rw’akarere, Guvereneri Mufulukye yabasabye gukorera hamwe bakazesa imihigo ku gipimo kizatuma baza ku mwanya mwiza. Guvereneri w’intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred wari witabiriye iyi nama, yasabye ko abayobozi bakorera hamwe bagashaka icyatuma akarere ka Gatsibo kava ku mwanya wa munani kagize kakajya […]

Ntibisanzwe: Menya  icyaro kimwe aho  abagabo bavuga ururimi rutandukanye n’urw’abagore

Mu gihugu cya Nijeriya hari icyaro cyitwa Ubang giherereye muri Leta ya Cross River aho abagore bavuga ururimi rutandukanye n’urw’abagabo gusa ntibibabuze kumvikana. Iki ni icyaro giherereye mu majyepfo y’igihugu, abenshi muri aba baturage ni abahinzi gakondo. Mu kiganiro na BBC, aba baturage bavuze ko ari umugisha bahawe n’Imana ariko bakagaragaza ko ururimi rw’icyongereza rutangiye […]

U Burundi buravuga ko bushobora kwitandukanya n’Akanama ka Loni k'Uburenganzira bwa Muntu

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Nzeri, igihugu cy’u Burundi cyatangaje ko kigiye kwitandukanya n’Akanama ka Loni k’Uburenganzira bwa muntu nyuma ya raporo ishinja ubutegetsi ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihugu. Ibi byatangajwe mu gihe itsinda ry’intumwa za leta zari I Geneve kuwa Mbere aho zari zagiye kugira icyo zivuga kuri iyi raporo yashyizwe ahagaragara mu […]

Umuhanzikazi Rihanna mu ikanzu idasanzwe- REBA AMAFOTO

Umuhanzi Rihanna yatunguranye mu myambarire ubwo yahingukaga mu ruhame yambaye ikanzu ndende, ariko ifunguye mu gatuza, ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru ya kampani ye. Ku wa Gatanu tariki ya 14 Nzeri 2018, nibwo Rihanna yitabiriye ibiroro by’isabukuru y’umwaka umwe, kampani ye ikora ibijyanye n’ubwiza ‘Fenty Beauty’ imaze ikora. Ibirori byabereye mu gace ka  Brooklyn, mu mujyi […]