Kivu y’Amajyepfo: Imirwano iravuza ubuhuha hagati y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ na Mayi-Mayi

Mu ntara ya Kivu y’amajyepfo hafi na Uvira haravugwa imirwano ikaze hagati y’abarwanyi ba Mai Mai n’insorensore z’Abanyamulenge ziyita Twirwaneho. Amakuru VOA ikesha abayobozi muri ako gake, avuga ko iyo mirwano yongeye kuvuka mu muhana w’ahitwa ku Murambya muri Bijombo, muri Territoire ya Uvira. Biravugwa ko umuntu umwe ariwe umaze kumenyekana ko yaguye muri iyo […]

Minisitiri yagiye kubyara yitwaye ku igare- REBA AMAFOTO

Minisitiri w’abagore muri New Zealand yanyonze igare ajya ku bitaro kubyara umwana we w’imfura – inda yari imaze ibyumweru 42. Julie Genter wo mu ishyaka riharanira kubungabunga ibidukikije rya Green Party ryo muri iki gihugu, yagiye ku igare ubwo yari agiye gutangira ibise. Yavuze ko “nta mwanya uhagije wari uri mu modoka.” Yashyize amafoto ku […]

Nyabihu na Rubavu, bizeje Green Party kuzayihundagazaho amajwi

Mu kwiyamamaza i Rubavu na Nyabihu, Ishyaka DGPR riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije ryahabonye abantu benshi cyane, ndetse bagaragaza ko biteguye kurihundagazaho amajwi mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeli uyu mwaka. Mu ijambo rye atangiza ibikorwa byo kwiyamamaza i Mahoko mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, Intara y’Uburengerazuba, Kandida Depite Madamu Maombi Carine […]

Eden Hazard avuga ko nta gahunda afite yo kuva muri Chelsea uyu mwaka

Umubiligi Eden Hazard w’imyaka 27 y’amavuko avuga ko nyuma y’amakuru yavugaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Real Madrid, nta gahunda afite yo kuva muri Chelsea uyu mwaka. Aganira na RMC Sports ku wa Gatandatu tariki ya 18 Kanama 2018, Hazard yatangaje umwanzuro we utandukanye n’ibyatangazwaga ko ari mu nzira igana muri Real Madrid. Yagize […]

Abasirikare ba Uganda bashinjwa gukorera Bobi Wine iyicarubozo ryageze no ku gitsina

Umuryango w’icyamamare muri muzika, Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine, uratabaza usaba ko yarenganurwa nyuma yo gufungwa agakorerwa iyicarubozo ryageze no ku myanya ye y’ibanga. Ku wa Kabiri tariki 14 Kanama 2018, nibwo Bobi Wine yafashwe arafungwa nyuma y’iraswa ry’umushoferi we. Ukuraswa kwe n’ifungwa rya Wine byabaye nyuma y’imvururu zavutse mu gace ka […]

Ibihangange muri CNDD-FDD bihatanira kuzasimbura Perezida Nkurunziza ku buyobozi

Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi, niwe ubwe witangarije ko mu matora yo mu 2020 atazongera kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu, none ubu hakaba hibazwa uzamusimbura kuri iyi ntebe y’icyubahiro. Mu gihe habura imyaka ibiri ngo aya matora abe, haba mu mashyaka atavuga rumwe na Leta ndetse na CNDD/ FDD rifite ubutegetsi, ibikorwa byo gutekereza ku […]

Dore impamvu 10 zituma abagabo bata abagore babo b’ibizungerezi bagasambana n’abakozi bo mu rugo

Kuba umukozi wo mu rugo yasambana na sebuja si ibintu bitangaje kuko bibaho bitewe n’impamvu zitandukanye. 1.Guha umukozi inshingano zitari ize: Hari abagore bashaka abakozi b’abakobwa bakabaha inshingano zirenze, bakagera n’aho barengera, aho usanga umukozi ari we ugaburira sebuja buri gihe, aho umukozi usanga ari we usasa uburiri bwa sebuja na nyirabuje,
bitera umugabo kumva amukunze […]

Abaturage bambonamo undi Museveni- Col. Kizza Besigye

Umunyapolitiki Col Kizza Besigye, atangaza ko igituma atsindwa amatora ntabashe kuba yavana Perezida Museveni ku buyobozi ari uko abaturage bamubona mu ishusho ye. Kizza avuga ko yaba we na Museveni bahuje ubwoko, akaba avuga ko yavukiye akanakurira Rukungiri, mu gihe Museveni yifuje gusimbura ku butegetsi inshuro enye zose atsindwa avuka mu karere ka Ntungamo gaturanye […]

Karongi: Urubyiruko rwavuye Iwawa rurasabwa kugaragaza impinduka muri sosiyeti

Ku itariki ya 16 Kanama,mu kagari ka Gacaca, Umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi, Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere yagiranye ibiganiro n’abasore 12 bahoze ari inzererezi bavuye kugororerwa mu kigo cya i Wawa giherereye mu karere ka Rutsiro. Aganira n’uru rubyiruko Umuyobozi wa Polisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’izindi nzego n’abaturage […]

Diamond Platnumz yamaganye abamushinja ubutinganyi

Umuhanzi Diamond Platnumz ku nshuro ya mbere yamaganiye kure abamushinja ubutinganyi bitewe no kuba sigaye yambara imikufi ku kuguru. Diamond ubwo yaganiraga na televiziyo ya Wasafi yavuze ko kwambara umukufi ku kuguru bigira igisobanuro bitewe n’igihugu icyo ari cyo bityo ko muri Tanzaniya ntaho bivuga ko uwambaye muri ubu buryo aba ari umutinganyi. Yagize ati” […]

Abaturage barashinja bamwe mu bakandida depite kutabamenyesha gahunda zabo zo kwiyamamaza

Perezida wa komisiyo y’amatora, Kalisa Mbanda, aravuga ko umubare w’abazatora muri uyu mwaka wiyongereyeho miliyoni 1,2 byatumye n’aho bazatorera hiyongera. Hagati aho bamwe mu baturage barashinja abakandida bigenga kutabamenyesha gahunda zabo zo kwiyamamaza bakabatungura. Mu matora y’abadepite aheruka mu 2013 hari hateganyijwe ibiro by’itora 2292, none ubu byabaye 2473. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa […]

Ubwami bwa Buganda bwihanangirije Leta buyishinja guhohotera Bob Wine

Ubwami bwa Buganda buyobowe na Ronald Muwenda Mutebi bwihanangirije leta iyobowe na Yoweli Museveni buyishinja  kuba yarakoreye iyicarubozo abadepite babiri ari bo Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bob Wine na mugenzi we  Zaake. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe w’ubwami bwa Buganda, Peter Mayiga rivuga ko guhohotera abaturage nta kindi bibyara uretse kongera imyivumbagatanyo n’ukwigomeka  […]

Uwahoze ari umukunzi wa Nick Minaj yatangaje iyicarubozo yamukoreye

Uwahoze ari umukunzi wa Nick Minaj Safaree Lloyd Samuels, yatangaje ko yamuhohoteraga kenshi gashoboka ubwo bakundanaga kugeza kugeza nubwo ashaka kumwivunaga imana igakinga akaboko. Tariki 14 kamena 2018 ubwo yaganiraga na tmz dukesha iyi nkuru Safaree yatangaje ko ubuzima bwe bw’urukundo na Nick bwashariraga kuko uyu muhanzikazi ukomeye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika  yamukoreraga iyicarubozo rikomeye […]

Koffi Annan, Umwirabura wa mbere wayoboye Loni, yitabye Imana ku myaka 80 y’amavuko

Koffi Annan wabaye umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ndetse agatsindira igihembo cya Nobel kubera ibikorwa by’ubutabazi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu ku myaka 80 y’amavuko. Foundation ya Koffi Annan yatangaje aya makuru iravuga ko yapfuye mu mahoro kuri uyu wa Gatandatu, itariki 18 Kanama, nyuma y’uburwayi bw’igihe gito. Koffi Annan ukomoka mu gihugu cya Ghana […]

RDC: Moise Katumbi aravuga ko impapuro zo kumuta muri yombi zasohowe ntacyo zivuze

Umunyapolitiki MoĂ ÂŻse Katumbi, utavuga rumwe na leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, uri mu buhungiro kuva mu 2016, aramagana impapuro leta yashyizeho zo kumuta muri yombi avuga ko zidafututse. Kuri uyu wa kane, Alexis Thambwe Mwamba, Minisitiri w’ubutabera wa Congo, yavuze ko Bwana Katumbi akwiye gutabwa muri yombi aho azagaragara hose. Mu kiganiro yagiranye […]

Abakinnyi ba cinema 20 b’abahindekazi bakize kurusha abandi

Hakunze gusohoka intonde z’abakinnyi ba cinema bakize kurusha abandi babikesha uyu mwuga ariko ugasanga kenshi ziganjeho abagabo, kuri iyi nshuro twabashakiye urutonde noneho  rw’abakinnyi ba cinema b’Abahindekazi bakize kurusha abandi dukesha Wonderslist. Deepika Padukone — Miliyoni zisaga 45 $ Deepik Padukone ni umwe mu bakinnyi ba cinema b’Abahindekazi bahiriwe n’umwuga wabo muri Bollywood kuva yagaragara […]

Dr. Frank Habineza arasaba Perezida Kagame kutemeza itegeko rishya rigenga ubutaka

Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije ( DGPR), Dr. Frank Habineza  arasaba Perezida Paul Kagame kutazashyira umukono ku itegeko rishya rigenga ubutaka riherutse gusuzumwa n’imitwe y’abadepite n’abasenateri kuko ngo ribangamiye Abanyarwanda. Mu kiganiro na African Radio cyagarukaga ku matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka kuwa Kane w’iki cyumweru tariki ya 16 Kanama 2018, […]

Nyarugenge: Yatawe muri yombi nyuma yo gutekera umutwe umuntu akamutwara asaga miliyoni

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage  kwirinda icyaha cy’ubwambuzi bushukana kandi  bakagira uruhare mu kuburwanya bayiha amakuru y’ababukora. Ubu butumwa buje bukurikira ifatwa ry’umugabo witwa Bimenyimana Leopold w’imyaka 42, wafatiwe mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge, nyuma yo gutekera umutwe no kwizeza ibitangaza umuturage akamutwara amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni […]

Perezida Kagame arasaba ubufatanye bw’ibihugu bigize SADC mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Congo

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) arasaba ibihugu bigize umuryango w’Ubukungu muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) kugira uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano muke bikomeje kuzahaza igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi Perezida Kagame yabitangarije mu nama ya SADC iteraniye mu gihugu cya  Namibia kuri uyu wa 17 […]

Ariana Grande yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba atwite

Umuririmbyi Ariana Grande Butera yatangaje ko amakuru amaze iminsi acicikana ko yaba  atwite Atari ukuri. Nk’uko ikinyamakuru Toofab.com kibitangaza, ngo Ariana Grande asanga kuba abantu bagenda bahwihwisa ko yaba atwite bigaragara ko babimwifuriza ariko bitavuze ko ari ukuri. Yagize ati” Hari  toni nyinshi z’amagambo ku ngingo yo kuba ntwite. Biragaragara ko abantu bashaka ko ntwita. […]

Urutonde rw’ibigo 57 by’amashuri yisumbuye byabujijwe gutangira igihembwe cya Gatatu

Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (Mineduc) itangaza ko hari ibigo 57 by’amashuri yisumbuye yasuzumye igasanga bishobora guteza ibibazo ababyigamo bityo biba bihagaritswe by’agateganyo gutangira igihembwe cya Gatatu. Ibi bibaye mu gihe haburaga iminsi itatu ngo abanyeshuri batangire igihembwe cya Gatatu, bityo ibigo byahagaritswe bikaba bizafungurwa nyuma y’icyumweru kimwe byarangije gukemura ibisabwa. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku […]

Nyamasheke: Abakandida-Depite ba FPR/Inkotanyi bahawe umukoro mbere yo kwizezwa amajwi

Umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke ni wo wakiriye  abakandida Depite b’umuryango FPR Inkotanyi n’indi mitwe ya politiki yifatanije na wo mu bikorwa byo kwiyayamariza kujya mu Nteko Ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, abaturage bakaba babemereye kubatora ariko nabo babasaba kuzita ku kibazo bafite cy’umuhanda Bushenge-Nyabitekeri. Abakandida babiyeretse ni Uwamariya Rutijanwa PĂ©lagie, Pasiteri Senani Benoit […]

Perezida Kagame yakirwa muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC- REBA AMAFOTO

Ku wa 16 Kanama 2018, nibwo Perezida Kagame nk’umushyitsi w’imena, yageze mu gihugu cya Namibia aho yitabiriye inama ya 38 y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bihuriye mu Muryango w’Ubukungu muri Afurika yo mu Majyepfo (SADC). Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya ‘Hosea Kutako International Airport’ yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Netumbo Nandi-Ndaitwah, nyuma aza no kugirana […]

Anita Pendo arikoma abashoferi n’abamotari abashinja guhutaza abanyamaguru

Umunyamakuru Anita Pendo yamaganye imyitwarire y’abatwara imodoka n’amapikipiki abashinja kubangamira no guhutaza abanyamaguru mu muhanda. Mu kiganiro amenyerewemo kuri Radiyo, Magic Fm cyitwa’ Magic Morning’ kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Kanama 2018, Anita Pendo avuga ko abashoferi n’abamotari batajya boroherereza abanyamaguru kwambukiranya umuhanda kuko ngo ahubwo bongeza umuvuduko iyo babonye umunyamaguru abari imbere […]

Abanyapolitiki ntibiyumvisha uburyo umusivile Bobi Wine yaburanishwa n’urukiko rwa gisirikare

George Kanyeihamba, wahoze ari umukuru w’urukiko rw’ikirenga rwa Uganda, yavuze ko urukiko rwa gisirikare nta bubasha rufite bwo kuburanisha umunyapolitiki akaba n’umuhanzi uzwi cyane, Depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine. Ibi abitangaje nyuma y’iminsi itatu ishize uyu munyapolitiki afashwe ndetse n’umushoferi akaraswa. Yongeyeho ko nta n’ububasha rufite bwo kuburanisha Depite Kassiano Wadri uherutse […]

Jay Polly uri mu Buroko, yahaye umugore we isezerano rishya

Nyuma yaho umuraperi Jay Polly yari amaze iminsi mu buroko, kuva ejo tariki 16 kamena 2018 hakwirawkijwe amakuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko uyu muraperi yaba yafunguwe ahanini bitewe n’amafoto yagaragaraga ku rukuta rwe rwa instagram. Mu kiganiro kihariye Umuvugizi akaba n’umugenzuzi w’inkiko , Harrison Mutabazi, yagiranye n’Igihe  dukesha iyi nkuru yavuze ko Jay Polly […]

Gukorana neza n’abaturage nibyo byatumye tuba aba Mbere- Meya Mbonyumvunyi

Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Radjabu Mbonyumuvunyi yashimangiye ko akarere ayobora kafashe ingamba zo gukorera hamwe n’abaturage kandi buri wese akabazwa inshingano ze mu kwesa imihigo, bakaba bafite icyizere ko bizatuma aka karere gahora ku isonga mu kwesa Imihigo. Meya Mbonyumuvunyi  Radjabu asanga kuba akarere  ka Rwamagana katarazaga mu myanya ya mbere, hari ibitaragendaga neza, ashimangira […]

Rihanna arigamba kuba Chris Brown akimutekereza

Umuririmbyi Rihanna  akomeje kwigambako yumva atewe ishema no kuba Chris Brown akimutekereza kuko ngo yumva akunzwe kurushaho. Ibi Rihanna yabitangaje ubwo yashyiraga hanze ifoto igaragaza uburyo yabashije kugabanya ibiro yifashishije instagram. Umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi yatangarije ikinyamakuru Hollywoodlife.com ko basanzwe bazi ko Rihanna asanzwe yishimira uburyo abona Chris Brown akimutekereza. Yagize ati“ […]

Karongi:Imirenge yahize iyindi mu mihigo ya 2017/2018 yahawe ibihembo

Kuri  uyu wa Kabiri ushize, itariki 14 Kanama  2018, ku Karere ka Karongi  habereye igikorwa cyo guhemba imirenge yahize iyindi mu mihigo ya 2017/2018, no guhigira imbere y’ Umuyobozi w’ Akarere imihigo ya 2018/2019. Ni igikorwa cyayobowe n’ umuyobozi w’ Akarere, Ndayisaba Franà§ois, wari kumwe na Visi Perezida w’ Inama Njyanama y’ Akarere, Bwana Basiime […]

Dr Chameleone arasaba Perezida Museveni kubabarira Bobi Wine

Umuhanzi Jose Chameleone yasabye Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni kubabarira Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine. Jose Chameleone avuga ko Museveni akwiriye kubabarira Bobi Wine mu rwego rwo gutanga urugero rwiza. Ati” Umuvandimwe wacu, umuhungu wawe Bobi Wine ashobora kuba yatandukiriye mu gushyira mu bikorwa intekerezo ze. Nk’umuyobozi w’igihugu n’umusekuruza,ni […]

Kivu y’Amajyepfo: Guverineri Nyamugabo yagaragaje ibigiye gukorwa mu kugarura ituze mu Bijombo

Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Claude Nyamugabo aremeza ko ubuyobozi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bugiye gufata ingamba zigamije gucungira abaturage n’ibyabo umutekano nyuma y’igihe ahitwa Bijombo muri iyi ntara havugwa amakimbirane ahanini ashingiye ku bwoko. Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 14 Kanama nibwo Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Claude Nyamugabo, yakiriye mu cyumba cy’inama […]

Ibyoherezwa mu mahanga byo kwambara biri kwiyongera kuva twafata ibyemezo byacu — Olivier Nduhungirehe

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe aremeza ko umusaruro w’imyambaro ikorerwa mu Rwanda n’ibyoherezwa hanze ugenda uzamuka kuva u Rwanda rwafata ibyemezo byo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda. Ni mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI). Iyi nkuru itangira ivuga ko ibihugu byo mu Burayi n’u Bushinwa atari byo byonyine […]

Herman Cohen arasanga Perezida Kabila ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya

Herman Cohen, wahoze ari umudipolomate w’Umunyamerika ushinzwe Afurika, aravuga ko Perezida Joseph Kabila yemeye guhitamo Emmanuel Ramazani Shadary hari ikindi kibyihishe inyuma, agashimangira ko ashaka gukina umukino nk’uwa Putin na Medvedev mu Burusiya. Mu nyandiko ye yanyujije kuri blog ye, Herman Cohen yavuze ko nyuma y’amatora perezida Kabila azaba Senateri ubuzima bwe bwose, yaramuka agize […]

Urwego rw’Igihugu rw’indege za gisivili na IATA mu bufatanye mu bijyanye n’umutekano mu ngendo zo mu kirere

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Indege za Gisivili (CAA) ndetse n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Ubwikorezi bwo mu Kirere (IATA) byemeranyije gufatanya mu bijyanye n’umutekano, mu rwego rw’ubukangurambaga bwagutse bugamije gushaka uburyo bwose kompanyi zose z’indege zakwiyandikisha mu rwego rushinzwe umutekano rwa IATA ruzwi mu Cyongereza nka IATA Operational Safety Audit. Nk ‘uko byatangarijwe i Abuja mu 2015, guverinoma z’ibihugu bya […]

Kanye West avuga ko yigeze kwifuza kuryamana n’abavandimwe b’umugore we

Umuraperi Kanye West abinyujije mu ndirimbo ye nshya yavuze ko yigeze kugira ibitekerezo byo kuba yaryamana n’abavandimwe b’umugore we, Kim Kadarshian. Aya ni amagambo agaragara mu ndirimbo y’uyu muhanzi yasohotse ku wa 11 Kanama 2018, ayita XTCY. Muri iyi ndirimbo yiganjemo ubutumwa buganisha ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina, Kanye West avuga ko yagize ibitekerezo bisa nk’iby’abarwayi […]

Amahugurwa y’abagore biyamamaza ntiyibagiwe abonsa

Impuzamiryango profemme-twese hamwe yageneye amahugurwa abagore bose 262 bemejwe ku rutonde rw’abiyayamamariza kuba abadepite muri manda itaha. Mu kutarobanura abatanzwe n’imitwe ya politiki yose, abafite ubumuga, urubyiruko n’abashaka kujya muri 30% iteganywa n’itegeko nshinga; iyi mpuzamiryango yanitaye ku bakandida batwite ndetse n’abonsa. Bose bahugurwa ku miyoborere, gutegura imbwirwaruhame no kuyitanga, n’uburyo bwo kwakira ibivuye mu […]

Kampala: Umurundi mu bantu 3 bakekwaho kwica abantu babiri babarasiye muri Juba Hotel

Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi abantu batatu barimo umuzamu (Security Guard) bakurikiranweho kwica abantu babiri babarasiye muri hotel yitwa Juba Hotel mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Kanama. Mu batawe muri yombi bakekwaho ubu bwicanyi harimo n’Umurundi. Umuvugizi w’igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, avuga ko Mohammed Abdullah w’imyaka 30 […]

Uwagabye igitero mu Bwongereza ni umwirabura ukomoka muri Sudani

Polisi y’u Bwongereza yatangaje ko umugabo wari utwaye imodoka akayahuranya mu nzitiro z’umutekano hanze y’ahakorera inteko ishingamategeko y’iki gihugu i Westminster mu murwa mukuru London, yitwa Salih Khater akaba ari umwirabura. Polisi yavuze ko afite imyaka 29 y’amavuko, akaba ari Umwongereza ufite inkomoko mu gihugu cya Sudani, iki kigorwa akaba yaragikoze ku wa Kabiri tariki […]

Iyo abantu bakoreye hamwe batera imbere kuko buri wese icyo azi agisangiza mugenzi we- Meya Mushabe

Ubwo ku wa 13 Kanama, mu karere ka Nyagatare hateraniraga inama y’umutekano yaguye yitabiriwe n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari, abagize njyanama y’akarere, abahagarariye abikorera n’abandi bafatanyabikorwa b’Akarere ndetse n’inzego z’umutekano, umuyobozi w’akarere, Mushabe David, yabasabye gukorera hamwe. Iyi nama yarebeye  hamwe uko umutekano wifashe  mu karere muri rusange, urwego aka karere kagezeho mu kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi […]

DGPR i Kayonza bati: “Tuzahangana n’ubushomeri, tuzazamura ireme ry’uburezi”

Kuzamura agaciro k’umwarimu binyuze mu mushahara ahabwa, guhangana n’ubushomeri no kwita ku buzima bwiza, niyo yabaye ntero y’ishyaka DGPR mu bikorwa byo kwiyamamariza mu Karere ka Kayonza. Ku munsi wa gatatu wo kwiyamamariza kujya mu nteko ishinga amategeko, Ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryakomereje ibikorwa byaryo mu Karere Ka Kayonza ho […]

Inshuti za Serena Gomez zamusabye gukora icyamufasha kwibagirwa Justin Bieber

Inshuti za  hafi za Serena Gomez zikomeje kumufasha kwibagirwa uwahoze ari umukunzi we, Justin Bieber batandukanye. Inshuti z’uyu muhanzikazi zikomeje kumwinginga ngo asibe amafoto yose ya Justin Bieber afite yafashwe ubwo bari bagikundana . Ibi zibimusabye nyuma yaho zimubonye areba amafoto ya Justin Bieber kenshi iyo babaga bari kumwe. Serena Gomez nk’uko ikinyamakuru Hollywood kibitangaza, […]

Rwanda: Abadepite basoje manda biha amashyi ababatumye batanyuzwe

Mu ijambo ry’uwari perezida w’Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite,  Donatila Mukabalisa, ryo ku wa 09 Kanama 2018, hagaragayemo kwishimira ko inteko yesheje umuhigo yari yarihaye. Nyamara bamwe mu baturage basanga hari bimwe bitakozwe kandi byari bifitiye akamaro igihugu gishaka gutera imbere. Ubwo yafataga ijambo mu muhango wo gusesa umutwe w’abadepite wo mu nteko ishinga […]

Ku myaka ye 20 y’amavuko, Amel Ajongo abaye umupilotekazi wa 2 Sudani y’Epfo yungutse

Abagore bo muri Afurika barimo baragenda binjira mu ruhando rw’abagore b’indashyikirwa ku Isi, aho nabo umubare wabo ukomeje kuzamuka mu batwara indege nk’aho uyu mukobwa w’imyaka 20 uvuka muri Sudani y’Epfo, Amel Ajongo yabaye umupilotekazi wa 2 w’umugore mu gihugu cye nyuma yo kumara imyaka 2,5 muri Kenya afata amasomo yo kuzitwara. Mu kiganiro yahaye […]

RDC: Minisitiri Azarias Ruberwa aramagana politiki ihamagarira abantu kwica abandi bazira uko bavutse

Minisitiri wa Congo ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi, Azarias Ruberwa, aramagana politiki zihamagarira abantu kuziza abandi uko bavutse. Ibi akaba yarabitangarije I Kinshasa kuwa 14 Kanama mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu gihugu cy’u Burundi. Umuhango wo kwibuka inzirakarengane z’Abanyamulenge ziciwe mu Gatumba witabiriwe n’abanyacyubairo batandukanye I Kinshasa. Ni umuhango wabereye muri Diyosezi […]

Entebbe: Umugabo w’Umunyarwanda arashinjwa kuniga umuhungu we w’imyaka 5 kugeza ashizemo umwuka

Igipolisi cya Uganda I Entebbe cyataye muri yombi umugabo w’Umunyarwanda ushinjwa icyaha cyo kwiyicira umwana w’umuhungu w’imyaka itanu (5). Iyi nkuru iravuga ko uyu mugabo witwa Pierre Paulin w’imyaka 43 utuye ahitwa Zinga, Entebbe mu Karere ka Wakiso, yari yananiranye n’umugore we wa gatatu, akaba yari anafite impungenge z’abandi ashaka gushaka mbere yo kwibasira umuhungu […]

Diamond n’abajyanama be bitabye ubuyobozi kubera ikibazo bafitanye n’umuhanzi Rich Mavoko

Umuhanzi Diamond Platnumz n’abahagarariye inyungu ze (maneja) Babu Tale na Sallam ndetse na Mkubwa Fella, bitabye ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugeni n’ubuhanzi muri Tanzaniya (BASATA) kugira ngo hakemurwe ikibazo bafiyanye n’umuhanzi bahoze bakorana witwa Rich Mavoko. Ikinyamakuru Bongo5 gitangaza ko Diamond ari kumwe na Babu Tale ndetse na Sallam ku wa Kabiri tariki ya 14 Kanama […]

Intara y’Amajyaruguru: Abakandida depite b'abagore bazahagararira intara basabwe kwigirira icyizere

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kabiri bwagiranye inama n’abakandida depite b’abagore 23 bo muri iyi ntara yari igamije kubasobanurira amategeko n’amabwiriza ajyanye n’igikorwa cyo kwiyamamaza basabwa kwigirira icyizere. Bamwine Loyce, Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yasabye aba bakandida ku myanya y’abadepite kwirinda gusebanya mu gihe cyo kwiyamamaza, kwiyamamariza ahantu hemewe kandi mu gihe cyemewe […]

RDC: FARDC yishe inyeshyamba enye mu zari zigaruriye uduce tubiri tw’igihugu

Igisirikare cya Congo gitangaza ko zagaruje uduce tubiri twari twigaruriwe n’inyeshyamba za NDC/RĂ©novĂ©, ndetse kinica bane muri zo. Uduce twa Kasuo na Kaheri nibwo FARDC yambuye izi nyeshyamba ku wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, nyuma y’imirwano ikaze bagiranye. Umuvugizi w’igisirikare cya Congo, gishinzwe guhangana n’imitwe y’inyeshyamba, Capt. Mak Azukay, yatangaje ko ari inyeshyamba […]

Perezida Museveni yasobanuye iby’igitero cyamugabweho imodoka ye ikamenwa

Perezida Museveni yagize icyo asobanura ku gitero cyamugabweho ndetse imwe mu modoka yari itwaye abamurinda ikamenwa ibirahure, anagaruka ku iraswa ry’umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi. Mu ijoro ryo ku wa Mbere Tariki ya 13 Kanama 2018, nibwo Perezida Museveni yagabwaho igitero muri Arua, imwe mu modoka zitwara abamurinda ikangizwa bikomeye, muri iryo joro kandi ni nabwo […]

Angola: Abakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’akarere bongeye gusaba guhagurukira imitwe ya ADF na FDLR

Abakuru b’ibihugu bitatu bya Afurika bitabiriye inama y’akarere ku mahoro n’umutekano muri Afurika, yabereye I Luanda muri Angola kuri uyu wa Kabiri baratangaza ko banyuzwe n’uko umutekano ugenda uba neza mu karere ka Afurika yo hagati n’uburasirazuba no mu Biyaga Bigari, ariko bongera gusaba kurimbura imitwe y’inyeshyamba nka ADF na FDLR. Iyi nama yahuriyemo ba […]

Kicukiro: Polisi y’u Rwanda yafashe umusore ukekwaho gutunga amafaranga y’amahimbano

Umusore witwa Habarurema Shukuru w’imyaka 30, ukomoka mu karere ka Kicukiro,  umurenge wa Niboye yafashwe na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kicukiro, akekwaho gutunga no gukoresha amafaranga y’amahimbano. Yafashwe mu mpera z’icyumweru gishize,  ubwo yageragezaga kubitsa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi cumi na bitanu y’amahimbano (inote eshatu za bitanu) ku mukozi wa sosiyeti y’itumanaho; […]

Nyamasheke : Kwamamaza abakandida depite b’umuryango FPR Inkotanyi byatangiranye ubwitabire budasanzwe-Amafoto

Abaturage  barenga 7000 ni bo  bitabiriye ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite batanzwe n’umuryango wa FPR Inkotanyi  n’indi mitwe yifatanije na wo mu karere ka Nyamasheke , bikaba byabereye ku kibuga cy’umupira cya Nyamasheke kiri mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano  bihuza   bamwe mu banyamuryango ba FPR Inkotanyi baturutse mu mirenge yose uko  ari […]

Nyange: Abaturage ntibazi uruhare rw’indorerezi mu matora

Abaturage bo mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Nyange ntibazi uruhare rw’Indorerezi mu matora y’abadepite. Indorerezi  ni abemererwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora,  baba Abanyarwanda cyangwa Abanyamahanga ; bemererwa  kureba uko amatora yitabirwa, kureba uburyo amatora nyirizina akorwa, kureba uburyo ibyavuye mu matora byakiriwe n’abagize inteko itora no kureba uburyo umutekano n’ituze byubahirizwa muri rusange. Iyo […]

Kirehe: Abakandida Depite ba ‘Green Party’ bizeje kugabanya imisoro ku bucuruzi buciriritse

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, abakandida Depite b’ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green party of Rwanda) bakomereje ibikorwa byo kwiyamaza i Nyakarambi mu murenge wa Kigina, ho mu Karere ka Kirere, bakaba bizeje abaturage ko nibabagirira icyizere bakabatora bazabatorera amategeko agamije kurengera abaturage habaganywa imisoro. Abakandida b’iri shyaka bahawe […]

Inzego z'umutekano zasobanuye ibya Kajugujugu yagaragaye hejuru y’urugo rwa Rihanna

Inzego z’umutekano muri Leta ya Los Angeles zemeje ko  Kajugujugu yagaragaye hejuru y’urugo rwa Rihanna yari igamije gutabara bitewe n’uko humvikanye intabaza mu rugo rw’uyu muhanzikazi. Inzego z’umutekano zivuga ko mu ijoro ryakeye kuri uyu wa mbere ari bwo zakiriye intabaza ivuye mu rugo rw’iki cyamamare. Amashusho yakiriwe n’ikinyamakuru TMZ yerekana inzego zitandukanye z’umutekano zahuruye […]

Uwo perezida Kabila yahisemo ngo azamusimbure arashinjwa gutera inkunga inyeshyamba

Uwahoze ari Visi minisitiri w’Intebe akanaba minisitiri w’umutekano wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Emmanuel Ramazani Shadary, Perezida Kabila aherutse guhitamo ngo azamusimbure mu kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, arashinjwa kuba yarateye inkunga umutwe w’inyeshyamba. Inkuru y’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa, Mediapart, yo kuwa 11 Kanama yahishuye ko bwana Ramazani Shadary yabaye umuterankunga w’umutwe wa MaĂ ÂŻ MaĂ ÂŻ […]